Umugore yihereranye umugabo we amuta ku munigo

Umugore w’imyaka 38 y’amavuko witwa Blessings Igwe yahamijwe icyaha imbere y’urukiko rwa Gudu i Abuja, muri Nigeria , cyo guhohotera umugabo we ufite ubumuga. Uyu mugore wagejejwe imbere y’urukiko ku wa Kane w’icyumweru gishize, akaba yaragoranye gufatwa, iki cyaha kikiyongera kuri bibiri ashinjwa byo gukubita no gutoteza umugabo we. Umushinjacyaha M. Fidelix Ogbobe, avuga ko […]

Perezida Kagame niwe utavuga Igifaransa mu bagize urugo rwe

Perezida w’U Rwanda, Paul Kagame avuga ko abana be bane  n’umufasha we, Jeannette  Kagame bazi kuvuga  Igifaransa mu gihe  we agihanganye no kwiga uru rurimi. Ibi Perezida Kagame yabitangaje  ku wa Gatanu tariki 12 Ukwakira, mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI hamwe na Televiziyo France 24. Kagame avuga ko abo mu rugo rwe […]

Amafoto: Kanye West yasuye Museveni mu ngoro ye amushyiriye impano y'inkweto

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Ukwakira 2018 perezida Yoweri Museveni wa Uganda yakiriye mu ngoro ye umuraperi w’Umunyamerika, Kanye West n’umugore we, Kim Kardashian bari muri iki gihugu kuva kuwa Gatanu ushize aho yaje gufatira amashusho y’imwe mu ndirimbo zizagaragara kuri album ye biteganyijwe ko izajya ahagaragara kuwa 13 Ugushyingo. Abinyujije ku rukuta rwe […]

Kigali: Amajosi y’abagabo agiye guhengamishwa no kureba amabuno y’abagore

Bamwe mu bantu biganjemo  ab’igitsina gabo mu mujyi wa Kigali  bakomeje kugaragara kenshi barangariye umukobwa cyangwa umugore wifitiye ikibuno kinini bityo bamwe bikaba byarabakururiye impanuka. Mu kiganiro na Bwiza.com,umwe mu bakora umwuga wo gutwara no kwigisha ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali utarashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko  aherutse gukora impanuka abitewe no kurangarira abakobwa […]

USA: Perezida Trump yaciye amarenga yo kwirukana minisitiri w’ingabo, Jim Mattis

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko minisitiri w’ingabo, Jim Mattis, ashobora kuba ari umwe mu bayobozi bashobora kuva muri leta ye yiyongera ku bandi bamaze kuyivamo barimo uwari ambasaderi w’iki gihugu mu Muryango w’Abibumbye uherutse gusezera. Ibi Donald Trump yabitangarije mu kiganiro yahaye televiziyo CBS kuri iki Cyumweru, itariki 14 […]

Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Abahoze ari abasirikare bane n’abahoze ari abapolisi babiri bose bahoze mu gisirikare cya kera cy’u Burundi (Ex-FAB) bahamijwe uruhare mu kwica uwahoze akuriye urwego rw’ubutasi, Lt. Gen. Adolphe Nshimirimana, bari kumwe n’abasivili 13 nabo bahamijwe ibyaha bazira kurwanya manda ya gatatu ya perezida Nkurunziza, kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 12 Ukwakira bafungiwe ahantu h’umwihariko […]

Nifuzaga kugirana  umuryango na Rihanna- Drake

Umuraperi Drake yatangaje ko yumvaga yifuza kubana n’umuhanzi Rihanna n’ubwo bitamuhiriye. Mu kiganiro na Lebron James na mugenzi we, Maverick Carter mu mpera z’icyumweru gishize,  Drake yavuze ko  byari kuba byiza ariko ntibikunde kubera zunguruka z’ubuzima bwo ku isi. Yagize ati” Uko iminsi ihita, iminsi ikwigisha ayawe masomo. Numvaga nko kumva ngo Drake yabanye na […]

Sudani y’Epfo: Urugo rwa visi perezida wa mbere rwagabweho igitero

Umwe mu bashinzwe kurinda umutekano w’urugo rwa visi perezida wa Sudani y’Epfo I Juba yiciwe mu gitero cyagabwe kuri uru rugo kuri iki Cyumweru nk’uko bitangazwa n’igipolisi cy’iki gihugu. Biravugwa ko Visi Perezida, Gen Taban Deng atari mu rugo ubwo icyo gitero cyagabwaga, naho umusirikare wishwe akaba ari L/Corporal Toang Jal Nyoak. Daniel Justin Boula, […]

Itorwa rya Mushikiwabo ni ikintu gikomeye cy’uko u Rwanda rufite Imana- Hon. Mukabalisa

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon Mukabalisa Donatille, avuga ko itorwa rya Min. Mushikiwabo Louise, nk’umunyamabanga Mukuru w’ Umuryango w’Ibihugu Bihuriye ku Rurimi rw’Igifaransa OIF, ari ikigaragaza ko u Rwanda rufite Imana. Ibi yabitangaje mu masengesho yo gushima Imana ku bw’amatora y’Abadepite yagenze neza ndetse no gusengera Inteko Ishinga Amategeko. Ni amasengesho yitabiriwe n’Abagize […]

Ariana Grande Butera yatandukanye n’umukunzi we

Umuhanzikazi Arriana Grande Butera mu mpera z’icyumweru  yatandukanye n’umukunzi we, Pete Davidson n’ibyo kwambikana impeta bikaba byamaze kugirwa imfabusa. Inshuti za hafi nk’uko TMZ dukesha iyi nkuru ibitangaza, zivuga ko aba bombi bemeza ko batandukanye gusa ngo umwe akaba agikunda undi n’ubwo ngo ibyo kongera gukundana ku mugaragaro byo byarangiye. Arianna Grande  yambitswe impeta muri […]

Suwede: Impunzi zirasaba ko 'umwe mu bahagarariye U Rwanda muri Tanzaniya' yafatwa

Umuryango w’umunyamakuru, Jean Bosco Gasasira uri mu buhungiro mu gihugu cya Suwede urasaba ko umwe mu bo uvuga ko bahagarariye u Rwanda mu gihugu cya Tanzania, Evode Mudaheranwa yatabwa muri yombi umushinja kuba umwe mu bagambiriye kwivugana Gasasira. Mu itangazo uyu muryango washyize hanze, uvuga ko Jean Bosco Gasasira ubu adashobora kwivugira kubera impamvu z’umutekano […]

Rusizi: Uwabyariye rimwe abana batatu arasaba ubufasha

Mukankurunziza Vestine w’imyaka 33 y’amavuko, nyuma yo kubyarira batatu icyarimwe basanga abandi 2 yaranatawe n’umugabo we,ahangayikishijwe n’aho azaberekeza  n’ikizabatunga nava mu bitaro, akaba asaba gufashwa. Yabyariye mu bitaro bya Gihundwe, yibarutse abakobwa 2 n’umuhungu, baje basanga abandi bakobwa  2 yari afite, umwe w’imyaka 6 n’undi w’imyaka 5 yasize acumbikishirije mu baturanyi kubera kutagira aho aba […]

Hamenyekanye igihe Ambasade ya Israel mu Rwanda izafungurira imiryango

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel niwe uzafungura ku mugaragaro bwa mbere ambasade y’iki gihugu I Kigali mu Rwanda biteganyijwe ko izafungura imiryango mu mwaka utaha wa 2019 nk’uko byatangajwe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru na Israel Hayom. Nubwo u Rwanda na Israel byakomeje kugirana umubano ushingiye kuri dipolomasi igihe kirekire, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya […]

Uganda: Abasirikare, umupolisi n’umusivili bakurikiranweho kwibisha intwaro

Inzego z’umutekano za Uganda kuri uyu wa Gatanu ushize zataye muri yombi batatu mu bakozi bazo n’umusivili umwe bari bakurikiranweho ibikorwa by’ubujura bwitwaje intwaro muri Makindye. Abatawe muri yombi bakuwe ahitwa Buziga igisirikare kivuga ko ari Lt Tobias Turyabaruhanga, wahoze muri UPDF akaba atuye Entebbe, Lance Corporal Muzoora Benjamin, wataye akazi muri UPDF, umupolisi ASP […]

Uburengerazuba: Polisi yafashe abacuruzi bari banyereje imisoro irenga miliyoni 3 kuri caguwa

Muri izi mpera z’icyumweru nibwo Polisi yakoze igikorwa cyo gufata abacuruzi babiri bakomoka mu turere twa Rubavu na Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba. Ni nyuma y’amakuru yaturukaga mu baturage avuga ko aba bacuruzi bakura  imyenda n’inkweto bya Caguwa mu gihugu cy’abaturanyi bakaza kubicuruza mu buryo bwa magendu. Abafashwe ni Murebwayire Centhia w’imyaka 39, mu nze ye […]

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Depite Kyagulanyi Robert (Bobi Wine) akomeje kugaragara kenshi yigisha urubyiruko ndetse anarushishikariza kuba umusemburo w’ impinduramatwara ikenewe mu gihugu cya Uganda. Uyu mu depite ashingira kuri ibi yerekana uburyo Perezida Museveni yari afite ibitekerezo byiza akigera ku butegetsi ngo kuko nawe yari urubyiruko. Ubwo kuwa 10 Ukwakira 2018, umudepite uhagarariye Akarere k’ Uburasirazuba bwa Kyadondo […]

Opinion: Igihe kirageze ngo u Rwanda rumurikire Isi, abiyita abahanuzi bamware

Hashize imyaka myinshi numva abayita abahanuzi bahanurira abayobozi b’ u Rwanda n’ igihugu ibyago bikubiyemo intambara, amatage n’ icuraburindi, nsanga rero igihe kigeze kugira ngo ibyo binyoma bibure intebe, ibinyoma bibure intebe , abangaga u Rwanda n’abiyitaga abahanuzi b’ibibi bamware. Mpereye ku mateka nyabami y’ u Rwanda rwa Gihanga Ngomijana nigishijwe ko abanyarwnda bari bamwe […]

Nyarugenge : Uwarembeye mu kibandahori yajyanwe kwa muganga aho gucyurwa iwabo

Mu kagari ka Rugenge, umurenge wa Muhima, hari umugabo wakoraga umurimo wo kwikorera imizigo (umukalani) warembeye mu nzu, nyuma bamwe mu baturage bashaka guteranya amafaranga ngo asubizwe iwabo mu majyepfo, ariko umujyanama w’ubuzima ababera ibamba ngo abanze avuzwe. Uyu ubana n’ubwandu yatawe n’umugore bamaranye igihe nubwo batabyaranye. Amaze kuzahara, yabuze ubwishyu bw’inzu yabanagamo n’abakalani bagenzi […]

Tugomba kuba abantu bafite isuku nk'Abanyarwanda – Min. Zuraida

Minisitiri ushinzwe imiturire n’ubutegetsi bw’igihugu muri Malaysia, Zuraida Kamaruddin,  yasabye abaturage b’igihugu cye guhindura imyitwarire bakagira isuku kuko ngo n’u Rwanda rwabatambutse muri uru rwego. Minisitiri Zuraida yavuze ko bakeneye kwigana umuco w’isuku w’u Rwanda kandi bakajya bahora bibutsanya kubungabunga isuku birinda kujugunya imyanda aho babonye nk’uko iyi nkuru dukesha The Star ikomeza ivuga. Zuraida […]

Uganda: Undi Munyarwanda yasubijwe mu Rwanda nyuma y’iminsi akorerwa iyicarubozo

Abategetsi ba Uganda basubije mu Rwanda undi mucuruzi w’Umunyarwanda wafatiwe mu isoko rya Owino n’abakozi b’urwego rw’ubutasi mu gisirikare (CMI). Uyu Munyarwanda witwa Patrick Niyigena, utuye Remera, ngo kuwa 08 Ukwakira 2018 yari agiye I Nairobi aho yari agiye kugura ibyuma bya firigo byo gucuruza I Kigali, ariko ahagarara I Kampala amasaha 2, aho yafashe […]

 Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda

Umuraperi w’Umunyamerika, Kanye West n’umugore we, Kim Kardashian bageze mu gihugu cya Uganda kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Ukwakira, aho bagiye kurangiriza album ye yari itegerejwe cyane yise Yandhi. Kanye West akaba yerekeje muri Uganda nyuma yo gusura perezida Donald Trump muri White House akavugirizwa induru n’abahanzi bagenzi be barimo n’abavuze ko batazongera kumuvugisha […]

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Ukwakira 2018 nk’uko bisanzwe buri mwaka Abarundi bibutse iyicwa ry’intwari y’igihugu, Igikomangoma Louis Rwagasore wishwe mu 1961 yiciwe muri Hotel Tanganyika I Bujumbura, aho ubutegetsi bw’u Burundi mu itangazo bwashyize ahagaragara bwashinjije u Bubiligi uruhare mu iyicwa ry’uyu mugabo waharaniye ubwigenge bw’u Burundi. Abagize guverinoma batandukanye barimo abaminisitiri, abadepite, […]

Ngoma: Polisi yafashe inzoga zitemewe mu gihugu n’ibicuruzwa bya magendu

Muri iki cyumweru dusoza Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego bakoze igikorwa cyo kugenzura abacuruzi bacururiza mu murenge wa Mutenderi bamwe bafatanwa ibicuruzwa bya magendu ndetse n’ibicuruzwa bitemwe mu gihugu. Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ngoma Chief Inspector of Police(CIP)  Dominique Nkurunziza  avugako iki gikorwa cyakozwe mu rwego rwo  rwo kurwanya  magendo ndetse […]

Abasirikare b’u Rwanda bacyekwaho guhanura indege ya Habyarimana ntibagikurikiranwe

Umucamanza ushinzwe iperereza (juge d’instruction) mu Bufaransa amaze gusaba urukiko gutesha agaciro impapuro zishakisha bamwe mu bategetsi n’abasirikare bakuru b’u Rwanda (abantu 9), bakurikiranwaho ihanurwa ry’indege y’uwari perezida w’u Rwanda, Habyarimana Juvenal tariki ya 6 Mata 1994 n’ubwicanyi bwarikurikiye. Bamwe mu bari kuri urwo rutonde ni nka Minisitiri w’Ingabo, Gen Kabarere James, Gen Kayumba Nyamwasa, […]

Urutonde rw’abakekwa bashobora kuvamo usimbura Mushikiwabo muri MINAFET

Muri iki gihe u Rwanda n’abanyafurika muri rusange barishimira intsinzi y’umukandida wabo Mme Louise Mushikiwabo, watorewe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu Bihuriye ku Rurimi rw’Igifaransa(OIF). Bwiza.com ibagejejeho urutonde rushobora gutonywamo umusimbura ku mwanya wa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga yari asanzweho mu Rwanda. Kwihutira gutekereza umuntu uzasimbura Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo bibaye nyuma yaho […]

Desire Luzinda aravuga ubuzima busharira yabayemo ubwo yari atwite

Umuhanzi Desire Luzinda wo muri Uganda atangaz ako ubwo yari atwite akiri ku ntebe y’ishuri, yahabwaga akato n’abandi bana biganaga. Ku wa 11 Ukwakira 2018, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’Umwana w’umukobwa ku Isi yose, nibwo Desire Luzinda yatanze impanuro ku bana b’abakobwa, abakangurira kwirinda icyabagusha mu mutego wo gutwara inda itateguwe, ahereye ku buzima busharira […]

Gakenke: Ibitaro bemerewe na Kagame akiri visi perezida byatangiye kubakwa

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe iterambere ry’abaturage ubwo yasuraga ibitaro bikuru bya Gatonde kuri uyu wa kane tariki ya 11/10/2018 biri kubakwa mu Murenge wa Mugunga mu kagari Gihinga abaturage bahamya ko bakomeje kwishimira ibi bitaro bemerewe n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame.Muri 1999, Paul Kagame  wari Visi Perezida yasuye abaturage b’i Busengo mu […]

Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Umusirikare wa Uganda arimo guhigwa bukware nyuma yo kwiba umukozi wa mobile money 400,000 by’Amashilingi mu mujyi wa Bombo. Uyu Corporal Tom Bingi asanzwe abarizwa mu kigo cya gisirikare cya Bombo mu Karere ka Luweeo. Lt Col Deo Akiiki, umuvugizi wungirije wa UPDF, yasobanuye ko Bingi yatorotse mu ijoro ryo kuwa Kane nyuma yo gutunga […]

Haravugwa Coup d’etat muri Cameroon

Mu gihugu cya Cameroon haravugwa uruntururuntu rwa Coup d’etat yakozwe n’igisirikare ikorewe Perezida Paul Biya umaze imyaka 36 ku butegetsi. N’ubwo bitaremezwa neza, by’umwihariko muri Nigeria birimo kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ko Paul Biya yaba yakuwe ku butegetsi. Ikinyamakuru dukesha iyi nkuru Minbane  kivuga ko muri iki gihe hitegurwa amatora muri Cameroon ibintu byazambye […]

Dore impamvu eshanu nyamukuru zitera abagore kwibuka gukuna/Guca imyeyo bakuze

Mu gihe bitangazwa ko umuhango wo kujya mu rubohero/ Gukuna cyangwa se Guca imyeyo, bikorwa n’abakobwa batangiye ubwangavu, ku myaka 12 na 13, hari bamwe mu bagore bibuka kubikora bakuze. Hari abibuka kubikora igihe cyarabarenze ntibibe bigishobotse, hari ababikora ingo zabo zararangije gusenyuka, kimwe n’uko hari abagira ipfunwe ryo kubigishaho inama cyangwa kubikora babona abana […]

Kabale: Umugore yicishije umugabo we isuka

Polisi muri Kabale irimo gukora iperereza ku rupfu rw’umugabo w’imyaka 40 wishwe n’umugore we. Umugabo witwa Gidion Mbabazi wari utuye mu gace ka Ahakabungo, Sub- county ya Rubaya muri District ya Kabale, muri Uganda, bivugwa ko yicishijwe isuka n’umugore we witwa Adrine Bebwine uzwi ku izina rya Musinguzi w’imyaka 35 y’amavuko, mu ijoro ryakeye ryo […]

Justin Bieber yaguye igihumure bitewe na Selena Gomez

Umuhanzi  Justin Bieber yagaragaye arandaswe mu maboko y’abandi bantu ba hafi bitewe n’inkuru y’ijyanwa mu bitaro ry’uwahoze ari umukunzi we Selena Gomez. Uyu mugabo yagize iki kibazo ubwo yari ku rusengero kuri uyu wa Gatatu yaje wenyine kandi ubusanzwe azana n’umugore we, Hailey Baldwin. Justin Bieber wari wacitse intege ku buryo bugaragara nk’uko TMZ ibitangaza, […]

OMS iravuga ko Ebola ishobora kwadukira n’u Rwanda na Uganda

Icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo biteganyijwe ko gishobora kumara amezi atatu cyangwa ane ngo igihe cyose gishobora no gukwira mu bindi bihugu by’ibituranyi nk’u Rwanda na Uganda nk’uko bitangazwa n’Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS. Ibi OMS yabitangaje kuri uyu wa Kane ushize, isaba ibihugu bituranye na Congo […]

Perezida Macron niwe wumvishije u Rwanda ko Mushikiwabo yayobora OIF?

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yaba yaregereye perezida w’u Rwanda, akamubwira ko Louise Mushikiwabo ashobora kuba umuyobozi wa Francophonie na mbere y’uko u Rwanda rubitekereza nk’uko byabajijwe umukuru w’igihugu mu kiganiro yahaye RFI na France24 ariko akirinda kubyemeza cyangwa ngo abihakane. Ibi bitangazamaru bimeze nk’ibivandimwe 2 byo mu Bufaransa byegereye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame […]

Nyamasheke: Umugore yakubiswe n’inkuba ahita apfa

Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 11 Ukwakira 2018,  nibwo imvura nke ivanze n’inkuba ariko yamaze akanya kanini yakubise Nyirangendahimana Jacqueline w’imyaka  33 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kagarama,akagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga,mu karere ka Nyamasheke, ubwo yasoromaga icyayi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa  w’akagari ka Ntendezi, Ndagijimana Egide, avuga ko iyi nkuba […]

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018, nibwo inkuru yakwiriye Isi yose ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise yatorewe kuyobora Umuryango Uhuriweho n’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa(OIF). Mu gihe hari abacinyaga akadiho babyishimiye, umunyapolitiki Twagiramungu Faustin, utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda we yabinenze, abatari bake baramwibasira. Uyu munyapolitiki wanabaye Minisitiri w’Intebe mu […]

Impamvu Kanye West aziyamamariza kuba Perezida wa Amerika

Umuhanzi Kanye West atangaza ko aziyamamariza kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka wa 2024 kubera guhura na  Perezida Donald Trump. Kanye West nk’uko ikinyamakuru Hollywoodlife kibitangaza, uyu mugabo arateganya guhagarika umuziki kugira ngo azabashe gukora ibikorwa byo kwiyamamaza. Inshuti ya hafi ya Ye yagize iti” Akimara guhura na Donald Trump, Ye […]

Uganda: Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo n’urukiko rwo muri Kisoro

Abanyarwanda 25 kuri uyu wa kane ushize, itariki 11 Ukwakira bakatiwe igifungo cy’umwaka umwe n’urukiko rwo muri Kisoro nyuma yo kubahamya kwinjira muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Urukiko ruyobowe n’umucamanza Raphael Vueni rwumvise ubushinjacyaha buyobowe n’umushinjacyaha wa Kisoro, Mike Mwanje, buvuga ko kuwa 11 Ukwakira 2018, abakekwa bafatiwe ku muhanda wegereye Ishuri Ribanza rya […]

Kamonyi: Polisi yafashe abayiyitiriraga bagamije kurya imitsi y’abamotari

Ku mugoroba wo ku wa 11 Ukwakira 2018,  hagati ya saa Tatu na saa yine z’umugoroba nibwo abamotari bakorera mu murenge wa Runda, mu gasanteri ka Ruyenzi  babonye haje abasore 4 biyita abapolisi, bakimara kuhagera batangiye guha amabwiriza abamotari bagamije kureba ko  Moto zabo zitujuje ubuzirange. Uwo basanze moto ye ifite ikibazo bagaciririkanya  amafaranga atanga […]

Uganda: Abantu basaga 40 bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi

Abantu bagera kuri 40 bishwe n’ihirima ry’imisozi ryatewe n’imvura nyinshi yaguye ku wa Kane tariki ya 11 Ukwakira 2018, mu Burasirazuba bwa Uganda, Ababarirwa mu magana bakaba baburiwe irengero. Leta ya Uganda itangaza ko amatsinda y’abakora ibikorwa by’ubutabazi boherejwe muri ako gace byabereyemo, kari hafi y’umupaka na Kenya. Amazi y’iyi mvura yakumunzuye ibyaro bimwe n’isoko […]

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Urubuga rwa Internet Ikiriho cyari gisanzwe gikorera mu kwaha kwa Leta y’ u Burundi iyobowe Perezida Pierre Nkurunziza cyahagaritswe. Icyemezo gihagarika iki gitangazamakuru Ikiriho News cyafashwe n’ Umucamanza Mukuru wa Repubulika y’ U Burundi, Sylvestre Nyandwi, nk’ uko byagaragajwe mu ibaruwa uyu muyobozi yanditse kuwa 12 Ukwakira 2018 agashyikiriza kopi yayo Perezida w’ Inama y’ […]

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry'umuherwe

Polisi ya Tanzaniya yataye muri yombi abantu basaga 30 mu rwego rw’iperereza ry’ishimutwa ry’umugabo w’umuherwe, Mohammed Dewji ryabaye  kuwa Kane w’iki cyumweru. Uyu mugabo yashimuswe  n’itsinda ry’abagabo bitwaje intwaro ubwo yinjiraga mu cyumba ngororamubiri muri imwe muri hoteli yo mu majyaruguru y’ iburengerazuba bwa Dar Es- Salaam. Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Dar Es- […]

Nyamasheke: Yishe umugore we amuca umutwe n'amabere

Habigena Claude w’imyaka 35 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasasa, Akagari ka Bisumo mu murenge wa Cyato, ho mu karere ka Nyamasheke ari mu maboko ya polisi, Sitasiyo ya Kanjongo, aho akurikiranyweho kwica  urw’agashinyaguro umugore we, Nyirasafari JosĂ©phine wari ufite imyaka 33 y’amavuko. Uyu nyakwigendera Nyirasafari yari atwite inda y’ amezi arindwi yishwe aciwe umutwe […]

RFI Prix Decouverte 2018: Yvan Buravan yahinduriwe igitsina

Umunyamakuru wa Radio Mpuzamahanga y’ Ubufaransa (RFI) yavuze ko Ivan Buravan uri mu irushanwa rya Radiyo y’abafaransa ryitwa Prix Decouverte uyu mwaka ari umuhanzi w’igitsinagore. Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018 aho umunyamakuru wa RFI yatangaje inshuro ebyiri  zose avuga ko umuhanzi Buravan ari umunyarwandakazi ufite indirimbo […]

Min. Mushikiwabo yatorewe kuyobora Umuryango w'Ibihugu Bikoresha Ururimi rw'Igifaransa

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, atsinze amatora yari ahanganyemo n’undi mukandida w’umunya Canada, Michaà«lle Jean, y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu Bihuriye ku Rurimi rw’Igifaransa. Ni amatora yaberaga mu gihugu cya Armenia  kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018, akaba yari yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango w’ibihugu buhuriye ku gukoresha Ururimi rw’Igifaranda OIF […]

Icyo Min. Busingye avuga ku icungwa ry’imitungo yasizwe na bene yo

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’ Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, arasaba abagize Inama Mpuzabikorwa ya Komite z’Uturere zishinzwe gucunga imitungo yasizwe na bene yo, kuyicunga neza, ahari abayizungura bakayihwabwa. Ibi yabivuze mu nama bagiranye ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018, akaba avuga ko kuva mu mwaka wa 2000, Leta y’u Rwanda imaze kubona […]

Burundi: Urwibutso rwari rwiswe urwa jenoside yakorewe Abahutu rwasenywe

Urwibutso rwiswe urwa jenoside yakorewe Abahutu mu Burundi rwari rwubatswe i  Mutumba wa Nyambeho muri Komini Giheta, Intara ya Gitega, mu Burundi, rwasenywe n’abantu bari bahagarikiwe n’ubuyobozi bw’intara na Komini. Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 10 Ukwakira 2018, nibwo uru rwibutso rwiswe urwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1972, rwasenywe n’abari bahagarikiwe na […]

Amafoto y’urukozasoni ya Eddy Kenzo agiye gushyirwa hanze n’uwo yavuze ko azakata ibinwa

Umugore Eddy Kenzo avuga ko azaca ibinwa nakomeza kumuvugaho, Ritah Kaggwa yatangaje ko agiye gushyira hanze amafoto y’urukozasoni y’uyu muhanzi ari kumwe n’umukobwa w’umuhanzi witwa Pia Pounds. Kaggwa ubusanzwe wibera i London mu Bwongereza kuri uyu wa 11 Ukwakira 2018 abinyujije kuri Facebook yavuze ko yakiriye amafoto ya Eddy Kenzo na Pia Pounds bambaye ubusa  […]

Rusizi: Abayobozi barasabwa kongera ingufu mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Mu karere ka Rusizi ngo haracyagaragara ibikorwa binyuranye bijyanye n’ihohoterwa rikorerwa abana hasi mu midugudu, ba Gitifu b’imirenge bagasabwa kurushaho gucukumbura ibi bibazo byose no gufasha mu kubishakira umuti kuruta uko byari bisanzwe. Babisabwe mu nama yahuje abarebwa bose n’uburenganzira bw’umwana no kumurinda ihohoterwa, yahuje n’abakozi b’umuryango ‘Hope and Homes for Children Rwanda’ n’ abakozi […]

Ubushinwa: Umunyarwanda agiye guhangana n’ibihanganjye mu mukino wa Billards ku isi

Umunyarwanda, Jean Claude Nyirimanzi agiye kwitabira irushanwa mpuzamahanga ry’ umukino wa Biyari(billards) uzabera mu gace ka Nanchang, I Shangai mu Bushinwa. Mu Kiganiro kirambuye na Bwiza.com, Jean Claude Nyirimanzi w’ imyaka 28 y’ amavuko yatangaje ko akimara kumva  inkuru yemeza ko azitabira aya marushanwa mpuzamahanga yabyakiranye ibyishimo byinshi. Yagize ati” Nubwo nzi ko ngiye guhangana […]

Mbarara:Inzego z’umutekano zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Abakozi b’inzego z’umutekano  zirimo Urwego rushinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda (CMI) n’ Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) baravugwaho kuba barambitse ubusa buri buri  Abanyarwandakazi batatu; Dinah Kamikazi  Agasaro Vanessa na Jessica Muhongerwa, kugira ngo barebe uko umugore w’Umunyarwandakazi aba  ateye. Ibi ni ibyabaye kuwa 16 Ukuboza  umwaka ushize nk’uko ikinyamakuru Virunga Post […]

Kigali: Polisi yaguye gitumo abajura bari bamaze gutobora inzu

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gasabo, ku wa 10 Ukwakira  2018, yaguye gitumo abajura  batanu bari bamaze gutobora inzu y’umuturage witwa Ntahomvukiye Hermes utuye mu murenge wa Kacyiru mu karere ka Gasabo.  Ni nyuma y’uko mu murenge wa Gisozi hamaze iminsi havugwa ubujura butobora amazu. Umuvugizi wa Polisi  mu mujyi wa Kigali, Chief […]

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaà«lle Jean ni bantu ki?

Mu gihugu cya Armenia hitezwe inama idasanzwe y’umuryango w’abakoresha Igifaransa, Francophonie, hanatorwe umuyobozi musha wawo. Prezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron na ministiri w’intebe wa Canada, Justin Trudeau, bamaze kugera muri Armenia ahagomba kubera iyo nama. Igifaransa ntabwo ari ururimi rukoreshwa muri Armenia, ariko Ubufaransa bucumbikiye Abanyarmenia benshi, harimo n’umuririmbyi aheruka kwitaba Imana, Charles Aznavour. Abitabye iyo […]

Niba mushaka imirwano ya politiki ndayibazanira-Pasiteri Schoof abwira Leta y’U Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa Radiyo yafunzwe Amazing Grace ari we Pasiteri Gregg Schoof avuga ko niba Leta y’U Rwanda ishaka imirwano  ya politiki na we yiteguye kuyinjiramo atazuyaje. Uyu mugabo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radiyo Ijwi rya Amerika (VOA) kuwa 10 Ukwakira 2018 nyuma yaho ageze ku Rukiko Rukuru rwa Nyarugenge  akabwirwa ko urubanza yari […]

Ese u Rwanda rwaba rugiye kuba icyambu cy’u Bufaransa mu kongera kwigarurira Afurika?

U Bufaransa burakataje mu gushaka inzira bwacamo kugira ngo bwongere bwigarurire imitima y’ Abanyafurika nyuma yo guhemukira uyu mugabane mu buryo bwose bushoboka. Iki gihugu cyari cyarigaruriye ibihugu byinshi mu gihe cy’ ubukoloni, gishinjwa guhemukira  abanyarwanda ubwo cyihishaga inyuma y’ umugambi w’ itegurwa n’ ishirwa mu bikorwa rya jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni. Uretse […]

Ntabwo Mourinho ari ikibazo muri Manchester United- Zlatan Ibrahimovic

Mu  gihe umutoza wa Manchester United, Jose Mourinho akomeje kurebana ay’ ingwe n’ abakinnyi be, Zlatan Ibrahimovic yemeza ko abakinnyi ari bo banyirabayazana. Uyu Zlatan wahoze ari rutahizamu wa Manchester United asanga Mourinho ari umutoza mwiza ndetse ufite ubunararibonye ngo ahubwo abakinnyi be bakwiriye kwisubiraho. Ati “  Nta gitangaza uyu musaza yakora  mu gihe cyose […]

Selena Gomez yajyanywe huti huti mu bitaro

Umuhanzi Selena Gomez yajyanwe mu bitaro byitwa ku buzima bwo mu mutwe bitewe n’ibibazo mu marangamutima yagiriye mu bitaro byo mu mujyi wa Los Angeles. Uyu muhanzi nk’uko ikinyamakuru TMZ kibitangaza, Selena Gomez yajyanwe mu bitaro inshuro ebyiri mu cyumweru gishize nyuma yaho yagize ikibazo cy’ubuke bw’insoro z’umweru mu maraso ye bitewe n’igikorwa cyo guhabwa […]

Icyogajuru kirimo Umurusiya n’Umunyamerika cyagize ikibazo nyuma y’iminota cyoherejwe

Icyogajuru cy’u Burusiya cyohererejwe mu kirere muri Kazakhstan gitwawe n’abantu babiri, Umurusiya n’Umunyamerika cyagize ikibazo nyuma y’iminota mikeya cyoherejwe kuri uyu wa kane, itariki 11 Ukwakira, biba ngombwa ko kigaruka hasi nk’uko byatangajwe na Ria Novosti. Biravugwa ko habuze gato ngo habe ikiza mu kirere kuri uyu wa 11 Ukwakira ubwo icyogajuru, Soyouz MS-10 cyoherezwaga […]

Dore ibintu bitanu abagabo benshi bitiranya mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina

Igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina ni icy’ibanga, nk’uko buri wese aba atifuza ko hari umubona agikora ni nako benshi bahuriramo n’ibyo badasobanukiwe, ariko bagatinya gusobanuza ngo bamenye. Bityo Bwiza.com, iragusobanurira bimwe mu byo abantu benshi bakunze kwitiranya kandi atari ukuri. Ubusugi/Kuva amaraso: Benshi bibwira ko ubusugi burangwa no kuva amaraso kw’umukobwa mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, ese niko […]

MIGEPROF irasaba ababyeyi guhangana n’ikibazo giteye inkeke abana b’abakobwa

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Esperance Nyirasafari  yatangaje ko ababyeyi bakwiye guhaguruka bakarwanya abantu basambanya abana b’ababakobwa ndetse n’abahungu. Ibi Min.Nyirasafari yabitangaje kuri uyu wa 11 Ukwakira 2018 mu muhango gufungura umunsi mpuzamahanga w’umwana w’umukobwa wahujwe nitangizwa ry’ubukangurambaga  bwiswe ‘#GIRL2LEADER’ wabereye mu ngoro y’inteko ishinga amategeko. Yagize ati” Mu rwego rwo guteza imbere abana b’abakobwa, […]