Umunyamakuru w’Umubiligi arashinja u Rwanda kumukumira ku butaka bwarwo

Umunyamakuru Stijn Vercruysse ukorera Televiziyo ya VRT y’iwabo mu Bubiligi, arashinja u Rwanda kumwima uruhushya rwo kuruzamo, kugira ngo akurikirane Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare rwitegura kwakira. Uyu munyamakuru avuga ko ku wa Kane w’iki cyumweru ari bwo yagombaga kuza mu Rwanda, nyuma yo kwemererwa kuza gukurikirana ririya rushanwa na Minisiteri ya Siporo biciye mu muhuza […]
Perezida Kagame yaganiriye mu muhezo na Ilham Aliyev wa Azerbaijan

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri, yakiriwe anagirana ibiganiro na mugenzi we Ilham Aliyev wa Azerbaijan. Umukuru w’Igihugu ari i Baku muri Azerbaijan, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu ari kugirira muri iki gihugu kuva ku wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri. Kuri uyu wa Gatandatu ubwo yakirirwaga mu muhezo na […]
The Congolese People Need to be Saved from Tshisekedi and his thieves cartel

The Democratic Republic of Congo (DRC) has been under siege by Felix Tshisekedi and his cartel of thieves, liars, manipulators, and human rights criminals. If the people rise up and speak the truth and expose the inhumane treatment they have received, Tshisekedi has them harassed by goon squads, and military or police are sent to […]
Bafana Bafana ishobora gukurwaho amanota mbere yo kwesurana n’Amavubi

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi yatangiye gukurikirana ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo, nyuma yo gukora amakosa mu mukino w’ijonjora ryo gushaka Itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 wayihuje na Lesotho. Muri uyu mukino Bafana Bafana yakinishije Teboho Mokoena usanzwe akinira Mamelodi Sundowns, nyamara mu mikino ibiri yari yabanje yari yarabonye amakarita y’umuhondo atamwemerera gukina. Icyo gihe […]
Le peuple congolais doit être sauvé de Tshisekedi et son cartel de voleurs

La République démocratique du Congo (RDC) est assiégée par Félix Tshisekedi et son cartel de voleurs, de menteurs, de manipulateurs et de criminels des droits humains. Si le peuple se soulève, dit la vérité et dénonce les traitements inhumains qu’il subit, Tshisekedi le harcèle par des escadrons de voyous, et envoie des militaires ou des […]
SANDF yatangiye gucyura abandi basirikare yari yarohereje muri RDC

Igisirikare cya Afurika y’Epfo biravugwa ko cyatangiye gucyura abasirikare cyari cyarohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abo cyari gifite mu mujyi wa Goma bari bamaze gutsindirwa mu mirwano yasize umutwe wa M23 ufashe uriya mujyi. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo havuzwe amakuru y’uko SANDF iri kohereza mu mujyi wa Lubumbashi abasirikare […]
Kigali: Padiri aravugwaho gusenya urugo rw’abandi

Padiri Ngirumpatse Eugène, ukorera kuri Paruwasi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera, ntiyorohewe nyuma y’uko umugabo utuye mu Karere ka Kicukiro amushinje kumusenyera urugo binyuze mukumusambanyiriza umugore. Uyu mugabo avuga ko afite ibimenyetso bifatika bigaragaza uburyo Padiri yakundanye n’umugore we mu ibanga, birimo ubutumwa bwo kuri WhatsApp bagiranye, aho bigaragara ko Padiri amubwira amagambo y’urukundo […]
Indege z’intambara z’u Burusiya zavogereye ikirere cya kimwe mu bihugu bya NATO

Guverinoma ya Estonia yatangaje ko indege eshatu z’intambara z’u Burusiya zavogereye ikirere cya kiriya gihugu kiri mu bigize umuryango wa NATO, zikimaramo iminota ibarirwa muri 12. Itangazo iyi Guverinoma yasohoye rivuga ko “indege eshatu z’intambara z’u Burusiya zo mu bwoko bwa zinjiye mu kirere cya Estonia nta ruhushya, zikimaramo iminota 12, hejuru y’ikigobe cya Finland.” […]
FARDC yasabye abahoze ari abasirikare bayo bari muri M23 kuyihunga cyangwa bakayirasa

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyasabye abahoze ari abasirikare bacyo bamaze kwiyunga ku mutwe wa AFC/M23 gukora ibishoboka byose bagahunga; cyangwa bakerekeza imbunda zabo kuri uriya mutwe. Ni ubusabe FARDC yatanze, nyuma y’iminsi mike M23 yerekanye abasirikare bashya barenga 7,000 yungutse nyuma yo gusoza imyitozo bari bamaze amezi atandatu bakorera mu kigo […]
Perezida Kagame na Gen. (Rtd) Kabarebe bari muri Azerbaijan

Perezida Paul Kagame yageze i Baku mu murwa mukuru wa Azerbaijan, aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi azamaramo iminsi itatu. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Nzeri ni bwo Umukuru w’Igihugu waherekejwe n’abarimo Gen. (Rtd) James Kabarebe yageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Heydar Aliyev, aho yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wungirije wa […]
DRC pulls out of UCI Road World Championships in Rwanda amid regional tensions
RDC withdraws its athletes from the 2025 UCI Road World Championships in Kigali, Rwanda, citing security concerns and regional tensions The Cycling Federation of the Democratic Republic of Congo (DRC) has announced that it will not send its athletes to the 2025 UCI Road World Championships, set to take place in Kigali, Rwanda, from September […]
PM Dr. Nsengiyumva yasabye abarangije muri RICA umusanzu mu kongera umusaruro w’ubuhinzi

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye abanyeshuri barangije muri Kaminuza y’Ubuhinzi n’Ubworozi (RICA) kuzaba umusemburo w’impinduka nziza n’iterambere ry’imibereho myiza y’Abanyarwanda. Yabibasabye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri, ubwo RICA yatangaga ku nshuro ya gatatu impamyabumenyi ku banyeshuri 83 bayirangijemo. Minisitiri w’Intebe yashimiye iyi Kaminuza ku bw’uruhare igira mu iterambere ry’ubuhinzi bw’u Rwanda […]
Icyo M23 iri gukora nyuma y’ibitero bya Sukhoi-25 na CH-4 za FARDC

Umutwe wa M23 watangaje ko wamaze kujya mu bihe byo kwirwanaho, nyuma yo kugabwaho ibitero by’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi-25 na drones za CH-4 z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu ma saa moya z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri ni bwo Sukhoi-25 na CH-4 za FARDC zarashe […]
Gasabo: Ubushinjacyaha bukurikiranye uwishe mugenzi we bakoranaga amunize

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye umugabo w’imyaka 47 y’amavuko ukekwaho kwica mugenzi we bakoranaga mu igaraje amunize. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 02 Kanama 2025, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata, Akagari ka Karuruma. Bivugwa ko uregwa yagiranye amakimbirane na mugenzi we akamufata akamuniga kugeza apfuye amuziza gucyeka ko ariwe wamutwaye […]
Rwanda welcomes the 2025 UCI Road World Championships – Photos
The countdown is nearly over. In just few hours. Rwanda will make history as it hosts the 2025 UCI Road World Championships in Kigali, the first time the world’s premier cycling competition comes to Africa. The event is expected to draw more than 330 million viewers globally, while Kigali itself prepares to welcome thousands of […]
RDC yanze kohereza abakinnyi muri shampiyona y’Isi y’amagare mu Rwanda

Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryanze kohereza abakinnyi muri Shampiyona y’Isi y’amagare iteganyijwe kubera mu Rwanda. Ku Cyumweru tariki ya 21 Nzeri ni bwo iri rushanwa rigiye kubera bwa mbere ku mugabane wa Afurika rizatangira, mbere yo gusozwa ku wa 28 Nzeri 2025. Mu gihe habura iminsi itageze […]
NFPO yamaganye umwanzuro utegeka u Rwanda gufungura Ingabire Victoire

Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (NFPO), ryamaganye umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi usaba u Rwanda kurekura umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza nta mananiza. Ku wa 11 Nzeri ni bwo Inteko Ishinga Amategeko ya EU yemeje umwanzuro wo kwamagana urubanza ruregwano Victoire Ingabire kuva muri Kamena uyu mwaka ukurikiranweho ibyaha bitandukanye; n’ubwo we […]
Amerika yitambitse umwanzuro wa Loni usaba Israel guhagarika intambara muri Gaza

Amatora yo kuri uyu wa Kane yabaye hasigaye iminsi mike ngo habe inama ngarukamwaka y’abayobozi b’Isi mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, aho Gaza izaba ingingo nyamukuru kandi biteganijwe ko ibihugu bikomeye by’inshuti za Amerika bizemera igihugu cyigenga cya Palesitine. Umwanzuro w’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kuwa Kane wasabaga ko intambara ibera muri Gaza ihagarikwa byihuse kandi […]
FARDC launches airstrikes in Masisi using sukhoi-25 jets and CH-4 drones

The Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) unleashed heavy airstrikes early Friday morning across Masisi Territory, deploying Sukhoi-25 fighter jets and CH-4 combat drones. According to the AFC/M23 revolutionary army spokesperson Lawrence KANYUKA, the bombardments began at 7:00 AM, targeting areas such as Bibwe, Nyenge, Chytso, and Hembe, all heavily populated rural […]
Perezida Ramaphosa yategetse ko umunyamakuru wazungurije ikibuno mu muhanda afungwa

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko yategetse inzego z’umutekano gufata umunyamakuru w’icyamamare kuri radiyo, Penny Ntuli ndetse n’inshuti ye, nyuma y’amashusho yabo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bari kubyina ku muhanda. Amashusho yagaragaje abo bombi babyina hafi y’imodoka zinyuraho ku muvuduko, ibintu byatumye bamwe babifata nk’imyidagaduro, abandi bakabigaya nk’imyitwarire ishobora guteza impanuka. Mu itangazo […]
Ibikoresho byiza by’ubwubatsi wagura muri QC Centor Ltd utabona ahandi

Ikigo Q Centor Ltd kiri mu bya mbere bicuruza ibikoresho by’ubwubatsi bigezweho mu Rwanda, cyamaze kwegereza iby’umwimerere, byuje uburanga kandi byujuje ubuziranenge ababikeneye. Ni ibikoresho byiganjemo ibikorerwa mu bihugu byo hirya no hino ku Isi nk’u Buhinde, u Budage na Türkiye. Ibikoresho iki kigo kizwiho kudatenguha abakigana cyamaze kuzana birimo amakaro y’umwimerere azwiho kongerera uburanga […]
Nyina wa Massamba Intore yapfuye

Umuhanzi w’umuco nyarwanda, Massamba Intore, ari mu kababaro nyuma y’urupfu rwa nyina witabye Imana ku wa 18 Nzeri 2025 mu bitaro bya Kanombe, aho yari arwariye. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Massamba yatangaje ko ikiriyo cyo kwibuka ubuzima bw’uyu mubyeyi cyatangiye, yongeraho amagambo yuzuye agahinda ati:“Nguwo uwafashije Gitare kundema, Imana imwakire mu bayo, isangire Sentore […]
U Bufaransa bwahambirije abadipolomate babiri ba Mali

U Bufaransa bwatangaje ko bwahagaritse ubufatanye mu kurwanya iterabwoba na Mali kandi butegeka abadipolomate babiri ba Mali kuva ku butaka bwabwo. Buravuga ko ari mu rwego rwo gusubiza ifatwa ry’umukozi wa dipolomasi y’u Bufaransa wafatiwe i Bamako muri Kanama, nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) byabitangaje kuri uyu wa Gatanu bibikesha dipolomasi y’u Bufaransa. Abadipolomate […]
U Rwanda rushobora kuba igihugu cya mbere muri Afurika gifite ibirindiro bya gisirikare mu kindi gihugu

Amakuru akomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga ataremezwa n’urwego urwo ari rwo rwose rubishinzwe, aravuga ko u Rwanda rwaba ruteganya kugira bwa mbere ibirindirindo bya gisirikare mu kindi gihugu cya Afurika nyuma y’aho rukomeje kwigaragaza mu kubungabunga amahoro hirya no hino ndetse no gutabara ibindi bihugu ku masezerano hagati y’ibihugu. Aya makuru avuga ko amasezerano y’ubufatanye […]
Kalisa Adolphe ‘Camarade’ yageze mu rukiko atiteguye

Kalisa Adolphe uzwi nka Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yaburanye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo. Camarade ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo yageze ku rukiko ari mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Iburanisha ry’urubanza rwa Kalisa ryatangiye nta bantu benshi baryitabiriye uretse abari kumwe na we […]
Umva icyo umunyamatego avuga ku kibazo cya Chantal n’uwahoze ari Minisiteri wamubeshye kumurongora

Urubanza rudasanzwe ruri imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiye tariki ya 16 Nzeri 2025, aho Muganga Chantal w’imyaka 44 arega Dr Ernest Nsabimana, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo, amushinja kumubeshya urukundo bikarangira amusigiye ibikomere byo mu mutima. Chantal avuga ko yamaze imyaka myinshi yizeye ko Nsabimana azamurongora, ariko byaje kurangira ashatse undi mugore, baza ni kubyarana. […]
Sukhoi-25 na CH-4 za FARDC zaramutse zirasa bikomeye i Masisi

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri, cyaramutse kirasa mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Masisi gikoresheje indege na drones z’intambara. Amakuru ya biriya bitero byagabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu hakoreshejwe indege zo mu bwoko bwa Sukhoi-25 na drones za CH-4, yemejwe n’umuvugizi […]
Ba Komanda ba RDF na TPDF bakorera ku mupaka basoje inama bakoreraga muri Ngara

Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Nzeri, Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Brigade ya 202 y’Ingabo za Tanzania (TPDF) baksoje inama y’umutekano, y’abayobozi b’ingabo bakorera hafi y’umupaka, bakoreraga mu Karere ka Ngara, muri Tanzaniya. Iyi nama yashojwe impande zombi zishimira intambwe imaze guterwa kuva bahura bwa mbere mu nama yibanze ku guhagarika […]
Burundi: Cholera iri kuvuza ubuhuha mu Ntara ya Bujumbura

Kuva mu ntangiriro za Nzeri, abantu 226 bamaze kwandura cholera muri komini za Cibitoke na Bukinanyana, mu Ntara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi. Ibigo byita ku barwayi byarengewe ubu birahabwa inkunga n’abaganga batagira umupaka (MSF), kubera ko iki cyorezo cyiyongera, bitewe no kubura amazi meza n’ibikorwa remezo by’isuku. Icyorezo cya cholera kirimo kwiyongera mu […]
Ghana: Abimukira boherejwe na Amerika bahise bafungwa

Igihugu cya Ghana kiravugwaho gufunga bamwe mu bimukira giherutse kwakira boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri ubu bajyanye leta y’iki gihugu mu nkiko. Umunyamategeko Oliver-Barker Vormawor, wunganira abantu 11 bafungiwe muri Ghana nyuma yo koherezwa bavuye muri Amerika, yabwiye BBC ko bareze leta y’icyo gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba. Uyu munyamategeko avuga ko […]
Umukobwa wa Paul Biya yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se

Umukobwa wa Perezida Paul Biya wa Caméroun, Brenda Biya, yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi gutaha. Ku wa 12 Ukwakira ni bwo abanya-Caméroun bazatora Umukuru w’Igihugu, mu matora Paul Biya w’imyaka 92 umaze 43 abayobora azahatanamo. Umukobwa w’uyu mukambwe biciye mu mashusho yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko atacyibona […]
Kivu y’Amajyepfo: Imitwe 2 ya wazalendo irahanganye muri Mwenga

Imitwe ibiri y’inyeshyamba za Wazalendo yasubiranyemo kuva ku wa Gatatu, itariki 17 Nzeri, muri centre ya Mwenga (Kivu y’Amajyepfo). Iyi mirwano irahuza unutwe wa Malaika n’uwa Nyakiliba. Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko kuri uyu wa Kane mu mujyi hongeye kumvikana urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje. Nibura abantu batatu bari bamaze kumenyekana ko bapfuye ku wa Gatatu. […]
M23 yashyizeho amabwiriza mashya ku bakoresha umupaka munini uhuza Goma na Rubavu

Umutwe wa AFC/M23 ugenzura Umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, washyizeho amabwiriza y’uko umupaka munini uhuza uriya mujyi n’uwa Rubavu wo mu Rwanda uzajya ukora kugeza saa sita z’ijoro. Ni icyemezo cyafashwe na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Musanga Bahati Erasto, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane. Iryo tangazo rivuga ko […]
Tshisekedi ari mu ruzinduko rw’akazi muri Afurika y’Epfo

Ku butumire bwa mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Pretoria, muri Afurika y’Epfo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane mu ruzinduko rw’akazi rumara amasaha menshi. Ageze ku kibuga cy’indege cya gisirikare, Umukuru w’igihugu cya Congo Kinshasa yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Afurika y’Epfo, Thandi […]
RDC iravuga ko M23 igomba kuyiha abakomando iheruka kunguka

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko itemera kuba umutwe wa AFC/M23 uheruka kunguka abasirikare bashya barenga 7,000; ivuga ko izageza iki kibazo kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar. Ku Cyumweru gishize ni bwo M23 yatangaje ko yungutse abasirikare kabuhariwe barenga 7,000; nyuma y’amezi atandatu bari bamaze batorezwa mu kigo cya […]
Kalisa Adolphe ‘Camarade’ agiye kugezwa mu rukiko

Kalisa Adolphe ’Camarade’ wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), agiye kugezwa imbere y’ubutabera. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri ni bwo Camarade azatangira kuburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo. Akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo, ruswa no gukoresha inyandiko mpimbano. Kalisa yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu […]
Shampiyona y’Isi y’amagare igiye kubera mu Rwanda ishobora kuzaba iya mbere igoye mu mateka

Hamwe na kilometero hafi 270 na metero zirenga 5.400 zo kuzamuka, Shamiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda, kandi ku nshuro ya mbere muri Afurika, kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri, ishobora kuzaca agahigo k’ikomeye mu mateka y’uyu mukino. Iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 izabera i Kigali, mu Rwanda, byitezwe ko […]
Amavubi yananiwe kwigira imbere, Argentine itakaza umwanya wa mbere ku Isi

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yagumye ku mwanya wa 127 ku Isi, ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwerekana uko ibihugu bihagaze mu mupira w’amaguru. Amavubi yagumye kuri uyu mwanya nyuma y’uko mu mikino ibiri y’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi aheruka gukina yatsinzwe na Super Eagles ya Nigeria igitego 1-0, ariko na yo agatsinda Zimbabwe igitego 1-0. […]
Barashaka ko u Rwanda ruba umuyonga? – Nduhungirehe ku myitwarire ya Loni

“Barashaka ko u Rwanda ruba umuyonga? U Rwanda ni igihugu cyugarijwe, abanyamahanga barabizi kandi twabahaye ibimenyetso. Izo ngamba [z’ubwirinzi] zizagumaho mu gihe FDLR igihari,” ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, ku Cyicaro cy’ihuriro y’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda ku Kacyiru. Ni mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yahaye […]
Urugo rwa Azarias Ruberwa rwatewe n’abasirikare barenga 150

Abasirikare babarirwa mu 150 baravugwaho gutera urugo rwa Azias Ruberwa wigeze kuba Visi Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse na Minisitiri ushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage muri iki gihugu. Ni amakuru yemejwe n’umuryango wa Ruberwa, mu itangazo waraye usohoye. Uyu muryango wavuze ko “muri iyo Operasiyo, abarinzi icyenda bashinzwe umutekano we ndetse n’uw’urugo rwe […]
DRC: ADF yishe Abakirisitu barenga 100 bari gushyingura

Ku wa Mbere nimugoroba, tariki ya 8 Nzeri 2025, inyeshyamba za ADF (Allied Democratic Forces) zifitanye isano n’umutwe wa Islamic State zagabye ibitero mu bice bya Ntoyo na Potodu, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Amakuru yemeza ko muri Ntoyo hiciwe Abakirisitu barenga 70, mu gihe abandi barenga 30 biciwe i Potodu, […]
UAE yahagaritse guha visa Abagande guhera Mutarama 2026

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zatangaje ko zizahagarika itangwa rya viza z’ubukerarugendo n’akazi ku benegihugu ba Uganda guhera muri Mutarama 2026, icyemezo gishobora guhungabanya gahunda yo guhererekanya abakozi, byagira ingaruka ku mafaranga yoherezwaga mu ngo, no ku bucuruzi n’ubucuruzi. Aya mabwiriza yatangajwe binyuze mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Abu Dhabi, rwongeye Uganda ku rutonde […]
Kigali: Uwahoze ari Minisitiri yijeje umugore kurongora ntiyabikora none bimugeze kure

Ku wa 16 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije urubanza ruregwamo Dr Ernest Nsabimana, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo. Uregwa ashinjwa na Muganga Chantal, uvuga ko yamubeshye urukundo amwizeza kuzamugira umugore, nyuma akamuta agashaka undi mugore. Urega avuga ko ibi byamugizeho ingaruka zikomeye, zirimo uburwayi budakira. Muganga Chantal avuga ko we na Dr Nsabimana bakundanye […]
U Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano mashya mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Bushinwa ku wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri, byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu bijyanye n’igisirikare. Aya masezerano yasinyiwe i Beijing mu Bushinwa, ahabereye inama yahuje Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda na mugenzi we w’Ingabo z’u Bushinwa Admiral Dong JUN. Minisitiri Marizamunda mu Bushinwa yahitabiriye ihuriro rya 12 rya Beijing Xiangshan Forum. Ubuyobozi […]
Icyamamare Jimmy Kimmel yambuwe ikiganiro yakoraga kubera ibyo yavuze ku rupfu rwa Charlie Kirk

ABC yahagaritse igihe kitazwi umunyamakuru w’icyamamare, Jimmy Kimmel, wakoraga ikiganiro cyo mu masaha akuze y’ijoro kubera ibitekerezo yatanze ku bijyanye n’iraswa riheruka ry’Umu-Conservateur, Charlie Kirk. Umuvugizi w’iyi televiziyo ya Disney yagize ati: “Jimmy Kimmel Live izahagarikwa igihe kitazwi.” Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Kimmel mu kiganiro cye yavuze ko “agatsiko ka Maga (Make America Great Again)” […]
Gicumbi: Umugabo akurikiranweho kwica umugore we akoresheje majagu

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 57 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Muko , Akagari ka Cyamuhinda, Umudugudu wa Ntoranya, ukurikiranweho icyaha cyo kwica umugore bashyingiranywe byemewe n’amategeko w’imyaka 49 y’amavuko amukubise isuka ya Majagu mu mutwe. Icyaha akurikaranweho yagikoze ku itariki ya […]
Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico batatu batemye abaturage

Mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira 17 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba ho mu Karere ka Kamonyi, Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byakorwaga n’abagabo batatu bitwaje intwaro gakondo. Aba bagizi ba nabi bari barimo gutema abaturage mu kabari no kubambura ibyo bari bafite. Ababonye […]
Rutsiro: Abaturage biruhukije nyuma yo kwegerezwa ibitaro

Abaturage bo mu murenge wa Boneza w’akarere ka Rutsiro, bagaragaje ibyishimo nyuma yo kwegerezwa ibitaro bivura indwara zitandukanye bitezeho kubaruhura urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri ni bwo ibi bitaro byiswe Kivu Hills Medical Center byatashywe, bikaba byarubatswe na Arise Rwanda Ministries. Abaturage baganiriye na BWIZA bayibwiye ko […]
Hashyizweho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri rwashyizeho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari byarashyizweho mu myaka itanu ishize. Uru rwego mu itangazo rwasohoye rwasobanuye ko vugurura biriya biciro biri mu rwego rwo kujyanisha ikiguzi cy’amashanyarazi n’ibiyagendaho, ndetse no guhaza isoko ry’abakenera amashanyarazi rikomeje kwiyongera. RURA kandi yavuze ko biriya biciro […]
RIB yihanangirije inkumi zishaka kurya amafaranga y’abasore nta cyo babakoreye

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuye ko rutajya rufunga umuntu nta bimenyetso, ahubwo mbere hakorwa iperereza ryimbitse. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, nyuma y’ikiganiro cyanyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho umukobwa witwa Solange (Soso) yavuze ko umukobwa ashobora guhimba ikirego cy’uko afashwe ku ngufu kugira ngo akuremo amafaranga menshi. Muri icyo kiganiro yari […]
Inzu ya miliyari 1 Frw ya Miss Jolly iri kuvugisha benshi

Miss Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, ari kurangiza imirimo yo gutunganya inzu nshya yubatswe ku buryo bugezweho, ifite agaciro karenga miliyoni 800 Frw kugeza kuri miliyari. Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragara Miss Jolly yinjira mu nzu ye nini igizwe n’ibyumba byinshi, ikagira pisine, parikingi ndetse n’ikibuga kinini cyo hanze. Amakuru […]
Bishop Gafaranga yasabiye gufungwa imyaka 5

Ku wa 15 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije mu muhezo Habiyaremye Zacharie, uzwi nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha batandukanye yakoreye umugore we Anet Murava. Ubushinjacyaha bwamushinje ibyaha bibiri: guhoza ku nkeke no gukubita no gukomeretsa umugore we, Murava Annette. Murava yavuze ko yahoraga ahangayikishwa n’amagambo mabi, guhatirwa imibonano mpuzabitsina, ndetse no gukubitwa, bigatuma […]
Tanzania: Abanyarwanda n’Abarundi 34 barafunzwe

Mu rwego rwo gukaza umutekano w’igihugu mbere y’amatora rusange ateganyijwe mu Ukwakira 2025, Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Tanzania rwatangaje ko rwafatiye mu Karere ka Mbogwe, Intara ya Geita, abantu 34 b’abimukira binjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko baturutse mu Burundi no mu Rwanda. Ibi byabaye mu gihe hakomeje ibikorwa byihariye bigamije guhashya ubwinshi […]
Paris: Munyemana wahamijwe ibyaha bya jenoside ari kuburana mu bujurire

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 16 Nzeri, urubanza mu bujurire rwa Sosthène Munyemana, wahoze ari umuganga mu Rwanda wahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rwatangiriye mu rukiko rw’i Paris. Mu 2023, yakatiwe igifungo cy’imyaka 24 kubera “kugira uruhare muri jenoside, ibyaha byibasiye inyoko muntu, no kugira uruhare mu nama zateguriwemo […]
Hakomeje kwibazwa uko Rabin yemeye kujya mu Burundi mbere yo gushimutwa n’ubutasi – Inkuru y’imvaho

Hakomeje kwibazwa ukuntu Umurundi Niyukuri Dieudonné, uzwi ku izina rya Rabin, yashutswe akemera kujya mu Burundi, aho yageze agahita atabwa muri yombi n’inzego z’ubutasi z’u Burundi, mu gihe yari azi neza ko amaze iminsi anenga ubutegetsi bwa CNDD-FDD ku mugaragaro mu biganiro yagiye atanga kuri channels zitandukanye za youtube nk’umusesenguzi. Amakuru mashya Bwiza ifite aremeza […]
Afurika: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bw’umuryango wa Lungu udashaka ko ashyingurwa muri Zambia

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nzeri, Urukiko Rukuru muri Afurika y’Epfo bwateye utwatsi ubujurire bw’umuryango wa nyakwigendera Perezida wa Zambia, Edgar Lungu, wasabye guhagarika kohereza umurambo we muri Zambia kugira ngo abe ari ho ashyingurwa. Uyu muryango wegereye urukiko muri Pretoria ujuririra urubanza rwaciwe mbere rwahaye Guverinoma ya Zambia uburenganzira bwo gusubiza umurambo wa […]
Abafana ba Marseille barwanye na Polisi ibahata imihini

Mu gihe umukino wari ugiye gutangira ku isaha ya saa tatu z’ijoro ku isaha y’i Burayi (9:00PM CET) kuri sitade ya Real Madrid Santiago Bernabéu, habanje kubaho imvururu zikomeye hagati y’abafana b’ikipe ya Marseille n’inzego z’umutekano za Espagne. Abafana benshi baturutse mu Bufaransa bari baje gushyigikira ikipe yabo, ariko imbere ya sitade habayeho ubushyamirane n’abapolisi […]
Amagare azanyura imbere muri Bk Arena

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko mu mikino ya Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda ku nshuro ya mbere kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, hazaba harimo udushya tudakunze kuboneka. Icya mbere yavuze ni uko isiganwa ryo gusiganwa n’ibihe (Time Trial), risanzwe ribera mu muhanda, ubu rizabera ahantu hafunze, […]
Minisitiri Prevot w’u Bubiligi nta cyizere afite ku kuba azasiga azahuye umubano naza mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yatangaje ko nta cyizere afite cy’uko naza mu Rwanda azasiga azahuye umubano umaze igihe waraciwe hagati yarwo n’igihugu cye. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwaciye umubano ushingiye kuri dipolomasi rwari rufitanye n’u Bubiligi runirukana abadipolomate babwo, nyuma yo gushinja iki gihugu kwifatanya na Repubulika Iharanira […]
CICR ivuga ko yiteguye gufasha mu guhererekanya imfungwa hagati ya Kinshasa na AFC/M23

Umuryango Mpuzamahanga utabara Imbabare wa Croix-Rouge (CICR) yatangaje kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nzeri, watangaje mu butumwa yashyize kuri konti yawo ya X (Icyahoze ari twitter), ko witeguye gutanga umusanzu mu kurekura imfungwa mu rwego rw’amasezerano yasinywe hagati ya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na AFC/M23. CICR yanditse iti: “Nyuma yo gusinya […]