Ubushinjacyaha na Seyoboka ntibumvikana ku busabe bwo gushyikirana n’umuryango we

Nyuma y’umwaka agejejwe mu Rwanda, urubanza nyirizina rwa Sous-Lieutenant Jean Claude Seyoboka wabaye mu ngabo z’U Rwanda, uregwa uruhare muri jenoside, rugiye gutangira. Uyu mugabo w’imyaka 51 aregwa uruhare muri jenoside yabareye mu gace ka Rugenge k’umujyi wa Kigali aho yari atuye aho ashinjwa kuba yari ayoboye imitwe y’interahamwe. Mbere y’uko urubanza rutangira Sous-Lieutenant Jean […]

Namibia: Abagore bo mu bwoko bwa Himba bakaraba rimwe mu buzima bwabo

Himba ni ubwoko bw’abantu batuye mu Majyaruguru ya Namibia mu ntara yitwa Kunene. Abaturage bagize ubu bwoko bagera ku bihumbi 50, usanga abakobwa n’abagore baho bakaraba inshuro imwe mu buzima. Himba bisobanuye abantu basabiriza. Mu myaka y’1980, batewe n’amapfa 90% by’amatungo harimo amashyo y’inka, imikumbi y’ihene bari batunze birapfa. Babonye inzara ibarembeje batangira kujya bahungira […]

Perezida Gnassingbé wa Togo arasabwa kwegura

Abaturage bahuriye i LomĂ© mu murwa mukuru wa Togo mu myigaragambyo isaba ko Perezida Faure GnassingbĂ© ava ku butegetsi hagahindurwa na bimwe bigize Itegeko Nshinga. Abo baturage bigaragambije ku wa Kane w’iki cyumweru batewe ibyuka biryana mu maso na polisi nkuko VOA yabitangaje. Abigaragamvya basaba ko Itegeko Nshinga rihindurwa, hagashyirwamo manda z’umukuru w’igihugu zikagarukira kuri […]

Ibintu 5 buri mugore wese aba yifuza ku mugabo we

Umugore aho ava akagera aba yifuza gufatwa neza n’umugabo ndetse hakaba n’ibyo yifuza gukorerwa, iyo ibyo bitabaye mu rugo hatangira kumvikana ukutumvikana hagati y’abashakanye. Ni iki gishimisha umugore? Wabyemera utabyemera ibintu bishimisha umugore si ibintu bihambaye ahubwo ni utuntu duto duto dutuma umugore ashobora kunyurwa mu rukundo. Docteur M. Gary Neuman ugira inama imiryango akaba […]

Kenya: Raila Odinga yemeye kwitabira amatora

Raila Odinga uyoboye(NASA), ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe na Perezida Uhuru Kenyatta, yatangaje ko azitabira amatora yap Perezida wa Repubulika azaba muri iki gihugu mu kwezi gutaha. Odinga yasabye abashyigikiye iryo huriro gutanga amafaranga azamufasha mu bikorwa byo kwiyamamaza muri ayo matora azaba tariki ya 17 Ukwakira 2017. Yagize ati “Amatora azaba mu kwezi gutaha, turasaba […]

Umugore n’umugabo bakoze ubukwe bifotoreza mu isanduku bateje impaka

Uko bukeye n’uko bwije, abantu bagenda binguka ibitekerezo bishya bitandukanye, bimwe bigashyigikirwa ibindi bikamaganwa. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni muri urwo rwego usanga hari n’abagerageza gukora ibyo abandi batarakora ariko nyamara rimwe na rimwe bagakora amahano cyangwa ibyo bakoze bigaca igihugu umugongo. Umugore n’umugabo mu gihugu cya Thailand baherutse gusezerana ariko bakora agashya ko kwifotoreza mu isanduku […]

Amwe mu mateka y’Abanyamulenge n’uburyo bize bagakunda n'igisirikare

Abanyamulenge ni bumwe mu bwoko bw’abaturage babarizwa mu turere duherereye hafi n’imipaka ya Republika iharanira Demokrasi ya Congo, u Burundi ndetse n’u Rwanda . N’ubwo Wikipedia dukesha aya mateka ibivuga itya ariko nta n’uwabura kuvuga ko ubu bwoko bw’Abanyamulenge bunahana imbibi na Tanzania ahegereye inkombe z’ikiyaga cya Tanganyika gihuza u Burundi, Tanzania hamwe n’agace k’Amajyaruguru […]

Murara Jean Damascene na Rutijanwa Marie Pelagie bagarutse mu Nteko Ishinga Amategeko

Murara Jean Damascene wahoze ari Umudepite mu Nteko ishinga Amategeko, muri manda yabanjiriye iri kugana ku musozo, yongeye kugaruka muri iyo nteko ndetse na Rutijanwa Marie Pelagie wahozemo icyo gihe. Ni nyuma yuko abari abadepite bakomoka mu Muryango FPR Inkotanyi baherutse guhabwa imyanya mishya mu buyobozi bw’igihugu. Abo ni Bamporiki Edouard wagize Perezida wa Komisiyo […]

U Rwanda rwungutse abaganga 90 rwohereje mu kazi barimo ab'inzobere 46

Minisiteri y’Ubuzima yohereje abaganga b’inzobere 46 mu kuvura indwara zitandukanye barangije imyaka ine muri Kaminuza y’u Rwanda yiyongera kuri itandatu bize mu buganga rusange. Aba baganga bemerewe gutangira akazi ko kuvura mu bitaro bikuru, abandi baganga 44 barangije icyiciro cya mbere (General Practitioners) boherejwe gutangira akazi ko kuvura muri bimwe mu bitaro by’intara n’iby’uturere. Ni […]

Umuhanzi Dr Jose Chameleone i Dubai n’umugore we bahunze amagambo

Umuhanzi Jose Chameleone yamaze gusesekara i Dubai n’umugore we Daniella Atim ndetse n’umwana wa bo w’umukobwa Amma Mayanja, aho bavuga ko bahunze amagambo agenda avugwa kuri uyu muryango. Biteganyijwe ko uyu muhanzi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 azaba ari mu kabyiniro ka Las Vegas aho azaba ari kuryoshya ubuzima n’umugore we. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] […]

Syria: Ibitero by’indege z’u Burusiya byahitanye abarwanyi 40 ba Islamic state barimo abakomanda bane

Ibitero by’indege z’intambara z’u Burusiya muri Syria byahitanye abarwanyi 40 ba Islamic state barimo abayobozi bakuru bane babo hafi y’umujyi wa Deir el-Zour nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ingabo kuri uyu wa Gatanu. Ibi bitero byagabwe n’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Su-34 na Su-35, byaje nyuma y’amakuru y’iperereza yo kuwa 05 Nzeri yagaragaje ko abayobozi […]

Menya impamvu abagabo benshi bonka amabere y’abagore mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina

Ni kenshi bikunze kugaragara abagabo cyangwa abasore bonka amabere y’abagore cyangwa abakobwa mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina nk’uko bigenda bigarukwaho na bamwe mu bakobwa n’abagore bagirana ibyo bihe n’abagabo. Umwe mu bahanga mu bijyanye n’imikorere y’umubiri w’umuntu Idris Vich akaba akora muri kaminuza ya Florida muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yagarutse ku kamaro umugabo akura […]

Ukwibyara gutera ababyeyi ineza: Kaminuza ya Manchester iravuga imyato Minisitiri Uwihanganye

‘ Umunyeshuri wahawe Buruse yabaye Minisitiri muto muri Guverinoma’. Ni inkuru igaragara ku rubuga rwa Kaminuza ya Manchester mu Bwongereza iri mu rurimi rw’icyongereza igira iti “ Scholarship student becomes Rwanda’s youngest ever government minister”. Ikomeza igaragaza ko Uwihanganye Jean de Dieu yagizwe Minisitiri w’ubwikorezi mu Rwanda, agaca agahigo ko kuba muto muri iyo guverinoma. […]

Burundi: Umushinjacyaha wa repubulika yari yishwe n’umuntu amusanze mu biro

Umushinjacyaha wa repubulika mu Ntara ya Rumonge, mu gihugu cy’u Burundi witwa Donathe Niyonsaba, yaraye arokotse urupfu nyuma yo kugabwaho igitero n’umugabo wamusanze mu biro bye. Amakuru aturuka muri iki gihugu dukesha urubuga Indundi.com, aravuga ko hari kuri uyu wa kane, itariki 07 Nzeri, ubwo umushinjacyaha wa repubulika mu Ntara ya Rumonge, Donathe Niyonsaba, yaraye […]

U Bushinwa: Inzira igoranye abana bacamo bajya ku masomo kubera imiterere y’aho batuye

Abaturage bo mu gace ka Atule’er gaherereye mu majyepfo y’u burasirazuba bw’igihugu cy’u Bushinwa, bavugwaho kuba ari bamwe mu mafite abana babasha kwiga bibagoye bitewe no kuba ako gace gaherereye ku mpinga y’umusozi muremure w’amabuye, mu gihe abana ba bo bajya kwiga ku ishuri ryubatse hasi ku ntangiriro y’uwo musozi. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibitangazamakuru byo muri […]

Gisagara: Umwaka wa 2018 uzasiga nta munyagikonko ukirema isoko rya ‘Ndaburaye’

Umurenge wa Gikonko, ni umwe mu mirenge 13 igize akarere ka Gisagara, ugizwe n’icyahoze ari Komini Mugusa y’iyahoze yitwa Perefegitura ya Butare. Hazwi cyane ku buhinzi bw’umuceri, abawuzi bemeza ko waba unurira. Abatuye uyu murenge wa Gikonko bavuga ko batagira aho bahahahira cyangwa bagurisha umusaruro wabo, usibye umuceri. Udusoko tuhaba ni uturema nimugoroba bita Ndaburaye, […]

TBB ntabwo twashwanye, turacyabana nk'abajama-MC Tino

Nyuma y’aho itsinda TBB ry’abaririmbyi ryari rigizwe na Tino, Bob na Benjamin risenyukiye, hakomeje kwibazwa impamvu nyakuri yaba yaratumye iri tsinda risenyuka, umwe mu bagize uruhare runini mu gushinga iri tsinda uzwi nka Tino mu muziki yagize icyo abivugaho. Ubwo yatugezagaho amashusho y’indirimbo ye nshya yitwa “Mula”, umuhanzi wahoze muri TBB, ariko usigaye uririmba ku […]

Uganda: Abarwanyi 10 bahoze muri M23 bemeye gutaha mu gihe 11 bamaze gupfira mu nkambi

  Igisirikare cya Uganda, UPDF, cyashyikirije Guverinoma ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo Abarwanyi 10 bahoze mu mutwe wa M23. Ni mu gihe bivugwa ko abandi 11 bamaze gupfira mu Nkambi ya Bihanga bacumbikiwemo. Uku gusubiza aba barwanyi byabaye kuri uyu wa kane nyuma ya saa sita ku cyicaro cya division ya 2 y’ingabo za […]

Umupasiteri yakubiswe n’umurwayi wo mu mutwe ubwo yashakaga kumwirukanamo imyuka mibi

Umugabo bavuga ko ari umuntu w’Imana mu gace ka Lokoja muri Nigeria yahuye n’uruva gusenya ubwo yageragezaga gushaka gusengera umurwayi wo mu mutwe, uwo murwayi akamukubita bakarwana kakahava. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mupasiteri yakubiswe nyu ma yo kwegeranya abantu yita ko babaswe n’imyua mibi, ngo abasengere bezwe kubw’ingorane umwe muri bo utatangajwe amazina akabavamo akarwana na […]

Rusizi: Abana batawe n’ababyeyi barasaba ko uburenganzira bwabo bwubahirizwa

Abana batabwa n’ababyeyi barasaba ubuyobozi kugira icyo bukorera ababyeyi babo gito, uburenganzira bw’abo bwo kurerwa na bo bukubahirizwa. Bamwe muri aba bana baganiriye na Bwiza.com, bavuga ko nyuma yo kugira ibyago bagapfusha ba nyina, ba se bagiye bishakira abandi bagore bakabata kandi nta bundi buryo bwo kubaho bafite. Uwimana Sharifa w’imyaka 9 y’amavuko wiga mu […]

Amagambo 9 abakobwa bakoresha iyo bashaka kubenga abasore

Hari amagambo menshi yifashishwa n’abakobwa mu rwego rwo kwanga gukundana n’abahungu runaka bitewe n’uburyo batabiyumvamo ariko ntibashake guhita babibagaragariza ako kanya. Dore amwe muri ayo magambo, bwiza.com yifashishije imbuga za internet zitandukanye yabakusanyirije amagambo 9, uzasanga umukobwa akoresha aya magambo mu by’ukuri agamije kukubenga. 1.Ndatekereza ko uri nka musaza wanjye Mu gihe umukobwa wifuzaho kuba […]

Suede: Umunya-Suede ukomoka mu Rwanda agiye kuburanishwa ku ruhare rwe muri jenoside

Umunyarwanda, Theodore Tabaro, ufite n’ubwenegihugu bwa Suede, muri Nzeri azatangira kuburanishwa n’Urukiko Rudasanzwe rwa Stockholm ku ruhare ashinjwa muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda nk’uko byatangajwe n’urukiko kuri uyu wa Gatatu ushize. Theodore Tabaro w’imyaka 49, ashinjwa ibyaha by’ubwicanyi, kugerageza kwica, gufata ku ngufu no gushimuta Abatutsi. Ibyaha ashinjwa ngo akaba yarabikoze hagati y’itariki 09 […]

Kamonyi: Inzu zisaga100 zubatswe buryo bunyuranyije n’amategeko zizasenywa, abayobozi bahanwe

Inzu zisaga 100 zubatswe mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Mirenge ya Runda, Rugarika na Gacurabwenge, mu karere ka Komonyi zizasenywa mu rwego rwo kubahiriza imiturire ikwiye. Kamonyi, ni akarere gahana imbibi n’Umujyi wa Kigali na Muhanga ahasanzwe inzu zigezweho, hari no kuzamuka izindi. Muri aka karere haragana abaturage benshi bubakayo inzu zo guturamo ndetse n’iz’ibindi […]

Tanzania: Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na leta yarasiwe mu modoka ye

Umuyobozi w’abatavuga rumwe na leta muri Tanzania, Tundu Lissu yarashwe ku gicamunsi cyo kuwa Kane tariki ya 7 Nzeri 2017 ubwo yari mu modoka ye hafi y’iwe mu mujyi wa Dodoma. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibitangazamakuru bitandukanye biravuga ko uyu muyobozi w’ishyaka TSL, yarashwe n’umuntu utaramenyekana wari witwaje intwaro ubwo yamutegaga akamisha urufaya rw’amasasu ku modoka yarimo, […]

Icyo ishyaka FDU-Inkingi rivuga ku bayobozi bayo batawe muri yombi

Abayobozi batandukanye mu mashyaka abiri atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Rwanda ariko atemerewe gukorera mu Rwanda, batawe muri yombi nk’uko byemejwe n’abayobozi batavuga ruwme n’ubutegetsi ndetse n’igipolisi kuri uyu wa Kane. Itangazo ryaturutse mu ishyaka FDU-Inkingi rya Victoire Ingabire kuri ubu ubarizwa muri gereza kuva mu 2013 azira ibyaha byo guhakana jenoside n’iterabwoba, rivuga ko abayobozi […]

Ruhango: Inzego z'ibanze ziranengwa kujenjekera ubucukuzi bukorwa mu kajagari

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, inzego z’umutekano ndetse n’abacukuzi b’umucanga, bamwe mu bayobozi banenzwe kujenjekera ubucukuzi bukorwa mu kajagari. Ni mu nama yahuzaga izi nzego ku wa Mbere tariki ya 4 Nzeri 2017, ku biro by’akarere ka Ruhango, bakanenga bamwe mu bacukura babikora nta byangombwa mu gihe na bo bavuga ko ari ubuyobozi […]

Ese umugore ashobora kuzana amavangingo nta mibonano mpuzabitsina arimo gukora (igice cya 8)

Mu bice 7 byatambutse, hari byinshi byasobanuwe bijyanye n’ukunyara k’umugore mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. Ikibazo benshi bagiye bahuriraho kinateye inkeke, ni ukwibaza niba umugore ashobora kuzana amavangingo mu gihe atarimo gukora imibonano mpuzabitsina. Aha igisubizo ni uko umugore ashobora kuzana ayo mavangingo mu gihe yaba arimo kwikinisha. Ikindi gishoboka umugore ashobora kuba arimo kureba film […]

Uganda: Inteko ishinga amategeko yahagaritse ibiganiro ku iyicwa ry’abagore bagera kuri 20

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Nzeri 2017, Abadepite ba Uganda bahagaritse ibikorwa byo mu nteko ishinga amategeko byarebaga cyane ikibazo cy’imfu z’abagore bapfa umunsi ku wundi bikaba biteganyijwe ko bizongera gusubukurwa ari uko akanama kabishinzwe gatanze ubusobanuro bufatika ku iyicwa rya hato na hato ry’abagore batandukanye mu karere ka Wakiso. […]

KITONA: Imwe muri operasiyo kabuhariwe y’ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa Congo na Angola

kabarebe.jpg

Abanyarwanda baca umugani ngo “ Ryabara uwariraye “undi nawe ati “Uko byagenze ibara umupfu “ hanyuma ariko ukurikiyeho ati “ Inkuru mbarirano iratuba ”! Muri aba bacamigani bose twe turabajya hagati turarame tubabarire inkuru itari inkuramutima, ahubwo inkuru y’ubutwari butagereranywa bw’ingabo z’u Rwanda, ingabo z’igihugu zakitangiye ku rwego rutigeze rubaho mu mateka y’ingabo za Afurika. […]

Chris Froome kabuhariwe mu kunyonga igare akomeje kwigaragaza muri tour izenguruka ESPAGNE

Isiganywa ry’amagare rikomeye kw’ isi rizenguruka igihugu cya ESPAGNE ( La vuelta da Espana ) rigeze kuri etape ya 16. Umwongereza CHRIS FOORME, wavukiye i Nairobi mu gihugu cya Kenya, niwe ukomeje kugenda yigaragaza, aho amaze iminsi ariwe wambaye umwenda w’umuhondo, ugaragaza umukinnyi umaze gukoresha igihe gito kurusha abandi. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Chris Foorme amaze kwegukana […]

Umutekano : Vladimir Poutine yihanangirije Amerika ku guha ibitwaro Ukraine

Kuri uyu wa kabiri, itariki ya 05 Nzeri, Perezida Vladimir Poutine w’u Burusiya yatangaje ko mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakwiha kugurisha intwaro ziremereye ku gihugu cya Ukraine, bizaba ari nko gusuka lisansi mu muriro. Ibi yabitangarije mu Bushinwa, ahari kubera inama mpuzamahanga y’ibihugu bifite ubukungu buri kuzamuka cyane, byibumbiye mu itsinda ryitwa […]

Umugabo akurikiranyweho guhiga indaya akazica akajya azigaburira inzoka yoroye

Mu gihugu cya Botswana, muri Afrika y’Amajyepfo hari amakuru y’umugabo wasanganywe ikiyoka kinini cyane cyo mu bwoko bw’uruziramire yari yoroye iwe mu rugo, ariko aho kiba bakanahasanga ibisigazwa by’imibiri y’abantu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ubwo yatabwaga muri yombi, uyu mugabo ubwe yiyemereye ko iyo nzoka yari itunzwe n’inyama z’abana b’abakobwa bicuruza, aho yajyaga abashukashuka akabajyana iwe nk’ugiye […]

Nakoze uburaya imyaka 7 mbuvamo nshaka umugabo none numva atampagije-Nkore iki?

Nitwa Nadia ndagisha inama ku byambayeho kandi binkomereye. Mfite imyaka 24 y’amavuko, ndubatse ariko mbona rugiye gusenyuka kuko numva nkumbuye ubuzima nabayeho ntarashaka nubwo bwashariraga uruhande rumwe. Maze amezi 5 gusa nshakanye n’umugabo nkunda kandi twasezeranye ko tuzabana ariko aho bigeze numva nabivamo kuko kubana na we iteka numva ntazabishobora kubera ibihe naciyemo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] […]

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Ethiopia, bahuriye mu birori byo kwizihiza umunsi w’Umuganura wabereye ku cyicaro cya Ambassade y’u Rwanda i Addis Ababa. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki 2 Nzeli 2017. Uwo muhango ukaba. Muri uwo muhango, Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia, Hope Tumukunde, yashimiye Abanyarwanda ubwitange n’ubushake bagaragaza mu kwitabira gahunda […]

Kenya :Odinga ntazitabira amatora niba komisiyo y'Amatora idahinduwe

Umukuru w’ihuriro ry’amashyaka ritavuga rumwe na leta muri Kenya(NASA), Raila Odinga yatangaje ko atiteguye kwitaba amatora y’umukuru w’igihugu agiye gusubirwamwo muri icyo gihugu. Odinga yavuze ko yifuza ko hafatwa ingingo zijyanye n’amategeko hamwe n’ Itegeko Nshinga mbere y’uko yemera kwitaba ayo matora. Uyu mugabi asaba ko haba impinduka muri Komisiyo Ishinzwe Amatora muri icyo gihugu, […]

Burundi :Komisiyo ya Loni yasabye ICC kwihutira gukora Iperereza ku bwicanyi bwahakorewe

Komisiyo yigenga ya Loni ku byaha byakorewe mu Burundi yasabye urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kwihutira gukora iperereza muri iki gihugu ku bwicanyi bwahakorewe ndetse n’ibyibasiye inyokomuntu. Babisabye ubwo bamurikaga iyo raporo ku wa Mbere tariki ya 4 Nzeri 2017, Geneve mu Busuwisi. Perezida w’iyi komisiyo Fatsah Ouguergouz yavuze ko hari ubwicanyi budasanzwe bwagiye bukorerwa abasivili. Iyo […]

Nigeria: Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Umugabo wo muri Nigeria yatawe muri yombi akurikiranweho icyaha cyo kwica umupasitoro yarangiza akamurya akanamugaburira abashyitsi be. Uyu witwa Roland Peter w’imyaka 47 yatawe muri yombi ari mu gikoni nyuma yo gukora ubwicanyi. Umukuru w’igipolisi muri River State, Zaki Ahmed, yatangaje ko pasitoro Samuel Okpara yishwe nyuma yo gushimutwa mu byumweru bibiri bishize. Nyuma aza […]

Reba mafoto atangaje y’abakirisitu basoma ibirenge by’umuvugabutumwa wa bo

Nyuma y’amafoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umupasiteri yicaye abayoboke be bari kumusoma ku birenge, uyu mupasiteri yagarutse asobanura impamvu ya byo. Uyu muvugaburtumwa witwa Elvis Mbonye yasobanuye ko ibyo abayoboke be bamukorera baba bigana umugore wubamye agasoma ibirenge bya Yesu uvugwa muri Bibiliya bityo na we akaba agomba kubikorerwa kuko ari umuhanuzi n’intumwa […]

Wari uzi ko hari indwara zivurwa no gusomana? Menya byinshi kuri zo

Abantu benshi basanzwe bazi ko gusomana ari igikorwa kijyanye no kwishimisha hagati y’abakundana nyamara hari n’indwara bishobora kukuvura iyo bikozwe neza. Niba utajya usomana n’umukunzi wawe rero aha, hari impamvu 4 zagaragajwe n’abashakashatsi zikwiye gutuma uzajya usomana n’umukunzi wawe ndetse ukanabikora kenshi. Nubwo kandi abantu bafata ugusomana mu buryo butandukanye, bamwe bagasomana bitabari ku mutima, […]

Igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyongeye kuzamuka

Guhera kuri uyu wa kabiri, itariki 05 Nzeri, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyahindutse litiro igera kuri 993 naho mazutu ijya kuri 954. Ni nyuma y’uko muri Nyakanga igiciro cyari cyagabanutse litiro ikava ku mafaranga 1022 ikagera kuri 964. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Itangazo ry’urwego ngenzuramikorere (RURA) ryashyizweho umukono kuri uyu wa Mbere, itariki 04 Nzeri, riravuga ko […]

Urubanza rwa Miss Sepetu rwasubitswe n’ibizamini by’inkari ze yatanze biteshwa agaciro

Urukiko rwo muri Tanzaniya rwatesheje agaciro ibimenyetso byatanzwe na Wema Sepetu, birimo inkari yatumwe, mu rubanza ashinjwamo icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge. Ibi bibaye nyuma y’aho mu kwezi gushize umucamanza uburanisha urubanza ruregwamo Wema Sepetu, yatangaje ko urubanza rw’uyu nyampinga rusubikwa hakabanza gupimwa inkari ze ngo hazarebwe niba akoresha ibiyobyabwenge koko. Mu gihe ubushinjacyaha bwavugaga ko […]

Rubavu: Uwahoze ari umuyobozi w’akarere wungirije ntatewe ipfunwe no gusubira mu burezi

Uwahoze ari umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Nyirasafari Rusine Rachel, ubu akaba ari umurezi mu ishuri ribanza, avuga ko bitigeze bimutera ipfunwe. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com, Nyirasafari avuga ko yabaye umuyobozi mu karere mu gihe cy’imyaka hafi itandatu, ariko biba ngombwa ko hamwe na bagenzi be bahagarikwa ku mirimo yabo […]

Dore imijyi 7, aho gupfa cyangwa kurwara bifatwa nk'icyaha

Ubusanzwe, umuntu aravuka akabaho agasaza agapfa ndetse rimwe na rimwe hari n’abapfa bakivuka cyangwa bataravuka. Mu yandi magambo nta wujya inama n’urupfu cyangwa indwara kuko nta wuhora yiteguye. Ibi rero ntibikuraho kuba hari imijyi imwe n’imwe ku isi mu bihugu bitandukanye usanga itifuza ko hari umuturage wapfa cyangwa ngo arware, yemwe hakaba n’aho usanga umuryango […]

Suede: Umukecuru w’imyaka isaga 100 agiye gusubizwa iwabo nyuma yo kwimwa ubuhungiro

Umukecuru Bibihal Uzbeki w’imyaka 106 ukomoka muri Afghanistan bikekwa ko ari we mpunzi ikuze kurusha izindi ku isi, agiye gusubizwa mu gihugu cye nyuma yo kwimwa ubuhungiro mu gihugu cya Suede. Umuhungu w’uyu mukecuru n’umwuzukuru we ngo bamuhunganye bamuhetse ku migongo yabo ubwo bahungaga bava Kunduz mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Afghanistan, banyura muri Iran no […]

Mbega ikimayibobo cyashokonkoye!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

Umwana w’i Kigali yajyanye n’ababyeyi be gusura kwa sekuru mu cyaro. Agezeyo abona umusaza basanze muri urwo rugo bari bagiyemo yambaye imyambaro yo gukorana(ni ko mu cyaro bita imyenda isa nabi). Ni uko umwana ariyamira ati Daddy, Mummy, mbega ikimayibobo cyakuze, cyarashokonkoye. Ni uko umusaza agwa mu kantu. Ababyeyi batangira gukomakoma uwo mwana, bamubwira ko […]

USA: Umunyarwandakazi ukekwaho uruhare muri jenoside azoherezwa mu Rwanda nasoza imyaka 10 yakatiwe

Guverinoma y’u Rwanda yishimiye icyemezo cy’ubutabera bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kwanga kwakira ubujurire bw’Umunyarwandakazi, Beatrice Munyenyezi wakatiwe gufungwa imyaka 10 azira kubeshya ku ruhare rwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu akaba azohererezwa u Rwanda nasoza igihano yahaweazira kubeshya ngo ahabwe ubwenegihugu. Ubujurire bwa Munyenyezi bwatewe utwatsi mu cyumweru gishize nyuma […]

RDC: Abandi bagororwa 119 batorotse Gereza ya Kabinda

Abagororwa 119 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batorotse Gereza ya Kabinda iherereye mu Ntara ya Lomami mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko amakuru aturuka aha avuga. Ni nyuma y’aho kuva muri Gicurasi muri iki gihugu hagiye havugwa gutoroka kw’abagororwa muri gereza zitandukanye Nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’iyi gereza, Nyongoli Mutanade, ngo mbere yo gutoroka kuri iki […]

Umukobwa wa Patrick Karegeya yavuze icyo umutima we uteganyiriza abishe se

Umukobwa wa Patrick Karegeya, avuga ko nyuma y’imyaka 3 ishize se yiciwe muri Afurika y’Epfo, amenye abamwishe yabaha imbabazi. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu muhango wo kwibuka se umaze imyaka 3 apfuye, ku wa 18 Gashyantare 2017 mu Bubiligi, Portia Karegeya umukobwa wa Karegeya yabajijwe icyo umunsi wo kwibuka se umusigira mu mutima. Mu gusubiza […]

Dore ibimenyetso 5 bizakwereka ko umugore yanyuzwe mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina

Mu gikorwa cyo gukora imibonano mpuzabitsina usanga abashakanye bafata akanya kanini mu gutegurana ariko iyo umwe cyangwa bose barangije, umwe ntabwo abona akanya ko gukomeza kwita kuri mugenzi we muri ako kanya, rimwe na rimwe bananiwe, ariko biba ari ngombwa ko mukomeza gukurikirana mukamenya ko mwese mwaryohewe. Dore ibimenyetso 5 muri byinshi bishobora kukwereka ko […]

Kigali: Diane Rwigara, mukuru we na nyina polisi yabataye muri yombi bigoranye

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Diane Rwigara, mukuru we ndetse na nyina ibanje kurira igipangu ikoresheje urwego. Ahagana saa kumi n’imwe (17:00) zo ku wa 4 Nzeri 2017, nibwo Polisi yagiye guta muri yombi Diane Rwigara, mukuru we, Uwamahoro Anne n’umubyeyi wa bo Mukangemanyi, aho batuye mu kagari ka Kiyovu, umurenge Nyarugenge, Akarere ka […]

Muhanga: Kutamenya amategeko byatumye abura imitungo ye, ubu yirirwa asembera

Umukecuru witwa Mukandutiye Petronille w’imyaka 70, wo mu mudugudu wa Gakombe, akagari ka Ruli, umurenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, avuga ko kutamenya amategeko byatumye abura imitungo ye. Avuga ko yari afite umugabo basezeranye imbere y’amategeko ndetse no mu kiliziya ariko ngo nyuma yaho baje kubura urubyaro, batangiye kubana nabi cyane, umugabo yatangiye kujya […]

Rurageretse hagati y’ibitaro La Croix du Sud, Abacus Pharma n’abatewe ikinya kikabagiraho ingaruka mbi

Abantu batanu bajyanye mu rukiko ibitaro La Croix du Sud bita kwa ‘Nyirinkwaya’babirega kubatera imiti (ikinya) itujuje ubuziranenge bikabagiraho ingaruka. Abagizweho ingaruka n’imiti basabye indishyi y’akababaro za miliyoni 930 mu mafaranga y’u Rwanda. Abo bantu ngo bagizweho ingaruka n’icyo kinya batewe ubwo babagwaga byoroheje baregeye urukiko basaba indishyi. Ikinyamakuru The East African kigaragaza ko ari […]

U Bushinwa bwabujije abana kugira uruhare bagaragaza mu mihango ikorerwa mu rusengero

Guverinoma y’u Bushinwa yasohoye itegeko ribuza abana bato kujya bajyana n’ababyeyi mu nsengero bajyanywe no kugira ibyo babafasha mu mihango ikorerwamo, mu gihe basenga ndetse no kuba batemerewe kugira izindi gahunda zishingiye ku madini bagaragaramo. Ibi ni ibyatangajwe nyuma y’uko Guverinoma y’u Bushinwa yasabye insengero zitandukanye kumanura imisaraba ku nsegero ariko bene zo bakabyanga. [xyz-ihs […]

Gatsibo: Barataka ingaruka z’uburenge buhamaze amezi ane

Aborozi bo mu murenge wa Rwimbogo barataka ubukene n’ibibazo byatewe n’akato inka barimo kubera indwara y’uburenge yahagaragaye kuva muri Gicurasi uyu mwaka. Ubu ngo inka zataye agaciro kuko ibikomera (amasoko y’amatungo) byahagaze, nubonye umukiriya aramuhenda cyane, kandi inka ifashwe yarenze imbi igurishwa make cyane. Aka kato katangiye muri Gicurasi, kari mu mirenge imwe n’imwe y’uturere […]

Umugabo yakuyemo ipatalo yicara ku muzinga w’inzuki upfunduye kubera intego (Reba Video)

Mugabo wo muri Zealand usanzwe azwiho umwuga wo korora inzuki, aherutse guca agahigo ko kwicara ku muzinga w’inzuki upfunduye amasegonda 30 yakuyemo ipatalo. Jamie Grainger w’imyaka 27 atuye mu gace ka Tauranga muri New Zealand, akaba yatsindiye intego yo kwicara ku muzinga w’inzuki ufunguye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugabo ngo wari wabuze amafaranga yo kwishyura inzu […]

Burundi: Loni ivuga ko ifite ibimenyetso bikomeye ku byaha by’ubwicanyi byakozwe no gufata abakobwa ku ngufu

Loni iratangaza ko ifite ibimenyetso bikomeye ku byaha byo guhohotera ikiremwamuntu bihavugwa, byerekana ko habaye ubwicanyi buteye ubwoba, ihohotera, gufata abakobwa ku ngufu n’ibindi. Icyegeranyo cyasohorewe i Geneva, gitanga amakuru arambuye ku byo abacyanditse bavuga ko abasirikare b’igihugu bahungabanyije amategeko kenshi. Ibyo ngo byakozwe kuva muri Mata 2015, igihe umukuru w’igihugu Pierre Nkurunziza yafataga ingingo […]

Imyaka ibaye 36 ntegereje umugabo Imana izampa, sinzi niba nzamubona ntakibasha kubyara- Nkore iki?

Ntatangaje byinshi ku buzima bwanjye, Nitwa Evelyne, imyaka yanjye ni 36, kuva mu bukumi bwa njye nagiye nkundwa nkanakunda ariko simpirwe no kubona inshuti tubana. Ndi umukiristo ndasenga, mu masengesho nahawe isezerano ko nzabona umugabo, umugabo w’isezerano ariko ndimo kubona imyaka ikomeza kwiyongera nkibaza niba nzarongorwa maze gucura. Aho bigeze ubu nsigaye numva narabihiwe, kugera […]

Rutsiro: Abakoresha inzira y’amazi barashima imiyoborere myiza

Abakora ingendo zigana mu turere dutandukanye bavuye mu Karere ka Rutsiro baravuga ko ubwikorezi mu Kiyaga cya Kivu burushaho gutera imbere, bagendeye ku biciro, igihe n’umubare w’ubwato bubatwara muri iki gihe. Abo bagenzi biganjemo abagana mu karere ka Rubavu bashimangira ko gahunda ihari y’igihe cyo guhaguruka kizwi yubahirizwa. Ibyo ngo bituma bakora gahunda za bo […]

Uduhigo Paul w’i Mushubi atazibagirwa mu kwiyubakira igihugu, imigambi ni yose

Uduhigo Dusengimana Paul wamenyekanye ku izina rya Paul w’i Mushubi afite ni tubiri. Utwo ni two yibuka tuza imbere y’utundi, ahuza n’imigambi ye mu kubaka igihugu cyamwibarutse. Yabaye umuturage wa mbere wabimburiye abandi gusaba Inteko Ishinga Amategeko ko Itegeko Nshinga ryavugururwa, maze bagasaba Perezida Kagame ko yakwiyamamaza agakomeza kubayobora. Bityo abimburira abasaga miliyoni enye babisabye […]

Afasha abakobwa n’abagore Gukuna (guca imyeyo)- Menya uko bikorwa

Ni umugore uzwi ku izina rya Masenge[izina ryahinduwe], akaba yararyiswe kubera akamaro afitiye abakobwa n’abagore batageze mu rubohero (Gukuna), nyuma bashimishe abagabo babo. Aganira na Bwiza.com, uyu mugore yavuze ko uruhande rumwe ari umuganga urundi akaba umujyanama w’abakobwa n’abagore ku byerekeye imibanire y’abashakanye. Aha, avuga ko ari muganga gakondo, uvura indwara nyinshi, ariko cyane cyane […]