UPDF mu mirwano ikaze na Wazalendo 

latest08pix data 1000x600 1

Ingabo za Uganda kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kamena,  zaramutse zirasana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Maï-Maï uri mu yitwaje intwaro Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahurije hamwe ikayita Wazalendo. Imirwano y’impande zombi yaramukiye mu bice bya Vuyinga-Mabambi ndetse no mu duce dutandukanye twa Chefferie ya Baswagha iherereye muri Teritwari ya […]

Bazivamo yakiriwe kwa Maréchal Déby

20250626 151046

Ambasaderi Christophe Bazivamo ku wa Gatatu tariki ya 25 Kamena yashyikirije Perezida wa Tchad, Maréchal Mahamat Idriss Déby Itno, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu. Ambasade y’u Rwanda Muri Nigeria ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko muri kiriya gikorwa cyabereye i Ndjamena Amb. Bazivamo na Perezida Déby, banagiranye ibiganiro “ku mubano […]

Gen. Muhoozi yahananuye uwahoze ari intasi nkuru ya UPDF, amwohereza mu Burundi

20250626 121111

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yohereje Maj. Gen James Birungi wahoze akuriye urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (CMI) gukorera mu Burundi. Birungi yayoboye CMI hagati ya 2022 na Mata 2025 ubwo yasimburaga kuri izo nshingano Maj. Gen Abel Kandiho, mbere yo kugirwa umuyobozi wa Diviziyo y’Ingabo za Uganda zishinzwe kurwanira mu misozi […]

Obasanjo kwa Tshisekedi nyuma yo kuva muri Village Urugwiro

IMG 20250626 WA0000

Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria, ku wa Gatatu tariki ya 25 Kamena yakiriwe anagirana ibiganiro na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu mukambwe yakiriwe kwa Tshisekedi, nyuma y’amasaha make avuye muri Village Urugwiro, aho yakiriwe akanagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame. Obasanjo ni umwe mu bahuza bashyizweho n’Imiryango […]

Perezida Kagame yaganiriye na Dr. Akinwumi Adesina

2025 06 25 17 46 04 0

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yakiriye muri Village Urugwiro Perezida uri gusoza manda wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD), Dr. Akinwumi Adesina. Dr. Akinwumi ari mu Rwanda, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya 28 ikora ubusesenguzi ku bukungu bw’Isi. Perezidansi y’u Rwanda ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko ibiganiro bye na Perezida Paul […]

Zambia yitabaje inkiko ngo Edgar Lungu adashyingurwa muri Afurika y’Epfo

Lung Edgar 860x500 2

Urukiko Rukuru rwo muri Afurika y’Epfo rwahagaritse umuhango wo gushyingura Edgar Lungu wahoze ari Perezida wa Zambia, mbere y’amasaha make ngo ashyingurwe muri kiriya gihugu. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo Lungu yagombaga gushyingurwa i Johannesburg muri Afurika y’Epfo. Urukiko rwahagaritse ishyingurwa rye, nyuma y’uko Guverinoma ya Zambia yajyanye mu nkiko umuryango we. Leta ya […]

Gen. Makenga yasuye umuhanda M23 iri kubaka 

Screenshot 20250624

Umugaba Mukuru w’Ingabo za ARC (Igisirikare cy’umutwe wa M23), Général-Major Sultani Makenga, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Kamena yasuye umuhanda M23 iri kubaka uhuza intara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Gén. Makenga yasuye imirimo yo kubaka uyu muhanda i Nyabibwe ho muri Teritwari ya Kalehe, muri Kivu y’Amajyepfo. Yari aherekejwe n’Umugaba Mukuru […]

Perezida Kagame yakiriye Obasanjo

20250624 163009

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Kamena, yahuye anagirana ibiganiro na Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria. Umukuru w’Igihugu na Obasanjo baganiriye ku ngingo zitandukanye. Mu byo baganiriyeho nk’uko Perezidansi y’u Rwanda yabitangaje mu butumwa yanditse ku rubuga rwayo rwa X, harimo “uko ibintu byifashe mu karere ndetse no ku […]

Joseph Kabila i Bukavu

20250624 123132

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari mu mujyi wa Bukavu wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aho yageze avuye i Goma. Kabila yari amaze ukwezi kurenga aba mu mujyi wa Goma, aho yageze nyuma yo kuva mu buhungiro. Abamwegereye bavuga ko i Bukavu byitezwe ko ahahurira akanagirana ibiganiro […]

Icyo Guverinoma ivuga ku buzima bwa Perezida Kagame biri guhwihwiswa ko yaba arwaye

54571298920 23c6fee95b k 4a894

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Perezida Paul Kagame atarwaye, ibitandukanye n’ibimaze iminsi bihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga. Kuva mu byumweru bishize abiganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse na bamwe mu banye-Congo bari gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga inkuru z’uko Umukuru w’Igihugu yaba arwaye, ndetse hari n’abageze n’aho bamubika. Abakwirakwiza izo nkuru babishingira ku kuba Perezida Kagame […]

RDF yitandukanyije n’iby’uko Perezida Kagame arembye

53123591743 f1d607084b b 2a3d7

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyitandukanyije n’itangazo ryacyitiriwe rivuga ko Perezida Paul Kagame arembye. Kuva mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 23 Kamena ni bwo iri tangazo ryatangiye gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga. Iri tangazo rihimbano rivuga ko Perezida Paul Kagame afite uburwayi bukomeye, akaba atameze neza ndetse akaba ari kwitabwaho n’abaganga b’inzobere. Risaba kandi […]

Iran yarashe ibirindiro by’ingabo za Amerika

8d8beda0 5057 11f0 8c47 237c2e4015f5.jpg

Kuri uyu wa Mbere Iran yarashe ibirindiro by’ingabo za Amerika biri mu bihugu bya Qatar na Iraq, mu rwego rwo kwihimura ku bitero iki gihugu giheruka kuyigabaho. Iran yemeje aya makuru biciye mu itangazamakuru rya Leta y’iki gihugu. Amakuru avuga ko missile esheshatu zirasa kure ari zo Iran yarashe ku birindiro by’ingabo za Amerika biri […]

Perezida Touadéra ararembye, yajyanwe kuvurizwa mu mahanga igitaraganya

E8B6M7qX0AYf7R6

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique yajyanwe kuvurizwa i Bruxelles mu Bubiligi, nyuma yo gufatwa n’uburwayi butunguranye bwatumye aremba. Ku wa Gatandatu tariki ya 21 Kamena ni bwo Perezida Touadéra yajyanwe mu bitaro, nk’uko Africa Intelligence ibivuga. Amakuru avuga ko mbere y’uko Perezida wa Centrafrique afatwa na buriya burwayi, yari yayoboye inama y’Abaminisitiri yabaye […]

Abasirikare ba UPDF baguye muri Operasiyo yo gufata Sabiid-Anole

85348720 85348719

Abasirikare barindwi bo mu ngabo za Uganda (UPDF), biciwe mu mirwano ikaze yari igamije gufata umujyi wa Sabiid-Anole wo muri Somalia. Iyo mirwano yiswe “Operation Silent Storm”, ingabo za Uganda zifatanyije n’iza Somalia ndetse n’izindi zo mu bihugu bigize ubutumwa bw’Umuryango wa Afurika bwo kugarura amahoro muri Somalia (AUSSOM) zari ziyihanganyemo n’inyeshyamba zo mu mutwe […]

Barnabé Karubi ku by’uko sebuja Kabila yaba ashyigikiye u Rwanda 

2018 03 16 10.41.13 1 696x392 1

Barnabé Kikaya Bin Karubi uri mu nkoramutima za Joseph Kabila Kabange akanaba n’umujyanama we, yateye utwatsi ibirego uriya wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ashinjwa by’uko yaba ashyigikiye u Rwanda. Ni ibirego Joseph Kabila ashinjwa n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wamusimbuye ku butegetsi. Ibirego by’uko Joseph Kabila yaba ashyigikiye u Rwanda […]

Gen. Muhoozi nyuma yo kuva kwa Tshisekedi yaburiye Wazalendo, avuga imyato Kagame

20250621 214246

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yikomye imitwe ya Wazalendo Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitabaje mu ntambara irwanamo n’umutwe wa M23, ayigaragaza nk’imitwe igambiriye ikibi. Muhoozi yabitangaje nyuma y’amasaha make avuye i Kinshasa, mu ruzinduko rwasize abonanye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Uru ruzinduko kandi rwasize Igisirikare cya Uganda (UPDF) […]

Gen. Muhoozi yakiriwe na Tshisekedi

20250621 214246

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa Gatandatu yakiriwe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Gen. Muhoozi ari i Kinshasa kuva ku wa Gatanu tariki ya 20 Kamena, mu ruzinduko rw’akazi ari kuhagirira. Gen. Muhoozi yahuye na Tshisekedi, nyuma y’umunsi umwe ahuye akanagirana ibiganiro na […]

Masisi: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 n’ingabo za Kinshasa 

image 1046414 20230412 ob 6c6fe0 congo m23

Imirwano ikomeye yasakiranyirije inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo irwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, i Kasopo muri Teritwari ya Masisi. Ni imirwano yaraye ibaye mu ijoro ryacyeye, hagati ya saa mbili z’umugoroba na saa saba z’ijoro. Ikinyamakuru Actualité gikunze guhengamira ku ruhande rwa Leta cyatangaje […]

Gen. Maphwanya yavuze ko SANDF yiteguye gusubira gukubita M23

gettyimages 1241473521 1024x1024 1

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo (SANDF), Gen. Rudzani Maphwanya, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu ziteguye kongera gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuharwanira n’umutwe wa M23, mu gihe cyose zizaba zibisabwe. Uyu Jenerali yabitangaje ubwo yaganiraga n’abasirikare ba kiriya gihugu baheruka gutaha bavuye mu mujyi wa Goma na Mubambiro, aho babaga kuva muri […]

Gen. Muhoozi yasinyiye kwa Tshisekedi amasezerano mashya y’ubufatanye hagati ya UPDF na FARDC

20250621 103557

Igisirikare cya Uganda (UPDF) n’icya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ku wa Gatanu byasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye. Isinya ry’aya masezerano ryabereye mu ruzinduko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba ari kugirira i Kinshasa. FARDC yatangaje ko uru ruzinduko rw’uriya Jenerali usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, ruri mu rwego rwo gushimangira […]

U Rwanda n’u Burundi byaganiriye ku mubano wabyo

Abayobozi ba Sena y’u Rwanda n’iy’u Burundi, ku wa Gatanu tariki ya 20 Kamena baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi umaze igihe utifashe neza. Ibiganiro by’impande zombi byahuje Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Sinzohagera Emmanuel wari wasuye u Rwanda, na mugenzi uyobora Sena y’u Rwanda, Dr. Kalinda François Xavier. Sena y’u Burundi mu butumwa yanditse […]

Nkwiye igihembo cyitiriwe Nobel kubera ibyo nakoreye u Rwanda na Congo: Trump

President Donald Trump shakes hands with Rwandan President Paul Kagame

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko akwiye guhabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, kubera ibyo avuga ko yakoreye ibihugu birimo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. U Rwanda na RDC bimaze iminsi biganira ku buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rwo gushyira iherezo ku makimbirane amaze […]

Gen. Muhoozi kwa Tshisekedi

Screenshot 20250620

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ari i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena ni bwo Gen. Muhoozi yageze muri RDC. Amakuru avuga ko uruzinduko rwe rugamije gusuzuma imigendekere y’ibikorwa bya gisirikare bizwi nka ‘Operation Shujaa’ ingabo za Uganda […]

FARDC iri guhabwa za burende zo kuyifasha guhangana na M23

emirati kasser ii mine resistant ambush protected vehicles v0 c0j0sjwen8me1

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kiri kwakira ibimodoka bya burende birenga 100 kiri guhabwa na sosiyete ya International Golden Group (IGG) yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Africa Intelligence ivuga ko ziriya modoka z’intambara zidatoborwa n’amasasu zatangiye gushyikirizwa imitwe y’Ingabo zitandukanye za Congo, zirimo izihanganye na M23 mu burasirazuba bwa kiriya gihugu. […]

Edgar Lungu wahoze ari Perezida wa Zambia agiye gushyingurwa mu mahanga

Lung Edgar 860x500 1

Umuryango wa Edgar Lungu wahoze ari Perezida wa Zambia, kuri uyu wa Gatanu watangaje ko azashyingurwa muri Afurika y’Epfo. Lungu yayoboye Zambia hagati ya 2015 na 2021, mbere yo gusimburwa ku butegetsi na Hakainde Hichilema wamutsinze mu matora y’Umukuru w’Igihugu yashakagamo manda ya kabiri. Ku wa 5 Kamena ni bwo Lungu yapfuye aguye i Pretoria […]

Abakozi ba Leta bahawe iminsi 6 batajya mu kazi

ai7a9158 01ce9

Guverinoma y’u Rwanda yatanze iminsi ine y’ikiruhuko yiyongeraho ibiri ya ‘weekend’ ku bakozi bose ba Leta, kubera iminsi irimo uw’Ubwigenge ndetse n’uwo kwibohora. Ku wa Kabiri tariki ya 1 Nyakanga ni bwo hazaba umunsi w’Ubwigenge, mu gihe uwo kwibohora uzaba ku wa Gatanu tariki ya 4. Usibye kuba iyi minsi yombi haba hateganyijwe ikiruhuko ku […]

Ingabire Victoire Umuhoza yafunzwe

Victoire Ingabire

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza, nyuma yo gusabwa n’ubushinjacyaha kumukoraho iperereza. RIB yemeje ko Ingabire ukuriye ishyaka Dalfa-Umurinzi ritemewe mu Rwanda ari mu maboko yayo, mu butumwa yanditse ku rubuga rwayo rwa X. Yagize iti: “RIB ibisabwe n’Ubushinjacyaha, tariki ya 19 Kamena 2025, yatangije iperereza kuri Ingabire Umuhoza Victoire, […]

RDF yibarutse amagana y’abasirikare bashya

20250619 192322

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyungutse abasirikare babarirwa mu magana, nyuma yo gusoza amahugurwa (imyitozo) akaze bari bamazemo amezi atandatu. Ni amahugurwa aba basore n’inkumi bakoreraga mu kigo cy’imyitozo cya Nasho mu karere ka Kirehe. Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga ni we wayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa ya bariya basirikare. Ni umuhango kandi […]

Urukiko rwasabye ubushinjacyaha gukora iperereza kuri Ingabire Victoire

20250619 123537

Urukiko Rukuru kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Kamena, rwasabye ubushinjacyaha ku munyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza, nyuma yo gusanga ashobora kuba afite aho ahuriye n’umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Ingabire yari yitabye uru rukiko kugira ngo rugire ibyo rumubaza ku byaha abarwanashyaka b’ishyaka rye rya Dalfa-Umurinzi baregwa, birimo kuba baritabiriye amahugurwa yo gukuraho […]

Ingabire yitandukanyije n’amahugurwa yo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda abayoboke b’ishyaka rye bashinjwa

20250619 123537

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukuriye ishyaka Dalfa-Umurinzi, yitandukanyije n’abayoboke b’iri shyaka baregwa ibyaha birimo gucura umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Urukiko Rukuru rwari rwahamagaje Ingabire, kugira ngo atange ibisobanuro muri ruriya rubanza ruregwamo abantu icyenda. Mu maburanisha yabanje, ubushinjacyaha bwagiye bugaruka kuri Ingabire, buvuga ko yagize uruhare runini mu gutegura amahugurwa yo gukuraho ubutegetsi […]

Musanze: Baravuga ko ruswa ivuza ubuhuha mu Rukiko Rukuru, ngo utayitanze nta butabera ahabwa

urukiko rukuru musanze main

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, barinubira ibyemezo by’inkiko zo muri aka karerere zirimo urw’Ibanze rwa Muhoza n’Ukuru rwa Musanze; bavuga ko abazikoramo by’umwihariko abacamanza n’abanditsi bazo bafata imyanzuro irimo kubogama kweruye. Ibi babihuza n’ibyo bahamya ko ari ruswa buri wese yabonesha amaso, bagasaba inzego bireba ndetse gukurikirana iki kibazo kugira ngo abantu […]

Abatekinisiye b’u Rwanda na RDC bemeranyije ku mushinga w’amasezerano y’amahoro agiye gusinywa

20250619 062227

Intumwa zishinzwe ibya tekiniki z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaze kwemeranya ku mushinga w’amasezerano y’amahoro ibihugu byombi bizasinyana mu mpera z’uku kwezi kwa Kamena. Aba batekinisiye bateguriye uyu mushinga i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bari bamaze iminsi itatu baganirira imbonankubone. Ibiganiro byabo byibanze ku nyungu Kigali na […]

Mutamba yabwiye Tshisekedi ko umugambi wo kumushyikiriza ubutabera wacuriwe i Kigali

IMG 9513

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje u Rwanda kuba ari rwo rwacuze umugambi watumye agiye gushyikirizwa ubutabera. Mutamba yabitangarije mu ibaruwa y’ubwegure bwe aheruka gushyikiriza Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Uyu mugabo yeguye ku wa Kabiri tariki ya 17 Kamena, mbere yo kugezwa imbere y’ubutabera ngo akurikiranweho icyaha cyo […]

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yasubije Trump wamusabye kuyamanika

2023 11 01T092538Z 442766543 RC2TDX9I0775 RTRMADP 3 ISRAEL PALESTINIANS IRAN KHAMENEI 1698834050

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayotallah Ali Khamenei, yateye utwatsi ubusabe bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wasabye igihugu cye kuyamanika mu ntambara gihanganyemo na Israel. Ku wa Kabiri tariki ya 17 Kamena ni bwo Trump yasabye Iran “kuyamanika nta mananiza”, nyuma yo kuyibwira ko ukwihangana kwa Amerika kuri kugenda kurangira. Khamenei […]

Trump yasabye Iran ‘kuyamanika nta mamaniza’

D7 98 D7 A8 D7 90 D7 9E D7 A4 D7 95 D7 90 D7 99 D7 A8 D7 90 D7 9F D7 9C D7 93 D7 95 D7 93 D7 99 31.3

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kabiri yasabye Iran kuyamanika nta mananiza, anayiburira ko ukwihangana kw’igihugu cye kuri kugenda kurangira. Trump yahaye Iran uyu muburo, mu gihe kuva mu mpera z’icyumweru gishize iki gihugu gikomeje kurasana na Israel. Kuva iyi ntambara yatangira Israel imaze kwica abayobozi benshi b’igisirikare cya Iran, […]

Umuhanda Kigali-Gakenke si nyabagendwa

20250618 112344

Polisi y’Igihugu kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Kamena, yatangaje ko umuhanda uva mu mujyi wa Kigali werekeza mu Gakenke utari nyabagendwa, kubera impanuka yabereye ahitwa muri Buranga. Polisi yemeje aya makuru biciye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Yagize iti: “Muraho! Turabamenyesha ko kubera impanuka y’ikamyo yabereye ahitwa Buranga, mu kagari […]

Buhimba: M23 yarasanye amasaha 4 na Wazalendo

Imirwano ikomeye ku wa Kabiri tariki ya 17 Kamena yongeye gusakiranya M23 n’abarwanyi ba Wazalendo, mu gace ka Buhimba gaherereye muri Groupement ya Kisimba ho Teritwari ya Walikale. Mu minsi ishize M23 yari yigaruriye kariya gace, ariko iza kukavamo ku wa 15 Kamena. Wazalendo zari zakirukanwemo nyuma yo kumenya ko ingabo za M23 zitagihari, ku […]

RDC: Minisitiri Constant Mutamba yeguye

jad20250617 ass rdc demission constant mutamba

Constant Mutamba wari Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye kuri uwo mwanya mbere y’uko agezwa imbere y’ubutabera. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Kamena ni bwo Mutamba yashyikirije ubwegure bwe Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Minisitiri Constant Mutamba yeguye, nyuma y’iminsi ibiri Inteko Ishinga Amategeko ya RDC itanze uburenganzira bw’uko agezwa imbere […]

Col. Kaina yasabye Tshisekedi ‘kwegura by’aka kanya’ 

gettyimages 156693974 1024x1024 1

Colonel Innocent Kaina wahoze mu buyobozi bw’umutwe wa M23, yasabye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwegura by’aka kanya, kuko yananiwe gukemura ibibazo byugarije abanye-Congo. Ni ubusabe Kaina yatanze biciye mu nyandiko ndende umutwe we wa Coalition Nationale Pour la Libération du Congo (CNLC) wasohoye. Col. Kaina usanzwe ari Umugaba Mukuru […]

Dr. Habineza wa Green Party yikomye abayobozi bo mu nzego z’ibanze

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, avuga ko inzego z’ibanze zikiri imbogamizi mu gutuma Abaturarwanda bajya mu mitwe ya Politiki bifuza. Habineza ubwo mu mpera z’icyumweru gishize yaganiriraga n’itangazamakuru mu karere ka Gicumbi ahabereye inama ikomatanyije n’amahugurwa y’abarwanashyaka ba Green Party, yagaragaje ko abayobozi benshi b’inzego mu guhugu […]

Museveni yemeje ko abasivile bongera kujya baburanishwa n’inkiko za gisirikare 

231019120648 yoweri museveni 120421 470bc

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yasinye itegeko ryongera kwemerera inkiko za gisirikare kuburanisha abaturage b’abasivile, mu gihe bibaye ngombwa. Muri Uganda itegeko nk’iri ryari risanzweyo, gusa riza kuvanwaho nyuma y’uko muri Mutarama Urukiko rw’Ikirenga rwagaragaje ko rinyuranyije n’Itegekonshinga rya kiriya gihugu. Mbere y’uko rivaho, abasivile bo muri Uganda bashoboraga kuburanishwa n’inkiko za gisirikare mu […]

Israel yivuganye Umugaba Mukuru mushya w’ingabo za Iran

Ali Shadmani iran 1750146291848 1750146292005 1

Igisirikare cya Israel (IDF), kuri uyu wa Kabiri cyatangaje ko cyishe Ali Shadmani wari Umugaba Mukuru mushya w’ingabo za Iran. IDF ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yasobanuye Ali Shadmani nk’uwari “umusirikare mukuru kurusha abandi muri Iran n’umujyanama wa hafi wa [Ali] Khamenei (Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran)”. Yunzemo ko yamwiciye mu bitero ingabo zayo zirwanira […]

Busu Bwa Ngwi Nshombo yarahiriye kuyobora Kivu y’Amajyepfo (Amafoto)

20250616 193559

Busu Bwa Ngwi Nshombo Patrick ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 riheruka guha inshingano zo kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Kamena yatangiye imirimo. Busu Bwa Ngwi yarahiriye inshingano zo kuba Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo ari kumwe na Guverineri wungirije w’iyi ntara ushinzwe Ubukungu, Imari ndetse […]

Minisitiri Mutamba uri mu mazi abira yabujijwe kurenga i Kinshasa

Capture decran 2025 05 21 150244 780x440 1

Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko Rusesa Imanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakumiriye Minisitiri w’Ubutabera muri iki gihugu, Constant Mutamba kudasohoka mu mujyi wa Kinshasa. Firmin Mvonde yemeje ko yafashe kiriya cyemezo, mu ibaruwa yandikiye Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka. Minisitiri Constant Mutamba yabujijwe kudasohoka mu mujyi wa Kinshasa, nyuma y’amasaha make Inteko Ishinga […]

Israel yatwitse indege z’intambara za Iran

20250616 104149

Igisirikare cya Israel ku Cyumweru cyatangaje ko cyatwitse indege z’intambara za Iran nyuma yo kugaba igitero ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Mashhad zariho. IDF ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ziriya ndege yazitwitse ubwo zarimo zinywa amavuta. Ikibuga cy’indege cyo mu mujyi wa Mashhad giherereye mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Iran, hafi y’umupaka […]

Abaturage b’ibihugu byose bituranye n’u Rwanda bashobora gukumirwa kwa Trump

GettyImages

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirateganya kongera ibihugu 25 bya Afurika ku rutonde rw’ibihugu bifite abaturage babujijwe gukandagira ku butaka bwazo. Ibi bihugu bya Afurika biri muri 36 Washington iteganya gushyira ku rutonde rushya, nk’uko inyandiko y’imbere muri leta ya Amerika yabonwe n’ibitangazamakuru bya Washington Post na Reuters ibivuga. Iyi nyandiko yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa […]

RDC: Umukuru w’umutwe witwara gisirikare yishe abantu 318

20250616 073817

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena rishyira ku Cyumweru tariki ya 15 Kamena, abantu 318 biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’igitero bagabweho n’umwe mu mitwe y’inyeshyamba ikorera muri iki gihugu. Amakuru y’ubu bwicanyi yatangajwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, Vital Kamerhe, ubwo ejo ku Cyumweru yasabaga […]

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 6

field 16863 25030915132023981 2 b820d

Ikipe ya APR FC yemeje ko yatandukanye n’abakinnyi batandatu, barimo abanyamahanga bane. Iyi kipe yatandukanye na bo, nyuma yo gusoza amasezerano yari ifitanye na bo. Abakinnyi iyi kipe yemeje ko bamaze gutandukana na yo, barimo Umugande Taddeo Lwanga, umunya-Nigeria Victor Mbaoma,  umunye-Congo Pavelh Ndzila, Umurundi Nshimirimana Ismaël ndetse n’Abanyarwa Kwitonda Alain na Ndayishimiye Dieudonné. Iyi […]

Kabila yohereje kwa Trump intumwa yo gusobanura impamvu Tshisekedi akwiye kuvanwa ku butegetsi

tshisekedi et kabila 2635 1306872

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yohereje i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika intumwa yo gusobanurira ubutegetsi bw’iki gihugu gahunda afite, zirimo gushyira iherezo ku butegetsi bw’igitugu bwa Perezida Félix Tshisekedi. Kikaya Bin Karubi usanzwe ari umuntu wa hafi ya Kabila akanaba umujyanama we, amaze iminsi itari […]

Israel yivuganye ba Jenerali hafi 20 ba Iran

589f49a0 486b 11f0 bbaa 4bc03e0665b7.jpg

Abayobozi mu gisirikare cya Iran bakabakaba 20, ni bo amakuru avuga ko Israel yiciye mu bitero yagabye kuri kiriya gihugu ku wa Gatanu. Ni ibitero Israel yagabye ikoresheje indege z’intambara zibarirwa muri 200, zirimo izigezweho zo mu bwoko bwa F-35. Kuri ubu Iran yemeza ko byibura batatu ba mbere mu bari bakuriye igisirikare cyayo biciwe […]

RDC yananiwe kwitambika u Rwanda ngo rutayobora RECSA

20250614 090355

U Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 13 Kamena, rwashyikirijwe inshingano zo kuyobora Umuryango Ushinzwe Kurwanya Ikwirakwizwa ritemewe ry’Intwaro nto muri Afurika (RECSA). Ni inshingano u Rwanda rwafatiye mu nama ya 11 y’abaminisitiri b’ibihugu bigize uriya muryango yabereye i Nairobi muri Kenya. Zakiriwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta washyikirijwe ibendera ry’uriya […]

Byasabye imbaraga za Perezida Samia ngo Yanga yemere gukina na Simba

20250614 074418

Ikipe ya Young Africans na Simba Sports Club kera kabaye zemeye gukina umukino wa shampiyona ya Tanzania zifitanye, nyuma y’uko Perezida Samia Suluhu Hassan yinjiye mu kibazo cyazo. Amakipe yombi yakabaye yarakinnye uriya mukino ku itariki ya 8 Werurwe, gusa birangira udakinwe kuko Simba yanze kuwitabira nyuma yo kubuzwa gukorera imyitozo kuri Stade ya Benjamin […]

Iran yarashe kuri Israel imvura ya za missile zirasa kure

iran israel 28 ap gmh

Iran mu ijoro ryacyeye yarashe za missiles nyinshi kuri Israel, mu rwego rwo kwihimura ku bitero karahabutaka iki gihugu cyayigabyeho mu rucyerera rw’ejo ku wa Gatanu. Ibitero bya Israel byashegeshe cyane Iran, kuko usibye gusenya ibikorwa remezo byayo yifashishaga mu gutunganya intwaro kirimbuzi; byaniciwemo abenshi mu bari abayobozi b’igisirikare cyayo ndetse n’abahanga benshi muri siyansi. […]

Musanze: Umugabo afunzwe azira gusambanya umwana we

Umugabo witwa Karekezi Olivier wo mu murenge wa Kimonyi w’akarere ka Musanze, afunzwe akekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 14 y’amavuko. Umugore wa Karekezi ni we uhamya ko yaguye gitumo umugabo we, ari hejuru y’uriya mwana we w’umukobwa; ndetse ko atari ubwa mbere yari abikoze. Uyu agira ati: “Nabifatiye neza kuko ninjiye mu nzu mbura […]

Iran yasimbuje abagaba b’igisirikare cyayo bivuganwe na Israel 

GridArt 20250613 125519950

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Hosseini Khamenei, kuri uyu wa Gatanu yashyizeho abagaba b’ingabo bashya basimbura abiciwe mu bitero Israel yagabye kuri kiriya gihugu. Icyicaro Gikuru cy’Ingabo za Iran giherereye i Tehran, kiri mu hantu hibasiwe na biriya bitero byagabwe mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu. Ababiguyemo barimo Maj. Gen Hossein Salami wari Umugaba […]

Bintou Keita wa MONUSCO yakiriwe na AFC/M23

20250613 114431

Umuyobozi w’Ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), Bintou Keita, kuri uyu wa Gatanu yahuye anagirana ibiganiro n’ubuyobozi bw’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23. Bintou Keita ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23 kuva ku wa Kane tariki 12 Kamena. Kuri uyu wa Gatanu we n’abamuherekeje […]

Iran yohereje muri Israel drones zirenga 100

20250613 091905

Igisirikare cya Iran cyatangiye kurasa kuri Israel gikoresheje za drones, mu rwego rwo kwihimura ku gitero Israel yabagabyeho mu masaha make yatambutse. Ni ibitero Israel yemeje ko yiciyemo Umugaba w’Ingabo za Iran zirwanira ku butaka, Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu uzwi nka IRGC ndetse n’uwayoboraga ingabo zishinzwe gutabara byihuse. Amakuru avuga ko mu rwego […]

Israel yishe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran n’uw’izirwanira ku butaka

GridArt 20250613 80857651

Kuva mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Kamena, Israel iri kugaba ibitero karahabutaka kuri Iran yise ‘Operation Rising Lion’. Amakuru avuga ko muri ibi bitero, Israel yarashe ahantu hatandukanye i Tehran mu murwa mukuru wa Iran, ndetse no ku bigo by’iki gihugu bitunganya ingufu za kirimbuzi. Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin […]

Rulindo: Rurageretse hagati y’umugabo na mushiki we umushinja kumusambanya akamukomeretsa

rulindo 1 11 03a8b

Mu karere ka Rulindo, umurenge wa Mbogo, akagali ka Mushali mu mudugudu wa Nyakabuye, haravugwa inkuru y’umugore witwa Mukantagwera Janvière uri kurega atabaza ubuyobozi ngo bumurenganure, nyuma yo gusambanywa ku ngufu na musaza we. Nyirubwite avuga ko musaza we Ntaganda Evariste yamusambanyije ku wa Kabiri tariki ya 5 Kamena. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko […]