Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Gatete Claver, yamenyesheje akanama kawo gashinzwe umutekano ko ibihano Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zafatiye igihugu ahagarariye ntacyo bizamara.
Ibi yabivuze kuri uyu wa 28 Nzeri 2023 ubwo akanama ka UN gashinzwe umutekano kagezwagaho raporo y’Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango kuri misiyo y’amahoro muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, MONUSCO.
Ni nyuma y’aho mu cyumweru gishize ubutegetsi bwa USA bushyize u Rwanda mu bihugu (...)
politiki

Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
-
Ambasaderi Gatete yatangaje ko ibihano byo gushimisha RDC ntacyo bizamara
29 September, by TUYIZERE JD -
Mukuralinda yahishuye ko ubwo yahuraga na Lutundula, bateranye urwenya
28 September, by TUYIZERE JDAlain Mukuralinda, Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda wungirije, aravuga ko ubwo yahuraga na Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Lutundula, birengagije umubano mubi ibihugu byombi bafitanye, baterana urwenya.
Ibi byabaye ubwo bahuriraga muri komisiyo imwe, baganira ku buryo ibihugu byombi byakwifatanya mu gukemura ikibazo cy’impunzi. Ni inama yateguwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, (...) -
Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
25 September, by TUYIZERE JDAbashingamategeko babiri bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika barasaba Perezida wa komisiyo ya sena ishinzwe ububanyi n’amahanga, Robert Bob Menendez, kwegura, bitewe n’ibyaha bya ruswa aregwa.
Tariki ya 22 Nzeri 2023, ubushinjacyaha bwo muri Leta ya New York bwareze Menendez n’umugore we Nadine mu rukiko rwa Manhattan, nyuma yo gushyikirizwa dosiye irimo ibimenyetso bikomeye bigaragara ko bakiriye ruswa yavuye mu bashoramari.
Itangazo ryashyizwe hanze n’uru rwego ryasobanuye ko (...) -
Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
25 September, by TUYIZERE JDPerezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ku mwuka mubi umaze iminsi uhwihwiswa mu nzego nkuru z’iki gihugu, asaba Abarundi kwirinda ibibatakariza umwanya.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 24 Nzeri 2023 ni bwo Perezida Ndayishimiye yasesekaye ku kibuga cy’indege cya Bujumbura. Ni nyuma y’iminsi myinshi yari amaze mu mahanga, aho yari mu butumwa butandukanye.
Mu bamwakiriye kuri iki kibuga harimo abofisiye bakuru mu ngabo z’igihugu barimo Umugaba Mukuru, Lt Gen. Prime Niyongabo (...) -
Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
25 September, by TUYIZERE JDUmunyapolitiki Dr Miguna Miguna wamenyekanye cyane ubwo atavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Uhuru Kenyatta muri Kenya yibasiwe bikomeye nyuma yo gusaba Perezida Paul Kagame ko yarekera gukomeza kuyobora Repubulika y’u Rwanda.
Dr Miguna ashingiye ku nkuru ya The East African ifite umutwe ugira uti: “Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yavuze ko aziyamamariza manda ya kane mu 2024, mu gihe abamunenga bamushyira mu itsinda ry’Abanyafurika banini bagundiriye ubutegetsi”, yagize ati: “Nshuti Paul (...) -
Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
23 September, by BABOU BénjaminPerezida Paul Kagame yagaragaje ko kuba Gen Muhoozi Kainerugaba yarashoboye kunga u Rwanda na Uganda ari uko hari abashobora kuba barabimufashijemo, barimo na se umubyara, Yoweri Kaguta Museveni.
Kuva mu ntangiriro za 2022 ni bwo umubano wongeye kuba mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda, nyuma y’imyaka ibarirwa muri ine ibihugu byombi byari bimaze bidacana uwaka.
Ni umwuka mubi wari waragejeje ibihugu ku gufunga imipaka ibihuza.
Mu byo u Rwanda rwagaragaza nk’intandaro y’uyu mwuka mubi (...) -
Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
23 September, by BABOU BénjaminPologne muri iki cyumweru yatangaje ko yahagaritse ubufasha bw’intwaro yahaga Ukraine, nyuma y’uko umwuka mubi ushingiye kuri dipolomasi wadutse hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Intebe wa Pologne, Mateusz Morawiecki, ku wa Gatatu yatangaje ko igihugu cye kigiye kwibanda ku kwigwizaho intwaro zigezweho kurushaho.
Ni icyemezo ubutegetsi bw’i Warsaw bwafashe mu gihe ubushyamirane bushingiye ku binyampeke bukomeje kwiyongera hagati yabwo n’ubw’i Kiev.
kwiyongera.
Ku wa kabiri, (...) -
Tshisekedi yongeye guhura na Eugène Gasana urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda
22 September, by BABOU BénjaminPerezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatatu w’iki cyumweru yahuye n’Abanyarwanda baba mu buhungiro bayobowe na Eugène Richard Gasana wahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni.
Tshisekedi n’aba barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bahuriye muri Hoteli yitwa Peninsula iherereye i New York.
Mu bitabiriye iyo nama nk’uko amakuru abivuga, hanarimo Denise Nyakeru usanzwe ari umugore wa Tshisekedi cyo kimwe na Dr Charles Kambanda na we uzwi mu barwanya (...) -
Col Doumbouya yahaye Loni gasopo, ayisaba kureka gukomeza ’guha Afurika amasomo’
22 September, by BABOU BénjaminPerezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamadi Doumbouya, yagaragaje impamvu bikwiye kuba ngombwa ko Igisirikare cyivanga muri Politiki ubwo yagezaga ijambo ku nteko rusange ya 78 y’Umuryango ya Loni.
Ni nyuma y’uko kuva mu myaka itatu ishize umugabane wa Afurika wakunze kurangwamo na za Coup d’État za hato na hato.
Col Doumbouya ni umwe mu bageze ku butegetsi biciye muri Coup d’état, nyuma yo guhirika ku butegetsi uwari Perezida wa Guinée-Conakry, Alpha Condé.
Uyu musirikare (...) -
Perezida Nana Akufo-Addo yasabye Amerika n’u Burayi guha Afurika indishyi
21 September, by BABOU BénjaminPerezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi guha Afurika indishyi, mu rwego rwo gusana ibyangirijwe n’icuruzwa ry’abacakara
Perezida wa Ghana yatanze iki cyifuzo ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ubwo yagezaga ijambo ku nteko rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubera i New.
Yibukije Amerika n’ibihugu by’u Burayi ko ubukungu bifite bikomoka ku marira n’amaraso y’Abanyafurika.
Ati: "Igihe kirageze ngo byemerwe mu buryo bweruye ko ibyinshi mu byo (...)
DUKURIKIRE
Weekly Newsletter
Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email