Umuhungu wa Tshisekedi biravugwa ko yarasiye abantu mu kabyiniro

20251004 171860

Umuhungu wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Anthony Tshisekedi, biravugwa ko yashwaniye muri kamwe mu tubyiniro two mu mujyi wa Kinshasa akarasa abantu. Amakuru avuga ko byabaye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ukwakira, mu kabyiniro kitwa Nuovo gaherereye muri Komine Gombe i Kinshasa. Amashusho yakwirakwijwe […]

Abaganga bakuye mu nda y’umugabo ibiyiko 29 uburoso 19 n’ikaramu 2

22913e41 024f 411f bd3b 4e0df5131b7b

Abaganga bo mu Buhinde bakoze urugendo rw’ubuvuzi rutangaje, bakura mu nda y’umugabo ibikoresho bisanzwe byo mu rugo birimo ibiyiko 29, uburoso bw’amenyo 19 n’amakaramu abiri. Uyu mugabo w’imyaka 35 y’amavuko witwa Sachin, yari yajyanywe mu kigo cyita ku bantu bakira ingeso mbi z’ibiyobyabwenge mu gace ka Ghaziabad, muri Leta ya Uttar Pradesh. Nyuma y’igihe gito, […]

Cibitoke: Imiryango ibarirwa mu 100 yasenyewe izira M23

344760ff 7b65 49a0 945d 387a4a264386 3

Abagize imiryango ibarirwa mu ijana y’abahinzi b’Abarundi yabaga muri Komine Cibitoke mu Burundi, birukanwe mu byabo baranasenyerwa bashinjwa ko baba bafitanye umubano n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko bariya bantu batangiye gusenyerwa mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nzeri, bikozwe n’Imbonerakure. SOS Médias Burundi dukesha iyi nkuru ivuga […]

Byemejwe ko abasirikare b’Ubwongereza basize babyaje abagore bo muri Kenya

3437044a49630eb78126b18a56f27251.webp

Abanya-Kenya barindwi batsinze urubanza rukomeye mu rukiko rwo mu Bwongereza, aho byemejwe ko babyarwa n’abagabo b’Abongereza bari bashinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Kenya. Aba baturage babashije kumenya ba se banyabo bifashishije ububiko rusange bwa ADN (DNA databases), aho byagaragaye ko batandatu muri bo babyarwa n’abasirikare ba British Army Training Unit Kenya (BATUK), mu gihe undi […]

Yagiye kureba amagare, afatwa n’ibise abyara umwana amwita ‘UCI’

InShot 20251003 201421936

Umubyeyi wo mu Mujyi wa Kigali yabyaye umwana w’umukobwa ubwo yari yagiye gufana Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 yabereye mu Rwanda, maze ahitamo kumwita izina ‘UCI’, risobanura Union Cycliste Internationale mu Kinyarwanda bivuga Impuzamashyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi. Uyu mubyeyi wari wakunze cyane iri siganwa, yari yagiye kureba isiganwa ryaberaga mu mihanda ya Kigali. Ibise […]

Musenyeri Laurent Mbanda yamaganye umuyobozi mushya wa Anglican ushyigikira abatinganyi

20251004 104444

Umwepisikopi Mukuru w’Itorero Angilikani mu Rwanda, Dr. Laurent Mbanda, akaba ari na Perezida wa Gafcon (Global Anglican Future Conference) ihuriro mpuzamahanga ry’Abangilikani baharanira gukomeza inyigisho za Bibiliya, yatangaje ko iyimikwa rya Sarah Mullally nk’Umwepisikopi mushya wa Canterbury ari “igisubizo kibi” kizongera gutandukanya itorero ry’Abanglikani ku isi. Sarah Mullally, wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Abaforomo mu Bwongereza, […]

Uburyo wakoresha ugahitamo igitsina cy’umwana wifuza kubyara 

pregnant woman holding belly

Ikibazo ‘ese birashoboka guhitamo igitsina cy’umwana nifuza kubyara’ kiri mu byibazwa na benshi, ariko igisubizo ni uko guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara ari ibintu bishoboka cyane. Hari uburyo bwitabazwa mu mavuriro akora ibijyanye n’uburumbuke, gusa n’ubwo bwizewe neza 100% ariko burahenze cyane, ibivuze ko butari ubwa buri wese. Inkuru nziza ni uko hari uburyo busanzwe ushobora […]

Ku munota wa nyuma RDC yanze gusinyana n’u Rwanda amasezerano mu by’ubukungu

20241002094901000000

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze gusinya ku munota wa nyuma amasezerano yerekeye gahunda ihuriweho yo guteza imbere ubukungu mu karere (REIF) yagombaga gusinyana n’u Rwanda. Muri iki cyumweru ni bwo ibihugu byombi byagombaga gusinyana ariya masezerano akubiyemo ibijyanye n’urujya n’uruza rw’amabuye y’agaciro, gusangizanya ubunararibonye mu gucunga za Parike z’Ibihugu, ibikorwa remezo nk’amashanyarazi n’ibindi. Ni […]

Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Sous-Lieutenant barenga 600

GiYNeE9XsAAJQRq

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare 632 bari bafite ipeti rya Sous-Lieutenant abagira ba Lieutenant. Amakuru y’uku kuzamurwa mu ntera yemejwe n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda, mu itangazo bwasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Ukwakira 2025. Ingingo ya gatandatu y’Iteka rya Perezida wa Repubulika rishyiraho Sitati yihariye […]

Zelenskyy yatumiye Tshisekedi muri Ukraine 

amp

Perezida Volodymir Zelenskyy wa Ukraine, yatumiye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo azasure igihugu cye. Ni ubutumire yamuhaye ubwo bombi bagiranaga ikiganiro cyo kuri telefoni, ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025. Zelenskyy abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko yashimiye Tshisekedi ku kuba igihugu cye cyarifatanyije […]

P-Diddy yakatiwe gufungwa imyaka 4

462237470b8c4878bc196b15b69adabb lg

Umuhanzi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi cyane ku izina rya Diddy, yakatiwe gufungwa imyaka isaga 4 muri gereza ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’urubanza rumaze igihe ruvugwa cyane mu bitangazamakuru. Urubanza rwasojwe ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, n’umucamanza Arun Subramanian, wasomye icyemezo cyo kumuhanisha amezi 50 y’igifungo (ari hejuru gato y’imyaka […]

Uganda: Polisi iravugwaho kubuza Bobi Wine kwiyamamaza

images 5

Ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida w’ishyaka National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, byaburijwemo n’inzego z’umutekano mu karere ka Iganga, mu burasirazuba bwa Uganda. Amashusho n’amakuru atandukanye yagaragaje imodoka z’igisirikare n’iz’abapolisi zifunze imihanda, mu gihe bamwe mu bari mu itsinda rya Bobi Wine […]

Ujyana abasirikare ba Kenya mu gisirikare cy’Uburusiya yajyanye Polisi mu nkiko

20251003 181208

Umugabo witwa Edward Gituku Kamau wo muri Kenya, bivugwa ko akorana na kompanyi Global Face Agencies, yajyanye Polisi mu rukiko ayisaba kumwishyura indishyi za $76,000 (arenga miliyoni 100 Frw) nyuma yo gufatwa ashinjwa gushakira abaturage akazi mu ngabo z’u Burusiya. Kamau yafashwe mu kwezi gushize mu gihe hakorwaga umukwabu wo guhagarika amatsinda ashinjwa kwaka abashaka […]

Luxemburg: Grand Duc Guillaume yagiye ku butegetsi nyuma yo kwegura kwa se

WhatsApp Image 2025 10 03 at 11.20.41

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 3 Ukwakira 2025, Luxembourg yimitse umukuru w’igihugu mushya, nyuma y’uko Grand Duc Henri yeguye ku ngoma akayisigira umuhungu we Guillaume. Grand Duc Henri w’imyaka 70, yari amaze imyaka 25 ku ngoma muri iki gihugu gito cyo mu Burayi, gituwe n’abaturage bagera kuri 680.000, mu birori byabereye mu ngoro izwi nka […]

Arsenal mu nzira zo kongera amasezerano ya Visit Rwanda

bf3bcd50 21b5 11f0 bbcb 4b9dcc7dc2fd

Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza biravugwa ko iri mu nzira zo kongera amasezerano y’ubufatanye ifitanye n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) yo kumenyekanisha u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda. Amakuru avuga ko iyi kipe y’i Londres ikorana n’u Rwanda kuva muri 2018 iri mu biganiro bigamije kwagura ubufatanye ifitanye n’u Rwanda. Amasezerano ya […]

Col Frank Bakunzi yakiriye APR FC mu Misiri (Amafoto)

1759494924866

Ikipe ya APR FC yamaze kugera mu Misiri aho igiye gukina na Pyramids FC mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League uteganyijwe ku Cyumweru. Itsinda ry’iyi kipe riyobowe na Lt Col Jean Paul Ruhorahoza ryakiriwe mu Misiri na Col Frank Bakunzi, uhagarariye u Rwanda mu bya gisirikare muri Ambasade iri i Cairo. Abakunzi b’iyi […]

Singapore: Abapolisi 2 b’u Rwanda basoje amahugurwa abagira ba Ofisiye

647d1547 bda4 4213 a3c7 9a1408a39277

Abapolisi b’u Rwanda babiri; Assistant Inspector of Police (AIP) Esther Mukakalisa na AIP Ange Natete, ku wa Kane tariki ya 2 Ukwakira, basoje amasomo mu Ishuri ry’amahugurwa y’ibanze ya ba Ofisiye mu gihugu cya Singapore. Umuhango wo gusoza aya mahugurwa y’icyiciro cya 24 yari amaze amezi icyenda (9), wayobowe n’Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya […]

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare barenga 1,000

20251003 115554

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025 yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare 1,029 basoje amasomo yo ku rwego rwa ba Ofisiye. Ni umuhango wabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. Aba basirikare barimo 42 bize hanze y’u Rwanda n’abakobwa […]

RDC: Hafi miliyari y’amadolari amaze gukoreshwa mu bikorwa bya gisirikare mu gihembwe cya 1 cya 2025

FARDC en operation

Amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa bya gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo biravugwa ko akabakaba miliyari imwe y’amadolari mu mezi atandatu ya mbere ya 2025 nk’uko byatangajwe n’urubuga finances-entreprises.com rwo muri Congo. Raporo yo gukurikirana ingengo y’imari y’ubuyobozi bushinzwe politiki y’itegurwa ry’ingengo y’imari bwa Minisiteri y’ingengo y’imari igereranya ko amafaranga yakoreshejwe mu kurinda igihugu mu […]

Bucura bwa Perezida Kagame yinjiye mu ngabo z’u Rwanda

20251003 103744

Brian Kagame, bucura bwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ari mu bofisiye bato binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa 3 Nzeri 2025. Ni mu muhango wabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, mu Karere ka Bugesera, witabiriwe n’abayobozi bakuru batandukanye barangajwe imbere na Perezida Paul Kagame. Uyu mwaka, abasirikare bato […]

Abarundi barenga icumi bahungutse bavuye mu Rwanda batawe muri yombi i Kirundo

20251003 102358

Mu gitondo cyo kur wa kane tariki ya 2 Ukwakira 2025, inzego z’umutekano z’u Burundi zataye muri yombi Abarundi barenga icumi bari bamaze iminsi mike bahungutse bavuye mu Rwanda. Ibi byabereye mu Bugabira, Intara ya Kirundo. Ubuyobozi bw’u Burundi buvuga ko aba bantu bakekwaho gukomeza kugirana imikoranire n’impunzi z’Abarundi zigicumbitse mu Rwanda. Amakuru aturuka mu […]

Goma: Hafashwe abacuruzi ba Mobile Money bakata umuntu 5-7% buri uko abikuje

Capture5

Bamwe mu bacuruzi ba mobile money mu Mujyi wa Goma muri Kivu y’Amajyaruguru batawe muri yombi kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Ukwakira 2025, bazira ko gusigarana 5% cyangwa arenga kuri buri kubikuza amafaranga. Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Goma, Désiré Ngabo Kisuba, arahamagarira abaturage kuba maso no gutanga raporo ku byaha nk’ibi. Ati: “Abadashaka […]

U Budage: Drone zitazwi zahangayikishije ikibuga cy’indege cya Munich

74225067 803

Ikibuga cy’indege cy’i Münich mu Budage cyamaze amasaha atari make cyafunzwe, nyuma y’uko hari za drone zagaragaye mu kirere cyo muri uriya mujyi. Iri hungabana rije mu gihe Munich yakiriye iserukiramuco ry’inzoga rizwi cyane rya Oktober fest, rizatangira ku Cyumweru. Mu cyumweru gishize Denmark na Norvège na byo byafunze ibibuga by’indege kubera drone zitazwi, gusa […]

Ethiopia: Abantu 36 bapfiriye mu mpanuka yabereye ku kiliziya kiri kubakwa

SDEVYT5MRRI6XPWZ3ULN7IBMDQ

Byibuze abantu 36 bishwe abandi barenga 200 barakomereka mu iserukiramuco ry’idini ryaberega muri Ethiopia rwagati, ubwo ibiti abubatsi bakoresha bubaka mu kiliziya kimaze kubakwa igice byabagwiraga nk’uko byatangajwe n’abapolisi n’abarokotse. Umuyobozi w’igipolisi cyaho, Ahmed Gebeyehu, yabwiye ibiro ntaramakuru by’igihugu Fana Broadcasting ibyo bikoresho bikoze mu biti bagenderaho bubaka bizwi mu Cyongereza nka scaffolding byasenyutse ku […]

Umusekirite Karuhanga Moses yishe mugenzi we amurashe

56f242cc77603

Polisi mu Karere ka Kiboga mu gihugu cya Uganda iri gukora iperereza ku bwicanyi bwabaye nyuma y’uko umusekirite yishwe arashwe na mugenzi we mu rukerera rwo ku wa Kane. Uyu nyakwigendera ni Engoromoit Moses w’imyaka 39, umusekirite wakoreraga ikigo Ultimate Security, wari ku kazi kuri Brac Bank ahitwa Bamusuuta, mu Mujyi wa Kiboga. Nk’uko byagaragajwe […]

Igisirikare cy’u Burundi cyashinje AFC/M23 kukibeshyera

barat 2 754ab 04b2b

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), cyashinje umutwe wa AFC/M23 kuba ukomeje kukibeshyera ku bitero byo mu kirere ukomeje kugaragaza ko bituruka mu mujyi wa Bujumbura bikibasira abaturage bo mu duce two mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugenzura. Kuva mu kwezi gushize kwa Nzeri AFC/M23 yakunze kugaragariza amahanga ko hari ibitero bya drones bituruka […]

Abantu 15 bishwe bunyamanswa mu gitero cya CODECO muri Bahema-Nord

VPPRC2MIRBDT7HOWOYRRFJKXQM

Abantu 15 bishwe bunyamanswa mu gitero gishya cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro byagaragaye ko ari abo mu mutwe wa Coopérative pour le Développement du Congo (CODECO) mu mudugudu wa Maze, uherereye muri Sheferi ya Bahema-Nord, muri Teritwari ya Djugu, Intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Congo. Mu kiganiro kuri terefone na 7SUR7.CD, Pilo Mulindro, Umuyobozi wa […]

Uko Gen. Byamungu na Lt. Col Willy Ngoma muri ba Ofisiye ba M23 bigeze kumara iminsi barafunzwe na Gen Makenga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Général-Major Sultani Makenga, amaze iminsi afunga bamwe mu basirikare bakuru ayoboye kubera ibyaha bitandukanye bagiye bakorera mu duce uriya mutwe ugenzura. Ni ibyaha byiganjemo gusahura ndetse no gukora ubucuruzi butemewe bwiganjemo ubw’amabuye y’agaciro. Abahanwe bagahabwa igifungo cy’igihe gito barimo abasirikare basanzwe bazwi muri M23, ndetse n’umuvandimwe wa Makenga. Africa […]

Inzozi Lotto nticyemerewe gukoresha Tombola y’Igihugu

mu bihembo bya igitego lotto byongewemo moto 6088a

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rubinyujije muri Komisiyo Ishinzwe Tombola y’Igihugu n’Imikino y’Amahirwe (NLGC), rwahagaritse uruhushya rwari rwarahaye Inzozi Lotto (Carousel Ltd) rwo gukoresha Tombola y’Igihugu, kubera kutubahiriza inshingano zikubiye mu masezerano hamwe n’amategeko n’amabwiriza agenga imikino y’amahirwe. RDB mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Ukwakira, yavuze ko “guhera ubu, Inzozi […]

Abayobozi ba RDF na UPDF basoje inama ya 6 yabahuzaga

20251002 203101

Abayobozi bo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) n’ab’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Ukwakira basoje inama bari bamaze iminsi itatu bahuriramo. Iyi nama yahuzaga abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF, ikaba yarabereye i Kabare ndetse […]

Vatican: Abarinzi ba Papa bahawe impuzankano nshya

G2RQ oaXkAAN sH

Kuri uyu wa Kane, itariki 2 Ukwakira 2025, hamuritswe impuzankano nshya y’abashinzwe kurinda Vatican n’Umushumba wa Kiliziya Gatorika uzwi nka Papa isa n’ubururu bwijimye. Vatican ibinyujije kuri X yatangaje ko impuzankano zimenyerewe z’ubururu, umutuku, n’umuhondo na zo zizagumaho kandi zizakomeza kudorwa n’intoki n’umudozi na we w’Umurinzi w’Umusuwisi nk’abandi barinda Papa.   Ibi bitandukanye n’ibyo benshi […]

Tanzaniya yihanije umuryango HRW

Guverinoma ya Repubulika yunze ubumwe ya Tanzaniya yahakanye ibivugwa na HRW ko igitutu cya politiki kubatavuga rumwe na leta cyiyongereye muri iki gihugu mu gihe kigana ku matora rusange ateganijwe ku ya 29 Ukwakira 2025. Mu gusubiza raporo yatanzwe na (HRW), umuvugizi wa Guverinoma Gerson Msigwa, yavuze ko iyi raporo atari yo kandi iyobya rubanda. […]

U Burusiya na Ukraine byaguranye imbohe z’intambara

000 376Q3CQ

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Ukwakira, Moscou yatangaje ko u Burusiya na Ukraine byaguranye imfungwa z’intambara 185 ku mpande zombi. Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya ibinyujije kuri Telegram, yagize iti: “Abasirikare 185 b’u Burusiya bacyuwe baturuka mu butaka bugenzurwa n’ubutegetsi bwa Kyiv. Mu kugurana, imfungwa 185 z’intambara z’Igisirikare cya Ukraine zatanzwe.” Minisiteri yongeyeho ko […]

Ambasaderi Martin Ngoga yandagaje FARDC na MONUSCO mu Muryango w’Abibumbye

88633

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga yandagaje Ingabo za Congo, FARDC ndetse n’iza MONUSCO ku bijyanye n’imikoranire yazo n’Umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse unagifite imigambi yo kongera kuyikora, agaragaza uburyo Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gutotezwa basabwa kuva mu gihugu cyabo nyamara Umuryango w’Abibumbye ugakomeza […]

Nta munyamahanga ufite viza yahawe na Leta ya RDC ucyemerewe gukandagira mu matware ya M23

20251002 114816 1

Umutwe wa AFC/M23 wafashe icyemezo cy’uko nta munyamahanga utunze viza yatanzwe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uzongera kwemererwa kwinjira mu duce ugenzura. Ni icyemezo ubuyobozi bw’uyu mutwe bwafashe, nyuma y’uko Kinshasa na yo yafashe icy’uko nta muntu uturutse mu duce tugenzurwa na AFC/M23 wemerewe gukandagira mu duce leta igenzura. Umunyamakuru Stanis Bujakera […]

Inkuba yakubise abafana barebaga umukino wa APR FC na Pyramid

image 9 10 2c0c3

Mu Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Kabarondo, abantu 16 bakurikiye umukino wa CAF Champions League wahuzaga APR FC na Pyramids FC bakubiswe n’inkuba, umunani muri bo barakomereka bajyanwa ku kigo nderabuzima. Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Kabuye, Akagari ka Kabura. Inkuba yakubise ahagana saa cyenda, ubwo […]

Nyiramajyambere uzwi ku mvugo “ariko ahari nashonje” yarapfuye

Screen Shot 2025 10 02 at 11.09.57 1

Muri iyi minsi imvugo ya Nyiramajyambere Esperance igira iti “…ariko ahari nashonje…” yongeye kugaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro by’abanyarwanda batandukanye, aho ikomeje gukoreshwa mu buryo bwo gusetsa no kwishimisha. Amashusho acicikana kuri izo mbuga agaragaza uyu mubyeyi ashimira ubuyobozi bw’u Rwanda bwamuhaye inzu yo guturamo nk’umwe mu basigajwe inyuma n’amateka. Ariko kandi […]

Impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzania zigiye gucyurwa ku ngufu

20251002 112044

Impunzi z’Abarundi zicumbitse mu nkambi za Nduta na Nyarugusu muri Tanzania zikomeje gutabaza, zivuga ko iki gihugu kiri kubahatira gusubira mu gihugu cyabo ku ngufu. Ku wa 1 Ukwakira 2025, habaye inama idasanzwe yabereye mu nkambi ya Nyarugusu, iyobowe na Bwana Georges Ndalo, ushinzwe ibijyanye n’uburezi muri UNHCR. Iyi nama yahuje abagenzuzi, abahagarariye amashuri ndetse […]

Burundi: Uruhinja rwapfuye ruvuka ruburirwa irengero

Le chef lieu de Ruyigi ©SOS Medias Burundi

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu ijoro ryo ku itariki ya 21 Nzeri, umuryango wabuze umwana wabo wa mbere, wapfuye avuka mu ivuriro ryita ku babyeyi ry’Ibitaro by’Akarere ka Ruyigi mu Ntara ya Buhumuza, mu burasirazuba bw’igihugu. Ariko ibyo byago byafashe indi ntera ibabaje, aho umubiri w’uruhinja wabuze mu buryo bw’amayobera, umuryango ukaba urimo […]

Rutshuru: Drones na Sukhoi-25 bya FARDC byasenyeye abaturage 

GridArt 20251002 102237907

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryaraye rigabye ibitero mu duce dutuwe two muri Teritwari za Rutshuru na Lubero rikoresheje indege na za drones z’intambara. Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko biriya bitero by’ubugizi bwa nabi byaturukaga mu mijyi ya Bujumbura mu Burundi na Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Kanyuka […]

Nyarugenge: Abahagarariye amavuriro yo ku rwego rw’ibanze bakebuwe

G2KWBGqWYAAfBNS

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 01 Ukwakira 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Wungirije, Madamu Uwamahoro Genevieve yahuye n’abayobozi b’amavuriro yo ku rwego rw’Ibanze (Health Posts) bungurana ibitekerezo by’ukuntu barushaho gukora neza akazi kabo bashyira umuturage ku Isonga.  Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Wungirije yabasabye gushyira Umuturage ku Isonga mu byo bakora […]

New York: Indege 2 zagonganiye ku kibuga

74211154 803

Kuri uyu wa Gatatu ushize, indege ebyiri zagonganye i New York ku kibuga cy’indege cya LaGuardia, hakomereka byibuze umuntu umwe mu byo abayobozi bavuze ko ari “impanuka ku muvuduko muto.” Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe ibyambu bya New York na New Jersey, ngo impanuka hagati y’indege ebyiri za Delta Air Line, zari zitwaye abagenzi n’abakozi 93 […]

Tshisekedi yahaye ishimwe umupolisi w’Umubiligi ku bwo gufasha abanye-Congo kwigaragambya

WhatsApp Image 2025 10 01 at 21.30.57 1

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yambitse umudali w’ishimwe umupolisi w’Umubiligi uri mu kiruhuko cy’izabukuru ku bwo gufasha abanye-Congo baba mu Bubiligi kwigaragambya. Inspector of Police Patrick Boenders, yambitswe uriya mudali witiriwe intwari Kabila na Lumumba ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira, mu muhango wabereye ku cyicaro cya Ambasade […]

Beni: Abasirikare ba FARDC bamaze amezi 8 badahembwa bigaragambije

IMG 20251001 WA0049

Mu Mujyi wa Beni, umurwa mukuru w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri ubu, kuwa Kabiri, itariki 30 Nzeri habaye imyigaragambyo y’Abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bavuga ko bamaze amezi 8 badahembwa. Abigaragambyaga bahagaritse gato urujya n’uruza ku muhanda wa Beni-Kasindi, cyane cyane kuri bariyeri ya Paida. Iyi nyigaragambyo yabayemo ibikorwa bimwe na […]

APR FC itsinzwe na Pyramids FC

Screenshot 20251001 1550432

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC yatsinzwe na Pyramids FC yo mu Misiri ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League 2025. Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa Gatatu tariki 1 Ukwakira 2025, aho abafana ba APR FC bari bitabiriye ku bwinshi baje gushyigikira ikipe yabo. Mu gice cya […]

Diamond Platnumz yavuze ku byo kurongora undi mugore nyuma ya Zuchu

61085d74affddfd6

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Diamond Platnumz, yahakanye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yarongoye undi mugore nyuma ya Zuchu, umukunzi we banabana byemewe. Diamond na Zuchu bakoze ubukwe mu ibanga rikomeye mu kwezi kwa Nyakanga 2025, ibintu byatangaje benshi mu bakunzi babo. Nyuma yaho hakomeje gucicikana ibihuha bivuga ko […]

Nyagatare: Abayobozi b’ibanze bakurikiranweho gusaba no kwakira ruswa

NyagatareDist

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyagatare bwakiriye dosiye iregwamo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali hamwe n’Ushinzwe Umutekano mu Kagari (Cell commander), bakurikiranweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa ingana n’ibihumbi ijana (100.000frw).  Ibi byabaye nyuma y’aho umuturage w’umuhinzi usanzwe ugura ifumbire n’abaturage akayikoresha mu buhinzi arunze ifumbire hafi y’umuhanda ubuyobozi bw’akagari bukamusaba kuyihavana kuko iteje umwanda. Nyuma […]

Rutahizamu wa APR FC agiye kumara amezi abiri adakina

Djibri Quattara

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko rutahizamu w’Umunya-Burkina Faso, Djibril Quattara, azamara igihe kingana n’amezi abiri atagaragara mu kibuga, kubera uburwayi yakuye mu mikino ya Cecafa Kagame Cup yabereye muri Tanzania. Uyu mukinnyi yasubiye mu rugo adasoje iryo rushanwa, nyuma yo kugerwaho n’indwara. Kuva icyo gihe kugeza ubu ntiyongeye gukinira APR FC. N’ubwo hari amakuru […]

Rwiyemezamirimo w’Umunyarwanda yaguye mu maboko y’ubutasi bwa RDC

Umunyarwanda Rutayisire Vianney wari usanzwe ari rwiyemezamirimo, biravugwa yapfiriye mu maboko y’Urwego Rushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DEMIAP). Mu Ugushyingo 2022 ni bwo Rutayisire yari yatawe muri yombi n’inzego z’ubutasi za RDC zimujyana i Kinshasa zimushinja gukorana n’umutwe wa M23 wari umaze umwaka urwana n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC). […]

Muhanga: Yaraye asambanya umwana wari waje gusura mushiki we 

20251001 131511

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yatangaje ko Polisi ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yatangiye ibikorwa byo gushakisha umusore ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kibangu, Akarere ka Muhanga. Amakuru avuga ko uwo mwana yabuze ku wa 27 Nzeri 2025, hanyuma akaza kuboneka ku itariki ya 28 […]

Perezida Trump ashaka igihembo Nobel hasi hejuru

books2 trump alfred nobel

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Kanama, perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika uri kunoza umushinga w’amahoro muri Gaza, yatangaje ko adahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel byaba ari “igitutsi” kuri Amerika. Trump yabwiye abajenerali Ubwo yari yabatumiye muri Virginia hafi ya Washington, ko kutabona igihembo cy’amahoro byaba ari igitutsi ku gihugu cyabo. Trump […]

Bujumbura: Igipolisi cy’u Burundi kiri guhiga bukware Abanyekongo bahaba

WhatsApp Image 2025 09 29 at 23.37.19

Kuva ku wa Gatanu ushize, Abanyekongo benshi batuye mu duce dutandukanye two mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi barimo guhigwa bukware n’abapolisi b’iki gihugu. Igikorwa giheruka, cyabaye mu gitondo cyo kuwa Mbere ushize mu gace ka Cibitoke, cyateye ubwoba kandi gitera abaturage b’Abanyekongo kumva badatekanye. Bivugwa ko umukwabu wagutse wakozwe n’abapolisi b’u Burundi wateje ubwoba […]

Ingabo z’u Rwanda na Uganda zikorera ku mupaka zahuriye i Kabale

G2HJgu4WoAAU43R

Inama ya gatandatu y’abayobozi b’ingabo zikorera hafi y’umuaka hagati y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo  za Uganda (UPDF) kuri uyu wa Kabiri yafunguwe ku mugaragaro mu Mujyi wa Kabale, muri Uganda; kugirango baganire kandi bakemure ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka. Iyi nama kandi yitabiriwe na ba Defence Attachés muri ambasade z’u Rwanda na Uganda. Mbere y’inama, izo […]

Icyo AFC/M23 ivuga ku gihano cy’urupfu cyahawe Kabila wiswe umuyobozi wayo

bertrand bisimwa yagaragaje ko izi raporo zigamije guhanganisha abahutu n abatutsi batuye muri kivu c05bb 2

Umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ko igihano cy’urupfu cyahawe Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kwitirirwa kuba umuyobozi wawo, kigize kwica amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara wasinyanye na Leta ya RDC. Ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri ni bwo Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC rwakatiye […]

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahagaritse imirimo

230920143614 what happens government shutdown scaled

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yinjiye ku mugaragaro  mu cyo bita “shutdown” cyangwa guhagarika akazi kubera ko abasenateri b’Ademokarate n’Abarepubulikani bananiwe kumvikana ku bijyanye n’ingengo y’imari. Ubuyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump bwakangishije ko abakozi benshi bahagarikwa ku kazi mu gihe hagaragaye ihagarikwa ry’imirimo. Ihagarikwa ry’imirimo, nk’iryaherukaga mu […]

Benshi batawe muri yombi mu mukwabu wa M23 i Bukavu

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250127144847824042 Bukavu

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri, itariki 30 Nzeri, abayobozi b’inzego z’Ihuriro AFC / M23 bakoze umukwabu n’isaka mu nzira nyinshi zo mu gace ka Nyalukemba ka komini ya Ibanda i Bukavu (Kivu y’Amajyepfo). Iyi gahunda, yakozwe mu gihe hakomeje kugaragara ihungabana ry’umutekano, yatumye abantu benshi batabwa muri yombi muri kariya gace. Amagana y’abagabo, abagore, […]

FARDC yatangije ibitero byo kwisubiza Nzibira

20251001 072611

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abarwanyi b’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, batangije ibitero byiswe ibyo kwisubiza umujyi muto wa Nzibira wigaruriwe na AFC/M23. Iri huriro ryatangije ibi bitero ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri, nyuma y’icyumweru kimwe AFC/M23 yigaruriye uriya mujyi uherereye muri Teritwari ya Walungu ho mu […]

Amerika yakiriye ibiganiro bya nyuma by’u Rwanda na RDC

20251001 071541

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zakiriye icyiciro cya nyuma cy’ibiganiro byahuzaga intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zaganiraga kuri gahunda ihuriweho igamije guteza imbere ubukungu bw’akarere ibihugu byombi bihuriyemo (REIF). Ni ibiganiro byayobowe n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos. Uyu mugabo abinyujije ku rubuga […]