Pogba na Bruno Fernandes bafashije Manchester United guhemukira Leeds United
Ikipe ya Manchester United ibifashijwemo cyane na Paul Pogba cyo kimwe na Bruno Fernandes, yatangiye neza shampiyona y’Abongereza nyuma yo kwihaniza Leeds United ikayitsinda ibitego 5-1. Hari mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Old Trafford. Man United yakiniraga imbere y’abafana barenga 72,000 bari bagarutse muri Stade nyuma y’igihe kirekire, mu […]
RDC: Abaturage bari kurya kimwe mu binyabutabire byasohowe na Nyiragongo
Abatuye mu gace ka Bukumu muri Teritwari ya Nyiragongo iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafata kimwe mu binyabutabire gisa n’umweru kiri mu byasohowe n’ikirunga cya Nyiragongo ubwo cyarukaga bakagishyira mu biryo nk’ikirungo. Actualité yavuze ko iki kinyabutabire gikora nk’umunyu. Cyakora cyo ubuyobozi bwa kariya gace bwabasabye kutongera gukoresha kiriya kinyabutabire kubera […]
Undi munyamakuru yicishijwe intwaro gakondo mu burasirazuba bwa RDC
Umunyamakuru Joël Mumbere Musavuli wari umuyobozi wa Radio Biakato mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishwe kuri uyu wa Gatandatu n’abantu bataramenyekana. Urupfu rw’uyu munyamakuru rwemejwe na bagenzi be bakoranaga kuri kiriya gitangazamakuru gikorera mu gace ka Biakato ho muri Teritwari ya Mambasa, mu ntara ya Ituri. J. Mutokambali, Umuyobozi ukuriye gahunda za […]
Twibanire wiyahuriye ku nkundamahoro yari afite ikibazo cyo mu mutwe_RIB
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko umugabo witwa Twibanire Emmanuel wasimbutse inyubako y’Inkundamahoro y’i Nyabugogo akitaba Imana, yari afite ikibazo cyo mu mutwe. Mu ma saa yine y’ejo ku wa Gatanu tariki 13 Kanama ni bwo Twibanire w’imyaka 40 y’amavuko yasimbutse ku nkundamahoro aturutse mu igorofa rya gatandatu ahita apfa. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira […]
Perezida Kagame yashenguwe no kuba Arsenal yatsinzwe na Brentford, avuga ko impinduka zatinze
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yababajwe cyane no kuba ikipe ya Arsenal yaraye itsinzwe na Brentford ibitego 2-0, avuga ko atumva impamvu impinduka muri iriya kipe zatinze. Arsenal Perezida Kagame yihebeye yari yasuye Brentford iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere, mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona y’Abongereza wabaye mu ijoro ryakeye. Igitego cyo ku […]
CAF Champions league: APR FC yatomboye Ikipe yo muri Somalia
Ikipe ya APR FC igomba guhagararira u Rwanda mu irushanwa nyafurika rya CAF Champions league, yatomboye na Mogadishu City Club yo muri Somalia mu ijonjora ry’ibanze rya ririya rushanwa. APR FC yabonye itike yo guhagararira u Rwanda muri iriya mikino nyuma yo kwegukana Igikombe cya shampiyona ya 2020/21 idatsinzwe umukino n’umwe. Mu gihe iyi kipe […]
Nyabugogo: Undi mugabo yasimbutse inyubako y’Inkundamahoro ahita apfa
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko witwa Twibanire Emmanuel, ku manywa kuri uyu wa Gatanu yasimbutse inyubako y’Inkundamahoro i Nyabugogo ahita apfa. Umwe mu bari i Nyabugogo wavuganye na BWIZA yayibwiye ko bikekwa ko uyu mugabo yiyahuye, n’ubwo hataramenyekana icyaba cyamuteye kwiyambura ubuzima. Uyu mugabo akimara guhanuka kuri uriya nyubako Polisi n’abaturage bahise bahurura. […]
Mozambique: RDF na FADM baragera amajanja Umuyobozi Mukuru wa IS
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Général-Major, Cristóvão Chume, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zifatanyije n’iza RDF ziteguye gukora ibishoboka byose zigafata Bonomar Machude Omar, umunya-Mozambique ukuriye umutwe wa Islamic State umaze igihe warayogoje intara ya Cabo Delgado. Uyu mugabo usanzwe unazwi ku mazina ya Abu Mohamed na Ibin Omar, ni we ukuriye ishami rya gisirikare […]
Museveni yategetse Gen Katumba gusesa inama y’ubutegetsi yose ya Uganda Airlines
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yategetse ko inama y’ubutegetsi ya sosiyete ya Uganda Airlines ikora ubwikorezi bwo mu kirere iseswa yose; nyuma y’iperereza ryakozwe rigasanga yugarijwe na ruswa ikomeye ndetse n’imicungire mibi. Museveni muri Operasiyo yiswe iyo ‘kubaga’ biriya bibazo, yategetse Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi, Gen Katumba Wamala, gusesa inama y’ubutegetsi yose ya Uganda Airlines kandi […]
Messi yakiriwe n’abarimo Ramos na Neymar mu myitozo ya mbere muri PSG (Amafoto)

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu Lionel Messi yakiriwe na bagenzi be ba Paris Saint-Germain, ubwo yitabiraga imyitozo ya mbere y’iyi kipe. Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo Messi ufatwa nk’umukinnyi wa ruhago wa mbere ku Isi yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri PSG, nyuma yo gutandukana na FC Barcelona yo muri Espagne yari […]
Abashyigikiye IS bavuze ku Rwanda kubera ibitero RDF ikomeje kuyigabaho
Abashyigikiye umutwe wiyita uwa Leta ya Kiyisilamu (Islamic State), bibasiye u Rwanda nyuma y’ibikorwa byo guhashya uriya mutwe ingabo zarwo zimazemo ukwezi kurenga mu majyaruguru ya Mozambique. Ni ibikubiye mu butumwa bashyize kuri interineti mu gisa n’igikorwa gihurijwe hamwe cyo guha ingufu ibyo Islamic State iherutse kuvuga yamagana u Rwanda. Uyu mutwe uherutse gutunga agatoki […]
Abayobozi hafi 500 bahaniwe kwica amabwiriza yo kwirinda COVID-19, abenshi barirukanwa
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, yatangaje ko abayobozi 497 biganjemo abakuru b’imidugudu ari bo bamaze guhanirwa kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, ndetse bamwe muri bo bakaba barirukanwe ku nshingano zabo. Minisitiri Gatabazi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, asobanura byimbitse amabwiriza mashya yashyizweho na Guverinoma mu gukumira kiriya cyorezo. Ni amabwiriza yavuze ko […]
Hari byinshi nakoze bitashimishije Sosiyete Nyarwanda ariko ntibizasubira_Kwizera Olivier
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Kwizera Olivier yemeje ko yagarutse mu mupira w’amaguru, nyuma yo gufata umwanya wo kwitekerezaho agasanga hari byinshi agifite agomba gutanga nk’umukinnyi. Mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko uri mu banyezamu beza igihugu gifite yatunguranye, atangaza ko ahagaritse burundu gukina umupira w’amaguru. Ni inkuru yaje ica umugongo […]
Madagascar: Perezida Andry Rajoelina yirukanye abaminisitiri be bose
Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, yamaze kwirukana abaminisitiri bose bari bagize Guverinoma y’igihugu cye nyuma y’iminsi mike abanengeye mu ruhame avuga ko imikorere yabo iciriritse. Itangazo ryasohowe n’ibiro bya Perezida Rajoelina kuri uyu wa Gatatu rivuga ko yirukanye bariya baminisitiri bose, gusa nta mpamvu risobanura zaba zatumye abirukana, nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru yabitangaje. Cyakora […]
Abanya-Zambia baramukiye mu matora y’indyankurye
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Abanya-Zambia babarirwa muri za miliyoni kuri uyu wa kane baramukiye mu matora rusange arimo n’ay’Umukuru w’Igihugu. Ni amatora yabaye mu gihe iki gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika cyugarijwe n’ikibazo cy’ubukungu bukomeje kuzahara ndetse n’umurengera w’imyenda y’amahanga. Aya matora yo muri Zambia yafashwe nk’indyankurye hagati ya Perezida wa […]
Ramos yahaye Messi ikaze muri PSG nyuma y’imyaka myinshi bahanganye
Myugariro Sergio Ramos yahaye ikaze rutahizamu Lionel Messi wamusanze muri Paris Saint-Germain, nyuma y’imyaka myinshi yo guhangana hagati yabo. Ramos yahaye Messi ikaze mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Ati: “Ni nde wakabaye yarabitekereje ko bombi bakina mu kipe imwe], si byo Leo Messi? Ikaze muri PSG!” Ubu butumwa Ramos yabukurikije amafoto arimo umwambaro […]
Myugariro wa Rayon Sports n’umugore we bibarutse imfura nyuma y’ukwezi barushinze
Myugariro w’ibumoso Muvandimwe Jean Marie Vianey ‘Kurzawa’ uheruka gusinyira ikipe ya Rayon Sports, yibarutse imfura we n’umugore we nyuma y’ukwezi kumwe barushinze. Muvandimwe yemeje aya makuru binyuze muri Status yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze. Nko ku rubuga rwa Facebook, uyu mugabo ukomoka mu karere ka Gisagara yashyizeho amafoto arimo iya madamu we akuriwe n’indi acigatiye […]
Mozambique: Ibyihebe 33 ni byo RDF yivuganye muri Weekend ishize, nta musirikare n’umwe wakomeretse
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Maj-Gen Christovao Chume, yatangaje ko ibitero by’Ingabo za kiriya gihugu zifatanyije n’iza RDF mu mpera z’icyumweru gishize byahitanye ibyihebe 33. Ni ibitero kandi byasize ingabo za RDF zigaruriye icyambu cya Mocimboa da Praia n’ibindi bikorwa remezo bitandukanye. Gen Chume ubwo yavugiraga kuri Radio Mozambique ku mugoroba w’ejo, yavuze ko nta […]
Kwizera Olivier yaba yavuye mu byo gusezera, yitezwe guhamagarwa n’Amavubi
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Kwizera Olivier, biravugwa ko yamaze kwisubira ku cyemezo cyo gusezera ku mupira w’amaguru yaherukaga gufata. Amakuru y’uko uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko yafashe icyemezo cyo kugaruka mu mupira w’amaguru yari amaze iminsi avugwa, mbere yo gukaza umurego ku mugoroba w’ejo. Byitezwe ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo bimenyekana ku mugaragaro […]
Bwa mbere Messi mu mwambaro wa Visit Rwanda nyuma yo kwerekanwa na PSG (Amafoto)

Ikipe ya Paris Saint-Germain ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yatangaje Umunya-Argentine Lionel Messi nk’umukinnyi wayo mushya. Messi ufatwa na benshi nk’umukinnyi wa mbere wa ruhago ku Isi yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe isanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo. Yasinye nyuma yo kugera i Paris aho yakiriwe n’ibihumbi by’abafana ba PSG, […]
Nyaruguru: Umugabo yatemaguye umurima w’imyumbati wa mukuru we, arangije yitemera urutoki

Umugabo witwa Twahirwa Augustin w’imyaka 34, utuye mu mu mudugudu wa Toraniro, akagari ka Bunge, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, yadukiriye umurima ((ufite ubuso bwa Are n’igice) wa mukuru we witwa Rwakunze Innocent, ku manywa y’ihangu, atemagura imyumbati yarimo amaraho, arangije ajya mu we bwite atemamo insina 13, azishyira hasi. Nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari […]
Ethiopia: Minisitiri w’Intebe yahamagariye abaturage kwinjira mu gisirikare ku bwinshi
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yahamagariye abaturage b’igihugu cye kwinjira mu gisirikare ku bwinshi mu rwego rwo gufasha kiriya gihugu guhashya inyeshyamba za TPLF. Minisitiri Abiy mu itangazo yasohoye yavuze ko “Ubu ni cyo gihe cya nyacyo ku banya-Ethiopia mubishoboye mufite imyaka y’ubukure ngo mwinjire igisirikare, umutwe w’ingabo zidasanzwe n’abarwanyi kugira ngo mwerekane […]
Umugore w’ukuriye abasekirite ushinjwa kwaka ruswa y’igitsina avuga ko amaze igihe atabasha gutera akabariro
Nikunze Josiane, umugore wa Habimana Emmanuel ukuriye abasekirite ba HIGH SEC CO.LTD bacunga umutekano ku bitaro bya Gisenyi mu karere ka Rubavu, avuga ko arengana ku cyaha cyo kwaka ruswa ishingiye ku gitsina akurikiranyweho. Tariki ya 27 Nyakanga ni bwo Habimana w’imyaka 35 y’amavuko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akekwaho icyaha cyo gusaba […]
Lionel Messi yakiriwe nka Mesiya i Paris (Amafoto)

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, yatangaje Umunya-Argentine Lionel Messi nk’umukinnyi wayo mushya, nyuma yo gutandukana na FC Barcelona yazamukiyemo. Paris Saint-Germain yemeje Messi nk’umukinnyi wayo mushya ibinyujije muri videwo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo. Byari nyuma y’uko uyu mukinnyi ufatwa nk’uwa mbere ku Isi yari amaze kugera ku kibuga cy’indege cy’i […]
Isi ntisakaye, buri wese yanyagirwa_Perezida wa Rayon Sports kuri Kwizera Olivier
Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle, yatangaje ko yababajwe cyane no kuba Kwizera Olivier yarasezeye umupira w’amaguru ku myaka 27 y’amavuko, avuga ko ibibazo yabanje gucamo mbere yo gusezera ntawe bitabaho. Tariki ya 22 Nyakanga ni bwo Olivier yatunguye benshi ubwo yatangazaga ko asezeye k’umupira w’amaguru, nyuma yo gusoza amasezerano mu ikipe ye ya […]
Benshi bakozwe ku mutima n’ubusabane bw’abasirikare ba RDF n’abaturage ba Mozambique (Amafoto)

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bacitse ururondogoro, nyuma y’amashusho yagiye hanze yerekana abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda basabanye n’abaturage ba Mozambique. Ni amafoto yafatiwe mu gace kitwa Mute ho mu karere ka Palma mu ntara ya Cabo Delgado, aho Ingabo z’u Rwanda zimaze ukwezi kurenga mu bikorwa byo guhashya ibyihebe. Muri aya mashusho, umusirikare wa RDF n’abapolisi b’u […]
Meddy sindi ku rwego rumwe na we, ndamwubaha nkanamwemera_Juno Kizigenza
Umuhanzi ukizamuka mu muziki Nyarwanda, Juno Kizigenza, yaciye bugufi agaragaza ko atari ku rwego rumwe na Meddy, nyuma y’iminsi mike ashinjwe kumwigereranyaho nyamara batari ku rwego rumwe. Mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo Juno yibasiwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bamushinja kwifatira ku gahanga Meddy akavuga ko atamubona nk’umwami wa muzika Nyarwanda mu gihe yaheze ishyanga. Icyo […]
Abanyamategeko batanze ikirego gikumira PSG gusinyisha Messi
Abanyamategeko b’ikipe ya FC Barcelona mu izina ry’abafana bayo, batanze ikirego mu Rukiko rw’Ubujurire rw’u Burayi basaba ko rwakumira ikipe ya Paris Saint-Germain gusinyisha Lionel Messi. Dr Juan Branco watanze kiriya kirego, yagaragaje ko PSG idashobora gusinyisha Messi hakurikijwe amategeko ajyanye n’ikoreshwa ry’umutungo mu makipe azwi nka ‘Financial Fair Play’. Dr Juan Branco yagize ati […]
Gen Muhizi yavuze ibanga ryafashije RDF gutsinsura ibyihebe byari byarigaruriye Mocímboa da Praia
Brig Gen Muhizi Pascal uyoboye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique, yavuze ko ikinyabupfura no kwihanganira ibihe bigoye byamye biranga ingabo za RDF ari byo byazifashije gutsinsura ibyihebe, mbere yo kwigarurira Mocímboa da Praia. Ku Cyumweru tariki ya 08 Kanama ni bwo Ingabo z’u Rwanda zigaruriye agace ka Mocímboa da […]
Messi yasezeye FC Barcelona mu marira menshi (Amafoto)

Umunya-Argentine Lionel Messi wari usanzwe ari Kapiteni wa FC Barcelona, yasezeye ku bakunzi b’iyi kipe mu kiganiro n’itangazamakuru yasukiyemo amarira menshi. Mu kanya kashize ni bwo Messi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru asezera kuri FC Barcelona, nyuma y’uko iyi kipe itangaje ko itagikomezanyije na we. FC Barcelona mu itangazo iheruka gusohora yavuze ko kuba itabona uburyo yandikisha […]
Perezida Ndayishimiye yifatanyije n’abatuye mu gace avukamo kwizihiza umuganura (Amafoto)

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu yifatanyije n’abaturage ba Komine Giheta avukamo mu ntara ya Gitega, mu kwizihiza umunsi mukuru w’umuganura. Uyu munsi uzwi nk’Umunsi Mukuru w’amakomini mu Burundi wizihizwa tariki ya 07 Nyakanga buri mwaka. Perezida Ndayishimiye aherekejwe n’umufasha we, Angeline Ndayubaha, basangiye n’abatuye Komini Giheta urwagwa n’ibyo kurya bya gakondo […]
Brésil itsinze Espagne, yegukana umudari wa zahabu wa 2 wikurikiranya mu mikino Olempike
Ikipe y’igihugu ya Brésil y’abatarengeje imyaka 23, yegukanye umudari wa zahabu mu mupira w’amaguru mu mikino Olempique iri kubera i Tokyo mu Buyapani, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Espagne ibitego 2-1. Umukino wose waranzwe no kurema uburyo bwinshi bw’ibitego ku ruhande rwa Brésil ugereranyije na Espagne. Iyi kipe iyobowe na Dani Alves wakanyujijeho […]
Mozambique: Ingabo za RDF zivuganye ibindi byihebe
Kuri uyu wa Gatandatu ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique, zishe abandi barwanyi bane b’umutwe wa Islamic State. Ni mu gitero zagabye ahitwa “1st May”, agace gaherereye mu Ntara ya Cabo Delgado ku bilometero 10 kugira ngo ugere mu karere ka Macimboa da Praia ari naho hari icyicaro cy’imitwe y’iterabwoba […]
ADF imaze kwivugana abasirikare ba FARDC bakabakaba 2,000
Igisirikare cya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko kuva mu Ukwakira 2014 abasirikare bacyo bagera kuri 2,000 bamaze gupfira muri Béni mu Burasirazuba bwa kiriya gihugu, mu mirwano kimaze igihe gihanganyemo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF. Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Général de brigade Sylvain Ekenge, […]
Madamu wa Ndayishimiye yacinye akadiho nyuma yo kwifatanya n’abakene ku munsi wabahariwe (Amafoto)

Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Angeline Ndayubaha n’umuryango we wose, bifatanyije n’abakene bo muri kiriya gihugu mu kwizihiza Umunsi wo gufashanya. Ni umunsi u Burundi bwizihiza ku itariki ya 06 Kanama buri mwaka. Perezida Ndayishimiye aherekejwe n’umuryango we bifatanyije n’abakene bo muri Komini ya Gitega mu murwa mukuru w’ubutegetsi mu Burundi, babaha imfashanyo […]
Babuwa Samson yerekeje mu kipe yo muri Angola izakina CAF Confederation Cup
Rutahizamu w’umunya-Nigeria Babuwa Samson, yamaze kwerekeza mu kipe ya Bravos do Maquis yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Angola. Babuwa yabwiye BWIZA ko yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri iriya kipe ibarizwa mu gace ka Luena ho mu ntara ya Moxeco. Amakuru BWIZA yamenye ni uko Babuwa ari we wifuje ko we na Bravos […]
Undi munya-Uganda yegukanye umudari wa zahabu mu mikino Olempike ya 2020
Umunya-Uganda Joshua Cheptegei, yegukanye umudari wa zahabu kuri uyu wa Gatanu nyuma yo kwitwara neza mu mikino Olempike ikomeje kubera i Tokyo mu gihugu cy’u Buyapani. Ni nyuma yo kuba uwa mbere mu gusiganwa ku maguru ku ntera ya metero 5,000. Uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko, yitwaye neza muri ririya siganwa nyuma yo gukoresha iminota […]
Umunyamakuru Patty Habarugira yatandukanye na RBA
Umunyamakuru Patrick Habarugira, yatangaje ko yatandukanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yari amaze imyaka 10 abereye umukozi. Patty Habarugira ni umwe mu banyamakuru bari bakunzwe cyane kuri RBA cyane mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikino’ yari abereye umuyobozi. Patrick Habarugira yabwiye ikinyamakuru IGIHE ko yatandukanye na kiriya gitangazamakuru kubera ko yitegura kwerekeza muri Canada aho agiye gukomereza amasomo. […]
Meddy wasezerewe na APR FC yabaye umukinnyi wa mbere Rayon Sports isinyishije
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha Mushimiyimana Mohamed bita Meddy, aba umukinnyi wa mbere iyi kipe isinyishije muri iyi mpeshyi. Uyu musore ukina hagati mu kibuga ariko akaba anafite ubushobozi bwo gukina mu mutima w’ubwugarizi, yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri. Ni nyuma y’ibiganiro impande zombi zari zimazemo iminsi. Rayon Sports yifuzaga guha uyu mukinnyi […]
Perezida Touadéra yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru ba RDF (Amafoto)

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine hano mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF). Ni ibiganiro byabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura. Ni ibiganiro ku ruhande rwa RDF byitabiriwe n’abasirikare bakuru batandukanye, barimo Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert […]
APR FC yamaganye amakuru avuga ko yimye Seif Release Letter
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatanu, yanyomoje amakuru avuga ko yimye Niyonzima Olivier ‘Seif’ ibaruwa imurekura (Release Letter) nyuma yo kumwirukana. Seif yasezerewe na APR FC ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ashinjwa kurangwa n’imyitwarire mibi. Nyuma y’uko uyu musore ukina hagati mu kibuga yari amaze kwurukanwa n’iriya kipe y’Ingabo z’igihugu, hari amakuru yavuzwe […]
Gen Mahamat Idriss Déby yatangaje ko abasirikare 24 ba Tchad bishwe n’ibyihebe
Perezida w’akanama ka gisirikare kayoboye Tchad mu buryo bw’inzibacyuho, Gen Mahamat Idriss Déby Itno, yatangaje ko abasirikare 24 ba kiriya gihugu bishwe nyuma yo kugabwaho igitero n’abitwaje intwaro. Gen Déby mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yavuze ko kiriya gitero cy’amaraso cyibutsa ingabo za Tchad “ibibazo by’umutekano” zihanganye na byo byugarije imwe mu […]
Nyaruguru: Ikibazo cy’umuturage Minisitiri Mukeshimana yasize ahaye umurongo mu 2020, ntikirakemuka
Umusaza w’umuhinzi w’icyayi witwa Kayijamahe Andre, utuye mu mudugudu wa Nyarusovu, akagari ka Mubuga, umurenge wa Kibeho, avuga ko yagejeje kuri Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mukeshimana Geraldine ubwo yasuraga akarere ka Nyaruguru mu Gushyingo 2020, ikibazo cy’uko umukozi ushinzwe ubutaka mu karere ka Nyaruguru yamuhenze ubwenge, akamusinyisha impapuro zijyanye n’ingurane z’icyayi cye gihwanye n’ibiti 2,351, […]
Breaking News: Lionel Messi yatandukanye na FC Barcelona
Ikipe ya FC Barcelona imaze gutangaza ko umunya-Argentine Lionel Messi yamaze gutandukana na yo, nyuma yo kurangiza amasezerano bari bafitanye. FC Barcelona yemeje ko itazakomezanya na Messi mu itangazo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo zose. Iyi kipe yavuze ko “Uretse kuba FC Barcelona na Messi bari bamaze kugera ku bwumvikane ndetse impande zombi zifite ubushake […]
Perezida Kagame yakiriye Faustin-Archange Touadéra muri Village Urugwiro (Amafoto)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane yakiriye muri Village Urugwiro Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique watangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida Touadéra n’itsinda ry’intumwa yari ayoboye bageze mu Rwanda, aho batangiriye uruzinduko rw’iminsi ine. Bakigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali bakiriwe […]
Umugore wa Seif yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri mu gasozi
Umugore wa Niyonzima Olivier ‘Seif’, Mushambokazi Belyse, yavuze ko mbere y’uko umugabo we yirukanwa na APR FC yari amaze ibyumweru bibiri atazi aho aba. Ejo ku wa Gatatu tariki ya 04 Kanama ni bwo APR FC yirukanye Seif waherukaga kongera amasezerano y’imyaka ibiri azira imyitwarire mibi. APR FC mu itangazo yanyujije ku rubuga rwayo yavuze […]
Mozambique: Uwahoze ari Perezida yasabye ibiganiro n’inyeshyamba zihanganye na RDF
Uwahoze ari Perezida wa Mozambique, Joaquim Alberto Chissano, yasabye Leta ya kiriya gihugu kureba uko yagirana ibiganiro n’imitwe yitwaje intwaro bahanganye mu ntara ya Cabo Delgado. Joaquim Chissano yabaye Perezida wa Mozambique hagati y’umwaka wa 1986 na 2005. Mu kiganiro yagiranye na Radio Mozambique, yavuze ko bibaye byiza umuyobozi wa ziriya nyeshyamba yakwigaragaza agaha Leta […]
Nta gikuba cyacitse ku buryo yafatirwa ibihano_Minisitiri Gatabazi kuri Gitifu washyizeho Guma mu Rugo
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, yavuze ko kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare muri Nyamagabe yarashyize kamwe mu tugari tuwugize muri Guma mu Rugo nta gikuba cyacitse ku buryo yabihanirwa, gusa avuga ko akwiye kugirwa inama. Ku wa 03 Kanama 2021 nibwo hasohotse itangazo ryanditswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare, Ndagijimana Gustave, rishyira […]
Akari ku mutima wa Mangwende werekanwe na FAR Rabat yamuguze Frw miliyoni 430
Myugaruro Imanishimwe Emmanuel bita Mangwende yatangaje ko yiteguye guha FAR Rabat ibyo afite byose, nyuma yo kumwerekana nk’umukinnyi wayo mushya. Ku munsi w’ejo ni bwo iyi kipe y’Ingabo za Maroc yerekanye Mangwende nk’umukinnyi wayo mushya, nyuma yo kumugura abarirwa muri Frw miliyoni 430 imukuye muri APR FC. FAR Rabat ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yahaye […]
Chameleone yashyizwe mu gatebo kamwe na Mbonyi, Ndimbati, Melodie na Kidumu
Leta y’u Burundi, yahagaritse igitaramo umuhanzi Joseph Mayanja wamamaye mu muziki wa Uganda nka Dr Jose Chameleone yagombaga gukorera muri kiriya gihugu. Chameleone uri mu bahanzi bayoboye umuziki wa Afurika y’Iburasirazuba yagombaga gukorera igitaramo i Burundi ku wa 14 Kanama. Uyu mugabo yari yatumiwe kuririmba muri iki gitaramo cyiswe “Party People” cyari kuzaba mu rwego […]
Seif mu muryango usubira muri Rayon Sports nyuma yo kwirukanwa na APR FC
Niyonzima Olivier ‘Seif’ wakinaga hagati mu kibuga mu kipe ya APR FC, aravugwa mu biganiro na Rayon Sports nyuma yo kwirukanwa muri iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu. Amakuru avuga ko Seif yirukanwe na APR FC nyuma yo gukomeza kurangwa n’imyitwarire mibi. Iyi APR FC mu minsi ishize yari yamwirukanye mu mwiherero wayo nyuma yo gusohoka mu […]
Perezida Faustin-Archange Touadéra na we ategerejwe mu Rwanda
Perezida wa Repububulika ya Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, ategerejwe i Kigali hano mu Rwanda guhera ejo ku wa Kane tariki ya 05 Kanama; mu ruzinduko rw’akazi. Uruzinduko rwa Perezida Faustin-Archange Touadéra mu Rwanda rugamije gushimangira umubano usanzwe hagati y’u Rwanda na Centrafrique, cyane mu by’umutekano no mu rwego rw’abikorera. Perezida Touadéra nyuma yo kugera hano mu […]
Mupenzi Eto’o yandagaje Kazungu wamushinje kubeshya abayobozi ba APR FC
Mupenzi Eto’o ushinzwe gushakira abakinnyi ikipe ya APR FC, yise umunyamakuru Kazungu Claver ‘umunyeshyari’ nyuma yo kumushinja kugurira APR FC abakinnyi badashoboye. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Kazungu yatangaje ko Mupenzi abeshya ubuyobozi bwa APR FC, mu kiganiro 10 Sports gitambuka kuri Radio/TV10. Aba bagabo bombi bakiranye igihe kinini muri APR FC, dore […]
Umwami wa Buganda yitabye Perezida Yoweri Museveni
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda ku wa Kabiri yakiriye Kabaka w’ubwami bwa Buganda, Ronald Muwenda Mutebi wamusuye ku biro bye biherereye mu gace ka Nakasero. Umwami wa Buganda yabonanye na Museveni nyuma y’uko mu minsi yashize yakunze kunengera mu ruhame Guverinoma ya Uganda, kubera ikibazo kijyanye n’ubutaka kimaze iminsi kivugwa hagati yayo n’ubwami. Nko […]
Trump yongeye kwisubira, yemera gukomeza kuyobora Musanze FC
Tuyishimire Placide bita Trump na Komite Nyobozi ye bisubiye ku cyemezo cyo kwegura muri Musanze FC bemera gukomeza kuyiyobora, nyuma y’ibiganiro byabahuje n’ubuyobozi bw’akarere ka Musanze. Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko Komite Nyobozi ya Musanze FC yari irangajwe imbere na Tuyishimire Placide yamaze kwegura ku nshingano yari ifite muri iriya […]
Perezida Kagame yasezeye Samia Suluhu wasoje uruzinduko rwe mu Rwanda
Perezida wa Repububulika, Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri wa Kabiri yasezeye kuri Samia Suluhu Hassan wa Repububulika yunze Ubumwe ya Tanzania wasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda. Mu gitondo cyo ku wa Mbere Tariki ya 02 Kanama ni bwo Perezida Samia yageze mu Rwanda yasuraga ku nshuro ya mbere, yakirwa ku kibuga cy’indege […]
Perezida Samia yatangaje ko Minisitiri w’Ingabo za Tanzania yapfuye
Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania uri mu ruzinduko rw’akazi hano mu Rwanda, yatangaje ko Elias John Kwandikwa wari Minisitiri w’Ingabo za Tanzania yitabye Imana. Perezida Samia yemeje urupfu rwa Minisitiri w’Ingabo z’igihugu cye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Ati: “Mbabajwe no kubamenyesha ko uwari Minisitiri w’Ingabo z’igihugu, Elias John Kwandikwa yitabye […]
Minisitiri Gatabazi yaremye agatima Musanze FC n’andi makipe afashwa n’uturere
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Honorable Gatabazi Jean Marie Vianey, yaremye agatima ikipe ya Musanze FC n’andi makipe afashwa n’uturere, ayizeza ko inzego bireba ziteganya kuyafasha kugira imiyoborere myiza n’ubushobozi bwo kuyabeshaho. Minisitiri Gatabazi yatanze ubu butumwa bw’ihumure, nyuma y’amakuru yamenyekanye ku wa Mbere w’iki cyumweru y’uko Komite Nyobozi ya Musanze FC yari irangajwe imbere na Tuyishimire […]
Simba SC: Kagere yaba yaramaze kongera amasezerano mu ibanga
Ibinyamakuru byo muri Tanzania byatangaje ko rutahizamu w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, yamaze kongera amasezerano muri Simba Sports Club mu ibanga. Ni nyuma y’uko muri iyi mpeshyi uyu mugabo yari yarangije amasezerano yari afitanye n’iriya kipe yo muri Tanzania yagezemo mu 2018 avuye muri Gor Mahia yo muri Kenya. Amakuru yavugaga ko Kagere atonzengera amasezerano […]
Perezida Kagame yakiriye ku meza Samia Suluhu (Amafoto)

Ku mugoroba wo ku wa Mbere Tariki ya 02 Kanama Perezida wa Repububulika, Paul Kagame, yakiriye ku meza mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan n’itsinda ry’intumwa ayoboye. Ni mu muhango wabereye muri Kigali Conversation Center ku Kimihurura. Perezida Kagame yakiriye ku meza Samia nyuma yo gusoza umunsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi ibiri asoza mu […]