Kora ibi uce ukubiri no kurangiza vuba

ikibazo cyo kurangiza vuba

Benshi biribaza bati ‘ese kurangiza vuba ni iki, kandi kuki bigirwa ibanga riremereye mu ngo nyinshi? Ni ikibazo gisa n’icyoroshye, ariko kiremereye. Kurangiza vuba, nk’uko bivugwa n’inzobere mu buzima bw’imyororokere, ni igihe umugabo asohorera intanga ze mbere y’uko imibonano mpuzabitsina itangira neza cyangwa se hatarashira iminota ibiri mu gikorwa. Ni ikibazo gitungurana, kandi gikomeje kuba […]

Asinah wakundanye na Riderman yakubiswe n’Umunya-Eritrea

InShot 20250602 225904779

Umwe mu bakobwa bafite izina rikomeye mu myidagaduro y’u Rwanda, Asinah yatanze ikirego arega umugabo w’Umunya-Eritrea amushinja ko yamukubise urushyi nyuma y’uko bananiranywe mu gihe bari bavuye gusangira. Amakuru atangazwa n’inshuti za hafi za Asinah yahamije ko yamaze kwegera Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), aho yasabye ko hatangizwa iperereza ku gikorwa cy’ihohoterwa cyakorewe kuri we. […]

APR FC ntikozwa ibyo kuzana kapiteni wa Rayon Sports

arton8156 3408091721988924

Ubuyobozi bwa APR FC bwasobanuye ko nta gahunda namba bufite yo kugura Muhire Kevin, wahoze ari kapiteni wa Rayon Sports, buvuga ko ibyo bivugwa n’abantu badabafite amakuru. Hari hashize iminsi hibazwa niba uyu mukinnyi ukina hagati ariko utari ku rutonde rw’amakipe uyu munsi nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sports, ashobora kwerekeza muri […]

Umuzamu uvugwa muri Rayon Sports ntiramuganiriza

field 15508 25011119203993281 a0dc2

Umunyezamu w’Umunya-Uganda, Ssebwato Nicholas yavuze ko kugeza ubu atarahitamo ikipe azakinira umwaka utaha w’imikino, nubwo yifuzwa cyane na Rayon Sports ndetse na Police FC. Ssebwato aherutse gutorwa nk’umunyezamu mwiza wa Shampiyona y’u Rwanda ya 2024/25, kubera ubwitange n’ubuhanga yagaragaje muri Mukura Victory Sports, ikipe yafashije kurangiza ku mwanya wa gatanu. Mu mikino 25 yakinnye, 13 […]

Imanishimwe Djabel yakatiwe imyaka 5 n’urukiko muri Algeria

Djabel Manishimwe with Mashami

Mu gihe Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, ikomeje imyitozo muri Algeria yitegura imikino ibiri ya gicuti, abakinnyi babiri barimo Imanishimwe Djabel na Rafael York, ntibari kumwe na bagenzi babo kubera impamvu zitandukanye. Imanishimwe Djabel, wakiniye USM Kancela yo muri Algeria mu bihe byashize, yategetswe n’inkiko za Algeria kutazinjira mu gihugu mu gihe cy’imyaka itanu. Ibyo […]

Inzuki miliyoni 14 zatorotse aho zari zifungiye

Bees.jpg1

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, inzuki zirenga miliyoni 14 zatorotse ubwo imodoka nini yari itwaye ibihumbi by’udusanduku tw’inzuki yahirimaga mu muhanda, hafi y’umupaka wa Canada. Iyi modoka yari itwaye nibura ibiro 31,750 by’inzuki (ni ukuvuga hafi toni 32 z’inzuki nzima ziri mu mizinga), ikaba yaguye ku muhanda wo muri Whatcom County. Ubuyobozi bw’akarere, binyuze […]

Diamond Platnumz yarongoye Zuchu

Zuchu wedding Diamond

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz yarongy Zuchu, mu muhango w’ubukwe bwabaye mu ibanga rikomeye, wubahirije imigenzo ya Isilamu kandi witabiriwe n’abakuru b’imiryango. Kuwa 1 Kamena 2025, Diamond yashyize kuri Instagram amafoto y’ubukwe bwabo, bambaye imyambaro y’umweru ya kisilamu. Amashusho agaragaza ko hari n’abakuru b’imiryango bitabiriye iyo mihango yihariye. Nubwo atigeze yandika amagambo asa n’emeza […]

Kate Bashabe yavuze ku byo gushyingiranwa n’imbwa

1 1184

Umunyamideli w’Umunyarwandakazi, Kate Bashabe, yamaganye yivuye inyuma ibihuha bimuvugwaho ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bamushinja gushaka kurushinga n’imbwa ye. Ibi yabivuze nyuma yo kwifuriza imbwa ye isabukuru y’imyaka icyenda, ibintu bamwe bafashe nabi bagatangira gukwirakwiza amagambo amutuka. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Bashabe yagaragaje ko yatewe agahinda n’abamushinja ibintu bidafite ishingiro. Ati: “Reka mbabaze […]

Umunya-Thailand yagizwe Miss w’Isi wa 2025

5oofglt4 miss world

Mu muhango wabereye i Hyderabad mu Buhinde, Opal Suchata uhagarariye igihugu cya Thailand ni we wambitswe ikamba rya Miss World 2025, asimbuye Krystyna Pyszkova wo muri Repubulika ya Tchèque. Iri rushanwa rikomeye ry’ubwiza n’ubushobozi ryabaye ku nshuro ya 72, rikaba ryasize Opal yigaragaje nk’umukobwa w’indashyikirwa mu bwiza, ubuhanga no gusobanukirwa agaciro k’ubugwaneza. Yambaye ikanzu y’umweru […]

Rwanda: Yasabye ko hashyirwaho amezi 6 y’igerageza mbere yo gushyingirwa

arton143302 bd145

Bikorimana Jean Bosco, utuye mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Kigembe, yandikiye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, amusaba ko hashyirwaho igihe cy’igerageza cy’amezi atandatu ku bantu bose bifuza kurushinga. Mu ibaruwa ye yanditswe ku buryo butomoye kandi bwuje isesengura, Bikorimana asaba ko hajyaho ingingo nshya mu mategeko y’u Rwanda, isaba abitegura kurushinga kubanza kubana […]

Perezida Ndayishimiye yannyeze umuhanzi wihaye ibyo kwinjira muri politike

InShot 20250531 080636949

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2025, yavuze amagambo atavuzweho rumwe agenewe umuhanzi Mkombozi Lucifer, uherutse kwiyamamariza kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, nubwo ngo azi neza ko amahirwe yo gutorwa ari make. Ibi yabivugiye i Bujumbura, aho yifatanyije n’urubyiruko mu bikorwa byo gusana ikibuga cy’imikino cya Campus Kamenge. […]

Rutahizamu wa APR FC yahembwe imodoka nshya

174866616410543a7eaa6eed64d41acc7df38f3eeb6f0 502999067 17847059574484705 3627736920994996518 n

Rutahizamu wa APR FC, Denis Omedi yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri shampiyona ya Uganda nyuma yo kwitwara neza akinira Kitara FC mbere yo kwerekeza mu Rwanda. Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda, FUFA ryamuhaye imodoka nshya n’amafaranga miliyoni imwe y’amashilingi ya Uganda. Uretse kuba umukinnyi w’umwaka, Omedi yatsinze igitego cyatoranyijwe nk’icyiza kurusha ibindi muri shampiyona ndetse […]

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zigiye gutana mu mitwe

78341

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 31 Gicurasi 2025, ikipe ya RDF (Ingabo z’u Rwanda) ya Diviziyo ya Gatanu y’Ibikorwa by’Ingabo ku butaka, irakina umukino wa gicuti mu mupira w’amaguru n’ingabo za UPDF (Ingabo za Uganda) za Diviziyo ya Kabiri, kuri sitade ya Kyamate, mu mujyi wa Ntungamo, mu burasirazuba bwa Uganda. Uyu mukino ni […]

APR FC yongeye gutsinda Rayon Sports icy’umutwe – Amafoto

20250530 230726

Mu birori bikomeye byabereye muri Kigali Convention Center ku wa Gatanu, hatanzwe ibihembo ku bitwaye neza muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025, byagaragayemo amazina akomeye n’ibikorwa by’indashyikirwa. Myugariro Niyigena Clement wa APR FC ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka, aho yagaragaye mu mikino 27 agatsinda ibitego 2, anafasha ikipe ye kwegukana igikombe cya shampiyona. Umutoza we, […]

Rutahizamu wa APR FC agiye gutangwaho miliyoni 150 Frw

InShot 20250530 162319543

Ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania iri mu biganiro byo gusinyisha rutahizamu Mamadou Sy ukinira APR FC yo mu Rwanda. Uyu mukinnyi w’imyaka 24 ukomoka muri Mauritania amaze gukina imikino 6 muri shampiyona y’u Rwanda muri uyu mwaka, akaba amaze gutsinda ibitego 4. Amakuru dukesha Africa Transfer Market aravuga ko Azam FC yamaze kugaragaza […]

Rayon Sports yasinyishije umutoza mushya shampiyona irangiye

maxresdefault 1 1

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko Afhamia Lotfi, wahoze atoza Mukura Victory Sports, ari we mutoza mushya w’iyi kipe yambara ubururu n’umweru. Mu itangazo ryashyizwe hanze na Perezida wa Rayon Sports, ThaddĂ©e Twagirayezu tariki ya 30 Gicurasi 2025, yavuze ko uyu mutoza aje kuyobora ikipe mu rugamba rushya rwo guhatanira ibikombe, birimo icya shampiyona […]

Musanze: Umukinnyi wa filime z’urukozasoni yasohokanye rutahizamu PĂ©pĂ© mu birunga

InShot 20250530 100545441

Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukinira ikipe ya Villarreal yo muri Espagne, Nicolas PĂ©pĂ©, ari kumwe n’umukunzi we Teanna Trump, basuye u Rwanda mu ruzinduko rwihariye rwo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’uyu rutahizamu. PĂ©pĂ© w’imyaka 30 yizihirije isabukuru ye tariki ya 29 Gicurasi 2025, aho yahisemo kuza kuyizihiriza mu gihugu cy’u Rwanda, kimwe mu bihugu bimaze kumenyekana ku […]

Yagurishije umwana we ku mupfumu none bimukozeho

96409289 0 image a 11 1742503243331

Urukiko rukuru rwa Afurika y’Epfo rwakatiye Kelly Smith igihano cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gucuruza umukobwa we w’imyaka itandatu, Joshlin Smith, mu rubanza rwakoze ku mitima y’Abanyafurika y’Epfo kuva ubwo uwo mwana yaburaga mu mwaka ushize. Kelly Smith, n’umukunzi we Jacquen Appollis ndetse na mugenzi wabo Steveno Van Rhyn, bose bahamwe n’ibyaha byo […]

Kigali: Abagurisha ubutaka bari gutanga 20% by’ayo bishyuwe

ubutaka 3 3ae21

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batewe impungenge no gusabwa kwishyura 19% ku gaciro cy’ubutaka bagurishije, Umujyi wa Kigali urasobanura ko ari ibisanzwe biteganywa mu nyigo z’imitunganyirize y’ahagenewe guturwamo. Ubutumwa bwa WhatsApp bwagaragaye ku rubuga rwa X (rwarahoze ari Twitter), bwerekana umuturage uvuga ko yahuye n’akaga ubwo yari agiye kugurisha ikibanza cye kiri i Nduba, […]

Agakiriro ka Gisozi kazindutse gashya

InShot 20250530 070947650

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, ahagana saa kumi n’igice z’igitondo, inkongi y’umuriro yafashe agakiriro gakorerwamo imirimo y’ububaji no gusudira mu Murenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali. Ababonye ibyabaye bavuga ko umuriro watangiye usenya inyubako zicururizwagamo ibitanda n’ibindi bikoresho bikorwa mu mbaho, biherereye hafi y’umuhanda. Nubwo impamvu y’iyi nkongi itaramenyekana, […]

Kamonyi: Umusaza w’imyaka 62 yacyuye indaya imupfiraho

InShot 20250529 225336245

Mu karere ka Kamonyi, umurenge wa Rugarika, haravugwa inkuru y’inshamugongo y’umugore wapfiriye mu rugo rw’umugabo bari bahuriye mu kabari nijoro, bikavugwa ko yari indaya. Byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, ubwo umugabo witwa Semivumbi Abdul wo mu mudugudu wa Bikamba, akagari ka Kigese, yasohokaga akajya kunywera mu kabari gaherereye muri Bishenyi. Aho ni ho […]

Hita ureka ibi bintu igitaraganya cyangwa urugo rwawe rusenyuke

InShot 20250529 214112719

Nubwo abagabo benshi bashaka kunezeza abagore babo, hari ibintu bakora batekereza ko ari urukundo ariko abagore bakabifata nabi. Inkuru yacu y’uyu munsi iragaragaza ibikorwa 8 bikunze gukorwa n’abagabo, nyamara bigatera agatotsi mu mibanire y’abashakanye. 1. Gukunda mama we bikabije: Umugore ntiyishimira ko umugabo ahora aha umwanya wihariye nyirabukwe, biganatuma yumva ko atitaweho uko bikwiye. 2. […]

Myugariro w’Amavubi yasinyiye ikipe yo mu Bufaransa

IMG 20210611 WA0036

Umukinnyi mpuzamahanga w’umunyarwanda, Bryan Clovis Ngwabije yasinye amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe ya FC Dieppe, iherutse kuzamuka mu cyiciro cya kane mu mupira w’amaguru mu Bufaransa. Ngwabije w’imyaka 26 yakiniraga Blois Foot 41, aho yagaragaye mu mikino 25 y’amarushanwa ya shampiyona muri uyu mwaka w’imikino. Iyo kipe ye yarangije ku mwanya wa 6 n’amanota 40. […]

Umukinnyi wa filime z’urukozasoni yishe umugabo wamufashe ku ngufu

image 1748517766521 1

Umukinnyi wa filime z’urukozasoni witwa Chelsea Perkins wamenyekanye nka Sabrina Savage wahoze ari umusirikare mu ngabo zirinda inkombe (Coast Guard) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemeye icyaha cyo kwica Matthew Dunmire, umugabo w’imyaka 31  amurashe mu mutwe. Icyaha cyabaye ku wa 6 Werurwe 2021, ubwo Perkins yamujyanaga ahantu hitaruye mu ishyamba ryo muri Leta […]

Kigali: Inkumi yanze miliyoni 5 ngo iryamane n’umugabo

IMG 20250529 WA0060

Umukinnyikazi wa filimi w’umunyarwanda, Emelyne yatangaje ko yigeze gukatira umugabo wari witeguye kumuha miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda ngo baryamane. Mu kiganiro yahaye shene ya YouTube ikorera mu Rwanda, Emelyne yavuze ko uwo mugabo yamwiyongoreje amwizeza ko amuha miliyoni eshatu mbere, hanyuma akamuha izindi ebyiri nyuma y’icyo gikorwa. Ariko ngo nubwo amafaranga yari menshi, yafashe […]

Alliah Cool yishimanye na Rayvanny bahuriye mu kabari

ray1 2 96c57

Umukinnyi wa filime w’Umunyarwandakazi, Alliah Cool yagaragaye yishimanye n’umuhanzi ukomeye muri Tanzania, Rayvanny, ubwo bari bitabiriye ibirori by’ubukwe bwa Juma Jux, byabereye mu mujyi wa Dar es Salaam. Amashusho yagiye hanze agaragaza Alliah Cool na Rayvanny baganira, babyinana, ndetse bagaragaza urugwiro rukomeye, mu kabyiniro basohokeyemo nyuma y’ubu bukwe bw’icyamamare mu muziki wa Bongo Flava. Mu […]

Ngũgĩ wa Thiong’o wari intwari y’Ubuvanganzo nyafurika yapfuye

4562

Umwanditsi w’Umukenya NgĹ©gÄ© wa Thiong’o, wamenyekanye cyane ku rwego mpuzamahanga kubera ubuvanganzo bwe bwagaragazaga ubukana bw’ubukoloni n’ingaruka zabwo muri Afurika, yapfuye afite imyaka 87. Inkuru y’urupfu rwe yatangajwe n’umukobwa we, Wanjiku wa NgĹ©gÄ©, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook. Wanjiku yanditse ati: “Yabayeho neza, arwana intambara nziza.” Yakomeje avuga ko yitabye Imana ku wa Gatatu […]

Reka ibi bintu 5 nyuma yo gutera akabariro

b 2

Mu rukundo rw’abashakanye, igikorwa cy’ubusabane (akabariro) ni ingenzi kuko gituma urukundo ruramba, ubwumvikane bukiyongera. Ariko hari ibikorwa bimwe na bimwe bishobora kwangiza ibi bihe byiza, cyane iyo bikozwe ako kanya nyuma yo gutera akabariro. Dore ibintu 5 by’ingenzi ukwiye kwirinda: 1. Guhita wambara Guhita wambara ukirangiza bishobora gutuma uwo mwashakanye yumva wikunze kurusha uko wamwitayeho. […]

Abagore 3 bashatse gufatira Jacky ku ngufu mu bwiherero

InShot 20250528 172604275

Usanase Shalon uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Jacky yatangaje ko yigeze guhura n’akaga ubwo abagore batatu bashakaga kumufata ku ngufu mu bwiherero bw’akabari bari basohokeyemo. Ibi yabitangaje mu kiganiro Popcorn Podcast gica kuri YouTube, aho yagarukaga ku buzima bwe bwite, imyitwarire yo ku mbuga nkoranyambaga, n’ibibazo yagiye ahura na byo mu buzima busanzwe. Jacky […]

Umwana w’imyaka 10 yafashwe atwaye imodoka yibye mwarimu

20250528 143319

Polisi yo mu Ntara ya Morogoro muri Tanzaniya yataye muri yombi umwana w’imyaka 10 witwa Jonathan Yohana Sebastian, nyuma yo kumufata atwaye imodoka yo mu bwoko bwa Spacio ifite pulake T 807 BVV, itari iye. Nk’uko byatangajwe n’Umukuru wa Polisi w’Intara, Kamanda Alex Mkama, uyu mwana wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza yafashwe mu […]

Abajura batoboye urusengero banywa divayi barya n’imigati yo guhazwa

Churches og image

Mu karere ka Kirinyaga muri Kenya, haravugwa inkuru itangaje y’abajura binjiye mu rusengero rwa ACK St. Matthew’s Mutithi Church, aho banyweye divayi, barya imigati yera isanzwe ikoreshwa mu masakaramentu, banatwara ibikoresho by’urusengero birimo na piano ikoreshwa n’abaririmbyi. Ibi byamenyekanye mu gitondo ubwo abaririmbyi bageraga ku rusengero bagasanga piano yaburiwe irengero, bagahita batabaza ubuyobozi bw’urusengero. Umuyobozi […]

Marina yemeza ko amabuno ye yazanwe no kurya igitoki aho kuyitereshaho

InShot 20241202 2224190422 1086x550 1

Umuhanzikazi w’Umunyarwandakazi Marina Deborah yahakanye amakuru amaze igihe acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yaribagishije kugira ngo yongere amabuno. Mu kiganiro yagiranye na BB Kigali, Marina Deborah yavuze ko amabuno ye atari ay’ubuvuzi cyangwa ikoranabuhanga, ahubwo ngo ari ingaruka z’indyo yo mu Rwanda, by’umwihariko igitoki. Ati “Njye simbizi aho byavuye […] abantu bavuga byinshi, […]

Messi na Suarez bashinze ikipe

SOCCER URUGUAY SUAREZ n01 1 1748406236

Lionel Messi na Luis Suárez, abakinnyi b’abahanga bazwi cyane ku isi yose, batangaje ishingwa ry’ikipe nshya y’umupira w’amaguru bise Deportivo LSM, izaba ifite icyicaro muri Uruguay, igihugu cy’amavuko cya Suárez. Izina “LSM” rikomoka ku nyuguti za mbere z’amazina yabo bombi, Luis, Suárez, Messi  nk’ikirango cy’ubufatanye bwabo bw’igihe kirekire, bwatangiye mu myaka myinshi ishize ubwo bakinaga […]

Kora ibi niba ushaka kugira umukunzi muri 2025

0 Hes completely in love with her 1

Mu gihe isi igenda ihinduka mu buryo bw’imibanire n’imyitwarire y’urubyiruko, urukundo rwagumye kuba kimwe mu bigize ubuzima bw’abantu, by’umwihariko abari mu myaka yo gushaka no kubaka. Hari byinshi bisaba gutekerezwaho neza ku muntu ushaka gukundana na we, bikanasaba kugira ubumenyi n’ubushishozi mu buryo bwo kwitwara n’uburyo bwo gushaka uwo mushobora kubana. Mu Rwanda kimwe no […]

Gicumbi: Yagiye kurya ku ushuri atize, baramukubita arapfa

20250527 174309

Mu Karere ka Gicumbi, haravugwa inkuru ibabaje y’umwana wapfiriye ku ishuri nyuma yo gukubitwa n’abanyeshuri bakekwaho kuba babitegetswe n’umwarimukazi wigisha kuri GS Rumuri, iherereye mu Murenge wa Miyove, Akagari ka Gakenke. Nyakwigendera, witwaga Irasubiza Patrick mwene Bavakure Theoneste na Mukakayumba Delphine yaje ku ishuri ashaka ifunguro atari yitabiriye amasomo y’umunsi. Amakuru y’ibanze avuga ko ibi […]

Rayon Sports igiye kwakira Yanga Africa mu Amahoro

field 14975 24120419133339218 984b7

Ikipe ikomeye mu mupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba, Yanga SC yo muri Tanzaniya, yemeye gukina umukino wa gicuti na Rayon Sports yo mu Rwanda. Hashize iminsi micye Perezida wa Rayon Sports, Bwana Twagirayezu ThaddĂ©e, atangaje ko bateguye umukino wa gicuti uzahuza iyi kipe n’ikipe ya Yanga Africans. Yavuze ko intego ari ukugira ngo ikipe ibone […]

Kigali: Umwana w’amezi 18 bamukuye igiceri cya 50 mu gifu

InShot 20250527 084803564

Ku wa Mbere tariki ya 26 Gicurasi 2025, abaganga bo mu bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), bakoze igikorwa cyihariye cyo gukuramo igiceri mu gifu cy’umwana w’amezi 18 bifashishije uburyo bwa endoscopy, butagombera kubaga. Uwo mwana yari amaranye ukwezi igiceri mu gifu, aho nyina yavuze ko mbere yari yabwiwe ko azabagwa kugira ngo gikurwemo. […]

Yahagaritse kubyara nyuma yo kugirira abana 102 n’abuzukuru 568

Screenshot 20250527 0813352

Musa Hasahya, umugabo w’imyaka 67 utuye muri Uganda, yamamaye nyuma yo gutangaza ko yahagaritse gahunda yo kongera kubyara, nyuma yo kugira abana 102, abuzukuru 568 n’abagore 12. Uyu mugabo, ubana n’abagore be bose mu nzu imwe, yavuze ko impamvu nyamukuru itumye ahagarika kongera kubyara ari ibibazo by’ubukungu bikomeje gukara. Yagize ati: “Amafaranga yanjye akomeje kugabanuka […]

Impanuka ikomeye yabereye mu birori byo kwishimira igikombe cya Liverpool

8d7a6900 3a80 11f0 8947 7d6241f9fce9

Mu mujyi wa Liverpool mu Bwongereza, ibyishimo byahindutse intimba ubwo imodoka yagonze abantu benshi bari bitabiriye ibirori byo kwishimira intsinzi ya Liverpool FC muri Premier League. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 26 Gicurasi 2025, ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba (18:00 BST), mu gace ka Water Street hafi y’aho ibirori […]

Jose Chameleone azaterurana igikombe na APR FC

InShot 20250526 211524592

Umuhanzi w’icyamamare mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone ukomoka muri Uganda, ategerejwe mu birori bikomeye byo kwizihiza ibikombe bitatu APR FC yegukanye muri uyu mwaka w’imikino. Iki gikorwa giteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 28 Gicurasi 2025 kuri Stade Amahoro i Remera, kizakurikirana n’umukino wa nyuma wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, aho APR FC […]

Reka ibi biribwa niba udashaka kuba icyigwari mu gutera akabariro

ifiriti 1

Abashakashatsi mu by’ubuzima basanga hari ibiribwa n’ibinyobwa bishobora kugira uruhare mu kunaniza umubiri igihe cy’imibonano mpuzabitsina, cyane cyane binyuze mu gutera umubyibuho ukabije, kugabanya imbaraga, no guhungabanya imisemburo ishinzwe ubushake bw’igitsina. Ibi bituma bamwe mu bagabo n’abagore bibasirwa n’ikibazo cyo gucika intege vuba cyangwa kubura ubushake. Dore ibyo wagombye kwitondera cyangwa kwirinda mu ifunguro ryawe […]

Nyanza: Yataburuye imbunda ari guhinga

7c770302 e332 45e3 ace7 7a03c251f4f2 860x644 1

Mu Karere ka Nyanza, abaturage bo mu Murenge wa Rwabicuma batangaje impungenge nyuma y’uko hatowe imbunda ishaje mu murima utahingwagamo imyaka myinshi. Iyo mbunda yagaragaye kuwa 25 Gicurasi 2025, mu Mudugudu wa Karambo B, Akagari ka Gishike, ubwo umugabo umwe yarimo ahinga mu murima w’umukecuru w’imyaka 70, umaze igihe udakoreshwa. Abaturage bavuga ko iyo mbunda […]

FDA yahagaritse inzoga yitwa “Ubutwege”

e70a4b91 2bb9 4562 8853 86d51ff0c7f7

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA, cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo ikorwa n’icuruzwa ry’inzoga yitwa Ubutwege, nyuma yo gusanga itujuje ibisabwa n’amabwiriza agenga inzoga zituruka ku bimera. Mu itangazo yashyize hanze, Rwanda FDA yavuze ko Ubutwege, ikorwa n’uruganda INEZA Ayurvedic Ltd ruherereye mu Karere ka Musanze, yarenze ku bipimo by’ubuziranenge biteganywa n’amabwiriza ya […]

Ntiyorohewe nyuma yo gukina urwenya yigize nka Perezida wa Tanzaniya

Eric Omondi 1748245832

Umunyarwenya w’Umunyakenya, Eric Omondi yongeye kubyutsa impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gukora videwo isekeje isubiramo imvugo n’imyitwarire ya Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan. Uru rwenya rwashyizwe kuri Instagram na TikTok y’uyu munyarwenya maze isiga ibitekerezo bitandukanye mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba. Muri iyo videwo, Eric Omondi agaragara yambaye igitenge cy’amabara n’agatambaro ku mutwe, […]

Samuel Gueulette ntiyitabiriye umwiherero w’Amavubi

InShot 20250526 085448815

Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu Amavubi, Samuel Gueulette usanzwe ukinira RAAL La Louvière yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, ntiyitabiriye umwiherero w’ikipe y’igihugu utegura imikino ya gicuti izaba muri Kamena uyu mwaka. Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati, yagize ikibazo cy’imvune ubwo ikipe ye yatsindaga Lommel ibitego 2-1, mu mukino wa nyuma wa shampiyona y’icyiciro cya […]

Clapton Kibonke arashinjwa ubujura

InShot 20250526 080443314

Mu gihe uruganda rwa sinema nyarwanda rukomeje gutera imbere, intonganya zirakomeje hagati y’abakinnyi n’abatunganya filime. Bizimana Pamella uzwi cyane ku izina rya Innocente yashinje abahanzi b’amafilime Clapton Kibonge na AB Godwin kuba baramutwariye umushinga wa filime yari yaratangiye gukorana na Godwin, nyuma bakawukora nk’uwabo. Mu kiganiro cyabereye ku rubuga rwa X, Innocente yavuze ko ubwo […]

APR BBC yongeye gutsindirwa imbere ya Perezida Kagame

1748109852925a79f376d071643db999c443245c69410 500703470 18412401052096555 5124634342390078645 n

Ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2025, yongeye gutsindwa umukino wa gatatu yikurikiranya imbere y’abafana bayo ndetse na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, wari mu bitabiriye uyu mukino. Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu, ni umwe mu y’umunsi wa gatanu wa Nile […]

Teta Sandra agiye kwerekana Weasel mu muryango we

20250523 063356 b7599

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel Manizo, akaba na murumuna w’umunyamuziki w’icyamamare Jose Chameleone, yageze i Kigali mu Rwanda aho ateganya kwitabira igitaramo cya mukuru we ndetse no kwerekanwa mu muryango w’umugore we Teta Sandra, bafitanye abana babiri. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Gicurasi 2025, nibwo Weasel yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya […]

Umukobwa yarembejwe no kuryamana n’abagabo 583 mu masaha 6

1ecf0919e037f6f0aced57d438c14843

Umukobwa w’imyaka 27 witwa Annie Knight wo muri Australia uzwi cyane ku rubuga OnlyFans, yajyanywe mu bitaro mu buryo butunguranye nyuma yo kugerageza gushyiraho agahigo ko kuryamana n’abagabo 583 mu masaha atandatu gusa. Ibi byo kuryamana n’abo bagabo byabereye mu Mujyi wa Sydney, aho yari yateguye igikorwa kigamije kugaragaza “ubushobozi bwe” ku mubiri, anashaka gufata […]

Muri ibi bihugu abakobwa bapimwa ubusugi bakanahabwa icyemezo

1748066608229

Mu bihugu byinshi byo muri Afurika no muri Aziya, haracyariho umuco wo gupima ubusugi ku bakobwo aho ari igikorwa gikunze gukorwa mbere y’ubukwe cyangwa igihe bivugwa ko umukobwa yafashwe ku ngufu, mu rwego rwo gushaka “ibyemezo” byemeza koko ko ari isugi.  Nk’uko tubisanga ku rubuga rw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), igipimo cy’ubusugi gishingira […]

Umunya-Kenya yinjiriye Tanzania, yiha akazi n’umushahara wa miliyoni 60 

1748036935138

Polisi ya Tanzaniya yatangije iperereza rikomeye ku mugabo wo muri Kenya ukekwaho kwinjira mu buryo butemewe muri sisiteme y’ikoranabuhanga rya Leta ya Tanzaniya maze akiyandikishaho nk’umukozi wa Leta ku rwego rwo hejuru. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano muri icyo gihugu aravuga ko uwo mugabo yinjiye mu bubiko bw’amakuru bwa guverinoma, aho yahinduye inyandiko zemewe n’amategeko […]

Imbwa yahawe igihembo cyo gukina filime neza

Screenshot 20250524 0715402

Imbwa yitwa Panda yo mu bwoko bwa Icelandic Sheepdog yegukanye igihembo cy’ikirenga cya Palm Dog Award muri Cannes Film Festival 2025 nk’uko byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 23 Gicurasi 2025. Panda yagaragaye muri filime yitwa “The Love That Remains” yakozwe n’umunya-Iceland Hlynur Pálmason. Iyo filime ikubiyemo inkuru y’abantu batanu barimo na Panda. Mu muhango […]

Amagambo abasore babwira abakobwa bakifuza kuryamana nabo

file 0000000016e461f9b3750f857d1a14eb

Abashakashatsi mu by’imitekerereze n’imibanire bagaragaje ko hari amagambo n’ibibazo bamwe mu basore bakoresha mu biganiro n’abakobwa, bigamije kubakururira mu mibonano mpuzabitsina, kenshi badasobanuriwe neza ibiri kuba. Ibyo bibazo, nk’uko bitangazwa n’abahanga, biba bisa n’iby’urwenya cyangwa ibiganiro bisanzwe, ariko bikaba bifite intego yo gutuma umukobwa atekereza cyangwa yinjira mu mwuka wo gushaka gukora imibonano. Urugero ni […]

Umuhanzi w’umunyarwanda yavuze ukuntu yahohotewe na Polisi y’Amerika

log1234 2 dc9be

Mu gihe isi ikomeje kwamagana ihohoterwa rishingiye ku irondaruhu no gukoresha imbaraga zirenze ku bapolisi, umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Manzi Yvan Pitchou wamenyekanye nka MYP mu itsinda rya KGB, yatangaje ko na we yahohotewe na Polisi yaho. Navytune, izina asigaye akoresha mu buhanzi, yasohoye amashusho agaragaza ubwo yafotorwaga […]

KNC yigaramye ibyo kwita umunyamakuru umujenosideri

39815

Umuyobozi wa Radio/TV1 akaba na Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC), yavuze ko nubwo yavuze amagambo akomeye ku ruhare rw’itangazamakuru, atigeze yita umunyamakuru uwo ari we wese “umujenosideri”. Ibi yabitangaje nyuma yo kunengwa n’abanyamakuru n’abakunzi ba siporo kubera amagambo aherutse kuvuga, aho yagereranyije amagambo y’abanyamakuru bamwe n’imbwirwaruhame za LĂ©on Mugesera mu 1992. Mu […]

Umugore yarumye igitsina cy’umukunzi we kugeza gicitse

IMG 20231109 WA0002 e1712244176913

Polisi yo muri Leta ya Rivers, mu mujyi wa Port Harcourt muri Nijeriya, yataye muri yombi umugore witwa Gift w’imyaka 43, ukekwaho kuruma igitsina cy’umukunzi we witwa Sunday mu gihe bari mu makimbirane ashingiye ku buryo bagomba gukoramo imibonano mpuzabitsina. Aya makuru yemejwe n’umuvugizi wa Polisi, SP Grace Iringe-Koko, wavuze ko ayo makimbirane yabereye ahazwi […]

Trump yashinjije Afurika y’Epfo gukorera abazungu Jenoside

FFFMR3EBFRLVVLGIS7KF4IFAT4

Perezida Donald Trump yongeye kuvuga ko muri Afurika y’Epfo hari “jenoside y’Abazungu” agaragaza impending ku bwicanyi bukorerwa abahinzi b’Abaafrikaneri. Ibi yabivugiye mu nama idasanzwe yagiranye n’intumwa ya Afurika y’Epfo, Perezida Cyril Ramaphosa, aho yashyize ku meza amafoto n’ibindi bimenyetso avuga ko bigaragaza “ubwicanyi bwateguwe hashingiwe ku ruhu.” Trump ashinja Leta ya Afurika y’Epfo ubwicanyi bwateguwe […]

Teta Sandra yagarutse mu Rwanda ari kumwe n’abana be

20250523 063356 b7599

Teta Sandra yongeye kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri, aho noneho yaje ari kumwe n’abana be yabyaranye n’umuhanzi Weasel. Mu gitondo cyo ku wa 23 Gicurasi 2025 nibwo Teta Sandra yageraga I Kigali ari kumwe n’umuhanzi w’umunyabigwi muri Uganda, Jose Chameleone utegerejwe mu gitaramo mu mpera z’iki cyumweru. Byari biteganyijwe ko abo bombi bari kuzana […]

APR BBC yatsindiwe imbere ya Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame

IMG 20250522 WA0104

Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 22 Gicurasi 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abafana aho bakurikiye umukino ikipe ya APR Basketball Club (APR BBC) yatsinzwemo na Made By Ball Basketball Club (MBB) yo muri Afurika y’Epfo, ku manota 94 kuri 88, mu irushanwa rya Basketball […]

Bishop Gafaranga yasabiwe gufungwa iminsi 30

bishop 8261e

Habiyaremye Zacharie uzwi cyane nka Bishop Gafaranga, ari imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata aho akurikiranyweho ibyaha birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gukubita no gukomeretsa, hamwe no guhoza ku nkeke uwo bashakanye, Annette Murava. Mu rubanza rwabaye mu muhezo kuri uyu wa Kane, Bishop Gafaranga yahakanye ibyaha aregwa, ariko yemera ko hashobora kuba harabayeho amakosa yo […]