Kiyovu Sports inigaguye Vision FC

1745592304082

Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Mata 2025, Kiyovu Sports yatsinze Vision FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, wabereye kuri Kigali PelĂ© Stadium. Ni umukino wari utegerejwe cyane kuko amakipe yombi ari mu myanya ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo, bityo gutsinda bikaba byari ingenzi. Igitego rukumbi cyabonetse ku […]

Umukobwa w’imyaka 17 yiyahuye kubera kubengwa n’umumotari yahaye amafaranga

1745593613469

Umukobwa w’imyaka 17 wakoraga akazi ko mu rugo yapfuye bitunguranye aho bikekwa ko yiyahuye. Ibi byabaye mu ijoro ku wa Kane, tariki ya 24 Mata 2025 mu gace ka Nyabagere zone ya Gihosha muri komine ya Ntahangwa mu mujyi wa Bujumbura mu Burundi. Amakuru atangwa n’abo babanaga mu rugo avuga ko bari baryamye nk’ibisanzwe, ariko […]

Imana yategetse umuramyi wo muri Kenya gutanga ibiringiti muri Congo

a7402855c1c8fa09

Ole Willy uzwi cyane mu muziki w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatangiye umurimo mushya wo gufasha no gukomeza urubyiruko muri Afurika. Mu kiganiro yagiranye y’ikinyamakuru rya TUKO cy’iwabo, uyu muramyi yavuze ko yakoze ibikorwa by’ubugiraneza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), aho yifatanyaga n’abaturage mu byo bakeneye yaba ibifatika ndetse akanababwira ubutumwa bwo […]

MUHANGA: Umuforomo yafashwe yiba imiti y’abarwayi n’icyuma gipima indwara

Screen Shot 2025 04 25 at 11.45.53 860x522 1

Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yataye muri yombi umuforomo ukorera ku Kigo Nderabuzima cya Gitega mu Murenge wa Kibangu, akekwaho kwiba imiti y’abarwayi ndetse n’icyuma gipima indwara. Umuyobozi w’iki kigo, Uwintore Jean Bosco, yatangaje ko uyu muforomo yari ashinzwe ububiko bw’imiti, akaba yarafatanywe iyo miti n’ibindi bikoresho ubwo yari agiye kubigurisha mu Mujyi wa Muhanga. Uwintore […]

Kate Bashabe yiyamye abatuka abandi kuri ba nyina

arton81445 3a603

Umunyamideli akaba n’umushoramari, Kate Bashabe yanenze urubyiruko rukunze gutukana ku babyeyi by’umwihariko “Nyoko”, avuga ko bidakwiye na gato. Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Bashabe yavuze ko ababyeyi b’abagore badakwiye guhabwa isura mbi mu bitutsi. Yagize ati: “Ni nde wababeshye ko iyo ututse umuntu kuri mama we aribwo ababara cyane? Mubyihorere, ntabwo bigikwiye.” Yongeyeho ko […]

Urubanza rwa Fatakumavuta rwasubitswe

1745502796946

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwimuriye urubanza rwa Jean-Bosco Sengabo, uzwi cyane nka Fatakumavuta ku wa 15 Gicurasi 2025 aho iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko inteko y’abacamanza itari yuzuye ndetse n’umwunganizi we mu mategeko atarabonaga dosiye yose. Me Jean Pierre Fatikaramu, wunganira Fatakumavuta yasabye ko urubanza rusubikwa kuko atari yahura n’umukiriya we kubera amabwiriza agenga imibereho […]

Amatiku y’abanyamakuru ba Siporo yahagurukije RMC

IMG 20230503 WA0170

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC) rwasabye abanyamakuru bakora inkuru za siporo kwirinda guterana amagambo ku mugaragaro, kuko bishobora guteza umutekano muke no gusubiza inyuma isura y’itangazamakuru. Mu itangazo ryanyujijwe ku rubuga rwa X (yahoze ari Twitter), RMC yibukije ko umunyamakuru agomba gukora kinyamwuga, yubahiriza amahame ngengamyitwarire y’itangazamakuru. Bati: “Tuributsa abanyamakuru bose, cyane cyane abakora […]

Umugore yabyaye abana 6 icyarimwe

WhatsApp Image 2025 04 23 at 7.18.51 PM

Glorious Betonde, umugore w’imyaka 40 utuye mu kagari ka Nyamufumura, mu karere ka Sheema ho muri Uganda, yibarutse abana batandatu, abahungu batanu n’umukobwa umwe ku bitaro bya Neo Care Fertility Centre biherereye i Mbarara. Abana bavukiye amezi arindwi, bivuze ko ari imburagihe, bakaba barahise bajyanwa ku bitaro bya Holy Innocents Children’s Hospital aho barimo kwitabwaho […]

Ku isi hari ahantu izuba ritajya rirenga ahubwo rikomeza kwaka na nijoro

Earth sun

Mu gihe isi yose igira amasaha 24 y’umunsi, benshi bamenyereye ko izuba rimara hafi amasaha 12 ryaka, andi masaha ari nijoro. Ariko se, wari uzi ko hari ibice bimwe na bimwe ku isi aho izuba ritajya rirenga mu gihe kirenga iminsi 70? Dore ibihugu 5 bizwiho kugira izuba ritajya rirenga: 1. Finland Mu gihe cy’izuba, […]

Se wa Niyo Bosco yapfuye

mnz 1709 7656051647222619 e89d6

Umuhanzi w’Umunyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro gakomeye nyuma y’urupfu rwa se umubyara witabye Imana ku wa 23 Mata 2025. Uyu muhanzi yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yavuze amagambo yuzuyemo intimba n’agahinda ati: “Ukomeze kuruhukura mu mahoro mubyeyi, umunsi w’agahinda uba muremure kuruta umwaka w’ibyishimo.” Se wa Niyo Bosco yaherukaga kwitabira ibirori bya […]

Impamvu ukwiriye kugira ibanga urukundo rwawe

file 0000000086d861f7843e34f004bb25a5 conversation id68091aeb c498 8004 ab79 354ab3fcb528message idbdbecaa7 1925 48b2 8108 c078b686943f 1

Mu gihe abantu benshi bakunda gushyira ubuzima bwabo bwite ku mbuga nkoranyambaga, harimo n’urukundo rwabo, abahanga bagira inama yo kugira ibanga urukundo. Si byiza gusangiza buri kantu kose ku mbuga kuko bishobora kugira ingaruka mbi ku mubano. Ubushakashatsi bugaragaza ko kubika ibanga ry’urukundo bifasha: 1. Kurinda abantu bo hanze kwivanga: Urukundo ni urwa babiri, si […]

Intambara y’amagambo hagati y’Abanyamakuru Regis na Sam Karenzi yafashe indi ntera

InShot 20250423 131340544

Mu gihe gito gishize, umwuka mubi wongeye kwaduka hagati y’abanyamakuru b’imikino Muramira RĂ©gis wa FINE FM na Sam Karenzi wa SK FM, bombi bahoze bakorana ariko ubu bakaba bashinjanya gusenya ruhago nyarwanda. Ibi byatangiye nyuma y’amagambo Sam Karenzi yatangaje ku mukino wa Mukura VS na Rayon Sports, aho yavugaga ko hagomba guterwa mpaga. Nyuma FERWAFA […]

Minisiteri igiye gushyiraho itegeko ryo kwishyura indirimbo ugiye gucuranga

Abavanga imiziki na bo bazajya bagaragaza impushya zibemerera gukoresha ibihangano

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA) yatangaje ko igiye gushyiraho ikigo kizajya gikurikirana abantu bose bakoresha ibihangano by’abahanzi batabisabiye uruhushya, kugira ngo bishyurwe kandi ayo mafaranga agere ku bahanzi. Minisitiri Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yavuze ko icyo kigo kizashyirwaho vuba kikazajya gikusanya amakuru y’abakoresha ibihangano by’abahanzi n’amafaranga bagomba kwishyura. Yasobanuye ko ibi bizafasha abahanzi kubona […]

Isimbi Noeline ukina “Pornographie” yiyamye ababimunengera

arton68714 7f057

Isimbi Yvonne uzwi nka Noeline, umunyarwandakazi wamamaye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda 2019, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo kwiyama abamunenga ku mugaragaro ku mbuga nkoranyambaga, kubera akazi akora ko gukina filime z’urukozasoni (pornographie). Mu mashusho arenga ane yashyize kuri Instagram, Isimbi yumvikanye mu burakari bwinshi asaba abantu bose kumureka agakora ibyo yahisemo. Mu ijwi […]

Migi yahagaritswe umwaka muri ruhago

1745350948224

Mugiraneza Jean Baptiste uzwi cyane nka Migi, wahoze ari umukinnyi ukomeye w’Amavubi na APR FC, yahagaritswe umwaka wose n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), azira amajwi yasakaye yumvikana asaba Shafiq Bakaki wa Musanze FC kwitsindisha kugira ngo Kiyovu Sports itsinde. Mu majwi yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, Migi yumvikanye asaba uyu mukinnyi kuzamufasha Kiyovu Sports igatsinda […]

Turahirwa Moses arafunzwe

1745347502083

Tariki ya 22 Mata 2025, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Turahirwa Moses, Umuyobozi w’inzu y’imideli ya Moshions, akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge. Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yabwiye IGIHE ko ibisubizo by’ibipimo byafashwe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe gupima ibimenyetso by’ibyaha (Rwanda Forensic Institute) byagaragaje ko mu mubiri wa Turahirwa harimo ibiyobyabwenge ku […]

Aliah Cool yahuye na musaza we wo muri M23 nyuma y’imyaka 18 batabonana

1745314303899

Umukinnyi wa filime nyarwanda, Aliah Cool ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kongera guhura n’umuvandimwe we bari bamaze imyaka 18 batabonana. Uyu muvandimwe we yitwa Colonel Kabaka, ariko azwi mu muryango wabo nka Kagiraneza, ni umwe mu ngabo z’umutwe wa M23. Aliah Cool yavuze ko bahuriye i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho […]

Yatoraguye arenga miliyoni 100 Frw mu kimoteri arayasubiza, bamuhemba urusenda

20250422 065240

Mu mujyi wa Bela Bela, mu Ntara ya Limpopo muri Afurika y’Epfo, haravugwa umugabo wagaragaje ubunyangamugayo budasanzwe nyuma yo gusubiza amafaranga menshi cyane yari yatoraguye mu kimoteri aho ayo mafaranga angana na miliyoni ebyiri z’amarandi y’Afurika y’Epfo (ZAR), abarirwa mu mafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 100 (Frw). Uyu mugabo, utatangajwe amazina usanzwe akora akazi ko […]

U Rwanda na Algeria bigiye kwesurana

Amavubi

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, izakina umukino wa gicuti na Algeria tariki ya 5 Kamena 2025. Uyu mukino uteganyijwe kubera mu mujyi wa Constantine, kuri Stade Chahid Mohamed Hamalaoui. Itangazo ryatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Algeria binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ryemeje iyi nkuru nubwo ku ruhande rwa FERWAFA nta kintu irabitangazaho. Biravugwa ko umutoza w’Amavubi, […]

Reka izi ngeso hakiri kare cyangwa utakaze umukunzi wawe

file 000000004d3461f6adea953cb8092e3a conversation id68066ea3 c540 8004 9808 33a51baede4cmessage id14aeda76 ef70 4df5 8ebf 1ddc4a1af62b

Urukundo rw’ukuri ruraramba, ariko gusigasira uwo mubano bisaba kwitwararika no kumenya ibyo ugomba kwirinda. Abantu benshi bashobora gutangira urukundo rutanga icyizere ariko ntirurambe, biturutse ku ngeso zica intege umubano. Nk’uko byagaragajwe n’ikinyamakuru Hindustan Times hari imyitwarire buri muntu agomba kureka niba ashaka ko urukundo rwe ruramba, by’umwihariko mu gihe urukundo rwanyu rugamije kubaka ejo hazaza. […]

Minisiteri ya Siporo yatanze amatike 5 yo kureba imikino ya Arsenal

1745252440256

Minisiteri ya Siporo y’u Rwanda yageneye abafana batanu b’amahirwe amatike y’ubuntu azabajyana i Londres mu Bwongereza, aho bazareba imikino ya Arsenal izabera kuri Emirates Stadium mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, yaba iy’imbere mu gihugu (Premier League) cyangwa indi yose iyi kipe izakina. Ni igikorwa cyabaye ku Cyumweru tariki ya 20 Mata 2025 ubwo hasozwaga iserukiramuco […]

Yahembwe intumbi y’ingurube nk’igihembo cy’umukinnyi w’umukino

c00b9542 1432 4053 adfb 79e473702abe

Mu gihugu cya Noruveje, ikipe yo mu cyiciro cya gatanu yitwa Varhaug yakoze igikorwa kidasanzwe ubwo yahaga umwe mu bakinnyi bayo ingurube yapfuye nk’igihembo cyo kuba umukinnyi witwaye neza kurusha abandi (Man of the Match). Byabaye ku mukino wa Norvege Cup ubwo Varhaug yakinaga n’ikipe yo mu kiciro cya mbere yitwa Bryne, aho batsinzwe ibitego […]

Papa Francis yapfuye ku myaka 88

1745223276100

Papa Francis yitabye Imana ku wa Mbere tariki 21 Mata 2025, afite imyaka 88, aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani. Itangazo ry’urupfu rwe ryasomwe na Kardinali Kevin Farrell, Camerlengo wa Vatikani, aho yavuze ko Papa Francis yapfuye saa 7:35 za mu gitondo, ashimangira ko ubuzima bwe bwose bwari ubwa serivisi ku Mana […]

Visi Perezida wa Afurika y’Epfo yagabweho igitero

MixCollage 20 Apr 2025 02 52 PM 6146

Visi Perezida wa Afurika y’Epfo, Paul Mashatile yarokotse igitero cy’amasasu cyagabwe ku modoka ye y’akazi ubwo yari mu rugendo aherekejwe n’itsinda rimurinda. Icyo gitero cyabereye ku muhanda munini wa N12, ubwo yari atashye avuye mu nama y’ishyaka ANC yabereye kuri Birchwood Hotel i Boksburg. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Mashatile, Bwana Keith Khoza yavuze ko koko […]

Goma: Umuhanzi Bwiza yatunguwe n’ibyo M23 yahakoze

InShot 20250421 064146748

Umuhanzikazi w’Umunyarwandakazi, Bwiza Emerance uri mu bahanzi bakunzwe cyane muri iki gihe, yagaragaje ko yatunguwe n’umutekano n’isuku yasanze mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu ugenzurwa n’umutwe wa AFC/M23. Mu butumwa yasangije abakunzi be abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bwiza yavuze ko yagezeyo nyuma yo kuva […]

Umuhanzikazi Mow Kanzie yarongowe

ubwo habagaho ibirori byo gusaba no gukwa mow kanzie dcc54

Monna Walda Kaneza uzwi nka Mow Kanzie, umwe mu bahanzikazi bamenyekanye cyane mu Burundi, yashyingiranywe n’umukunzi we bari bamaze igihe bakundana. Ku itariki ya 23 Werurwe 2025, nibwo yasezeranye mu mategeko, bukurikirwa n’imihango ya gakondo yari yabaye mu ntangiriro z’ukwezi. Uyu muhanzikazi w’imyaka 27, wabaye igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Burundi mu 2016, yagaragaje […]

FERWAFA yatesheje agaciro ubujurire bwa Rayon Sports

20250419 232724

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) binyuze muri Komisiyo y’Ubujurire ryatesheje agaciro ubujurire bwa Rayon Sports FC ku cyemezo cy’uko umukino wayo na Mukura Victory Sports ugomba gusubirwamo. Ibi byemejwe n’ibarwa ya FERWAFA ifite nomero 0272/FERWAFA/2025, yashyizweho umukono ku wa 19 Mata 2025, ikaba yaragenwe umuyobozi wa Rayon Sports FC. Rayon Sports yari yajuririye icyemezo […]

Kilimobenecyo Alphonse wahanze ibendera ry’u Rwanda yapfuye

1745086762350

Umunyarwanda w’inararibonye mu bugeni, Kilimobenecyo Alphonse yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu afite imyaka 66 y’amavuko. Ni umwe mu bahanzi bageze kuri byinshi by’ingenzi mu mateka y’u Rwanda, akaba azibukwa nk’uwahanze ibendera rigezweho ry’igihugu, ikirangantego cya Repubulika n’inote z’amafaranga akoreshwa muri iki gihe. Kilimobenecyo ni we wasize akoze ibendera ry’u Rwanda ryatangiye […]

SG w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi afunzwe akekwaho gushyigikira M23

20250419 100243

JĂ©rĂ©my Manirakiza, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi (FFB), yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano z’u Burundi akekwaho kuba yaragize uruhare mu bikorwa by’amakimbirane yo mu karere. Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi avuga ko Manirakiza afunzwe nyuma yo gukekwaho kohereza ubutumwa kuri WhatsApp bushyigikira inyeshyamba za AFC/M23 zibarizwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi […]

Leta y’u Rwanda yavujije umukinnyi w’ikipe y’igihugu akira kanseri

1532543721 img 3378 13e9d

Ufitinema Clotilde wahoze akinira amakipe ya Mutunda WFC, Bugesera WFC ndetse n’Ikipe y’Igihugu y’Abagore ‘She-Amavubi’ yagarutse mu Rwanda ku wa Kane tariki ya 17 Mata 2025, nyuma y’amezi atandatu yari amaze yivuza kanseri mu Buhinde. Uyu mukinnyi wahoze ari rurangiranwa mu mupira w’abagore mu Rwanda, yashimiye inzego zitandukanye zamufashije kubona ubufasha, zirimo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), […]

Yakoresheje umunsi mukuru nyuma yo kuba uwa mbere mu gace ke winjiye mu ndege

20250408 155559 1744124377

Mu buryo butamenyerewe, umugore wo muri Nigeria yakoze ibirori bikomeye nyuma yo kugera ku nzozi ze zo kwinjira mu ndege bwa mbere mu buzima. Uyu mugore, witwa Gold Ike yavuze ko ari umugore wa mbere mu gace atuyemo winjiye mu ndege, ibintu yahisemo kwizihiza mu buryo bwimbitse. Gold Ike yabinyujije kuri Facebook ku wa 4 […]

Ntuzaterete umukobwa ufite iyi mico

Screenshot 20250418 1800032

Mu gihe benshi bashakisha urukundo rw’ukuri, hari iby’ingenzi buri musore akwiye kwitaho mbere yo gufata umwanzuro wo gukundana n’umukobwa. Nubwo kubona umukunzi w’ukuri ushobora kugorana, hari imyitwarire igaragaza ko umukobwa ashobora kutaba uwo kubana nawe neza. Hari ibyiciro by’abakobwa abasore bagirwa inama yo kwirinda mu rwego rwo kurinda umutima wabo no kwirinda gutakaza igihe n’imbaraga. […]

Menya byinshi ku wa “Gatanu Mutagatifu” umunsi Abakirisitu bibuka urupfu rwa Yesu ku musaraba

ChatGPT Image Apr 18 2025 05 31 49 PM

Kuri uyu wa Gatanu, hirya no hino ku isi abakirisitu bizihiza uwa “Gatanu Mutagatifu” umunsi wibukwa nk’igihe Yesu Kristo, Umucunguzi w’abakirisitu yapfiriye ku musaraba kugira ngo akize abantu ibyaha byabo. Uyu munsi uba mu mpera z’icyumweru gitagatifu cyibanziriza Pasika, ufatwa nk’umunsi ukomeye mu myemerere ya gikirisitu. Ni umunsi wuje agahinda, isengesho no kwitekerezaho, kuko usubiza […]

Babiri bapfiriye mu mpanuka ikomeye i Kanyinya

1744976683429

Abantu babiri bapfiriye mu mpanuka y’imodoka eshatu yabereye i Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge, abandi barindwi barakomereka. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 18 Mata 2025, ubwo imodoka ya Toyota Hilux (Vigo) yageragezaga kunyura ku yindi nabi, ifite umuvuduko mwinshi. Yahise igonga imodoka yari imbere yayo, nazo zose zihita zigongana […]

Abashoferi bagiye kujya bahabwa amanota buri mwaka maze ababonye make bamburwe uruhushya

pic1 206

Leta y’u Rwanda yatangaje ko igiye kuvugurura itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, hagamijwe guteza imbere umutekano wo mu muhanda no kugabanya impanuka. Ibi bizakorwa binyuze mu ikoranabuhanga rigezweho, ndetse no gushyiraho uburyo bushya bushingiye ku manota y’imyitwarire y’abatwara ibinyabiziga. Uyu mushinga w’itegeko, wemerejwe mu Nama y’Abaminisitiri yo ku wa 17 Mata 2025 iyobowe na Perezida Paul […]

Umufana wajombye umukinnyi icyuma amuhora kurata penaliti yakatiwe

Vincent Temitope

Urukiko rwa Chief Magistrate ruherereye i Lafia muri Nigeria rwakatiye Bashir Bala igifungo cy’amezi atatu ku wa Kane, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umukinnyi Vincent Temitope ukinira Plateau United Football Club. Nk’uko ikinyamakuru Daily Post kibitangaza, ibi byabereye kuri Stade ya Lafia City mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma y’umukino wa shampiyona wahuje […]

Umuhanzikazi wo muri Uganda yatangaje ko udafite Miliyoni 30 utamutera inda

Full Figure 2

Nakangubi Jennifer uzwi cyane ku izina rya Full Figure yatangaje ko igikorwa cyo kubyara cye gitwara hagati ya miliyoni 20 na 30 z’amafaranga ya Uganda bityo ko utayafite ntiwamutera inda. Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye na Susan Makula, avuga ko abana be bafite agaciro kadasanzwe ndetse barererwa mu buryo bwihariye. Yagize ati: “Njya kubyara twaramaze […]

Rayon Sports ntikozwa ibyo kongera gukina na Mukura VS

mukura 24 1

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko umukino wa kimwe cya kabiri cy’irangiza (½) w’igikombe cy’Amahoro, wahagaritswe ku munota wa 27 hagati ya Mukura Victory Sports na Rayon Sports kubera ikibazo cy’amashanyarazi, uzasubukurwa ku wa 22 Mata 2025, saa Cyenda (15h00’) kuri Stade ya Huye, uhereye aho wari ugeze. Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’inama […]

Bull Dog yasabye Perezida Kagame kuzamugurira itike yo kureba umukino wa Arsenal

1744896548288 1

Umuraperi w’Umunyarwanda Bull Dog yasabye Perezida wa Repubulika Paul Kagame kumugurira itike imujyana i Munich, mu gihe Arsenal yaramuka igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League. Ni ubutumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, nyuma y’umukino Arsenal yasezereyeho Real Madrid. Bull Dog yavuze ko icyizere cye kuri Arsenal cyiyongereye cyane, ndetse yemeza ko […]

Umugabo wo mu Buyapani uhemberwa gukora ubusa akomeje gutangaza benshi

KYB33GK5WZML5F2W4T4IYD3SEQ

Shoji Morimoto, umugabo w’imyaka 38 utuye i Tokyo mu Buyapani, afite akazi abantu benshi bashobora gufata nk’inzozi: yishyurwa amafaranga kugira ngo agumane n’abantu nta kindi akora. Morimoto yishyurwa 10,000 yen (100,000 Frw) buri gihe umuntu amukeneye. Ntiyigora, yicara cyangwa agendana n’umukiliya, icyo akora ni ukuba aho umukiliya amukeneye, atamutegeka kuvuga cyangwa gukora ikindi kidasanzwe. Ati: […]

Teta Sandra yagabiwe imodoka na Weasel

1744873104130

Umugore w’umunyarwandakazi Teta Sandra usanzwe abana n’umuhanzi wo muri Uganda, Weasel yahawe impano y’imodoka nshya n’uyu mugabo bamaze igihe bakundana. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Teta Sandra yashimiye Weasel amubwira ko ari we wakoze icyo gikorwa, ati: “Imodoka nshya, umugabo wanjye ni we wabikoze!” Iyi mpano ije mu gihe uyu muryango uri mu myiteguro y’ubukwe. […]

Umusaserdoti Vincent Barugahare yashyinguwe

20250417 073325

Kiliziya Gatolika mu Rwanda by’umwihariko Diyosezi ya Ruhengeri, yabuze umwe mu basaserdoti b’inararibonye, Myr Vincent Barugahare witabye Imana ku wa Kane tariki ya 10 Mata 2025, afite imyaka 77 y’amavuko. Yari amaze imyaka 50 ari umusaserdoti. Nyuma y’igitambo cya misa yo kumusabira cyabereye muri Paruwasi Katedrali ya Ruhengeri, ahari hateraniye imbaga y’abakirisitu, abepiskopi n’abihayimana, Myr […]

Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Arsenal imbere ya Real Madrid

InShot 20250416 231732114

Mu ijoro ryo ku wa 16 Mata 2025, ikipe ya Arsenal yatsinze Real Madrid ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri sitade ya Santiago BernabĂ©u, bityo ikomeza muri 1/2 cya UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego 5-1. Ibi byishimiwe cyane n’abafana b’iyi kipe ku isi hose, harimo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzwiho […]

Umuyobozi mu karera aravugwaho kunyereza Miliyoni 78 Frw za As Muhanga

AS Muhanga 3

Abafana b’ikipe ya AS Muhanga baratunga agatoki Mugabo Gilbert, Umuyobozi Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Karere ka Muhanga, bamushinja kunyereza amafaranga arenga miliyoni 78 z’amafaranga y’u Rwanda yagombaga gufasha ikipe. Abakunzi b’iyi kipe batifuje ko imyirondoro yabo itangazwa babwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko ayo mafaranga yabuze mu bihe bitandukanye, harimo miliyoni 74 Frw […]

Nyirinzu yishe umupangayi bapfuye amafaranga y’inzu

MixCollage 07 Oct 2024 09 21 AM 9610 750x375 1

Polisi yo muri Zimbabwe irimo gushakisha umugabo witwa Crispen Marara ukekwaho kwica umupangayi we nyuma yo kumuhata ibibazo no kumukubita azira amafaranga y’ubukode atabashije kugeza kuri nyirayo. Ibi byabereye mu gace ka Zengeza, aho Marara bivugwa ko yakoranye n’abandi bantu bane bakagirira nabi Tendai Nenguwo w’imyaka 38 bamushinja kurya amafaranga ya Marara. Nk’uko Polisi ya […]

Se wa Turahirwa Moses yamwigaramye

dnmuqyhxgaawnqk 5876931545400843

Umubyeyi wa Turahirwa Moses, Nsabimana Annicet yatangaje ko yamaze amezi ane afunze ariko ko atigeze ahohoterwa nk’uko umuhungu we yabitangaje aho yavuze ko ibyakozwe n’uyu muhungu we yabitewe n’ibiyobyabwenge byatumye yibagirwa ineza yagiriwe. Mu cyumweru gishize tariki ya 12 Mata 2025 nibwo Moses yaratunguranye atangaza amagambo yibasira Umukuru w’Igihugu, ndetse agaragaza ko atigeze yiyumvamo Inkotanyi […]

Umukinnyi wa FC Barcelona y’abagore yakoze ku gitsina cya mugenzi we

95058823 14608737 Barcelona women s star Mapi Leon right appeared to touch Espanyo a 112 1744642120131

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Esipanye (RFEF) ryahagaritse umukinnyi wa FC Barcelona, Mapi LeĂłn, imikino ibiri kubera imyitwarire idakwiye mu mukino wa shampiyona wahuje ikipe ye na Espanyol. Iki kibazo cyavutse mu mukino wabaye ku wa 9 Gashyantare 2025, aho ku munota wa 15 w’umukino, LeĂłn yashinjwe kugirira nabi umukinnyi Daniela Caracas wa Espanyol, ubwo bari […]

Mukura VS yaba igiye guterwa mpaga

mukura 24

Umukino wa 1/2 w’Igikombe cy’Amahoro wahuje Mukura VS na Rayon Sports ku wa Kabiri, warahagaze ku munota wa 26 kubera ikibazo cy’amashanyarazi ku kibuga cya Stade Mpuzamahanga ya Huye. Amategeko ya FERWAFA, mu ngingo ya 38.3, avuga ko ikipe yakiriye umukino ishobora guterwa mpaga y’ibitego 3-0 iyo umukino uhagaze kubera umwijima uterwa n’ibura ry’amashanyarazi, hatabayeho […]

DJ Ira yarahiriye kuba umunyarwandakazi [Amafoto]

img 20250415 wa0114 dc889

Iradukunda Grace Divine, wamamaye mu kuvanga imiziki nka DJ Ira, yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda mu buryo budasubirwaho kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 15 Mata 2025. Ni umwe mu bantu 36 barahiriye imbere y’ubuyobozi, nyuma yo kwemererwa n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, ubwo yamusabaga ubwenegihugu mu ruhame ku wa 16 Werurwe 2025. Perezida Kagame yamwemereye, […]

Amatara yatumye umukino wa Mukura VS na Rayon Sports usubikwa

1744733539091

Umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga Mukura Victory Sports na Rayon Sports, wasubitswe utarangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025 kubera ikibazo cy’amatara ku kibuga cya Stade ya Huye. Uyu mukino wari uteganyijwe gutangira saa kumi n’imwe z’umugoroba, watinze iminota 28 kuko amatara yari ataracanwa. Uyu mukino waje gutangira, ariko ugeze ku […]

Burundi: Bashyinguye umugore maze batungurwa no kumubona agarutse ari muzima

1744729297774

Abatuye agace ka Muzye, muri Komine ya Giharo mu Ntara ya Rutana mu gihugu cy’U Burundi, batunguwe no kubona umugore bivugwa ko yari yarapfuye akanashyingurwa, agaruka mu rugo ari muzima, hashize umunsi umwe gusa bamushyinguye. Uyu ni Evelyne Butoyi w’imyaka 26, ni we bivugwa ko yari yapfuye. Byatangiye ku wa 6 Mata 2025, ubwo umurambo […]

RIB yagaye umu-DJ wacurangiye muri Uganda mu gihe cyo Kwibuka akabisakaza

goj6fxixsaagkhv 4426251744711876

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwavuze ko hari umu-Dj wacurangiye mu gihugu cya Uganda mu gihe cy’Icyumweru cy’Icyunamo maze nyuma abisakaza ku mbuga nkoranyambaga. Binyuze mu muvugizi w’uru rwego, Dr. Murangira B. Thierry agaragaza ko ibyo uyu mu-Dj utavuzwe amazina yakoze ari igikorwa kigayitse akwiye kuzafatira umwanya agasaba imbabazi. Dr. Murangira B. Thierry yatangaje Ibi mu […]

Rayon Sports irishyuzwa Miliyoni 43 na Robertinho

field 14475 24110218551213829 3e90f

Umutoza Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo, uzwi cyane nka Robertinho, uherutse guhagarikwa by’agateganyo n’ikipe ya Rayon Sports, ariko ubu yasabye iyi kipe kumwishyura amafaranga asaga miliyoni 43 Frw, nk’umushahara we kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2025. Ku wa 14 Mata 2025, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwandikiye Robertinho na Mazimpaka AndrĂ© babamenyesha ko bahagaritswe by’agateganyo, […]

Rutahizamu w’Umunya-Zimbabwe yabeshye ko yavunitse kugira ngo yiryohereze n’inkumi

488202953 1148154257322855 8135641436209336723 n

Mu buryo butunguranye, rutahizamu w’Umunya-Zimbabwe Tymon Machope ukinira ikipe ya Scottland FC n’ikipe y’igihugu, aravugwaho guhimba imvune kugira ngo abone umwanya wo kuba hamwe n’umukunzi we. Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru by’iwabo, Machope ntiyagaragaye mu mukino Scottland FC yanganyijemo na Highlanders igitego 1-1, avuga ko yavunitse. Ariko nyuma y’isuzuma ryakozwe n’abaganga b’iyo kipe, byagaragaye ko nta mvune afite, […]

Umunyarwandakazi yavuze ukuntu Harmonize yamusangaga mu cyumba cya Hoteli bagiye gukora akazi

mzJktkqTURBXy9lMjM1MWUzMjRlNmRlZTI2MjlmYTNjN2YwYWFlMjkxNS5qcGVnkpUDAQDNBP7NAs TBc0EsM0Cdg

Umunyarwandakazi Umuhoza Laika uzwi nka Laika Music yongeye gusobanura byeruye ku mubano we na Harmonize, umuhanzi ukomeye wo muri Tanzaniya nyuma y’uko amafoto yabo bombi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga akibazwaho byinshi n’abakunzi b’umuziki. Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Laika yavuze ko hagati yabo nta rukundo rwigeze rubaho nk’uko benshi babitekerezaga. Yagize ati: “Twakoranye umushinga gusa, […]

Dj Crush yavuze ku byo guterwa inda na Byiringiro Lague

Screenshot 20250415 0821582

Mu gihe inkuru ivuga ko rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yaba yarateye inda DJ Clush ikomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga, impaka ni zose mu baturage ndetse n’abakunzi b’imyidagaduro n’umupira w’amaguru mu Rwanda. Iyi nkuru yamenyekanye bwa mbere ku rubuga ku mbuga nka X (Twitter), Instagram na TikTok, aho bivugwa ko aba bombi barimo gutegura […]

Umukinnyi yatewe icyuma mu ijosi azira kurata penaliti

n

Plateau United FC yo muri Nigeria yatangaje ko rutahizamu wabo, Vincent Temitope yatewe icyuma mu ijosi n’abafana nyuma y’umukino wa shampiyona (NPFL Week 33) batsinzwemo na Nasarawa United ibitego 3-2, mu mukino wabereye i Lafia. Vincent yari yarase penaliti gusa ariko kandi yari yanatsinze  igitego kimwe muri uwo mukino. Itangazo ryashyizweho umukono na Yaksat Maklek, […]

Brazil: Imfungwa zigabanyirizwa igifungo iyo zisomye ibitabo

1644215747

Igihugu cya Brezile cyashyizeho uburyo budasanzwe bwo kugabanya igihano cy’abafungwa. Ubu, abari muri gereza bashobora kugabanyirizwa igihano mu gihe basomye ibitabo, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Reuters. Brezile izwi nk’igihugu kirimo ibyaha byinshi muri Amerika y’Amajyepfo. Gereza zaho zicumbikira bamwe mu bagizi ba nabi bazwi cyane, ndetse zikaba zizwiho ubucucike bukabije n’ibibazo by’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Mu mwaka wa […]

The Ben yegukanye ibihembo bitatu muri EAEA 2025

theben3 1744623536301 8280081744623955

Umuhanzi The Ben, Alyn Sano n’utunganya umuziki Run (David) bakoze amateka mu bihembo bya East Africa Arts Entertainment Awards 2025 (EAEA). The Ben yegukanye ibihembo bitatu birimo: Best Music Video ku ndirimbo Plenty, Best Artist Rwanda, na Best Hit Song Rwanda ku ndirimbo True Love. Alyn Sano yegukanye igihembo cya Best Rwanda Sound abikesha indirimbo […]

Uganda: Umuhanzi bamumennye umutwe azira gusebya Bob Wine

3bf67e 908e369de2ee494681c4ab1c664bf981mv2

Umuhanzi w’umunya-Uganda Alien Skin yajyanywe mu bitaro nyuma yo gukubitwa n’itsinda ry’abantu benshi mu karere ka Iganga, aho bamukomerekeje bikabije ku mutwe. Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma y’uko asoje igitaramo cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore cyabereye ku ishuri ribanza rya Iganga Municipal Primary School riherereye mu karere ka Iganga. Amashusho yacicikanye ku mbuga […]