Home > ... > Forum 8816

Amateka ya Ellen Gould White washinze idini ry’Abadivantisiti b’umunsi wa 7

31 August 2020, 14:17, by Titus

Mwakoze kubw’iyi nkuru. EGW yagize amayerekwa asaga 2000, ntabwo ari 200. ikindi ni uko atariwe washinze itorero ry’abadventiste nitwiga neza amateka tuzasanga atariwe. gusa ari mubantu 50 basigaye nyuma yuko William Miller na group ye babivuyemo bamwe bakayoboka ubuporoso abandi bakaguma hamwe. Uyu ni umuhanuzi w’Imana kuko abadventiste b’umunsi wa 7 twizera ko ubutumwa bwa gihanuzi Imana yemeye kubumunyuzamo ngo urujijo rwose ruvanweho abana b’Imana babeho biteguye imperuka.

Umuvandimwe Karegeye, namugira inama yo gufata Bibiliya niba ayemera akayisoma asenga nibwo azayumva. Niba ushaka gushyigikira ingeso mbi zakubase ntuzabura imigozi iguhambira ngo ubone isomo witwaza nyamara ataribyo. kunywa inzoga, kurya inyama, ..... ni bibi kuko ubikora aba yishe ihame ryo kutirinda. Imibiri yacu ni insengero za Mwuka Wera (1korinto6:19), rero utsemba urusengero Imana nawe izamutsemba kd urwo rusegero nimwe (1Korinto3:17). Kuva mu itangiriro ukagera mu byahishuwe Isabato irera. Karegeya nanyereka muri Bibiliya ahanditse gusenga uko wishakiye, ku munsi wishakiye nzamuyoboka. Imana si igicucu kuburyo iyo ibona ko isabato itagomba kumvirwa kuburyo byari biyinaniye gusiba iryo tegeko. kuvuga ngo ni iyabayuda afite ukuri kuko mu Romans 11, Efeso3, hatwereka ko KUBWO KWIZERA ABANYAMAHANGA NATWE TURI URUBYARO RWA ABURAHAMU, TWATEWE KU ISHAMI NUBWO TUTARI BA KAVUKIRE, KD TURI ABARAGANWA N’ABAYUDA KUBYASEZERANIJWE. rero kubantu batari abana b’Imana (batizera) isabato ntibareba ark Uwizera Yesu byukuri wese ategetswe kubahiriza isabato.

Nsoza, Yesaya 8:20 haragira hati nimusange amategeko y’imana n’ibiyihamya nibatavuga ibihanye n’iryo jambo ntamuseke uzabatambikira. Yakobo umuyobozi wa mbere w’intumwa yavuze neza ko uwubahiriza amategeko agatsitara kuri rimwe aba ayacumuye yose kuko uwavuze ntukibe ninawe wavuze ntugasambane ninawe wavuze ntukice isabato,......

nasubizaga Karegeya.

Tanga igitekerezo

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa