• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Ubukene n'amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro

Zicukumbuye

Ubukene n’amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 27/12/2019 08:13

Mu karere ka Gatsibo, mu murenge wa Rwimbogo, abaturage babeshejweho n�ubuhinzi bw�ibigori, ibishyimbo, amasaka n’urutoki. Abafite ubushobozi bwisumbuyeho bahinga inyanya, umuceri, ubunyobwa na Soya. Abarorora, borora inka, ihene ndetse n�ingurube.

Ni agace k�amayaga nk�uko bisanzwe bizwi mu cyahoze ari Umutara, aho ubuzima bugoye iyo izuba ryavuye cyane. Muri iki gihe, abaturage bavuga ko imvura yabaye nyinshi, ibishyimbo birapfa, ibigori na byo hari abahinduriwe imbuto, bava ku ya gakondo, ubu bahinze �hybrid� bavuga ko izera muri Gashyantare cyangwa Werurwe 2020.

Ikigori ni cyo kiribwa k�ingenzi ku batuye muri aka karere nk�uko babyivugira kuko bashobora kunywamo igikoma, bagatekamo umutsima (bamwe barakoboza, abandi ntibabikore) ndetse bagatekamo n�impungure bazivanze n�ibishyimbo. Iyo ibigori bibuze, inzara iba ari yose.

Tumaze kubona impamvu eshatu nyamukuru zitera inzara muri uyu murenge. Abaturage bitwara bate muri iki gihe?

Mu mateka y�Umutara, abaturage bari bazwiho kugira ubutaka bwinshi burimo ubuhingwa n�ubudahingwa (bwo bwari bwinshi) bwiganjemo ibikuyu biragirwamo inka, gusa abimukira baturutse mu mpande zose z�igihugu baje kuhatura, ubutaka buba buke, ubu hakaba hari abariho batagira aho kuba (barakodesha), abandi bakagira ibibanza batuyemo gusa harimo n�ibipima nka metero 20 ku 10.

Akenshi mu gihe cy�inzara, abaturage benshi begereye ishyamba rya Gabiro abasirikare basanzwe bitorezamo, abana, abakuru n�abakuze bayoboka iri shyamba bakajya gutashya inkwi (babyita gusenya), umubare w�abajyamo ukiyongera mu gihe abanyeshuri bari mu biruhuko. Gusenyera mu iri shyamba ntibyemewe nk�uko abasirikare basanzwe babibwira abaturage mu nama ziba kenshi gusa na bo (abaturage) bararahira bakavuga ko n�iyo babica badashobora kuricikaho kuko ari ryo bakesha ubuzima. Iyo bavuye gutashya, bamwe barazicana, abandi bakajya kuzigurisha mu dusoko turi ku ntera kugeza mu bilometero bisaga 9 bagenda n�amaguru bikoreye ku mutwe, uwikoreye inkwi nyinshi ntashobora kwishyurwa amafaranga arenze 600 RWF.

Imbogamizi abaturage bagaragaza zituma bavuga ko badashobora kureka gutashya muri iri shyamba ngo ni uko: nta masambu bagira yo guteramo amashyamba [n�ubwo na yo adakura neza muri iki gice] ku buryo byajya biborohera kubona inkwi no kuba ari bwo buryo bwonyine bwo kubona amafaranga mu gihe ibikorwa by�ubuhinzi bakesha ubuzima bwabo byahagaze.

Abaturage begereye ishyamba rya Gabiro bamaze igihe kinini baritahirizamo. Batangiye babonera inkwi hafi y�aho batuye, gusa ubu ngo basigaye bajya gutahiriza mu ntera igera ku bilometero 7 mu ishyamba hagati. Hari ubwo abasirikare bajya babafata, bakabihanangiriza bababwira ko bashobora gukandagira ibisasu bajugunya ahantu bitoreza cyangwa bakaba babarasa mu buryo bw�impanuka mu gihe bari muri Gabiro. Ibi babibwiwe kenshi ariko ngo �kuko ari ho bakura ubuzima, nta cyababuza kujyamo� gusa umuntu akibaza aho bazaturiza niba bagenda binjiramo, ibilometero byiyongera.

Hari ibindi bikorwa byakorerwaga muri Gabiro gusa byo bisa n�aho biri gucika. Ibyo birimo kuragiriramo inka nyuma y�aho hari izafashwe mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare, zigatezwa na cyamunara. Ikindi ni ugucukura amabuye y�agaciro yo mu bwoko bwa �Colta�, aho abasirikare bigeze no kurasa abakoraga iki gikorwa; bamwe bagapfa, abandi bagacika. Hari abarahiye kudasubira muri Gabiro bajya gucukura �colta�, abandi bacika ku byo kuragiramo, gusa hari abakomeje kunangira.

Gucukura amabuye ya Colta birasa n�ibiri gucika, gucana amakara muri Gabiro na byo ni uko, kuragiramo inka na byo bigiye kuba amateka ariko ikizere cy�uko gutashyamo kuzacika kiracyari hasi cyane. Abatashya babwirwa ko �bajya batekereza ko 50% bataha, akandi 50% bahera mu ishyamba� bitewe n�ibikorwa bikorerwamo hiyongeyemo inyamaswa zibamo harimo n�imbogo, imvubu ndetse n�amasatura. Hari amakuru avuga ko �bagiye kujya batangirirwa mu nzira banyuramo bajya kugurisha inkwi, bagafatwa�.

Guca abaturage mu ishyamba rya Gabiro ni byiza kuko birinda umutekano n�ubuzima bwabo nk�uko bigaragara mu bika biri hejuru. Gusa nk�ubuyobozi bufatanyije n�inzego z�umutekano harimo RDF bafite mu nshingano iri shyamba, hiyongereho abaturage cyane cyane abaturiye iri shyamba, bakwiriye gushakira umuti ikibazo cy�ibura ry�ibicanwa, byaba ngombwa bagahabwa ibikoresho bigezweho byo gucanisha. Ikibazo cy�ubutaka ndetse n�izuba rimaze igihe rihavugwa kigashakirwa umuti cyane ko biri mu ntandaro y�inzara.

Akarere ka Gatsibo gafite ubuso bungana na na kilometero kare 1,585.3 (1,585.3 Km2). Gafite imirenge 14, Utugari 69, n’imidugudu 603. Ibarura ryakozwe mu 2012 ryagaragaje ko aka karere kari gatuwe n’abaturage barenga 433,000. Ishyamba rya Gabiro rikora ku gice cy’uburasirazuba bw’aka karere kimwe na Nyagatare ndetse na Kayonza. Gabiro kandi ihura na Pariki y’Akagera, imwe muri Pariki zicumbikiye inyamaswa z’inkazi zirimo intare, amasatura, inkura, imvubu n’ingona.

Izindi Nkuru Bijyanye


Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
 Rwanda: Ubwinshi bw'imanza, gufunga n'ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Izindi wasoma

Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda

Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame

Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba

Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.