Abanyarwanda bakekwaho kurya abantu muri Kenya

20250708 181310

Leta ya Kenya yatangaje ko igiye gukora iperereza ryihariye ku bantu bose bakomoka mu Rwanda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’abo mu muryango wa Wagisu wo muri Uganda, batuye mu karere ka West Pokot. Ibi bije nyuma y’uko abantu 13 bafatiwe muri Bendera bakekwaho ibikorwa bikomeye birimo kurya imirambo no gucuruza ibice […]

Trump yohereje ibitwaro cyirimbuzi muri Ukraine

IMG 4070 1751968208

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko agiye kongera kohereza ibitwaro byo kwirwanaho muri Ukraine, nyuma y’uko guverinoma ye yari iherutse guhagarika imwe mu nkunga ya gisirikare. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mbere y’umugoroba wo gusangira na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu. Trump yavuze ati: “Tugiye kongera kubaha ibikoresho. Bagomba kwirwanaho. […]

Indirimbo y’umunyarwanda yakoreshejwe muri filimi ya Netflix “The Old Guard 2”

old guard two 1392x884 1

Filimi nshya The Old Guard 2, ikomeje gutambuka kuri Netflix, yagaragayemo indirimbo zitandukanye zirimo n’iy’umuhanzi ukomoka mu Rwanda, Stromae wamenyekanye cyane ku rwego mpuzamahanga. Indirimbo ye “Fils de Joie”, yasohotse mu 2022, yakoreshejwe mu gice kimwe cy’iyi filimi yari itegerejwe n’abantu benshi. Iyi ndirimbo, ifite amagambo akomeye yibanda ku miterere y’imibereho y’abagore no ku buryo […]

RDC mu bufatanye n’amakipe abiri akomeye i Burayi

20250708 103631

Mu rwego rwo guteza imbere ubufatanye hagati y’umupira w’amaguru, iterambere n’ubukungu muri Afurika, amakipe abiri akomeye ku mugabane w’u Burayi, AC Milan yo mu Butaliyani na AS Monaco yo mu Bufaransa byinjiye mu masezerano y’ubufatanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa 23 Kamena 2025, AC Milan yatangaje ubufatanye na Minisiteri y’Ubukerarugendo ya RDC, […]

Abakinnyi 3 ba Arsenal bari mu Rwanda

20250708 095947

Abakinnyi batatu b’ikipe ya Arsenal y’abagore, barimo Katie McCabe, Caitlin Foord na Laia Codina, bageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8 Nyakanga 2025, mu rugendo rw’iminsi ine ruzageza ku wa 11 Nyakanga 2025. Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri nibwo aba bakinnyi bageze mu Rwanda aho uru rugendo rugamije kumenyekanisha u […]

Ntagikozwe AS Kigali ntizakina Shampiyona

AS Kigali

Ikipe ya AS Kigali iraburira Umujyi wa Kigali ko nihatagira igikorwa vuba, ishobora kutitabira Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere y’umwaka wa 2025–2026. Mu ibaruwa yandikiwe Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ku wa 2 Nyakanga 2025, AS Kigali isaba ko habaho inama yihutirwa hagati y’Inama Nyobozi yayo n’iy’Umujyi wa Kigali, bitarenze tariki ya 10 Nyakanga. Intego ni ukuganira […]

Uwakinnye Tour du Rwanda ya mbere yapfuye

1751873958192IMG 0574

Nsengiyumva Bernard, umwe mu banyarwanda ba mbere bitabiriye isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda, yitabye Imana ku myaka 73 azize uburwayi. Yavutse mu 1952 i Kibangu, mu karere ka Muhanga, aho yanakuriye. Yatangiye gukina umukino w’amagare afite imyaka 27, ndetse yigeze gutangaza ko igare rya mbere yariguze amafaranga 1,000 y’amanyarwanda. Mu mateka ye y’uyu mukino, […]

P-Diddy yakiriwe nk’umwami muri gereza

sean diddy combs Invest Fest 2023 billboard 1548

Umuraperi w’icyamamare Sean “Diddy” Combs yakirijwe amashyi menshi n’imfungwa ngenzi ze ubwo yasubiraga muri gereza nyuma yo gutsinda urubanza rukomeye yaregwagamo ibyaha bikomeye byo gucuruza abantu no gukora ibikorwa by’iterabwoba. Diddy w’imyaka 55, yahanaguweho ibyo byaha byari gutuma agakatirwa burundu, gusa aracyari muri gereza kubera ikindi cyaha cyoroheje cyo kwishora mu busambanyi, aho ashobora gukatirwa […]

Ingabire Victoire agiye kugezwa imbere y’urukiko

c409b040fbb442b3b7c029a75a8aa4ab 18

Victoire Ingabire Umuhoza ategerejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro ku wa Kabiri, tariki ya 8 Nyakanga 2025, mu rubanza rwo gusaba gufungurwa by’agateganyo, nk’uko byemejwe n’ikinyamakuru The New Times. Urubanza ruje nyuma y’itabwa muri yombi rye ku wa 19 Kamena 2025, akurikiranyweho gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma n’ibihuha bigamije guha isura mbi u Rwanda ku rwego mpuzamahanga. […]

Uko Meddy yakuriye kwa Gitwaza bikamugira udasanzwe

meddy yashimishije benshi mu ndirimbo ze zo kuramya imana nk umurongo mushya yafashe mu muziki we 15940

Umuhanzi Ngabo MĂ©dard Jobert uzwi nka Meddy, yataramiye Abanyarwanda n’inshuti zabo mu gitaramo cy’amasengesho cyasoje igikorwa cya Rwanda Convention USA, cyabereye i Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Aya masengesho yabaye ku Cyumweru, tariki ya 6 Nyakanga 2025, yiswe USRCA Prayer Breakfast. Yatangijwe n’itsinda ryo kuramya no guhimbaza ryaririmbye ibihangano byafashije benshi kwinjira mu […]

Munyakazi Sadate ntakozwa ibyo muri Rayon Sports

Screenshot 2024 02 19 122213

Umuherwe Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports yatangaje ko adafite gahunda n’imwe yo kongera kugaruka ku buyobozi bw’iyi kipe. Mu magambo ye bwite, Sadate yavuze ko ibyo yakagombye gukora yabikoze, bityo ko ubu asigaye ari umufana ushyigikira abari ku buyobozi. Ibi yabitangarije i Nyamirambo ku itariki ya 6 Nyakanga 2025, ubwo yari amaze guhabwa impamyabushobozi […]

Cristiano Ronaldo yanze kujya gushyingura Diogo Jota

GOAL Multiple Images 2 Split Facebook 65.jpg

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo, ntiyitabiriye umuhango wo gushyingura mugenzi we Diogo Jota n’umuvandimwe we AndrĂ© Silva, bapfiriye mu mpanuka. Ibi byabaye ku wa Gatandatu mu mujyi wa Gondomar, aho Jota yavukiye. Nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru A Bola cyo muri Portugal, Ronaldo yahisemo kwifatanya n’umuryango mu buryo bwihariye, abahamagarira ku giti cyabo, by’umwihariko umugore […]

Museveni yongeye gutorerwa kuyobora NRM

1751736304933

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutorerwa kuyobora ishyaka NRM (National Resistance Movement) ku mwanya wa Chairman, mu gihe yitegura kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora ya 2026. Mu ijambo yavugiye i Kampala nyuma yo kwemezwa nk’umukandida, Museveni yatangaje ibintu bitandatu azibandaho muri manda nshya y’imyaka itandatu: amahoro, iterambere, ubukire, akazi, serivisi n’isoko. Yavuze […]

USA: Abahanzi 3 b’abanyarwanda baburiwe irengero mu birori

InShot 20250705 175841056

Mu birori byiswe Hobe Night Meet & Greet byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abahanzi The Ben, Kevin Kade na Producer Element ntibagaragaye nk’uko byari byitezwe. Ibi birori byari byateguwe na AfroHub Music ku bufatanye na Afrique Events, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wa Kwibohora ku itariki ya 4 Nyakanga 2025. Abari bitabiriye […]

Ishimwe Vestine yasabwe aranakobwa

Screenshot 20250705 124858 1

Ishimwe Vestine, umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bagize itsinda Vestine & Dorcas, yasabwe aranakobwa n’umukunzi we Ouedraoso Idrissa, mu birori byabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo. Uyu muhango wabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Nyakanga 2025, witabirwa n’abagize imiryango yombi, inshuti za hafi, abakunzi babo […]

Perezida Ruto yirukanye umuyobozi wagurishaga ibice by’imibiri y’abantu

f71f6fb2f7a17cca

Perezida wa Kenya, William Ruto, yirukanye Dr. Swarup Mishra ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya Kenya BioVax Institute, nyuma y’uko ashinjwe kugira uruhare mu bikorwa byo kugurisha ibice by’imibiri y’abantu mu bitaro bye bya Mediheal. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu, tariki ya 4 Nyakanga 2025, binyuze mu itangazo rya leta ryashyizweho umukono na Perezida […]

Weasel Manizo wapfuburaga abakecuru

Weasel Man

Umuhanzi wo muri Uganda, Weasel Manizo yatangaje ko mu rugendo rwe rwo kuzamuka mu muziki yigeze gukundana n’abagore bakuze “sugar mummies”, ariko ubu akaba yarabiretse burundu. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Weasel yavuze ko ibyo byamufashije mu bihe bikomeye by’ubuzima bwe bw’umuziki, ariko ko yabiretse kandi ubu yibereye mu rukundo n’umugore we Sandra Teta. Yagize ati: […]

Umusirikare wa Amerika yapfuye nyuma yo kwitereshaho amabuno

newspress collage 0idny0dm6 1751606379504 1

Wildelis Rosa, umusirikare wungirije wo mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerik, akaba n’umupolisi wa New Orleans, yapfuye nyuma y’iminsi mike yibagishije akitereshaho amabuno bizwi cyane nka Brazilian Butt Lift (BBL) muri Miami. Rosa w’imyaka 26, yari aherutse kuva mu butumwa bw’akazi muri Kuwait. Yabwiye umuryango we ko agiye kwizihiza isabukuru ye, nyamara ajya […]

Bruce Melodie, Knowless na Tom Close ntibitabiriye igitaramo cya Mariya Yohana

InShot 20250704 103114868

Mu gitaramo cy’umuhanzikazi w’inararibonye Mariya Yohana cyiswe “Inkera y’Abahizi! Komeza Imihigo”, cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 3 Nyakanga 2025 muri Intare Conference Arena, hagaragaye ko abahanzi bakunzwe nka Bruce Melodie, Knowless na Tom Close batitabiriye nk’uko byari byitezwe. Nyuma y’igitaramo, Mariya Yohana yabwiye itangazamakuru ko impamvu yatumye abo bahanzi bataboneka zishingiye […]

Umutoza yapfiriye mu mwiherero wa Bayern Munich

bayern munich

Umutoza ukomoka muri Afghanistan witwaga Ashgar yapfiriye mu mwiherero w’abana bato wateguwe n’ikipe ya Bayern Munich mu mujyi wa Riesa, mu ntara ya Saxony, mu Budage. Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo mu Budage, Ashgar yaguyemo ubwo yari mu kiruhuko cy’amafunguro ku kibuga cya Feralpi Arena. Nubwo ubutabazi bwageze aho byihuse, yaje kwitaba Imana agejejwe kwa muganga. […]

Yakatiwe umwaka muri gereza azira kogera mu muhanda

SSCF 1751568134

Umusore ukunzwe ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kuri TikTok, witwa Umar Hashim uzwi nka Tsulange, yakatiwe n’urukiko rwo muri Leta ya Kano mu majyaruguru ya Nijeriya, igifungo cy’umwaka umwe azira kogera mu muhanda yambaye umwenda w’imbere w’abagore. Urukiko rwa Magistrate ruherereye i Gyadi-Gyadi, ruyobowe na Hadiza Muhammad Hassan rwamuhamije icyaha cy’imyitwarire idahwitse mu ruhame. Tsulange […]

Uburusiya bwarashe Kyiv nyuma y’ikiganiro cya Trump na Putin

2025 07 04t025625z 517685227 rc2effaccf2l rtrmadp 3 ukraine crisis attack kyiv

Igisirikare cy’Uburusiya cyagabye ibitero bya drone n’ibisasu bya misile ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv mu ijoro rishyira tariki ya 4 Nyakanga 2025, byibasira ahantu henshi harimo n’uduce dutuwe n’abaturage. Nk’uko bitangazwa na Tymur Tkachenko uyobora ubuyobozi bwa gisirikare muri Kyiv, abantu umunani bakomerekeye muri ibi bitero byamaze amasaha menshi kandi byangije inzu ndende mu […]

Abanyeshuri ibihumbi bikoreye umurambo wa mugenzi wabo bawujyana kuri polisi

20250703 141220

Mu gace ka Homa Bay muri Kenya, abaturage barenga ibihumbi bibiri, barimo abanyeshuri ba Mawego National Polytechnic, bakoze imyigaragambyo idasanzwe ubwo bikoreraga umurambo w’umusore wabo, Albert Ojwang, bawujyana kuri sitasiyo ya polisi. Albert Ojwang wabaye umunyamakuru wikorera ku giti cye (blogger), yapfiriye mu maboko ya polisi ku wa 7 Kamena 2025. Nk’uko raporo y’abaganga yabitangaje, […]

Umuhanzikazi Babo arifuza kujya mu Gisirikare cy’u Rwanda

1751533389723babo3

Umuhanzikazi Teta Barbara uzwi nka Babo yatangaje ko afite inzozi zo kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda aho yabivuze ubwo yari mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, ririmo kubera i Nkumba mu Karere ka Burera. Babo ari mu rubyiruko 438 ruri guhugurwa ku ndangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, amateka y’igihugu, n’inshingano z’umuturage ubereye u Rwanda. Mu […]

Abasirikare 5 ba UPDF bapfiriye mu mpanuka y’indege

11 og image

Abasirikare batanu b’ingabo za Uganda (UPDF) bapfiriye mu mpanuka y’indege ya gisirikare yabereye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Mogadishu muri Somaliya ku wa Gatatu, tariki ya 2 Nyakanga 2025. Iyi ndege yari mu bikorwa by’ubutumwa bwa AUSSOM (African Union Support and Stabilization Mission in Somalia), ubwo yageragezaga kumanuka ku kibuga cy’indege, ikaza gukora impanuka ikomeye, […]

Maj. Gen (Rtd) Mugisha yihuje na Besigye mu kuvana Museveni ku butegetsi 

20250703 074042

Amashyaka abiri akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Alliance for National Transformation (ANT) iyobowe na Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu, na People’s Front for Freedom (PFF) ya Dr. Kizza Besigye, yasinye amasezerano y’ubufatanye agamije guharanira impinduka za politiki no kuvana Museveni ku butegetsi mu matora yo mu 2026. Uyu mwanzuro watangajwe i Kampala ku wa […]

Umu-Rayon Sports wafunzwe azira gutera amabuye kuri Sitade yiniguye

hq720 1

Umufana wa Rayon Sports witwa Musabyimana Emmanuel uzwi nka Gacuma yavuze ko yafunzwe igihe gito azira ibirego byo gutera amabuye kuri Sitade ya Bugesera, nyamara atari yigeze abigiramo uruhare. Mu kiganiro yagiranye na shene ya YouTube Kigali Active Media, Gacuma yavuze ko we n’abandi bafana barimo Fredinand na Wanyanza bafunzwe mu buryo butunguranye nyuma y’imvururu […]

Hamuritswe AI ipima indwara kurusha abaganga

IMG 20250703 WA0010

Sosiyete ya Microsoft yamuritse ikoranabuhanga rishya rya Artificial Intelligence ryitwa MAI-DxO (Microsoft AI Diagnostic Orchestrator), rikaba ryerekanye ubushobozi budasanzwe mu gupima indwara kurusha abaganga b’inzobere. Mu igerageza ryakorewe ku bibazo bivuye mu kinyamakuru cy’ubuvuzi New England Journal of Medicine, iyi AI yatanze ibisubizo by’ukuri ku kigero cya 85.5%, mu gihe abaganga 21 baturutse mu Bwongereza […]

Baltasar waryamanye n’abagore barenga 400 yasabiwe gufungwa imyaka 18

110953 screenshot 20250701 153805 chrome

Urukiko Rukuru rwa Malabo rwatangiye kuburanisha urubanza rurimo gukurikirwa cyane n’abaturage n’abasesenguzi. Uregwa ni Baltasar Ebang Engonga, uzwi ku izina rya Bello, umwana wa Baltasar Engonga Edjo’o, Perezida w’akanama gashinzwe ubukungu muri Afurika yo hagati (CEMAC), akaba na mwene wabo wa Perezida Teodoro Obiang Nguema. Baltasar wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iperereza ku […]

Indege y’Igisirikare cya Uganda yakoreye impanuka muri Somaliya

101373e0 5717 11f0 b909 8945bce4d179.jpg 1

Indege y’igisirikare cya Uganda yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Nyakanga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Aden Adde, giherereye mu murwa mukuru wa Somaliya, Mogadishu. Ubuyobozi bwa gisivile mu bijyanye n’indege bwatangaje ko indege yari itwaye abantu umunani, ikaba yari ivuye ku kigo cya gisirikare cya Balidogle, mu ntara ya Lower Shabelle. […]

Zari yishongoye ku mugabo we ko atabura abamutereta

IMG 2646

Umunyamideli w’icyamamare Zari Hassan yongeye kugaragaza icyizere afite ku bwiza bwe n’ubushobozi bwo gukundwa, avuga ko n’ubwo akundana bya hafi n’umugabo we Shakib Lutaaya, atabura abamutereta mu gihe baba barandukanye. Mu kiganiro aherutse gutanga, Zari yavuze ko Shakib amufite “mu mugozi w’urukundo”, ariko ko n’iyo byarangira, atari ntiyabura abandi bagabo bamukunda kubera ubwiza bwe. Ati: […]

Abacamanza bananiwe kwemeza P Diddy icyaha

diddy legal

Abacamanza mu rubanza rwa Sean “Diddy” Combs baracyakomeje kujya impaka nyuma yo gutangaza ko bananiwe kumvikana ku cyaha gikomeye cy’urusobe rw’ibyaha, gishobora gutuma afungwa burundu. I New York, urukiko rukuru rwabwiwe ko inteko y’abacamanza 12 yageze ku myanzuro kuri bine mu byaha bitanu Diddy akurikiranyweho, ariko bananirwa kumvikana ku cya gatanu, aricyo gikomeye kurusha ibindi. […]

Zahabu y’amaraso irimo guteza umutekano muke muri Afurika

de77a360 568f 11f0 b5c5 012c5796682d.jpg

Mu gihe igiciro cya zahabu cyazamutse cyane mu 2025, ibi byagize ingaruka zikomeye mu karere ka Sahel k’u Burengerazuba bwa Afurika, ahari intambara, imidugararo n’ibura ry’umutekano. Ibihugu bya Burkina Faso, Mali na Niger bifite zahabu nyinshi ituruka cyane mu bucukuzi butemewe kandi butagenzurwa, bizwi nk’ubucukuzi bw’abaturage. Ubu bucukuzi bwinjiza miliyari nyinshi z’amadolari, ariko ni amafaranga […]

Umunyamerika uhetse APR BBC yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

20250702 095434

Umunyamerika Obadiah Arthur Noel, umukinnyi w’ikipe ya APR BBC, yamaze guhabwa ubwenegihugu nyarwanda, bitanga icyizere ko ashobora kwifashishwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Basketball. Obadiah, ufite imyaka 26 yagaragaje ishema afite mu kuba Umunyarwanda, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga aho yashyizeho ifoto y’indangamuntu ye nshya y’u Rwanda. Ubuyobozi bwa APR BBC buvuga ko ari […]

Lisansi na mazutu byazamuwe

photos 7 77 56826 3

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki ya 2 Nyakanga 2025, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (06:00), ibiciro ntarengwa by’ibikomoka kuri peteroli bizamuwe. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RURA, Bwana RUGIGANA Evariste, igiciro cya lisansi ntikigomba kurenza Amafaranga […]

Ukraine yagabye igitero na drone ku ruganda rw’igisirikare cy’Uburusiya

a3002dc0 566c 11f0 9074 8989d8c97d87.png

Ukraine yagabye igitero gikomeye cya drone ku ruganda rw’igisirikare mu mujyi wa Izhevsk, mu Burusiya hagati ahari intera irenga 1,000 km uvuye ku mupaka wa Ukraine. Uru ruganda ruzwi nka Kupol Electromechanical Plant rukora ibikoresho birimo Tor missiles, radars, n’imbunda zirinda indege. Igitero cyahitanye abantu batatu, abandi 45 barakomereka, harimo batandatu barembye, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi […]

RAYON SPORTS yatangiye imyitozo

1751388657779

Ikipe ya Rayon Sports, yatangiye imyitozo ku mugaragaro kuri uyu wa kabiri mu kibuga cyayo giherereye mu Nzove, iyobowe n’umutoza mushya Afhamia Lotfi. Batangiye iyi myitozo mu gihe barimo kwitegura imikino ya CAF Confederation Cup, ndetse n’umwaka mushya w’imikino wa 2025/2026 uzatangira mu minsi iri imbere. Umukinnyi Prince Musoni uherutse gukina mu Burundi, ari mu […]

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yabazwe amaso nyuma yo kugenda ahuma gake gake

maxresdefault 2

Umunyamakuru wamenyekanye cyane mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, Angeli Mutabaruka, yongeye kugaruka mu kazi nyuma y’igihe yari amaze atumvikana kuri radiyo bitewe n’indwara y’amaso yamuzahaje yaje kumenyekana ko ari Cataracte. Mu kiganiro cye cya mbere atanze nyuma yo kuva mu rugendo rukomeye rwo kuvurwa, Mutabaruka yasangije abamukurikira inkuru itoroshye y’uko indwara yatangiye gahoro gahoro, ariko […]

Minisitiri w’Intebe ukiri muto yahagaritswe azira telefone

7b5933d0 563e 11f0 9f23 c9631faaebd4.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Thailand, Paetongtarn Shinawatra w’imyaka 38 yahagaritswe by’agateganyo n’Urukiko Rushinzwe Itegeko Nshinga nyuma yo kumvikana mu kiganiro cya telefone cyasakaye ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuganaga n’uwahoze ayobora Cambodia, Hun Sen, akamwita “sekuru” akanenga umusirikare mukuru w’igihugu cye. Icyo kiganiro cyateje impaka ndende mu gihugu, bituma abadepite n’abaturage bamwe batangira ubusabe bwo kumukuraho, bavuga […]

Leta y’u Rwanda yakajije ingamba zo gutunga imbunda

Screenshot 20250701 095055 1

Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyizeho amabwiriza mashya agenga ikoreshwa, itumizwa, icuruzwa n’ububiko bw’imbunda zidahitana abantu hamwe n’ibyazo bikenerwa, ishyiraho uburyo bukakaye bwo kuzigenzura. Aya mabwiriza yashyizweho hashingiwe ku Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryo mu 2022, akaba ateganya ko umuntu ku giti cye cyangwa ikigo cy’ubucuruzi bifuza kugira aho bihurira n’izi mbunda, […]

Perezida Museveni yasengewe na Benny Hinn

Benni Hinn kayanja

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yakiriye umuvugabutumwa mpuzamahanga w’Umunyamerika, Pasiteri Benny Hinn mu ngoro ya perezida i Nakasero, mu biganiro byaranzwe no gusenga no kungurana ibitekerezo ku ruhare rw’ubukirisitu mu iterambere ry’Afurika. Museveni yavuze ko ubutumwa bwa Yesu ku rukundo no kuzuka bwahaye agaciro gakomeye umuco wa Afurika. Yagize ati: “Abantu bacu basanzwe bazi […]

Rubengera: Abatinganyi bamerewe nabi na Sida

hq720 1

Mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, hari impungenge zikomeye z’ubwandu bushya bwa virusi itera Sida, cyane cyane mu byiciro by’abaryamana bahuje ibitsina n’abakora uburaya. Uburyo iyi virusi ikomeje gukwirakwira byatumye hatangizwa ubukangurambaga bwo kwirinda, buherekezwa no gutanga udukingirizo n’imiti irinda kwandura. Imibare ya 2024 y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yerekanye ko muri 37 bapimwe […]

Icyo UN ivuga ku Rwanda na RDC

649549 0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, AntĂłnio Guterres, yashimye amasezerano mashya y’amahoro yasinywe hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, abona ari intambwe ikomeye iganisha ku ituze n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari. Aya masezerano yasinywe ku wa Gatanu, tariki ya 27 Kamena 2025, hagati ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, na mugenzi […]

Gatsibo: Ubukwe bw’umusore w’imyaka 21 n’inkumi ya 35 bwatangaje benshi

Screenshot 20250630 132103 1

Mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo, habereye ubukwe butari busanzwe ku wa 28 Kamena 2025, ubwo Nkundimana Gerard, umusore w’imyaka 21, yashyingiranwaga na Uwimana Donatha, umugore w’imyaka 35. Ni ibirori byabereye mu kibuga cy’itorero rya ADEPR Ngarama, byitabirwa n’abantu benshi, barimo abo mu muryango, inshuti, abayoboke b’amadini ndetse n’itangazamakuru. Ababashije kwitabira ubu bukwe […]

Umugore washyizwemo nyababyeyi nshya yabyaye

image 1751225912

Nyuma y’urugendo rurerure rw’imyaka 10, umugore washyizwemo nyababyeyi nshya muri 2024 yibarutse umwana w’umukobwa, mu buryo benshi bafata nk’igitangaza cy’ubuzima. Uyu mugore yatangiye urugendo rwe mu 2015 agana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushaka ubuvuzi ku kibazo cy’uko atari afite nyababyeyi. Nyuma y’imyaka myinshi y’amasengesho, igeragezwa ry’imiti, yaje kwemererwa gukorerwa kubagwa kwihariye aho yashyizwemo […]

Intanga z’abagabo bakuze zongera ibyago byo gukuramo inda

98561901 14859221 Research suggests male infertility is a factor in about half of a 63 1751240476210

Ubushakashatsi bwakorewe mu bigo bya IVF bitandatu byo muri Esipanye no mu Butaliyani bwerekanye ko abagabo bafite hejuru y’imyaka 45 bashobora kugira uruhare rukomeye mu kubura urubyaro, n’iyo hakoreshwa intanga z’abagore bakiri bato. Ibi byagaragajwe mu isesengura ryakozwe kuri cycles 1,712 zo gutera intanga hagati ya 2019 na 2023, aho abagore bakoreshejwe bari bafite impuzandengo […]

Kapiteni wa APR FC agiye gutangwaho miliyoni 430 Frw

57279

Ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania iri mu biganiro bikomeye na APR FC ishaka kugura kapiteni w’iyi kipe, Claude Niyomugabo ndetse na Jean Bosco Ruboneka, mbere y’uko isoko ry’igura n’igurisha risozwa. Azam irashaka kwiyubaka ngo ihangane na Simba SC na Yanga SC haba muri shampiyona ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Niyomugabo yagiye akurikiranwa na […]

APR FC na Rayon Sports zatewe ishoti

InShot 20250628 234050062

Amakipe abiri akomeye mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, yatewe ishoti na Berekum Chelsea yo muri Ghana mu rugamba rwo gushaka rutahizamu Stephen Amankona, umaze imyaka ibiri yikurikiranya atsinda ibitego byinshi muri shampiyona ya Ghana. Rayon Sports yari yatanze $70,000 naho Ismaily yo mu Misiri itanga $65,000, ariko aya mafaranga yose yaranzwe. Berekum Chelsea […]

Indwara yo kuzinukwa gutera akabariro yakanze benshi

99795805 0 image a 2 1751040473900

Abashakashatsi bo mu Bwongereza baravuga ko hari bamwe bashobora kuzinukwa gusambana, aho bibaho bitewe n’udukoko cyangwa poroteyine tuboneka mu rugimbu rw’umugabo, ibi bikaba bishobora gutera ibimenyetso bikomeye birimo kuribwa, kubyimba imyanya ndangagitsina, cyangwa no guhagarara ku mwuka. Iyi ndwara yitwa “Seminal Plasma Hypersensitivity”, yemejwe bwa mbere mu 1967, ariko kuri ubu abahanga nka Dr Michael […]

Urubanza rwa P Diddy rwasojwe

00229ecf 500

Urubanza rwa Sean “Diddy” Combs, icyamamare mu njyana ya hip-hop, ruri kugera ku musozo nyuma y’ibyumweru birindwi rutangiye, aho ashinjwa ibyaha bikomeye birimo gucuruza abantu no kuyobora ihuriro ry’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi. Mu gusoza iburanisha, umwunganizi we mu mategeko, Marc Agnifilo yavuze ko leta ya Amerika yananiwe kugaragaza ibimenyetso bifatika, ashimangira ko Diddy yagabweho ibitero […]

U Rwanda rwikomye MONUSCO muri UN

20250628 060927

Mu nama yihariye y’Inama y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe umutekano ku isi (UN Security Council), Ambasaderi w’u Rwanda, Martin Ngoga, yatangaje ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bamaze gushyira umukono ku masezerano y’amahoro, babifashijwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ambasaderi Ngoga yashimiye Amerika na Qatar ku ruhare rwabo rukomeye mu gutuma impande […]

Jeff Bezos yarongoreye mu Butaliyani imbere y’abarimo Rihanna na Kim Kardashian

99804775 0 image a 103 1751061234527

Umushoramari w’Umunyamerika akaba na rwiyemezamirimo uzwi cyane, Jeff Bezos yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Lauren Sánchez mu birori byabereye mu mujyi wa Venice, mu Butaliyani. Ibi birori byabaye ku itariki ya 27 Kamena 2025 aho ari ibirori byitabiriwe n’icyamamare byinshi nubwo byari byaragizwe ubwiru kugeza ku munsi nyir’izina. Uyu muhango wahurije hamwe ibyamamare byinshi barimo […]

Umukinnyi wa Team Rwanda yatorokeye mu Bufaransa

ghvuwssxwaabkra 80cfd 2 c189f

Biravugwa ko Munyaneza Didier, Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’Amagare Team Rwanda, yaba yaratorokeye mu Bufaransa ubwo we n’abandi bakinnyi bari basoje gahunda y’imyitozo n’amasiganwa yaberaga muri icyo gihugu. Munyaneza wari kumwe n’abandi bakinnyi umunani, barimo Mugisha MoĂŻse na Manizabayo Jean de Dieu, bamaze ibyumweru bibiri mu Bufaransa bitabiriye amasiganwa arimo CritĂ©rium de Vire, GP Chevreville n’andi. […]

Israel yifuzaga kwica Ayatollah wa Iran

IMG 3640 1751033425

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz yatangaje ko igihugu cye cyari cyiteguye kwica Umuyobozi Mukuru wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei mu gihe cy’intambara iheruka hagati y’impande zombi, iyo baba babonye amahirwe.   Mu kiganiro yahaye radiyo ya Leta ya Israel, Kan, Katz yavuze ati: “Iyo aza kuba mu mu mboni zacu, tuba twaramwishe.” Yongeyeho ko […]

Kera kabaye Iran yemeje ko Amerika yangije bikomeye ibigo bya nikeleyeri

f4562980 534d 11f0 baab 99982f1f8ddc.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yavuze ko ibigo bya nikleyeri byangiritse cyane mu bitero bya Amerika na Israel.   Ibi bije bihabanye n’ibyavuzwe n’umuyobozi wa Iran, Ayatollah Khamenei wavuze ko nta ngaruka zabayeho. Araghchi yatangaje ko nta biganiro Iran izongera kugirana na Amerika, kandi ko Leta iri gusuzuma uko yareba inyungu z’abaturage mu […]

Yezu ntiyanduza kaburimbo: Padiri Kayisabe abwira Leta yafunze insengero

20250627 094407

Padiri Vidaste Kayisabe, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, yagaragaje impungenge z’Abepiskopi ku byemezo bya Leta bimaze iminsi bifatwa ku miryango ishingiye ku myemerere, harimo no gufunga insengero zitandukanye. Mu butumwa bwatangajwe na Kinyamateka, Padiri Kayisabe yavuze ko hari kiliziya za paruwasi 22 zafunzwe mu bihe bishize ariko zimaze kuzuza ibisabwa ngo zongere gukora, […]

Abanyeshuri bari butahe batabonye Indangamanota zabo

abanyeshuri 48 750x375 1

Ku wa Gatanu, abanyeshuri mu mashuri amwe n’amwe mu Rwanda barataha batabonye indangamanota zabo, nyuma yo gusoza igihembwe cy’amasomo. Iki kibazo cyatewe n’ibibazo bya tekinike biri muri sisitemu ya CAMIS, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA). Mu itangazo ryashyizwe hanze na NESA, iki kigo cyasobanuye ko hari amashuri atabashije gufata indangamanota z’abanyeshuri […]

U Rwanda ruri mu Bihugu 50 bikennye ku Isi mu 2025

20250626 1106 Top 50 Poorest Economies simple compose 01jynbq22neq89ckfpby8thqqf

U Rwanda rwagaragaye ku rutonde rw’ibihugu 50 bikennye kurusha ibindi ku isi, hashingiwe ku musaruro mbumbe w’igihugu ugabanyije ku baturage (GDP per capita), nk’uko byatangajwe mu mibare y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yasohowe na Visual Capitalist ku wa 24 Kamena 2025. Uru rutonde rusobanura neza uko ubukungu bw’ibihugu buteye, ariko cyane cyane bigaragaza uko ubukungu bufatwa […]

Paul Rutikanga yasezeranye

kane9708 80438

Umunyamakuru wa Televiziyo y’u Rwanda, Paul Rutikanga, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Uwera Caroline kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Kamena 2025, mu muhango wabereye mu Murenge wa Remera, Umujyi wa Kigali. Uyu mubano wemejwe n’amategeko utegura indi mihango y’ubukwe izaba ku wa 29 Kanama 2025. Rutikanga azwi cyane mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, […]

Imfungwa zatorotse gereza mu Bwongereza

75305345 14849077 Members of the gang captured on CCTV during a burglary a 21 1750923917253

Polisi yo mu Bwongereza iri mu bikorwa bikomeye byo guhiga abagabo batatu bacitse muri gereza ya Springhill Open Prison iri hafi y’ahitwa Aylesbury, Buckinghamshire. Aba bagabo bakekwaho ubujura bukomeye mu nzu zirenga 50, aho bibye amafaranga n’ibindi bintu bifite agaciro kagera ku bihumbi 300 by’ama-pound (asaga miliyari 450 Frw). Abacitse ni Jason MacDonagh, w’imyaka 34, […]