Abafana ba Marseille barwanye na Polisi ibahata imihini 

469fd59282 yuqori qoshilgan qiymatga ega mahsulotlar eksportga qollab quvvatlanadi yangi qaror qabul qilindi 2025 09 17t060905 573

Mu gihe umukino wari ugiye gutangira ku isaha ya saa tatu z’ijoro ku isaha y’i Burayi (9:00PM CET) kuri sitade ya Real Madrid Santiago Bernabéu, habanje kubaho imvururu zikomeye hagati y’abafana b’ikipe ya Marseille n’inzego z’umutekano za Espagne. Abafana benshi baturutse mu Bufaransa bari baje gushyigikira ikipe yabo, ariko imbere ya sitade habayeho ubushyamirane n’abapolisi […]

Amagare azanyura imbere muri Bk Arena

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko mu mikino ya Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda ku nshuro ya mbere kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, hazaba harimo udushya tudakunze kuboneka. Icya mbere yavuze ni uko isiganwa ryo gusiganwa n’ibihe (Time Trial), risanzwe ribera mu muhanda, ubu rizabera ahantu hafunze, […]

Minisitiri Prevot w’u Bubiligi nta cyizere afite ku kuba azasiga azahuye umubano naza mu Rwanda

ZDM0NDRmYTEyNjI2NWNlODgyOTQvZGlvLzI1NTE3MDc4Mi9maXQtd2lkdGgvMTIwMA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yatangaje ko nta cyizere afite cy’uko naza mu Rwanda azasiga azahuye umubano umaze igihe waraciwe hagati yarwo n’igihugu cye. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwaciye umubano ushingiye kuri dipolomasi rwari rufitanye n’u Bubiligi runirukana abadipolomate babwo, nyuma yo gushinja iki gihugu kwifatanya na Repubulika Iharanira […]

CICR ivuga ko yiteguye gufasha mu guhererekanya imfungwa hagati ya Kinshasa na AFC/M23

20250430104707225727 CICR 3

Umuryango Mpuzamahanga utabara Imbabare wa Croix-Rouge (CICR) yatangaje kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nzeri, watangaje mu butumwa yashyize kuri konti yawo ya X (Icyahoze ari twitter), ko witeguye gutanga umusanzu mu kurekura imfungwa mu rwego rw’amasezerano yasinywe hagati ya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na AFC/M23. CICR yanditse iti: “Nyuma yo gusinya […]

Rwampara: Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 na 35 yasanzwe muri ruhurura yapfuye

biryogo 2

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Nzeri 2025 mu gitondo, muri ruhurura ya Rwampara hasanzwemo umugabo witwa Karoli yapfuye, bikaba bikekwa ko yaba yishwe n’inzoga kuko bivugwa yari yiriwe azisangira n’abandi bantu ku wa Mbere baje gutungurwa no gusanga yapfuye. Karoli wari utuye mu Mudugudu wa Nyiranuma, mu Kagari ka Biryogo, mu Murenge wa […]

Abawazalendo bageze aho basaba gutumirwa i Doha no kwinjizwa muri guverinoma

AP24302473830882

Mu gihe mu minsi ishize hadutse umwuka mubi hagati y’inyeshyamba za Wazalendo n’abayobozi i Kinshasa, cyane cyane ku bijyanye no kohereza Gen. Olivier Gasita muri Uvira, kuri ubu izi nyeshyamba biravugwa ko zoherereje  inyandiko Perezida Félix Tshisekedi ikubiyemo ibyo zisaba. Mu gihe bemeza ko batazahemukira Guverinoma ya Kinshasa, bagize na bo ibyo basaba nk’ikiguzi cy’ubwo […]

Ndayishimiye yambitswe umudali na Embalo, anagirwa umuturage wa Guinée-Bissau 

20250917 071751

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yambitswe umudali w’icyubahiro na mugenzi we wa Guinée-Bissau, Umalo Sissoco Embalo. Ndayishimiye ari i Bisau kuva ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, mu ruzinduko rw’akazi yahagiriraga. Ibiro bye byatangaje ko umudali wa mbere w’icyubahiro yambitswe na mugenzi we Embalo uri mu rwego rwo kumushimira ku bw’”uruhare rwe mu guteza […]

RDC: Kamerhe ashobora kurara yegujwe ku buyobozi bw’inteko ishinga amategeko

jad20230324 ass rdc vital kamerhe 1256x628 1679673129

Kuri uyu wa Gatatu, Vital Kamerhe ashobora gutakaza umwanya we ku buyobozi bw’inteko ishinga amategeko, umutwe w’Abadepite. Ku wa Mbere, abadepite batanze icyifuzo gisaba kwegura benshi mu bagize biro y’inteko ishinga amategeko, barimo Perezida wa yo Vital Kamerhe, umaze igihe ari umusangirangendo w’umukuru w’igihugu. Ubusabe bwo kumweguza bwashyizweho imikono 262, irenga ubwiganze busabwa bwa 250. […]

RDF yavuze kuri drone yakomerekeje abana 3 i Rutsiro 

IMG 20250917 WA0003

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko drone nto yakomerekeje abana batatu bo mu karere ka Rutsiro ku wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri, ari iy’Ingabo z’u Rwanda. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Kabiri ni bwo iriya drone yakomerekeje abana batatu bo mu murenge wa Kivumu, bari bavuye kwiga ku Ishuri Ribanza rya Bunyoni. RDF mu […]

Kubera Igisirikare cya Congo u Rwanda ruriho, Uganda iriho, Tanzania iriho ndetse n’u Bubiligi – Eliezer Ntambwe

fdockX8o18jP 1hM

Muri video yakwirakwijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga kuri wa Kabiri, itariki ya 16 Nzeri, Minisitiri ushinzwe abahoze mu gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Eliezer Ntambwe, yahaye icyubahiro Igisirikare cya Congo yemeza ko kubera cyo, ibihugu byinshi ubu biriho mu gihe byakabaye byaragizwe ingaruzwamuheto. “Kubera Ingabo za Congo, u Rwanda ruriho, Uganda iriho, Tanzaniya […]

Abakozi ba FERWAFA barafunzwe 

whatsapp image 2023 08 07 at 21.06 59 d3687 659ba

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda mu iperereza rikorerwa bamwe mu bakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), barimo Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru waryo. Itangazo RIB yashyize ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Nzeri 2025, ryemeje amakuru yari amaze iminsi avugwa ko hari abatawe muri yombi. […]

Rutsiro: Abana 3 bakomerekejwe na drone

IMG 20250916 WA0006

Abana batatu bo mu murenge wa Kivumu w’akarere ka Rutsiro, bakomerekejwe na drone itaramenyekana yakoreye impanuka muri kariya gace. Byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025, mu ma saa saba. Abana bakomerekejwe n’iriya drone bari bavuye kwiga ku Ishuri Ribanza rya Bunyoni. Raporo yakozwe n’ubuyobozi bw’ibanze ivuga ko mu […]

UPDF yishe umuyobozi mukuru wa Al-Shabaab

WhatsApp Image 2025 09 16 at 12.51.42

Ingabo za Uganda (UPDF) ziri mu butumwa bwa African Union Support Mission in Somalia (AUSSOM) zatangaje ko zishe umuyobozi mukuru w’inyeshyamba za Al-Shabaab mu karere ka Lower Shabelle muri Somaliya. Uyu muyobozi witwa Osman Hussein Bune Amiir wari uzwi nk’umugaba mukuru w’ingabo za Al-Shabaab muri ako gace, yishwe ku wa 14 Nzeri 2025 mu gitero […]

Kigali: Amashuri yose agiye gufungwa 

abize amashuri yisumbuye mu turere dutandukanye baracyari bake 83ff5

Minisiteri y’Uburezi ifatanyije n’Umujyi wa Kigali yatangaje ko amashuri yose aherereye muri Kigali azafungwa by’agateganyo guhera ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025. Ibi bizakorwa mu rwego rwo gutegura no kwakira neza isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships), rizitabirwa n’ibihugu bitandukanye byo ku isi. Ubu bufatanye bugamije kwirinda ko […]

Trump yajyanye The New York Times mu nkiko ayishyuza miliyari 15$

paris france nov front page new york times featuring headline trump storms back highlighting donald s return to presidency 344070347

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri 2025, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatanze ikirego cyo ashinja ikinyamakuru New York Times hamwe n’abanyamakuru bane b’ikinyamakuru kumusebya asaba miliyari 15 z’amadolari ya Amerika y’impozamarira, nyuma y’amezi macye areze n’ikinyamakuru Wall Street Journal. Trump yavuze ko iki kinyamakuru ari “igikoresho” cy’ishyaka ry’Abademokarate (ic)” […]

Tshisekedi yatabye mu nama Vital Kamerhe wicariye intebe ishyushye

Felix Tshisekedi et Vital Kamerhe

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, Vital Kamerhe yitabaje Perezida Félix Antoine Tshisekedi ngo aburizemo umugambi wo kumweguza, undi amutaba mu nama. Kamerhe yitabaje Tshisekedi, nyuma y’uko abagize Inteko Ishinga Amategeko ya RDC bakomeje gukusanya imikono isaba ko yeguzwa. Amakuru avuga ko abadepite 262 ari […]

Ubusambanyi buteye ubwoba bukorerwa abakobwa i Dubai

images

Mu mujyi wa Dubai, uzwi cyane ku isi kubera inyubako ndende, ubutunzi n’ubutwari mu ikoranabuhanga, hari indi sura itagaragarira buri wese. Ni isura y’agahinda, imiborogo n’amarira y’abakobwa baturuka muri Afurika, cyane cyane abo muri Uganda, bashorwa mu bikorwa by’ubusambanyi biteye ubwoba. Abenshi muri abo bakobwa babwirwa ko bagiye kubona akazi mu mahoteli, mu masoko cyangwa […]

Israel iri gushyirwa mu kato n’isi yose

2025 09 15t151644z 771710554 rc2csgaapb7j rtrmadp 3 israel palestinians delegation 1757969354

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ku wa 15 Nzeri 2025 yemeye ko igihugu cye kiri mu nzira yo gushyirwa mu kato ku rwego mpuzamahanga bitewe n’intambara imaze hafi imyaka ibiri muri Gaza. Ibi yabivugiye i Tel Aviv mu nama yateguwe na minisiteri y’imari, Netanyahu yasobanuye ko icyo kibazo gishobora kumara imyaka myinshi, bityo Israel […]

Ingaruka mbi zo kwitera makeup cyane

IMG 20250916 WA0007

Makeup ni kimwe mu bintu bikoreshwa cyane n’abagore n’abakobwa ku isi yose, aho ifasha benshi kongera ikizere no kugaragara neza mu ruhame. Ariko kandi, abahanga mu buzima bavuga ko gukoresha makeup kenshi, nabi, cyangwa gukoresha iyitujuje ubuziranenge bishobora kugira ingaruka mbi ku ruhu n’ubuzima muri rusange. Bamwe mu baganga b’uruhu bavuga ko ibikoresho bya makeup […]

McGregor wabaye indwanyi ya mbere ku Isi muri MMA yaretse gushaka kuba perezida

Uwahoze ari champion mu mukino njyarugamba wa MMA (Mixed Martial Arts), Conor McGregor, yatangaje ku wa Mbere ko atakibaye umukandida mu matora ya perezida ateganyijwe muri Irlande ku itariki ya 24 Ukwakira. Mu ntangiriro z’uku kwezi, McGregor yavuze ko aziyamamariza umwanya wa perezida, avuga ko “igihe cy’impinduka nyazo kigeze,” kandi yiyemeza kutazashyira umukono ku mushinga […]

RDC: Abarwanyi ba M23 bafashe indi midugudu 2 muri Masisi

pix 10 copy 1735711505

Imidugudu ya Ndurumo na Kinyaongo, iherereye muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, muri Sheferi ya Bashali, no muri Gurupoma ya Bapfuna, mu Murenge wa Osso Banyungu (Teritwari ya Masisi) muri Kivu y’Amajyaruguru, yafashwe n’ingabo za AFC / M23 kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, nyuma yo kurwana na Wazalendo. I Ndurumo, hafi ya Lukweti, imirwano […]

Ibiciro by’umuriro w’amashanyarazi bishobora kwiyongera

rszpo5ff2d

Leta y’u Rwanda yatangaje ko hari gukora ivugururwa ryerekeye ibiciro by’amashanyarazi, ku buryo rizasiga hashyizweho ibishya bigomba gusimbura ibyari bisanzweho kuva muri 2020. Iby’aya mavugururwa byamenyeshejwe inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ejo ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida Paul Kagame. Umwanzuro wa gatatu w’ibyemezo by’iyi nama, uvuga ko nyuma […]

U Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi bashya i Cabo Delgado 

U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, rwohereje abasirikare n’abapolsi bashya i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bagiye mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba. Aba basirikare n’abapolisi bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka muri iriya ntara. Mbere yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Kigali babanje gusezerwaho n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. […]

DCG Ujeneza yatangije inama igenzura ubushobozi bw’ibikoresho bw’inzego zoherezwa mu butumwa bw’amahoro

G046vlPW0AA2qwg

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, yatangije ku mugaragaro inama y’iminsi itatu igenzura ubushobozi mu rwego rw’ibikoresho n’amahugurwa bihabwa Polisi n’Ingabo boherezwa mu butumwa bw’amahoro. Inama yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Ni inama iba mu […]

Umusesenguzi Rabin yashimuswe n’ubutasi bw’u Burundi

hq720 1

Umunyamakuru n’umusesenguzi w’Umurundi wabaga mu Rwanda nk’impunzi, Niyukuri Dieudonne wari uzwi ku izina rya Rabin, akaba yarakoranye n’ibinyamakuru bitandukanye hano mu Rwanda, birimo nka Bwiza News, biravugwa ko yashimuswe n’inzego z’umutekano z’u Burundi. Hari hashize iminsi atavugana na bagenzi be bo mu Rwanda, ariko mu gukomeza kubaririza biza kumenyekana ko yashimuswe kuri ubu ari ku […]

Umukinnyi wa APR FC yatowe nk’umukinnyi wa CECAFA Kagame Cup 

3W6A2937 1 768x544 1

Umunya-Burkina Faso Memel Raouf Dao ukinira ikipe ya APR FC, ni we watowe nk’umukinnyi mwiza wa CECAFA Kagame Cup yakinirwaga mu gihugu cya Tanzania. Iri rushanwa ryegukanywe n’ikipe ya Singida Black Stars yatsinze Al Hilal ibitego 2-1 bya Clatous Chama waje kurusha abandi bose gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa. APR FC yatwaye umudari wa […]

FBI yerekanye urwandiko ruteye ubwoba rwanditswe n’umurashi wishe Krik

charlie kirk shoooter tyler robinson captured comp 9

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (FBI) rwatangaje ko rufite ibimenyetso bikomeye bihamya ko Tyler Robinson, w’imyaka 22, ari we wivuganye umunyapolitiki Charlie Kirk mu birori byabereye kuri Utah Valley University. Umuyobozi wa FBI, Kash Patel yavuze kuri uyu wa Mbere ko ADN (DNA) yabonetse ku isume yari ipfunyitse imbunda yasanzwe mu gace Robinson […]

Zambia: Abapfumu 2 bakatiwe bazira kugerageza kuroga perezida

HAKAINDE HICHILEMA

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, urukiko muri Zambia rwakatiye abaganga gakondo babiri b’abapfumu kubera kugerageza kuroga Perezida w’iki gihugu, Hakainde Hichilema. Leonard Phiri w’imyaka 43 wo muri Zambia na Jasten Mabulesse Candunde w’imyaka 42 ukomoka muri Mozambique, bahamwe n’icyaha cyo gutunga ibintu bitandukanye bikoreshwa mu kuroga birimo uruvu ruzima, cyangwa umuserebanya w’amabara, kandi […]

Singida yegukanye CECAFA mbere yo kwesurana na Rayon Sports

20250915 161818

Ikipe ya Singida Black Stars yo muri Tanzania yegukanye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryaberaga i Dar Es Salaam, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Al Hilal Omdurman yo muri Sudani ibitego 2-1. Ibitego bibiri byombi byatsinzwe n’umunya-Zambia Clatous Chota Chama, ni byo byafashije Singida kwegukana bwa mbere mu mateka igikombe cya ririya rushanwa. […]

Masisi: M23 yafashe bwa mbere Umudugudu wa Ronga nyuma y’imirwano ikaze

97b8c540 cb47 11ef bb10 a5f3e63456bb.jpg

Umudugudu wa Ronga, uherereye mu gace ka Hembe, muri Sheferi ya Bashali Mokoto, Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, wafashwe ku nshuro ya mbere n’abarwanyi ba AFC/M23 nyuma y’imirwano ikaze na Wazalendo/FARDC umunsi wose wo ku Cyumweru, itariki 14 Nzeri 2025. Amakuru agera ku rubuga Kivu Morning Post aturuka muri ako gace, avuga ko mu […]

USA: Abayobozi n’abanyapolitiki bamaze kwicwa cyangwa kururokoka mu mateka

file 20240715 21 70vay4

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika haherutse kwicwa Charlie Kirk, umwe mu bafatanyabikorwa ba politiki ba hafi ba Perezida Donald Trump. Iyi mpirimbanyi yo gutsimbarara ku matwara ya kera yishwe kuwa Gatatu yiciwe aho yari muri Kaminuza ya Utah arimo gusobanura ibyo aharanira ubwo yaraswaga mu ijosi bikavugwa ko yapfuye nyuma gato. Iyicwa rya Kirk […]

Icyo Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ivuga ku busabe bwa EU bwo kurekura Ingabire Victoire

1757926306616

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yateranye isesengura umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) usaba ko Ingabire Victoire arekurwa bidatinze. Mu bitekerezo byatanzwe n’abagize Inteko, bavuze ko uwo mwanzuro wa EU ari ugusuzugura igihugu cyigenga nk’u Rwanda no kwivanga mu mikorere y’ubucamanza […]

Abarwanya Israheli bahagaritse isiganwa i Madrid

20250915 095133

Ku Cyumweru, isiganwa ry’amagare rya Vuelta a España ryasojwe ritarangiye bitewe n’imyigaragambyo ikomeye yabereye i Madrid. Abigaragambya, bari bafite amabendera ya Palestina, binjiye mu muhanda w’abarushanwaga basaba ko ikipe ya Israel-Premier Tech ikurwa mu irushanwa kubera intambara yo muri Gaza. Polisi ya Esipanye yashyize abasaga 1,000 mu mihanda, ari na yo mpamvu yabaye igikorwa gikomeye […]

The Ben yeretse ibyamamare umwana we – Amafoto

1757922200051

Mu muco nyarwanda, kugabirana inka bifatwa nk’ikimenyetso gikomeye cy’ubumwe n’ubuvandimwe hagati y’abantu. Ni muri urwo rwego, umutoza w’imyidagaduro Coach Gael yongeye kugaragaza ko we na The Ben basubiranye ubucuti, amugabira inka. Ibi byabereye mu rugo rwa The Ben ruherereye i Rebero, mu ijoro ryo ku wa 13 Nzeri 2025. Ni ibirori byari bigamije kumwereka inshuti […]

Gen. Katumba yavuze uko Maj. Gen Sabiiti Muzeyi wakoze impanuka ikomeye amerewe 

7ba2a19e 4151 4fbb 9738 94286bcc5e59

Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi muri Uganda, Gen. Katumba Edward Wamala, yatangaje ko Maj. Gen Sabiiti Muzeyi wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya Uganda ari kugenda amererwa neza nyuma yo gukora impanuka ikomeye. Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Maj. Gen. Sabiiti wari mu modoka imwe n’umugore we yakoze impanuka, ubwo […]

Gen. Maj. Chiko wananiwe M23 ubu ahanganye n’inyeshyamba za Mobondo

IMG 20250914 WA0040

Komanda w’Akarere ka mbere ka Gisirikare ka FARDC, Gen. Major Chiko Tshintambwe, ari i Kikwit, umurwa mukuru w’Intara ya Kwilu, kuva ku Cyumweru, itariki ya 14 Nzeri 2025, mu butumwa bwo kugenzura no kuganira n’abasirikare bagira uruhare mu guhiga inyeshyamba za Mobondo. Nk’uko byatangajwe na Capt. Antony Mwalushay, Umuvugizi w’ibikorwa bya Ngemba, ngo uruzinduko rw’uyu […]

M23 yungutse abasirikare kabuhariwe barenga 7,000

G01nNkDXIAAmMnC

Umutwe wa M23 ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri wungutse abasirikare bo mu mutwe udasanzwe 7,437; nyuma yo gusoza imyitozo bari bamaze amezi atandatu bahabwa. Ni imyitozo aba basirikare biganjemo abahoze mu ngabo za Leta ya RDC (FARDC) bihuje na M23 ubwo yafataga imijyi ya Goma na Bukavu mu ntangiriro z’uyu mwaka bahererwaga mu kigo […]

U Buyapani bwaciye agahigo ko kugira abantu hafi 100,000 bafite imyaka 100

d73da5c0 8fcb 11f0 a984 69b738896393.jpg

Umubare w’abantu mu Buyapani bafite imyaka 100 cyangwa irenga wazamutse ugera ku rwego rwo hejuru hafi 100.000, nk’uko guverinoma yabitangaje. Minisiteri y’ubuzima yatangaje ku wa Gatanu ko yakoze amateka mashya mu mwaka wa 55 wikurikiranya, aho umubare w’abafite imyaka ijana mu Buyapani wari ugeze ku 99.763 muri uku kwezi kwa Nzeri. Muri abo bose, abagore […]

Uburanga n’ikimero by’umwuzukuru wa Museveni bikomeje kuvugisha benshi – Amafoto

G0ux4kPWMAA bpW

Uburanga bw’umwuzukuru wa Perezida Museveni,  Nsasirwe Karugire Keinembabazi akaba umukobwa wa Natasha Museveni, bukomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’amafoto y’imyiteguro y’ubukwe bwe akomeje gucicikana hirya no hino. Umuryango wa Perezida Yoweri Museveni urimo kwitegura gushyingira umwuzukuru we, Nsasiirwe Keinembabazi Karugire, uzwi cyane ku izina rya Tasha cyangwa Sasii, witeguye kubaka urugo rwe. Tasha […]

Trump yasabye NATO kureka peteroli y’u Burusiya niba ishaka ko abufatira ibihano bikaze

c 65 800x445 1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yiteguye gufatira u Burusiya ibihano bikaze, ariko mu gihe ibihugu bya NATO byakuzuza bimwe mu byo abisaba birimo guhagarika kugura peteroli y’u Burusiya. Mu butumwa yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, yavuze ko “yiteguye gufatira u Burusiya ibihano bikomeye” mu gihe ibihugu bya […]

Iturika rihambaye mu kabari k’i Madrid ryahitanye umuntu abandi barakomereka

73986270 605

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, iturika rihambaye mu kabari ko mu murwa mukuru wa Espagne, Madrid, ryahitanye umuntu umwe rikomeretsa byibuze 25. Abakozi bashinzwe ubutabazi babonye umurambo w’umugabo mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru ubwo bashakishaga bari kumwe n’abashinzwe kuzimya umuriro n’abapolisi baho, nkuko byatangajwe na serivisi zishinzwe ubutabazi bwihutirwa i […]

Uganda: Maj. Gen. Sabiiti hagati y’urupfu n’umupfumu nyuma y’impanuka ikomeye

7ba2a19e 4151 4fbb 9738 94286bcc5e59

Maj. Gen. Sabiiti Muzeyi, umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imishinga, ishami ry’imari ry’Igisirikare cya Uganda (UPDF), kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Nzeri, yajyanywe mu ndege i Kampala nyuma yo kugira impanuka ikomeye yo mu muhanda mu Karere ka Lwengo ku muhanda wa Mbarara – Kampala. Iyi mpanuka ngo yabaye mu gihe uwahoze ari […]

Walikale: Habaye imirwano ikaze mu gitero cya wazalendo ku birindiro bya M23

images 3

Umunsi wo kuwa Gatandatu, itariki ya 13 Nzeri, waranzwe n’imirwano ikaze muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, muri Kivu y’Amajyaruguru. Nyuma y’imirwano yabereye i Kasopo, hafi ya Kashebere, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo mu gitondo, wazalendo yagabye igitero gishya ku birindiro by’inyeshyamba ku musozi wa Bueni, ku mupaka uhuza gurupoma […]

Abapolisi barenga 1200 basoje amahugurwa y’ibanze yihariye mu byo gucunga umutekano

csm WhatsApp Image 2025 09 13 at 17.48.45 d3d4ce67 854ad7c3c1

Abapolisi 1,238 basoje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri, amahugurwa y’ibanze yihariye ahabwa abapolisi (Basic Police Special Forces Course), mu Kigo cya Polisi gitanga amahugurwa yo Kurwanya iterabwoba (Counter Terrorism Center-CTTC) giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera. Ni amahugurwa y’icyiciro cya 3, yari amaze amezi atatu (3), aho abayitabiriye barimo ab’igitsinagore 220, […]

Uwahoze ahagarariye Amerika muri Afurika yannyeze FARDC na Tshisekedi

GridArt 20250913 174929824

Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije ushinzwe umugabane wa Afurika, yannyeze Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukomeje kugirira ingendo mu mahanga, mu gihe abaturage bo mu burasirazuba bw’igihugu cye bakomeje kwicwa n’imitwe yitwaje intwaro. Tibor Nagy yabitangaje, nyuma y’umunsi umwe Tshisekedi asoje uruzinduko rw’akazi […]

Kigali: Polisi yerekanye 3 bagaragaye batemagura umuturage

Screenshot 20250913

Polisi y’Igihugu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025, yerekanye abagabo batatu yataye muri yombi nyuma yo kugaragara mu mashusho yafatiye mu Rwampara ho mu karere ka Nyarugenge bakorera umuturage ubugome. Abafashwe ni Gatari Edmond uzwi nka ‘Black’ w’imyaka 38 wabwiye Polisi ko acuruza butiki; Hakizimana Jacques uzwi nka ‘Claude’ w’imyaka 33 akaba […]

U Rwanda mu bihugu byashyigikiye ko Israel na Palestine ziba Leta 2

NANGKA6LJVIJPBF332653KAUUU

U Rwanda ruri mu bihugu byashyigikiye imbanzirizamasezerano y’umwanzuro usaba ko ikibazo cya Palestine gikemuka mu mahoro, ndetse no kuba habaho Leta ebyiri hagati ya Israel na Palestine. Ni umwanzuro watowe n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025. Uyu mwanzuro w’amapaji arindwi, urakurikira Inama Mpuzamahanga yakiririwe ku Cyicaro Gikuru cya Loni […]

Kazungu Claver yaba agiye kujya kuba i Burayi?

0d8a6568

Kazungu Claver, umunyamakuru w’imikino kuri SK FM, aherutse kuvugwaho ko yaba ari hafi yo gusezera kuri radiyo akerekeza muri Polonye. Amakuru yabanje gutangazwa n’umunyamakuru ukorera YouTube witwa Umukada, wavuze ko Kazungu ashobora kuba agiye kwimukira i Burayi. Ariko mu kiganiro “Urukiko rw’Ikirenga” gica kuri SK FM, Kazungu yahakanye ibyo bivugwa, ashimangira ko ari ibihuha nta […]

Ukuntu umurashi wishe Charlie Kirk yafashwe atanzwe na se

MixCollage 12 Sep 2025 08 40 PM 7212 68c437f272aab

Umusore witwa Tyler Robinson, w’imyaka 22 yatawe muri yombi muri Leta ya Utah muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akekwaho kwica umunyapolitiki wari ukunzwe cyane mu biganiro bya politiki, Charlie Kirk. Amakuru atangazwa n’abayobozi avuga ko uyu musore yafashwe nyuma y’uko se amubonye mu mafoto yagaragajwe n’inzego z’umutekano nk’ukekwaho kurasa Kirk muri kaminuza ya Utah […]

Abantu bose bagaragaye mu mashusho bakorera umuturage ubugome bafashwe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu bose bagaragaye mu mashusho bakorera igikorwa cy’ubugome umuturage wo mu kagari ka Rwampara ho mu murenge wa Nyarugenge bose bafashwe, nyuma yo guta muri yombi babiri bari basigaye. Polisi yemeje aya makuru mu butumwa yaraye yanditse ku rubuga rwayo rwa X. Yagize iti: “Mwiriwe, turabamenyesha ko abantu babiri bari […]

Tshisekedi yemeye kurekura imfungwa 700 za M23 zifungiye muri gereza z’i Kinshasa

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zishima amasezerano yo guhererekanya imfungwa yasinywe hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23. Amerika yabitangaje biciye mu mujyanama mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos. Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Turashima isinya rya gahunda yo guhererekanya imfungwa […]

Urwibutso rwa Perezida Kagame kuri Lt. Gen Kabandana washyinguwe

Lt. Gen. Innocent Kabandana wahoze ari Umuhuzabikorwa w’ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado muri Mozambique, yasezeweho bwa nyuma. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu ngabo z’u Rwanda barimo Umugaba Mukuru, Gen. Mubarakh Muganga, Umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere, Lt. Gen. Jean Jacques Laurent Mupenzi, uw’Inkeragutabara, Maj. Gen Alex Kagame, Umunyamabanga Ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere […]

Gen Mwaku wari wungirijwe na Gasita yapfiriye muri Uvira

20250912 212360

Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko Général de Brigade Daniel Mwaku wayoboraga akarere ka 33 ka gisirikare k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yapfuye. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri ni bwo uyu Ofisiye wayoboraga kariya karere ka gisirikare gakubiyemo intara za Kivu y’Amajyepfo […]

Kigali: Umunyerondo yakubiswe izakabwana n’abakekwaho ubujura

screenshot 20250912 164041

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana saa moya, umunyerondo wo mu Kagari ka Nyakabanda, Umurenge wa Niboye muri Kicukiro, yakubiswe n’itsinda ry’abasore bikekwa ko ari abajura. Ibi byabereye hafi ya Sonatubes. Byatangiye ubwo imodoka y’irondo yari ifite umusore bivugwa ko yari yafashwe afite ibyuma byibwe (bisanzwe bigurishwa ku kilo). Uwo musore yari ari […]

Perezida Kagame yerekeje i Doha kubonana na Emir wa Qatar

G0p4KMrXIAAJ1sD

Perezida Kagame yageze i Doha aho mu bwami bwa Qatar, aho biteganyijwe ko abonana n’umuyobozi wa yo, Amir Tamim Bin Hamad bakagirana ibiganiro ku mubano w’ibihugu byombi. Akigera i Doha kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yakiriwe ku kibuga cy’indege na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga […]

DRC, isanzwe ishyigikira FDLR, yaremye indi nyamaswa yitwa Wazalendo – Nduhungirehe

pic 19 586a3

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ibyo abategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyane cyane umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, bivugisha byose, bidahagije kugirango bahishe amarorerwa ari gukorerwa mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, akorwa n’inyeshyamba za wazalendo biremeye. Yasaga nk’usubiza Patrick Muyaya wari umaze kwandika abinyujije kuri […]