Umuryango mpuzamahanga uharanira iterambere ry’umurimo (ILO) ushamikiye ku Muryango w’Abibumbye (UN), muri Mutarama 2023 watangaje ko ku Isi hari abashomeri babarirwa muri miliyoni 208, bakaba bariyongereyeho 5.8% ugereranyije no mu mwaka wabanje, kandi kikaba ari ikibazo cyiganje cyane mu bihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’iterambere.
Ikigo cy’u Rwanda cy’ibarurishamibare, NISR, na cyo gishingiye ku busesenguzi cyakoze ku isoko ry’umurimo mu Gushyingo 2022, kigaragaza ko ubushomeri mu (...)
Ibitekerezo
-
Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
2 May, by TUYIZERE JD -
Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?
9 February, by David Eugene MarshallWitegereje umubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye na rwo, usanga iki ari ikibazo buri wese atabura kwibaza asubije amaso inyuma nk’imyaka 30 itambutse, cyane cyane guhera mu mwaka w’1994 kuzamura kugeza none.
Duhere iyi nkuru mu mwaka w’1996 ubwo u Rwanda bwa mbere rwagabaga ibitero kuri Zaïre yari iyobowe na Mobutu Sese Seko, mu rugamba rwo gucura impunzi zari zarahungiyeyo mu 1994.
Ni intambara yadutse hagati y’ibihugu byombi mu buryo abakurikiraniraga hafi uko ibintu byari byifashe babon -
Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
7 February, by David Eugene MarshallKugira ngo ubone aho Leta cyangwa ubutegetsi buhanganye n’inyeshyamba bufata iya mbere mu gusaba ibiganiro n’ababurwanya byagusaba gukora urugendo rwenda kungana n’urujya ku kwezi.
Ibi kandi ubisanga hafi mu moko yose atuye Isi, aho Leta cyangwa ubwami n’ababurwanya bajya kuganira ari uko amazi yarinze kurenga inkombe kandi na mbere hose ibibazo baba bafitanye byarageze kuri urwo rwego buri wese mu bahanganye bakanuye.
Tutagiye kure, dufatire urugero ku ntambara yabaye mu Rwanda mu (...) -
Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?
2 February, by TUYIZERE JDAbenshi mu bashakanye bumva ko ikosa ryo gucana inyuma ari rimwe mu yakomeye cyane, ashobora gutuma ako kanya umwe muri bo atekereza kujya gusaba gatanya. Mbese, kwa kundi ufatira mu cyuho umugore cyangwa umugabo wawe asambana n’undi.
Uretse no gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana, hari ugendera ku mabwire, ya magambo y’abantu asenya ingo nyinshi, akarahira akavuga ko aramutse bumvise uwo bashakanye avugwaho kumuca inyuma, nta kindi yakora keretse kwihutira gusaba gatanya.
Ariko se gat -
Inkota kirimbuzi iri mu mazina ya gikirisitu
26 August 2021, by Mvukiyehe Hesron RuberaMu nyandiko ya Bibilia mu gitabo cya Daniyeli mu gice cyaho cya mbere bavugamo iby’igitekerezo cy’abasore bane bo mubwoko bw’abayuda banyazwe bakajyanwa ahitwa i Babuloni, nkuko icyo gitekerezo kibivuga abo basore ngo bari abanyabwenge cyane bari bafite amazina bitwa yo mu muco wabo wa kiyuda ariyo Daniyeli, Hananiya, Mishayeli na Azaliya. Bamaze kujyanwa mu bunyage ngo umwami w’i Babuloni yategetse ko babahindurira ibyo kurya no kunywa ndetse n’amazina basanganywe agahinduka, uwitwaga (...)
-
Rwanda: Igwingirabitekerezo ni ingaruka z’inyigisho nyobokamana
12 August 2021, by Mvukiyehe Hesron RuberaHashize iminsi dusoma tukanabona amashusho n’amafoto mu bitangazamakuru binyuranye by’abantu bafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus bavuga ko bari gusenga, bamwe bakavuga ko bo badashobora kwandura, abandi ngo barasengera igihugu ngo indwara igende n’ibindi,.. hari n’amashusho amaze iminsi azenguruka ku mbuga nkoranyambaga arimo abana bakiri bato bakagombye kuba bari mu mashuri ariko bayavuyemo biyemeza kugenda batazi iyo bajya ngo ni abagenzi (...)
-
Inkoni ivuna igufwa iri i Nyagatare irebanwe ijisho rya nyaryo
27 July 2021, by Fred RugiraKuwa 18 Nyakanga 2021, nibwo mu Rwanda hongeye kumvikana cyane umuco ukwiriye kwamaganwa wo gukubita abaturage bikozwe n’abayobozi batanduanye mu Karere ka Nyagatare.
Aba ubusanzwe nsanga bakwiye kwitwa abategetsi cyangwa abatware bayobora nka bamwe muri ba burugumesitiri ba kera kuko kuyobora no gutegeka ari inshinga zose ziri mu mbundo ariko zisobanura ibikorwa bibiri bitandukanye.
Kuri uwo munsi, uwamenyekanye ko yakubiswe, ni umunyamakuru wa Flash Fm, Charles Ntirenganya, aho (...) -
Butera Knowless: Kwambura cyangwa gushaka ’hit’ mbere yo kumurika album
16 June 2021, by Fred RugiraKuwa 15 Kamena mu bitamenyerewe, humvikanye amakuru ko Umuririmbyikazi Ingabire Butera Jeanne d’Arc uzwi mu muzik nka Butera Knowless, yarezwe mu rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kwambura angana na miliyoni 1.3 Frw ikimina yabagamo.
Ikimina Knowless yabagamo mbere y’uko gisenyuka cyitwa ’Happy Family’, akaba yari agisangiye n’abandi bantu babarirwa mu 150.
RIB nayo yemeje ko yakiriye icyo kirego mu gihe uregwa ari we Butera Knowless we avuga ko atazi umurega gusa ngo akaba (...) -
Igitero cya FLN: Rushorera mu mubano w’ u Rwanda n’ u Burundi
26 May 2021, by Fred RugiraPerezida w’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko ahangakishijwe n’uburyo umubano w’igihuhu cye n’u Burundi wari utangiye kuba mwiza nyamara icyo gihugu baturanye kikaba gikomeza kuvugwa ko giha intwaro abatera u Rwanda.
Prezida Kagame yabibwiye ikinyamakuru Jeune Afrique cyandikirwa mu Bufaransa. Iyo nkuru yashyizwe ahagaraga ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, nyuma y’ibitero byabaye mu karere ka Rusizi, mu Bweyeye.
Igisirikare cy’u Rwanda cyemeje ko abateye bavuye kandi bagahungira mu Burundi. -
Kuki Gen. M. Itno Déby yihutiye kuvugana na Perezida Kagame?
11 May 2021, by Fred RugiraPerezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa 5 Gicurasi 2021 yakiriye umuhungu wa nyakwigendera Marshal Idris Déby Itno witwa Abdelkerim Deby Itno, akaba murumuna wa Perezida Gen. Mahamat Déby Itno wasimbuye umubyeyi we ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu wa Tchad.
Kubonana na Perezida Kagame mu buryo bw’intumwa kwabayeho nyuma y’iminsi mike Perezida Deby yishwe kandi igihugu kiri mu bibazo bigaragarira buri wese, kuko inyeshyamba za FACT zari zakamejeje.
Byagarutsweho mu bitangazamakuru ko
DUKURIKIRE
Weekly Newsletter
Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email