Young Africans yirukanye umutoza Luc Eymael wagereranyije abafana bayo n’imbwa
Ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania, yirukanye Umubiligi, Luc Eymael, wari umutoza mukuru wayo inamutegeka kuva ku butaka bwa Tanzania vuba na bwangu, kubera amagambo mabi yavuze ku bakunzi b’iriya kipe ikunzwe kurusha izindi muri kiriya gihugu. Intandaro yo kugira ngo uyu mutoza wananyuze muri Rayon Sports yirukanwe, yabaye amagambo yatangaje nyuma […]
RIB yafashe abajura bari bamaze igihe biba abantu bakoresheje Mobile Money
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje kuri uyu wa 27 Nyakanga ko rwafashe itsinda ry’abasore batandatu bari bamaze iminsi biba amafaranga, umubare w’ibanga na SIM Card z’aba agent ba Mobile Money. Abafashwe ni Twagirimana Jean Claude, Manishimwe David, Dusingizimana Felicien, Habineza Jean Claude, Kayisinga Emmanuel na Muhayimana Emmanuel ari na we muyobozi wabo, bose bakomoka mu Karere […]
Premier league: Manchester United na Chelsea zabonye itike ya UEFA Champions league
Imikino y’umunsi wa nyuma wa Shampiyona y’Abongereza yakinwe kuri iki cyumweru, yasize ikipe ya Manchester United na Chelsea zisanze mu myanya ine ya mbere izemerera gukina UEFA Champions league, mu gihe Leicester City yisanze muri UEFA Europa league. Ni umunsi wakinwe hibazwa ikipe imwe igomba kwerekeza muri Europa League, dore ko byari bigishoboka ko imwe […]
Muhanga: Polisi yafashe ibisambo bikekwaho kwica umumotari bikamwiba moto
Polisi y’igihugu yatangaje ko iheruka gukora umukwabu mu karere ka Muhanga, ikawufatiramo ibisambo bitanu bikekwaho kwica umumotari witwa Samson Ndirabika bikamwiba moto ye. Ku wa gatanu tariki ya 24 Nyakanga, umurambo wa Ndirabika w’imyaka 44 y’amavuko wasanzwe mu ishyamba riri hafi y’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, aho yari yiciwe anizwe. Ubuyobozi bw’Umurenge wa […]
Gen. Kabarebe yavuze ko kurwanya abarwanya u Rwanda ari ibintu byoroshye cyane
Gen. James Kabarebe, Umujyanama mu by’umutekano wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko abarwanya u Rwanda aho bava bakagera byoroshye kubarwanya, ngo kuko nta mpamvu zifatika bagenderaho barurwanya. Umujyanama wa Perezida wa Repubulika yabigarutseho mu kiganiro ku Kwibohora ku ncuro ya 26, aganiriza Abanyarwanda biganjemo urubyiruko rutuye ku mugabane wa Amerika. Gen. Kabarebe yasobanuye […]
Nyaruguru: Aratabariza umugabo we ufungiye mu nzererezi kubera Gitifu umugendaho
Umugore w’uwitwa Hakizimana Oscar wo mu mudugudu w’Ururambo, mu kagari ka Mbuye, mu murenge wa Ngoma w’akarere ka Nyaruguru, arasabira umugabo we kurenganurwa nyuma yo kujya gufungirwa mu kigo kinyurwamo by’igihe gito (Transit Center) bigizwemo uruhare na Hakizimana Jean, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uriya murenge. Umudamu wa Hakizimana yabwiye BWIZA ko bigitangira, mu gicuku cy’itariki ya kabiri […]
Rubavu: Umuturage arashinja Gitifu wa Gisenyi kumuhohotera ubugira kenshi
Habakwitonda Jean Chrisostome wo mu kagari ka Bugoyi gaherereye mu murenge wa Gisenyi w’akarere ka Rubavu, arasaba kurenganurwa nyuma y’akarengane avuga ko yagiye akorerwa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi mu bihe bitandukanye kakamuviramo gufungwa bya hato na hato. Ibya Habakwitonda n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi, byatangiye muri Gashyantare uyu mwaka ubwo ibiza byasenyaga igipangu cy’inzu ye iherereye […]
Slay queen yashyinguwe mu isanduku ibaje mu ishusho y’igitsina cy’abagabo
Umukobwa uri mu bazwi nk’aba Slay queen w’i Accra mu gihugu cya Ghana uheruka gupfa, yashyinguwe mu isanduku ibaje nk’igitsina cy’abagabo yari yariyeguriye, nk’isezerano yari yarihaye mbere y’uko apfa. Bisa n’ibitangaje kuri benshi, amakuru avuga ko uriya mwari akiri muzima yari yarasabye umuryango we gukora ibishoboka byose ukamushyingura mu isanduku ibaje muri buriya buryo, ngo […]
Dore ibihugu bishishikariza abaturage babyo gukora imibonano mpuzabitsina
Hari ibihugu bimwe na bimwe ku Isi usanga Guverinoma zabyo zishishikariza abaturabe gukora imibonano mpuzabitsina kenshi gashoboka, ku mpamvu ahanini zishingiye ku kongera umubare w’abaturage. Nko muri Espagne Edelmira Barreira ni Minisitiri ushinzwe imibonano mpuzabitsina, akaba yarahawe izo nshingano mu 2017 mu rwego rwo kuzamura umubare w’impinja muri kiriya gihugu wamanutse mu buryo bukomeye. Leta […]
Mbappe yavunikiye mu mukino PSG yatwariyemo igikombe cya Coupe de France
Rutahizamu Kylian Mbappe ukinira Paris Saint-Germain y’iwabo mu Bufaransa, yaraye avunikiye mu mukino ikipe ye yatwariyemo igikombe cya Coupe de France, ku buryo hari ubwoba bw’uko atazagaragara mu mikino ikipe ye ifite mu minsi iri imbere harimo uwa UEFA Champions League izahuriramo na Atalanta. Mu gice cya mbere cy’uyu mukino, Kylian Mbappe yasohotse mu kibuga […]
U Rwanda rwakiriye umuntu utagira ubwenegihugu wari umaze igihe afungiye muri Amerika
Guverinoma y’u Rwanda kuri wa gatanu, yatangaje ko yakiriye mu buryo bw’ubugiraneza uwitwa Adham Amin Hassoun utagira ubwenegihugu, nyuma y’uko arangije igifungo muri gereza yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika yari afungiyemo. Itangazo Guverinoma y’u Rwanda yasohoye, rivuga “Hassoun yimuriwe mu Rwanda mu ntangiriro z’iki cyumweru hakurikijwe amasezerano yo mu 1954 yerekeye Sitati y’abantu […]
Burundi: Abapolisi 12 birukanwe bazira ibyaha birimo ubujura
Polisi y’u Burundi kuri uyu wa gatanu, yerekanye abantu 34 bakurikiranweho ibyaha bitandukanye barimo abapolisi bayo 12 bakurikiranweho ibyaha by’ubujura na ruswa bamaze kwirukanwa ku mirimo yabo. Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Pierre Nkurikiye, yabwiye itangazamakuru ko itsinda rya mbere muri bariya bantu 34 berekanwe rigizwe n’abantu 16 barimo abapolisi 12 n’abasivile bane. Batanu mu […]
Rulindo: Arasaba ko musaza we wajyanwe mu nzererezi na se arengana kurekurwa
Izere Jeanette wo mu mudugudu wa Bitare, akagari ka Taba ho mu murenge wa Rusiga w’akarere ka Rulindo, aratabariza musaza we asaba ko yarenganurwa nyuma yo kujyanwa mu kigo kinyurwamo by’igihe gito (Transit Center) nyamara nta cyaha na kimwe yigeze akora. Izere avuga ko ku wa 12 Kamena ari bwo musaza we witwa Uwireba Patrice […]
Huye: Umwana w’imyaka 14 yahondaguwe n’abashinzwe umutekano akanguka ari mu bitaro

Uwitwa Rukundo Emmanuel wo mu mudugudu w’Umuyange, mu kagari ka Gahororo ho mu murenge wa Karama w’akarere ka Huye, aratabaza asaba ubutabera nyuma y’uko abashinzwe umutekano abazwi nk’irondo ry’umwuga bamusanze mu nzira baramuhondagura bamugira intere nyamara ntacyo akoze. Mu ma saa tanu yo ku wa kabiri tariki ya 21 Nyakanga nk’uko Rukundo yabisobanuriye BWIZA nyuma […]
TP Mazembe na Raja Casablanca zaciwe amande na CAF
Komisiyo ishinzwe imyitwarire mu mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yamaze guca amande ya $10,000 buri imwe amakipe ya TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Raja Casablanca yo muri Maroc, kubera ubushyamirane bwabaye mbere y’umukino wayahuje muri Werurwe uyu mwaka. Ku wa 07 Werurwe TP Mazembe na Raja Casablanca […]
REB yasubije abarimu bavuga ko ibizamini by’akazi byabayemo uburiganya
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Uburezi mu Rwanda REB, cyavuze ko abakandida b’abarimu bumva bararenganyijwe mu bizamini by’akazi baheruka gukora, bagomba gukurikiza inzira ziteganywa n’amategeko agenga ibizamini kugira ngo barenganurwe. Ku wa Gatatu tariki ya 22 Nyakanga 2020, BWIZA yabagejejeho inkuru y’uko hari abarimu bavuga ko mu gutangaza abakandida batsinze biriya bizamini hari ahari kuba uburiganya. Urugero […]
Rayon Sports nta mpuhwe izigera igirira APR_Sadate avuga ku bucuti bw’amakipe yombi
Munyakazi Sadate uyobora ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko nta mubano wihariye ikipe ye ifitanye na APR FC nk’uko bamwe babivuga, ashimangira ko intego za Rayon Sports ari ugutsinda umukeba wayo aho bahurira hose. Yabitangaje nyuma y’amagambo ya benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru hano mu Rwanda, bemeza ko ibyari ubukeba bwahozeho hagati ya Rayon Sports […]
Nimero 10 mwiza muri iki gihugu agomba kuzaba mu kipe nziza_Sadate avuga Muhadjiri
Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yavuze ko rutahizamu Hakizimana Muhadjiri afata nka numero 10 mwiza u Rwanda rufite muri iki gihe, azakinira ikipe ya Rayon Sports mu mwaka utaha w’imikino. Ni nyuma y’amakuru amaze iminsi avuga ko uyu musore unakinira ikipe y’Igihugu, Amavubi, yamaze gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sports, nyuma yo kumvikana […]
Karongi: Bakoze ikizamini cyo kwigisha ari babiri, batungurwa no gusanga abagitsinze ari batandatu
Mu bizamini byo gushaka abarimu bashya bazigisha mu mashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyi ngiro byakozwe mu minsi ishize, hari abavuga ko hashobora kuba harabayemo amanyanga mu kugena ababitsinze. Ku wa kabiri tariki 14 Nyakanga 2020, ni bwo abarimu 35,000 bo mu gihugu hose batangiye gukora ibizamini by’akazi, nyuma yo gusaba imyanya yo kwigisha muri […]
Uko kubaka umubiri byabaye ibanga ryo kurama k’umukecuru Lorraine (Amafoto)

Janice Lorraine, umukecuru w’imyaka 77 y’amavuko wo mu gihugu cya Australia, ashimangira ko kuba yaragize umuco imyitozo yo guterura ibyuma (kubaka umubiri ) biri mu bituma akiri injege ku myaka ye y’amavuko. Mu busanzwe Siporo yo guterura ibyuma isanzwe ikorwa n’abasore ndetse n’inkumi bakiri bato, ku buryo kumva umukecuru w’imyaka 70 ukora iyo siporo ari […]
Burundi : Igitero cyaguyemo abasirikare babiri bivugwa ko ababishe bavugaga Ikinyarwanda
Mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri tariki ya 21 Nyakanga, abasirikare babiri b’u Burundi biciwe mu ishyamba rya Kibira riherereye muri Komini Mabayi ho mu ntara ya Cibitoke, mu gitero bagabweho kikanakomerekeramo abandi bane mu buryo bukomeye. Amakuru avuga ko mu gitondo cy’ejo ku wa kabiri imirambo y’abo basirikare yatoraguwe n’imodoka […]
PM Ngirente yasabye Abanyarwanda kumenyera kubana na Covid-19
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye Abanyarwanda kumenyera kubana n’icyorezo cya Covid-19 kuri ubu cyugarije Isi, ngo kuko bigoye guteganya igihe icyo cyorezo kizacikira burundu. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri Minisitiri Ngirente yari ari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, ageza ku bayigize b’imitwe yombi (Abadepite n’abasenateri) ingamba Guverinoma y’u Rwanda yafashe mu […]
Urukiko rwategetse ko Dr. Pierre Habumuremyi afungwa by’agateganyo
Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa kabiri, rwategetse ko Dr. Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda afungwa by’agateganyo iminsi 30, mu gihe hagikomeje iperereza ku byaha ashinjwa. Ku wa 16 Nyakanga Dr Habumuremyi yari yitabye urukiko ku ncuro ya mbere, kugira ngo atangire kuburanishwa ku byaha bibiri ashinjwa bivugwa ko yakoze mu […]
Burundi: Gen. Ndayishimiye yatangije umwiherero w’abayobozi ushobora kuzaganira ku mubano w’u Burundi n’u Rwanda
Perezida w’u Burundi, Gen. Major Evariste Ndahishimiye, kuri uyu wa kabiri yatangije umwiherero w’abayobozi bakuru muri Guverinoma ayoboye uzaganira ku bibazo 12 biri mu byugarije igihugu cy’u Burundi. Uwo mwiherero w’iminsi itatu uri kubera muri Hoteli yitwa Ruhuka iherereye ahitwa i Buye ho mu ntara ya Ngozi. J. Claude Karerwa Ndenzako ushinzwe amakuru muri Perezidansi […]
M23 yasabye Tshisekedi gucyura abarwanyi bayo bari mu Rwanda na Uganda
Uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Inyeshyamba za M23, yahamagariye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, gucyura abahoze ari abarwanyi b’uwo mutwe baheze mu bihugu by’u Rwanda na Uganda. Mu itangazo M23 yasohoye ku wa 17 Nyakanga ryashyizweho umukono n’uwari umuyobozi wayo, Bertrand Bisimwa, yasabye ishyirwa mu bikorwa ryihuse ry’amasezerano ya Nairobi mu […]
Omar Al-Bashir ushobora gukatirwa urwo gupfa aratangira kuburanishwa
Kuri uyu wa kabiri w’irariki ya 21 Nyakanga, hatangiye urubanza rwa Omar Al-Bashir wahoze ayobora igihugu cya Sudani, kuri Coup d’Etat ya gisirikare yamushyize ku butegetsi mu myaka 31 ishize ashinjwa kuyobora. Byari byitezwe ko Al-Bashir agaragara mu rukiko rw’i Khartoum mu murwa mukuru wa Sudani saa mbili z’isaha ngengamasaha ya GMT (10h00 z’i Kigali), […]
Abagore babiri barwanye inkundura bapfa Minisitiri
Polisi yo mu gace ka Lumley gaherereye i Freetown mu murwa mukuru wa Sierra Leone, iri gukora iperereza ku ihohotera umugore witwa Mariama Massaquoi yakoreye mugenzi we witwa Dorotha Koroma, nyuma yo kurwanira mu rugo rwa Dr. Robert Chakanda, Minisitiri wungirije muri Guverinoma ya Sierra Leone ushinzwe Igenamigambi n’Iterambere ry’Ubukungu. Amakuru avuga ko abo bagore […]
Uganda: Biravugwa ko Museveni yasubije Gen. Kale Kayihura mu mirimo
Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda kuri uyu wa mbere, byatangaje ko Perezida w’icyo gihugu, Yoweri Kaguta Museveni, yasubije mu mirimo Gen. Kale Kayihura akamugira umuhuzabikorwa w’inzego z’ubutasi bwa Uganda. Ni umwanya yasimbuyeho Ge. David Sejusa. Gen. Kale Kayihura yari Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda, mbere yo kwirukanwa kuri izo nshingano na Museveni muri 2018, […]
Nta Ballon d’Or izatangwa muri uyu mwaka
Ikinyamakuru France Football cyo mu Bufaransa gitanga igihembo cya Ballon d’Or, cyatangaje ko icy’uyu mwaka kitazatangwa kubera uruhare icyorezo cya Covid-19 cyagize mu guhungabanya amarushanwa atandukanye. Igihembo cya Ballon d’Or buri mwaka gihabwa umukinnyi wahize abandi ku Isi mu mupira w’amaguru binyuze mu matora. Ni ubwa mbere iki gihembo kigiye kudatangwa kuva mu mwaka wa […]
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa mbere yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru nyuma y’uko umukobwa we, Ingabire Ange Kagame n’umugabo we, Bertrand Ndengeyingoma bibarutse imfura yabo. Umukuru w’Igihugu yatangaje iyo nkuru nziza umuryango we wakiriye abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter. Perezida Kagame yagize ati: “Guhera ejo hashize twishimiye kuba ba sogokuru […]
Hakizimana Muhadjiri agiye kwerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana na rutahizamu Hakizimana Muhadjiri, mbere yo kumwereka abafana bayo nk’umukinnyi wayo mushya. Radio/TV10 dukesha iyi nkuru yavuze ko Hakizimana Muhadjiri azerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports ku wa kabiri tariki ya 21 Nyakanga 2020. Hari hashize igihe uyu musore ukomoka i Rubavu ari mu biganiro na Rayon Sports byakagombye […]
Visi-perezida wa Kiyovu Sports yavuze ko yababajwe n’imyitwarire ya APR FC
Narindwa Theodore, umuvugizi akaba na Visi-perezida w’Ikipe ya Kiyovu Sports, yavuze ko yababajwe cyane no kuba APR FC yita Nsanzimfura Keddy umukinnyi wayo nyamara afite amasezerano ya Kiyovu Sports, akemeza ko bazakiranurwa na Ferwafa. Ku cyumweru tariki ya 19 Nyakanga, Nsanzimfura Keddy wahoze akina hagati mu kibuga mu kipe ya Kiyovu Sports yeretswe itangazamakuru nk’umukinnyi […]
Nyiramandwa wahindutse Nyiramana afite ishimwe kuri Perezida Kagame
Nyiramandwa Rachel, umutegarugori w’i Nyamagabe uzwi nk’umukecuru wa Perezida wa Repubulika, ahamya ko na we ari mu bakibyiruka kubera ibyiza u Rwanda rukomeje kugeraho bigizwemo uruhare n’ubuyobozi bwiza rufite, akemeza ko uwari Nyiramandwa asigaye yarahindutse Nyiramana. Nyiramandwa kuri ubu ufite imyaka 110 y’amavuko, atuye mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe. Ubwo BWIZA yasuraga […]
Kuva muri Rayon Sports ujya muri APR ni ibintu byiza cyane_Bizimana Yannick
Rutahizamu Bizimana Yannick, yatangaje ko kuva muri Rayon Sports ajya muri APR FC ari ibintu byiza, ngo kuko ari intambwe buri mukinnyi wese ukina umupira w’amaguru mu Rwanda aba yifuza gutera. Kuri iki cyumweru cy’itariki ya 19 Nyakanga ni bwo APR yerekanye abakinnyi bane bashya yasinyishije muri iyi mpeshyi, ndetse n’umwe yazamuye mu ishuri ryayo […]
Guverineri wa Mombasa yagaragaye aririmba indirimbo ‘Katerina’ ya Bruce Melody
Guverineri w’Intara ya Mombasa iri mu zigize igihugu cya Kenya, Hassan Joho, yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga nyuma ya videwo ye yagiye hanze aririmba indirimbo ‘Katerina’ y’umuhanzi Bruce Melody. Amashusho ya Guverineri Joho usanzwe ari umunyabirori, yashyizwe hanze bwa mbere ahagaragara na mugenzi we Mike Sonko uyobora Umujyi wa Nairobi, mbere yo gusamirwa hejuru n’abazi […]
Burundi: Perezida Ndayishimiye yasabwe kurekura abanyamakuru ba Iwacu bafunzwe
Umuryango CPJ (Comité de protection des Journalists) ushinzwe kurengera abanyamakuru, wandikiye Guverinoma y’u Burundi usaba ko abanyamakuru bane b’igitangazamakuru Iwacu bafunzwe barekurwa. Mu ibaruwa CPJ iheruka kwandikira Perezida mushya w’u Burundi, Gen. Maj. Ndayishimiye Evariste, yavuze ko yizeye ko itsinda rishya riyoboye u Burundi rishobora kubugeza ku iterambere ryihuse kandi rifite ireme “mu guca ukubiri […]
Perezida wa Rayon Sports yashimiye APR FC yaguze Bizimana Yannick
Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yemeje ko Bizimana Yannick yagurishijwe muri APR FC mu nyungu za Rayon Sports, aboneraho gushimira iyo kipe y’Ingabo z’Igihugu yaguze uriya rutahizamu ukiri muto. Ku wa gatandatu tariki ya 18 Nyakanga Rayon Sports ibinyujije kuri Twitter yayo, yemeje ko Bizimana Yannick yatandukanye na yo, gusa ntiyatangaza ikipe yerekejemo. Cyakora […]
Umupolisi yafashwe asambanya umurwayi wa Covid-19 wari mu kato
Umupolisi wo mu ntara ya Busia mu gihugu cya Kenya, yambuwe intwaro anatabwa muri yombi mbere yo gushyirwa mu kato, nyuma yo gufatwa asambanya ku ngufu umurwayi wa Covid-19 wari mu kato. Citizen TV yavuze ko uriya mupolisi yari umwe mu bagize ikipe y’Abapolisi babiri n’abacungagereza batatu bari boherejwe kuri gereza ya Busia aho bari […]
Rayon Sports yemeje ko Bizimana Yannick atakiri umukinnyi wayo
Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko rutahizamu Bizimana Yannick atakiri umukinnyi wayo, imushimira ku byo yayikoreye mu mwaka umwe yari amaze ayikinira. Rayon Sports ibinyujije kuri Twitter yayo yagize iti: “Dushobora kubyemeza. Yannick Bizimana yamaze gutandukana na Gikundiro. Buri wese muri Rayon Sports arashimira Yannick ku byo yakoreye Rayon Sports tukanamwifuriza ibyiza muri kariyeri ye […]
Ingabo z’u Rwanda ntabwo zagiye muri Congo kwica Abanyarwanda_Gen. Kabarebe
Gen. James Kabarebe, Umujyanama wihariye mu by’umutekano wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko ingabo z’u Rwanda zitigeze zitera inkambi z’impunzi z’Abanyarwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko ahubwo zagiyeyo zijya gucyura abari barafashwe bunyago n’abari basize bakoze amahano mu Rwanda. Yabitangarije mu kiganiro kivuga ku kwibohora k’u Rwanda cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu […]
APR FC yageneye impano Nabyl wari umutoza wayo wungirije mbere yo kwerekeza iwabo
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga, Umunya-Marroc Nabyl Bekraoui wari umutoza wungirije wa APR FC yuriye rutemikirere aherekejwe n’ubuyobozi bw’iyo kipe y’ingabo z’igihugu, yerekeza iwabo nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe yari afitanye na yo. Ku wa 2 Nyakanga 2019 ni bwo Nabyl ari kumwe na Mohammed Adil Erradi ndetse na Mugabo Alex, […]
RDC: Inzego z’umutekano zirashinja impunzi z’Abarundi gukorana n’imitwe yitwaje intwaro
Inzego zishinzwe umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zirashinja zimwe mu mpunzi z’Abarundi zahungiye muri icyo gihugu gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, abayobozi mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye mu nama n’abahagarariye impunzi z’Abarundi, mu gushakira umuti wa […]
PSG inyagiye Waasland Beveren ya Djihad Bizimana ibitego 7-0
Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’Ubufaransa, inyagiye ibitego 7-0 Waasland Beveren yo mu Bubiligi ikinamo Umunyarwanda, Djihad Bizimana. Hari mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo wabereye kuri Stade ya Parc des Princes i Paris. Djihad Bizimana wari uhanzwe amaso n’abanyarwanda benshi yakinnye uduce tune twose tw’umukino (agace kari kagizwe n’iminota 30), […]
RIB yerekanye abarwanyi 57 b’imitwe itandukanye bashakaga gutera u Rwanda
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa gatanu rweretse itangazamakuru abarwanyi 57 bashyikirijwe u Rwanda, bakurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo kugambirira guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Muri 57 berekanwe harimo 29 babarizwaga mu mutwe wa P5, batanu bo mu mutwe wa RUD-URUNANA, barindwi ba FDRL-FOCA na 14 bo muri FLN. Aberetswe itangazamakuru ni abafatiwe mu mashyamba ya […]
Zimbabwe: Uwarokotse impanuka ya Bisi yahitanye abarenga 40 yatanze ikirego
Uwarokotse Impanuka ikomeye ya Bisi yahitanye abantu 43 muri Zimbabwe, yareze Company yari itunze iyo Bisi n’umushoferi wari uyitwaye waguye mu mpanuka abasaba kumuriha arenga miliyoni y’Amadorali ya Amerika. Iyo mpanuka yabaye mu gitondo cy’itariki ya 07 Kamena 2017, ubwo Bisi itwara abagenzi ya Sosiyete yo muri Zambia King Lion yagongaga igiti ahitwa Karoi mu […]
Ibitangaje kuri Goliath, igikeri gipima ibiro bitatu kikaruta ibindi Isi
Ubushakashatsi bwagaragaje ko ibikeri byitwa Goliath biboneka mu bihugu bya Cameroon na Guinée Equatiriale byombi bibarizwa muri Afurika yo hagati, ari byo binini kurusha ibindi mu mateka yisi. Itsinda ry’abashakashatsi b’Abadage bakoze ubushakashatsi kuri ibyo bikeri, basanze kimwe muri byo gishobora gupima ibiro bikabakaba bitatu, ndetse bikagira n’uburebure bwa Centimetero zibarirwa muri 30. Ni ibikeri […]
Messi yavuze ko nyuma yo kubura shampiyona bashobora no gusezererwa na Napoli
Lionel Messi yanenze cyane imyitwarire yaranze FC Barcelona mu mwaka w’imikino wa 2019/2020, ashimangira ko nikomeza bashobora no kuzatsindwa na Napoli ikabasezerera muri UEFA Champions league. Yabitangaje nyuma y’umukino w’umunsi wa 37 wa Shampiyona ya Espagne we na bagenzi be batsinzwemo na Osasuna ibitego 2-1 mu ijoro ryakeye, mu gihe Real Madrid bahora bahanganye yo […]
Afurika y’Epfo: Abapolisi barenga 7,000 bamaze kwandura Covid-19
Minisitiri wa Polisi ya Afurika y’Epfo, Bheki Cele, yatangaje ko Abapolisi 7,021 bo muri icyo gihugu bamaze kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona. Minisitiri Bheki Cele yemeje ayo makuru ku wa gatatu tariki ya 15 Nyakanga, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru rya Afurika y’Epfo cyabereye mu murwa mukuru, Pretoria. Ni ikiganiro cyibanze ku ngamba icyo gihugu […]
Rayon Sports yasezeye kuri Iragire Saidi
Myugariro Iragire Saidi yamaze gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, nyuma yo gusesa amasezeramo yari afitanye n’iyo kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda. Iragire Saidi yari umukinnyi wa Rayon Sports kuva mu mpeshyi ya 2019, nyuma yo kuyigeramo avuye mu kipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yo mu majyepfo y’igihugu. Uyu musore yari asigaje umwaka […]
Insengero zemerewe kongera gukora, utubari dukomeza gufungwa
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ku wa gatatu tariki ya 15 Nyakanga, yemeje ko insengero zongera gukora, mu gihe serivisi zitandukanye zirimo ubucuruzi bw’utubari, imipaka ndetse n’amashuri zizakomeza gufungwa. Ni Inama yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Itangazo ry’ibyemezo by’iyo nama ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko […]
Nyamasheke: Utugari turi muri Guma mu rugo twabonetsemo abantu 12 banduye Covid-19
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, Minisante, yatangaje ko kuri uyu wa gatatu mu Rwanda habonetse abarwayi 19 bashya banduye Covid-19, biganjemo ababonetse mu tugari two mu karere ka Nyamasheke twashyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo. Muri utwo tugari habonetse abarwayi bashya ba Covid-19 12, i Kigali haboneka batatu, mu gihe i Rusizi na Nyamagabe buri […]
Tunisia: Minisitiri w’Intebe Elyes Fakhfakh yeguye ku mirimo ye
Minisitiri w’Intebe wa Tunisia, Elyes Fakhfakh ku wa gatatu tariki ya 15 Nyakanga yashyikirije Perezida w’icyo gihugu, Kaïs Saïed, ibaruwa y’ubwegure bwe nk’umukuru wa Guverinoma ya Tunisia. Amakuru avuga ko Fakhfakh yeguye ku mirimo ye, nyuma y’inama yamuhuje na Perezida Kaïs Saïed, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’abaturage (ARP), Rached Ghannouchi, n’Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro Rusange ry’abakozi […]
Colonel Bolingo wa FDLR yafashwe mpiri n’ingabo za Congo Kinshasa
Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga cyafashe mpiri abasirikare babiri b’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, barimo Colonel Bolingo uri mu basirikare bakomeye muri uwo mutwe. Media Congo dukesha iyi nkuru yavuze Colonel Bolingo na mugenzi we bafatiwe na FARDC muri Territoire ya Kalehe iherereye […]
Faustin Usengimana yabaye umukinnyi wa gatandatu Police FC isinyishije
Ikipe ya Police FC yamaze gusinyisha myugariro Faustin Usengimana, aba umukinnyi wa gatandatu iyi kipe y’igipolisi cy’u Rwanda imaze gusinyisha mu isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi. Police FC yemeje ko uyu mukinnyi wari umaze imyaka ibiri akinira ikipe ya Buildcon FC yo muri Zambia yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri. Yagize iti: […]
Amb. Joe Habineza wabaye Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yakoze indirimbo yise “One Song One Nation”
Ambasaderi Joseph Habineza wabaye Minisitiri w’Urubyiruko, Umuco na Siporo muri Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko ari gukora indirimbo yise “One Song One Nation” igomba kujya hanze mu minsi mike iri imbere. Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu Amb. Joe Habineza yashyize amafoto ku rubuga rwe rwa Twitter ari muri Studio, avuga ko ari gufata […]
Hakizimana Muhadjiri yavuze ko nta gihindutse azerekeza muri Rayon Sports
Rutahizamu Hakizimana Muhadjiri umaze igihe avugwa mu kipe ya Rayon Sports, yatangaje ko mu biganiro yagiranye na yo yari ibyo bumvikanye bikamunyura ku buryo nta gihindutse ashobora kuyerekezamo. Uyu rutahizamu ukinira ikipe y’igihugu Amavubi kuri ubu udafite ikipe nyuma yo gutandukana na Emirates yo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, amaze amezi arenga abiri avugwa mu […]
Ubujurire rw’abayobozi bakurikiranweho kunyereza za miliyari bwanzwe
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ku wa kabiri ku wa 14 Nyakanga, rwatesheje agaciro ubujurire rw’abayobozi barimo Caleb Rwamuganza wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi bashinjwa kunyereza abarirwa muri miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda, rutegeka ko bakomeza gufungwa. Abandi bakurikiranweho gufatanya icyaha na Rwamuganza barimo Godfrey Kabera, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Imari, Eric Serubibi […]
Museveni yiyemeje guhemba abakinnyi bahesheje Uganda ishema baba bazima cyangwa barapfuye
Umukuru w’Igihugu cya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko yasabye Minisiteri y’Uburezi mu gihugu cye kumukorera urutonde rw’abakinnyi b’Abagande begukanye imidari mu marushanwa atandukanye kuva mu 1954, kugira ngo abahembe baba bazima cyangwa barapfuye. Perezida Museveni yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, mu butumwa yageneye abaturage b’igihugu cye. Museveni yihaye umuhigo wo guhemba […]
Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu ‘idini ry’Ibigarasha’ rikamukoraho
Callixte Nsabimana wamenyekanye nka “Major Sankara” ushinjwa ibyaha 17 byiganjemo iby’iterabwoba, yahishuye ko yaguye mu mutego w’abazwi nk “Ibigarasha” bikarangira abatijwe mu idini yabo. Yabitangaje ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga ubwo yitabiraga iburanisha mu rukiko Rukuru mu rugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza. Maj. Nsabimana yemeye ibyaha […]
Umwamikazi Elizabeth II yemeye itariki nshya u Rwanda rwifuje ko Inama ya CHOGM yasubukurirwaho

Umwamikazi Elizabeth II w’Ubwongereza, yemeje ubusabe bw’u Rwanda bw’uko Inama ya CHOGM ihuza ibihugu byibumbiye mu muryango wa Common Wealth uhuriwemo n’ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza yazabera mu Rwanda muri Kamena umwaka utaha. Ni Inama yakabaye yarabereye i Kigali muri Kamena uyu mwaka, gusa iza gusubikwa kubera ko abagombaga kuyitabira batabonetse kubera icyorezo cya Covid-19 gikomeje […]