• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.

Ibitekerezo

Kuki Gen. M. Itno D�by yihutiye kuvugana na Perezida Kagame?

Yanditswe na Fred Rugira
Yanditswe kuwa 11/05/2021 11:01

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa 5 Gicurasi 2021 yakiriye umuhungu wa nyakwigendera Marshal Idris D�by Itno witwa Abdelkerim Deby Itno, akaba murumuna wa Perezida Gen. Mahamat D�by Itno wasimbuye umubyeyi we ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu wa Tchad.

Kubonana na Perezida Kagame mu buryo bw’intumwa kwabayeho nyuma y’iminsi mike Perezida Deby yishwe kandi igihugu kiri mu bibazo bigaragarira buri wese, kuko inyeshyamba za FACT zari zakamejeje.

Byagarutsweho mu bitangazamakuru ko Abdelkerim yatumwe na Gen. Mahamat kugeza kuri Perezida Kagame ubutumwa bwihariye, gusa nta byinshi byatangajwe kuri uru ruzinduko.

Abashinzwe itumanaho muri perezidansi ni nako basanzwe, n’iyo butaba ubutumwa bwihariye kuri perezida Kagame wenyine, akenshi bashyiraho amafoto gusa ubundi bakicecekera, gusa ntawamenya wasanga iyo bigenze bityo biba aribwo baba bakoze akazi kabo ’neza’. Wasanga bibwira ko perezidansi idakwiriye kubwira Abanyarwanda iby’ayo makuru, aba yagizwe ubwiru, gusa reka twizere ko bikorwa mu nyungu zabo nk’uko n’ibindi bigenda.

WASOMA: https://bwiza.com/?Perezida-Kagame-yakiriye-umuhungu-wa-Marshal-Deby

Kubera iki byari ngombwa kuvugana na Perezida Kagame muri ibi bihe Tchad irimo?

Kuri Perezida w’inzibacyuho akaba n’umusirikare, Gen Mahamat Itno, biragoye gushidikanya ko ahanini kwari ukwaka inama Perezida Kagame ku bw’ubunararibonye bwe muri politiki ndetse no mu gisirikare.

Gen Mahamat akeneye inama za Perezida Kagame kuko uwo azisaba na we yanyuze mu kuyobora inzibacyuho. Birumvikana ko hari ibyo yumvaga akeneye kumubaza haba ku buryo bigenda mu kuyobora, gushyiraho abayobozi bashya, dipolomasi dore ko mu bakiriye intumwa yohereje harimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta n’ibindi by’ubufatanye abakuru b’ibihugu byombi baganiraho.

Hagendewe ku bakiriye Abdelkerim Deby Itno, Gen Kaka nk’uko bakunze kumwita, aba barimo Gen. Maj. Nzabamwita Joseph uyoboye urwego rw’u Rwanda rushinzwe iperereza, (NISS ), ntekereza ko ikibazo cy’umutekano kiri mu byagarutsweho kuko kiri mu byo Tchad ikeneye mbere na mbere muri ibi bihe bitoroshye iri kunyuramo.

Kuri iyi ngingo, si ugutakagiza, bizwi na buri wese ko Perezida Kagame ari ingingo yagira icyo abwira umujenerali w’imyaka 37 nka Kaka. Afite ubunararibonye mu butasi, kuyobora ingabo ndetse kuyobora igihugu kivuye mu bibazo by’umutekano muke n’ibindi ntarondoye. Izi ni ingingo zatuma Gen Kaka anyaruka ngo abaze uko bigenda kandi ni bumwe buryo bwiza bwo kwiga.

Gen Mahamat si we wenyine wihutiye kuvugana na Perezida Kagame mu gihe ibintu bitoroshye

Kuwa 18 Ugushyingo 2020, Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko Perezida Kagame yakiriye intumwa za Ethiopia zari ziyobowe na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu, Demeke Mekonnen.

Muri ibyo bihe, ibintu byari ibicika hagati y’Ingabo za Leta n’iz’Intara ya Tigray mu Majyaruguru y’igihugu.

Izi ntumwa perezidansi yatangaje ko zabwiye Kagame uko ibintu byifashe muri Ethiopia ndetse ngo yazigaragarije ko yifuza ko umutekano wagaruka vuba mu gihugu.

Kimwe n’izindi ngero ntarondoye, birumvikana ko hari abagana Perezida Kagame mu gihe ibintu bitifashe neza iwabo. Bikekwa ko ikibagenza kiba ari nta kindi kitari inama ku ngingo ziba zibaraje ishinga kandi ahatari hake ibibazo bimwe byagiye bikemuka.

WASOMA: https://www.bwiza.com/?Perezida-Kagame-yakiriye-intumwa-za-Ethiopia-irimo-imirwano

Buri wese agira uwo abona wamufasha igihe asumbirijwe

Tugarutse kuri Gen Mahamat Itno Ibn Idriss Deby Kaka nk’umusirikare ashobora kugira uwo afata nk’icyitegererezo (idol) muri ako kazi. Nta kuntu uyu mugabo yaba atarumvise uko Perezida Kagame yayoboye RPA mu rugamba rwiswe urwo kubohora igihugu, uburyo bwo guhuza ingabo zatsinze n’izatsinzwe (icyemezo Tchad ikeneye gutekerezaho muri iki gihe), uko yategetse u Rwanda mu gihe cy’inzibacyuho n’inzira nshya ya demukarasi rwafashe benshi badahwema kuvuga ko ngo " Yavuye ku buyobozi bwe bwiza."

Nanone kandi, ntawakwirengagiza ko ibyo Gen Mahamat ari kunyuramo, na Perezida Kagame yabinyuzemo, aho uwari umusirikare aba agomba kuba umunyepolitiki. Ni ingingo nayo yatuma amwegera ngo amusabe inama.

Mu Kinyarwanda baca umugani ngo "utaganiriye na Se ntamenya icyo sekuru yasize avuze". Birashoboka ko hari ibyo Gen Kaka yumvise se Marshal Deby avuga kuri mugenzi we w’ u Rwanda, akabona ari umwe mu bantu yahita yoherereza ubutumwa bwihariye.

Nanone mu Giswahili baca umugani ngo ’’Jungu kuu halikosi ukoko’’. Bivuze ngo umuntu mukuru ntiyabura igisubizo ku kibazo runaka n’iyo biba bigaragara ko gikomeye.

Muri make, nta gushidikanya ko Gen Kaka afite impamvu ikomeye izwi cyane na nyir’ubwite, yatumye yumva indege itwaye murumuna we yava i Ndjamena ikagwa i Kanombe mu gihe hari abandi bakuru b’ibihugu byinshi baturanye, bari mu miryango imwe y’akarere nabo bari kugira icyo bamumarira muri ibi bihe asabwa gusubiza igihugu ku murongo.

Perezida Kagame na Abdelkerim Deby Itno/Village Urugwiro

Kurikira ibiganiro n�amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Izindi Nkuru Bijyanye


Minisitiri w'ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w'abarokore
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Izindi wasoma

Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali

Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?

Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

Fred Rugira
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.