Nigeria: Igisirikare kiremeza ko kivuganye ibyihebe 23 bya Boko Haram
Nibura abaterabwoba 23 ba Boko Haram bishwe kuri uyu wa Gatandatu ushize mu bikorwa byo kurwanya uyu mutwe muri leta ya Borno mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria. Maj. Gen. Edward Buba, umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’itangazamakuru mu gisirikare, mu itangazo rye yavuze ko ingabo zikomeje ibikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba i Borno. Buba yavuze ko abaterabwoba […]
Zimbabwe: Mnangagwa yatsindiye indi manda itavugwaho rumwe
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Kanama, komisiyo y’amatora ya Zimbabwe yatangaje ko Emmerson Mnangagwa ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu yabaye muri iki cyumweru dusoza n’amajwi agera kuri 53%, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abasesenguzi bahise bibaza ku byayavuyemo. Mnangagwa wasimbuye ku butegetsi Robert Mugabe nyuma yo guhirikwa n’ingabo mu 2017, byari byitezwe ko azongera […]
Rais Kagame awaonya mahujaji ‘wanaoabudu umaskini’
Rais Paul Kagame ametishia kuwakusanya waumini wa Kikatoliki wanaotembelea maeneo ya mahujaji nchini, akiwashutumu kwa “kuabudu umaskini”. “Nilijifunza kwamba vijana wengi, kama maelfu … wanaamka asubuhi na mapema, wanatembea kwa siku tatu kwenda (mahali) ambapo maono yalionekana, ardhi ya mahujaji, mahali palipohusishwa na umaskini,” Kagame. aliambia kongamano la vijana siku ya Jumatano. “Nilidhani unapoomba unaomba […]
Niger yemereye Burkina Faso na Mali kohereza ingabo ku butaka bwayo mu gihe yaba itewe
Igihugu cya Niger cyahaye uburenganzira ingabo za Mali na Burkina Faso bwo gutabara ku butaka bwacyo mu gihe ingabo za ECOWAS zaba zihagabye igitero, nk’uko ibi bihugu byabitangaje mu itangazo ryabyo rihuriweho kuri uyu wa Kane, ikimenyetso kigaragaza ko abahiritse ubutegetsi badateganya gusubira inyuma imbere y’igitutu cy’umuryango w’akarere. Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba, ECOWAS, […]
Météo Rwanda nomme les districts à  risque de fortes pluies
MĂ©tĂ©o Rwanda, l’agence mĂ©tĂ©orologique nationale, a identifiĂ© les zones du pays qui devraient faire face Ă Â de fortes pluies entre septembre et dĂ©cembre. L’annonce de l’agence a eu lieu lors du Forum national sur les perspectives climatiques qui s’est tenu jeudi 24 aoà »t. Selon les prĂ©visions, plusieurs districts, dont Nyamagabe, Nyaruguru (parties occidentales près du […]
Amafoto: Abaguverineri 36 bo muri Nigeria batangiye umwiherero w’iminsi itatu i Kigali

Abaguverineri ba za Leta 36 bo muri Nigeria kuri uyu wa Kane, itariki 24 Kanama 2023 batangiye umwiherero w’iminsi itatu ubera i Kigali wateguwe ku bufatanye bw’Inama ya ba Guverineri bo muri Nigeria (NGF) ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP). Uyu mwiherero watangiye kuri uyu wa 24 Kanama biteganyijwe ko uzasozwa kuwa 27 […]
Prigozhin ashobora kuba yarapfuye ariko nta kimenyetso ntakuka – U Bwongereza
Minisiteri y’ingabo y’u Bwongereza yatangaje ko bishoboka ko uwari umuyobozi wa Wagner, Yevgeny Prigozhin yapfuye nyuma y’impanuka y’indege yo kuwa gatatu ushize hafi ya Moscow, ariko igaragaza ko hakiriho gushidikanya. Nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga, minisiteri y’ingabo y’u Bwongereza ivuga ko nta kimenyetso ntakuka cyemeza ko Prigozhin yari muri iyo ndege yakoze impanuka, bikekwa ko […]
Gen. Mutara Gihanga wa FARDC yatawe muri yombi akekwaho kunyereza toni 120 za cuivre
Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 23 Kanama, Gen. Major Smith Gihanga Mutara wa FARDC yatawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare (ex DEMIAP) i Kinshasa. Uyu avugwa muri dosiye y’inyerezwa rya toni 120 za cuivre za sosiyete TFM. Afunzwe mu rwego rw’iperereza nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’ubushakashatsi ku burenganzira bwa muntu (IRDH). Nk’uko umuhuzabikorwa […]
Donald Trump yakoze amateka nk’uwahoze ari perezida wa mbere winjijwe muri gereza

Donald Trump yakoze amateka yo kuba uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika watawe muri yombi na polisi ndetse agafungirwa muri Gereza yo muri Atlanta ku mugoroba wo kuri wa Kane iminota micye mbere yo kurekurwa. Trump ukurikiranweho icyaha cyo gushaka guhindura ibyavuye mu matora yo mu 2020, yanditswe mu gitabo cya gereza […]
FARDC general arrested for involvement in the theft of 120 tonnes of copper
In a statement made public this Thursday, August 24, 2023, the Human Rights Research Institute welcomes the availability of justice to Major General Gihanga Mutara Smith, commander of the 22nd military region of Lubumbashi, implicated in the robbery, on June 30, of 120 tons of copper cathodes belonging to the mining company Tenke Fungurume Mining […]
Burundi: Ubutabera bwasabye amabanki guhagarika ibikorwa byose kuri konti za Bunyoni

Nyuma y’amezi ane atawe muri yombi, ubutabera bw’u Burundi bwasabye ibigo by’imari guhagarika ibikorwa byose kuri konti z’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni. Mu ibaruwa Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika, Leonard Manirakiza, yandikiye Guverineri wa Banki Nkuru y’u Burundi (BRB), Dieudonne Murengerantwari, ku itariki ya 14 Kanama 2023, amusaba gutegeka ibigo byose by’imari kutemera ko […]
Abarwanyi ba Wagner bateguje Putin guhorera umuyobozi wabo
Abarwanyi ba Wagner bari muri Belarus, bariye karungu, boherereje Vladimir Putin ubutumwa bwo kwitegura umujinya wabo nyuma y’amasaha make umuyobozi wabo Pregozhin yiciwe mu mpanuka y’indege iteye ubwoba. Abategetsi b’Abarusiya bemeje ko uwahoze ari umutetsi wa Putin, wigumuye ku buyobozi mu mezi abiri ashize, ari mu bahitanywe n’indege yaguye mu majyaruguru y’umurwa mukuru w’u Burusiya […]
Putin yagejeje ijambo ku nama ya BRICS araruca ararumira ku bijyanye n’urupfu rwa Prigozhin
Perezida Putin w’u Burusiya yagejeje ijambo rigufi abinyujije muri videwo ku bitabiriye inama ya BRICS yaberaga i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, yibanda ku byo yateguye kubagezaho byo kwagura uyu muryango kugirango urusheho kugira ijambo mu ruhando mpuzamahanga, ariko araruca ararumira ku bijyanye n’urupfu rw’umuyobozi wa Wagner, Yevgeny Prighozhin wahoze ari umutetsi we. Mu ijambo rye, […]
Twaje kwerekana ko Amerika ishyigikiye Guverinoma ya DRC – Abadepite ba Amerika

Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa kabiri ushize yunguranye ibitekerezo n’itsinda ry’abadepite b’Abanyamerika, bayobowe n’umurepubulikani, John James n’Umudemokarate, Sara Jacobs . Ku murongo w’ibyigwa, hariho ibibazo bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, umutekano n’ubukungu. John James avuga ko ibi biganiro biri mu rwego rwo”gufasha abaturage ba Congo kungukirwa n’ubutunzi bw’igihugu”. Kubera […]
Les chefs de l’armĂ©e de l’EAC se sont rĂ©unis sur la crise sĂ©curitaire en RDC
Les chefs des forces de dĂ©fense de la CommunautĂ© d’Afrique de l’Est (EAC) se sont rĂ©unis mercredi 23 aoà »t Ă Â Nairobi, la capitale du Kenya, pour discuter de la situation sĂ©curitaire dans l’est de la RĂ©publique dĂ©mocratique du Congo. La rĂ©union extraordinaire a eu lieu alors que le mandat de la force rĂ©gionale de l’EAC […]
Pascale Mugwaneza wa Rwanda amechaguliwa kuwa Mjumbe wa Bodi Kuu ya FIBA
Pascale Mugwaneza, afisa wa mpira wa vikapu wa Rwanda, amechaguliwa kuwa mjumbe wa Bodi kuu ya Shirikisho la Kimataifa la Mpira wa Kikapu (FIBA) inayowakilisha Afrika. Mugwaneza, ambaye kwa sasa anahudumu kama makamu wa kwanza wa rais wa Shirikisho la Mpira wa Kikapu la Rwanda (FERWABA), alikabidhiwa majukumu mapya wakati wa Kongamano la FIBA ​​2023 […]
RDC: Komiseri mukuru wa polisi muri Kasai yishwe arashwe
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 23 Kanama 2023, Komiseri mukuru wa polisi muri Kasai muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Donatien Mikanda Godefroid, yapfuye arashwe n’amabandi amusanze iwe mu rugo ruherereye muri Tshikapa. Abaturanyi be bo mu gace ka Kamalenga, bumvise urusaku rw’amasasu rwabakanguye, batangaje ko ibi byabaye saa cyenda z’urukerera. Barinubira bati: “Turinubira […]
Jakaya Kikwete wigeze kugirana ibibazo n’u Rwanda ashobora kuza i Kigali

Inama y’Abaguverineri bo muri Nigeria (The Nigeria Governors’ Forum) ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP) yateguye umwiherero w’abayobozi w’iminsi itatu uzabera mu Rwanda, aho mu batumiwe harimo uwahoze ari Perezida wa Tanzania, Jakaya Mrisho Kikwete wigeze kugirana ibibazo n’u Rwanda. Uyu mwiherero uzabera i Kigali guhera kuri uyu wa Kane, itariki 24 […]
Japan: Ambasaderi w’u Rwanda n’uwa Tanzania baganiriye ku mubano w’ibihugu byabo
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani, Ernest Rwamucyo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 22 Kanama, yagiranye ibiganiro na mugenzi we uhagarariye igihugu cya Tanzania mu Buyapani, Amb. Baraka Luvanda. Ba ambasaderi bombi bagiranye ibiganiro bitanga umusaruro ku bijyanye n’ibibazo bireba inyungu z’ibihugu byabo byombi, ndetse bongera kureba ku mubano w’amateka umaze igihe hagati ya Tanzania, u […]
Kabale: Bafite impungenge zo kuba bohereza mu Rwanda ibyo kurya biruta cyane ibyo bahakura
Abacuruzi bo muri Uganda bakorera ku mupaka wa Gatuna baravuga ko bakomeje kohereza ibicuruzwa byinshi (cyane cyane ibyo kurya) mu Rwanda kurusha ibyo bahakura bakaba bibaza niba u Rwanda rutaba rwarashyizeho amabwiriza abuza abacuruzi bo mu Rwanda kohereza ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi muri Uganda. Abacuruzi n’abaguzi bavuganye na NTV batangaje uko byifashe ku isoko ry’ibiribwa […]
Minisiteri y’ishoramari yari imaze umwaka ishinzwe yasheshwe imirimo yayo yimurirwa ahandi
Minisiteri ishinzwe ishoramari rya Leta no kwegurira abikorera ibigo bya leta yari iherutse gushingwa kuri uyu wa 22 Kanama, yaseshwe, nyuma y’ivugurura rya guverinoma ryakozwe na Perezida Paul Kagame nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe. Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, imirimo y’iyi minisiteri yari imaze amezi 13 yashyizweho muri Nyakanga 2022, yimuriwe muri Minisiteri […]
DRC: An ADF leader neutralized in Mwalika
The Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) killed a leader of the ADF-MTM terrorists in Mwalika, in the territory of Beni in North Kivu. This announcement was made this Tuesday, August 22 in Goma. “This leader was neutralized during a mixed patrol between the FARDC and the UPDF, in this part of […]
Mjumbe wa Rwanda azungumza kuhusu mfanyabiashara aliyefariki nchini Uganda
Kamishna Mkuu wa Rwanda nchini Uganda Kanali Joseph Rutabana amesema ofisi yake inafuatilia mazingira ya kifo cha mfanyabiashara raia wa Rwanda aliyetambulika kwa jina la Fred Kayitare aliyekutwa amefariki Ijumaa wiki iliyopita. Kulingana na ripoti za vyombo vya habari nchini Uganda, Kayitare alifariki akiwa chini ya ulinzi wa Mkuu wa Ujasusi wa Kijeshi (CMI), chombo […]
L’ambassadeur Rutabana s’exprime sur le dĂ©cès d’un homme d’affaires rwandais en Ouganda
L’Ambassadeur du Rwanda en Ouganda, le colonel Joseph Rutabana, a dĂ©clarĂ© que son bureau suivait les circonstances entourant la mort d’un homme d’affaires rwandais, identifiĂ© comme Fred Kayitare, qui a Ă©tĂ© retrouvĂ© mort vendredi la semaine dernière. Selon les mĂ©dias ougandais, Kayitare est mort alors qu’il Ă©tait sous la garde de la ‘Chieftaincy of Military […]
Tshisekedi yaba akomeje guha FDLR intwaro ziremereye zo kurwanya M23 no gutera u Rwanda
Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, ngo yaba ahugiye mu guha umutwe witwaje intwaro washinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, FDLR, intwaro ziremereye kugirango ushoze intambara ku nyeshyamba za M23 mu rwego rwo guhungabanya igikorwa cya cantonnement (Kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro no kuyikusanyiriza mu kigo kimwe) . FDLR […]
Mauritius ikomeje kuza imbere mu kugira ishoramari ryinshi ry’abikorera mu Rwanda
Ibarura ngarukamwaka ry’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga mu Rwanda ryakozwe mu mwaka wa 2022 riragaragaza ko igihugu cya Mauritius gikomeje kuza imbere mu ishoramari ry’abikorera mu Rwanda, imbere y’Abashinwa n’abandi banyamahanga nk’uko bigaragara mu ibarura ngarukamwaka ry’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga ryakozwe mu mwaka wa 2022. Ni inshuro ya cumi na gatatu Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ikoze ibarura […]
Umuyobozi wa Wagner yagaragaje ko agiye kwimurira ibirindiro bye muri Afurika
Umuyobozi mukuru w’abacanshuro b’Abarusiya bo mu kigo cya Wagner, Yevgeny Prigozhin, yagaragaje bwa mbere, kuva yivumbura ku butegetsi bw’u Burusiya muri Kamena, ahantu aherereye bikekwa ko ari muri Afurika mu mashusho yashyize ahagaragara ku muyoboro wa Telegram. Prigozhin agaragara ahagaze mu butayu yambaye gisirikare afite imbunda mu ntoki. Hakurya ye hagaragara abandi bantu benshi bafite […]
RURA yasobanuye igihe umuntu witwa ko yahaye undi lift ashobora kubihanirwa
Mu rwego rwo gusubiza impungenge zagaragajwe n’abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye n’ibura ry’imodoka zitwara abagenzi ndetse n’ingaruka mu mategeko zishobora gutuma umuntu uha undi lift ku muhanda ahanwa, Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ibikorwa rusange (RURA) cyatanze ibisobanuro kuri iki kibazo. Mu butumwa yanyujije kuri twitter, RURA yavuze ko guha umuntu lift atari ikibazo, […]
Umoja wa Afrika wakataa kuingilia kijeshi nchini Niger
Umoja wa Afrika unaripotiwa kukataa pendekezo la kuingilia kijeshi lililopendekezwa nchini Niger ili kumrejesha madarakani Mohammed Bazoum, ambaye aliondolewa madarakani katika mapinduzi ya Julai 26, kulingana na chapisho la Ufaransa, Le Monde. Ingawa Tume ya AU hapo awali iliunga mkono kurejea kwa utaratibu wa kikatiba, Baraza la Amani na Usalama la chombo hicho cha bara […]
U Budage bwataye muri yombi abasirikare 2 b’Abanyamerika bakekwaho ubwicanyi
Igipolisi cy’u Budage cyatangaje cyataye muri yombi abasirikare babiri b’Abanyamerika bazira urupfu rw’umusore mu birori byaberaga mu burengerazuba bw’igihugu. Mu itangazo cyashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru gishize, Igipolisi mu Mujyi wa Treves mu burengerazuba cyagize kiti: “Nyuma y’iyicwa ry’umusore w’imyaka 28, abantu babiri bakekwaho icyaha batawe muri yombi… Ni abasirikare b’abanyamerika.” Uru rupfu rwaje igihe […]
Perezida Tshisekedi yashimiye ingabo zishinzwe kumurinda
Perezida wa FĂ©lix Tshisekedi, yashimye abasirikare bagize umutwe w’Ingabo zimurinda ku bw’umutekano we ndetse n’uko zawurinze mu gihe cy’imikino ya La Francophonie yabereye i Kinshasa ku nshuro ya IX. Komanda w’ishami ry’uyu mutwe rikorana na polisi, Major EphraĂ ÂŻme Muzinga, ni we wabitangarije ingabo ze ingabo ayobora ku Cyumweru, itariki ya 20 Kanama mu Kigo cya […]
ECOWAS: Ese kohereza Ingabo muri Niger birashoboka cyangwa ni ugukanga?
Ku itariki ya 26 Nyakanga, abashinzwe kurinda umukuru w’igihugu muri Niger bahiritse ku butegetsi Perezida Mohamed Bazoum mu ihirika ry’ubutegetsi rya gatanu yaryegezweho mu inshuro icyenda zageragejwe muri iki gihugu cya Afurika y’Iburengerazuba kuva mu 2020. Ibi byatumye Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) ufatira ibihano iki gihugu ndetse utanga igihe ntarengwa cy’icyumweru kuri […]
Arabia Saoudite irashinjwa kwicira mu kivunge amagana y’abimukira biganjemo Abanya-Ethiopia
Abashinzwe umutekano ku mipaka ya Arabia Saoudite barashinjwa kwica imbaga y’abimukira ku mupaka w’ubu bwami na Yemeni nk’uko raporo nshya yakozwe na Human Rights Watch ibyemeza. Raporo ivuga ko abantu babarirwa mu magana, abenshi muri bo bakaba ari Abanya- Ethiopia bambuka bava mu gihugu cya Yemeni, cyajahajwe n’intambara, kugira ngo bagere muri Arabia Saoudite, barasiwe […]
RDC: Hagati yo kubaha ubutabera n’abaturage bamutoye Matata Ponyo arahitamo iki?

Amasaha make mbere y’iburanisha riteganijwe kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Kanama 2023 mu rukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga mu rubanza rw’inyerezwa ry’amafaranga y’umushinga w’ubuhinzi wa Bukanga Lonzo, hakomeje kwibazwa niba Senateri Matata Ponyo (wahoze ari Minisitiri w’Intebe) aza kugera mu rukiko cyangwa atahagera Matata Ponyo akekwaho kunyereza miliyoni 205 muri 285 z’amadolari yari agenewe […]
Mogadishu: Umujenerali yafashwe nyuma yo kurasana n’abapolisi ijoro ryose
Umusirikare mukuru wa Somalia yatawe muri yombi n’Igipolisi nyuma yo gushoza intambara mu kabyiniro ko mu murwa mukuru bikarangira abantu batatu bapfuye abandi benshi bagakomereka nk’uko byatangajwe n’Igipolisi. Gen. Sheegow Ahmed Ali n’itsinda bari kumwe ryahanganye n’igipolisi mu ntambara y’imbunda guhera mu ijoro ryo kuwa gatanu kugeza kuwa gatandatu nyuma ya saa sita nk’uko Igipolisi […]
Mozambique: Abayobozi batandukanye basuye icyicaro cya RDF bayishimira akazi ikora

Ku itariki ya 18 Kanama 23, Umuyobozi wa Mocimboa da Praia, Sergio Domingo Cypriano aherekejwe na Zito Navaca, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubutsi n’umutekano (Servià §o de Informaà §à µes e Seguranà §a do Estado (SISE), Superintendent Alberto Elia Nampovo, Umuyobozi wa Polisi mu Karere, Umuyobozi mukuru wa polisi ushinzwe ibikorwa, Januario JoĂ ÂŁo Jagaia, Maj Albertino Umuyobozi w’ingabo zo […]
Tanzania: Abarundi 59 bakatiwe bazira kwinjira no gutura mu buryo butemewe
Urukiko rwa Kisutu mu gihugu cya Tanzania rwakatiye Abarundi 59 igihano cyo kwishyura ihazabu y’Amashilingi 500,000 cyangwa bakamara umwaka muri gereza nyuma yo kubahamya icyaha cyo kwinjira no gutura mu gihugu binyuranyije n’amategeko. Umucamanza mukuru, Ushindi Swalo, yanategetse ko abahamijwe icyaha bazasubizwa iwabo nibamara gukora igihano bahawe. Uyu mwanzuro watanzwe kuwa Kane ushize n’umucamanza Swalo […]
Ukraine: Igitero cya misile cy’u Burusiya ku nzu y’imyidagaduro cyahitanye 7 gikomeretsa abasaga 100
Abayobozi bo muri Ukraine baravuga ko abantu barindwi, barimo umukobwa w’imyaka itandatu, biciwe mu gitero cya misile y’u Burusiya ku nzu y’imikino mu mujyi wa Chernihiv uherereye mu majyaruguru ya Ukraine. Polisi yavuze ko abana 15 bari mu bantu 144 bakomeretse. Nibura abantu 25 bari mu bitaro. Mu bahohotewe harimo abantu bari barimo kwizihiza umunsi […]
Niger: Gen. Tchiani yatangaje inzibacyuho y’imyaka 3 aburira ECOWAS yitegura kumutera
Umuyobozi w’abahiritse ubutegetsi muri Niger yatangaje inzibacyuho y’imyaka itatu mu gihe ECOWAS yitegura kubagabaho ibitero, aho yatangaje ngo “intego yacu ntabwo ari iyo gufatira ubutegetsi,” aboneraho no kuburira uyu muryango witegura kohereza ingabo mu gihugu cye. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki 19 Kanama, mu gihe intumwa za ECOWAS zari mu biganiro bitegura iyoherezwa […]
RDC: Inkongi y’umuriro yibasiye inkambi y’abavanwe mu byabo n’ibiza yica abana
Kuri uyu wa Gatandatu ushize, nibura abana barindwi biciwe mu burasirazuba bwa Congo nyuma y’inkongi y’umuriro wibasiye inkambi y’abavanwe mu byabo n’umwuzure, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’ibanze, Thomas Bakenga. Kuva mu kwezi kwa Gicurasi, imiryango amagana yahunze ibiza iba mu tuzu tw’ibyatsi mu mujyi wa Kalehe, nyuma y’imyuzure ikabije yasenye amazu yabo mu midugudu ya Bushushu […]
RDC: Batangiye gusaba ko manda y’umukuru w’igihugu yagirwa imyaka 10

Mu gihe cy’iminsi ibiri, ishyaka rya politiki “Vent d’avenir” ryari muri kongere i Kinshasa, mu kigo cya ThĂ©resanium muri Komini ya Kintambo. Ku wa Gatatu, itariki ya 16 Kanama no ku wa Kane, itariki 17 Kanama, abayoboke b’ishyaka bakoze ku ruhare rwabo mu nzira y’ubuzima bw’igihugu, ndetse no ku ngingo y’amatora ateganijwe mu Kuboza. Mu […]
Ukraine ikomeje kugaba ibitero bya drone bya hato na hato i Moscow
Abayobozi b’u Burusiya bashinje Ukraine kugaba igitero cya drone ku muturirwa uherereye mu murwa mukuru, Moscow, cyateje iturika ryumvikanye mu karere k’ubucuruzi muri uyu mujyi. Meya Sergei Sobyanin yavuze ko ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere bwarashe iyo drone bukayimanura ibisigazwa byayo bikagwa mu kigo kiberamo imurikagurisha. Ni kimwe mu bitero biheruka nk’ibi bya drone za […]
Rwanda is among the top three African countries in blood system management
Rwanda is among the top three African countries (Rwanda, Namibia and Tanzania) in blood system management and it plans to be in the top five countries in the world that fulfill blood quality management, according to Dr. Thomas Muyumba , Director of the Blood Transfusion Center at the Rwanda Biomedical Center (RBC). “Rwanda is self-sufficient […]
Abanyakameruni 400 bangiwe gukora ikizamini kibinjiza mu banyamategeko bakorera mu Rwanda
Abanyakameruni bagera kuri 400 cyane cyane abiga amategeko baheze mu Rwanda kandi ntibashobora gukora ibizamini byabo bya nyuma bibemerera kuba ba avoka kuko ngo u Rwanda rwaba rusaba ko Cameroun na yo yabanza kubyemera. Ni ukuvuga ko abanyeshuri b’Abanyarwanda nabo babanza kwemererwa gukora ibyo bizamini muri Cameroun. Amakuru dukesha urubuga Camerounactu.com avuga ko mu by’ukuri […]
Le secrĂ©taire gĂ©nĂ©ral de l’EAC affirme que la restauration de la paix dans l’est de la RDC est en bonne voie
Le secrĂ©taire gĂ©nĂ©ral de la CommunautĂ© de l’Afrique de l’Est (EAC), Peter Mathuki, a rĂ©itĂ©rĂ© hier que la restauration de la paix dans l’est de la RD Congo Ă©tait en cours. Il a dĂ©clarĂ© aux journalistes de toute la rĂ©gion par le biais d’une liaison vidĂ©o qu’il Ă©tait optimiste quant Ă Â la rĂ©conciliation de toutes […]
Nigeria yitegura kohereza ingabo muri Niger yemeje ko abasirikare ba yo 36 baherutse kwicwa
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 17 Kanama, Igisirikare cyemeje ko nibura abasirikare 36 ba Nigeria biciwe mu bitero bibiri ubwo bari mu bikorwa byo kurwanya abitwaje intwaro muri Leta ya Niger yo mu majyaruguru ashyira hagati mu gihugu. Agatsiko k’abantu bitwaje imbunda nini kakomeje kwica abantu mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria mu myaka ibiri […]
Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi
Muri coup d’Etat 17 zabaye ku Isi kuva mu 2017, zose uretse imwe yabaye muri Myanmar mu 2021, izindi zabaye muri Afurika. Hagati ya Mutarama 1950 na Nyakanga 2023, muri Afurika habaye kugerageza guhirika ubutegetsi no kubuhirika inshuro zigera kuri 220, hafi kimwe cya kabiri (44%) byo kugerageza guhirika ubutegetsi kwabaye ku Isi hose. Kenya […]
Un homme condamné pour la mort de 13 enfants qui se sont noyés dans la rivière Nyabarongo
Le tribunal de première instance de Nyamabuye, dans le district de Muhanga, a prononcĂ© mercredi 16 aoà »t une peine d’un an de prison et une amende de 500,000 Frw Ă Â l’encontre de Jean-Pierre Ndababonye, ​​41 ans, qui a Ă©tĂ© reconnu coupable d’homicide involontaire liĂ© Ă Â ces dĂ©cès tragiques de 13 enfants qui se sont noyĂ©s […]
Umuvugizi wa FARDC aremeza ko FDLR atari ikibazo ku Rwanda abayigize bashaje
Mu kiganiro cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 16 Kanama 2023 cyanyuze kuri Radiyo na Televiziyo y’igihugu cya Congo, Gen. Sylvain Ekenge, umuvugizi wa FARDC, yemeje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo gusubiramo poropagande y’u Rwanda, ndetse nawe yongera gusubiramo ko FDLR atari ikibazo ku Rwanda. Umuvugizi w’ingabo za Congo yagize ati: “Abanyamerika […]
Kenya: Umusenateri ushinjwa kunyereza miliyari 1 Ksh ya buruse yagejejwe mu rukiko
Senateri Jackson Mandago wo muri Kenya, hamwe na bagenzi be bashinjwa kunyereza amafaranga y’ikigega cy’inguzanyo y’abanyeshuri bagombaga kwiga muri Finland na Canada abarirwa muri miliyari 1,1 y’Amashilingi ya Kenya, bitabye urukiko kuri uyu wa Kane, itariki ya 17 Kanama 2023. Mandago yatawe muri yombi ku wa Gatatu, itariki ya 16 Kanama 2023, n’abashinzwe ubugenzacyaha bo […]
Gen. Tshiwewe yasuye abasirikare bashya hafi 20,000 hamurikwa impuzankano nshya ya FARDC

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) Maj. Gen. Tshiwewe Songesha, kuri uyu wa Gatatu yasuye urubyiruko rukabakaba 20,000 ruherutse kwinjizwa mu gisirikare ruri mu myitozo i Kamina, ndetse Umuvugizi wa FARDC amurikira itangazamakuru impuzankano nshya za gisirikare. Urwo rubyiruko Gen. Tshiwewe yasuye rugera byibuze ku 12,000 ruri kwitoreza mu kigo cya […]
Ambasaderi mushya wa Amerika muri Niger ategerejwe i Niamey
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatatu , itariki 16 Kanama, yatangaje ko Ambasaderi mushya wa Amerika muri Niger, Kathleen FitzGibbon, azagera i Niamey nyuma y’ihirika ry’ubutegetsi ryabaye mu kwezi gushize, mu gihe ECOWAS ikomeje kwiga ku kohereza ingabo gusubizaho ubutegetsi bwa Bazoum. Umwe mu bayobozi muri Amerika yavuze […]
Ambasaderi mushya wa Israel mu Rwanda yatanze impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatatu, itariki 16 Kanama yakiriye mu biro bye Ambasaderi mushya wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, wamushyikirije impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye. Minisitiri Biruta yashimiye Ambasaderi mushya wa Israel ku nshingano nshya yahawe zo guhagararira igihugu cye mu Rwanda kandi ashima imibanire myiza isanzwe hagati y’ibihugu byombi. […]
A truck that was carrying maize to Rwanda from Uganda caught fire
A cargo truck that was carrying maize to Rwanda from Uganda caught fire and burned to ashes. This truck stopped at the Gatuna border on the morning of Wednesday, August 16. The information on this incident was confirmed by the head of Ugandan police in the Kabale region, Abel Ruganza. The cause of the fire […]
Les marchandises rwandaises peuvent dĂ©sormais accĂ©der aux marchĂ©s africains en franchise de droits – Ministre du commerce
Les marchandises en provenance du Rwanda peuvent dĂ©sormais accĂ©der aux marchĂ©s du Gabon, du Ghana, du Togo, du Botswana et de l’Afrique du Sud en franchise de droits, tandis que dans le mĂ ÂŞme temps, les prestataires de services de la CĂ´te d’Ivoire, du Cameroun et du Lesotho peuvent dĂ©livrer leurs services au Rwanda, sans barrières […]
Abasirikare hafi 20 ba Niger bishwe n’abantu bitwaje intwaro hafi ya Mali
Minisiteri y’ingabo yavuze ko byibuze abasirikare 17 ba Niger baguye mu gitero cyagabwe n’imitwe yitwaje intwaro hafi y’umupaka na Mali. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, “itsinda ry’Ingabo za Niger (FAN) ryagendaga hagati ya Boni na Torodi ryaguye mu gico cy’iterabwoba hafi y’umujyi wa Koutougou [mu birometero 52 mu majyepfo ashyira uburengerazuba […]
Kenya: Umugenzuzi w’imari ya leta yasanze mu bakozi b’Intara ya Nairobi hafi 1000 ba baringa
Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta mu gihugu cya Kenya yashyize ahagaragara icyuho muri gahunda y’imishahara ya guverinoma y’Intara ya Nairobi, ahasanzwe abakozi ba baringa bakabakaba 1000. Raporo kuri Nyobozi ya Guverinoma y’Intara mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022, yerekana ko imishahara yagiye ihabwa abakozi batagaragara mu bitabo ibyo ari byo byose cyangwa ku lisiti zo guhemberwaho. […]
Ibyaha umujyanama wa Katumbi ugiye gutangira kuburana aregwa bishobora kumucisha umutwe
Urubanza rwa Salomon Idi Kalonda, umujyanama wihariye w’umunyapolitiki MoĂ ÂŻse Katumbi, ruratangira kuri uyu wa Kane, itariki ya 17 Kanama imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Gombe, i Kinshasa, nyuma y’ifatwa rye muri Gicurasi afashwe n’urwego rushinzwe ubutasi. Uyu ushinjwa icyaha cy’ubuhemu ngo binyuze mu guha amakuru y’ubutasi u Rwanda, yatawe muri yombi ashinjwa gutunga imbunda binyuranyije […]
Kinshasa: Benshi mu bitabiriye inama isuzuma ibya “Ă©tat de siège” ntibashyigikiye ko igumaho
Benshi mu banyapolitiki n’abashinzwe imibereho myiza bakomoka muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri ntibashyigikiye ko ibihe bidasanzwe by’ubutegetsi bwa gisirikare (l’état de siège)muri izi ntara bugumaho nk’uko babigaragaje mu nama nyunguranabitekerezo yiga kuri iki kibazo yatangiye kuwa 14 ikaza gusoza imirimo yayo kuri uyu wa 16 Kanama. Komisiyo ishinzwe gukuraho Ă©tat de siège, isa nkaho ishyigikiwe […]
Rutshuru/Masisi: Imirwano irakomeje hagati ya M23 na Wazalendo
Guhera saa yine n’igice z’igitondo kuri uyu wa Kabiri imirwano yakomeje hagati ya Wazalendo na M23 muri Gurupoma ya Bashali/Kahembe na Busanza muri Teritwari za Masisi ndetse no muri Rutshuru. Agace ka Kabeza ni ko kabaye isibaniro ry’imirwano mishya igikomeje nk’uko amkuru aturuka muri ibyo bice agera ku rubuga TazamaRDC avuga. Muri Rutshuru, biravugwa ko […]