Abasore babiri banywereye urumogi ku modoka ya polisi barafunzwe

InShot 20250613 180919843

Polisi yo mu Ntara ya Delta muri Nigeria yafunze abasore babiri bagaragaye mu mashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga banywa urumogi bicaye hejuru y’imodoka ya polisi, banatuka inzego z’umutekano. Abo bafashwe ni Patrick Asini w’imyaka 34 na Tega Ojo w’imyaka 20. Bafashwe nyuma y’uko amashusho yabo yakwirakwiye cyane ku rubuga rwa X (yahoze ari Twitter), […]

Fatakumavuta yakatiwe imyaka 2 n’igice muri gereza

WhatsApp Image 2025 06 13 at 13.49.36 2738d34a

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Fatakumavuta igifungo cy’imyaka ibiri n’igice n’ihazabu ya miliyoni 1.3 Frw, nyuma yo kumuhamya ibyaha bitandukanye birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, kunywa ibiyobyabwenge no gusebanya. Iki cyemezo cyatangajwe kuri uyu wa 13 Kamena 2025, nyuma y’uko isomwa ry’imyanzuro ryari ryimuwe kubera umunsi mukuru wa Eid al-Adha. Mu rubanza, ubushinjacyaha bwashinjaga Fatakumavuta ibyaha […]

Nyina wa Chrisseazy yapfuye

InShot 20250613 111910906

Kuri uyu wa Gatanu, umuryango wa Chrisseazy, umuhanzi w’Umunyarwanda, wagezweho n’agahinda gakomeye nyuma y’itabaruka rya nyina. Amakuru yemeza ko yitabye Imana aguye mu bitaro bya CHUK aho yari amaze igihe arwaye indwara ya Diyabete. Bamwe mu bo mu muryango we batangaje ko yari amaze igihe yitabwaho n’abaganga ariko ubuzima bwe bukomeza gucika intege kugeza ubwo […]

Umuhanuzi yari yavuze ihanuka ry’indege ya Air India

99303709 14806255 image a 1 1749736347217

Umuhanuzi wo mu Buhinde witwa Astro Sharmistha byatangajwe ko yari amaze igihe ahanuye ibyago bikomeye mu bijyanye n’indege muri uyu mwaka wa 2025, mbere y’uko indege ya Air India ihitana abantu benshi. Uyu muhanuzi yari yarabwiye abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ko “2025 izagira inkuru zibabaje zijyanye n’ihanuka ry’indege.” Mu cyumweru gishize, yongeye kwibutsa ko ibyo […]

Nyange na Caleb bimwe Inter Star

20250613 005623

Nyuma y’uko habayeho kutumvikana mu buyobozi bw’ikipe ya Inter Star, aho bamwe mu bayigize banze ko ikipe yabo igurwa, abakinnyi Nyange na Caleb bafashe icyemezo cyo guhindura gahunda yabo. Aba bakinnyi bari bafatanyije mu mushinga wo kugura Inter Star, ariko uwo mushinga wapfuye biturutse ku miyoborere y’iyo kipe yasabye ko ikipe yabo idakwiye kugurishwa, ahubwo […]

Utegerejwe muri APR FC yasezeye

ronald ssekiganda scaled 15495

Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda ukina hagati mu kibuga yasezeye ku ikipe ya Villa SC yari abereye Kapiteni. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 agiye kwerekeza muri APR FC yo mu Rwanda, aho yamaze kumvikana kuyikinira imyaka ibiri. Mu butumwa yageneye abafana n’ubuyobozi bwa Villa SC, Ssekiganda yashimiye urukundo bamugaragarije n’amahirwe yo gutwara Igikombe cya 17 cya Shampiyona ya […]

Ubwoko burya abantu bapfuye aho kubashyingura bukomeje gutangaza benshi

Screenshot 20250612 182711 2

Mu bice bimwe na bimwe byo ku isi, hari amoko akomeza umuco wo kurya abapfuye aho kubashyingura, umuco usanzwe utandukanye n’imigenzo y’ahandi. Mu bushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu mateka n’imyemerere y’imiryango gakondo, byagaragaye ko mu bwoko bumwe bwo muri Papua New Guinea no mu bice bimwe by’Amajyepfo y’Amerika, habaho imigenzo yo kurya abapfuye. Ababikora bavuga ko […]

Umunyamakuru Bianca yibwe imodoka izuba riva

InShot 20250612 093615553

Umunyamakuru ndetse n’umushyushyarugamba Bianca ari mu gahinda nyuma y’uko yibwe imodoka ye yo mu bwoko bwa Hyundai, ku manywa y’ihangu. Amakuru avuga ko iyi modoka yibwe ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu, ubwo Bianca yari mu rugo yitegura kujya gukora ikiganiro kuri radiyo SK FM. Nyuma y’ibi, yahise atanga ikirego muri RIB kugira ngo hafatwe […]

She-Amavubi ntizitabira CECAFA 2025

Amavubi yAbagore Misiri

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore mu mupira w’amaguru, izwi nka She-Amavubi, ntizagaragara mu irushanwa rya CECAFA Senior Women’s Championship 2025 rizabera muri Tanzania kuva ku wa 12 kugeza ku wa 21 Kamena 2025. Ibihugu bizitabira iri rushanwa ni Tanzania yakiriye, Uganda, Kenya, u Burundi na Sudan y’Epfo. U Rwanda ntiruragaragara ku rutonde rw’amakipe azakina, ndetse […]

Kigali: Umushinjacyaha yasambanyije umukobwa wafunzwe na RIB

ubutabera 17

Urukiko rwategetse ko Mbonyinshuti Camarade Gilbert, umushinjacyaha mu Rwanda, afungwa by’agateganyo iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje ku byaha akekwaho byo gusambanya umukobwa. Ib byatangiye ubwo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwakiraga ikirego cy’umudiaspora wavugaga ko umukobwa (utatangajwe amazina) yamuriganyije amafaranga. RIB yahise ifata uwo mukobwa, imushyikiriza ubushinjacyaha. Icyakora, nyuma yo gushyikirizwa dosiye, Umushinjacyaha Mbonyinshuti […]

Rayon Sports na APR FC ziri kurambagiza umuhisi n’umugenzi

59564

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutanga icyifuzo cyo gusinyisha Samuel Pimpong, umukinnyi ukomoka muri Ghana ukina ku ruhande rw’iburyo, nyuma yo gutandukana na FC Shiroka yo muri Albania ku mpera z’umwaka w’imikino wa 2024/25. Pimpong w’imyaka 25 y’amavuko yigeze gukinira Mukura Victory Sports ubwo yatozwaga na Afhamia Lotfi, aho yigaragaje nk’umukinnyi wihuta kandi ufite ubuhanga […]

Umugore muremure ku isi yishyura imyanya 6 mu ndege kugira ngo akwirwemo

Screenshot 20250611 142440 Layout 1749648456

Rumeysa Gelgi, umugore muremure kurusha abandi ku isi, yagaragaje ko agomba kwishyura imyanya itandatu mu ndege buri gihe agiye gukora urugendo. Ubusanzwe, Rumeysa w’imyaka 28, afite uburebure bwa metero 2.15, kandi agomba kugenda aryamye mu gihe cyose cy’urugendo kubera ubuzima bwe budasanzwe. Rumeysa, ukomoka mu Karere ka Karabük muri Turikiya, yifashisha intebe y’abamugaye cyangwa agakenera […]

Rutsiro: Yarumye akananwa ku mugore we karacika

Akananwa yagakuyeho 1 750x375 1

Mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Murunda, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Ntiryihabwa Jean Claude w’imyaka 40, uherutse gukomeretsa bikomeye umugore we Habanabashaka Bonifride, aho yamurumye akanamunanura mu gihe bari bagiranye amakimbirane. Amakuru aturuka mu Mudugudu wa Karuruma, Akagari ka Kirwa, avuga ko uyu mugabo yari amaze igihe abana n’uwo mugore mu buryo butemewe n’amategeko, ndetse […]

Visit Rwanda yerekeje amaso muri Portugal

rwanda 3 24

U Rwanda rukomeje kwagura imikoranire ishingiye kuri siporo n’ibihugu bikomeye ku isi, aho amakuru aturuka ahizewe avuga ko ibiganiro na Portugal byageze kure, bigamije ko ikipe ya SL Benfica na yo yazambara ikirango cya Visit Rwanda. Ku wa 10 Kamena 2025, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye i Kigali itsinda ryaturutse muri Benfica na Tony […]

Umva inkuru itangaje ya filime “Straw” iri kuriza abanyarwanda benshi

Straw Taraji P Henson 02 060925 93905bc22509419a8d247d38fdbe76ac

Filime nshya ya Tyler Perry yitwa Straw yibanda ku buzima bwa Janiyah Wiltkinson, umubyeyi w’umwana umwe. Ni inkuru ivuga ku buryo isi ishobora gutera umuntu gucika intege no kugwa mu byaha kubera igitutu cy’ubuzima. Janiyah ashyirwa ku mpera y’ubushobozi bwe, atakaza icyerekezo cy’ukuri, cyemewe n’amategeko ndetse n’icyo yizera. Janiyah ni umugore uri mu bibazo by’amafaranga, […]

APR FC yigaramye ibyo kuzana umutoza bari kuyitwerera

Miguel Gamondi 2

Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye amakuru yavugaga ko buri mu biganiro n’umutoza w’Umwongereza w’inkomoko yo muri Argentine, Miguel Ángel Gamondi. Ibi byatangajwe na Brig. Gen. Déo Rusanganwa, Umuyobozi wa APR FC, mu kiganiro kigufi yagiranye na UMUSEKE. Yagize ati: “Oya, ni ibihuha.” Hari hamaze iminsi havugwa ko Gamondi ashobora gusimbura Darko Nović, watandukanye na APR […]

Lucas Paquetá yabatirijwe iwe

photo output 1749573403

Umukinnyi wo hagati mu ikipe ya West Ham, Lucas Paquetá yabatirijwe mu rugo rwe mu gihe agitegereje umwanzuro w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) ku byaha aregwa byo gushaka kubona amakarita y’umuhondo ku bushake kugira ngo bigire ingaruka ku isoko ry’imikino y’amahirwe. Paquetá, ukomoka muri Brazil, ashinjwa ko yaba yarakoze amakosa agamije guhabwa amakarita y’umuhondo […]

R. Kelly arenda kwicirwa muri gereza

e5fe6a87533c4cfea2d21856111ec414 md

Umuhanzi w’Umunyamerika R. Kelly yasabye urukiko ko yarekurwa byihuse nyuma yo gutangaza ko ubuzima bwe buri mu byago bikomeye muri gereza yo muri Leta ya North Carolina aho afungiwe. Nk’uko byagaragajwe mu nyandiko z’urukiko zabonywe na TMZ, abunganira R. Kelly bavuga ko bafite ibimenyetso bigaragaza umugambi wo kumwica, uvugwamo bamwe mu bakozi ba gereza bafatanyije […]

Ngibi ibisobanuro by’impeta bitewe n’urutoki uyambayeho

ca64ec0c78020e58bcc2c176f4252339

Impeta ni umurimbo utarobanura igitsina, bivuze ko wambara n’ umugabo cyangwa umugore. Uyu murimbo wambarwa ku rutoki kandi kuri buri rutoki uwushyizeho uhita uhindura igisobanuro. Urubuga WWW.RMRS.Com ruvuga ubundi ibiganza byombi bifite ubusobanuro buhambaye mu buryo bujyanye n’imikorere n’imitekerereze ya muntu. Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko ukuboko kw’i Buryo kwerekana imbaraga, umurava n’ubwiganze. […]

Abanyeshuri baguye ku mashusho y’urukozasoni ya mwarimu wabo

Screenshot 2025 06 10 102944 1749547896

Umwarimukazi wigishaga Physics mu ishuri rya Bannerman High School ryo muri Glasgow, muri Scotland yirukanwe burundu ku kazi nyuma y’uko abanyeshuri biga muri iri shuri bavumbuye ko afite konti ya OnlyFans acururizaho amafoto n’amashusho y’urukozasoni. Nk’uko byatangajwe n’akanama k’igihugu gashinzwe imyitwarire y’abarimu muri Scotland (GTCS), uyu mwarimukazi witwa Kirsty Buchan, w’imyaka 34, yashyiraga amafoto ye […]

U Rwanda mu bufatanye na Benfica FC yo kwa Cristiano Ronaldo

20250610 101332

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye kuri uyu wa Mbere intumwa za Tony Football Excellence Program hamwe n’abahagarariye ikipe ya Benfica FC yo muri Portugal. Ibiganiro byibanze ku bufatanye mu guteza imbere ruhago y’abana n’urubyiruko mu Rwanda. Inama yanitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo MINEDUC, MINISANTE, RDB, Kaminuza y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe […]

Umutoza w’Amavubi yasanze abakinnyi be ari abaswa

amrouche

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Adel Amrouche yatangaje ko abakinnyi b’Amavubi badafite imbaraga zihagije kandi urwego rwabo ruri hasi, kuko batabona umwanya wo gukina mu makipe yabo, ibintu atabasha gukosora mu minsi mike y’umwiherero w’Ikipe y’Igihugu. Ibi yabivuze ku wa Mbere, tariki ya 9 Kamena 2025, nyuma yo gutsindwa umukino wa kabiri wa gicuti bahuyemo […]

Leta yategetse ko hicwa inzovu 50, zikagaburirwa abaturage

elephants file

Leta ya Zimbabwe yatangaje ko igiye kwica inzovu zigera kuri 50 mu rwego rwo kugabanya umubare wazo urenze ubushobozi bw’aho ziba. Inyama z’izi nzovu zizagaburirwa abaturage batuye hafi y’ahabereye iyi gahunda. Ubuyobozi bwa Zimbabwe Parks and Wildlife Management Authority (ZimParks) bwavuze ko bwemereye Save Valley Conservancy, ikigo kinini cyigenga gicunga inyamaswa giherereye mu majyepfo ashyira […]

Annette Murava yemeje ko nta kibazo afitanye na Bishop Gafaranga ufunzwe

InShot 20250610 091650564

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Annette Murava yatangaje ko nta kibazo afitanye n’umugabo we, Bishop Gafaranga, uherutse gukatirwa gufungwa by’agateganyo iminsi 30 akurikiranyweho ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye no kumukubita. Mu butumwa Murava yanyujije kuri YouTube ku rubuga basangiye n’umugabo we bise Gafaranga na Murava, yavuze ko n’ubwo bahuye n’ikigeragezo, urugo […]

Ibizakwereka umukobwa w’isugi bidasabye ko muryamana

images

Kumenya umukobwa ukiri isugi udakoresheje ibizamini bya muganga cyangwa kuryamana na we. Nubwo hari abatangaza ibimenyetso bitandukanye ngo bishobora kukwereka ko umukobwa atakiri isugi, abahanga mu buzima bwo mu mutwe no mu mibanire bavuga ko ibi bishingira ku myumvire ishingiye ku marangamutima aho kuba ku bumenyi bwizewe. Bamwe bavuga ko umukobwa ushobora kurakazwa no kubazwa […]

Police FC yakoze amasuku ihereye kuri Mashami Vincent na Abedi

20250609 165935

Umutoza mukuru wa Police FC, Mashami Vincent yatandukanye n’iyi kipe nyuma y’imyaka itatu ayitoza, mu gihe n’abandi bakinnyi barimo Abedi, Ally, Clovis na Chukwuma na bo basezerewe. Ibi byemejwe na Mashami ubwe mu butumwa yashyize kuri konti ye ya X (yahoze ari Twitter), aho yagaragaje ibyishimo n’ishimwe byuzuye umutima we nyuma y’igihe cy’imyaka itatu yamaze […]

Muyoboke Alex yavuze ku byo gusambanira i Kampala na Dj Flix

InShot 20250609 151223985

Muyoboke Alex usanzwe afasha abahanzi ndetse akanaba umwe mu bagaragaye mu bitaramo bya The Ben muri Uganda, yahakanye amakuru amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga amushinja kuryamana na DJ Flix, umwe mu bakobwa bakizamuka mu mwuga wo kuvanga umuziki. Aya makuru yatangiye gukwirakwira nyuma y’igitaramo The Ben yakoreye muri Uganda, aho DJ Flix yari mu […]

Gutingana ni icyaha si uburenganzira bwa muntu: Mufti w’u Rwanda

53747573496 3d5f34def3 6k 1 1536x1125 1

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yongeye gushimangira ko mu myemerere ya Islamu gutingana ari icyaha gikomeye, atari uburenganzira bwa muntu nk’uko bamwe babivuga muri iki gihe. Mu butumwa yagejeje ku bayisilamu bari bitabiriye ibirori bya Eid Al-Ad’ha, Sheikh Sindayigaya yavuze ko idini ya Islamu ku isi hose ryamagana ubutinganyi kandi ribifata nk’ibikorwa bihabanye n’amahame […]

Pavelh Ndzila agiye gutera umugongo APR FC

p ndzila25 aaab7ac0f146416fabae2c275e1c21c3

Umunyezamu w’Umunya-Congo Brazzaville, Pavelh Ndzila, usoje amasezerano ye muri APR FC, ashobora gukomereza urugendo rwe muri shampiyona y’u Tanzania. Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Mpan Média cyo muri Congo Brazzaville yemeza ko ibiganiro na KMC FC bimaze kugera kure. Pavelh Ndzila yinjiye muri APR FC mu mpeshyi ya 2023, aho yatangiye nk’umunyezamu wa mbere mu mwaka w’imikino […]

Cristiano Ronaldo yarize nyuma yo kwegukana igikombe

1749421219274

Ku cyumweru tariki ya 8 Kamena 2025, ikipe y’igihugu ya Portugal yongeye kwandika amateka mu mupira w’amaguru ubwo yegukanaga igikombe cya kabiri cya UEFA Nations League, itsinze Espagne kuri penaliti 5-3 nyuma y’uko umukino urangiye ari 2-2. Ni intsinzi yasize Cristiano Ronaldo mu marira, agaragaza ibyishimo n’umusaruro w’imyaka myinshi yamaze ari kapiteni w’igihugu. Uyu mukino […]

Rayon Sports yanze kumvira Mucyo Antha isinyisha Musore Prince

20250607 221321

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Myugariro Musore Prince Michel, wahoze akinira Vital’O FC yo mu Burundi. Isinya ry’uyu musore ryamenyekanye kuri wa Gatandatu aho yasinye amasezerano y’imyaka ibiri. Ariko igurwe rye ryateje impaka nyuma y’uko Mucyo Antha Biganiro, wahoze ari umunyamakuru w’imikino ubu akaba umuranga w’abakinnyi, agaragaje impungenge ku bushobozi bw’uyu musore. Mu kiganiro yagiranye […]

Kagere Meddie agiye kugirwa umutoza mu Amavubi

gsdquifxiaeuo27 acb80

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, Adel Amrouche yatangaje ko afite gahunda yo kuzagirana ubufatanye na Kagere Meddie mu mwuga w’ubutoza, cyane cyane mu gufasha ba rutahizamu b’Ikipe y’Igihugu. Ibi yabivuze mu kiganiro yahaye abanyamakuru ubwo Amavubi ari mu mwiherero witegura umukino wa kabiri wa gicuti uzayihuza na Algeria. Kagere ufite imyaka 38 yari amaze […]

Umuranga w’abakinnyi Mucyo Anta yaburiye Rayon Sports rugikubita

20221108 123306

Umuranga w’abakinnyi Mucyo Anta yaburiye Rayon Sports rugikubita Uwahoze ari umunyamakuru w’imikino none ubu yabaye umuranga w’abakinnyi, Mucyo Antha Biganiro yihanangirije ubuyobozi bwa Rayon Sports, ababurira ko bashobora kugwa mu ikosa rikomeye mu igura ry’umukinnyi Musore Prince Michel, ukomoka mu Burundi. Mu kiganiro yagiranye na Radio O, Mucyo Antha yavuze ko uyu mukinnyi wahoze akinira […]

M23 yatangije Irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro i Goma

20250607 121207

M23 iyobora Goma igiye gutangiza Irushanwa ry’Amahoro “Tournoi de la Paix”, riratangira ku cyumweru tariki ya 8 Kamena 2025, kuri Stade de l’Unité i Goma. Ni irushanwa rigamije kwimakaza ubumwe n’amahoro, mu gihe abaturage ba Goma bakomeje gushimangira isura nshya y’umujyi wabo nyuma yo kubohorwa n’ingabo za AFC/M23. Iri rushanwa rizamara iminsi umunani rikazahuza amakipe […]

Hari abantu batajya bandura virusi itera SIDA

Screenshot 20250606 110732

Umuganga w’umuhanga mu buvuzi, Dr. Iyayi Osifo wo muri Nigeria yatangaje ko hari abantu bafite impinduka zidasanzwe mu turemangingo twabo zituma badashobora kwandura agakoko gatera SIDA (VIH). Mu butumwa yasangije ku mbuga nkoranyambaga, Dr. Osifo yavuze ko abo bantu baba bafite ihinduka ry’uturemangingo ridasanzwe ku gice cy’uturemangingo  tw’umubiri kitwa CCR5 receptor, aho ako gakoko ka […]

Dore impamvu zitera kuzana uruhara

uruhara copy copy

Mu Rwanda, abahanga mu kuvura uruhu baratangaza ko hari impamvu nyinshi zituma abantu bazana uruhara, zirimo imiterere ya gene, imihindagurikire y’imisemburo, stress, imirire mibi n’imikoreshereze y’imiti n’amavuta mu mutwe. Dr Muhima Giovanni, inzobere mu ndwara z’uruhu, avuga ko kwambara ingofero igihe kirekire cyangwa guhora upfutse umutwe bishobora kubuza umusatsi guhumeka, bigatuma upfuka buhoro buhoro. Ashimangira […]

Perezida Kagame yifurije Abayisilamu umunsi mwiza wa Eid al-Adha

54275268858 8eaf6212e8 k 860x721 1

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu gihugu no ku isi hose umunsi mwiza wa Eid al-Adha, umwe mu minsi mikuru ikomeye mu idini ya Islam. Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, Perezida Kagame yagize ati: “Ndifuriza Abayisilamu bose bo mu Rwanda no ku isi hose umunsi mwiza wa Eid al-Adha. […]

Biratangaje! Umwana w’imyaka 8 agiye gukora ikizami gisoza amashuri yisumbuye

Screen Shot 2022 09 27 at 15.35.44

Mu Bufaransa, umwana w’imyaka umunani yaciye agahigo ko kuba ari we muto ugiye gukora ikizamini gisoza amashuri yisumbuye, kizwi nka baccalauréat. Uyu mwana ni umukandida wigenga, akaba azakora ikizamini cya philosophie ku itariki ya 16 Kamena, ari kumwe n’abandi banyeshuri ibihumbi magana arindwi barenga. Umuyobozi Mukuru ushinzwe amashuri yisumbuye mu Bufaransa, Madame Caroline Pascal, yavuze […]

Urubanza rw’umunyamakuru Fatakumavuta rwatewe ipine

GdTDcoVXEAEsLOY

Isomwa ry’umwanzuro w’urubanza rwa Sengabo Jean, uzwi cyane nka Fatakumavuta mu ruganda rw’imyidagaduro, ryari riteganyijwe ku wa 6 Kamena 2025, ryimuriwe ku wa 13 Kamena 2025. Ibi byatewe n’uko uwo munsi wahuriranye n’umunsi mukuru wa Eid al-Adha wizihizwa n’Abayisilamu. Nk’uko byatangajwe n’umunyamategeko wunganira Fatakumavuta, Maitre Fatikaramu, uyu mwanzuro wagombaga gusomwa n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge nyuma […]

Matic yahanwe azira guhisha ibirango by’abatinganyi

99083171 0 image a 27 1749140483909

Nemanja Matic wahoze akinira Manchester United, ubu ukinira ikipe ya Lyon mu Bufaransa, yahagaritswe imikino ibiri nyuma yo guhisha ikirango cy’amabara ya y’abatinganyi “LGBTQ+” cyari ku mwambaro we, ubwo bakinaga umukino usoza shampiyona ya Ligue 1 bahuyemo na Angers. Uyu mukinnyi w’imyaka 36, bivugwa ko abarizwa mu itorero rya Serbian Orthodox Church, yanze kwitabira gahunda […]

Kayonza: Abiyise Wazalendo 40 barafunzwe

Screenshot 20250606 0743172

Abantu barenga 40 bari biyise Wazalendo bamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’u Rwanda nyuma yo guhungabanya umutekano w’abaturage bo mu murenge wa Rukara, mu tugari twa Kawangire na Rwimishinya, ho mu Karere ka Kayonza. Aba bantu bikekwa ko bagendaga bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’ibisongo, bagatema abaturage ndetse bakishora mu mirima y’abaturage ku ngufu, […]

Amashusho y’urukozasoni bivugwa ko ari aya Yampano yarikoroje

InShot 20250606 073050907

Umuhanzi nyarwanda Yampano yatangaje ko afite amatsiko yo kubona amashusho y’urukozasoni bivugwa ko ari aye, ariko anatanga gasopo ku bantu bavuga ko bayafite, ababurira ko bashobora guhura n’ingaruka z’amategeko. Mu kiganiro yagiranye na Yago TV Show, Yampano yavuze ko hari abantu bamuzengereje bashaka kumwangiriza izina, ati: “Tubana n’abacanshuro, umuntu akakwegera ariko agamije kukurimbura. Ibyo bakora […]

Kigali: Imodoka y’ishuri yagonze abanyeshuri bane

3 33333333333 4ff2e

Imodoka itwara abanyeshuri bo ku ishuri rya Ecole Les Poussins riherereye i Gikondo, mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka kuri uyu wa Gatatu ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, aho yagonze abanyeshuri bane bo ku ishuri rya G.S Kimisange bagendaga ku ruhande rw’umuhanda. Amakuru y’ibanze avuga ko iyi modoka ishobora kuba yabuze feri, bituma igonga abo […]

Uwahoze ari Perezida wa Zambia Edgar Lungu yapfuye

40408932671 1a23e24c30 b

Uwahoze ayobora igihugu cya Zambia, Edgar Lungu, yitabye Imana ku myaka 68, nk’uko byemejwe n’ishyaka rye rya Patriotic Front. Mu itangazo ryasohowe n’iri shyaka, ryavuze ko Lungu yari amaze igihe ari kwitabwaho n’abaganga muri Afurika y’Epfo, aho yavurirwaga indwara itatangajwe ku mugaragaro. Edgar Lungu yayoboye Zambia kuva mu mwaka wa 2015 kugeza mu 2021, ubwo […]

U Rwanda rwakiriye gute icyemezo cy’u Bubiligi?

InShot 20250605 120113435

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimye icyemezo cy’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Bubiligi ryemeje ko rizitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera i Kigali kuva ku itariki ya 21 kugeza kuya 28 Nzeri 2025. Ni icyemezo kije mu gihe umubano wa dipolomasi hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi utari wifashe neza, cyane ko muri Werurwe 2025, Guverinoma y’u […]

Agahinda kejyetse Khadime Ndiaye wavuzweho kugurisha Rayon Sports

InShot 20250605 115055258

Ku nshuro ya mbere umunyezamu w’Umunya-Senegal Khadime Ndiaye, wahoze arinda izamu rya Rayon Sports, yagaragaje ibyiyumviro bye nyuma yo gutandukana n’iyi kipe, ubwo amasezerano ye yarangiraga muri Gicurasi 2025. Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’itangazamakuru, Khadime yavuze ku rujijo n’akababaro yanyuzemo, anagaragaza ko hari byinshi byavuzwe byamubabaje, ariko atigeze abonera ubusobanuro bweruye kuri byo. Ati: “Amasezerano […]

Karasira ‘Professor Nigg’ yinjiye mu rukiko akora ikimenyetso cya Tuff Gangs

pro e7504

Karasira Aimable wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse n’umuraperi wamamaye ku izina rya Professor Nigga, yongeye kugaragara mu rukiko akora ikimenyetso cy’itsinda rya Tuff Gangs. Ibi byabaye kuri uyu wa Kane, tariki ya 5 Kamena 2025, ubwo yitabaga Urukiko Rurukuru, Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, rukorera mu Karere ka Nyanza. Karasira ukurikiranyweho […]

Aba bakinnyi 2 ntibazongera guhamagarwa mu Amavubi

York na Sahabo 1 860x652 1

Umutoza w’Amavubi, Adel Amrouche yatangaje ko atazongera guhamagara Rafael York na Hakim Sahabo mu Ikipe y’Igihugu mu gihe cyose agihagarariye u Rwanda. Mu kiganiro n’itangazamakuru mbere y’umukino wa gicuti na Algérie uteganyijwe kuri uyu wa Kane, Amrouche yavuze ko aba bakinnyi babiri banze kwitabira ubutumire ku mpamvu zisebya ibendera ry’igihugu. Sahabo yavuze ko akeneye ikiruhuko, […]

Gutaka ku mugore ntibisobanuye ko wamwemeje

arton69322 5675e

Imbuga zitandukanye zandika ku rukundo n’imibanire zigaragaza ko gutaka cyangwa kurira ku mugore mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina bifite ibisobanuro birenze ibyo abantu benshi bakeka. 1. Ibyishimo birenze urugero Iyo umugore anyuzwe cyane n’imibonano, ashobora kugira amarangamutima akomeye agatera gutaka cyangwa kurira nk’ikimenyetso cy’umunezero mwinshi. 2. Kubabara mu gikorwa Hari ubwo umugore ataka cyangwa akarira kubera […]

Kigali: Umusore bikekwa ko yabenzwe n’inkumi yiyahuye asimbutse kwa Makuza

1749047678767WhatsAppImage2025 06 04at07.30.07 ead147f0 1

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Kamena 2025, mu Mujyi wa Kigali haravugwa inkuru ibabaje y’umusore witwa Ishimwe Thierry w’imyaka 20 ukomoka i Runda muri Kamonyi, wasimbutse ku nyubako izwi nko Kwa Makuza iri rwagati mu Mujyi wa Kigali ahita apfa.  Nk’uko byemezwa n’abari aho, uyu musore w’imyaka ibarirwa mu […]

Djabel Manishimwe ku kuntu yakatiwe imyaka 5 n’urukiko muri Algeria

InShot 20250604 152707457

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Manishimwe Djabel yasobanuye uko yamenye ko atemerewe kwinjira muri Algeria, aho yari agiye gukinira umukino wa gishuti n’ikipe y’igihugu. Mu kiganiro yagiranye na Radio&TV10, Djabel yavuze ko yahagurutse yiteguye kwitabira umukino, ariko ageze ku kibuga cy’indege i Alger, abayobozi b’icyo gihugu bamubwiye ko yafatiwe igihano cyo kutinjira muri Algeria kingana n’imyaka […]

Ububiligi bwisubiyeho, buzitabira shampiyona y’isi mu Rwanda

photonews 11045847 132

Nyuma yo kuba bwaratangaje ko butazitabira Shampiyona y’Isi y’amagare izabera i Kigali mu kwezi kwa Nzeri, Leta y’u Bubiligi yamaze kwisubiraho. Federasiyo y’amagare y’u Bubiligi yemeje ko ikipe y’igihugu izitabira iyi mikino, nyuma yo gusaba Guverinoma uburenganzira bwo kujya mu Rwanda. Umuyobozi wa federasiyo, Nathalie Clauwaert yavuze ko ibiteganywa byose birimo gutegurwa birimo amatike y’indege, […]

UPDF yatangaje ko umugore witwa Aisha ariwe waturikije igisasu i Kampala

InShot 20250604 084903024

Ingabo za Uganda (UPDF) zatangaje ko umugore wateze igisasu hafi ya Bazilika ya Munyonyo ku wa Kabiri yitwa Aisha Katushabe, wamenyekanye no ku yandi mazina nka Byaruhanga Sumaya na Kabonesa. Col Chris Magezi, umuvugizi w’agateganyo w’ingabo, yavuze ko Katushabe yari azwi n’inzego z’umutekano kandi yigeze gufatwa mu 2023 agakekwaho imikoranire n’umutwe w’iterabwoba wa ADF (Allied […]

Zuchu yazinutswe Kenya kubera Perezida Samia Suluhu

O2oDgVYbFHsOcBHrA9bQAStgzY9WddcZpOdaTvMi

Umuhanzikazi w’Umunyatanzaniya Zuchu, uzwi cyane kubera indirimbo ye “Sukari” ndetse n’aho abarizwa mu nzu ifasha abahanzi ya WCB ya Diamond Platnumz, yatangaje ko atazongera gukorana indirimbo n’abahanzi bo muri Kenya. Ibi yabivuze nyuma y’uko bamwe mu banya-Kenya bashinjwe gupfobya no gusebya Perezida Samia Suluhu Hassan ku mugaragaro. Zuchu yagize ati: “Sinshobora gukora indirimbo n’Abanya-Kenya kuko […]

APR FC yahuye n’umutoza mushya bapfa amafaranga

20250603 193226

Amakuru yizewe agera ku bitangazamakuru bitandukanye yemeza ko Nabil Maâloul, umutoza w’umunya-Tunisia wamamaye mu mupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika no ku rwego mpuzamahanga, ari mu Rwanda aho yahuye n’abayobozi ba APR FC kuri uyu wa kabiri. Nk’uko byemejwe n’inshuti za hafi z’uyu mutoza ndetse n’uwari mu bayobozi bagiranye ibiganiro na we, Maâloul yahuye n’abayobozi […]

Kiyovu Sports yaba yorohereje Rayon Sports

1748970712185

Kapiteni wa Kiyovu Sports, Mosengo Tansele Tychick ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifuzwaga na Rayon Sports yamaze gutandukana ku mugaragaro n’iyi kipe yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano ku bwumvikane. Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yasohowe n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports Association yandikiwe uyu mukinnyi, yamaze gutangira ubwisanzure bwo gushakira […]

Niba usomana hita ubireka kuko akawe kashobotse

EUCnLX4XQAE8saq

Mu gihe gusomana byagiye bifatwa nk’ikimenyetso cy’urukundo, ubushakashatsi buheruka bugaragaza ko hari indwara nyinshi zishobora kwandurira muri iki gikorwa, ndetse zimwe muri zo zishobora gushyira ubuzima mu kaga. Indwara zishobora kwandurira mu gusomana: Kwangirika kw’amenyo: Iyo umubyeyi asomye umwana ku munwa ashobora kumwanduza udukoko two mu kanwa two mu macandwe y’abantu bakuru, tukangiza amenyo y’umwana. […]

Minisitiri w’intebe yeguye kubera umuhungu we uba mu buzima buhenze

d7beb890 402a 11f0 a723 595978d2ec8d.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Mongoliya, Luvsannamsrain Oyun-Erdene, yeguye ku mirimo ye nyuma y’uko amafoto y’umuhungu we agaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ubuzima buhenze yiberagamo mu biruhuko. Aya mafoto, harimo n’ifoto y’umukunzi w’uwo muhungu yitwaje igikapu cya Dior cy’agaciro gahenze, yateje umujinya ku baturage benshi, bituma hatangizwa iperereza ku byaha bya ruswa no kurigisa umutungo wa rubanda. […]

Kampala: Abizihizaga Umunsi w’Abahowe Imana baturikanwe n’igisasu

20250603 084534

Impanuka y’ituruka ry’igicyekwaho  kuba igisasu yabereye i Munyonyo, ihungabanya umutekano mu murwa mukuru wa Uganda, ahari hateraniye imbaga y’abizihiza Umunsi w’Abahowe Imana. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, iturika rikomeye ryabaye hafi y’Ingoro y’Abahowe Imana ya Munyonyo, aho abantu baturutse hirya no hino bari bateraniye mu kwizihiza umunsi ngarukamwaka w’Abahowe Imana muri Uganda. Amakuru […]

Rayon Sports igiye kumamura Diamond Platnumz i Kigali

InShot 20250603 081035674

Ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda irateganya kwakira umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Diamond Platnumz mu birori bikomeye bizahuza abakunzi ba ruhago n’ab’abahanzi, bizabera i Kigali ku munsi w’Igikundiro. Uyu muhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, akaba azaba ari umushyitsi w’imena mu birori bizahuza Rayon Sports na Yanga Africans yo muri Tanzania, umukino utegerejwe na […]