Ikipe ya APR FC yatangiye urugamba rwo gusinyisha Allan Kayiwa usanzwe akinira ikipe ya Express FC y’iwabo muri Uganda.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu mu mwaka utaha w’imikino izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions league; ari na yo mpamvu yafashe icyemezo cyo kujya ku isoko hakiri kare.
Ni icyemezo yafashe kandi nyuma y’uko ubuyobozi bwayo bufashe umwanzuro wo kwisubira bukava kuri Politiki yo gukinisha Abanyarwanda ikipe yari imazemo imyaka 10; bijyanye no kuba nta musaruro (...)
imikino
-
APR FC mu rugamba rwo kugura umukinnyi ukomeye w’Umugande
7 June, by BABOU Bénjamin -
Gacinya na Murangwa Eugène bangiwe kwiyamamariza kuyobora FERWAFA
6 June, by BABOU BénjaminIshyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasohoye urutonde rw’abakandida bemerewe kwiyamamariza kuriyobora, batarimo Gacinya Chance Denis na Murangwa Eugène.
Ku wa 24 Kamena ni bwo hateganyijwe amatora ya Komite nyobozi nshya ya FERWAFA, nyuma y’uko Komite yari iyoboye iri shyirahamwe yeguye muri Mata uyu mwaka.
Mu bari batanze kandidatire zo kuyobora FERWAFA harimo Gacinya Chance Denis wahoze ari Perezida wa Rayon Sports cyo kimwe na Murangwa Eugène wahoze ari umunyezamu (...) -
Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa mbere
6 June, by BABOU BénjaminRayon Sports yamaze gusinyisha myugariro Bugingo Hakim wakiniraga Gasogi United, aba umukinnyi wa mbere isinyishije muri iyi mpeshyi.
Bugingo Hakim wari umukinnyi ngenderwaho muri Gasogi United yakiniraga inyuma ku ruhande rw’ibumoso, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira iriya kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda.
Uyu musore w’imyaka 23 y’amavuko yari asoje amasezerano muri Gasogi United.
Byitezwe ko agomba kujya arwanira umwanya na Ganijuru Ishimwe Elie umaze umwaka muri (...) -
Kiyovu Sports yaba igiye kwirukana abakinnyi bayo bose bakomeye ku bwo ’kuyigambanira’
6 June, by BABOU BénjaminIkipe ya Kiyovu ya Kiyovu Sports biravugwa ko yamaze gufata icyemezo cyo kwereka umuryango abakinnyi bayo bakomeye ndetse n’abatoza bayo, nyuma y’uko umwaka w’imikino wa 2022/23 uyibereye impfabusa.
Kiyovu Sports yageze ku munsi wa 28 wa shampiyona ifite amahirwe yo kwegukana Igikombe cya shampiyona ndetse n’icy’amahoro; gusa biza kurangira ibuze byombi ku munota wa nyuma.
Umwaka w’ikirumbo kuri iyi kipe yo ku Mumena yatangiye ubwo yasezererwaga na APR FC muri ½ cy’irangiza cy’Igikombe (...) -
Umugore wa Messi arimo kumusunikira muri Fc Barcelona
6 June, by Ndacyayisenga FredAntonela Roccuzzo, umugore wa Lionel Messi akomeje gushishikariza uyu mukinnyi kugaruka mu ikipe yahozemo ya FC Barcelona akava muri Paris Saint Germain.
Uyu mugore avuga ko nta mpamvu yo kuguma mu Bufaransa kuko ngo ntabwo ari ahantu heza hokurerera dore ko ngo umwe mu bana babo atigeze abaho neza ahubwo yarahatesekeye.
Ni nyuma y’uko biherutse gutangazwa ko Messi yamaze atazongera gukinira muri Paris Saint Germin aho byavuzwe ko azerekeza mu ikipe ya Al nassir iasnzwe ikinamo (...) -
Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi
5 June, by Biregeya JustinKuri uyu wa 5 Kamena 2023 ni bwo ikipe y’abana batarengeje imyaka 11 n’iy’abatarengeje 13 y’amavuko barererwa mu irerero rya Paris Saint Germain (PSG) riri mu Karere ka Huye begukanye igikombe cy’Isi batsindiye mu Bufaransa, mu irushanwa ryahuzaga amarerero yose y’iyi kipe ku Isi rizwi nka PSG Academies World Cup 2023.
Ni umukino wakinwe iminota 30 wahuje ikipe y’u Rwanda na Bresil, warangiye ari igitego 1-1, hitabazwa penaliti, haba mu batarengeje imyaka 11 n’abatarengaje 13.
Ikipe (...) -
Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC
5 June, by BABOU BénjaminRayon Sports yatuye Perezida Paul Kagame Igikombe cy’Amahoro cya 2023 iheruka kwegukana, nyuma yo gutsinda APR FC bari bahuriye ku mukino wa nyuma igitego 1-0.
Aya makipe yombi akunzww kurusha ayandi mu Rwanda yahuriye i Huye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, mu mukino wasize Rayon Sports yegukanye Igikombe icyo ari cyo cyose nyuma y’imyaka ine itazi uko bimera.
Igitego rukumbi cyo ku munota wa 39 w’umukino cya Ngendahimana Eric ni cyo cyatandukanyije impande zombi.
Byari ibirori (...) -
Carlos utoza Amavubi yanze guhamagara Haruna Niyonzima ngo atamuvangira
2 June, by Ndacyayisenga FredCarlos Ferrer, usanzwe ari umutoza w’Amavubi yatangaje ko impamvu atashyize Haruna Niyonzima ku rutonde rw’Abakinnyi bazakina ku mukino Amavubi azahuramo na Mozambique, ari uko ngo amuvangira mu bitekerezo.
Ni amakuru yatangaje ubwo mu rutonde rw’abakinnyi 28 rwasohokaga, hatagaragayeho umukinnyi Haruna Niyonzima usanzwe ari Kapiteni akaba n’umwe mu nkingi za mwamba ikipe y’igihugu yagenderagaho.
Ni umukino w’umunsi wa gatanu w’amatsinda yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 u (...) -
Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC
1 June, by BABOU BénjaminAmakuru aturuka mu kipe ya Rayon Sports aravuga ko kugeza kuri uyu wa Kane abakinnyi bayo bari bataremera kujya i Huye aho bazakinira umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro.
Ni umukino uteganyijwe kubera kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye ku wa Gatandatu tariki ya 03 Gicurasi 2023.
Rayon Sports yagombaga kujya i Huye ku wa Kabiri w’iki cyumweru gusa birangira urugendo rwayo rusubitswe, bijyanye n’uko hari amafaranga abakinnyi bayo bakiyishyuza.
Ni amafaranga arimo umushahara w’amezi (...) -
Mourinho yatangaje ahazaza he nyuma yo gutsindwa na Fc Seville
1 June, by Ndacyayisenga FredJose Mourinho usanzwe amenyerewe mu gutsinda imikino yanyuma y’ibikombe, mu ijoro ryacyeye amahirwe ntiyamusekeye, nyuma y’uko atsinzwe n’ikipe ya Seville ku mukino wa nyuma wa Europa League.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu nibwo umukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2022/2023 wabereye kuri Puskas Arena yo muri Hungary, wasize abanya-Espagne bamwenyura.
Sevilla yatsinze AS Roma penariti 4-1, nyuma y’uko zari zanganyije igitego 1-1 ihita yegukana igikombe cya Europa League 2023. Ni (...)
DUKURIKIRE
Weekly Newsletter
Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email