• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
    Mackenzie ushinjwa urupfu rw’abarenga 240 n’agirwa umwere ngo azakomeza afungwe
    Umusirikare w’u Burundi yapfuye atera akabariro
    Intasi za RDC zasatse urugo rwa Moïse Katumbi
    Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
    Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?
    Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
    Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?
    Inkota kirimbuzi iri mu mazina ya gikirisitu
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Covid-19: Nyunganira mwana , inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara yamahugu arwana ninzego zibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo zAbafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
    Covid-19: Abagore barambiwe akabariro, ibintu bafata nk’ihohoterwa
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Odinga yahaye Ruto inama z’uburyo yaba umuyobozi mwiza
    Dr Frank Habineza yahamagariye amahanga kwamagana itegeko rya Uganda rihana abatinganyi
    Dutegereje ibihano by’u Bufaransa ku Rwanda: Muyaya
    Perezida Kagame yaba aherutse kwakira intumwa ya Joseph Kabila
    Perezida Ruto yishongoye kuri Uhuru Kenyatta
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    APR FC mu rugamba rwo kugura umukinnyi ukomeye w’Umugande
    Gacinya na Murangwa Eugène bangiwe kwiyamamariza kuyobora FERWAFA
    Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa mbere
    Kiyovu Sports yaba igiye kwirukana abakinnyi bayo bose bakomeye ku bwo ’kuyigambanira’
    Umugore wa Messi arimo kumusunikira muri Fc Barcelona
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.

Ibitekerezo

Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 02/05/2023 09:23

Umuryango mpuzamahanga uharanira iterambere ry’umurimo (ILO) ushamikiye ku Muryango w’Abibumbye (UN), muri Mutarama 2023 watangaje ko ku Isi hari abashomeri babarirwa muri miliyoni 208, bakaba bariyongereyeho 5.8% ugereranyije no mu mwaka wabanje, kandi kikaba ari ikibazo cyiganje cyane mu bihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’iterambere.

Ikigo cy’u Rwanda cy’ibarurishamibare, NISR, na cyo gishingiye ku busesenguzi cyakoze ku isoko ry’umurimo mu Gushyingo 2022, kigaragaza ko ubushomeri mu Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 3.8%. Ubushomeri mu rubyiruko buri ku kigero cya 29.7%.

Ikibazo cy’ubushomeri kimaze igihe kinini cyane, ariko igihangayikishije ni uburyo kiri kwiyongera, by’umwihariko kuva icyorezo cya Covid-19 cyibasira Isi. Ibyo biraba ariko mu gihe ibihugu bigize UN byashyizeho uburyo burambye bwo guhangana na cyo, nk’uko bigaragara mu ntego 17 z’iterambere rirambye (SDGs), aho iya 8 ijyanye n’ihangwa ry’imirimo n’iterambere ry’ubukungu ibisobanura neza.

Bijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu muhigo cyangwa intego, u Rwanda, nk’igihugu kiri muri UN, rwashyizeho gahunda y’imyaka 7 rwise NST1, rwiyemeza guhanga imirimo miliyoni 1.5 kuva mu mwaka w’2017 kugeza mu w’2024 ariko ikibazo cy’ubushomeri gikomeje kwiyongera, umubare w’abarangiza ibyiciro bitandukanye by’amashuri uraruta uw’imirimo ihangwa.

Mu gihe bimeze bitya, umuntu yakwibaza, agashakishiriza impande n’impande ibindi byakorwa, hagamijwe kureba niba ubushomeri bwiganje by’umwihariko mu rubyiruko bwagabanyuka, aho kwiyongera nk’uko biri kugenda, na rwo rugatanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.

Kohereza urubyiruko mu mahanga yaba amahitamo meza?

U Bushinwa ni cyo gihugu cyibarutse abantu benshi kandi gituwe cyane ku Isi. Umuryango w’Abibumbye uvuga ko umwaka w’2022 warangiye butuwe n’abantu babarirwa muri miliyari 1.426.

U Buhinde buri ku mwanya wa kabiri mu bihugu bituwe cyane ku Isi kandi bwibarutse abantu benshi. Raporo ya Migration and Development Brief yashyizwe hanze mu mwaka ushize na Banki y’Isi, igaragaza ko kuba iki gihugu n’u Bushinwa byohereza abantu benshi mu mirimo mu mahanga, bibifasha kwiyubaka.

Iyi raporo yagaragaje ko u Buhinde [uyu mwaka ushobora kuzarangira ari cyo gihugu gituwe cyane ku Isi, ku mubare wa miliyari 1.429] ari bwo bwinjije amafaranga menshi yaturutse mu babuvukiyemo bakorera mu mahanga, ku madolari ya Amerika miliyari 100 mu mwaka w’2021. U Bushinwa buri ku mwanya wa gatatu, na miliyari 51 z’amadolari. Umwanya wa kabiri uriho Mexico yinjije miliyari 60.3.

Muri iyi raporo, u Rwanda rutuwe n’abantu barenga miliyoni 13.2 nk’uko ibarura rusange rya NISR ryakozwe mu mwaka ushize ribigaragaza, rwinjije amadolari miliyoni 381 mu mwaka w’2021, aturutse mu Banyarwanda bakorera mu mahanga.

Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?Abanyarwanda-baba-mu-mahanga-bamaze-kohereza-Frw-miliyari-469-muri-uyu-mwaka

Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, kuri uyu wa 1 Gicurasi 2023 ubwo yari mu munsi mukuru mpuzamahanga w’umurimo, yabwiye Abanyakenya ko bagenzi babo baba mu mahanga binjirije igihugu miliyari 4.027 z’amadolari, abamenyesha ko ateganya gufasha benshi, by’umwihariko urubyiruko kubonayo imirimo by’umwihariko muri Canada, Leta zunze ubumwe za Amerika, Leta zunze ubumwe z’Abarabu na Arabia Saoudite.

Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: "Chancelier w’u Budage azaba ari hano ku wa Kane kandi tuzasinya amasezerano y’umurimo azatuma Abanyakenya babona amahirwe mu mirimo miliyoni 2550 itangwa mu Budage buri mwaka. Dufite amahirwe muri Canada, USA, UAE, Saudi Arabia…tuzasinya amasezerano 10 mu mezi ari imbere kugira ngo urubyiruko rwacu ruyabone.”

Uko Ruto abibona https://bwiza.com/?Perezida-Ruto-yasezeranyije-Abanyakenya-kubashakira-imirimo-myinshi-mu-mahanga

Uko imibare ibigaragaza ndetse n’ubuhamya butangwa bigaragaza uburyo abenegihugu bakorera mu mahanga ari umutungo ukomeye w’igihugu, cyane ko bakibyarira inyungu nyinshi nk’uko bigenda mu Buhinde, mu Bushinwa n’ahandi. Byashoboka ko n’u Rwanda byaruhira mu gihe rwaba rushakiye imirimo mu mahanga urubyiruko rufite ubushobozi bwo gukora.

Izindi Nkuru Bijyanye


Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k'ibiyaga bigari?
Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?
Kuki mu ntambara n'inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?
Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?

Izindi wasoma

Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?

Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?

Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?

Inkota kirimbuzi iri mu mazina ya gikirisitu

Rwanda: Igwingirabitekerezo ni ingaruka z’inyigisho nyobokamana

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

2 Ibitekerezo

IY∆M∆R£R£ Kuwa 02/05/23

Iyaba Abana b’Abanyarwanda bari bateguwe ku buryo bagira ubushobozi bwo gutsindira isoko ry’imirimo ku rwego mpuzamahanga. Kuko kugenda mu cyo nakwita igihiriri, bagerayo bagahabwa imirimo ya kazaroho gusa ugasanga babayeho amarenzamunsi na za nyungu igihugu cyari cyibitezeho ntiziboneke.

Subiza ⇾

Leo Kuwa 02/06/23

ibi byafasha igihugu cyane cyane cyane kwiyongera Kwa mafaranga yamahanga kwisoko Ryu Rwanda nkama dollars bikorohereza abayagura bigafasha na lmport na export bishyirwemo

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kuba Kabuga atazaburana 'ni intege nke z'ubutabera'-HRW
Kuba Kabuga atazaburana ’ni intege nke z’ubutabera’-HRW

Odinga yahaye Ruto inama z'uburyo yaba umuyobozi mwiza
Odinga yahaye Ruto inama z’uburyo yaba umuyobozi mwiza

IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6
IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka

Urujijo ku cyatandukanyije Otile Brown n'umujyanama we
Urujijo ku cyatandukanyije Otile Brown n’umujyanama we

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kuba Kabuga atazaburana 'ni intege nke z'ubutabera'-HRW
08/06/23 22:31
Kuba Kabuga atazaburana ’ni intege nke z’ubutabera’-HRW
Odinga yahaye Ruto inama z'uburyo yaba umuyobozi mwiza
08/06/23 21:54
Odinga yahaye Ruto inama z’uburyo yaba umuyobozi mwiza
IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6
08/06/23 19:39
IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
08/06/23 16:09
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
imyidagaduro

Urujijo ku cyatandukanyije Otile Brown n’umujyanama we

Umuhanzi umaze kubaka izina mu muziki wo mu karere Jacob Obunga uzwi nka Otile Brown (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubuzima

Museveni yasobanuye uko Covid-19 yamuciye mu rihumye

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yemeje ko yanduye icyorezo cya Covid-19, kandi ko byatewe (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mackenzie ushinjwa urupfu rw’abarenga 240 n’agirwa umwere ngo azakomeza afungwe

Muri Kenya Inkuru y’abapfuye bategetswe na Pasiteri Paul Mackenzi ikomeje kuba uruhererekane, (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
Amakuru

Umusirikare w’u Burundi yapfuye atera akabariro

Umusirikare w’u Burundi witwa Dusabeyezu Vianney, yapfiriye muri hoteli iherereye muri komini (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.