• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Joseph Kabila abona Tshisekedi nk''umunyagitugu ukwiriye guhashywa'

politiki

Joseph Kabila abona Tshisekedi nk’’umunyagitugu ukwiriye guhashywa’

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Yanditswe kuwa 07/06/2023 13:05

Amakuru aturuka muri Congo Kinshasa aravuga ko ishyamba ritakiri ryeru hagati ya Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu na Félix Tshisekedi wamusimbuye ku butegetsi, ku buryo umwe asigaye afata undi nk’ ’umunyagitugu ukwiriye guhashywa’.

Ni Kabila kuri ubu umaze imyaka ine yaracecetse, kuva muri 2019 ubwo yahererekanyaga ubutegetsi yari amazeho imyaka 18 na Tshisekedi.

Kabila umaze igihe mu icuraburindi ndetse no guceceka kudasanzwe, kuri ubu biragoye cyane kumubona mu buzima bw’umunsi ku wundi bwa Congo Kinshasa, haba muri Politiki y’iki gihugu cyangwa inzego za gisirikare cyazo.

Uyu mugabo ku rundi ruhande amakuru avuga ko afitiye umujinya w’umuranduranzuzi Perezida Félix Antoine Tshisekedi asigaye afata nk’’umunyagitugu ukwiriye guhashywa’; nyuma y’igihe amubangamira cyane.

Ikinyamakuru Africa Intelligence cyanditse ’Raïs’ nk’uko bakunze kumwita abona asigaye acungirwa hafi n’ubutegetsi bw’i Kinshasa; ibyo afata nk’umugambi ugamije kumuhohotera cyangwa kumugirira nabi.

Iki gitangazamakuru kivuga ko uyu wahoze ari Général Major mu ngabo za Congo Kinshasa inshuro nyinshi iyo aganira n’abantu ba hafi ye avumira ku gahera Tshisekedi.

Ni Kabila ku rwego rwe bwite wumva yarambuwe uburenganzira bwo kujya aho ashaka mu mudendezo; bijyanye no kuba mbere y’uko agira aho ajya n’indege ye bwite agomba kubanza guhabwa uburenganzira n’Urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri Congo (ANR).

Urugero nko kugira ngo ajye muri Afurika y’Epfo aho asanzwe akurikiranira amasomo yo ku rwego rwa Kaminuza ndetse akanahivuriza; ngo Jean-Hervé Mbelu Mbiosha uyobora ANR abanza kujya iwe mu rugo kugira ngo abashe kugenda mu muhanda afite imodoka zimuherekeje.

Africa Intelligence kandi ivuga ko mu bindi Kabila atajya yishimira ari uko ubutegetsi bwa Tshisekedi bukomeje guhihibikanira kuvugurura pasiporo za bamwe mu bo mu muryango we; hejuru y’ibyo akaba ababazwa cyane no kuba abenshi mu bo bahoze bakorana barahunze RDC mu gihe abandi bahigishwa uruhindu.

Kabila kandi anenga Komisiyo y’amatora muri Congo Kinshasa ndetse n’Urukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga muri iki gihugu ku kuba bari kunanirwa gutegura amatora; mu gihe habura amezi atandatu ngo abe.

Ibirenze ibyo kandi Perezida wa kera wa Congo ahangayikishijwe no kuba umwuka ukomeje kuba mubi hagati y’igihugu cye n’ibihugu baturanye; by’umwihariko u Rwanda.

Tshisekedi n’abambari be barushinja guha ubufasha umutwe wa M23; ibyatumye umubano w’ibihugu byombi uzamba.

U Rwanda ku rundi ruhande ruhakana guha ubufasha uriya mutwe; ahubwo rugashinja Kinshasa gukorana n’umutwe wa FDLR bahuriye mu mugambi wo kuruhungabanyiriza umutekano.

Ikibazo cya M23 na cyo ngo kiri mu byatumye Joseph Kabila arakarira cyane Tshisekedi, ngo kuko atumva buryo ki yananiwe gushyira ku murongo Ingabo za Congo ndetse no kuzigurira ibikoresho byo gutsinsura uriya mutwe.

Ni M23 imaze umwaka igenzura uduce dutandukanye tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kutwambura FARDC.

Izindi Nkuru Bijyanye


Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu

Izindi wasoma

Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu

Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi

Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda

Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda

Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne

BABOU Bénjamin
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.