• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Inkoni ivuna igufwa iri i Nyagatare irebanwe ijisho rya nyaryo

Ibitekerezo

Inkoni ivuna igufwa iri i Nyagatare irebanwe ijisho rya nyaryo

Yanditswe na Fred Rugira
Yanditswe kuwa 27/07/2021 11:01

Kuwa 18 Nyakanga 2021, nibwo mu Rwanda hongeye kumvikana cyane umuco ukwiriye kwamaganwa wo gukubita abaturage bikozwe n’abayobozi batanduanye mu Karere ka Nyagatare.

Aba ubusanzwe nsanga bakwiye kwitwa abategetsi cyangwa abatware bayobora nka bamwe muri ba burugumesitiri ba kera kuko kuyobora no gutegeka ari inshinga zose ziri mu mbundo ariko zisobanura ibikorwa bibiri bitandukanye.

Kuri uwo munsi, uwamenyekanye ko yakubiswe, ni umunyamakuru wa Flash Fm, Charles Ntirenganya, aho yakubiswe na Mudugudu witwa Sam Kalisa uyobora Rubona mu Kagari ka Rwisirabo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare.

Ku mbuga nkoranyambaga, abaturage benshi BWIZA itabasha kugaruka ku bitekerezo byabo bose, bahurizaga ku kintu kimwe ko " Inkoni i Nyagatare imereye nabi abaturage." Gusa byagera muri Guma mu Rugo, abo bayobozi bagasya batanzitse, ngo bisa n’ibimenyerewe.

Inkoni benshi barazikubiswe

Harebwe ibitekerezo biri ku mbuga nkoranyambaga za BWIZA ndetse n’ibyatanzwe ku nkuru iri ku rubuga Bwiza.com, bigaragara ko hari abaturage bagiye bakubitwa n’abayobozi mu bice bitandukanye mu Karere ka Nyagatare.

Abaturage bagiye bahuriza ku kuba kwitwaza inkoni ari nk’umuco w’abatuye Nyagatare. Si uguzicumba gusa, bamwe mu bayobozi batunzwe agatoki tutagarukaho hano, bazikoresha bakubita abaturage.

Hari abavuga ko urugomo rumenyerewe i Nyagatare kugeza n’aho abantu basigaye bakubitwa bari mu nshingano zabo.

Uretse uyu munyamakuru wakubiswe ubu akaba ategereje ubutabera, hari abandi bagiye bagaruka ku byagiye biba aho abayobozi bakubise abaturage, bamwe bakavuga ko ahubwo bidatangaje kuko ngo urugomo rumenyerewe i Nyagatare.

Ikibazo gihabwe uburemere bukwiriye

Kuba umuyobozi yafata agace ayoboye nk’aho ari akarima ke, biri mu bituma yumva yakora ibyo ashaka byose birimo no guhutaza.

Abaturage ba Nyagatare bakomeza gutaka ko bakubitwa n’abarimo Youth Volunteers muri ibi bihe. Hakomeza gusakara amashusho y’aho aba bamwe batambaye imyenda ibaranga, bafite inkoni bakoze za bariyeri, babuza abaturage no kujya gusarura ibiri mu mirima yabo.

Izo nizo ngero nke zizwi cyane ko bamwe mu baturage mu Rwanda batajya bavuga akarengane bagirirwa kandi aho bimenyekanye bagobokwa. Ni undi muco wo kwitoza, bakanga akarengane cyane ko i bukuru byagaragaye ko batabishyigikiye.

Ku ruhande rw’ubuyobozi mu Karere ka Nyagatare, bwagaragaje intege nke mu guhangana n’iki kibazo. Ikibigaragaza ni uko hari abaturage ubwabo babatunga intoki ko babakubita ndetse bikaba ariko ubuyobozi bukavuga ko butabizi ndetse ntibunavuge ingamba bufite ngo buhangane n’iki kibazo.

Hakorwe iki?

Abayobozi b’ i Nyagatare nibareke kwigira nk’utumana, abanyabubasha. Nibibuke ko atari bo ba mbere bayoboye utwo duce duto bayoboza inkoni z’ibyuma. Birababaje kumva mudugudu waba waratojwe avuga ngo " Sinshaka abanyamakuru mu mudugudu wanjye." Akavuga ko ari uwe nk’aho ari umutungo we bwite!

Abayobozi ba Nyagatare bakwiriye guhindura imyumvire, bakubaha amahame ya demukarasi n’uburenganzira bwa muntu bukimakazwa muri kariya gace cyane ko havugwa n’ivangura rikorerwa abagenda bahimukira.

Nihahanwe hihanukiriye, abayobozi bakubita abaturage, bibere abandi urugero kandi hatangizwe ubukangurambaga hagati y’abaturage n’abandi ku gukemura amakimbirane n’abayobozi badasigaye inyuma.

Kuyoboza abaturage inkoni bisebya ubutegetsi, bigateranya abaturage nabwo bakabwanga cyane ko uwakubiswe agira ngo nabyo biri mu bishyizwe imbere mu miyoborere.

Izindi Nkuru Bijyanye


Minisitiri w'ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w'abarokore
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Izindi wasoma

Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali

Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?

Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

Fred Rugira
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

elias Kuwa 28/07/21

Ariko se mwagize ngo ni aho gusa? Wapi ibintu ahubwo birakaze pe! Nyagatare dukwiriye ubuvugozi bwimbitse kuko si ba mudugudu gusa! Nk’ubu mu murenge wa Mukama, no kujya mu murima ntibyemewe! Uhura na Gitifu akagufinga nta kindi yitayeho, ubundi ukavamo aguciye 20000fr, nkibaza ngo umuntu wikoreye ifumbire agiye mu murima yagakwiriye gufungwa koko? Ibyo ni bimwe muri byinshi turimongukorerwa abitwa abayobozi bacu barebera!

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.