Tshisekedi yemeje ko ateganya kujya guhurira na Perezida Kagame kwa Trump

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko hari gahunda y’uko mu minsi iri imbere we na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bazahura na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, ubwo ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo yaganiraga n’abanye-Congo baba muri […]
Djibouti: Imyaka ntarengwa yo kuba perezida yakuweho

Inteko ishinga amategeko ya Djibouti yakuyeho imyaka ntarengwa ku bakandida b’umukuru w’igihugu, nyuma yo gutora ku bwiganze bw’amajwi yose ku Cyumweru. Ibi byafunguye inzira ku Perezida Ismail Omar Guelleh, w’imyaka 77, kugira ngo ashobore kongera kwiyamamaza mu matora yo muri 2026. Guelleh amaze ku butegetsi kuva mu 1999, akaba ayobora igihugu gito cyo mu ihembe […]
Perezida Ndayishimiye yagiye gushyigikira Samia Suluhu

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yageze mu mujyi wa Dodoma mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 3 Ugushyingo 2025, aho yitabiriye ibirori byo kurahiza Samia Suluhu Hassan, wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania. Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida w’u Burundi mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa mbere, uru ruzinduko rugamije gushimangira […]
Umuhanzi Ngabonziza Augustin, wamamaye mu ndirimbo ‘Ancilla’ yapfuye

Ngabonziza Augustin, umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu myaka irenga 40 ishize, yapfuye azize uburwayi nyuma yo kumara igihe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK). Amakuru yemeza ko yari amaze iminsi arembye, ubuzima bwe bukagenda burushaho kugorana. Ngabonziza azwi cyane mu muziki wo hambere, aho yaririmbaga muri Orchestre Les Citadins, imwe muri bandi yakunzwe […]
Israel yakiriye indi mibiri 3 y’imbohe ivuye muri Gaza

Kuva ihagarikwa ry’imirwano ryatangira gukurikizwa ku itariki ya 10 Ukwakira, Hamas yarekuye imibiri y’abantu 17 bari barafashwe bugwate, mu gihe 11 bari basigaye muri Gaza mbere y’itangwa ry’imibiri ryo ku Cyumweru. Kuri iki Cyumweru, itariki 2 Ugushyingo, Israel yatangaje ko imibiri y’abantu batatu bari barafashwe bugwate yatanzwe ivanwe muri Gaza kandi ko izasuzumwa n’inzobere. Nk’uko […]
Niba uri umugabo uzaze ufungure ikibuga cy’indege cya Goma: Nangaa abwira Tshisekedi

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, Corneille Nangaa, yakuriye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC inzira ku murima ko nta bushobozi afite bwo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma AFC/M23 itabigizemo uruhare. Nangaa yatangaje ibi nyuma y’iminsi mike Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa butangaje ko icyo kibuga kuzafungurwa mu byumweru bike biri imbere, […]
Tshisekedi yashinje Kagame gushaka komeka uburasirazuba bwa RDC ku Rwanda

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje mugenzi we Paul Kagame gushaka komeka uburasirazuba bw’igihugu cye ku Rwanda. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, ubwo ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo yaganiraga n’abanye-Congo baba muri kiriya gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika. Perezidansi ya RDC yasubiyemo Tshisekedi avuga ko “imigambi ye […]
Burundi: Babiri barimo mudugudu baburiwe irengero nyuma yo gufatwa n’iperereza

Ahitwa i Gasebeyi, muri Zone Buhoro, Komini ya Mugina, mu Ntara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi, abagabo babiri barimo n’umuyobozi w’ibanze, batawe muri yombi n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (SNR), baherekejwe n’Imbonerakure, urubyiruko rwa CNDD-FDD, ishyaka riri ku butegetsi. Kuva icyo gihe, imiryango yabo ivuga ko nta makuru yabo ifite none byateye impungenge kwibaza […]
Musanze: Umusaza w’imyaka 71 amaze imyaka 2 asembera kubera igiti yaguze

Umusaza witwa Ngirumpatse Ildephonse wo mu murenge wa Muko mu karere ka Musanze, amaze imyaka irenga ibiri yarasenyewe urugo ndetse ahari we hatezwa cyamunara, kubera igiti kimwe yaguze n’umuturage mugenzi we. Intandaro yatumye Ngirumpatse agurishirizwa umutungo ugizwe n’ubutaka bwarimo inzu ebyiri ndetse n’ibikoni, ni ibiti bitatu yaguze na mugenzi we witwa Ntarindi Assiel. Ni ibiti […]
Kivu y’Amajyepfo: Abarwanyi ba AFC/M23 bisubije Gurupoma ya Luhago

Amakuru aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko inyeshyamba za M23 zongeye kwigarurira agace ka Luhago. Biravugwa ko kuri uyu wa Gatandatu, ahagana mu masaha ya saa sita, ari bwo inyeshyamba za M23 zagabye ibitero ku birindiro byinshi bya Wazalendo muri Gurupoma ya Luhago, iherereye muri […]
Amerika yasabye RDC na M23 gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje i Doha

Umujyanama wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bibazo byo muri Afurika, akaba n’umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Massad Boulos, yatangaje ko Leta ya Kinshasa na AFC/M23 bateye intambwe ishimishije ariko agaragaza ko kutubahiriza ihagarikwa ry’imirwano bishobora kubangamira inzira y’amahoro. Mu butumwa yanyujije kuri X kuri uuyu […]
Mexico: Iturika rihambaye muri supermarket ryahitanye abantu 23 abandi barakomereka

Abayobozi b’inzego z’ibanze bavuga ko iturika rihambaye ryabereye muri supermarket mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Mexico muri Leta ya Sonora cyahitanye abantu 23 barimo abana, abandi 11 barakomereka. Igisasu cyaturikiye kuri uyu wa Gatandatu, itariki 1 Ugushyingo 2025, muri supermarket ya Waldo iherereye mu mujyi wa Hermosillo. Ubushinjacyaha muri Sonora bwagize buti: “igitekerezwa ni uko ibyabaye […]
FARDC iravuga ko yatangije ubukangurambaga bwo gusaba aba FDLR kwitanga

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizweho umukono hagati ya DRC n’u Rwanda i Washington, agamije kuzana amahoro mu burasirazuba bw’igihugu, ngo kandi nk’uko yabyiyemeje, Guverinoma ya Congo, ibinyujije mu Gisirikare cya FARDC, ku wa Gatanu, itariki ya 31 Ukwakira 2025, yatangije ubukangurambaga i Walikale, ahari icyicaro cy’agateganyo cy’akarere ka 34 ka gisirikare, ubukangurambaga […]
London: Abantu 10 batewe ibyuma muri gari ya moshi

Kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba, abategetsi b’u Bwongereza batangaje ko abantu 10 batewe icyuma bari muri gari ya moshi yerekezaga i Londres, icyenda barakomereka bikabije, mu cyo minisitiri w’intebe yise “ibintu biteye ubwoba.” Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igipolisi gishinzwe umutekano w’Ubwikorezi mu Bwongereza havuzwe ko abantu babiri batawe muri yombi kandi ko Polisi ishinzwe kurwanya […]
Masisi: Rwaraye rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo

Imirwano ikaze yabaye hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Wazalendo zifatanya na FARDC kuva saa mbiri z’ijoro kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 1 Ugushyingo 2025, ahitwa Kalembe, muri Gurupoma ya Bashali Mokoto iherereye muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka i Kalembe agera kuri ACTUALITE.CD, avuga ko inyeshyamba za Wazalendo […]
Hatangijwe gahunda yo gupima imyotsi ibinyabiziga bisohora

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Ugushyingo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije, Minisiteri y’ibikorwaremezo n ‘abandi bafatanyabikorwa batangije ubukangurambaga bwo kwigisha no gusobanurira abaturage ibyiza byo gupimisha ibinyabiziga ibyuka bihumanya ikirere n’ikoranabuhanga ryifashishwa muri icyo gikorwa. Ni ubukangurambaga bwabereye mu Kigo cya Polisi gisuzumirwamo ibinyabiziga giherereye i Remera, mu Karere ka […]
Ibyo ntibibareba: Miss Jolly Mutesi asubiza abibaza aho akura amafaranga

Tariki 1 Ugushyingo 2025, Miss Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda mu 2016, yasubije abamubaza aho akura amafaranga ye, avuga ko ibyo bitabareba kandi bakwiye kumureka akagira amahoro. Ibi yabivugiye mu birori bya The Silver Gala byateguwe na Sherrie Silver Foundation. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, umwe yamubajije ku bijyanye n’imodoka nshya ihenze aherutse kugura, amubaza n’aho […]
Amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi yahagaritswe

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagaritse ibikorwa by’amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Jacquemain Shaban, ku wa Gatanu tariki ya 31 Ukwakira 2025. Amashyaka yahagaritswe arangajwe imbere na PPRD rya Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa RDC, LGD rya Augustin Matata […]
Imikoranire ya FARDC na FDNB mu bintu 4 bikomeje kubangamira amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ibintu bine bikomeje kubangamira amasezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye, birimo kuba Ingabo z’iki gihugu zikomeje imikoranire n’Ingabo z’u Burundi. Nduhungirehe yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya TV5 Monde. Ku wa 27 Kamena ni bwo u Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano […]
Samia Suluhu yasabye ubufasha ba Perezida 2 ba EAC

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yahamagaye ba Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na William Ruto wa Kenya abasaba ubufasha. Ni nyuma y’uko mu gihugu cye hakomeje imyigaragambyo ikomeye abaturage bashyigikiye uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bamaganamo amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Ni amatora Samia Suluhu Hassan uyobora Tanzania yatsinze […]
Abapasiteri n’abahanuzi b’ibinyoma bagiye kujya bafungwa imyaka 10

Mu gihugu cya Kenya harategurwa itegeko rishya rigamije gufata no guhana abayobozi b’amadini cyangwa abapasiteri bakoresha amayeri n’ibinyoma kugira ngo babone amafaranga aho baba bavuze ko bakora ibitangaza. Iryo tegeko rizwi nka Religious Organisations Bill, 2024 riteganya ibihano bikomeye ku bantu bazafatwa bakora ubu bujura bwo mu madini. Itegeko rivuga ko umuyobozi w’idini cyangwa umupasiteri […]
Bane mu bagabye igitero ku kigo cya polisi bishwe barashwe

Abashinzwe umutekano muri Uganda bari gukora iperereza ku gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ku kigo cya Polisi giherereye mu Karere ka Kasese, aho abantu bitwaje intwaro barimo n’abari bafite imihoro bateye icyo kigo, barasa ndetse batwika inzu imwe y’abapolisi. Nk’uko byatangajwe na The New Vision, bivugwa ko abagizi ba nabi bane […]
Amerika yabujije abaturage bayo kujya muri Niger

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ku wa gatanu tariki ya 31 Ukwakira 2025 impuruza yihanangiriza Abanyamerika kudasura igihugu cya Niger, kubera impamvu z’umutekano zirimo ubugizi bwa nabi, imvururu za politiki, iterabwoba, indwara, n’ubushimusi. Iyi mpuruza yashyizwe ahagaragara n’Ishami rya Leta rishinzwe Ububanyi n’Amahanga, nyuma y’uko mu cyumweru gishize umumisiyoneri w’Umunyamerika yashimuswe mu murwa mukuru […]
Masisi: Umusirikare mukuru wa FARDC yishwe n’umurinzi we

Umusirikare ufite ipeti rya Capitaine mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yarashwe n’uwari umurinzi we aramwica. Byabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki ya 31 Ukwakira, mu gace ka Ngululu gaherereye muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko Capitaine wishwe yashinjwaga n’umurinzi we kuba […]
Samia Suluhu Hassan yatorewe kuyobora Tanzania ku majwi menshi

Komisiyo y’amatora muri Tanzania yatangaje ko Samia Suluhu Hassan ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri iki cyumweru, nyuma yo kugira amajwi 97.66%. Ku wa Gatatu tariki ya 28 Ukwakira ni bwo abanya-Tanzania baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yakurikiwe n’imyigaragambyo ndetse n’imvururu zikomeye. Ishyaka Chadema rya mbere rikomeye mu yatavuga rumwe n’ubutegetsi ryatangaje ko […]
Igisirikare cya Guinea-Bissau cyaburijemo Coup d’etat

Mu gihugu cya Guinea-Bissau, igisirikare cyatangaje ko cyaburijemo igerageza ryo gufata ubutegetsi ku ngufu, ryakozwe n’abasirikare bakuru bari bagamije guhirika inzego zemewe n’amategeko. Nk’uko byemejwe na Jenerali Mamadu Ture, wungirije Umugaba Mukuru w’Ingabo, iri tsinda ryagerageje “guhungabanya inzego za Leta no gusenya inzira y’amatora” ateganyijwe gutangira mu mpera z’iki cyumweru. Ubuyobozi bw’igisirikare bwatangaje ko abasirikare […]
Cameroun: Ingabo za Leta zahishe utavuga rumwe n’ubutegetsi

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Cameroun, Issa Tchiroma Bakary yatangaje kuri uyu wa Gatanu ko yajyanywe ahantu hizewe n’abasirikare bamushyigikiye kugira ngo bamurindire umutekano, nyuma y’amatora arimo impaka nyinshi. Tchiroma yari amaze iminsi afungiye iwe mu rugo mu mujyi wa Garoua mu majyaruguru ya Cameroun, kuva ku itariki ya 12 Ukwakira ubwo habaga […]
Yafashwe nyuma y’imyaka 31 yihishe kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ndindabahizi Faustin, w’imyaka 62, yafashwe nyuma y’imyaka 31 yihishe kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yafatiwe ku biro by’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi ubwo yari yagiye gusaba serivisi z’ubutaka. Abaturage bamuzi neza bamutanzeho amakuru bituma afatwa. Uyu mugabo ukomoka mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Kibirizi, Umurenge wa Rubengera, ashinjwa […]
APR FC yihanangirije bwa nyuma abakinnyi yari yarahagaritse, irabababarira

Ikipe ya APR FC yatangaje ko yababariye abakinnyi bayo babiri bari mu bihano, Mamadou Sy na Seidu Yussif Dauda, ni nyuma yo kwihanangirizwa. Tariki ya 10 Ukwakira 2025 APR FC yari yahagaritse aba bakinnyi bombi kubera imyitwarire mibi bagaragaje ubwo yari mu Misiri bagasohoka mu mwiherero nta ruhushya. Icyo gihe bahagaritswe iminsi 30. APR FC […]
Tanzania: CHADEMA iravuga ko hafi 700 bamaze kugwa mu myigaragambyo

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi CHADEMA rivuga ko imyigaragambyo ishingiye ku matora muri Tanzaniya yaguyemo “abantu hafi 700” kuva ku wa Gatatu, itariki ya 29 Ukwakira. Abayoboke baryo basuye ibitaro byo hirya no hino kugira ngo bagere kuri iyi mibare. Umuvugizi wa CHADEMA, John Kitoka, yatangarije AFP ati: “Ubu tuvugana, abapfuye i Dar es Salaam bagera […]
RDC Ishyaka rya Katumbi ntirikozwa ibyo kwifatanya n’umutwe mushya wa Kabila

Mu gihe uwahoze ari Perezida Joseph Kabila yatangije inama ngishanama zitandukanye mu mwaka ushize ateganya gushyiraho urubuga rwe rwa politiki rushya, “Sauvons la RDC,” Moïse Katumbi n’ishyaka rye, “Ensemble pour la République”, ntibashishikajwe no kwifatanya n’uyu mutwe uherutse gutangirizwa i Nairobi. Ubwo yabazwaga ku bijyanye no kubura mu nama yashingiwemo uyu mutwe, Sauvons la RDC, […]
Urukiko rwategetse ko umugore wahawe gatanya azajya asubiza umugabo we inkwano

Urukiko rw’ikirenga rwa Kisii, muri Kenya, rwatangaje umwanzuro watunguye benshi, aho rwategetse ko umugore wemerewe n’inkiko ko yatandukanye n’umugabo, agomba gusubiza inkwano yahawe n’umuryango w’umugabo. Uyu mwanzuro wasomwe ku wa 31 Ukwakira 2025 na Justice D.K.N. Magare, wasobanuye ko mu muco wa Kenya, ubukwe budaseswa burundu mu gihe inkwano itarasubizwa. Yagize ati: “Mu muco wacu, […]
Dar es Salaam: Ingendo mpuzamahanga zahagaritswe ikibuga cy’indege cya Arusha kirafungwa
Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko indege mpuzamahanga zahagaritswe kugwa cyangwa guhaguruka ku Kibuga cy’Indege cya Dar es Salaam, kandi ko Ikibuga cy’Indege cya Arusha hamwe n’ikindi cyegereye Umusozi wa Kilimanjaro byafunzwe. Ni nyuma y’uko Ambasade ya Amerika yagiriye inama abaturage bayo bari muri Tanzania ibasaba gushaka aho bikinga aho, ibabuza kugenda mu mihanda ivuga ko […]
RDC na yo iremeza ko Ikibuga cy’Indege cya Goma kizafungura ari uko itanze uburenganzira

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubukika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yahakanye yivuye inyuma ibyatangajwe ku wa Kane, itariki ya 30 Ukwakira, na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ubwo yari mu nama mpuzamahanga y’i Paris ku kibazo cy’ubutabazi mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Umuvugizi yagaragaje ko gufungura Ikibuga cy’Indege cya Goma bizaba gusa ari uko byemejwe […]
Abahanzi bihaye gushyigikira Samia Suluhu ntiborohewe

Mu gihe Tanzania yari mu matora rusange yo ku wa 29 Ukwakira, abahanzi benshi bakomeye mu njyana ya Bongo Flava bagaragaje ko bashyigikiye Perezida Samia Suluhu Hassan, umukandida wa Chama Cha Mapinduzi (CCM). Icyo cyari kigamije kumwereka urukundo n’ishimwe kubera ibyo yakoze mu buyobozi bwe, ariko byaje gukurura uburakari bukomeye mu baturage bamwe, babashinja gukoresha […]
Aho u Rwanda ruhagaze kuri gahunda y’u Bufaransa yo kongera gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko ikibuga cy’indege cya Goma kitagomba gufungurirwa i Paris mu Bufaransa, kuko impande zirebwa n’ibibazo byatumye gifungwa atari ho ziri kuganirira. Macron yatangaje ko kiriya kibuga cy’indege kigiye gufungurwa ku wa Kane tariki ya 30 Ukwakira, ubwo yari mu nama mpuzamahanga yiga ku mahoro n’umutekano mu karere ka Afurika y’ibiyaga bigari […]
Gen. Júlio Jane wa FADM yasuye RDF i Mocímboa da Praia

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique (FADM), Gen Júlio dos Santos Jane, ku wa Kane tariki ya 30 Ukwakira yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique yari kumwe na mugenzi we Maj Gen André Rafael Mahunguane w’ingabo za kiriya gihugu zirwanira […]
AFC/M23 yateye utwatsi gahunda ya Macron na RDC yo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

Umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ko udakozwa gahunda yatangajwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yo gufungura ikibuga cy’indege cyo mu mujyi wa Goma uri mu maboko yawo mu byumweru bike biri imbere. Macron yatangaje ko kiriya kibuga cy’indege kigiye gufungurwa ku wa Kane tariki ya 30 Ukwakira, ubwo yari mu nama mpuzamahanga yiga ku mahoro […]
M23 yisubije Ndete nyuma yo kubabaza umwanzi wayo

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira wisubije agace ka Ndete ko muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano yawusakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC. Amakuru avuga ko M23 yigaruriye kariya gace nyuma yo kugaba igitero gitunguranye ku ngabo za Leta, mbere ya saa sita z’amanywa. […]
Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi yamaganye amatora yo muri Tanzania

Ku itariki ya 30 Ukwakira 2025, Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi (European Parliament) yatangaje ko amatora rusange yo muri Tanzania atabaye mu buryo buboneye, ivuga ko “ataranzwe n’ubwisanzure n’ubutabera.” Mu itangazo ryasohowe n’abadepite bayo (MEPs), bavuze ko amatora yagombaga kuba umunsi w’ibyishimo bya demokarasi, ariko ahubwo ahinduka “igihe cy’igitutu, ubwoba n’iterabwoba.” Itangazo ryabo rigira riti: […]
Bakoze ubukwe bambaye imyenda y’ishuri

Emmanuel Friday Joseph na Grace Gideon Akpan bo muri Nigeria bakoze ubukwe budasanzwe bwavugishije benshi nyuma y’imyaka 18 bakundana. Icyatangaje abantu benshi ni uko mu mafoto y’ubukwe bwabo bifotoje bambaye impuzankano y’ishuri ryisumbuye bamenyaniyemo, nk’urwibutso rw’aho urukundo rwabo rwatangiriye. Urukundo rwabo rwatangiye ubwo bombi bigaga muri Comprehensive Secondary School Ediene Abak. Emmanuel wari ugeze mu […]
Abanya-Kenya bagerageje kujya kwifatanya n’abanya-Tanzania kwigaragambya

Polisi ya Kenya kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira yakumiriye abaturage b’iki gihugu bashakaga kwinjira muri Tanzania mu rwego rwo kwifatanya n’abaturage b’iki gihugu mu myigaragambyo. Ibinyamakuru byo muri Kenya byo muri Kenya biravuga ko Polisi yatangiriye bariya bantu ku mupaka wa Namanga uhuza kiriya gihugu na Tanzania. Kuva ku wa Gatatu tariki […]
Rubavu: Umwana w’imyaka 15 yabyaye umwana amuta mu bwiherero

Umukobwa w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Kanzenze, Akarere ka Rubavu, yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho kubyara umwana akamujugunya mu bwiherero bw’umuturanyi wabo. Amakuru yemeza ko ku itariki ya 29 Ukwakira 2025, umwe mu baturanyi wagiye mu bwiherero bwo mu rugo rw’uwo muryango yasanzemo amaraso menshi n’uruhinja rwapfuye. Uwo muturanyi yahise atabaza nyir’ubwiherero n’abaturage, […]
Rubavu: U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 326 batahutse bava muri RDC

Kuri uyu wa Kane, itariki 30 Ukwakira 2025, u Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 326 bari mu miryango 98 batahutse bava muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Bakiriwe ku Mupaka Munini wa La Corniche mu Karere ka Rubavu, aho bavanwe bajyanwa gucumbikirwa mu Nkambi y’Agateganyo ya Nyarushishi iri mu Karere ka Rusizi. Kuva mu 2021, […]
Tshisekedi mu mugambi wo gukorana bya hafi n’umuhungu wa Habyarimana mu guhungabanya u Rwanda

Umuryango w’uwahoze ari perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana na Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi, baba barimo gutegura “ihuriro rikomeye rya gisirikare” rigamije guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Amakuru agera ku kinyamakuru The Great Lakes Eye avuga ko ubwo bufatanye bugamije guha ingufu umutwe witwaje intwaro ushyigikiwe na Kinshasa, FDLR, washinzwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 […]
Burundi: Inzara ihangayikishije imiryango myinshi mu murwa mukuru w’ubukungu

Ubuzima buragenda bugora imiryango myinshi mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi. Ifaranga rikabije guta agaciro, izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa, hamwe n’ikibazo cy’ubukungu kimaze igihe kinini cyibasiye ingo nyinshi. Bamwe mu bagore basobanura urwego rw’ubukene bugeze ku ntera iteye ubwoba. Ibura ry’ibiribwa riragaragara mu duce twinshi twa Bujumbura. Abagore, akenshi bamenya iby’ingo umunsi ku munsi, bavuga ko […]
Amerika igiye kongera kugerageza intwaro za kirimbuzi bwa mbere mu myaka isaga 30

Perezida Donald Trump yahamagariye abayobozi b’ingabo za Amerika kongera kugerageza intwaro za kirimbuzi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo bakomeze kugendana n’ibindi bihugu nk’u Burusiya n’u Bushinwa. Yabyanditse ku mbuga nkoranyambaga mbere gato yo kubonana na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, muri Koreya y’Epfo. Yagize ati: “Kubera gahunda z’ibindi bihugu zo kugerageza, nasabye […]
Zimbabwe: Mnangagwa yavugiye ijambo rigenewe igihugu mu mwijima mu nteko

Ku wa Kabiri, umuriro w’amashanyarazi wabuze mu Inteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe bituma Perezida Emmerson Mnangagwa avugira ijambo ryari rigenewe abanyagihugu mu mwijima. Byabaye ngombwa ko uwegereye Perezida afata itoroshi aramumurikira kugirango abashe gusoma mu minota icumi ya nyuma y’ijambo rye. Hashize akanya arangije, umuriro uragaruka. Ntabwo ari ubwa mbere ibura ry’amashanyarazi rihungabanya ibikorwa bikomeye […]
Huye: Urukiko rwashyikirijwe dosiye iregwamo umusore ukekwaho kwica mugenzi we

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye kuwa 28 Ukwakira bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 19 ukekwaho kwica mugenzi we w’imyaka 32 amukubise ibuye mu mutwe. Icyaha cyabaye ku itariki ya 20/10/2025, ahagana saa Saba z’ijoro, mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Kimana, Umurenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, mu kirombe […]
Perezida Kagame ntiyitabira inama yagombaga guhuriramo na Tshisekedi kwa Macron

Perezida Paul Kagame ntari bwitabire inama mpuzamahanga yiswe iyo gushyigikira mahoro n’ubukire mu Karere k’Ibiyaga Bigari iri bubere i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira 2025. Ni inama yateguwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa afatanyije na mugenzi we Faure Gnassingbé wa Togo. Ni inama by’umwihariko iri bwibande ku bikorwa […]
Ndayishimiye yikanze coup d’état, asubika kujya kwa Macron

Amakuru akomeje gukwirakwizwa mu Burundi aravuga ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’iki gihugu yasubitse ku munota wa nyuma urugendo yagombaga kugirira i Paris mu Bufaransa, nyuma yo kumenya ko hari umugambi wo kumuhirika ku butegetsi wari wamaze gutegurwa. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 28 Ukwakira ni bwo Ndayishimiye yagombaga guhaguruka i Bujumbura yerekeza […]
Tshisekedi yahaye isezerano abaturage bari mu matware ya M23

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamenyesheje abaturage batuye mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo by’umwihariko mu duce tugenzurwa n’umutwe wa M23 ko Leta ye itigeze ibibagirwa, abaha isezerano ry’uko bari mu nzira zo kugera ku mahoro. Tshisekedi yatanze ubu butumwa mu ijambo yagejeje ku baturage be rijyanye n’imyaka 29 ishize […]
Leta ya Gambia yahaye gasopo Yahya Jammeh wifuza kuva mu buhungiro

Leta ya Gambia yahaye gasopo uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Yahya Jammeh nyuma y’uko atangaje ko ateganya gusubira mu gihugu mu kwezi k’Ugushyingo 2025. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na guverinoma kuri uyu wa kabiri, yihanangirije Jammeh ko naramuka agarutse, azahita afatwa, agafungwa, kandi akurikiranwe ku byaha bikomeye ashinjwa kuba yarakoze mu gihe cy’imyaka 22 yamaze […]
Walikale: Abaturage 4 bashimuswe na wazalendo bashinjwa gukorana na M23

Nibura abaturage bane batuye Bukumbirwa, muri Gurupoma ya Ikobo (Teritwari ya Walikale) muri Kivu y’Amajyaruguru, bose b’abahinzi, bashimuswe ku wa Mbere, itariki ya 27 Ukwakira, n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa Coalition des Mouvements pour le Changement (CMC). Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD ava i Bukumbirwa avuga ko abahohotewe bashimuswe bakuwe mu mirima yabo ubwo […]
Amerika yaburiye abaturage bayo bari muri Tanzania

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo n’bakozi ba Guverinoma yazo bari muri Tanzania kuba maso, nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yadutse muri iki gihugu. Tanzania yadutsemo imyigaragambyo, mu gihe abaturage bayo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukwakira abaturage bayo babarirwa muri miliyoni 39 baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Ni amatora Perezida Samia Suluhu w’iki […]
Col. Migambi yagaragaje impamvu Abanyarwanda bakwiye gukomera k’Ubumwe n’Ubudaheranwa

Kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubufatanye hagati y’Abasivili n’Abasirikare (Chief J9) mu Ngabo z’u Rwanda, Col Désiré Migambi Mungamba, yatanze ikiganiro ku bitabiriye Ihuriro ngarukamwaka ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa; yari ahagarariye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Iri huriro ryabereye ku cyicaro cy’akarere ka Gasabo, rihuza abayobozi batandukanye mu rwego rwo kuzirikana urugendo rw’u Rwanda mu […]
FARDC ivuga ko yavumbuye ubuhisho bw’intwaro z’umutwe wa Lubanga

Ku Cyumweru, itariki ya 26 Ukwakira 2025, i Mabanga, agace kari mu Murenge wa Mambisa muri Teritwari ya Djugu, Intara ya Ituri, havumbuwe ubuhisho bw’intwaro z’umutwe w’inyeshyamba wa CRP / Zaire, aho bivugwa ko zavumbuwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). Nk’uko byatangajwe na Lieutenant Jules Ngongo, umuvugizi w’ishami rishinzwe ibikorwa by’ingabo muri […]
Ba perezida Kagame na Ndayishimiye batumiwe mu nama izabera i Paris ku mahoro

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 30 Ukwakira, i Paris, mu murwa mukuru w’u Bufaransa, hategerejwe inama yo gushyigikira amahoro n’iterambere mu karere k’Ibiyaga Bigari bivugwa ko yanatumiwemo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye. Iyi nama yateguwe ku bufatanye bwa hafi na Togo, umuhuza w’Umuryango wa Afurika Yunze […]
Washington: Minisitiri w’Intebe yashimangiye intego ikomeye u Rwanda rufite mu kurengera ibidukikije

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, mu ijoro ryakeye i Washinton yifatanyije n’abayobozi bo ku rwego mpuzamahanga, barimo Perezida Daniel Chapo wa Mozambique, Visi Perezida Esperança da Costa wa Angola, hamwe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu birori by’umusangiro bya ICCF International Conservation Gala by’umwaka wa 2025. Mu ijambo rye, Minisitiri […]
Nyanza: Ubushinjacyaha bukurikiranye ushinjwa kwica nyina

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umusore w’imyaka 33 ukekwaho kuba ku itariki ya 22 Ukwakira 2025 saa moya z’ijoro yarishe nyina umubyara w’imyaka 65 amukubise umuhoro mu mutwe amuhora ko yanze kumwubakira inzu. Icyaha uregwa akurikiranweho bivugwa ko cyakorewe mu rugo aho batuye mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Mututu, Umurenge wa Kibirizi, […]