Simba SC yigaramye ibyo kuzana kapiteni wa APR FC

Ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania yamaganye ibihuha byavugaga ko yamaze kumvikana nâumukinnyi Niyomugabo Claude ukinira APR FC ndetse nâikipe yâigihugu Amavubi. Hari amakuru yari yatangajwe nâitangazamakuru ryo muri Tanzania avuga ko Simba SC yifuza uyu myugariro wâibumoso, aho byavugwaga ko agiye gusimbura Mohammed Hussein baherutse gutandukana. Umunyamakuru Hans Rafael wa Crown Media […]
Rayon Sports iri guhiga umusimbura wa Abeddy

Ikipe ya Rayon Sports irashaka gusinyisha rutahizamu Habimana Yves wakiniraga Rutsiro FC, nyuma yâuko amakipe yombi agize ubwumvikane ku igurwa ryâuyu mukinnyi. Amakuru yemejwe na Kigali Today avuga ko Rayon Sports yemeye kwishyura miliyoni 10 zâamafaranga yâu Rwanda kugira ngo ibone uyu mukinnyi. Habimana Yves wari umaze imyaka ibiri akinira Rutsiro FC, yitezweho gusimbura Biramahire […]
Yanga SC igiye guhangana na Rayon Sports yabonye umutoza

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania yamaze kubona umutoza mushya, Romain Folz mu gihe yitegura umukino wa gicuti uzayihuza na Rayon Sports FC ku wa 15 Kamena 2025 kuri Stade Amahoro. Uwo mukino ni igice cyâibirori byo gutangiza umwaka mushya wâimikino wa Rayon Sports, aho izaba yakiriye Yanga SC mu mukino wa gicuti. Romain […]
Nyina wa Kingston yoherejwe muri gereza

Nyina wâumuhanzi wâUmunyamerika Sean Kingston, Janice Turner yakatiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni imwe yâamadolari yâAmerika nyuma yo guhamwa nâicyaha cy’ubwambuzi yakize afatanyije nâumuhungu we. Urukiko rwemeje ko kuva muri Mata 2023 kugeza Werurwe 2024, Turner na Sean Kingston (wâimyaka 35) bakoze ibikorwa bigize icyaha birimo gushuka abantu bavuga ko bishyuye ibicuruzwa birimo imodoka, […]
Thailand na Cambodia byatangiye kurasana

Ingabo za Thailand nâiza Cambodia zarasanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ku gice cyâumupaka utemewe, aho amakimbirane akomeje gukaza umurego hagati yâimpande zombi. Ingabo za Thailand zatangaje ko abasirikare ba Cambodia ari bo batangije uku kurasana hafi yâurusengero rwa Khmer rwa Ta Muen Thom, haherutse kugaragara ubushyamirane bukomeye. Ariko minisiteri yâingabo ya Cambodia […]
Trump yashinje Barack Obama ubugambanyi mu matora ya 2016

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yongeye gushinja Barack Obama, hahaha cyâubugambanyi, avuga ko ari we wayoboye umugambi wo guhindura amakuru yâubutasi ku kwivanga ku Burusiya mu matora ya 2016. Ibi Trump yabivugiye mu kiganiro nâabanyamakuru ku wa Kabiri, aho yashinjije Obama nâabandi bayobozi bo mu gihe cye, barimo Joe Biden wari […]
Museveni yafunze abayobozi b’ishyaka rye bibye amajwi mu matora

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wâigihugu cya Uganda akaba nâUmuyobozi mukuru wâishyaka riri ku butegetsi NRM, yatangaje ko hafashwe icyemezo cyo guta muri yombi abayobozi umunani bâiryo shyaka bashinjwa kwiba amajwi no guhimba ibyavuye mu matora yâibanze. Mu itangazo rikakaye yashyize hanze, Perezida Museveni yavuze ko âabashaka inyungu zabo bwiteâ barimo guharabika umurage wâishyaka NRM, ashimangira […]
Umugabo wa Rihanna asigaye agendera mu kagare kâabamugaye

Umuraperi wâUmunyamerika A$AP Rocky, wamenyekanye cyane mu njyana ya Hip Hop ndetse akaba n’umugabo wa Rihanna, yagaragaye ku mugaragaro agendera mu kagare kâabafite ubumuga, atwikirijwe igitambaro, ashyigikirwa nâabashinzwe umutekano we bamufasha kwinjira mu modoka ye yihariye ya Hummer iherereye i West Hollywood. Nkâuko byatangajwe na TMZ, ibi byabaye nyuma yâuko Rocky asubiye muri Leta Zunze […]
Umunyarwenya Burikantu arafunzwe

Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Mwitende Abdoulkarim, wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Burikantu, akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana abantu mu buryo bunyuranyije nâamategeko. Nkâuko RIB yabitangaje, tariki ya 20 Nyakanga 2025, Burikantu yafungiranye abakobwa bari bagiye iwe mu rugo mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo, ababuza gusohoka abasaba kubanza kumwishyura amafaranga yavuze […]
Rayon Sports yazanye undi rutahizamu w’umunyamahanga

Ndong Mengue Chancelor, umukinnyi wâimyaka 18 ukomoka muri Gabon, yageze i Kigali kuri uyu wa Mbere aho aje gukora igeragezwa mu ikipe ya Rayon Sports. Uyu musore ukina asatira anyura ku mpande, yari asanzwe akinira Union Sportive dâOyem yo muri Gabon. Mu mwaka ushize wâimikino, yakinnye imikino 18, atsinda ibitego 5 anatanga imipira 8 yavuyemo […]
Thomas Partey akurikiranyweho gufata ku ngufu

Umunye-Ghana Thomas Partey ari mu gihirahiro gikomeye nyuma yo kuregwa ibikorwa bitanu byo gufata ku ngufu nâikindi cyaha kimwe cyâihohotera rishingiye ku gitsina. Ibi birego Partey aregwa bikomoka ku bikorwa bivugwa ko byabaye hagati ya 2021 na 2022, aho abagore batatu batandukanye batangaje ko bahohotewe. Polisi yo mu Bwongereza yavuze ko iperereza ryatangiye muri Gashyantare […]
Ukuri ku mashusho y’urukozasoni bivugwa ko ari ay’umunyarwenya Burikantu

Umunyarwenya Aboudurkalim Mwitende wamenyekanye nka Burikantu akora na mugenzi we Buringuni, yashyize umucyo ku mashusho y’urukozasoni bivugwa ko ari aye. Mu cyumweru gishize ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye hatangiye kuzenguruka amakuru avuga ko hari amashusho y’umunyarwenya Burikantu ari kurigata mu gitsina cy’umukobwa. Uteye akajijo kuri konti zatangazaga ko zifite ayo mashusho, bose bahurizaga ku ifoto […]
Ubuhinde: Umugore yarongowe n’abasore bibiri bavukana

Mu gace ka Shillai, mu ntara ya Himachal Pradesh yo mu Buhinde, umugore witwa Sunita Chauhan yashyingiranwe nâabagabo babiri ari bo Pradeep na Kapil Negi, bavukana, mu muhango wâubukwe udasanzwe uzwi nka Jodidara. Ibi birori byabaye guhera tariki ya 12 Nyakanga 2025 mu gace ka Trans-Giri, mu karere ka Sirmaur, byitabirwa nâabantu amagana baturutse imihanda […]
Rutahizamu wa Amavubi yerekeje mu Barabu

Rtahizamu wâUmunyarwanda wigeze gukinira Marine FC, Gitego Arthur yamaze gusinya amasezerano yâimyaka itatu mu ikipe ya FUS Rabat yo mu Cyiciro cya Mbere muri Maroc. Uyu mukinnyi wâimyaka 24 yari amaze umwaka akinira Clube FerroviĂĄrio da Beira yo muri Mozambique, aho yahavuye ajya kugerageza amahirwe muri Raja Casablanca ariko ntibyakunda. Ubu yahise yerekeza muri FUS […]
Itariki ya “Rayon Day” yamenyekanye

Bidasubirwaho, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko umunsi ngarukamwaka wayo uzwi nka Rayon Day uzaba ku wa Gatanu, tariki ya 15 Kanama 2025, ukabera kuri Stade Amahoro i Remera. Uyu munsi uzasozwa nâumukino wa gicuti ukomeye uzahuza Rayon Sports na Young Africans SC yo muri Tanzania, umukino wiswe âuwâAmatsindaâ, bitewe nâubucuti nâamateka yihariye hagati yâaya […]
Rayon Sports yasinyishije undi mukinnyi mushya

Ikipe ya Rayon Sports yakomeje gahunda yo gukomeza kubaka ikipe ikomeye izahangana mu mwaka wâimikino wa 2025/2026, isinyisha umukinnyi mushya. Kuri uyu wa Gatandatu nibwo bamenyekanye ko Rayon Sports yasinyishije umukinnyi mushya, Aimable Ntarindwa wakiniraga Mukura Victory Sports. Uyu mukinnyi yamenyekanye mu mikino ikomeye ya Shampiyona yâicyiciro cya mbere mu Rwanda, yamaze gusinya amasezerano yâimyaka […]
Munyakazi yahakanye ibyo kuba yayobora FERWAFA

Uwahoze ayobora Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yatangaje ko atazatanga kandidatire mu Ishyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru mu Rwanda (FERWAFA), mu gihe hari gutegurwa amatora mashya yâubuyobozi. Ibi yabitangaje nyuma y’ubutumwa bwo ku rubuga rwa X bwari bwashyize abantu mu rujijo bibaza niba yaba agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA. Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa Radio& TV10 yanditse kuri X abaza […]
Rayon Sports yasinyishije abakinnyi bashya

Ikipe ya Rayon Sports FC ikomeje gahunda yo kwiyubaka mbere yâumwaka wâimikino wa 2025/2026, aho yamaze gusinyisha myugariro Bayisenge Emery, ndetse inongerera amasezerano umukinnyi wo hagati Niyonzima Olivier Sefu. Bayisenge Emery wakiniye amakipe atandukanye arimo Gasogi United ndetse nâikipe yâigihugu Amavubi, yasinye amasezerano yâumwaka umwe. Ku rundi ruhande, Niyonzima Sefu wari usanzwe ari umukinnyi wa […]
Ifungwa ry’umunyarwenya w’umunyarwanda muri Uganda ryateje urujijo

Hari urujijo ku itabwa muri yombi rya Swedi Habimana uzwi nka Soloba, umunyarwenya ukomeye mu Rwanda, aho amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza yambaye amapingu yinjizwa ahantu hose bigaragaza ko ari kuri sitasiyo ya Polisi muri Uganda. Amakuru yâibanze avuga ko Soloba yari yagiye muri Uganda mu mpera zâicyumweru gishize, aho bivugwa ko yari agiye […]
Urukiko rwategetse ko Ingabire Victoire afungwa iminsi 30 yâagateganyo

Urukiko rwâIbanze rwa Kicukiro rwafashe umwanzuro wo gufunga byâagateganyo mu gihe cyâiminsi 30 Ingabire Victoire Umuhoza, mu gihe hakomeje iperereza ku byaha bikomeye akurikiranyweho nâubushinjacyaha. Nkâuko byatangajwe nâurukiko kuri uyu wa Gatanu, Ingabire akurikiranyweho ibyaha birimo gushishikariza abantu gukora ibikorwa bigamije kugirira nabi ubutegetsi buriho nâUmukuru wâIgihugu, hamwe no guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. […]
Umunyarwenya Anne Kansiime yavuze ku ifoto ye yambaye ubusa

Umukinnyi wâurwenya wâUmunya-Uganda, Anne Kansiime, yongeye kuvugisha abantu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yâuko hasakaye ifoto ye yambaye ubusa, ibice byâibanga bye byonyine bipfutswe nâimbuto nâimboga. Iyi foto, yafashwe ubwo yari mu bikorwa byo gutegura igitaramo cye kizwi nka Comedy Grill muri Gicurasi 2025, yongeye gusakara kuri internet ndetse ikurura impaka ndende. Bamwe mu bakoresha imbuga […]
Miss Muyango aricuza kuba yarabaye icyamamare

Muyango Claudine, wamamaye mu Rwanda nyuma y’uko yitabiriye Miss Rwanda ndetse akaza no kuba umugore wa Kimenyi Yves wahoze ari umunyezamu wâAmavubi, yanditse ubutumwa burebure buhumuriza no gusaba imbabazi abakunzi be, yicuza kuba yarabaye icyamamare. Mu butumwa yanyujije kuri konti ye ya Instagram, Muyango yavuze ku bikomere yatewe no kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga, ibinyoma byamuvuzweho, […]
Andre Kinyango wakiniye Mukura VS yapfuye

Umuryango wa Mukura Victory Sports watangaje inkuru ibabaje y’urupfu rwa Andre Kinyango, umwe mu banyabigwi bâiyi kipe wigeze kuyibera umunyezamu mbere ya 1977. Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X rwa Mukura VS, bagize bati: “Umuryango wa Mukura Victory Sports ubabajwe no kumenyesha abakunzi bâumupira wâamaguru urupfu rwâumunyabigwi wacu Andre Kinyango.” Andre Kinyango azwi nkâumunyezamu […]
Rayon Sports yongeye kuregwa

Myugariro wâUmusenegal, Omar Gning yagejeje ikirego cye kuri FERWAFA arega ikipe ya Rayon Sports FC yananiwe kumuha ibyangombwa bimurekura, nubwo bari barumvikanye gutandukana mu mahoro. Amakuru agera ku kinyamakuru cyacu avuga ko impande zombi zari zemeranyije ko Rayon Sports izishyura Gning amafaranga angana na $7,500 yari asigaye ku masezerano yâubwumvikane. Gning avuga ko Rayon Sports […]
RIB yafunze gitifu ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17

Urwego rwâIgihugu rwâUbutenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâUmurenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, akekwaho gusambanya umwana wâumukobwa wâimyaka 17. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye itangazamakuru ko uyu muyobozi wâimyaka 51 yafashwe tariki ya 11 Nyakanga 2025, akurikiranweho gusambanya uwo mwana wâumukobwa, biturutse ku cyaha cyo kumutera inda. Uwo mwana […]
Miss Naomie yiyamye abannyeze umugabo we

Miss Ishimwe Naomie ubitse ikamba rya 2020 yikomye bikomeye abakomeje kunenga no kuvuga nabi ku mugabo we Michel Tesfay, bamushinja gukena nyuma yo kumubonana mu modoka rusange. Ibi yabitangaje mu kiganiro cyâimbona nkubone kuri Instagram, aho yari ari kumwe nâabamukurikira barenga ibihumbi bine. Muri iki kiganiro yasabye abantu kureka kuvuga ku mugabo we ko kandi […]
Urukiko rwategetse ko Salongo afungwa imyaka 3

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwakatiye Rurangirwa Wilson wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Salongo, igifungo cyâimyaka itatu nâihazabu ya miliyoni 5 Frw nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwihesha ikintu cyâundi hakoreshejwe uburiganya. Ubushinjacyaha bwari bwamureze ko yamenyekanye avuga ko avura indwara ndetse akanagarura ibintu byibwe, binyuze mu biganiro ashyira kuri YouTube byatumaga abantu bamugana bamuha amafaranga […]
Umuhungu wa Perezida wa Afurika yâEpfo yateye imitoma Kate Bashabe

Umuhungu wa Perezida wa Afurika yâEpfo Cyril Ramaphosa, witwa Tumelo Ramaphosa yagaragaje ibyiyumvo bye kuri Kate Bashabe, umunyarwandakazi wamamaye mu bijyanye nâimideli, ubucuruzi nâimbuga nkoranyambaga. Tumelo, uzwi cyane mu bijyanye nâikoranabuhanga nâishoramari, ni rwiyemezamirimo washinze kandi ayobora kompanyi yitwa Studex Group, ikorera muri Afurika yâEpfo nâahandi ku mugabane. Iyi kompanyi ifite ibikorwa mu ikoranabuhanga rishingiye […]
Umugore yishyuye Miliyoni 4 ngo bace igitsina cyâumugabo batandukanye

Mu gihugu cya Australia, umugore wahoze ari umuforomokazi yahamwe nâicyaha gikomeye nyuma yo kwishyura miliyoni zirenga 4 zâamafaranga yâu Rwanda (angana na $3,000) kugira ngo umuntu amufashe gukorera urugomo uwahoze ari umukunzi we. Karenjeet Kaur Warburton, wahoze akora mu rwego rwâubuvuzi, yemeye ko yatanze ayo mafaranga ku murwayi we witwa Andrew Bown kugira ngo amushakire […]
Agakiriro ka Gisozi gahora gashya, kagiye gusenywa

Umuyobozi bwâUmujyi wa Kigali bwatangaje ko bugiye kwimura abacuruzi nâabanyabukorikori bakorera mu Gakiriro ka Gisozi bakajyanwa mu cyanya cyahariwe inganda cya Kigali (Kigali Special Economic Zone), mu rwego rwo kongera umutekano no gukumira inkongi zikomeje kuhibasira. Ibi byatangajwe nyuma yâinkongi ikomeye yahibasiye ku itariki ya 30 Gicurasi, ikaba yari iya vuba mu zikomeje kwibasira ako […]
RIB na RDB binjiye mu kibazo cya ChĂąteau Le Marara

Ikigo cyâIgihugu cyâIterambere (RDB) cyatangije iperereza ku birego byatanzwe nâabakiriya bavuze ko batishimiye serivisi bahawe muri hoteli ChĂąteau Le Marara iherereye ku nkengero zâikiyaga cya Kivu mu Karere ka Karongi. Ibi birego bije nyuma y’uko hari ibirori byâubukwe byabereye kuri iyo hoteli ku wa Mbere, tariki ya 14 Nyakanga 2025. Abari bitabiriye ibyo birori bavuze […]
Umugore yashimuse umugabo, amufata ku ngufu

Polisi yo mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe yataye muri yombi Amanda Chizanga Chakanyuka, wâimyaka 26, nyuma yo gushimutira uwahoze ari umukunzi we, Linos Gapanga, wâimyaka 38, amuhatira gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye ku mpamvu bivugwa ko ari âugukuraho imigenzo mibi yâubupfumu.â Nkâuko bitangazwa nâibinyamakuru byo muri Zimbabwe, Amanda yagiye kwa Linos mu gace ka Glen […]
Canada: Umurundi yiyahuye nyuma yo gutsindwa amasomo

Agahinda nâakababaro byasakaye mu muryango wâabanyeshuri bâabanyafurika biga muri UniversitĂ© du QuĂ©bec Ă Chicoutimi (UQAC), nyuma yâaho umunyeshuri wâimyaka iri hagati ya 20 na 25, ukomoka mu gihugu cyâu Burundi, yiyahuye nyuma yo gutsindwa amasomo. Amakuru atangazwa nâinshuti ze avuga ko yahuye nâagahinda gakomeye bitewe nâuko yari yarananiwe gutsinda amasomo ye, bikiyongeraho igitutu cyo kuba […]
APR FC yashoye hafi igice cya Miliyari ku isoko

Mu gihe isoko ryâigura nâigurisha ryâabakinnyi ririmo gusatirana umusozo, ikipe ya APR FC yongeye kwerekana ko ari ubukombe mu mikoro no mu migambi. Kugeza ubu, iyi kipe ikomeje kugaragaza ubushake bwo kurushaho gukomera, aho yatanze miliyoni 429 Frw nk’uko byatangajwe na Isibo TV. Ayo yatanzwe mu kugura abakinnyi bashya, barimo ibyamamare byâabanyamahanga nâabanyarwanda basanzwe bakomeye. […]
Beyoncé yibiwe muri Atlanta

Polisi yo mu mujyi wa Atlanta, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko indirimbo zitarasohoka za BeyoncĂ© ziri kuri mudasobwa na disiki zibiwe mu modoka yari yakodeshejwe nâumubyinnyi we mukuru Christopher Grant, mu gihe cyâigitaramo cya Cowboy Carter Tour cyabereye muri uwo mujyi mu cyumweru gishize. Ibyo bikoresho byarimo indirimbo zifite ibimenyetso byerekana nyirazo, […]
Trump yihanangirije Putin

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko ababajwe nâimyitwarire ya Perezida wâu Burusiya Vladimir Putin mu ntambara ya Ukraine, ariko ko atareka burundu kuganira na we. Mu kiganiro yagiranye na BBC, Trump yavuze ko yigeze kwizera ko hari amahirwe yo kurangiza intambara, ariko buri gihe ibintu bikajya ku munzani mubi. Yagize […]
Wema Sepetu yabitswe ari muzima

Umukinnyi wa filime akaba nâuwahoze ari Nyampinga wa Tanzania, Wema Sepetu yahagurukiye ibihuha byamuvuzeho ko yapfuye, nyuma yâuko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe ifoto yamugaragazaga nkâuwitabye Imana. Iyo foto, ifite isura isa niyatangajwe na televiziyo ya Millard Ayo, yagaragazaga amagambo agira ati: âWema Sepetu yapfuye.” Nyamara Wema ubwe yagaragaye avuga ko ari muzima, anamagana uwabikoze. Mu […]
Gatsibo: Umusaza wâimyaka 73 aracyari imanzi

Mu murenge wa Gatsibo, mu karere ka Gatsibo mu Burasirazuba bwâu Rwanda, Ndungutse Balthazar wâimyaka 73 avugwaho ikintu kitari gisanzwe aho amaze imyaka myinshi yarahisemo kudashaka umugore, ndetse akemeza ko atazigera abikora. Mu kiganiro yahaye TV1, Balthazar yahamije ko atigeze arongora na rimwe mu buzima bwe, kandi ko atabifite no mu nzozi. Ati: “Njyewe narahiye. […]
Ambasaderi wanenze Icyerekezo cya Leta ya Tanzania yeguye

Ambasaderi wa Tanzania muri Cuba, Humphrey Hesron Polepole, yamaze gushyikiriza Perezida Samia Suluhu Hassan ibaruwa yâubwegure bwe, asezera ku nshingano ze zâakazi ka Leta nâumwanya wa dipolomasi, kubera impungenge ku cyerekezo igihugu kirimo kuganamo. Mu ibaruwa ifunguye, Polepole yavuze ko yafashe umwanzuro ashingiye ku bitekerezo byimbitse no kubona uko ubuyobozi bwa Tanzania buri gutera icyuho […]
Linda wo muri filime âUmuturanyiâ yarongowe

Nyuma yâurugendo rwâurukundo rwamaze igihe, umukinnyi wa filime ukunzwe mu Rwanda, Kayitesi Alice wamenyekanye cyane nka “Linda” muri filime yâuruhererekane âUmuturanyiâ yateye indi ntambwe ikomeye mu buzima bwe bwite. Ku wa Kane tariki ya 10 Nyakanga 2025, Kayitesi Alice yasezeranye imbere yâamategeko nâumukunzi we Muyenzi Rodrigue mu muhango wabereye mu murenge wa Nyarugenge. Ni umuhango […]
Bishop Gafaranga yagumishijwe mu gihome

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruri i Rusororo rwasomye umwanzuro ku bujurire bwa Habiyambere Zacharie, uzwi nka Bishop Gafaranga, rutesha agaciro ibyo yari yatanze asaba kurekurwa. Bishop Gafaranga azakomeza gufungwa mu gihe ategereje urubanza mu mizi ku byaha byo gukubita, gukomeretsa no guhoza ku nkeke umugore we Annet Murava. Urukiko rwasanze impamvu zâubujurire zitari zifite ishingiro, […]
Uwiyitaga âYesu’ yakatiwe gufungwa imyaka 12

Sergey Torop, wahoze ari umupolisi mu Burusiya, yakatiwe gufungwa imyaka 12 nyuma yo guhamwa nâibyaha byo guhohotera abayoboke bâidini rye yise âIdini ryâIsezerano rya nyumaâ. Torop, wiyitaga Vissarion, yashinze iryo dini mu 1991 avuga ko ari “Yezu wagarutse”, aho yategekaga abayoboke be kutarya inyama, kutanywa ibisindisha no kudakoresha amafaranga. Abayoboke be babarirwa mu bihumbi, benshi […]
Abagore bashinjaga Brigitte Macron kuvuka ari umugabo bagizwe abere

Urukiko rwâubujurire rwâi Paris rwemeje ko abagore babiri bashinjaga Brigitte Macron, umugore wa Perezida Emmanuel Macron, ko yavutse ari umugabo, batakoze icyaha cyo gusebanya. Urukiko rwavuze ko ibyo batangaje bijyanye nâuburenganzira bwo gutanga ibitekerezo no kuvuga ibitekerezo ku mugaragaro, bityo rukuraho igihano bari barahawe. Abo bagore, Natacha Rey wiyita umunyamakuru, na Amandine Roy, umupfumu, bakwirakwije […]
RDC yasinyanye amasezerano na FC Barcelona

Minisitiri wâImikino wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Serge Nkonde, yasinyanye amasezerano yâubufatanye na FC Barcelona, ikipe ikomeye yo muri Espagne. Ni amasezerano yashyizweho umukono n’impande zombe ku munsi w’ejo hashize nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha iyi nkuru. Aya masezerano azibanda ku guteza imbere impano zâabana binyuze mu gushinga amashuri yâumupira wâamaguru (academies), amahugurwa […]
Kubera iki abagore bakunda kwicara bageretse akaguru ku kandi?

Kugereka akaguru ku kandi ni imyitwarire abantu benshi bakunze kugira iyo bicaye, ariko ku bagore, bikunze kurenza kuba uburyo bwo kwicara bisanzwe. Ni igikorwa gikunze gufatwa nkâubutumwa bunyujijwe mu bimenyetso kandi gifite igisobanuro kijyanye nâuko umuntu yumva ameze, uko yifata, ndetse nâimico imurimo. Imvano nâAmateka Mu gihe cyashize, cyane cyane mu kinyejana cya 19 no […]
U Rwanda rwohereje imfashanyo ya toni 40 muri Gaza

Leta yâu Rwanda, ku bufatanye nâUbwami bwa Hashemite bwa Jorodaniya, muri iki cyumweru bohereje imfashanyo igenewe abaturage bo muri Gaza. Iyo mfashanyo igizwe nâibiribwa nâibikoresho byâubuvuzi bifite uburemere burenga toni 40. Iki ni igice cyâumusanzu wâu Rwanda mu bikorwa mpuzamahanga byo gutabara abarimo gukubitwa nâibibazo byâintambara nâamakuba. Iyi mfashanyo yakiriwe i Amman nâumuryango Jordan Hashemite […]
Umuhanuzi yazuye umugore wari umeze iminsi 3 apfuye

Umuhanuzi wo muri Zimbabwe, Tichaona Garavada uzwi nka Prophet T Mapisarema, yatangaje ko yazuye umugore wari umaze iminsi 3 apfuye, bikabera mu irimbi i Harare imbere yâabantu bari baje kumuherekeza bwa nyuma. Yabwiye ikinyamakuru H-Metro ko ubwo yageraga aho umurambo wari uri, yahasanze abantu barira, ariko amaze gusenga, uwo mugore yahise azanzamuka aragenda. Bamwe mu […]
Senegal yanze umujyi wa Akon usa nk’uwo muri “Black Panther”

Leta ya Senegal yatangaje ko yahagaritse burundu umushinga wa âAkon Cityâ wari uyobowe nâumuririmbyi wâicyamamare Akon, kubera kudindira gukomeye no kutaboneka ku mutungo wari ukeneye. Uyu mushinga wari uteganyijwe kubakwa i MbodiĂšne ku nkombe zâinyanja, wari ugamije guhindura ako gace kakaba umujyi wâikoranabuhanga wifashishije ikoranabuhanga rihanitse nk’iryagaragajwe muri “Wakanda” (mu mafilime ya Marvel). Mu 2020, […]
Kigali: Umugabo ari gusaba indezo umugore we

Urubanza rutari rusanzwe ruri hagati y’umugabo wâUmunyarwanda nâumugore ukomoka muri Oman ariko wavukiye mu Rwanda ruri gukurikirwa nâabantu benshi, nyuma yâaho umugabo asabye kongererwa indezo yâabana no guhabwa imitungo yahoze ari iyâumugore we. Didier Semanyenzi, bivugwa ko nta kazi afite, yari yarashakanye na Moza Massoud, umugore wâumunyamahanga ukomoka mu gihugu cya Oman. Bombi babyaranye abana […]
Ngozi: Umunyeshuri yabyariye mu kizami cya Leta

Mu ntara ya Ngozi, komine Busiga mu gihugu cy’u Burundi, umunyeshuri wâimyaka 23 wiga mu ishami rya Bio-Chimie yabyaye mu gihe cy’ikizamini cya Leta. Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa 8 Nyakanga 2025, aho yari acumbitse muri LycĂ©e Busiga, ahari kubera ibyo bizamini. Uwo mukobwa yatangiye kubabara inda mu gihe abandi banyeshuri barimo bitegura […]
Trump yihanangirije Putin na Xi ku ntambara

Mu majwi yashyizwe ahagaragara, Donald Trump yavuze ko yaburiye Perezida Vladimir Putin ko naramuka yinjiye muri Ukraine “azamuteza ibisasu bikomeye i Moscow”. Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye nâabaterankunga muri 2024, aho yemeje ko iyo aza kuba Perezida muri 2022, u Burusiya butari gutera Ukraine. Aya majwi yagiye ahagaragara muri iki cyumweru binyuze mu cyegeranyo cyakozwe […]
Rayon Sports yasinyishije rutahizamu wo muri Congo

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Bingi Belo Chadrack. Kuri uyu wa Gatatu nibwo byamenyekanye ko uyu rutahizamu yamaze gusanya amasezerano yâimyaka ibiri. Uyu mukinnyi wâimyaka 20 yageze i Kigali mu ntangiriro z’iki cyumweru avuye muri DC Motema Pembe, aho yigaragaje cyane mu myaka ibiri ishize atsindira […]
Umugore wa Kanye West yongeye gushyira ubwambure hanze

Bianca Censori, umugore wâumuraperi wâUmunyamerika Kanye West, yongeye gukurura amaso yâabantu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushyira hanze amafoto mashya atangaje yafashwe nâumugabo we ubwe. Censori, wâimyaka 30 yâamavuko akaba ari umwubatsi wâumunyabigwi ukomoka muri Australia, yashyize kuri Instagram amafoto atatu agaragaza ubudasa mu myambarire nâimyitwarire. Mu mafoto, Censori agaragara yambaye utwenda twâimbere, hari aho […]
Uburusiya bwarashe ibisasu 748 kuri Ukraine kubera Trump

Mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Nyakanga 2025, Uburusiya bwakoze igitero cya drone kinini kurusha ibindi bwari bwakoze kuva bwatangira intambara muri Ukraine, aho bwifashishije drones 741, nkâuko byatangajwe nâigisirikare cyâikirere cya Ukraine. Iki gitero gikurikiye amagambo yâuburakari ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, aho yashinje Perezida […]
Abakiniye APR BBC berekeje muri NBA

Jean Jacques Boissy wahoze akinira REG BBC na Aliou Diarra wakiniye APR BBC batoranyijwe mu bakinnyi bazakina NBA G-League, shampiyona ya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Aliou Diarra wigaragaje cyane muri shampiyona yâu Rwanda no mu mikino ya BAL (Basketball Africa League), yatoranyijwe nâikipe ya Texas Legends. Jean Jacques Boissy yashimwe na Memphis […]
Clarisse Karasira yibarutse

Umuhanzikazi wâUmunyarwandakazi Clarisse Karasira nâumugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie bari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka umuhungu wabo wa kabiri, bise Kwema Light FitzGerald. Iyi nkuru nziza Karasira yayitangaje ku mugaragaro kuri Instagram ku wa 9 Nyakanga 2025, aho yanditse ati: âTwibarutse Kwema, ubuheta bwâumuhungu uduhesha ubwema. […] Iyi ni ifoto yacu ya mbere nkâumuryango […]
Inama 10 zagufasha kugira imibonano mpuzabitsina itekanye

Umuryango wita ku buzima rusange, Project Access Foundation, watangaje inama 10 zâingenzi zigamije gufasha abantu kugira imibonano mpuzabitsina ifite umutekano, hagamijwe kurinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina (STIs) no gutwita imburagihe. Nkâuko bisobanurwa nâuyu muryango, izi nama zigamije kurinda ubuzima bwâabantu nâubwâabagenzi babo, ari nabyo bifasha mu kubaka sosiyete irambye kandi ibungabunga ubuzima bwâimyororokere. Dore […]
Abanyarwanda bakekwaho kurya abantu muri Kenya

Leta ya Kenya yatangaje ko igiye gukora iperereza ryihariye ku bantu bose bakomoka mu Rwanda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse nâabo mu muryango wa Wagisu wo muri Uganda, batuye mu karere ka West Pokot. Ibi bije nyuma yâuko abantu 13 bafatiwe muri Bendera bakekwaho ibikorwa bikomeye birimo kurya imirambo no gucuruza ibice […]
Trump yohereje ibitwaro cyirimbuzi muri Ukraine

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko agiye kongera kohereza ibitwaro byo kwirwanaho muri Ukraine, nyuma yâuko guverinoma ye yari iherutse guhagarika imwe mu nkunga ya gisirikare. Mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru mbere yâumugoroba wo gusangira na Minisitiri wâIntebe wa Israel, Benjamin Netanyahu. Trump yavuze ati: âTugiye kongera kubaha ibikoresho. Bagomba kwirwanaho. […]
Indirimbo yâumunyarwanda yakoreshejwe muri filimi ya Netflix “The Old Guard 2”

Filimi nshya The Old Guard 2, ikomeje gutambuka kuri Netflix, yagaragayemo indirimbo zitandukanye zirimo nâiyâumuhanzi ukomoka mu Rwanda, Stromae wamenyekanye cyane ku rwego mpuzamahanga. Indirimbo ye “Fils de Joie”, yasohotse mu 2022, yakoreshejwe mu gice kimwe cyâiyi filimi yari itegerejwe nâabantu benshi. Iyi ndirimbo, ifite amagambo akomeye yibanda ku miterere yâimibereho yâabagore no ku buryo […]