Yaretse konka umugore we nyuma yo guhabwa inkwenene

99574421 14832347 image a 12 1750433563716

Rachel Bailey, umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wigeze kwamamara ku mbuga nkoranyambaga ubwo yatangazaga ko yonse umugabo we Alexander, yongeye kuvuga uko abyumva nyuma yo kubihagarika. Mu 2016, ubwo bari mu biruhuko, Rachel yibagiwe ipompo yo gukama amashereka ye maze umugabo we amusaba kumwonsa kugira ngo amufashe gukemura ububabare yari […]

Nyirakuru wa Chriss Eazy nawe yapfuye

InShot 20250613 111910906

Umuhanzi Rukundo Christian, wamamaye nka Chriss Eazy ari mu gahinda nyuma y’uko nyirakuru yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 24 Kamena 2025. Amakuru yemejwe n’umwe mu bo mu muryango we, avuga ko nyirakuru wa Chriss Eazy yazize uburwayi bwa diyabete yari amaranye igihe, kandi yari amaze igihe yitabwaho n’abaganga bamukurikirana hafi. […]

Dao yavuze ku byo gusinya muri APR FC na Singida icyarimwe

1750602784405

Umukinnyi w’Umunya-Burkina Faso Raouf Merel Dao yashimangiye ko azakinira APR FC mu mwaka w’imikino utaha, nyuma y’amakuru yavugaga ko yaba yarasinye muri Singida Big Stars yo muri Tanzaniya. Dao w’imyaka 21 n’umujyanama we Damien Adam Traore bagaragaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki 23 Kamena, basubira muri Burkina […]

Trump yahaye Israel gasopo

trump

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaburiye bikomeye Israel kuri uyu wa Kabiri, abategeka guhagarika ibitero kuri Iran no gusubiza indege z’intambara iwabo bidatinze. Ibi yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yagize ati: “Israel, ntimutere ibyo bisasu. Nimuhite musubiza abapilote banyu inyuma.” Trump yavuze ko Israel iramutse ikomeje ibitero […]

Iran yashinjwe kurasa Israel nyuma y’amasezerano y’agahenge

d3888100 50d5 11f0 a466 d54f65b60deb

Minisiteri y’ingabo ya Israel yatangaje ko Iran yishe amasezerano y’agahenge nyuma y’amasaha abiri gusa bemeranyije kuyubahiriza, amasezerano yari yabayeho ku bufatanye bwa Donald Trump na Qatar. Minisitiri w’ingabo wa Israel, Israel Katz yavuze ko bagiye gusubizanya “imbaraga” bagakora ibitero bikomeye kuri Iran mu mujyi wa Tehran. Ni nyuma y’uko Israel ivuze ko yamenye ko Iran […]

Umuhanzi Jessie J yabazwe ibere

a126d390 50be 11f0 a136 53d7f1f40c12.jpg

Umuhanzikazi w’Umwongerezakazi Jessie J yatangaje ko yabazwe ibere nyuma yo gusanganwa kanseri. Uyu muhanzi w’imyaka 37 yavuze ko ubu ari kuryama mu rugo, arimo gutegereza ibisubizo by’iyo opérasiyo. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Jessie J yashimiye abaganga n’abaforomo bamwitayeho, ndetse asangiza abamukurikira amafoto n’amashusho yerekana uko iminsi ibiri ishize yagenze, harimo n’amashusho aririmba ari mu bitaro […]

Ese kurya pomme buri munsi bifite akamaro?

p0lkj9kr.jpg

Hari umugani uzwi cyane uvuga ngo “Kurya pomme buri munsi bigufasha kutajya kwa muganga.” Ariko se, koko ni ukuri? Ese pomme iruta izindi mbuto mu gukomeza ubuzima bwiza? Pomme ni urubuto rukungahaye ku ntungamubiri zitandukanye. Irimo ibyitwa polyphenols na flavanols bifasha umutima gukorana neza, bikagabanya cholesterol mbi, ndetse bigafasha no kugenzura isukari yo mu maraso. […]

RwandAir yahagaritse kujya muri Qatar na Dubai

1750709435028

Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo ingendo zayo zari zerekeza cyangwa ziva muri Qatar ndetse no muri Dubai, kuva tariki ya 23 kugeza kuya 24 Kamena 2025. Iri tangazo ryasohowe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, risobanura ko iki cyemezo cyatewe n’umutekano muke uri mu karere, cyane cyane nyuma […]

Qatar yafunze ikirere kubera ibitero bya Amerika

download

Igihugu cya Qatar cyafunze by’agateganyo ikirere cyacyo nyuma y’ibitero Amerika yagabye kuri sitasiyo za kirimbuzi za Iran, bikomeje guteza umwuka mubi mu karere. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko iki cyemezo gifashwe mu rwego rwo kurinda umutekano w’abaturage, abatuye igihugu ndetse n’abashyitsi bari muri Qatar. Yavuze ko ari igikorwa cyo kwirinda gikurikira uko ibintu […]

Omborenga yasinye muri mu APR FC

20250623 170303

Ikipe ya APR FC yamaze gutangaza ko myugariro Omborenga Fitina yongeye kuyisinyira nyuma yo kuva muri Rayon Sports. Omborenga, wakiniye APR FC mu myaka ishize ndetse akanayihesha ibikombe bitandukanye, yagarutse nk’Intare igiye kurangiza ibyo itasoje. Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo APR FC yatangaje ko “Omborenga agarutse mu rugo. Intare rimwe, Intare iteka.” Uyu mukinnyi unakinira […]

Vestine Ishimwe yateye ishoti ubukumi – Amafoto

InShot 20250623 095645452

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uzwi cyane mu ndirimbo akorana na murumuna we Kamikazi Dorcas, yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi bizwi nka ‘Bridal Shower. Ibi birori byabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Kamena 2025. Ibi birori byitabiriwe n’inshuti ze za hafi, abagore n’abakobwa bamushyigikiye muri uru rugendo rushya. Vestine, […]

Abasirikare 57 bashimuswe n’abaturage b’abasivile

72a419d4742221b6b8225ab93330cb90

Mu gihugu cya Colombia, haravugwa inkuru idasanzwe aho abasirikare 57 bashimuswe n’abaturage b’abasivile mu karere k’imisozi ka Micay Canyon, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu. Igisirikare cya Colombia cyatangaje ko abasirikare 31 bafashwe ku wa Gatandatu, abandi 26 bagafatwa ku Cyumweru n’itsinda ry’abantu barenga 200. Ubuyobozi buvuga ko aba baturage bashobora kuba bari gukora bashyigikiwe cyangwa bahatirizwa […]

Iran igiye kwihorera kuri Amerika

fd6be5a82da50175473ac2c2e652a09c

Nyuma y’ibitero bikomeye Amerika yagabye ku bikorwa bya nikeleyeli bya Iran, ubuyobozi bwa Tehran bwatangaje ku mugaragaro ko bugiye kwihorera, ibintu byongereye impungenge z’intambara ishobora gukwira mu karere no ku rwego mpuzamahanga. Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko Iran ifite amahitamo menshi yo kwihimura, arimo kwibasira ibirindiro by’ingabo za Amerika muri Iraki, Yorodaniya na Siriya, cyangwa gukoresha […]

Rurageretse hagati ya APR FC na Singida Black

InShot 20250623 070817933

Ikipe ya APR FC yo mu Rwanda ishobora kwisanga mu bibazo bikomeye by’amategeko nyuma y’uko ikipe ya Singida Black Stars yo muri Tanzania itangaje ko ishobora kuyiregera Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru (FIFA) kubera amakimbirane ku masezerano y’umukinnyi Memel Raouf Dao ukomoka muri Burkina Faso. Uyu mukinnyi w’imyaka 21, ukina mu kibuga hagati, yasinyiye Singida Black […]

Iran Yafunze Abatasi 22 ba Isirayeli

53ff4ba0 9053 11ef b3c2 754b6219680e

Leta ya Iran yatangaje ko yafunze abantu 22 bakekwaho gukorana n’inzego z’ubutasi za Isirayeli. Nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru bikorana bya hafi na Leta ya Iran, aba bantu batawe muri yombi mu ntara ya Qom hagati ya tariki ya 13 na 21 Kamena 2025. Abashinzwe iperereza bavuga ko aba bantu bashinjwa gukorana n’inzego z’ubutasi za Isirayeli mu […]

Kirehe: Yafashwe asambanya ihene, ahita ayikwa ibihumbi 150 Frw

Icebe ry iyi hene ryarasubiranye ariko amabere ntiyongeye kuringanira copy copy

Umusaza w’imyaka 65, Tuyisenge Theoneste utuye mu Murenge wa Kigina, Akarere ka Kirehe, arashinjwa ibikorwa bikomeye birimo gufata abagore ku ngufu ndetse no gusambanya amatungo. Amakuru aturuka mu baturage ndetse no mu nzego z’ibanze yemeza ko uyu musaza akekwaho gusambanya abagore batatu, barimo n’umwe bivugwa ko afite uburwayi bwo mu mutwe. Nk’uko BTN TV ibitangaza, […]

Iran igiye kwaka umusada Perezida Putin wa Russia

thumbs b c f4b9cf67401220a20dae3911c370801f

Iran irateganya gusaba ubufasha Perezida Vladimir Putin wa Russia mu biganiro biteganyijwe kubera i Moscow ku wa Mbere, mu rwego rwo gushaka inkunga ya dipolomasi n’iya gisirikare mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gukara hagati ya Iran n’Isirayeli. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yabwiye televiziyo NBC News ko Iran yiteguye kuganira n’ibihugu by’iburengerazuba, ariko […]

APR FC yakozwe ku munwa n’abanya-Tanzania

raouf memel dao 2 1

Mu gihe mu Rwanda hari haherutse kuvugwa ko Memel Raouf Dao, umukinnyi w’Umunya-Burkina Faso, yaba yamaze gusinyira APR FC, ikipe ya Singida Black Stars yo muri Tanzania yatangaje ko yamaze kumwegukana. Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Singida Black Stars, Omar Kaya yemeje ko uyu mukinnyi w’imyaka 21 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka itatu. Kaya yagize ati: “Byarangiye, yadusinyiye […]

Umutoza wavuzweho gusonzera i Kigali

IMG 6788

Nduwimana Pascal, umutoza w’abanyezamu ba Kiyovu Sports, yahakanye amakuru yavugaga ko iyi kipe imubereyemo umwenda wa miliyoni 5.5 Frw ndetse ko inzara yamwiciye i Kigali. Hari amakuru yari yakwirakwiye avuga ko uyu mutoza yamaze iminsi ibiri atarya, ndetse ko yaburaga ubushobozi bwo gusubira mu gihugu cye cy’u Burundi. Ariko Pascal yabwiye UMUSEKE ko ayo makuru […]

Umucamanza yaretse R. Kelly ngo yicwe

images 4 1 1750433370

Umucamanza wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yanze ubusabe bwa R. Kelly bwo gusohoka muri gereza ngo ajye gukomereza igifungo mu rugo, nyuma y’uko abunganira uyu muhanzi bavuze ko hari umugambi wo kumwica uri gutegurwa. Abunganira R. Kelly batangaje ko uyu muhanzi aherutse kujyanwa mu bitaro nyuma yo guhabwa imiti irengejeje urugero n’abashinzwe gereza, ndetse […]

Bakoreye ubukwe mu kidendezi cy’amazi y’imvura (Amafoto)

akwa 1750413148

Mu gace ka Ibiaku Awat Nkang, ho mu karere ka Ibiono Ibom muri Leta ya Akwa Ibom, muri Nigeria, habaye ubukwe butangaje kandi buteye amarangamutima aho umugeni n’umugabo, Bwana na Madamu Nsima, basezeranye mu mvura nyinshi yaje guteza ikidendezi aho Ubu bukwe bwabaye ku wa Kane, tariki 19 Kamena 2025, aho n’ubwo amazi yari yarenze […]

Chris Brown yagejejwe imbere y’urukiko mu Bwongereza

images 1

Umuririmbyi w’Umunyamerika Chris Brown yahakanye ibyaha aregwa byo kugerageza gukomeretsa bikabije umuntu, bivugwa ko yabikoze akoresheje icupa mu kabari ka Tape i London mu mwaka wa 2023. Nk’uko byatangajwe na Sky News, Chris Brown w’imyaka 36 yafatiwe i Manchester mu kwezi gushize ubwo yari mu rugendo rw’ibitaramo bye ku isi. Yabanje gufungwa, nyuma aza kurekurwa […]

Leta y’u Rwanda igiye kwirukana abarimu batazi icyongereza

abanyeshuri babyungukiyemo dd8d6

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente yatangaje ko abarimu batazi icyongereza bashobora kwirukanwa mu gihe bazaba batsinzwe isuzuma ryihariye rizakorwa mu myaka iri imbere. Yabitangaje kuri uyu wa Kane, tariki ya 19 Kamena 2025, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko raporo y’ibyagezweho na Guverinoma mu guteza imbere imibereho y’Abanyarwanda. Guverinoma ifite gahunda yo kongera […]

Amerika ishobora kurasa Iran ikayigira nk’Ubuyapani

5e1u8hpk us iran israel

Mu gihe intambara hagati ya Israel na Iran ikomeje gufata indi ntera, hakomeje kugaragara impungenge ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kwinjira mu rugamba, bigatuma Iran ihura n’ingaruka zikomeye zishobora kuyigira nk’Ubuyapani bwo mu 1945. Perezida Donald Trump aherutse gutangaza ko yihaye ibyumweru bibiri ngo afate umwanzuro ku bijyanye no kugaba igitero gikomeye kuri […]

Manchester City yahanwe

99543857 0 image a 6 1750355020779

Ikipe ya Manchester City yaciwe amande agera kuri miliyoni imwe z’amapawundi nyuma yo kwemera ko yarenze ku mategeko ya Premier League inshuro icyenda mu mwaka w’imikino wa 2024/2025. Aya makosa yerekeye gutinda gutangira imikino cyangwa gutangira igice cya kabiri cy’umukino, binyuranyije n’ingingo ya L.33 y’amategeko agenga shampiyona. Premier League yatangaje ko aya makosa yabaye mu […]

Nyaruguru: Umupasiteri yararanye umugore w’abandi amupfiraho

52368803148 6f543bee51 b 1 1

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umupasiteri witwa Valens usanzwe ari n’umuyobozi ushinzwe ubutaka n’imiturire mu Murenge wa Ruheru, Akarere ka Nyaruguru, akurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi. Amakuru atangwa na RIB avuga ko ku wa 13 Kamena 2025, umugore wasuraga uyu mupasiteri yapfiriye mu nzu ye, nyuma yo kurarana. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, […]

Rutsiro: Umwana w’imyaka 11 yagiye mu kizamini ahetse murumuna we

whatsapp image 2025 06 19 at 12.51 34 46379

Habumugisha Serge, umunyeshuri w’imyaka 11 wo mu Karere ka Rutsiro, yakoze ikizamini ahetse murumuna we w’imyaka hafi ibiri, nyuma yo kwanga gusiba ishuri. Byabereye mu Murenge wa Kivumu, aho nyina wa Habumugisha yari yagiye kwa muganga mu gitondo, amusiga hamwe n’umwana muto amwizeza ko agaruka vuba. Gusa yatinze gutaha kubera ko kwa muganga bamubwiye ko […]

Mbappé yajyanwe mu bitaro igitaraganya

250619 mbappe mb 1541 5b9ead

Umukinnyi ukomeye wa Real Madrid, Kylian MbappĂ© yajyanwe mu bitaro kubera indwara y’uburwayi bwo mu nda nk’uko ikipe ya Real Madrid yabitangaje kuri uyu wa Kane. MbappĂ© ntiyitabiriye umukino wa mbere w’ikipe ye mu marushanwa ya Club World Cup wabereye i Miami, aho bahuye na Al Hilal yo muri Arabiya Sawudite ku wa Gatatu, kubera […]

Umuzi n’Inkomoko y’amakimbirane hagati ya Amerika, Isiraheli na Irani

Amakimbirane hagati ya Amerika, Isiraheli na Irani ni urusobe rw’amateka maremare y’ubufatanye, ubushyamirane, n’amakimbirane yagiye ahindura isura y’akarere k’Uburasirazuba bwo Hagati. Kugira ngo umuntu asobanukirwe neza impamvu z’ubu bushyamirane buhoraho, ni ngombwa kureba kure mu mateka, agasobanukirwa inyungu za buri gihugu, ndetse n’uruhare rw’abakinnyi batandukanye mu karere. I. Amerika na Irani: Kuva ku Nshuti kugeza […]

Kanye West n’umugore we bari kuvurwa indwara zo mu mutwe

kanye west bianca censori mental health scaled 1

Umuraperi w’icyamamare Kanye West n’umugore we Bianca Censori bamaze iminsi muri Espagne, aho bari kwitabwaho mu kigo cyita ku buzima bwo mu mutwe n’imyitwarire y’abantu, kizwi nka The Balance Rehab Clinic, giherereye i Mallorca. Nk’uko bitangazwa na RadarOnline, aba bombi bamaze iminsi bacumbitse muri iki kigo cy’akataraboneka, aho kwishyura icyumweru kimwe bigera ku madolari 170,000 […]

CAF yateye ipine imikino APR FC na Rayon Sports zizitabira

Screenshot 2024 12 07 122707 e1733567737710

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yatangaje ko imikino ibanza y’amajonjora ya mbere ya CAF Champions League na Confederation Cup y’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26 izatangira hagati ya tariki ya 19 n’iya 21 Nzeri 2025. Si ibyo gusa ahubwo n’imikino yo kwishyura izakinwa hagati ya tariki ya 26 n’iya 28 Nzeri 2025. Iyi gahunda yatewe […]

Umugabo yakatiwe gukubitwa ibiboko 15 azira kurwana n’indaya

gcs 1750257679

Mu mujyi wa Abuja muri Nigeria, umugabo yakatiwe igihano cyo gukubitwa imiba 15 y’inkoni nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kurwana n’indaya. Uyu mwanzuro watanzwe n’urukiko rwa Wuse Chief Magistrate, aho umugabo yagejejwe imbere y’ubutabera adafite umwunganira mu mategeko. Umunyamakuru Omoyele Sowore wari witabiriye urubanza, yavuze ko yatunguwe cyane abonye igihano nk’icyo gitangirwa imbere y’urukiko. Sowore […]

Ibanga wakoresha ngo ushimishe umugore mu gitanga

Love

Mu rukundo, abagabo benshi bibwira ko gushimisha umugore mu gitanda bishingira gusa ku gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, ariko si ko bimeze. Gushimisha umugore birenze kure ibyo abantu benshi batekereza. Umugore ashima ibintu byinshi byuzuzanya, kandi iyo ibyo byose ubishyize hamwe, bituma yishima byimbitse haba mu mubiri no mu mutima. Dore ibintu by’ingenzi wakora ngo ushimishe umugore […]

Uburusiya bwihanangirije Amerika ku bufasha bwa gisirikare igiye guha Israel

345345345435 640x400 1

Umunyamabanga wa Leta wungirije w’Uburusiya, Sergei Ryabkov yatangaje ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatanga ubufasha bwa gisirikare kuri Israel mu ntambara yayo na Iran bishobora kurushaho guhungabanya umutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati. Nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’Uburusiya, Interfax, Ryabkov yasabye Amerika kudashyigikira Israel mu buryo bwa gisirikare, ndetse anavuga ko kuba banatekereza […]

Ukuntu umukozi wa Bianca yamwibye imodoka agiye kwisohokanera umukunzi i Gisenyi

InShot 20250612 093615553

Mu nkuru itangaje yagarutsweho cyane mu minsi yashize, umunyamakuru Bianca yatangarije itangazamakuru uko imodoka ye yibwe n’umukozi we wo mu rugo, Moise, bikarangira ayigongesheje akayangiza bikomeye. Bianca avuga ko yamenye ko imodoka ye yibwe nyuma y’uko asabye abari hafi ye kuyimusangisha aho yari ari, bagasanga urufunguzo rwayo rutari aho yarusize, ndetse n’imodoka ubwayo yaraburiwe irengero. […]

Menya byinshi ku ndangamuntu nshya igiye kujya inahabwa impinja

Screenshot 20250618 1147222

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangaje ko mu kwezi gutaha kizatangiza igerageza rya mbere ry’Indangamuntu y’ikoranabuhanga, igamije koroshya uburyo bwo kubona serivisi za Leta. Indangamuntu nshya izaba iri mu byiciro bitatu: ikarita isanzwe ifite QR code, indangamuntu y’ikoranabuhanga iboneka kuri murandasi, ndetse n’umubare wihariye ushobora kwifashishwa mu kwemeza umwirondoro w’umuntu kuri murandasi. Ikindi, iyi ndangamuntu […]

Umunyarwanda watwaye Tour du Rwanda asigaye ari umukarani

6af23562 00a6 44d6 89c0 5040c5e2f4e6 2d04f 5724f 2 53f85

Nsengimana Jean Bosco, umwe mu bakinnyi b’amagare bakomeye mu Rwanda ndetse wegukanye Tour du Rwanda mu 2015, ubu asigaye akora akazi ko gutwara imizigo ku igare. Nyuma yo kuva mu mukino w’amagare mu buryo butunguranye, Nsengimana yavuze ko ubuzima bwamugoye cyane kugeza ubwo yatangiye kujya yikorera amatafari n’ibindi bikoresho kugira ngo abeho. Yagize ati: “Ubuzima […]

APR FC yatangaje umutoza mushya

Ikipe ya APR FC yamaze gutangaza ku mugaragaro umutoza wayo mushya, Abderrahim Taleb, w’imyaka 61, ukomoka mu gihugu cya Maroc. Uyu mutoza yigeze gutoza amakipe akomeye muri Afurika arimo FAR Rabat, Wydad Casablanca, RSB Berkane na TAS Casablanca. Taleb yasinyiye APR FC amasezerano y’imyaka ibiri, akaba aje gusimbura umutoza wahoze ayobora iyi kipe. Uyu mutoza […]

Israel yaturikije televiziyo y’igihugu cya Iran yatambutsaga amakuru imbonankubone

hq720

Israel yagabye igitero gikomeye ku cyicaro cya Televiziyo ya Leta ya Iran (IRIB) i Tehran, mu gihe iyi televiziyo yari iri gutangaza amakuru imbonankubone. Amashusho yagaragaye yerekanye urusaku rw’ibiturika mu cyumba cy’itangazamakuru ndetse n’amatara yahise avaho. Iran yatangaje ko umwe mu bakozi b’iyo televiziyo yahasize ubuzima. Israel yavuze ko yari igamije gusenya ikigo cy’itumanaho cyifashishwaga […]

Adil Erradi yigaramye ibyo kugaruka mu Rwanda

adil mo

Uwahoze ari umutoza wa APR FC, Adil Erradi, yahakanye amakuru yavugaga ko ashobora kugaruka muri shampiyona y’u Rwanda, nubwo hari abamuhuza na Police FC nyuma y’iyegura rya Vincent Mashami. Erradi, wahoze atoza APR FC hagati ya 2019 na 2022, yayifashije kwegukana ibikombe bitatu bikurikirana bya shampiyona, ndetse anasiga atsinze imikino 50 yikurikiranya ataratsindwa, kugeza ubwo […]

Abacamanza mu rubanza rwa P Diddy, beretswe amashusho y’urukozasoni bipfuka mu maso

diddy freak off videos traded dark net 500 million jaguar wright 1727021898905

Mu rubanza rwa Sean ‘Diddy’ Combs, umuraperi wamenyekanye cyane ku isi, abacamanza bashyikirijwe amashusho yiswe “Freak Offs” agaragaza ibikorwa bivugwaho gucuruza abagore n’imibonano mpuzabitsina iteye inkeke. Nk’uko bitangazwa na Mail Online, aya mashusho agaragaza Diddy ari kumwe n’abandi bantu barimo n’uwahoze ari umukunzi we Cassie Ventura. Amashusho yafashwe mu Ukwakira 2012 mu cyumba cya Trump […]

Amerika ishobora kuba igiye kurasa Iran

trump iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye abaturage bose kuva mu mujyi wa Tehran, umurwa mukuru wa Iran, aho bivugwa ko ishobora kuba igiye kuharasa. Trump yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yavuze ati: “Iran yagombaga kwemera amasezerano nabasabye. Ni agahomamunwa kubona ubuzima bwinshi butakara. Iran ntigomba na rimwe […]

Umuhanzi w’umunyarwanda wavuzweho gutera inda abagore batatu icyarimwe

InShot 20250617 094512304

Umuhanzi w’Umunyarwanda Afrique yamaganye amakuru yavugaga ko yaba yarateye inda abagore batatu icyarimwe, avuga ko ari ibihuha byatangajwe ku mbuga nkoranyambaga. Afrique yavuze ko ayo makuru yamugezeho ndetse byageze n’aho umubyeyi we amusaba kubisobanura. Yagize ati: “Mama yarampamagaye arambaza niba ibyo bavuga ari ukuri, ariko yari azi ko ibyo bavuga bidashoboka.” Uyu muhanzi yashimangiye ko […]

RIB yafunze aba-youtubers babiri

52368803148 6f543bee51 b 1 1

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro kuri shene ya YouTube yitwa Dawa Rwanda TV batawe muri yombi na RIB, bakurikiranyweho gukwirakwiza amakuru y’ibihuha no gukoresha imvugo zibiba amacakubiri mu baturage. RIB yatangaje ko aba bagabo bafashwe ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda ku wa 10 Kamena 2025, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera mu gihe […]

Ubuhanuzi bwa Bibiliya ku ntambara ya Israel na Iran

InShot 20250616 174246111

Ku itariki ya 13 Kamena 2025, Israel yatangije igitero gikomeye cyiswe Operation Rising Lion, igaba ibitero ku nganda z’ubumara n’ibirindiro by’ingabo za Iran, harimo na Natanz, aho Iran isanzwe ikorera ubushakashatsi kuri uranium ikoreshwa mu gucura ibitwaro cyirimbuzi. Abahanga bavuga ko Israel yashakaga guhagarika gahunda ya Iran yo gukora intwaro za kirimbuzi. Iran ntiyicecekeye. Yahise […]

Umunyarwanda yavumbuye indwara ifata abagore barongowe

file 000000009d0461f8b5b326f91f76c7b3 1

Mu Rwanda havumbuwe indwara nshya ishobora guhindura uko abantu basobanura ibikomere byo mu rukundo n’imibanire. Iyi ndwara yahawe izina ry’agateganyo Relationship Disappointment Stress Syndrome (RDSS), bisobanuye Ihangayika rikabije rituruka ku gutenguhwa mu rukundo. Iyi ndwara yagaragaye cyane ku bagore barongowe, by’umwihariko abari bafite ibyifuzo bikomeye byo gukira ibikomere banyuzemo mu gushaka. Umunyarwanda Dr. Celestin Mutuyimana […]

Gitifu wakubise abaturage arafunzwe

900rwamagana

Mu Karere ka Rwamagana, uwari Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gukubita abaturage yayoboraga. Amakuru avuga ko uyu muyobozi yafashwe nyuma y’aho abaturage bamushinje kubakubita no kubashyira mu kato. Bivugwa ko yakubise umugore n’abana be babiri, ababwira ko bibye ibishyimbo ku muturanyi, ndetse n’uwari nyina wabo ngo yamuhoye ko atatanze […]

Iran yasenye ambasade ya Amerika muri Isirayeli

TELEMMGLPICT000428887019 17500605691540 trans NvBQzQNjv4BqgsaO8O78rhmZrDxTlQBjdLdu0TL Cg AMOUqySXmFgU

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Isirayeli iraguma ifunze nyuma y’igitero cya misile cyagabwe na Iran mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, nk’uko byatangajwe n’Uhagarariye Amerika muri Isirayeli, Mike Huckabee. Ambasaderi Huckabee yatangaje ko “ibisasu byaturikiye hafi y’ishami ry’Ambasade riri i Tel Aviv, bikangiza bimwe mu bikorwaremezo ariko nta muntu wo muri […]

Floribert wanze ko ibiribwa byo mu Rwanda byinjira i Goma yagizwe Umuhire na Kiliziya

85f67700 4a70 11f0 960c a5e429f7eeaf.jpg

Kiliziya Gatolika yagize umuhire Floribert Bwana Chui Bin Kositi, Umunye-Congo wakoreraga gasutamo i Goma, nyuma yo kwicwa mu 2007 azira kwanga kurya ruswa. Uwo muhango wabereye i Roma muri Bazilika ya Saint-Paul-hors-les-Murs, uyoborwa na Karidinali Marcello Semeraro ushinzwe gutangaza abatagatifu. Ubwo yicwaga, Floribert yari yanze ko ibiribwa bitujuje ubuziranenge byinjizwa i Goma n’ibico by’abagizi ba […]

Imodoka ya Bianca yotowe ku muhanda

InShot 20250612 093615553

Mu Karere ka Kamonyi, ahitwa Bishenyi, hafatiwe imodoka yari yaribwe Umunyamakuru Bianca. Iyi modoka yo mu bwoko bwa Hyundai yari yibwe mu minsi ishize, nyuma ikaza gufatirwa nyuma y’umunsi umwe yibwe. Bianca yavuze ko uwari wayibye yayigongesheje mbere yo kuyihasiga. Yagize ati: “Ku wa Gatanu tariki 13 Kamena 2025 nibwo twayibonye Bishenyi. Yayigongeshereje ku mbago […]

Ntuzashukwe n’ikibero ahubwo uzite kuri ibi bintu nujya kurongora

InShot 20250614 191441447

Guhitamo uwo muzabana ubuzima bwose si ibintu byoroshye. Si amagambo meza agomba kugushimisha, ahubwo ni ibikorwa by’umutima bigaragaza urukundo mu bihe bikomeye. Umugore ukwiye si uvuga gusa “ndagukunda”, ahubwo ni wawundi uzagaragara mu gihe gikomeye, agahitamo kugumana nawe nubwo byamugora. Umugore w’ukuri akorera hamwe nawe, aho kuguca intege. Ntazaguhagarika ngo kuko uri kugerageza guteza imbere […]

Nyabugogo: Imodoka yagonze inzu ikatirwamo amatike

1749903440854

Mu masaha ya saa sita kuri uyu wa Gatandatu, habaye impanuka ibabaje mu mujyi wa Kigali, ahazwi nka Gare ya Nyabugogo. Imodoka itwara abagenzi bivugwa ko ikorera mu mihanda ya Kigali, yagonze inyubako icururizwamo amatike ahakorera sosiyete ya Zebra. Abari hafi y’aho byabereye batangaje ko iyi modoka yabuze feri igonga abantu ndetse n’urukuta rw’inzu, rugwira […]

Natty Dread waririmbye “Hobe Rwanda” yapfuye

1749895046298

Umuhanzi Mitali Raphael wamamaye ku izina rya Natty Dread yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 13 Kamena 2025 azize uburwayi bwa kanseri. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe n’umwe mu bana afasha i Kigali, nubwo nawe avuga ko adafite ibisobanuro birambuye. Natty Dread yari amaze igihe yivuza kanseri mu Budage, aho yari arwaye kuva muri Nzeri […]

Yaguze indaya 3 azirongorera mu ruhame

MixCollage 13 Jun 2025 11 51 AM 2654 750x375 1

Mu mujyi wa Harare, muri Zimbabwe, abagore batatu bivugwa ko bakora umwuga w’uburaya hamwe n’umugabo ufite umugore utwite, bafashwe basambanira mu ruhame nijoro mu gace ka Southlea Park. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru H-Metro, aba bantu bafashwe ku itariki ya 9 Kamena 2025, ahagana saa tatu z’ijoro, nyuma y’amakuru yatanzwe ku bapolisi. Polisi yahageze iyobowe na Konstabo […]

Victony ntiyakozwaga ibyo kujya ku rubyiniro atafashe ibiyobyabwenge

Victony

Umuhanzi w’Umunyanijeriya, Anthony Ebuka Victor, uzwi cyane nka Victony yatangaje ko atari yarigeze aririmba ku rubyiniro atanyweye inzoga. Ibi yabivuze mu kiganiro kuri Behind The Prestige Podcast cyatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatanu. Uyu muhanzi uzwi cyane mu ndirimbo Soweto yemeye ko yahoze ashingira ku nzoga kugira ngo abashe gutaramira abafana, ariko […]

APR BBC yanditse amateka muri BAL

InShot 20250613 211344903

Ikipe ya APR BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL 2025), yasoje irushanwa iri ku mwanya wa Gatatu nyuma yo gutsinda Al Ittihad yo mu Misiri ku manota 123-90. Ni inshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ndetse no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba isoreje BAL ku mwanya wa […]

Ykee Benda yambitse impeta

InShot 20250613 201824389

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Ykee Benda yatangaje ko we n’umukunzi we Emily bamaze kwemeranya kurushinga aho byahamijwe no kwambikana impeta. Ibi byatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu, aho Ykee Benda yashimangiye ko urugendo rwabo rw’urukundo rugeze ku ntambwe ikomeye. Benshi mu bakunzi babo babifurije ibyishimo, bavuga ko ari intambwe ishimishije kuri bombi. Ykee Benda azwi cyane […]

Abasore babiri banywereye urumogi ku modoka ya polisi barafunzwe

InShot 20250613 180919843

Polisi yo mu Ntara ya Delta muri Nigeria yafunze abasore babiri bagaragaye mu mashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga banywa urumogi bicaye hejuru y’imodoka ya polisi, banatuka inzego z’umutekano. Abo bafashwe ni Patrick Asini w’imyaka 34 na Tega Ojo w’imyaka 20. Bafashwe nyuma y’uko amashusho yabo yakwirakwiye cyane ku rubuga rwa X (yahoze ari Twitter), […]

Fatakumavuta yakatiwe imyaka 2 n’igice muri gereza

WhatsApp Image 2025 06 13 at 13.49.36 2738d34a

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Fatakumavuta igifungo cy’imyaka ibiri n’igice n’ihazabu ya miliyoni 1.3 Frw, nyuma yo kumuhamya ibyaha bitandukanye birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, kunywa ibiyobyabwenge no gusebanya. Iki cyemezo cyatangajwe kuri uyu wa 13 Kamena 2025, nyuma y’uko isomwa ry’imyanzuro ryari ryimuwe kubera umunsi mukuru wa Eid al-Adha. Mu rubanza, ubushinjacyaha bwashinjaga Fatakumavuta ibyaha […]

Nyina wa Chrisseazy yapfuye

InShot 20250613 111910906

Kuri uyu wa Gatanu, umuryango wa Chrisseazy, umuhanzi w’Umunyarwanda, wagezweho n’agahinda gakomeye nyuma y’itabaruka rya nyina. Amakuru yemeza ko yitabye Imana aguye mu bitaro bya CHUK aho yari amaze igihe arwaye indwara ya Diyabete. Bamwe mu bo mu muryango we batangaje ko yari amaze igihe yitabwaho n’abaganga ariko ubuzima bwe bukomeza gucika intege kugeza ubwo […]