Abandi basivili baraye biciwe i Goma Wazalendo ishyirwa mu majwi

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa amakuru y’abandi basivili batatu biciwe mu mujyi wa Goma mu buryo butunguranye. Wazalendo isanzwe ikorera mu kwaha kwa Leta, niyo yashyizwe mu majwi ko yarashe abo basivili nyuma yo kubakekaho amafaranga. Amakuru avuga ko ko mu ijoro ryakeye rishyira taliki 11 Mata 2024, aribwo abantu bari bari mu […]

DRC:Martin Fayulu yunze mu rya Blinken mu mvugo zisesereza zikanatoneka Abarokotse Jenoside

Muri iki Cyumweru cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no mu minsi ijana ,Umunyepolitiki w’umunyekongo yasesereje u Rwanda mu mvugo igoreka amateka y’igihugu , aho yavuze ko u Rwanda rwibuka Jenoside y’Abatutsi , Abahutu ndetse n’Abatwa. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter (X), yanditse agira ati” Muri ibi bihe u Rwanda rwibuka JENOSIDE ( JENOSIDE […]

Umwavoka uvugwaho kurya impozamarira yagombaga guhabwa umuryango wa Ntaryamira yaba yatorokeye muri Congo

Umugore w’uwahoze ari Perezida w’u Burundi ‘Ntaramira’ aravuga ko umwavoka waburanye impozamarira yahawe umuryango we yatorokanywe n’uwabunganiraga mu mategeko. Yabitangaje ubwo yaganiraga n’Ijwi ry’Amareka mu mpera z’Icyumweru gishize, aho yavuze ko kugeza ubu nta ndishyi arabona kuko umwunganizi wabo yanyereje amafaranga y’ubwishingizi SONARWA yari yarishye ku bantu bari mu ndege ya Habyarimana yarashwe kuwa 06 […]

RDC: Imirwano ya FARDC na M23 yabyukiye mu bice byerekeza i Masisi

Imirwano yubuye kuva muri iki gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 04/10/2024 aho wazalendo, FARDC n’abandi bafatanyabikorwa bayo bakozanyijeho hagati ya M23 mu gace ka Nyakajanga na Nteko hafi ya kabaya ku gice gihuza Matanda na Masisi. Nta makuru arambuye atangwa ku by’iyi mirwano, gusa bivugwa ko Wazalendo na FARDC aribo babanje kugaba ibitero […]

Nkunduwimye ushinjwa uruhare muri Jenoside yahishuye ko yahungiye muri RDC atwaye Interahamwe

Nkunduwimye Emmanuel ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahishuye ko ubwo yahungiraga muri Congo muri Gicurasi yatwaye ikamyo yuzuye Interahamwe. Ubwo yari mu rukiko i Buruseri (Bruxelles) mu Bubiligi yavuze ko yahunze mu kwezi kwa gatanu agashyika muri Congo atwaye ikamyo yuzuye ibyo kurya n’interahamwe. Emmanuel Nkunduwimye ashinjwa ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi […]

Liberia:Umwuka mubi hagati ya Sena n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Hari Umwuka utari mwiza hagati ya Sena ya Liberia n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ku gushyiraho urukiko rwihariye ku byaha by’intambara. Bamwe mu banyaliberiya barwanyije ishyirwaho rw’urwo rukiko, bavuga ko ruzatoneka inkovu za cyera kandi ko rushobora kuburizamo itegeko ritanga imbabazi ririho ubu, ryafashije guhagarika ubushyamirane. Uyu mushinga watanzwe na Perezida Joseph Boakai, abadepite bawushyigikiye mw’itora ryo […]

Amb. Hategeka yashyikirije Ramaphosa impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Afurika y’Epfo

Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Emmanuel Hategeka, ku wa Kabiri yashyikirije Perezida Cyril Ramaphosa impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda i Pretoria. Amb. Hategeka yaboneyeho gushyikiriza Perezida Ramaphosa ubutumwa yohererejwe na mugenzi we, Perezida Paul Kagame bumushimira kuba yarifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ambasaderi Hategeka yiyemeje gushyira […]

Pasiteri yarashwe mu cyico ari kwiba nijoro

Polisi yo mu gace ka Kitui ho muri Kenya yarashe mu cyico umugabo wari usanzwe ari umupasiteri, nyuma yo kumufatira mu cyuho yiba rimwe mu maduka aherereye ku isoko rya Kavisuni. Amakuru avuga ko uyu muvugabutumwa mbere yo kuraswa yari no mu gatsiko mu cyumweru gishize kibye iduka ry’uwitwa Muli Munyoki, mbere yo kubanza kumufatiraho […]

Perezida Kagame yagiye mu Bwongereza

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere yagiriye uruzinduko rw’akazi i Londres mu Bwongereza rwasize agiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Rishi Sunak. Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko abayobozi bombi baganiriye “baganiriye ku bufatanye butanga umusaruro hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza, by’umwihariko ku bufasha bufatika bwahaye u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse […]

Ubuyobozi bw’abayisilamu mu Rwanda bwatangaje impinduka mu kwizihiza Irayidi

Mu gihe habura amasaha macye ngo idini rya Islam ryizihize umunsi w’irayidi, ubuyobozi bw’iri dini bwasabye abayoboke bayo ko kuri uwo munsi mukuru ibikorwa byo gusabana no kwidagadura bitemewe. Ubuyobozi bwa Abayisilamu mu Rwanda bwavuze ko kubera igihugu kiri mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, nta birori […]

Sudan:Abagera kuri miliyoni 8.5 bamaze guhunga imirwano

Ku cyumweru, komite y’abaganga bo muri Sudani yatangaje ko ingabo z’abaparakomando bo muri Sudani zahitanye byibuze abantu 28 mu gitero cyagabwe ku mudugudu uri mu majyepfo y’umurwa mukuru Khartoum. Komite y’abaganga ba Sudani mu itangazo ryayo yatangaje ko ingabo za (RSF) zakoze ubwicanyi mu mudugudu wa Um Adam ku birometero 150 mu majyepfo y’umujyi. Intambara […]

DRC:Umusirikare wa FRDC arashinjwa kwica inka z’Abatutsi

Umusirikare ubarizwa mu gisirikare cya Leta ya Congo ‘FARDC’ arashinjwa kwirara mu nka z’Abatutsi muri Kivu y’Amajyaruguru akazimishamo amasasu kugeza zipfuye. Amakuru avuga ko uyu musirikare yarashe izi nka mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Kabiri taliki 9 Mata 2024. Inka enye nizo zamenyekanye ko uyu musirikare yishe ariko imibare ikaba ikomeje gukusanywa […]

Burundi:Inzara iri mu barimu yaciye igikuba mu bigo by’amashuri

Mu gihugu cy’u Burundi nta kindi gikomeje kuhavugwa usibye ibura ry’abarimu kugeza ubwo ibigo by’amashuri bimwe ngo bishobora kuzashiduka byafunze imiryango. Impamvu y’ubuke bw’abarimu ngo ni imibereho mibi bakomeje guhura nayo iturutse ku mishahara bahabwa y’intica ntikize. RPA Burundi, yanditse ko muri Komine ya Nyanza-Lac yo mu ntara ya Makamba itaka ko ifite ikibazo cyo […]

Hamenyekanye igihugu Tshisekedi ‘wari waburiwe irengero’ aherereyemo

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aherereye i Bruxelles mu Bubiligi nk’uko amakuru ata Perezidansi ya RDC abivuga. Infos.cd yatangaje ko ku Cyumweru saa 05:05 ari bwo Tshisekedi yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’djili, mbere yo gufata rutemikirere yerekeza i Bruxelles mu ruzinduko rwihariye. Uwo munsi Radiyo na Televiziyo y’u […]

69%by’ibirwanisho Israel ikoresha ibikura muri Amerika

Kugeza ubu Amerika n’icyo gihugu cya mbere giha intwaro Israel akaba ari nacyo cyayifashije kubaka igisirikare gihambaye. Nk’uko bivugwa n’ikigo Stockholm International Peace Research Institute (SIPRI), mu birwanisho Israel yaguriye hanze hagati ya 2019 na 2023, 69% byavuye muri Amerika. Amerika iha Israel miliyari 3.8 z’amadorari y’Abanyamerika mu masezerano y’imyaka icumi yerekeye imfashanyo ya gisirikare […]

Umuti w’amakimbirane y’u Rwanda na RDC mu mboni za Mbeki wayoboye Afurika y’Epfo

Thabo Mbeki wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yatangaje ko intwaro zidashobora gukemura amakimbirane amaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, asaba ibihugu byombi kuyakemura biciye mu nzira y’amahoro. Uyu mukambwe uheruka i Kigali aho yari yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, yabitangaje mu kiganiro aheruka […]

Kenya:Abasirikare b’abongereza bashinjwa gutegeka abinjizwa mu gisirikare gusambana n’indaya

Abasirikare bakuru b’Abongereza batoza abasirikare ba Kenya barashinjwa guhatira abasore bashya binjizwa mu gisirikare gukora imibonano mpuzabitsina n’indaya badakoresheje agakingirizo. Aba basirikare b’abongereza, bashinjwa aya mahano, ni aboherejwe mu kigo cya gisirikare cya Nanyuki muri Kenya.Bashinjwa gutegeka aba banyeshuli bashya gusambana n’indaya nk’ikimenyetso cyo gutangiza umuhango wo kubakira no kwerekana icyo bashoboye. Ibi ni ibyatangajwe […]

Abandi basirikare ba SADC biganjemo aba Tanzania biciwe muri RDC

Umuryango wa SADC watangaje ko abasirikare bane bawo bari mu bo wohereje kurwanya umutwe wa M23 biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko ikigo cya gisirikare barimo kirashwemo igisasu. SADC yemeje aya makuru biciye mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Mata 2024. Muri iryo tangazo uyu muryango […]

Ubwato bwari butwaye abanye Kongo 16 n’abanyamahanga 8 bwarohamiye muri Tanganyika

Nibura abantu 24 muri 25 baburiwe irengero nyuma y’uko bwato ‘M / V Maman Benita’ bwibiye mu kiyaga cya Tanganyika mu ijoro ryo kwa wa Gatandatu rishyira iryo ku cyumweru tariki ya 7 Mata, hafi n’nkombe z’agace ka Kalemie. Amakuru avuga ko , iyi mpanuka yatewe n’umuyaga ukaze wazabiranyije ubwo bwato maze abantu bagera kuri […]

Perezida Ruto yoherereje ubutumwa u Rwanda

Muri iki gihe cyo kwibuka isi yose yifatanyije n’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.Bamwe mu bakuru b’ibihugu baje kwifatanya n’abanyarwanda abandi bohereza ubutumwa mu rwego rwo kwifatanya kwibuka. Mu bohereje ubutumwa harimo Perezida wa Kenya Wiliam Ruto wagaragaje ko u Rwanda nk’Igihugu gifite abaturage baranzwe n’umuhate n’ubudaheranwa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba ari icyitegererezo […]

Ramaphosa yatanze icyizere ku izahuka ry’umubano wa Afurika y’Epfo n’u Rwanda

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yatangaje ko hari icyizere cy’uko mu minsi iri imbere Afurika y’Epfo ishobora kongera kubana neza n’u Rwanda, nyuma y’igihe ibihugu byombi bidacana uwaka. Ramaphosa yabitangaje nyuma yo kugirira uruzinduko mu Rwanda. Ni uruzinduko rwasize agiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame ndetse anitabira umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 […]

Mu myaka itanu ishize abarenga 3500 barezwe gupfobya , guhakana Jenoside n’ingengabitekerezo

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko mu myaka itanu ishize rwakiriye abaregwa bagera ku 3,563 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside, guhakana Jenoside no kuyipfobya. Gusa ruvuga ko nubwo imibare imeze gutyo, ikigero cy’abaregwa ndetse n’ubukana bw’icyaha ngo bigenda bigabanuka uko imyaka ishira. RIB kandi ivuga ko ibirego byo kwanga gutanga amakuru y’ahari imibiri y’Abatutsi bishwe muri […]

Tshisekedi yaba yaje i Kigali rwihishwa?

Umuvugizi wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanyomoje amakuru yavugaga ko ku Cyumweru yari i Kigali aho yari yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Madamu Tina Salama abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yanditse ko “Perezida wa Repubulika Félix Tshisekedi ntiyigeze ajya i Kigali kwibuka […]

Intambara ya Israel na Hamas ishobora gushyirwaho akadomo

Kuri iki cyumweru taliki 7 Mata 2024, Isiraheli yavuze ko yakuye abasirikare benshi mu majyepfo ya Gaza, hasigara brigade imwe gusa nyuma y’uko Hamas yohereje itsinda mu misiri mu biganiro bishya bishobora guhagarika intambara. Amakuru avuga ko isiraheli yagabanije umubare w’ingabo muri Gaza nanone hashingiwe kotswa ku gitutu cya Amerika nyuma y’uko hapfuye abakozi barindwi […]

RDC: Kiliziya Katolika yongeye kunenga ubutegetsi bw’i Kinshasa mu buryo bwahuranyije

Idini rya Kiliziya gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kwikoma ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi , ivuga ko hari abitwikira ijoro bagakorana n’imitwe irwanya igihugu nyamara bwacya bakigira nk’aho bagikunda kurusha abandi. Byavuzwe n’Umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika muri DR.Congo , Kalidinali Frodolin Ambongo kuri uyu wa Gatanu taliki 05 Mata 2024 mu kiganiro […]

Kayumba Innocent yakatiwe gufungwa imyaka 15

Kayumba Innocent wayoboye amagereza atandukanye yo mu Rwanda, yakatiwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’uruhare rwe mu mpfu z’imfungwa zabereye muri gereza ya Rubavu. Urukiko rwa Rubavu nirwo rwaraye rwakatiye iki gifungo Kayumba.Siwe wakatiwe gusa kuko yarikumwe nabo barimo Emmanuel Byinshi wahawe igihano cyo hejuru cy’imyaka 25 ndetse agategekwa no kwishyura ihazabu ku […]

Burundi: Urujijo ku bihumbi by’imihoro bivugwa ko leta yaguze ikayiha Imbonerakure

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Leta hari imihoro leta y’iki gihugu irimo guha imbonerakure (urubyiruko rwo mu ishyaka CNDD-FDD), nyuma yo kuyitumiza mu Bushinwa. Kuva mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo iyo mihoro yatangiye gutangwa, nk’uko ikinyamakuru Le Mandat kibivuga. Iki gitangazamakuru kivuga ko ku wa 18 Werurwe ari bwo iyo mipanga […]

Gicumbi:Dushimimana yariye inyama iramuniga arapfa

Mu karere ka Gicumbi, umurenge wa Byumba , Akagali ka Gacurabwenge umudugudu wa Rwasama, haravugwa umusore w’imyaka 22 wamize inyama iramuniga arapfa. Ni umusore witwa Dushimimana Vincent witabye Imana ejo kuwa Gatanu taliki 05 Mata 2024, yapfuye ubwo yamiraga inyama igahagama mu muhogo . Ibi byabaye ubwo yajyaga gufata amafunguro muri Restaurant yari hafi aho […]

Perezida Samia yashimagije Yanga na Simba zasezerewe muri CAF Champions league

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yashimagije amakipe ya Simba Sports Club na Young Africans yo mu gihugu cye, nyuma yo gusezererwa muri ¼ cy’irangiza cya CAF Champions league. Young Africans yasezerewe na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo kuri penaliti 3-2, nyuma yo kurangiza imikino yombi nta kipe n’imwe ibashije kureba mu izamu ry’indi. […]

FARDC yafashe umujyanama wa Nangaa, ashinja abarimo Kabila na Gen Numbi gufasha M23

Igisirikare cya Rpubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyataye muri yombi Eric Nkuba Shebandu alias Malembe wari umujyanama mu bya politiki wa Corneille Nangaa uyobora ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23. Umuvugizi wa FARDC, General Major Sylvain Ekenge ubwo yamwerekaga itangazamakuru, yavuze ko yafashwe n’Ingabo zo mu mutwe udasanzwe za RDC, […]

Abanya Ukraine babyutse baramutswa ibitero by’indege z’Uburusiya byahitanye imbaga

Byibuze abantu batandatu baguye mu gitero cy’indege zitagira abadereva z’Uburusiya byarashwe mu mujyi wa Kharkiv wo muri Ukraine. Umuyobozi w’akarere ka Ihor Terekhov, yavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu, indege zitagira abapilote za Shahed zakozwe na Irani zangije inyubako nyinshi zirimo amazu yo kubamo muri uyu mujyi. Mu byumweru bicye bishize ibindi […]

Amahanga yahaye u Rwanda icyemezo gihamya ko inzibutso enye zashyizwe mu murage w’isi

UNESCO yamaze gushyikiriza Guverinoma y’u Rwanda, icyemezo gihamya ko imaze ko Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo urwa Kigali, Nyamata, Bisesero n’urwa Murambi zashyizwe mu Murage w’Isi Iki cyemezo guverinoma yagishyikirijwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco [UNESCO], Audrey Azoulay. Ni mu gihe kuwa 20 Nzeri 2023, aribwo izi nzibutso […]

Ba Perezida 2 baraye i Kigali

Perezida Petr Pavel wa Repubulika ya Tchèque na Andry Rajoelina wa Madagascar, babimburiye abandi benshi bategerejwe mu Rwanda aho bagomba kwitabira umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 5 Mata ni bwo abakuru b’ibihugu byombi bageze i Kigali. Bombi bakiriwe ku kibuga cy’indege na […]

Umuyobozi wa STT ishinjwa gucucura Abanyarwanda arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze Uwimana Jean Marie Vianney, wari umuyobozi wa Company ya Super Free to Trade (STT) yakoraga mu buryo butemewe ubucuruzi bw’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, avuga ko Uwimana “akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya aho afite ikigo kimwanditseho cyitwa Super Free to Trade (STT) […]

Burundi: Abagore b’inshoreke bari guhigwa bukware bashinjwa gutera igihugu umwaku

Leta y’u Burundi yatangiye guhiga abagore b’inshoreke ikabatandukanya n’abari abagabo babo, nyuma yo kubashinja gutera iki gihugu umwaku bigatuma kidatera imbere. Umukwabu wo kwirukana aba bagore umaze igihe ukorerwa mu bice bitandukanye by’u Burundi, by’umwihariko mu ntara ziherereye mu gice cy’amajyaruguru y’iki gihugu. Nko mu ntara ya Ngozi, ubuyobozi bwayo busobanura ko mbere yo gutangira […]

Afurika y’Epfo:Uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yarekuwe by’agateganyo ku ngwate

Mapisa-Nqakula wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Afurika y’Epfo yarekuwe nyuma y’uko yemeye gutanga ingwate y’ibihumbi 2670 by’Amadorali. Ejo hashize kuwa Kane, uyu mubyeyi wari perezida w’inteko ishinga amategeko, nibwo yatawe muri yombi nyuma yo kwishyikiriza Polisi. Ni nyuma y’uko hari hashize igihe kitaragera ku masaha 24 yeguye kuri izo nshingano. Ashinjwa ibirego bya ruswa […]

RDC-Ituri:Indege yakoze impanuka irangirika bikomeye

Indege yo muri sosiyete ya TRACEP yavaga muri Bunia yerekeza ku kibuga gito cy’indege cya ZALE nko mu birometero 4 hafi yo mu burasirazuba bwa komini ya Mahagi mu Ntara ya Ituri, yakoze impanuka ikomeye. Ni impanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 5 Mata 2024,aho abatangabuhamya babibonye babwiye itangazamakuru rya […]

P. Kagame arifuza ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo wazambijwe n’abarimo Col. Karegeya wasubira mu buryo

Perezida Paul Kagame yatangaje ko yifuza kubona umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo usubira mu buryo ukaba nk’uko wahoze, nyuma y’igihe kirekire warazambye. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umunyamakuru Sophie Mokoena wa SABC (Igitangazamakuru cya leta ya Afurika y’Epfo). Kuva mu 1994 ubwo Afurika y’Epfo yari ikiyobowe na Nelson Mandela u Rwanda […]

RIB yihanangirije abakoresha amagambo ashengura umutima abarokotse Jenoside

Mu gihe kuva tariki 7 Mata 2024, hazatangira Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB ruraburira abakoresha imvugo zisesereza abarokotse Jenoside ko batazihanganirwa na gato. Uru rwego rwagaragaje ko muri iyi myaka hasigaye hagaragara abakora ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishingiye ku kubwira abayirokotse […]

Perezida Cyril Ramaphosa ategerejwe i Kigali

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, ategerejwe i Kigali mu mpera z’iki cyumweru. Perezida Ramaphosa azaba yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nk’uko Sophie Mokoena uri mu banyamakuru bakuru b’igitangazamakuru cya Leta ya Afurika y’Epfo (SABC) yabitangaje. President Cyril Ramaphosa is expected to travel to Kigali Rwanda this […]

King James yemeye kwishyura incuti ye imushinja ubwambuzi

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi mu muziki nyarwanda nka King James, yemeye kwishyura umugabo umushinja kumwambura amafaranga ariko bikabanza byaca mu butabera. Mu ijoro ryakeye ni bwo uwitwa Pasiteri Ntezimana Blaise uba muri Suède yanditse ku rubuga rwe rwa X ubutumwa busaba Perezida Paul Kagame kumurenganura akabona ubutabera, nyuma yo kuvuga ko yahaye King James amafaranga […]

Burundi:Bategereje urupfu ngo rubakize akaga k’ubukene bwaganjije igihugu

Mu gihugu cy’u Burundi ubukene buravuza ubuhuha kugeza ubwo hari abavuga ko bategereje urupfu kuko nta kindi ngo bafite bakora cyabubakiza. Ibi bitangazwa n’abaturage batuye mu mujyi wa Bujumbura baganiriye n’Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, aho bavuze ko ubuzima bwabaye ndanze bityo bakaba bategereje urupfu rwonyine ruzabavana muri ako kaga. Umwe mu benegihugu wahaye […]

Perezida Petr Pavel ategerejwe mu Rwanda

Perezida Petr Pavel wa Repubulika ya Tchèque, ategerejwe mu Rwanda aho agomba kugirira uruzinduko kuri uyu wa Gatanu. Uyu mukuru w’igihugu ari mu banyacyubahiro bagomba kwitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo hibukwa ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni umuhango uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 7 Mata. Amakuru atangwa na Perezidansi ya […]

Israel irashinjwa kunaniza abashaka gutanga imfashanyo muri Gaza

Abaterankunga batandukanye bashamikiye ku miryango mpuzamahanga baratabaza nyuma y’uko ngo babona Israel irikwitabika gahunda yabo yo gutanga imfashanyo mu ntara ya Gaza. Prezida w’umuryango w’abaganga batagira imipaka, Isabelle Defourny yatanze impuruza ko muri iyo ntara hashobora kuba jenoside. Uyu muganga avuga ko umuryango ayoboye umaze gupfusha abakozi batanu muri 300 bakorera muri Gaza.Yavuze ko Gaza […]

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byavuguruwe

Ibiciro bya Lisansi na Mazutu byongeye kuvugururwa , aho kugeza ubu Lisansi na Mazutu byatangajwe ko byszamutse bigatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu. Byatangajwe n’urwego Ngenzuramikorere (RURA) aho Igiciro cya Lisansi cyashyizwe ku mafaranga 1,764 kuri Litiro kivuye ku mafaranga 1,637 kuri Litiro cyari cyashyizweho kuva mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka. Ibi bikaba bisobanuye […]

Nyaruguru: Yabyaye umwana w’umuhungu amujugunya mu musarane w’akabari akurwamo akiri muzima

132f6758-5378-4094-9949-09d4481b77b7.jpg

Umukobwa w’imyaka 29, kuri ubu duhishiriye amazina, utuye mu mudugudu wa Kibayi, akagari ka Mpanda, umurenge wa Kibeho, akarere ka Nyaruguru, birakekwa ko yabyaye umwana w’umuhungu akamujugunya mu musarane w’akabari yacururizagamo. Abantu bari hafi aho babiketse, bajya kureba mu musarane, bavanamo uwo mwana akiri muzima ahita ajyanwa kwa muganga. Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri […]

U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yemeye ko igihugu cye n’inshuti zacyo bari bafite ubushobozi bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gusa habura ubushake bwo kubikora. Macron yabitangaje mu gihe habura iminsi itatu ngo Abanyarwanda n’inshuti zabo bibuke ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida w’u Bufaransa ntabwo azitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy’inumamo, […]

Afurika y’Epfo:Uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yishyikirije Polisi

Nosiviwe Mapisa-Nqakula wari Perezida w’inteko ishinga amategeko wa Afurika y’Epfo yishyikirije Polisi y’i Pretoria nyuma y’amasaha macye yeguye ku mirimo ye. Yashinjwaga kwakira ruswa y’amadolari ibihumbi 135 000 n’umusatsi w’umukorano (perruque) yahawe mu buryo butazwi. Ubushinjacyaha, buvuga ko uyu mubyeyi kandi ubwo yari Minisitiri w’Ingabo yagiye yakira amafaranga adafitiwe ibisobanuro.Mu 2019 ngo nabwo yakiriye ruswa […]

Kiliziya Gatolika yongeye kwikoma ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi

Idini Katolika, rivuga ko ryongeye kugaragaza uko ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari balinga, kuko usanga amafaranga menshi ashyirwa muri politiki yo muri iki gihugu naho abaturage bakahatesekera. Byavuzwe n’umukuru w’iri dini Karidinali Frodolin Ambongo ubwo yari i Kinsasa, agaragaza ko biteye agahinda ko Leta y’i Kinshasa ishobora kongera kuba nk’iyambere yateje intambara mu bice bitandukanye […]

Tshisekedi yasubitse ubugira kabiri uruzinduko yagombaga kugirira mu Buyapani

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasubitse ku nshuro ya kabiri uruzinduko rw’akazi yagombaga kugirira i Tokyo mu Buyapani. Tshilombo yagombaga kugirira uruzinduko rw’iminsi irindwi mu Buyapani, hagati y’itariki ya 31 Werurwe n’iya 7 Mata 2024. Ni uruzinduko yagombaga guherekezwamo n’abaminisitiri barindwi mu bagize Guverinoma ye. Africa Intelligence yatangaje ko uru […]

Byinshi wamenya kuri film “Our unity” Dusenge Xavier agiye gushyira hanze

Filme “Our Unity” igaruka ku gusigasira Ubumwe bw’Abanyarwanda igiye kujya hanze mu minsi ya vuba Ni film yanditswe na Dusenge Xavier nyuma yo kugira igitekerezo ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye. Igaragaza urugendo rw’Ubumwe bw’abanyarwanda mu myaka (30) ishize habaye Jenocide yakorewe Abatutsi 1994. Muri 2022 nibwo nibwo yatangiye iyi film “OUR UNITY” nyuma y’uko igitekerezo […]

FARDC vs M23: Imirwano ikomeye iramukiye mu tundi duce dushya

Imirwano yongeye kuba mu duce dutandukanye two muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imirwano yabaye muri iki gitondo cyo kuwa kane 4/4/2024 hagati y’ingabo za congo, Wazalendo n’abandi bafatanyabikorwa bayo kurwanya inyeshyamba za M23. Iyi mirwano yabereye mu misozi iri hafi n’mujyi wa Kibirizi, mu karere ka KITOLU-KISINGIRI.Humvikanye urusaku rw’intwaro […]

Perezida Biden yohereje mu Rwanda intumwa zirimo Bill Clinton mu #Kwibuka30

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagennye intumwa zizamuhagararira mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo, hibukwa ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Intumwa Perezida Biden yohereje mu Rwanda zizaba ziyobowe na William Jefferson Clinton (Bill Clinton) wabaye Perezida wa 42 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abandi bazaba bari […]

Kenya:Abaganga bigenga batangiye kwiyunga ku ba Leta mu myigaragambyo

Abaganga bakorera mu mavuriro yigenga, batangiye kwiyunga ku ba Leta mu myigaragambyo igeze mu Cyumweru cya gatatu. Aba baganga barimo ababyaza n’abaforomo , abinzobere bari bamaze igihe basaba ko Leta yabitaho mu buryo bwo kubongerara imishahara, guha ubwishingizi imiryango yabo n’ibindi. Abaganga bigenga batari bakagaragaye muri iyi myigaragambyo, nabo barimo basanga bagenzi babo basaba ko […]

Afurika y’Epfo:Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yeguye

Kuri uyu wa gatatu, Inteko Ishinga Amategeko yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushinjwa ibirego bya ruswa. Mu cyumweru gishize, nibwo abashinjacyaha bashinjije Perezida w’inteko ishinga amategeko Nosiviwe Mapisa-Nqakula kwakira ruswa y’amadolari ibihumbi 135 000 ubwo yari Minisitiri w’ingabo mu 2016. Si ibyo gusa kuko no mu 2019 yavuzweho kwaka indi ruswa ya’amadolari ibihumbi 105000frw. […]

U Rwanda rwasubije RDC irushinja gushaka urwitwazo kuri FDLR

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko itewe impungenge no kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gukingira ikibaba FDLR ivuga ko u Rwanda rukomeje kugira urwitwazo uyu mutwe, nyamara utakibaho. Ni ibikubiye mu butumwa umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda yanditse ku rubuga rwe rwa X, aho yagaragaje ko ibyo Kinshasa ivuga biri mu rwego rwo […]

RIB yafashe abiyitaga abavuzi gakondo harimo n’uwari ufite inzoka n’akanyamasyo bizima

Aba bantu batatu berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024 ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Mujyi wa Kigali, kuri Sitasiyo ya Remera.Muri aba harimo uwari ufite inzoka nzima n’akanyamashyo. Uretse aba bantu bakurikiranyweho ubutekamutwe beretswe itangazamakuru, hanagaragajwe ibyo bakoreshaga muri ubu butekamutwe bakekwaho; birimo amahembe, impu z’inyamaswa n’ibikoresho byo hambere nk’uducuma n’utweso. […]

Muri Taiwan ibintu bikomeje kuba bibi kubera umutingito

Tayiwani Ibikorwa byo gutabara birakomeje nyuma y’umutingito wibasiye iki gihugu ugahitana bane. Uyu mutingito ufite ubukana bwa 7.4 wibasiye Tayiwani wangiza ibikorwaremezo birimo amazu arenga 700. Mu murwa mukuru Taipei, amashusho yerekanaga inyubako zinyeganyega bikabije izindi zigwa. Kugeza ubu ubutabazi burimo kuboneka ngo ntibuhagije kuburyo hagomba kwitabazwa izindi nzego z’ububanyi n’Amahanga. Ibiro bya perezida byavuze […]

SANDF yavuze ku makuru y’uko hari abasirikare bayo bishyikirije M23

Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF), cyanyomoje amakuru yavugaga ko hari abasirikare bacyo baheruka kwishyikiriza umutwe wa M23. Ikinyamakuru National Security News giheruka gutangaza ko hari abasirikare benshi bo mu ngabo za Afurika y’Epfo Guverinoma y’iki gihugu yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu cyumweru gishize bamanitse amaboko imbere y’umutwe wa M23 boherejwe kurwanya. Iki […]