Iteka rya Perezida Nº 044/01 ryo ku wa 14 Gashyantare 2020 rishyiraho sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda, rishyira ipeti rya General (Full) mu kiciro cy’amapeti y’Abofisiye Jenerali (General Officers), rikaruta ayandi yose aba mu ngabo z’u Rwanda.
Iri peti riruta ayandi mu ngabo z’u Rwanda, riri hejuru y’irya Lieutenant General, Major General na Brigadier General.
Ingingo ya 28 muri ririya teka iteganya ko "ubusumbane mu mirimo ya gisirikare bushingira ku ipeti", ibishyira ipeti rya (…)
Home > Keywords > Most Important Keywords > Featured Post
Featured Post
Articles
-
Menya Abasirikare b’u Rwanda bafite ipeti rya General (Full)
12 June 2021, by BABOU Bénjamin -
RDF yungutse abasirikare bashya basoje imyitozo y’ibanze (Amafoto)
28 August 2021, by BABOU BénjaminIgisirikare cy’u Rwanda (RDF), kuri uyu wa Gatandatu cyungutse abasirikare bashya nyuma yo gusoza imyitozo y’ibanze mu kigo cy’imyitozo cya Nasho.
Abasore n’inkumi basoje imyitozo ya gisirikare kuri uyu wa Gatandatu, beretse ubuyobozi bwa RDF ubumenyi bahawe mu gukoresha imbunda n’imyitozo ngororamubiri, mbere yo guhabwa ikaze mu muryango mugari w’ingabo z’u Rwanda.
Umuhango wo gusoza amasomo ya bariya basirikare wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura wari (…) -
Muri gare ya Rusizi abagore bavuga ko barambiwe guhurira mu bwiherero bumwe n’abagabo
8 March 2022, by Bahuwiyongera SylvestreImyaka irenze 5 muri gare ya Rusizi abagore n’abagabo bahurira mu bwiherero bumwe bw’abagabo kuko ubw’abagore bufunze kuva icyo gihe cyose, iyo urungurutse mu cyumba cy’ubwiherero bwari bwise ubw’abagore, urebeye hanze, usanga bararunzemo ibikoresho binyuranye, inyuma ibirahure by’urugi rwaho byaramenaguritse, iruhande rwarwo harambitse ibyuma, bamwe mu bagore bakagaragaza impungenge ko bashobora kuhahurira n’ingorane bagasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi gukemura iki kibazo byihutirwa. (…)
-
Uko hateguwe umugambi wo kwica Habyarimana no kurwanya amasezerano ya Arusha
27 April 2020, by Denis NsengiyumvaNyuma y’aho Perezida Habyarimana yemereye isinywa ry’amasezerano hagati ya Leta ayoboye na RPF-Inkotanyi mu rwego rwo kugabana ubutegetsi hashyirwaho guverinoma y’inzibacyuho, intagondwa z’Abahutu cyane cyane abari bahuriye mu gatsiko kitwa “Amis de 215 l’Alliance”, barwanije ayo masezerano, bashakisha uko bavanaho Habyarimana mu buryo bwose bushoboka nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwa CNLG ku itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya (…)
-
Abize ECE muri Kaminuza y’u Rwanda baratabaza REB na MINEDUC
28 July 2020, by Sikubwabo Mark IbrahimAbize Ishami rya Early Childhood Education (ECE) muri Kaminuza y’u Rwanda, baratabaza REB na MINEDUC nyuma yo kurangiza kwiga bagasanga nta hantu bakenewe ku isoko ry’umurimo kandi Kaminuza ikaba ikomeje gusohora abantu bize iri shami.
Kaminuza y’u Rwanda yasohoye abize Early Childhood Education(ECE) bwa mbere mu mwaka wa 2016, bari bateganyirijwe ahanini kuba abatoza ku mashuri yisumbuye yashyiriweho guhugura abarimu azwi nka Teachers Training Centers(TTC).
N’ubwo abenshi mu bayobotse (…) -
Rwanda: Barasaba Leta guca umuco wo gukuna, ngo bihonyora uburenganzira bw’abagore
17 July 2021, by BABOU BénjaminImpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu zasabye leta y’u Rwanda guca umuco wo gukuna (cyangwa guca imyeyo), ngo kuko bihonyora uburenganzira bw’igitsina gore.
Umugenzo wo gukuna ushinze imizi mu muco nyarwanda wa kera, gusa si mu Rwanda gusa uyu mugenzo ukorwa kuko unamenyerewe mu bihugu bitandukanye bya Afurika nk’u Burundi, Zambia, Uganda, Malawi, Zimbabwe n’ahandi.
Abayoboka uyu mugenzo bahuriza ku kuba ufasha abagore guha ibyishimo byo mu buriri abagabo babo, bityo bikabarinda kuba (…) -
Menya ingano y’umushahara abayobozi b’ibigo bya Leta bitandukanye bagenerwa buri kwezi
24 September 2020, by BABOU BénjaminIteka rya Minisitiri w’Intebe N° 92/03 ryo kuwa 01/03/2013 rihindura kandi rikuzuza Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 53/03 ryo kuwa 14/07/2012, ni ryo rishyiraho imishahara n’ibindi bigenerwa Abakozi bo mu Butegetsi Bwite bwa Leta.
Cyakora cyo n’ubwo iri teka ari iryo mu myaka irindwi ishize, nta wakwirengagiza ko buri myaka itatu imishahara y’abakozi ba Leta yiyongeraho 10%, bigashimangira ko hari impinduka zitari nini zagiye ziba ku mishahara.
Inkuru (…) -
Uko ruswa ituma abo muri ruhago bataha barira, abandi bagaseka
4 February 2020, by BABOU BénjaminUmupira w’amaguru usigaye usa n’uwabaye ifunguro ku benshi mu bafana bawihebeye, gusa hari byinshi bidakunze kuvugwaho rumwe muri iyi siporo ifatwa nk’iya mbere ikunzwe ku isi kurusha izindi abantu batabona, ariko bikabagiraho ingaruka.
Intego ya mbere ruhago turabizi ko ari uguha abakunzi bayo ibyishimo, n’ubwo hari abarebye kure bagahitamo guhindura uyu mukino ubucuruzi, intego ari ugukirigita ifaranga.
Iri faranga ryatwaye imitima ya benshi, rituma umwana yica cyangwa akagambanira (…) -
Abashinzwe amasomo mu mashuri yisumbuye (Dos) barinubira umushahara utajyanye n’inshingano bakora
4 August 2020, by Sikubwabo Mark IbrahimAbarezi bashinzwe amasomo (Directors of Studies) mu mashuri yisumbuye hirya no hino mu gihugu,barasaba Minisiteri y’Uburezi n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi(REB) kubahindurira umushahara kuko uwo bahabwa udahura n’inshingano bakora.
Hashize imyaka myinshi mu burezi, aba barezi bashinzwe amasomo ndetse akenshi bakunze kugirwa abasigire b’Umuyobozi w’ishuri kuko bamwungirije, bahembwa amafaranga nk’ayo abarimu baba bayoboye bahembwa. Aba bayobozi iki bakibona nk’ikibazo kuko hari (…) -
Nyamasheke: Mu myaka 4 gusa abangavu barenga 700 batwaye inda
15 September 2021, by Bahuwiyongera SylvestreUbuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buravuga ko imibare y’abangavu batewe inda z’imburagihe kuva muri 2017 kugera muri 2020 uteye inkeke ,aho abagera kuri 719 bazitwaye barimo n’umwana wari ufite imyaka 12 gusa yiga mu mashuri abanza wayitewe n’umusore wo mu muryango we wahise anahunga igihugu n’ubu bitazwi aho aherereye, bukavuga ko ari ikibazo gikomeye cyane gisaba ko buri wese bireba, cyane cyane abafatanyabikorwa b’Akarere muri uru rwego ahaguruka kugira ngo iyi mibare (…)