Abagore 2 banyweye imiti y’akanyabugabo kugira ngo bemeze umugabo wabo

Abagore babiri bahuje umugabo batuye mu gace ka Dakwa muri Bwari Area Council y’Umujyi wa Abuja, bajyanywe mu bitaro nyuma yo gufata umuti wa gakondo uzwi nka “kayan mata” mu rwego rwo gushimisha umugabo wabo wari uherutse kurongora umugore wa gatatu. Nk’uko Daily Trust yabitangaje, aba bagore bafashe uyu muti nyuma y’iminsi itatu umugabo wabo, […]
Yisabiye Polisi y’u Rwanda kumujyana Iwawa

Mu butumwa butangaje kandi bwavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, ukoresha X (yahoze ari Twitter) witwa Nibisazi yasabye Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa, avuga ko ubuzima bwo hanze bumugoye kandi yifuza kwiyigira umwuga. Nibisazi yanditse ati: “Muraho Polisi, ko mbona hanze hano ubuzima bukomeye mwanyijyaniye Iwawa nkajya kwiyigira imyuga.” Polisi ntiyatinze kumusubiza, […]
Dabijou wabenzwe na Yago yishumbushije umuherwe

Munezero Rosine uzwi cyane nka Dabijou, umwe mu bakobwa bakunzwe cyane mu myidagaduro y’u Rwanda, yagaragaje ibimenyetso by’urukundo rwe rushya n’umushoramari ukomeye wo muri Kenya, Jamal Marlow Rohosafi uzwi nka Jimal Rohosafi. Ni nyuma y’uko bagaragaye mu mashusho bari kumwe muri Ethiopie aho bari bitabiriye umukino wa UEFA Champions League wahuje Arsenal na PSG. Nyuma […]
Bishop Gafaranga arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Habiyaremye Zacharie, wamenyekanye cyane ku izina rya Bishop Gafaranga, akurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo yemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, wavuze ko yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025, aho afungiye kuri sitasiyo ya […]
Omborenga Fitina yandikiye Rayon Sports asaba gusesa amasezerano

Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports, Omborenga Fitina yandikiye ubuyobozi bw’iyo kipe abumenyesha ko ashaka gusesa amasezerano yari afitanye nayo. Ibaruwa yandikiwe Bwana Twagirayezu ThadĂ©e, umuyobozi wa Rayon Sports, isobanura ko impamvu nyamukuru ari ukutubahiriza ibikubiye mu masezerano. Mu ibaruwa ye, Omborenga agaragaza ko hari ibyo bumvikanye bitubahirijwe birimo no kutamuha amafaranga yiswe “recruitment fee”, ndetse […]
Shaddy Boo yasubije Mutesi Scovia ku magambo yamuvuzeho

Kimenyabose ku mbuga nkoranyambaga akaba n’umubyeyi w’abana babiri, Mbabazi Shadia uzwi cyane nka Shaddy Boo, yatangaje ko atishimiye amagambo yatangajwe n’umunyamakuru Mutesi Scovia amuvugaho mu kiganiro cyanyuze kuri shene imwe ya YouTube. Mu kiganiro cy’iyo shene, Mutesi Scovia yahawe ifoto ya Shaddy Boo maze asabwa kumuvugaho ibintu bitatu amuziho. Mu buryo butavuzweho rumwe, Scovia yabanje […]
Visa yatumye myugariro wa AS Kigali ahagarika ruhango imburagihe

Ndayishimiye Thierry, wari myugariro w’ikipe ya AS Kigali, yamaze guhagarika gukina umupira w’amaguru nk’umwuga nyuma yo kwerekeza mu gihugu cy’u Budage. Ikinyamakuru Umuseke kivuga ko Ndayishimiye yagiye mu Budage mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gicurasi. Nubwo impamvu nyamukuru itatangajwe ku mugaragaro, bivugwa ko yahisemo guhagarika umwuga we wo gukina umupira kugira ngo ajye gukorera mu […]
Gusambanya Ababikira byagizwe ibanga muri Kiliziya Gaturika

Ku wa Gatandatu tariki ya 3 Gicurasi 2025, mu gihe Ababikira binjiraga mu muryango mutagatifu wa Bazilika ya Mutagatifu Petero i Vatikani, hari impaka zavugaga ko ihohotera rishingiye ku gitsina rikomeje kuvugwa ko rikorerwa bamwe muri bo rikozwe n’abapadiri. Iryo hohotera, rishingiye ku gitsina, ni kimwe mu byaha bikomeye byakomeje gucibwa amarenga muri Kiliziya Gaturika, […]
Umugore yishe umugabo we amuhamba munsi y’igitanda

Mu gace kitwa Kaniga I, mu karere ka Buhweju, Rwengwe mu gihugu cya Uganda, haravugwa inkuru iteye ubwoba y’umugore w’imyaka 43 witwa Sharon Nshemereirwe ushinjwa kwica umugabo we, Beinomugisha, akamuhamba munsi y’igitanda cyabo. Amakuru yatangajwe na polisi agaragaza ko uwo mugore yamukubise inyundo mu mutwe mu ijoro ryo ku wa 13 Mata 2025, akamupfunyika mu […]
Dore amagambo aryohera Abagore

Mu buzima bw’abashakanye cyangwa abakundana, amagambo y’urukundo afite imbaraga zidasanzwe mu kubaka icyizere, gufasha mu bihe bigoye no gutuma urukundo ruramba. Abahanga mu mibanire bemeza ko amagambo meza abwirwa umukunzi ashobora kurushaho gukomeza umubano, cyane cyane ku bagore, kuko bagira umutima wumva vuba kandi bakunda kwitabwaho mu buryo bw’amarangamutima. Dore amwe mu magambo akundwa kandi […]
Inkomoko y’Ubukirisitu

Hafi imyaka ibihumbi bibiri ishize, mu burasirazuba bwo hagati, havutse umugabo wazanye ubutumwa bwaje guhindura amateka y’isi. Uyu mugabo ni Yesu Kristo, wavukiye i Betelehemu mu gihugu cya Yudaya. Bibiliya ivuga ko yavutse mu buryo budasanzwe, aho umubyeyi we Mariya yasamye inda atarahura n’umugabo, ahubwo ku bw’imbaraga za Roho Mutagatifu. Yesu yakuriye mu muryango w’abanyamwuga, […]
Turahirwa Moses yarize iminota 4 mu rukiko

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo Turahirwa Moses, washinze inzu y’imideli ya Moshions, ushinjwa n’Ubushinjacyaha ibyaha bijyanye n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi. Ubushinjacyaha burega Turahirwa Gutunda, Kubika no Kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi bwo mu bwoko bwa Hybrid, aho bwagaragaje ko yafatanywe udupfunyika 13, mu gihe we yemera ko yafatanywe amagarama abiri y’urumogi […]
Trump ari gutanga miliyoni 1.3 Frw ku bimukira

Perezida Donald Trump yatangije gahunda nshya igamije kugabanya amafaranga Leta itanga mu bikorwa byo kwirukana abimukira badafite ibyangombwa, aho abemera kugenda ku bushake bahabwa $1,000 (asaga 1,300,000 Frw) n’inkunga yo gutaha. Itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu (DHS), rivuga ko iyi gahunda izajya icungwa hifashishijwe porogaramu ya telefoni ya CBP One. Minisitiri Kristi […]
Ngoma: Umuturage yafungiye mugenzi we mu rugo rwe

Mu Karere ka Ngoma, inzego z’umutekano zatangiye ibikorwa byo gushakisha umugabo witwa Nkundumukiza Fiston nyuma yo kumukekaho icyaha cyo gufungira mu rugo rwe mugenzi we bapfa amafaranga. Inkuru yamenyekanye ku wa Mbere tariki ya 5 Gicurasi 2025, ubwo inzego z’ibanze zifatanyije n’iz’umutekano zasangaga mu rugo rwa Nkundumukiza, umuturage witwa Niyibizi CĂ©lestin w’imyaka 49, uvuka mu […]
Vision FC yiyemeje kumanuka mu kiciro cya 2

Perezida wa Vision FC, Birungi John Bosco, yavuze ko ikipe ye izamanuka mu Cyiciro cya Kabiri nyuma yo gutsindwa na AS Kigali ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona. Birungi yavuze ko ikipe ye ikina nabi, nta cyizere ifite kandi nta kizere cyo kuguma mu Cyiciro cya Mbere. Ati: “Twakinnye nabi, nta mpamvu […]
Rihanna yemeje ko atwite inda y’umwana wa gatatu

Umuhanzi w’icyamamare Rihanna yemeje ko atwite inda y’umwana wa gatatu ubwo yitabiraga ibirori bya Met Gala byabereye i New York. Yari yambaye ikoti rya Marc Jacobs, agenda asekera abafotora ubwo yageraga ku itapi itukura. Rihanna w’imyaka 37, hamwe n’umukunzi we A$AP Rocky, basanzwe bafitanye abana babiri: RZA wavutse muri Gicurasi 2022 na Riot wavutse muri […]
Ese kuva amaraso mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina bivuze ko umukobwa ari isugi?

Kenshi iyo umukobwa akoze imibonano mpuzabitsina bwa mbere, hari abibwira ko guhita ava amaraso bihita byemeza ko yari isugi. Nyamara, ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere bugaragaza ko ibi bidahora ari ko biba, kuko ubusugi bugaragazwa n’agahu kitwa Hymen, gafunga cyangwa kagatwikira igice cy’umwinjiriro w’igitsina cy’umukobwa. Inzobere mu buzima bw’imyororokere zivuga ko umukobwa aba ari isugi iyo atarakora […]
Abakinnyi ba Rayon Sports bashondanye batabarwa n’abo muri APR FC

Nyuma yo gutsindwa na APR FC ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro cya 2025, mu ikipe ya Rayon Sports havutse umwuka mubi hagati y’abakinnyi bashyamiranye bikomeye ku buryo byari bigiye kuvamo imirwano. Ibi byabaye nyuma y’umukino wabereye kuri Kigali PelĂ© Stadium, aho Elenga Kanga Junior yegereye mugenzi we Abeddy Biramahire amufata mu mashati […]
Umugore wari waraburiwe irengero imyaka irenga 60 yabonetse ari muzima

Audrey Backeberg, umugore wo muri Leta ya Wisconsin, yabonetse ari muzima nyuma y’imyaka 62 yari ishize aburiwe irengero. Uyu mugore yari afite imyaka 20 ubwo yaherukaga kugaragara ku wa 7 Nyakanga 1962, aho yavuye mu rugo iwabo mu gace ka Reedsburg. Uwo bari kumwe, bivugwa ko ari umukobwa wabafashaga mu rugo, yavuze ko bombi bahisemo […]
Kate Bashabe yasabye Yago Pondat kureka intambara z’amagambo

Mu gihe amagambo akomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga hagati ya Yago Pondat n’abo yita abanzi be, umunyamideli n’umushoramari Kate Bashabe yasabye uyu musore kubihagarika ahubwo akibanda ku kazi ke. Abinyujije mu butumwa yanditse kuri X, Bashabe yagize ati: “Yago please wakwihangana ibi bintu ukabireka ukikomereza akazi kawe. Ni ibyo kugutesha umwanya kandi dukeneye imiziki myinshi […]
Sadate yihanganishije abafana ba Rayon Sports

Nyuma yo gutsindwa ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro n’ikipe ya APR FC ku bitego 2-0, Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports yihanganishije abakunzi b’iyi kipe, abasaba gukomera no guhuriza hamwe imbaraga mu rugamba rwo gushaka igikombe cya Shampiyona. Uyu mukino wabaye ku Cyumweru, tariki ya 4 Gicurasi 2025, warangiye APR FC itwaye Igikombe cy’Amahoro […]
Muri Rayon Sports bavuze kuri ruswa bivugwa ko APR FC yabahaye
Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin, yateye utwatsi amakuru avuga ko hari abakinnyi b’iyi kipe baba barahawe ruswa na APR FC ngo bayorohereze gutwara igikombe cy’amahoro.
Zuby Comedy yasenyutse

Umunyarwenya Shizirungu Seka Seth, uzwi nka Seth, yemeje ko we na Mucyo Samson (Samu) batagikorana nk’itsinda rya Zuby Comedy nyuma y’imyaka irenga ine bakorana. Nubwo batandukanye, buri umwe yakomeje ibikorwa bye ku giti cye, ariko izina Zuby Comedy ryasigaye rikoreshwa mu bitaramo bahuriramo. Seth yavuze ko impamvu yo gutandukana atari amafaranga ahubwo ari uko batari […]
Inama ku bagabo bashaka kongera amasohoro

Mu gihe ikibazo cy’ubugumba gikomeje kwiyongera ku isi, impuguke mu by’ubuzima zikomeje gutanga inama zafasha abagabo kongera ubwinshi n’ubwiza bw’amasohoro yabo. Amasohoro ni uruvange rw’ibinyabutabire bikorerwa mu myanya ndangagitsina y’umugabo, kandi akaba afite uruhare runini mu gutera inda. Kugira amasohoro make cyangwa adafite ubuzima bwiza bishobora gutuma umugabo abura ubushobozi bwo gutera inda. Ubushakashatsi bw’Ishami […]
FERWAFA ntikozwa ibyo kugabana na Rayon Sports na APR FC

Perezida wa FERWAFA, Munyentwari Alphonse, yahakanye icyifuzo cya Rayon Sports na APR FC zasabaga ko amafaranga azinjira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro yagabanywa hagati y’izo kipe na FERWAFA ku kigero cya 50/50. Ni nyuma y’inama rusange idasanzwe ya FERWAFA yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Gicurasi 2025, aho havuguruwe amategeko hagendewe ku mabwiriza […]
Yafunzwe imyaka 44 aziri icyaha atakoze

Umugabo wo muri Leta ya Louisiana, Vincent Simmons yarekuwe nyuma yo kumara imyaka 44 afunzwe, nyuma y’uko urukiko rusanze atahawe ubutabera bukwiye mu rubanza yashinjwagamo gufata ku ngufu abana b’impanga b’abakobwa bafite imyaka 14 mu 1977. Ku wa mbere, umucamanza Bill Bennett yategetse ko habaho urubanza rushya, ariko ubushinjacyaha bwatangaje ko butazongera kumukurikirana. Nubwo umucamanza […]
Tiwa Savage arashinja abagabo ubugwari mu rukundo

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatangaje amagambo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutanga igitekerezo cye ku bagabo b’Abanya-Nijeriya mu kiganiro Thoughts in a Culli cy’urusobe rwa GRM Daily. Tiwa Savage, uzwiho kugira uburere butuma adatangaza cyane ibyiyumvo bye, yavuze ko nubwo abagabo b’Abanya-Nijeriya bafite uburyo bwo kwambara bugezweho kandi bakagira […]
Davido yahaye umufana we Miliyoni 6

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Davidobyongeye gutangaza benshi ubwo yahaga umusore wo muri Ghana amafaranga angana na miliyoni 6 n’igice mu manyarwanda (6,500,000 Frw), ni ukuvuga $5,000, kubera uburyo yasubiyemo indirimbo ye With You afatanyije na Omah Lay. Iyi ndirimbo iri kuri alubumu ya Davido yitwa 5ive yasohotse ku wa 18 Mata 2025, ikubiyemo […]
Ni iki Bibiliya ivuga ku butunzi? Ese umukristo akwiriye gutunga byinshi?

Mu minsi ishize, amagambo ya Bishop Sam Owusu wo muri Ghana yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga. Yatangaje ko “ku myaka 25, umuntu akwiriye kuba afite nibura miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda (GH¢25,000) kuri konti ya banki,” ibyo benshi bakiriye mu buryo butandukanye. Ibi byatumye bamwe bibaza uko umukristo akwiriye kureba amafaranga n’ubutunzi. Ese koko umukristo […]
Umuhanzi Ruger ntiyamara umwaka akivugana n’umukobwa

Umuhanzi w’Umunyanijeriya Ruger yatangaje ko adashyigikiye gutinda mu cyiciro cyo kumenyana n’umukobwa (bizwi nka “talking stage”). Mu kiganiro yagiranye n’icyitwa The Brobants Show, Ruger yavuze ko adashobora kumara igihe kirekire avugana n’umukobwa atarakundana na we. Yagize ati: “Sinshobora kuvugana n’umukobwa umwaka wose. N’iyo byaba ibyumweru bibiri gusa, tugomba guhura. Niba ari kure, azansanga cyangwa njye […]
Umufana wa APR FC yapfiriye mu kiraro

Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 1 Gicurasi 2025, mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, habonetse umurambo w’umugabo witwa Tuyisenge w’imyaka 33, wari uzwi nk’umufana ukomeye wa APR FC. Amakuru yemejwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze avuga ko nyakwigendera yasanzwe munsi y’ikiraro kiri mu kibaya cya Mugogo. Umuryango we uvuga ko ku mugoroba wabanjirije […]
Gen Muhoozi yemeje ko umugore we yamwica aramutse arongoye Miss Mutesi Jolly

Umugaba w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasubije umukunzi we kuri X (Twitter), wamugiriye inama yo gushaka Miss Jolly Mutesi nk’umugore wa kabiri. Mu gusubiza, yavuze mu buryo bwo gutebya ko ibyo byatuma umugore we Charlotte amwica. Ibi yabivuze nyuma y’uko ashyizeho ifoto ari kumwe na Perezida Kagame, agira ati: “Tuzatsinda abanzi bose. Imana ihe […]
Umukobwa yiyahuye kubera kubura aba-followers kuri Instagram

Umukobwa wari ukomeye ku mbuga nkoranyambaga, Misha Agrawal, yapfuye ku wa 24 Mata 2025 yiyahuye, nk’uko byemejwe n’umuryango we. Yari afite imyaka 24, iminsi ibiri gusa mbere y’uko yuzura imyaka 25. Misha yari afite impamyabumenyi mu mategeko kandi yari anitegura gukora ibizamini bya leta (civil service exams). Ariko umuryango we watangaje ko yari amaze igihe […]
Satani ni nde? Inkomoko ye, uko Bibiliya n’abahanga bamusobanura

Mu myizerere ya gikirisitu n’ayandi madini menshi, izina Satani rihita rizamura ishusho y’ikiremwa cy’umwijima, gihora gihanganye n’Imana n’abantu. Ariko se, ni nde Satani koko? Yaturutse he? Ese Bibiliya n’abashakashatsi bamuvugaho iki? Mu Isezerano rya Kera, cyane cyane mu gitabo cya Yobu, Satani agaragara nk’urega abantu imbere y’Imana. Si nk’umwami w’icyaha nk’uko byaje kumenyekana nyuma, ahubwo […]
Davido yahaye umugore we imodoka ya miliyoni 283 Frw

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Davido, amazina ye nyayo akaba ari David Adedeji Adeleke, yateye intambwe igaragarira amaso yerekana urukundo afitiye umugore we Chioma Rowland, amuha imodoka y’agaciro k’arenga miliyoni 283 Frw. Iyi mpano y’agatangaza yayimuhaye ku isabukuru ye y’imyaka 30, mu birori byabereye i Atlanta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Gatatu tariki ya 30 […]
Umuhanzi wakubise polisi yakatiwe byoroheje

Urukiko Rukuru rwa Ogun, ruri mu karere ka Ifo muri Leta ya Ogun muri Nigeria, rwakatiye umuhanzi wamenyekanye cyane kubera imyitwarire itavugwaho rumwe, Habeeb Okikiola uzwi nka Portable, igifungo cy’amezi atatu azira gukubita umupolisi. Portable yahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umupolisi ndetse no kurwanya ifatwa rye n’inzego z’umutekano. Uyu muhanzi yafashwe muri Werurwe 2023 […]
Leta yategetswe kwishyurira umugabo uzitereshaho igitsina cy’umugore

Urukiko Rukuru rw’i Ontario mu Canada rwemeje ko umuntu utiyumva nk’umugabo cyangwa umugore byuzuye (non-binary) agomba kwishyurirwa na leta amafaranga yo gukora operasiyo yo gushyirwaho igitsina cy’umugore, ariko agasigarana n’igitsina cy’umugabo gikora neza. Uwo muntu, wahawe inyuguti K.S. mu rwego rwo kurinda ubuzima bwe bwite, yatsinze urubanza rwari rumaze imyaka ibiri ruburanwa, nyuma yo kurega […]
Amaze kwibagisha inshuro 100 kugira ngo abe mwiza ariko aracyari mubi

Abby Wu, umukobwa w’Umushinwa wari afite imyaka 14 gusa ubwo yajya kubagwa bwa mbere, agamije guhindura imiterere y’umubiri we kugira ngo ase neza kurushaho. Ubu ageze ku myaka 35, amaze kwibagisha inshuro zirenga 100, amafaranga yakoreshejwe akagera hafi ku gice cya miliyoni y’amadolari y’Abanyamerika. Mu gihe abandi bana b’igitsina gore b’iyo myaka baba batekereza ku […]
Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura Victory Sports igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro, biyifasha kugera ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, aho igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0. Igitego rukumbi cyabonetse ku munota wa […]
APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu. Igiteranyo cy’ibitego byombi ni 2-1. Igitego rukumbi cyabonetse ku munota wa 25 cyatsinzwe na Djibril Ouattara ku mupira yahawe na Ruboneka Bosco nyuma ya koruneri. […]
Ngaya amayeri abakobwa bakoresha bakura ibyinyo abasore n’abagabo muri 2025

Mu buzima bw’urukundo bwa buri munsi, hari abakobwa bamwe batagendera ku rukundo rw’ukuri, ahubwo bagacudika n’abagabo cyangwa abasore bashaka kubakuraho amafaranga cyangwa ibindi byangombwa. Ibi babigeraho bifashishije amayeri n’ibinyoma bitandukanye. Dore amwe mu mayeri akunze gukoreshwa: 1. Kubeshya ko batwite: Bamwe babwira abasore ko batwite kugira ngo babasabe amafaranga yo kwa muganga cyangwa yo gukuramo […]
Gicumbi FC yazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Ikipe ya Gicumbi FC yageze ku ntsinzi ikomeye nyuma yo gutsinda La Jeunesse ibitego 2-0, bituma izamuka mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League. Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu wari uwa gatanu mu mikino ya Playoffs y’amakipe ane ahatanira imyanya ibiri yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere. Gutsinda kw’iyi […]
Rutahizamu uhetse Rayon Sports yahembwe

Rutahizamu wa Rayon Sports, Biramahire Abbedy yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi kwa Werurwe mu ikipe y’abagabo, mu gihe Mukeshimana DorothĂ©e yabaye umukinnyi w’ukwezi mu ikipe y’abagore ya Rayon Sports WFC. Ibi bihembo byatanzwe mu birori byabaye ku mugoroba wo ku wa Kabiri, byabereye ku cyicaro cy’iyi kipe aho byanitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Twagirayezu ThaddĂ©e (uyobora Association […]
Umutubuzi ruharwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 63

Urukiko Rukuru rwa Leta ya Oyo ruri i Ibadan muri Nigeria rwakatiye Olaniyan Gbenga Amos igifungo cy’imyaka 63 kubera ubutubuzi bukomeye mu ishoramari. Uyu mugabo yari afatanyije n’ikigo cye yashinze “Detorrid Heritage Investment Limited” yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubutekamutwe yaregwaga aho byageraaga kuri 30. Urukiko rwasanze Amos n’isosiyete ye barakoze icyaha cyo kwambura abaturage […]
Miss Mutesi Jolly arifuza kubyara umwana w’umukobwa

Uwahoze ari Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, Mutesi Jolly yagaragaje ibyishimo byimbitse n’amarangamutima yatewe no kureba BeyoncĂ© ari kumwe n’abakobwa be babiri, Blue Ivy na Rumi, ku rubyiniro bwa mbere, ibintu byamukoze ku mutima bigatuma yifuza umwana w’umukobwa. Ib byabaye mu gitaramo cyabaye ku wa Mbere, tariki 28 Mata 2025, cyatangije ku mugaragaro ibitaramo bya […]
Nubona ibi bintu 7 uzamenye ko umuntu atagukunda nubwo atabivuga

Hari igihe umuntu aba atagukunda ariko ntabivuge mu magambo. Gusa imyitwarire ye ya buri munsi ishobora kukwereka ukuri. Dore bimwe mu bimenyetso 7 byagaragaza ko uwo muntu atagufitiye urukundo cyangwa inyungu mu mubano mufitanye: 1. Ntareba mu maso yawe: Iyo umuntu ahora atakureba mu maso cyangwa agaceceka igihe muri kumwe, bishobora kugaragaza ko atakwiyumvamo. 2. […]
Gatera Moussa ntakozwa ibyo guhagarikwa

Umutoza wa Rutsiro FC, Gatera Moussa, yahagaritswe ku kazi ku wa 28 Mata 2025 nyuma y’uko ikipe ye itsinzwe na APR FC ibitego 5-0. Ubuyobozi bwa Rutsiro FC bumushinja umusaruro mubi, ariko Gatera arabihakana avuga ko ibyo bamurega bidafite ishingiro. Mu kiganiro na B&B FM, Gatera yavuze ko yari afite intego zo kugeza ikipe mu […]
Pacson yihaye ibyo gusindira kuri Riderman bamutwara intambike

Umuraperi Riderman yatangaje ko mugenzi we Pacson, uherutse kumushinja kumutererana mu gitaramo cyo kumurika album mu 2017, atavuga ukuri kuko icyo gihe ngo yari yasinze. Pacson aherutse kubwira InyaRwanda ko ataribagirwa uburyo bouncer yamukuye ku rubyiniro nk’agashashi, avuga ko Riderman yari akwiriye kumurengera nk’inshuti ye. Yagize ati: “Kugeza n’ubu sindamubabarira. Riderman yakabaye yaravuze ati buretse […]
Uwise Pastor Julienne “Intumwa ya Satani” yatakambye

Uwiyita Bakame ku rubuga rwa X, nyuma yo kwibasira Pastor Kabanda Julienne amwita “intumwa ya Satani”, yasabye imbabazi ku mugaragaro nyuma y’amagambo yateje impaka ndende ndetse akababaza benshi. Mu butumwa yanditse bwa mbere, Bakame yavuze amagambo akomeye atesha agaciro Pastor Julienne, aho yagize ati: “Reka mwite intumwa ya Satani ku Isi, Mama w’ikinyoma. Uyu ni […]
Umuryango wa Meddy bibarutse ubuheta

Umuhanzi w’Umunyarwanda, Ngabo MĂ©dard Jobert uzwi nka Meddy hamwe n’umugore we Mimi Mehfira, barashimira Imana nyuma yo kwibaruka umwana wabo wa kabiri, umuhungu bise Zayn M Ngabo. Kuri uyu wa mbere, Meddy abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram yasangije abamukurikira amafoto abiri: imwe igaragaza umugore we atwite ndetse n’indi igaragaza uruhinja rwabo. Aya mafoto yakurikiwe […]
Gatera Musa n’umuzamu we bahagaritswe nyuma yo gutsindwa 5 na APR FC

Ikipe ya Rutsiro FC yamaze gufata icyemezo gikomeye cyo guhagarika by’agateganyo umutoza mukuru Gatera Musa n’umunyezamu mukuru Matumele Monzobo Arnold, nyuma yo kwitwara nabi mu mikino ya shampiyona, by’umwihariko umukino batsinzwemo na APR FC 5-0. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 28 Mata 2025, ubuyobozi bwa Rutsiro FC bwemeje ko icyemezo cyo guhagarika aba bakozi […]
RIB yatangiye iperereza ku wise Pastor Julienne Umukozi wa Satani

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza ku magambo yavuzwe n’uwiyita “Bakame” kuri X, aho yise Pastor Julienne Kabanda “intumwa ya Satani”. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko hashyizweho itsinda riri gusesengura niba ayo magambo arimo ibimenyetso by’icyaha. Aganira na IGIHE, umuvugizi wa RIB yagize ati: “Biracyasuzumwa, harebwa niba ibyo yavuze bikurikiranwa n’amategeko, […]
Leta y’u Rwanda mu biganiro na Youtube byo kubemerera “monetize”

Abahanzi, abanyamakuru b’Abanyarwanda bashobora mu gihe cya vuba gutangira kubona inyungu kuri YouTube batagombye kwiyandikisha mu bindi bihugu byemerewe uburyo bwo kwinjiza amafaranga buzwi nka monetization. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubugeni, Jean-NĂ©po Abdallah Utumatwishima wavuze ko Leta iri gukorana n’ubuyobozi bwa YouTube kugira ngo Rwanda yemererwe kujya ku rutonde rw’ibihugu bifite uburenganzira bwo guhabwa inyungu […]
Myugariro wa Police FC yapfushije nyina

Myugariro wa Police FC, Issah Yakubu ari mu kababaro nyuma y’urupfu rwa nyina, Gifty Boako, witabye Imana ku wa Gatandatu, tariki ya 26 Mata 2025. Nyakwigendera Gifty Boako yitabye Imana mu Mujyi wa Bawjiase, uherereye mu Ntara ya Central muri Ghana, aho yari asanzwe atuye. Police FC yahaye Issah Yakubu uruhushya rwihariye kugira ngo abe […]
Gen. Muhoozi agiye kubaka Arena

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko Uganda igiye kubaka inyubako y’imyidagaduro nshya yiswe Lugogo Arena, izubakwa i Kampala ahazwi nka Lugogo Cricket Oval. Uyu mushinga uzubakwa na kompanyi yo muri Turukiya, Summa Construction Company, isanzwe izwiho kubaka inyubako nk’iza Dakar Arena muri SĂ©nĂ©gal na BK Arena yo mu Rwanda. Gen. Muhoozi […]
Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico umujura

Umusore w’imyaka 20, Pascal Ndayisenga yarashwe ahita apfa nyuma yo kugerageza gucika inzego z’umutekano zari zamufashe, kuri uyu wa Gatandatu mu masaha ya saa munani z’amanywa. Ibyo byabereye mu Karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Ngoma, Akagari ka Fugi, Umudugudu wa Gasha. Amakuru atangazwa na Polisi avuga ko Ndayisenga yari yafashwe ku wa Gatanu hamwe na […]
Muzahagararira igihugu muri CAF mukomeje kwiba gutya? Ayabonga wa Rayon Sports

Ikipe ya APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu, isubira ku mwanya wa mbere n’amanota 52. Rutsiro FC, yari yakiriye uyu mukino, yagumye ku mwanya wa kane n’amanota 37. Rayon Sports, iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 50, izakina ku Cyumweru na […]
Dimitri Payet wanyweshaga umugore we inkari ze mu gihe cyo gutera akabariro

Uwahoze akinira ikipe ya West Ham, Dimitri Payet yahakanye ibyo ashinjwa by’ihohotera yakoreye uwahoze ari umukunzi we, Larissa Natalya Ferrari, avuga ko umubano wabo wari ushingiye ku bwumvikane. Ferrari w’imyaka 28 arega Payet ko yamuhatirije gukora ibikorwa biteye isoni birimo kunywa inkari ze, kurigata hasi, no gukubitwa. Ferrari avuga ko Payet yakoresheje ibibazo bye byo […]
RDC: AS Vita Club ishobora kwikura muri shampiyona

Nyuma y’uko ishyirahamwe rishinzwe Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (LINAFOOT) rifatiye ibihano bikomeye ikipe ya AS Vita Club nyuma y’imvururu zavutse mu mukino wayihuje na Aigles du Congo ku wa 23 Mata, iyi kipe ishobora kwikura muri shampiyona. Uyu mukino wari ukomeye mu itsinda rihatanira igikombe, wahagaze ku munota wa […]
Shakib agenda km 3,000 buri cyumweru agiye kureba Zari

Nubwo Shakib Cham akorera i Kampala naho Zari Hassan abarizwa muri Afurika y’Epfo ari kumwe n’abana be batanu, urukundo rwabo ntirwadindiye kubera intera ibatandukanya. Mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV, Shakib yavuze ko akomeje kugaragaza urukundo n’umuhate mu kubungabunga umubano wabo, ndetse agasanga adashobora kumara icyumweru atabonanye na Zari. Yagize ati: “Igihe cyose numva mukumbuye, […]