Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yashyizeho gahunda nshya y’ubwishingizi mu buzima izakumira abatarabwishyura kuri serivizi 11 z’ingenzi zirimo gusezeranywa imbere y’amategeko no guhabwa akazi muri Leta.
Izindi serivisi bakumiriweho ni iyo: guhabwa inguzanyo ku banyeshuri, guhabwa akazi muri Leta, kwandikisha ikinyabiziga, guhabwa icyemezo cy’uko wishyuye imisoro, guhabwa pasiporo n’ibi byangombwa by’inzira, kwandikisha ubucuruzi ndetse no kugura no kugurisha imitungo.
Itangazo (...)
ubuzima
-
Kenya: Abatarishyura ubwishingizi bw’ubuzima barakumirwa kuri serivizi 11 z’ingenzi
30 November, by TUYIZERE JD -
Impamvu umugore utwite akwiye kurya ipapayi
29 November, by Ndacyayisenga FredKurya imbuto ni ingenzi mu buzima bwa buri munsi ariko by’umwihariko ku bagore batwite biba nk’itegeko bitewe n’uko uwo batwite acyeneye kubaho neza.
Ipapayi ifite akamaro kanini cyane karimo ko ikungahaye ku ntungamubiri umubiri we ukenera ,aha twavuga nka A,B na C ukongeraho umunyungugu wa potasiyumu na Beta Carotene ,ibi byose bikaba ari ingenzi ku mugore utwite no ku buzima bw’umwana atwite.
Nanone amavitamini dusanga mu rubuto rw’ipapayi atuma abasirikari b’umubiri bagira imbaraga (...) -
Niba ugona urasabwa gukora ibi bintu kugirango ubicikeho
24 November, by Ndacyayisenga FredHari abantu benshi usanga bagona ariko ntibabe babimenya ahubwo ugasanga barabibwirwa n’ababumvise cyangwa abo bararanye.Hari uburyo bwinshi rero umuntu yakoresha yirinda kugona n’ubwo utavuga ko ku bantu bose babigerageje bikunda 100%.
Kugona ni ikibazo gikomeye gikunze kwibasira cyane abakuze, bivugwa ko abagera kuri 45% bakunze kugira iki kibazo. Bibangamira cyane abo muryamanye, bikaba bishobora no gutuma uhera umwuka mu gihe usinziriye (ibi aribyo bitera kuryama nabi, ukabyuka (...) -
Icyo wamenya ku ngaruka ziterwa no kogosha insya ku mugore
22 November, by Ndacyayisenga FredInkuru yatangajwe na BBC mu kwezi k’Ukwakira 2017 , yagaragaje ko hari byinshi abagore bagomba kumenya ku byerekeye imyanya myibarukiro yabo .Muri ibyo harimo ko kogosha insya bishobora kubagiraho ingaruka zikomeye.
Dr Jen Gunter ni umuganga w’inzobere mu by’indwara zibasira abagore muri Amerika no muri Canada ufite ubunararibonye bw’imyaka 25.
Ni impirimbanyi ikomeye y’uburenganzira bw’abagore, bamwe bamwita umuganga uba kuri Twitter. Yigeze guhagurukira kurwanya umwe mu mico (...) -
Aya mafunguro wirinze kuyafata nijoro ugiye kuryama waba wirinze ingaruka zikomeye
20 November, by Ndacyayisenga FredAbahanga mu mirire bavuga ko hari amafunguro umuntu ashobora gufata nijoro agiye kuryama, ariko ngo hari n’andi yakwirinda kuko agira ingaruka ku buzima.Muri ayo harimo ,,
1.Ibikomoka ku nyama
Harimo nka Sosiso (Saucisson), pâté, kimwe n’amafiriti (chips) n’ibindi nka byo kubera ko biba bifite amavuta menshi bigasaba umubiri gukoresha imbaraga nyinshi kugira ngo igogorwa rikorwe neza, bityo umuntu ntasiznire neza.
2.Ibiryo birimo ibirungo byinshi (Les plats épicés)
Amafunguro arimo (...) -
Niba wafataga aya mafunguro ugiye kuryama umenye ko hari ingaruka urikwikururira
6 November, by Ndacyayisenga FredAbahanga mu by’imirire batanga inama ko mu gihe ugiye kuryama mu masaha ya Nijoro hari amafunguro ukwiye kwirinda gufata kuko usanga bifite ingaruka zirimo no kubura ibitotsi.
Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu wafashe amafunguro ya nijoro tugiye kugarukaho haba hari ibyago by’uko ashobora kurwara igifu n’igogorwa ntirikorwe neza.
Amafunguro akubiyemo Isukari
Si byiza ko mbere yo kujya kuryama, umuntu arya ibintu bikungahaye ku isukari nyinshi nk’ibisuguti, bombo, shokola n’ibindi (...) -
U Rwanda rwasabwe gushaka uburyo rutabura imiti ya VIH/SIDA mu gihe inkunga yahagarara
6 November, by TUYIZERE JDUmuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS) mu Rwanda, Hind Hassan, yasabye iki gihugu gushaka uburyo rutazabura imiti y’agakoko gatera iyi ndwara mu gihe inkunga yazaba yahagaze.
Hassan yasobanuriye The New Times ko impamvu u Rwanda rukwiye gutekereza kuri ubu buryo ari uko inkunga zitazahoraho. Ati: “Ni ubuvuzi bw’igihe kirekire kandi ntabwo twiteze ko inkunga zituruka hanze zizahoraho iteka. Rero guverinoma ikwiye kureba uburyo yabyikorera kubera ko (...) -
N’ukomeza kwihata imigati n’icyayi by’umurengera izi ngaruka ziragutegereje
2 November, by Ndacyayisenga FredUmugati ni ifunguro ryihariye ku bakunda kurirya haba mu gitondo cyangwa andi masaha bitewe n’uko ubishaka.Biba akarusho rero iyo uwo mugati uwufatishije icyayi ariko iyo bibaye umurengera biba ibindi bindi kuko ushobora guhura n’ingaruka nyinshi.
Haba abakuze cyangwa abakiri bato, bayakoresha mu masaha ya mu gitondo cyane. Ibinyamakuru nka Medineplus na Webmd bibitangaza, hari impamvu zimwe na zimwe zitangwa n’abaganga zikabuzanya kurya imigati myinshi.
Ubusanzwe inganda zikora (...) -
Niba ucika intege mugihe cyo gutera akabariro Koresha Revive Capsules bikire burundu
26 October, by BWIZAKurangiza vuba (Premature ejaculation) ni ikibazo gikomerera abashakanye ahanini kiri guteza impagara no gusenyuka ku ngo nyinshi. Kurangiza vuba bivugwa igihe umugabo arangiza (asohora) mbere y’uko akora imibonano cyangwa se hatarashira iminota ibiri ari mu gikorwa.
Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere kubijyanye n’ubuzima bwi’imyororokere kukinyamakuru (Healthline.com) bugaragaza ko nibura umugabo umwe mugabo batatu aba afite iyo nenge, mugihe cyose umugabo adashobora gukontorora (...) -
Depite Ndagijimana ntashyigikiye ko abafite uburwayi bwo mu mutwe bakomeza ’guterwa ibishinge’
17 October, by TUYIZERE JDDepite Ndagijimana Léonard yagaragaje ko adashyigikiye ko abafite uburwayi bwo mu mutwe bakomeza guterwa inshinge no guhabwa imiti, kuko ngo ari uburyo bwo kwita ku buzima bwabo butakigezweho.
Yabigaragarije Inteko Rusange y’umutwe w’abadepite kuri uyu wa 16 Ukwakira 2023 ubwo yakiraga raporo y’isesengura ya komisiyo ishinzwe imibereho ku kibazo by’abafite ubumuga.
Uyu mudepite yagize ati: “Mu bihugu byateye imbere, nta bantu bakivurisha abantu imiti, ntabwo babajomba ibishinge cyangwa (...)
DUKURIKIRE
Weekly Newsletter
Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email