Ukraine: Ingabo z’u Burusiya zafashe umujyi w’ingenzi ku Ruzi Oskol

Kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo 2025, Ingabo z’Uburusiya zafashe Umujyi wa Kupyansk uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ukraine, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo, Valery Gerasimov, ubwo yabonanaga na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku cyicaro cy’ingabo. Gerasimov yavuze ko ubu umujyi ugenzurwa byuzuye n’Ingabo z’u Burusiya, mu gihe Putin we yasuzumye uko urugamba […]
Emir wa Qatar yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu guharanira amahoro mu karere

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani, yashimiye Perezida Paul Kagame kubera imbaraga akoresha mu gushyigikira ibikorwa bigamije kugarura amahoro mu karere. Emir wa Qatar ari mu Rwanda kuva ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ari kuhagirira. Uyu muyobozi mu butumwa yanditse ku rubuga rwe […]
AFC/M23 iremeza ko ibiganiro na Leta ya Kinshasa bizakomeza i Doha

Umutwe w’inyeshyamba wa M23 wavuze kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo, ko ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo i Doha bizakomeza mu byumweru biri imbere, nubwo habayeho kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano. Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga uhoraho wa AFC/M23 akaba n’umuyobozi w’intumwa zabo mu biganiro bya Doha, yatangarije ibi mu kiganiro n’abanyamakuru i […]
Umukobwa wa Jacob Zuma akurikiranyweho kujyana urubyiruko mu ntambara muri Ukraine

Duduzile Zuma, umukobwa wa Jacob Zuma wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, ari mu iperereza nyuma y’uko imiryango y’abantu bo muri Afurika y’Epfo na Botswana ivuze ko yagize uruhare mu kohereza abasore bajyanywe mu Burusiya, bakaza no gushyirwa ku rugamba muri Ukraine. Amakuru yemejwe n’imiryango, hamwe n’ubutumwa bwa WhatsApp bwabonwe na Bloomberg, ashimangira ko Duduzile yaba […]
Kera kabaye Sudan yemeye ibiganiro by’Amerika na Arabia Saudite

Sudan yongeye gutanga icyizere gishya mu rugendo rwo gushaka amahoro nyuma y’imyaka ibiri y’intambara imaze gusenya igihugu. Ubuyobozi bwa Sudan buyobowe na Jenerali Abdel Fattah Abdelrahman al-Burhan bwatangaje ko bwiteguye gukorana bya hafi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Arabia Saudite kugira ngo habeho inzira ihamye ijyana igihugu mu mahoro arambye. Ubutumwa bwa Burhan: […]
Kigali: Abanya-Sudani y’Epfo bagaragaye bahondagura umumotari bafunzwe

Polisi y’Igihugu yatangaje ko yafashe ikanafunga abasore b’abanya-Sudani y’Epfo bagaragaye mu mashusho bakubitira umumotari mu mujyi wa Kigali. Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umumotari wahohotewe akururwa kandi akubitirwa imbere y’abantu benshi, mu gihe bagenzi be n’abaturage bari hafi bageragezaga gutabara, bigatuma haba ubushyamirane. Amakuru yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko byabereye ku Gisozi […]
Ibyavuye mu nama ya kane ya JCSM ihuriwemo n’u Rwanda na RDC

Itsinda ry’intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iz’u Rwanda, ku wa Gatatu tariki ya 19 Ugushyingo no ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo 2025, ryahuriye mu nama ya kane y’urwego ruhuriweho rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ingingo z’umutekano ziri mu masezerano ya Washington, ruzwi nka JSCM. Ni inama yabereye i Washington DC muri Leta Zunze […]
AFC/M23 na Kinshasa byiyemeje kwambura intwaro Wazalendo

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko mu byo uri kuganiraho na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse baniyemeje, harimo uko imitwe yose ikorera mu burasirazuba bwa RDC irimo n’iya Wazalendo irwana ku ruhande rwa Leta yasenywa ikanamburwa intwaro. AFC/M23 yemeje aya makuru biciye mu munyamabanga uhuraho wayo, Benjamin Mbonimpa, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku […]
Gen. Rwivanga yaganirije abanyeshuri n’abarimu muri Kaminuza ya Zambia

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo 2025, yahaye ikiganiro itsinda rigizwe n’abanyeshuri n’abarimu 20 bo muri Kaminuza ya Zambiya bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’amasomo kuva tariki 16 kuzageza ku ya 23 Ugushyingo 2025. Iki kiganiro cyabereye ku cyicaro gikuru cya Kaminuza y’u Rwanda giherereye i […]
Brazil: Inkongi y’umuriro yatumye abari mu nama ya COP30 bahungishwa

Kuri uyu wa Kane ushize, inkongi y’umuriro yatumye abateguye inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Mihindagurikire y’ikirere, COP30, ibera i Belem mu majyaruguru ya Brazil bahungishwa bava ahaberaga ibiganiro. Abanyamakuru n’abandi bitabiriye inama bohererejwe inyandiko izenguruka ivuga ko muri Zone B, ahamurikirwa ibikorwa, habaye “inkongi y’umuriro,” maze basabwa “guhita bahava.” Inzogera yumvikanye ndetse itanga ibimenyetso isaba abari […]
Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye na bagenzi be bo muri Francophonie

Ku munsi wa kabiri w’Inama ya 46 y’Abaminisitiri bo mu bihugu byibumbiye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (#CMF46), kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yakiriye Christine Harijaona Razanamahasoa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Madagascar, iherutse kubamo ihirikwa ry’ubutegetsi. Baganiriye ku bufatanye bw’ibihugu byombi n’ibyihutirwa bahuriyeho muri Francophonie. Kuri […]
Perezida Kagame yagabiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar inka (Amafoto)

Perezida Paul Kagame yatembereje mu rwuri rwe Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, amugabira inka z’Inyambo. Emir wa Qatar ari mu Rwanda, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yatangiye kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo 2025. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Paul Kagame yamugabiye inka, “nk’ikimenyetso gikomoka ku muco […]
Prince Kid yaburaniye muri Amerika

Urukiko rwo muri Leta ya Texas rwatangaje ko Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid agomba koherezwa mu Rwanda kurangizayo igihano yahawe, nyuma yo kuburana ku birebana n’ubusabe bwe bwo kutoherezwa no guhabwa ubuhungiro. Uyu mwanzuro wafashwe ku wa Kabiri, nk’uko byatangajwe na Ukwezi Tv. Prince Kid yasabaga ko ataherezwa mu Rwanda, avuga ko ataba yizeye […]
Minisitiri Prévot w’u Bubiligi yunamiye Abatutsi bishwe muri Jenoside

Minisitiri w’Intebe wungirije akanaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku gisozi, yunamira Abatutsi barushyinguwemo. Umukuru wa dipolomasi y’u Bubiligi ari mu Rwanda, aho yitabiriye inama ya ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byo mu muryango Mpuzamahanga w’ibikoresha […]
FARDC iravuga ko yisubije agace ka Katoyi

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) na Wazalendo ziravuga ko zigaruriye umujyi wa Katoyi zirangije zamagana “kurenga ku gahenge kw’inyeshyamba za M23. Igisirikare cya Congo kivuga ko cyigaruriye umujyi wa Katoyi, muri Teritwari ya Masisi, mu gihe gishinja inyeshyamba za AFC / M23 kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano yasinyiwe muri Qatar zongera ibitero […]
Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yagendereye u Rwanda

Umuyobozi w’Ikirenga w’ubwami bwa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani, ari mu Rwanda aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi azamaramo iminsi ibiri. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo ni bwo Emir wa Qatar yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, aho yakiriwe na Perezida Paul Kagame n’abandi bayobozi […]
Umushinwakazi wabaye meya muri Filipine yakatiwe igifungo cya burundu

Kuri uyu wa Kane, urukiko rwo muri Filipine rwakatiye Alice Guo wahoze ari umuyobozi w’umujyi wa Bamban, uherereye mu majyaruguru ya Manila, gufungwa burundu kubera gucuruza abantu. Guo Hua Ping, wagaragajwe n’inzego z’ubutegetsi nk’umunyagihugu w’u Bushinwa, yabaye umuyobozi nyuma yo kwiyerekana nk’Umunyafilipine atari we, kandi yagize uruhare mu rusimbi rutemewe n’ubutekamutwe. Umushinjacyaha wa Leta, Olivia […]
Iperereza ry’u Bubiligi ku muryango wa Tshisekedi ryafashe indi ntera

Ubushinjacyaha bukuru bw’u Bubiligi nyuma yo kwakira ikirego umuryango wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC uregwamo gusahura amabuye y’agaciro yo mu birombe byo mu ntara ya Katanga, bwasabye kwemererwa gusuzuma urujya n’uruza rw’amafaranga rwakorewe kuri konti za banki z’umugore wa Tshisekedi, abana be ndetse n’abavandimwe be. Ni icyemezo Africa Intelligence yagaragaje nk’intambwe ikomeye muri […]
Mwenga: Abawazalendo bicishije inkoni umuyobozi w’agace ka Kigumo

Umuyobozi w’agace ka Kigumo, muri Gurupoma ya Bagunga, Sheferi ya Wamuzimu (Teritwari ya Mwenga), Kivu y’Amajyepfo, yapfuye yishwe n’inkoni yakubiswe n’inyeshyamba za Wazalondo ziherereye muri ako karere. Nk’uko sosiyete sivile yo muri ako gace yashyize ahagaragara kandi ikamagana iki gikorwa, ngo ibyabaye byabaye ku wa Kabiri, itariki ya 18 Ugushyingo. Perezida wa sosiyete sivile yaho, […]
RDC: 30% by’ingengo y’imari bigiye gushorwa mu gisirikare muri 2026

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa, ku wa Kabiri, itariki ya 18 Ugushyingo, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’ingengo y’imari. Mu rwego rw’umutekano ukomeje guhungabana, cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu, guverinoma yavuze ko 30% by’ingengo y’imari bizahabwa igisirikare n’inzego z’umutekano, aho bivugwa ko ibi bitigeze bibaho. Judith Suminwa imbere y’abagize inteko […]
Macron yatangiye uruzinduko mu bihugu 4 bya Afurika

Mu gihe urugendo nyamukuru ruzaranga uruzinduko rwe ari ukwitabira inama ya G20 izabera i Johannesburg ku itariki ya 22 na 23 Ugushyingo, Perezida w’u Bufaransa arateganya kuboneraho gusura ibindi bihugu bya Afurika mu rwego rwo kuvugurura umubano hagati y’u Bufaransa na Afurika, hagamijwe ubufatanye buringaniye. Ni muri urwo rwego ategerejwe mu Birwa bya Maurice kuri […]
Polisi y’u Rwanda iri gukurikirana Abanya-Sudan bakomeje gukubita abamotari

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abantu bakekwaho kuba bakomoka muri Sudani y’Epfo bagaragaye mu mashusho bakubita umumotari w’Umunyarwanda mu gace ka Gisozi/Gasave, mu Mujyi wa Kigali. Aya mashusho yakwirakwiye hirya no hino kuri X (Twitter), Instagram na WhatsApp, agaragaza umumotari ukururwa kandi akubitirwa imbere y’abantu benshi, mu gihe bagenzi be n’abaturage bari […]
U Rwanda ntirutirimuka ku rutonde rwa FIFA

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 19 Ugushyingo 2025, Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru (FIFA) ryashyize hanze urutonde rushya rugaragaza uko ibihugu bikurikirana, aho Amavubi yagumanye umwanya wa 131 nk’uko byari byifashe mu kwezi gushize. Muri uku kwezi, Ikipe y’Igihugu ntirwakinnye imikino mpuzamahanga, uretse umwiherero w’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, n’umukino wa gicuti abakinnyi b’u […]
Gushyukwa inshuro 21 mu kwezi birinda kanseri ya Prostate

Ubushakashatsi bushya bwakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Australia buratanga icyizere ku bagabo ku bijyanye n’impungenge za kanseri ya prostate, imwe mu ndwara zikomeje kwibasira benshi bageze mu za bukuru. Iki gitekerezo gishingiye ku isesengura ryakozwe na Harvard Health Publishing, ryerekana ko abagabo bafite umuco wo kugira ubushake no gushyukwa kenshi ni ukuvuga […]
Abarundi bo mu kibaya cya Ruzizi baratabaza M23

Umuryango w’abanye-Congo bakomoka mu Burundi muri iki gihe batuye mu kibaya cya Ruzizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, basabye AFC/M23 kujya kubatabara kugira ngo na bo babone amahoro nk’uko bimeze ku baturage bo mu duce yamaze kubohora. Aba baturage binubira ko bamaze igihe bakorerwa ubwicanyi, ihohoterwa n’akarengane gakabije Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo […]
Abawazalendo barigamba gufata imidugudu ku bufatanye na FDNB na FARDC

Sosiyete sivile muri Teritwari ya Kabare iravuga ko igitero cyagabwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zishyigikiwe n’Ingabo z’u Burundi (FDNB) n’inyeshyamba za Wazalendo. Inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa MPDAC zivuga ko zigaruriye imidugudu ya Gongwa, Muravya, na Kanono mu misozi miremire ya Teritwari ya Uvira, nyuma yo guhangana n’inyeshyamba za […]
Kenya: Abashinzwe kurinda umupaka 2 bishwe na al shabab
Polisi yavuze ko abapolisi babiri bashinzwe umutekano ku mupaka wa Kenya bishwe ku wa Gatatu, itariki 19 Ugushyingo, nyuma y’uko imodoka yabo iturikanwe n’igisasu cyatezwe n’umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab ukomoka muri Somaliya ku muhanda wa Liboi-Kulan mu majyaruguru ya Kenya. Iki gitero cyabereye hafi y’umupaka wa Kenya na Somaliya mu Ntara ya Garissa, akarere gaherereye […]
CAF yahembye umukinnyi w’Umunyafurika mwiza kurusha abandi muri 2025

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), yahembye umunya-Maroc Achraf Hakimi nk’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika wahize abandi muri uyu mwaka wa 2025. Uyu myugariro w’iburyo usanzwe akinira Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, yegukanye kiriya gihembo ahigitse umunya-Misiriri Mohamed Salaha ndetse n’umunya-Nigeria Victor Osimhen. Achraf Hakimi w’imyaka 27 y’amavuko, nyuma yo kwegukana kiriya gihembo yabaye umunya-Maroc wa mbere […]
Col. Migambi yaganirije abitabiriye Itorero Imbuto Zitoshye

Kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi mukuru mu ngabo z’u Rwanda ushinzwe ubufatanye bwa Gisirikare n’Abasivili (Chief J9), Col. Désiré Migambi Mungamba, yatanze ikiganiro ku rubyiruko rugize Itorero Imbuto Zitoshye rukaba ruri mu mahugurwa y’icyumweru kimwe y’uburere mboneragihugu (16–22 Ugushyingo 2025) ari kubera mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubutore giherereye Nkumba, mu Karere ka Burera. Aya mahugurwa, agize […]
U Rwanda rwakuriyeho isi yose Visa

U Rwanda rwongeye kugaragaza umurongo warwo w’ubufungure n’ubutumwa bukomeye bw’ikaze ku batuye isi, nyuma yo gutangaza ko nta gihugu na kimwe kigikeneye gusaba viza mbere yo kwinjira mu Rwanda. Guhera ubu, umugenzi uwo ari we wese ava ku mugabane uwo ari wo wose ahabwa viza y’iminsi 30 ageze ku kibuga cy’indege cyangwa ku mupaka, nta […]
Abadepite basabye RGB gushakira umuti ibibazo byugarije Rayon Sports mu maguru mashya

Abadepite kuri uyu wa Gatatu basabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) kugira icyo rukora ku bibazo byugarije ikipe ya Rayon Sports mu maguru mashya. Ni ubusabe bwatanzwe ubwo RGB yagezaga ku bagize Inteko Ishinga Amategeko raporo y’ibikorwa y’umwaka wa 2024/2025 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025/2026. Rayon Sports imaze iminsi ivugwamo ibibazo bikomeye, ahanini kubera ubwumvikane […]
Icyo RGB ivuga ku mabwiriza yafashwe nk’agamije kunaniza amadini yashyizeho

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB) rwagaragaje ko amabwiriza agenga amadini rumaze igihe rwarashyizeho atagamije kuyananiza, ko ahubwo yashyizweho mu rwego rwo gusubiza ibibazo byagiye bigaragara mu miryango ishingiye ku myemerere. Ku wa 7 Werurwe uyu mwaka ni bwo mu igazeti ya Leta hasohotse amabwiriza y’inyongera agenga amadini n’amatorero mu Rwanda, arimo ingingo isaba abashaka gushinga […]
DRC: Abantu 64 baburiwe irengero mu ruzi Sankuru

Nibura abantu 64 baracyashakishwa nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abarenga 120 burohamye mu ruzi rwa Sankuru mu ntara ya Kasai, mu burasirazuba bwo hagati bwa Republika ya Demokarasi ya Kongo. Amakuru yemejwe n’ubuyobozi bwo mu gace byabereyemo, aho François Ahaka, umuyobozi w’akarere, yabwiye Associated Press ko ibi byabaye ku wa Mbere, hafi y’aho uruzi Sankuru […]
Minisitiri Nduhungirehe yahoberaniye na Maxime Prévot w’u Bubiligi i Kigali

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaye ahoberana na mugenzi we w’u Bubiligi, Maxime Prévot uri mu Rwanda. Abakuru ba dipolomasi z’ibihugu byombi bahuriye i Kigali, aho bari bitabiriye inama ya ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga w’ibikoresha ururimi rw’Igifaransa yahabereye ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo 2025. Amashusho yafashwe […]
Bill Ruzima wafatanwe urumogi yajyanwe kugororwa

Umuhanzi Bill Ruzima, uherutse gufatirwa mu bikorwa bijyanye n’ibiyobyabwenge by’urumogi, yajyanywe mu kigo ngororamuco cyo mu Karere ka Huye mu gitondo cyo ku wa 19 Ugushyingo 2025. Ibi byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, wavuze ko Ruzima yajyanywe mu kigo Huye Isange Rehabilitation Center kugira ngo yitabweho n’abaganga babashe kumufasha gukira ingaruka zo […]
Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ikaze iravuza ubuhuha hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Kuva mu gitondo cya kare, nk’uko amakuru agera kuri Actualite.cd abitangaza, aravuga ko inyeshyamba za M23 zateye ibirindiro bya Wazalendo ahitwa Ikambi, umudugudu wa Irega muri Gurupoma ya Luhago kandi ko imirwano ikomeje. Biravugwa ko Inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro rya Wazalendo/FARDC bari kurwanira ku musozi wa Kahungwe, utandukanya Luhago na Kaniola, guhera saa 1h00 za […]
U Rwanda ntiruzakomeza kwamamaza muri Arsenal

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko amasezerano yo kwamamaza u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda ryagiranye na Arsenal azasozwa muri Kamena 2026, kandi ntazongera kuvugururwa. Ubufatanye bwa RDB na Arsenal bwatangajwe mu Gicurasi 2018, aho u Rwanda rwabaye umuterankunga mukuru ugaragara ku kuboko kw’ibumoso kw’imipira y’iyi kipe yo mu Bwongereza, mu ikipe nkuru, […]
Tshisekedi yakiriye Intumwa Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

Ku wa Kabiri, itariki ya 18 Ugushyingo, mu biro bye muri Cité de l’Union i Kinshasa, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiriye Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Huang Xia, baganira ku bijyanye n’inzira zitandukanye z’amahoro ziriho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Bwana Huang Xia yagize ati: “Nateze amatwi […]
Masisi: AFC/M23 yafashe imidugudu ya Kasheke na Bituna

Inyeshyamba za AFC / M23 zafashe imidugudu ya Kasheke na Bituna mu Murenge wa Osso Banyungu (Teritwari ya Masisi), muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva mu ijoro ryo ku wa Kabiri, rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 18 Ugushyingo, nyuma y’imirwano ikaze n’inyeshyamba za Wazalendo zikorana na FARDC. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize, […]
U Rwanda rwasabye abagabo bacyihisha muri DRC gutahuka

Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Gusubiza mu Buzima Busanzwe no Gusezerera Ingabo (RDRC) irasaba Abanyarwanda bacyihishe mu mashyamba ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) gutahuka, by’umwihariko abasore n’abagabo, kuko abenshi mu bataha ari abagore n’abana. Ibi byavuzwe na Maj Gen (Rtd) Jack Nziza, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RDRC, ubwo yaganirizaga abaturage batandukanye bo mu Karere […]
TotalEnergies yashinjwe gukora ibyaha by’intambara muri Cabo Delgado

Kuri uyu wa Kabiri, Umuryango utegamiye kuri Leta wo mu Burayi ushinzwe Itegeko Nshinga n’Uburenganzira bwa Muntu (ECCHR) watanze ikirego ku mushinjacyaha w’igihugu w’u Bufaransa urwanya iterabwoba ushinja ikigo cy’ingufu cy’u Bufaransa, TotalEnergies, kuba cyaragize uruhare mu byaha by’intambara byakorewe mu gihugu cya Afurika y’amajyepfo cya Mozambique. Ibyaha bivugwa na ECCHR, bivugwa ko byabereye ahari […]
Abasirikare n’umupolisi bashatse kwica Perezida wa Brazil bakatiwe

Urukiko rw’Ikirenga rwa Braziliya rwakatiye abasirikare batatu n’umupolisi igifungo hagati y’imyaka 21 na 24, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutegura umugambi wo kwica Perezida Luiz Inacio Lula da Silva mbere y’uko arahirira kuyobora igihugu. Uyu mugambi wari ugamije gukuraho amajwi y’amatora yo mu 2022 aho Lula yatsinze uwari Perezida, Jair Bolsonaro, wari uhagarariye ibitekerezo by’uruhande […]
Abarundi batuye mu kibaya cya Ruzizi batakambiye Tshisekedi, bamusaaba kwirukana FDNB na FDLR

Abagize Umuryango w’Abarundi baba mu kibaya cya Ruzizi ho muri Teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bandikiye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, bamusaba gutabara abaturage bo muri ako gace bamaze imyaka myinshi bakorerwa ubwicanyi, ihohoterwa n’akarengane gakabije. Umuyobozi w’ishyirahamwe rya bariya baturage, Raymond SHERIA MULIRO, mu ibaruwa yandikiye Tshisekedi […]
RFI yarezwe muri ARCOM izira ikiganiro yagiranye na FDLR

Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa n’inshuti z’u Rwanda (CRF), wandikiye Urwego Rugenzura Ibitangazamakuru bikoresha Amashusho n’Amajwi (ARCOM) urumenyesha ko utishimiye ikiganiro Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) iheruka kugirana n’umutwe wa FDLR wiganjemo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku wa 10 Ugushyingo ni bwo RFI yagiranye ikiganiro n’Umuvugizi wa FDLR-FOCA, Lt Col Octavien Mutimura, […]
Abagize Akanama Gahoraho ka OIF bahuriye mu nama i Kigali

Akanama Gahoraho ka Francophonie kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Ugushyingo kateraniye i Kigali, mu Rwanda, mu nama yako ya 132, iyobowe na Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru wa OIF. Iyi nama yari igamije gukurikirana ibyo biyemeje mu nama ya Villers-Cotterêts no gutegura Inama ya 46 y’Abaminisitiri ya Francophonie, izatangira kuri uyu wa Gatatu, itariki 19 […]
AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Kinshasa barwaniye bikomeye muri Nyabashwa, Kasheke na Bituna

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo imirwano ikomeye yasakiranyije inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu midugudu itandukanye ya Teritwari ya Masisi iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni imirwano yabereye mu midugudu irimo Nyabashwa, Kasheke na Bituna. Amakuru avuga ko abarwanyi ba […]
Icyo IMF ivuga ku birego Leta y’u Rwanda iregwa byo gusesagura umutungo wa rubanda

Raporo nshya yashyizwe ahagaragara n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) mu Ukwakira 2025 yerekana ishusho itandukanye cyane n’ibivugwa n’abakunze kunenga uko u Rwanda rukoresha umutungo rusange. Mu gihe bamwe mu barwanya ubutegetsi bavuga ko amafaranga ya Leta akoreshwa nabi, cyane cyane mu mishinga minini y’ibikorwa remezo, IMF ivuga ko mu by’ukuri u Rwanda ruri mu bihugu bikeya […]
Ituri: Hagarutse ituze nyuma y’imyigaragambo y’Ingabo za Uganda

Ibikorwa by’imibereho n’ubukungu byasubukuwe bisanzwe kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 17 Ugushyingo, nyuma y’iminsi ibiri y’icyoba cyatewe n’imyigaragambyo ya bamwe mu basirikare ba Uganda i Babungbe, muri Teritwari ya Mambasa mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Bunia (Ituri). Iyi nkuru dukesha ACTUALITE.CD, avuga ko ku wa Gatandatu, itariki ya 16 Ugushyingo, aba basirikare barashe […]
Tanzania yataye muri yombi umusirikare wa Amerika afite ibiturika

Abategetsi ba Tanzania bataye muri yombi umusirikare w’ipeti rya Sergeant wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika uri mu kazi, ufite ubwenegihugu bubiri bwa Kenya na Amerika, nyuma yo kuvumbura grenade enye za gisirikare mu modoka ye ku mupaka wa Sirari. Ku Cyumweru, Charles Onkuri Ongeta, w’imyaka 30, yafunzwe ubwo yageragezaga kwinjira muri Tanzania avuye muri […]
Ba Jenerali ba FARDC muri misiyo y’ibanga muri Israel

Itsinda ry’abasirikare bakuru bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mpera z’ukwezi gushize ryagiriye uruzinduko rwa rwihishwa i Tel Aviv muri Israel rwari rugamije kugura intwaro n’ibikoresho bya gisirikare. Ni uruzinduko intumwa za RDC zari zigiye kuganiramo n’abahagarariye Sosiyete icuruza ibikoresho bya gisirikare yo muri Israel ya Elbit Systems. Amakuru avuga […]
Urugo rw’umuramyi Ishimwe Vestine rwaba rwasenyutse

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze ubutumwa bwakomeje gutuma abakunzi be bibaza byinshi ku buzima bwe bwite, cyane cyane ku mubano we n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouédraogo, bamaze amezi make bashyingiranywe. Ubu butumwa bwasohotse nyuma y’iminsi 136 gusa basezeranye imbere y’Imana mu bukwe bwavuzwe cyane mu Rwanda no hanze […]
Icyo AFC/M23 ivuga ku kuba u Burundi bushaka umwanya mu biganiro

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku itariki ya 16 Ugushyingo, AFC / M23 yashinje u Burundi gushaka umwanya ku meza y’ibiganiro by’amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kubera ko butunzwe n’akaduruvayo ko muri Congo. “Icyo [minisitiri w’u Burundi] atavuze ni impamvu aba Banyekongo bari guhunga, cyangwa se ubahiga kugeza i Minembwe, aho batayo zirenga icumi […]
Wazalendo zishe umusore wari ugiye kuzitwaza ibyo zasahuye

Ku wa Mambere tariki 17 Ugushyingo 2025, umusore wo mu mudugudu wa Buhendje, mu gace ka Luberike, teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, yishwe arashwe n’abarwanyi ba Wazalendo bo mu mutwe wa APCLS. Amakuru atangwa n’abaturage hamwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Luberike avuga ko aba barwanyi bari bayobowe na Kambuzi, bakaba bari bamaze gusahura mu gace […]
Trump aremeza ko kuba bagiye gufatanya kwakira Igikombe cy’Isi bitamuza kurasa Mexico

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yanze guhagarika gahunda yo kurasa igihugu bazafatanya kwakira Igikombe cy’Isi, Mexico, amezi make ngo habe rimwe mu marushanwa akomeye ya siporo ku Isi. Perezida Trump yatangaje ibi kuwa Mbere, itariki 17 Ugushyingo 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru yatangiye muri White House ari kumwe na Infantino, Umuyobozi wa FIFA. […]
Ethiopia: Batatu bamaze kwicwa na Marburg

Kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Ugushyingo, minisiteri y’ubuzima ya Ethiopia yatangaje ko abantu batatu bemejwe ko banduye virusi ya Marburg bapfuye, mu gihe abandi batatu bapfuye bakekwaho kuba baranduye indi ndwara yandura yo kuva amaraso. Iri tangazo rikurikira icyemezo cya Ethiopia cyo kwemera ko icyorezo cya Marburg, cyandura cyane cyo kuva amaraso ahantu hose […]
Umutoza wa Nigeria aravuga ko Congo yabatsindishije amarozi

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Eric Chelle, yashinje Les Léopards ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubasezerera ibifashijwemo amarozi. Ku Cyumweru tariki ya 16 Ugushyingo ni bwo Congo Kinshasa yageze mu mikino ya kamarampaka ihuza imigabane mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gusezerera Super Eagles ya Nigeria bari baguye miswi igitego 1-1 […]
Uganda yashyikirije RDC abasirikare bayo bari barayihungiyemo ubwo M23 yafataga Goma

Ku wa Mbere tariki ya 17 Ugushyingo Uganda yashyikirije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare bayo, nyuma y’amezi abarirwa mu icumi bahunze inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 barwanaga. RDC yakiriye aba basirikare ku mupaka wa Kasindi-Lubiriha wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru uyihuza na Uganda. Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo bariya basirikare bari […]
Nyamagabe habaye umutingito wa 4.8

Ishami ry’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB) rigenzura imitingito ryemeje ko mu Murenge wa Gatare, mu Karere ka Nyamagabe, habaye umutingito wari ku gipimo cya 4.8 ku manywa yo ku itariki ya 17 Ugushyingo 2025 saa 15:12. Uwo mutingito wumvikanye no mu bindi bice by’igihugu birimo n’Umujyi wa Kigali. RMB isobanura ko umutingito […]
RIB yafunze umuhanzi Bill Ruzima

Umuhanzi Bill Ruzima, yafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho ibyaha bijyanye no gukoresha no gutunda ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi. Iby’ifatwa rye byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, watangaje ko Ruzima yafatiwe ku wa 15 Ugushyingo 2025. Murangira yagize ati: “Ni byo, yatawe muri yombi ku itariki ya 15 Ugushyingo 2025, akekwaho gukoresha […]
DR Congo mu bihugu Ubwongereza bugiye guhagarikira viza

U Bwongereza burateganya gufatira ibihano Angola, Namibia na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu gihe bitafatanya nayo mu kugarura abaturage babyo binjiye muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi bihugu bishobora guhagarikirwa gutanga viza ku baturage babyo barimo ba rwiyemezamirimo, ba VIP n’abasura u Bwongereza niba bidashyize imbaraga mu kwakira abimurwa. Ibi biri […]