Abasirikare hafi 20 b’u Burundi bamaze kurohama mu ruzi rwa Rusizi mu cyumweru kimwe

Abaturage bo mu ntara ya Cibitoke iherereye mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Burundi, baravuga ko kuva ku itariki ya 30 Mutarama bamaze gutoragura imirambo 20 y’abasirikare b’u Burundi bagiye barohama mu ruzi rwa Rusizi. Ikinyamakuru SOS Médias Burundi cyavuze bamwe mu bakora mu gisirikare cy’u Burundi bagihaye amakuru y’uko bariya basirikare barohamye ubwo bageragezaga kwambuka […]

Museveni yavuze impamvu ikomeye yise umuhungu we ‘Muhoozi’

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yavuze ko yise umuhungu we Muhoozi, kugira ngo azamuhorere mu gihe hari ikibi cyaba kimubayeho. Museveni yabivuze ku wa Gatanu ubwo yatangirizaga umwaka w’ubucamanza mu Rukiko Rukuru rwa Kampala. Lt Gen Muhoozi Kainerugaba w’imyaka 47 y’amavuko, asanzwe ari imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, umujyanama we mukuru mu bikorwa […]

Bamporiki yanenze Politiki ya APR FC yihebeye, avuga igihe rukumbi yafanira Rayon Sports

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yatangaje ko ari umufana ukomeye w’Ikipe ya APR FC, gusa avuga ko atemeranya n’ubuyobozi bwayo kuri Politiki yo gukinisha Abanyarwanda gusa bwihaye. Bamporiki yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka guha umunyamakuru Rigoga Ruth wa Televiziyo y’u Rwanda. Muri iki kiganiro Bamporiki yavuze ko yakuze akunda cyane umupira […]

Nyabihu: inyamaswa ikekwaho kujujubya aborozi ibarira amatungo yishwe

Inyamaswa yo mu bwoko bw’imbwebwe bikekwa ko ari yo yari imaze igihe irya amatungo y’aborozi bo mu karere ka Nyabihu baturiye Parike ya Gishwati-Mukura, yishwe kuri uyu wa Gatanu. Amafoto y’iyi nyamaswa yashyizwe kuri Twitter bwa mbere na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey. Minisitiri Gatabazi ni umwe mu bari batabajwe n’aborozi bo mu […]

APR FC yasoje ibirarane byayo itsinda Rutsiro FC yahushije penaliti 2

Ikipe ya APR FC yarangije imikino ya shampiyona y’ibirarane yari ifite itsinda Rutsiro FC ibitego 2-0, mu mukino iyi kipe yo mu Burengerazuba bw’igihugu yahushijemo penaliti ebyiri. APR FC yaherukaga gutsindwa na Mukura VS igitego 1-0 mu wundi mukino w’ikirarane, yari yasuye Rutsiro FC kuri Stade Umuganda, mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona utarakiniwe […]

ADF yateye ibirindiro bya FARDC hafi n’umupaka wa Uganda, itorokesha imfungwa

barwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe wa ADF, bagabye igitero ku birindiro by’ingabo na Polisi ya RDC mu mujyi wa Nobili uri hafi y’umupaka wa Uganda, batorokesha imfungwa zirenga 20. Abantu bane barimo umwaka n’umugore utwite ni bo bivugwa ko bishwe n’amasasu, abandi bapfira mu muvundo bagerageza guhungira muri Uganda. AFP yavuze ko ibitero bya ADF […]

Gen Felix Kulayigye yasubijwe ku nshingano yahoze akora muri UPDF

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Wilson Mbaddi, yasubije Brig Gen Felix Kulayigye ku nshingano zo kuba Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda (UPDF). Brig Kulayigye yasimbuye kuri uyu mwanya Brig Flavia Byekwaso mu minsi ishize wagiye ku masomo. Lt Col Ronald Kakurungu ni we wari umaze iminsi avugira Igisirikare cya Uganda by’agateganyo. Kulayigye wakunze kutavugwaho rumwe, […]

CAN: Misiri yasanze Sénégal ku mukino wa nyuma itsindiye Caméroun imbere y’abafana bayo

Ikipe y’igihugu ya Misiri, Les Pharaohs, yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika isezereye Caméroun yacyakiriye kuri penaliti 3-1. Ni nyuma y’uko iminota irenga 120 y’uyu mukino wa 1/2 cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Olembe yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0. Ni umukino abenshi bafata nk’uwa nyuma wakiniwe imburagihe kubera ubushongore n’ubukaka amakipe yombi […]

Umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa ISIS yiciwe ku rugamba n’Ingabo za Amerika

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko kuri uyu wa Kane ingabo z’igihugu cye ziciye ku rugamba Umuyobozi w’umutwe witerabwoba wa Islamic State. Perezida Biden kuri Twitter ye yavuze ko kiriya cyihebe gikuru muri IS cyiciwe muri Syria. Ati: “Mu ijoro ryakeye ingabo za Amerika ziri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa […]

Ibibazo bya Ethiopia, Sudani zombi na Somalia mu byo Perezida Kagame na Kenyatta baganiriyeho

Perezida Paul Kagame na mugenzi we Uhuru Kenyatta wa Kenya, kuri uyu wa Kane bagiranye ibiganiro byibanze ku ngingo zitandukanye zirimo n’ibibazo bishingiye kuri Politiki byugarije ibihugu bya Somalia, Ethiopia, Sudani na Sudani y’Epfo. Ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu byombi byabereye i Nairobi mu gihugu cya Kenya, aho Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’umwanya muto. Kuri ubu […]

Abakinnyi ba Guinée-Equatoriale bakirijwe imidari y’ishimwe n’akayabo k’amafaranga bashimirwa uko bitwaye muri CAN

Abagize Ikipe y’Igihugu ya Guinée-Equatoriale, Nzalang Nacional, bambitswe imidari y’ishimwe na Visi-Perezida Teodoro Nguema Obiang bashimirwa uko bitwaye neza mu mikino y’Igikombe cya Afurika iri kubera muri Caméroun. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Gatatu ni bwo iyi kipe yakiriwe mu ngoro y’umukuru w’igihugu, abayigize bambikwa imidari yo mu bwoko bwa Silver na Knight. Uretse iyi […]

RDB yahawe umukoro wo gufatira umwanzuro cya gikoko cyazengereje abaturiye Parike ya Gishwati

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), cyahawe umukoro wo kumenya no gufatira umwanzuro inyamaswa ikomeje kwica amatungo y’abaturage baturiye Parike ya Gishwati-Mukura. Ni ibikubiye mu myanzuro y’inama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 02 Gashyantare yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba, ubwa Polisi ikorera muri iyi ntara ndetse n’ikigo RDB. Ni inama yari iyobowe na Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Habitegeko […]

Sadio Mané yafashije Sénégal kongera kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika

Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Les Lions de la Teranga, yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu kiri kubera muri Caméroun itsinze Les Etalons ya Burkina Faso ibitego 3-1. Hari mu mukino wa 1/2 cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Ahmadou Ahidjo i Yaoundé. Waranzwe no gusatirana gukomeye ku mpande zombi, gusa Sénégal ikarusha Burkina […]

Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye kuburira ibyihebe bya ADF

Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yongeye kuburira abarwanyi bo mu mutwe wa ADF abasaba kwishyikiriza UPDF na FARDC ndetse bahagarika ibitero ku basivile, bitihi se bagakomeza kwishyura ikiguzi gikomeye. Gen Muhoozi yongeye kuburira abarwanyi b’uriya mutwe mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye. Ati: “Dukomeje gusaba ibyihebe byose guhita bihagarika […]

Guinée-Bissau: Perezida Embalò warokotse Coup d’Etat yemeje ko abenshi mu basirikare be bishwe

Ihirika ry’ubutegetsi (Coup d’état) ryageragejwe muri Guinée-Bissau, ryasize abenshi mu bagize inzego zishinzwe umutekano za kiriya gihugu bishwe nk’uko byemejwe na Perezida Umaro Cissoko Embaló. Perezida Embalò yavuze ko ibyabaye mu gihugu cye kuri ubu biri gucungwa na Guverinoma, abyita “Coup d’Etat yapfubye yashakaga kurwanya Demukarasi.” Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 01 […]

Guinée-Bissau: Urusaku ruremereye rw’amasasu rwumvikanye hafi y’ingoro Perezida Embalò

Urusaku ruremereye rw’amasasu rwumvikanye hafi y’ingoro ya Guverinoma ya Guinée-Bissau kuri uyu wa Kabiri tariki ya 01 Gashyantare, ubwo Perezida Umaro Sissoco Embaló w’iki gihugu yari ayoboye inama idasanzwe y’Abaminisitiri. AFP ivuga ko Perezida Embaló, Minisitiri w’Intebe, Nuno Gomes Nabiam cyo kimwe n’abaminisitiri bari bateraniye muri iriya ngoro ubwo ariya masasu yumvikanaga. Ibi biro ntaramakuru […]

Mukura VS yabaye ikipe ya mbere ikuyeho agahigo ka APR FC yari imaze imikino 50 idatsindwa

Ikipe ya Mukura Victory Sports yatsinze APR FC igitego 1-0, mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona y’icyiciro cya mbere utarakiniwe igihe. Ni umukino wagombaga gukinwa ejo ku wa Mbere, gusa uza gusubikwa kubera imvura y’amahindu yaguye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Ni umukino wasubitswe nyuma y’iminota 45 y’igice cya mbere yarangiye Mukura […]

Cabo Delgado: RDF na FADM bishe ibyihebe birimo n’igikuru

Inzego z’umutekano za Mozambique zifatanyije n’iz’u Rwanda, ziheruka kwicira muri Cabo Delgado ibyihebe bibiri byo mu mutwe wa Islamic State birimo n’igikuru. Ni amakuru aherutse gutangazwa n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Mozambique, Bernardino Rafael, ubwo yari mu gace ka Magoma ahabereye igikorwa cyo kwerekana ibikoresho byinshi bya gisirikare byiganjemo intwaro zambuwe ibyihebe. Aha muri Magoma […]

Manzi Thierry yerekeje muri FAR Rabat aguzwe akayabo

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ Manzi Thierry, yamaze kwerekeza mu kipe ya AS FAR y’Igisirikare cy’ubwami bwa Maroc yamutanzeho akayabo. Manzi wahoze ari Kapiteni w’amakipe ya Rayon Sports na APR FC, yari amaze amezi atandatu akinira FC Dila Gori yo mu Cyiciro cya Mbere muri Georgia, gusa ntiyabonaga umwanya uhoraho wo gukina. AS FAR y’i Rabat […]

Umukino APR FC yari yamaze gutsindwamo na Mukura VS wasubitswe

Umukino w’ikirarane wa shampiyona wahuzaga ikipe ya APR FC na Mukura VS, wasubitswe kubera imvura nyinshi yaguye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. APR FC ni yo yari yakiriye Mukura mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona utarakinwe ku gihe, bijyanye no kuba iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika. Imvura […]

Ingabo za Burkina Faso n’iz’u Bufaransa zishe ibyihebe 60

Ibyihebe bibarirwa muri 60 byishwe n’Ingabo za Burkina Faso zifatanyije n’iz’u Bufaransa ziri muri kiriya gihugu, nk’uko byatangajwe n’igisirikare cy’u Bufaransa. Itangazo iki gisirikare cyasohoye rivuga ko “inshuro enye hagati y’itariki ya 16 n’iya 23 Mutarama 2022, imitwe y’ibyihebe yarabonwe, iramenywa hanyuma yicwa n’Ingabo za Burkina Faso n’iz’amahanga ziri kuzifasha. Muri rusange ibyihebe 60 ni […]

Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yabwiye urukiko igifungo yifuza ko rwamukatira

Nsabimana Callixte ‘Sankara’ wahoze ari umuvugizi w’umutwe wa FLN, yasabye Urukiko rw’Ubujurire kumugabanyiriza igihano cy’igifungo cy’imyaka 20 yahawe byibura rukamukatira imyaka itanu. Sankara yabisabye kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama, ubwo hakomezaga iburanisha ry’ubujurire mu rubanza ahuriyemo na Paul Rusesabagina n’abandi 19, bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba bakoze baba mu mitwe ya MRCD/FLN na FDLR/FOCA. […]

Rutahizamu wa Manchester United yafunzwe azira guhohotera umukunzi we, bagenzi be bamugira igicibwa

Polisi y’i Manchester mu gihugu cy’u Bwongereza, yataye muri yombi rutahizamu Mason Greenwood ukinira ikipe ya Manchester United akurikiranweho ibyaha birimo gufata ku ngufu no guhohotera; nyuma y’ibirego bimushinja byanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga. Iyi Polisi yavuze ko yamenye “iby’amafoto n’amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’umugore wavugaga ihohoterwa yakorewe.” Yunzemo iti: “Dushobora kwemeza ko uyu mugabo […]

Gen Muhoozi yavuze imyato Perezida Kagame na se Museveni

Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yongeye kuvuga imyato Perezida Paul Kagame w’u Rwanda n’umubyeyi we Yoweri Museveni abita ‘intwari ze’. Mu butumwa Gen Muhoozi yanyujije kuri Twitter yagize ati: “Aba baracyari intwari zanjye! Ugarwa [Uganda+ Rwanda] …bizakomeza gutsinda!” Amagambo ya Gen Muhoozi yari aherekeje ifoto ya Perezida Yoweri Museveni […]

Amajyepfo: Ikipe ikinamo Iradukunda ufite ubumuga bw’amaguru yombi ni yo izahagararira Intara muri Sitball

img-20220130-wa0003.jpg

Ikipe y’umukino w’intoki w’abafite ubumuga, Sitball, y’akarere ka Nyanza iyobowe na Emeritha Iradukunda, umukobwa w’imyaka 22, akaba afite ubumuga bw’amaguru yombi, ni yo izahagararira Intara y’Amajyepfo mu mikino ya Sitball y’abagore. Naho mu bagabo, Amajyefo akazahagararirwa n’amakipe abiri: Iy’Akarere ka Gisagara n’iy’Akarere ka Ruhango. Ayo matike yo guhagararira intara mu mukino wa Sitball yabonetse mu […]

Ikindi cyihebe gikuru mu mutwe wa ADF cyatawe muri yombi

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ku wa Gatanu tariki ya 28 Mutarama cyataye muri yombi uwitwa Salim Rashid Mohamed kivuga ko yari umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa ADF. Rashid ufite ubwenegihugu bwa Kenya, yafatiwe n’inzego z’ubutasi za Congo Kinshasa ahitwa Kazaroho, agace kari muri Gurupoma ya Batangi-Mbau ho muri Teritwari ya […]

Angola yishimiye icyemezo cy’u Rwanda cyo gufungura umupaka wa Gatuna

Guverinoma ya Angola yatangaje ko yishimiye icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gufungura umupaka wa Gatuna uhuriweho n’u Rwanda na Uganda. Angola yagaragaje ko yishimiye iki cyemezo binyuze muri Ambasade yayo y’Ububanyi n’Amahanga. Ubutumwa bugaragara ku rubuga rwa Twitter rw’iyi Minisiteri buvuga ko “Repubulika ya Angola yakirije yombi icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gufungura […]

Igisubizo cya Perezida Paul Kagame ku bamwita ‘umunyagitugu’

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba hari igice cye adashobora guhindura ku buryo hari abananirwa gukorana na we bishobora kuba ari byo bituma hari abamubona nk’umunyagitugu. Ni nyuma abenshi mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bakunze kumunenga bamwita umunyagitugu. Ababivuga bashyira ku mukuru w’Igihugu ibirego bitandukanye, harimo ngo kuba adaha ubwisanzure abo badahuje umurongo wa Politiki. […]

ADF ni ikibazo gikomeye kitareba Uganda gusa_Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umutwe w’iterabwoba wa ADF atari ikibazo kireba igihugu cya Uganda gusa, avuga ko hakenewe ubufatanye bw’akarere mu kugikemura. Yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique ku wa 20 Mutarama, cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga. Kuri ubu Ingabo za Uganda zifatanyije n’iza Congo Kinshasa ziri mu bikorwa bya gisirikare byo bigamije kurandura […]

Icyo Perezida Kagame avuga ku birego by’uko u Rwanda rwaba hari aho ruhuriye na M23

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahakanye ko u Rwanda hari aho rwaba ruhuriye n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, avuga ko ntaho ruhuriye na wo. Uyu mutwe kuri ubu umaze igihe warubuye ibitero ku ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse muri iki cyumweru bivugwa ko wishe abasirikare barenga 40 ba kiriya […]

Jado Castar yatakambiye urukiko asaba ko igifungo yahawe cyasimbuzwa ihazabu

Umunyamakuru Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar, yongeye gusaba imbabazi ku bw’icyaha yahamijwe, atakambira Urukiko Rukuru arusaba ko igifungo yahawe cyasimbuzwa ihazabu. Ku wa 13 Ukwakira 2021 ni bwo Castar wahoze ari Visi-Perezida wa kabiri ushinzwe amarushanwa mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB), yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo igifungo cy’imyaka ibiri rumuhamije […]

Igisirikare cy’u Burundi cyamaganye amakuru avuga ko hari abasirikare bacyo bari muri RDC

Igisirikare cy’u Burundi cyatangaje ko nta basirikare bacyo bagiye kurwanira muri Uvira ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo iherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni inyuma y’aho amashyirahamwe yigenga akorera muri kiriya gice atangarije ko ahangayikishijwe n’abasirikare b’Abarundi bagatejemo umutekano muke muri iyi minsi. Abasirikare b’u Burundi bakomeje kuvugwa muri Uvira, bivugwa […]

Uganda yashimiye u Rwanda nyuma yo kwemera gufungura umupaka wa Gatuna

Guverinoma ya Uganda yashimiye iy’u Rwanda nyuma y’icyemezo yafashe cyo gufungura umupaka uhuza ibihugu byombi wa Gatuna wari umaze imyaka hafi itatu ufunzwe. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gufungura uyu mupaka guhera ku wa Mbere tariki ya 31 Mutarama. Guverinoma yemeje aya makuru binyuze mu itangazo ryanyujijwe ku […]

P. Kagame yagaragaje impamvu Afurika ikomeje kwibasirwa na Coup d’Etat n’icyo atekereza ku kuba mu Rwanda yahaba

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko za Coup d’Etat zikomeje kwibasira umugabane wa Afurika cyane mu burengerazuba bwawo ari umusaruro w’imiyoborere mibi. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi mike uwari Perezida wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, ahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bamunengaga kutabafasha […]

Rayon Sports yisubije babiri bayihozemo barimo uwirukanwe na APR FC

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana n’abakinnyi babiri bahoze bayikinira, barimo Umurundi Kwizera Pierrot na Bukuru Christophe wahoze akinira APR FC. Pierrot wari umaze imyaka ibiri akinira ikipe ya AS Kigali, yakiniye Rayon Sports hagati ya 2015 na 2018, mbere yo kuyivamo yerekeza mu kipe ya Aloroubah Club yo muri Oman. Amakuru avuga ko Pierrot […]

Ikipe y’Igihugu ya Eritrea ntabwo izitabira Tour du Rwanda 2022

Ikipe y’Igihugu ya Eritrea y’umukino wo gusiganwa ku magare, yamaze gutangaza ko itazitabira isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rya Tour du Rwanda 2022, nyuma yo gusanga itashobora kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 azaba agenga ririya siganwa. Tour du Rwanda izaba ikinwa ku nshuro yayo ya 14, iteganyijwe hagati y’itariki ya 20 n’iya 22 […]

Perezida Kagame yazamuye mu ntera apolisi barenga 4,000 barimo ba Ofisiye bakuru

Perezida Paul Kagame usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’inzego zishinzwe umutekano w’u Rwanda, yazamuye mu ntera abapolisi 4,592 barimo ba Ofisiye bakuru. Iteka ry’Umukuru w’Igihugu rizamura mu ntera aba bapolisi ryemejwe n’inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Gatatu tariki ya 26 Mutarama. Mu bazamuwe mu ntera harimo ba Ofisiye bakuru bane bari bafite ipeti […]

Gisagara: Dr Iyamuremye yashyikirije abagizweho ingaruka n’ibiza, inkunga ya Perezida Kagame

img-20220126-wa0039.jpg

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, Dr Iyamurenye Augustin, yashyikirije abaturage bo mu murenge avukamo wa Save, mu karere ka Gisagara, bagizweho ingaruka n’ibiza, inkunga yihutirwa, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabageneye, anabasaba kumwita “Gusitini”, nk’umuturage uhavuka aho kumwita”Perezida wa Sena” mu rwego rwo gushyikirana na bo. Iyo nkunga ya Perezida wa Repubulika igizwe […]

Col Mamady Doumbouya yababariye abakinnyi ba Guinée-Conakry

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamady Doumbouya, yababariye abakinnyi b’Ikipe y’igihugu cye nyuma yo kunanirwa gukora ibyo yari yabasabye mu mikino y’Igikombe cya Afurika kiri kubera muri Caméroun. Mbere y’uko Syli National ihaguruka i Conakry yerekeza muri Caméroun ariko ibanje kunyura i Kigali, Col Doumbouya yari yasabye abakinnyi gutwara Igikombe cyangwa bagasubiza amafaranga abarirwa muri […]

Abasirikare 26 ba FARDC barimo Colonel bishwe na M23

Abasirikare 26 ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo umwe ufite ipeti rya Colonel, baguye mu mirwano yasakiranyije ingabo z’iki gihugu n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Amakuru avuga ko iyi mirwano yabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere w’iki cyumweru. Ni imirwano yabereye mu gace ka Nyesisi ho muri Teritwari ya Rutshuru mu ntara […]

Rayon Sports yasinyishije umusimbura wa Youssef Rharb (Amafoto)

img_20220126_122913.jpg

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Musa Esanu wakiniraga ikipe ya Bul Jinja FC yo mu cyiciro cya mbere muri Uganda. Uyu munya-Uganda yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda. Rayon Sports yasinyishije Esanu nk’umusimbura w’umunya-Maroc Youssef Rharb watandukanye na yo mu minsi ishize agasubira iwabo, nyuma yo […]

Gen Mubarakh Muganga yasabye APR FC gutera ikirenge mu cya RDF

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka akanaba umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe gutera ikirenge mu cy’Ingabo z’u Rwanda buri gihe bakarangwa n’intsinzi nka zo. Gen Muganga yabigarutseho ku wa Kabiri ubwo yasuraga iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu mu myitozo, yitegura umukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona igomba […]

Museveni yakoze izindi mpinduka mu gisirikare zasize hari uwari Private yagize Major

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda usanzwe ari n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu, yakoze impinduka zitandukanye mu gisirikare cye zasize hari umusirikare wari ku rwego rwa Private yahaye ipeti rya Major. Mu mpinduka zabaye ku munsi w’ejo harimo kuba Maj Gen Abel Kandiho wari ukuriye Urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare CMI yarambuwe Izi nshingano, zigahabwa […]

CAN: Sénégal yageze muri 1/4 cy’irangiza isezereye Cap-Vert y’abakinnyi 9

Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Les Lions de la Teranga, igeze muri 1/4 cy’irangiza cy’Igikombe cya Afurika cy’Ibihugu kiri kubera muri Caméroun, nyuma yo gusezerera Cap-Vert ku bitego 2-0. Cap-Vert yakinnye igice kinini cy’uyu mukino ifite abakinnyi 9 mu kibuga bonyine, nyuma y’uko abakinnyi bayo babiri beretswe amakarita atukura. Umunota wa 21 w’umukino wari uhagije ngo […]

Gen Abel Kandiho wakunze kwikomwa n’u Rwanda yambuwe inshingano zo kuyobora CMI

Perezida wa Uganda akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu, Yoweri Kaguta Museveni, yambuye Maj Gen Abel Kandiho inshingano zo kuyobora Urwego rwa kiriya gihugu rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (CMI). Maj Gen Kandiho yoherejwe mu butumwa bwihariye muri Sudani y’Epfo, asimburwa na Maj Gen James Birungi wari umaze umwaka urenga akurikirana ibikorwa byo kugenzura no gusubiza […]

Huye: Barasabwa kutimenyereza inkende

img-20220125-wa0030.jpg

Abatuye n’abagenderera umujyi wa Huye mu majyepfo y’u Rwanda barasabwa kutimenyereza inkende nyinshi zihagaragara kuko bituma zibakunda, zigahora zisohoka ishyamba rya Kaminuza y’u Rwanda rizwi nka Arboretum, zigateza igisa n’umutekano muke. Imikumbi y’inkende z’agasozi (Chrorobus Pugyrethrus) ibarirwa mu magana, ibisikana n’abantu mu mihanda n’utuyira two mu makaritsiye (quartiers) amwe n’amwe y’umugi wa Huye atuwe n’abantu, […]

Perezida wa Burkina Faso byavugwaga ko yatawe muri yombi n’igisirikare yagize icyo atangaza

Perezida wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, yagize ubutumwa aha abaturage b’igihugu cye n’abasirikare bafashe intwaro bagambiriye kumurwanya, nyuma y’amasaha atari make hatangajwe amakuru y’uko yaba yafunzwe n’igisirikare. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko mu ijoro ry’ejo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere abasirikare bigometse bataye muri […]

Mutabazi Yves wari waraburiwe irengero yabonetse ari muzima

Amakuru aturuka muri Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu aravuga ko Mutabazi Yves wari waburiwe irengero yongeye kuboneka ari muzima. Inkuru y’ibura ry’uyu musore uri mu bakinnyi beza ikipe y’Igihugu ya Volleyball ifite yamenyekanye mu mpera z’icyumweru gishize. Umuryango we wavugaga ko amaze icyumweru kirenga yaraburiwe irengero, bityo ugasaba ko wafashwa kumushakisha. Inkuru […]

Rwatubyaye Abdul yagize imvune ikomeye izatuma amara igihe kirekire adakina

Myugariro Rwatubyaye Abdul w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yagize imvune ikomeye igomba gutuma amara hanze y’ikibuga amezi umunani. Rwatubyaye yavunikiye mu mukino wa gicuti ikipe ye ya FC Shkupi yo muri Macedonia y’Amajyaruguru iheruka kunyagirwamo na Lech Poznan yo mu cyiciro cya mbere muri Pologne ibitego 4-1. Ni umukino wabereye mu mujyi wa Istanbul mu murwa mukuru […]

Burkina Faso: Lt Col wize ibya gisirikare mu Bufaransa ni we uvugwaho guhirika ubutegetsi

Lieutenant Colonel Paul-Henri Sandaogo Damiba ni we wafashe ubutegetsi muri Burkina Faso, nyuma yo guta muri yombi uwari Perezida wa kiriya gihugu, Roch Marc Christian Kaboré. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko mu ijoro ry’ejo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere abasirikare bigometse bataye muri yombi Perezida Kaboré, […]

U Rwanda rwihanganishije Uganda ku bw’urupfu rwa Mutebile

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yafashe mu mugongo igihugu cya Uganda ku bw’urupfu rwa Prof Emmanuel Tumusiime Mutebile rwababaje abarimo Perezida Yoweri Museveni n’umuhungu we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Inkuru y’urupfu rwa Mutebile wari usanzwe ari Guverineri wa Banki Nkuru ya Uganda yamenyekanye ku Cyumweru tariki ya 23 Mutarama. Uyu mukambwe waburaga iminsi itatu ngo […]

Haruna Niyonzima hari ubutumwa bwihariye afitiye Perezida Kagame

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yatangaje ko hari ubutumwa afitiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame bwagira umusaruro mwiza butanga kuri ruhago nyarwanda no ku kipe y’Igihugu. Haruna yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Radio 1 mu mpera z’icyumweru gishize. Uyu mugabo umaze gukinira Amavubi imikino irenga 100, yavuze ko hari ubutumwa afitiye Perezida Kagame mu […]