Abanyamakuru 50, biganjemo abo mu bihugu bifite amahoro, barishwe muri 2020

Mu mwaka wa 2020, abanyamakuru bagera kuri 50 barishwe, kandi hafi barindwi ku icumi (7/10) biciwe mu bihugu birimo amahoro bitari no mu bice birangwamo intambara nk’uko icyegeranyo ngarukamwaka cy’umuryango uharanira uburenganzira bw’itangazamakuru, Reporters sans frontiĂšres (RSF) cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri kivuga. Kuba umubare w’abanyamakuru bishwe muri uyu mwaka udatandukanye cyane n’uwo mu […]

Perezida Magufuli yirukanye umuyobozi amuziza gukoresha ububasha bwe nabi

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli kuri uyu wa Mbere yirukanye ku kazi umuyobozi mukuru mu Karere ka Igunga, muri Tabora, Revocatus Kuuli, azira gukoresha nabi ububasha bwe. Iki cyemezo cyatangajwe mu itangazo rigenewe itangazamakuru n’ushinzwe itumanaho muri perezidansi, Gerson Msigwa. Iri tangazo rivuga ko Perezida Magufuli yafashe iki cyemezo nyuma y’amakuru avuga ko Kuuli, […]

U Rwanda rwakiriye ikindi cyiciro cy’abimukira n’impunzi bavuye muri Libya

Icyiciro cya gatanu cy’abimukira n’impunzi bagera ku 130 biganjemo abagore, abana n’abasore n’inkumi baturutse muri Libya cyamaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa kabiri, itariki 29 Ukuboza 2020. Aba bakiriwe ku kibuga k’Indege Mpuzamahanga cya Kigali n’itsinda ry’abakozi ba Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ndetse n’ab’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR). Bakihagera babanje gupimwa COVID-19 […]

Burundi: Imvubu zimaze guhitana abantu 10 no gukomeretsa abandi 13

Byibuze abantu 10 bishwe n’Imvubu abandi 13 irabakomeretsa muri komini za Rumonge na Nyanza-Lac kuva uyu mwaka watangira, aho abakora mu kigo cy’igihugu gishinzwe kurinda ibidukikije bavuga ko abaturage bateye aho izi nyamanswa zituye zikaba zibica zirwanaho. Ibice byibasiwe cyane n’ibyo muri Komini Rumonge na Nyanza-Lac, mu Ntara za Rumonge na Makamba, mu majyepfo y’uburengerazuba […]

Umunyemari Paul Muvunyi yarezwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwatangaje ko umunyemari Paul Muvunyi akurikiranweho icyaha cyo guhimba umukono (signature) w’umwe mu bazungura no gukoresha impapuro mpimbano kugirango abone uko yegukana ikibanza yaguze hafi y’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Karongi nk’uko bikubiye mu kirego Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutaka n’imikoreshereze yabwo cyatanze. Ibi byatangajwe nyuma y’amakuru yari yagiye hanze kuri […]

Uruhande rwa Tshisekedi rurashinjwa gukoresha ruswa mu kwiyegereza abadepite n’abasenateri

Kubaka ubwiganze bushya mu nteko ishinga amategeko kw’uruhande rwa Perezida Felix Tshisekedi kuri gukurikirwa n’ibirego bya ruswa rushinjwa n’abanyapolitiki begereye uwahoze ari Perezida Joseph Kabila, gukomeje kuvugwaho ibintu bitandukanye muri politiki ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Ukuboza 2020 i Goma, Ishyaka ry’Abaturage riharanira Kwiyubaka […]

Abasirikare batatu b’u Bufaransa biciwe muri Mali

Minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa mu itangazo ryayo yatangaje ko kuri uyu wa Mbere abasirikare batatu b’Abafaransa biciwe muri Mali ubwo imodoka yabo yaturitswaga n’igisasu mu karere ka Hombori. Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, mu ijambo rye yagaragaje “amarangamutima akomeye” nyuma yo kumenya urupfu rwa Brigadier-Chief, Tanerii Mauri hamwe na ba soldats Quentin Pauchet na Dorian […]

Covid-19: Les centres de santé effectuent gratuitement les tests

Les centres de santĂ© (CS) de diffĂ©rentes rĂ©gions du pays commenceront Ă  effectuer des tests Covid-19, a confirmĂ© le Centre BiomĂ©dical du Rwanda (RBC). Selon le Dr Sabin Nsanzimana, directeur gĂ©nĂ©ral du Centre BiomĂ©dical du Rwanda (RBC), depuis la semaine derniĂšre, son institution a commencĂ© Ă  distribuer des tests de diagnostic rapide aux centres de […]

Goma: Inkongi y’umuriro yibasiye agace ka Birere yahitanye abantu bane

Amakuru aturuka i Goma mu murwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru, aravuga ko abantu bane batakarije ubuzima mu nkongi y’umuriro hataramenyekana icyayiteye yibasiye agace ka Birere mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Ukuboza. Iyi nkuru dukesha Kivutimes iravuga ko byari amarira muri aka gace nyuma y’urupfu rw’abo bantu bane bo […]

Ubuzima bw’icyamamare mu butasi cyakoreye ibihugu 2 bihanganye

George Blake yavutse ku itariki 11 ugushyingo 1922 amazina yahawe n’ababyeyi ni George Behar avukira mu Mujyi wa Rotterdams mu Buholandi akorera ubutasi bw’u Bwongereza n’ubutasi bw’u Burusiya mbere yo gufatwa agakatirwa agatoroka gereza agahungira i Moscow. Nyina umubyara yari Umuporotesitanti w’Umudage, naho se akaba yari Umuyahudi ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza. Ise umubyara, Albert Behar, […]

Hazel Hill: Umukobwa w’imyaka 13 wahesheje intsinzi u Bwongereza mu Ntambara ya II y’Isi

aero-legends-website-design-42-1.jpg

Ku itariki ya 10 Nyakanga 2020, u Bwongereza bwizihije imyaka 80 yari ishize hatangiye Urugamba rw’u Bwongereza (Battle of Britain), mu Ntambara ya II y’Isi yose, rwahuje igisirikare cyo mu Kirere cy’u Bwongereza (RAF) n’Igisirikare cyo mu kirere cy’Abanazi, aho umwana w’umukobwa w’imyaka 13, Hazel Hill tugiye kugarukaho yagize uruhare mu gutegura indege z’intambara zakoreshejwe […]

Nta gahunda mfite yo kujya gushyingura Buyoya – Domitien Ndayizeye

Uwahoze ari Perezida w’u Burundi, Domitien Ndayizeye, aravuga ko adateganya kwerekeza i Bamako mu mihango yo gushyingura mugenzi we wahoze ari perezida, Pierre Buyoya, iteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 29 Ukuboza 2020 i Bamako. Avugana n’ikinyamakuru Iwacu-Burundi, Domitien Ndayizeye yavuze ko nta wamusabye kujya muri Mali, kubw’ibyo nta gahunda afite. Ati “Mvugishije ukuri, nashakaga […]

USA: Urukiko rwahamagaje ibikomangoma 2 bikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati

https___d1e00ek4ebabms.cloudfront.net_production_3f53e8be-3fb4-4838-be3b-49db67848d6e.jpg

Urukiko rwo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahamagaje Igikomangoma cy’Ikamba cya Arabia Saoudite, Mohammed bin Salman (MbS)ndetse n’Igikomangoma cy’Ikamba cya Abu Dhabi, Mohammed bin Zayed (MbZ) mu rubanza baregwamo ibikorwa byo kwinjira mu makuru y’abandi nta burenganzira (hacking). Umunyamakuru wa Al Jazeera muri Liban, Ghada Oueiss niwe washyize ahagaragara ifoto […]

Ese koko ibi hari aho bihuriye n’itabwa muri yombi ry’umunyemari Paul Muvunyi?

Mu iperereza ryacyo ryimbitse, ikinyamakuru Taarifa cyandikirwa mu Rwanda kiravuga ko umunyemari Paul Muvunyi, ufunzwe kuva ku itariki 24 Ukuboza 2020 yaba arimo kuzira ubutaka yaguze mu 2013, kiri hafi y’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Karongi, mu gihe ubugenzacyaha bwavuze ko bwamufashe bumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano. Ni ubutaka bivugwa ko yaguze miliyoni […]

RDC: Minisitiri Azarias Ruberwa yajyanwe muri Afurika y’Epfo arembye

Minisitiri ushinzwe kwegereza abaturage ubuyobozi n’amavugurura y’inzego wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Azarias Ruberwa, kuri uyu wa Gatandatu yagejejwe muri Afurika y’Epfo agiye kwivuza nyuma yo gufatwa na Covid-19 nk’uko byatangajwe n’ibiro bye. Azarias Ruberwa Manywa yajyanywe mu ndege y’imbangukiragutabara, igikorwa cyabashije gukorwa nyuma y’uruhushya rw’abayobozi ba Afurika y’Epfo, Guverinoma ya Congo na Perezidansi. […]

Turaje, muyamanike cyangwa murimburwe – Rwigema na Salim Saleh

Abategetsi bakomeye muri Uganda, barimo Ambasaderi w’iki gihugu muri Loni, Adonia Ayebare, ndetse n’Umugaba mukuru w’umutwe ushinzwe kurinda Perezida Museveni akaba n’umuhungu we, Maj. Gen. Muhoozi Kainerugaba, bakomeje kwibasira Umuyobozi wa Human Rights Watch n’abandi bita abakoloni bashinja gukomeza kwivanga mu bibazo bya Uganda. Kainerugaba we akaba yibukije ubutumwa Maj. Gen. (RIP) Fred Rwigema afatanyije […]

Bimwe mu bintu bidasanzwe byaranze umwaka wa 2020 mu mafoto

a_child_in_a_supergirl_costume_pays_respects_to_the_late_justice_ruth_bader_ginsburg_near_the_us_supreme_court_building._september._23_2020._washington_dc_usa.jpg

Umwaka wa 2020 ni umwaka utaragendekeye Isi yose nk’uko yari iwiteze, by’umwihariko ku Banyarwanda binjiraga muri Vision 2020 bari bamaze imyaka bakorera, ahanini bitewe n’Icyorezo cya Covid-19 cyakomotse mu Bushinwa kigakwirakwira Isi yose mu gihe gito, ariko usibye iki cyorezo hakaba hari n’ibindi bintu bitari byiza byabaye muri uyu mwaka twifuje kurebera hamwe ariko mu […]

Umuherwe Paul Muvunyi na Col. (Rtd ) Eugene Ruzibiza batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi uwahoze ari umuyobozi wa Rayon Sports, Paul Muvunyi, na bagenzi be barimo Col. (Rtd) Eugene Ruzibiza , bakurikiranweho gukoresha inyandiko mpimbano. Usibye Muvunyi na Ruzibiza, mu bafashwe harimo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasura, mu Karere ka Karongi witwa Gerald Niyongamije. Avugana na Igihe dukesha iyi nkuru, umuvugizi wa […]

Mu 2028 u Bushinwa buzaba bumaze gusiga Amerika mu bukungu kubera Covid-19

Mu 2028, u Bushinwa buzaba bumaze gusiga Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bukungu, imyaka itanu mbere y’igihe cyari giteganyijwe kubera icyorezo cya Covid-19 nk’uko byemezwa muri raporo nshya yashyizwe ahagaragara. Ikigo cy’ubushakashatsi mu bukungu na business cyo mu Bwongereza (CEBR) mu mbonerahamwe ngarukamwaka y’ubukungu bw’Isi yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu kivuga ko imwe […]

Icyamamare mu kunekera impande 2 zihanganye cyakoreye u Burusiya n’u Bwongereza cyapfuye

George Blake, intasi y’Umwongereza yamenyekanyeho gukorera impande ebyiri, aba bazwi nka ba “Double Agents” mu Cyongereza, yasezeye ku Isi y’aabazima ku myaka 98 nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abarusiya kuri uyu wa Gatandatu. “Uyu munsi, icyamamare mu iperereza George Blake, ntakiriho. Yakundaga igihugu cyacu abikuye ku mutima, ashima ibyo abaturage bacu bagezeho mu Ntambara ya Kabiri […]

Gasabo: Umwanzuro ku inyerezwa ry’asaga 1/2 cya miliyari uzatangwa mu mwaka utaha

Isomwa ry’urubanza rw’abantu 15 barimo abakozi ba Banki ya Kigali bakurikiranweho kunyereza umutungo wa leta ubarirwa muri miliyoni zisaga 500 z’Amanyarwanda ruzasomwa kuwa 22 Mutarama 2021 nyuma yo gusubikwa kuri uyu wa Kane ushize. Aba bantu barimo abakozi ba BK batatu, bashinjwa n’ubushinjacyaha kunyereza umutungo wa leta ubarirwa mu mafaranga miliyoni 570. Ni amafaranga yari […]

Centrafrica: Perezida Touadera yasabye abaturage kwiringira Ingabo z’u Rwanda

jad20201222-ass-centrafrique-592x296-1608634030-2.jpg

Muri mitingi ye ya nyuma mbere y’amatora ateganyijwe kuri iki Cyumweru, itariki 27 Ukuboza 2020, muri Centrafrica, Perezida Touadera yasabye abaturage b’igihugu cye kuramburira amaboko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye n’ibihugu nk’u Rwanda n’u Burusiya, abasaba kutagira ubwoba bagatora umukandida bifuza ko yabayobora. Perezida Faustin-Archange Touadera, unayobora ishyaka Mouvement Coeurs Unis (MCU) yahamagariye abaturage ba Centrafrica kwitabira […]

Ethiopia: Abaturage 207 nibo biciwe muri Metekel

Abantu 207 nibo bimaze kwemezwa ko biciwe mu gitero cyo kuwa Gatatu ushize kibasiye abaturage ba Metekel mu ntara ya Benishangul-Gumuz mu burengerazuba bwa Ethiopia, mu gihe imibare ya mbere yari yashyizwe ahagaragara yavugaga abantu 100. Ubu bwicanyi ni bumwe mu bwabaye mu bitero bimaze amezi menshi byibasira abaturage bo mu bwoko bwa Oromo, Amhara […]

Nyagatare: Batatu bakurikiranweho kwiba isima yubakishwa ishuri

Abantu batatu bakekwaho kwiba imifuka 14 ya sima yubakishwaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Hunga (GS Hunga), ishuri riherereye mu Mudugudu wa Rutete, Akagari ka Gatete mu Murenge wa Mukama Akarere ka Nyagatare, batawe muri yombi na Polisi ikorera muri aka karere. Abatawe muri yombi ni; Hagenimana Laurien w’imyaka 41, Kobizaba Juvens w’imyaka 28 na Mukundiyukuri […]

Uganda: Prophet Mbonye arashaka guhura n’abakandida bose akabahanurira uzavamo perezida

Umuyobozi w’Itorero Zoe Ministries, Elvis Mbonye, ukunze guhanura ibintu bizaba, arifuza guhura n’abakandida 11 bifuza guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda ngo abahanurire uzavamo umukuru w’igihugu nyuma y’amatora ateganyijwe muri Mutarama 2021. “Abantu bamwe bifuza ko mpanura ku byerekeye amatora yo muri 2021, kugirango nkore ibyo, ndashaka ko abakandida bose baza imbere yanjye, bakabaza ko […]

La cour d’appel confirme la rĂ©clusion Ă  perpĂ©tuitĂ© pour Uwinkindi

Jean Uwinkindi continuera de purger sa peine Ă  perpĂ©tuitĂ© aprĂšs que la Cour d’appel, jeudi 24 dĂ©cembre, n’ait trouvĂ© aucun motif raisonnable pour son appel. Uwinkindi, 69 ans, a Ă©tĂ© condamnĂ© en 2015 pour gĂ©nocide et extermination en tant que crime contre l’humanitĂ© par la Haute Cour. L’homme de 69 ans qui Ă©tait pasteur dans […]

Muhanga: Mudugudu na Gitifu barashinjwa kwaka abaturage ruswa ngo babahindurire icyiciro

Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 23 Ukuboza, bwashyikirijwe dosiye iregwamo umuyobozi w’Umudugudu ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umudugudu, bakekwaho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa kugira ngo bahindurire icyiciro cy’ubudehe abaturage. Aba bayobozi bombi bakaba bakurikiranyweho kuba barakusanyaga amafaranga y’abaturage batari barishimiye icyiciro cy’ubudehe bashyizwemo cya B, bakababwira ko nibatanga amafaranga […]

Burundi: Haravugwa kwibasira inzibutso z’ubwicanyi bwakorewe Abanyamurenge n’abanyeshuri

Amagambo yari ku rwibutso rw’impunzi z’Abanyamurenge ziciwe i Gatumba mu 2004 biravugwa ko yahanaguwe mu minsi yashize. Kuri ibyo hiyongereyeho ubujura bw’umusaraba wari ku mva y’abanyeshuri b’Abatutsi batwitswe ari bazima i Kibimba mu 1993. Ubujura bwakozwe mu kwezi k’Ukuboza. Uruzitiro ruzengurutse imva yashyinguwemo impunzi 166 z’Abanyamurenge, zishwe ku ya 16 Kanama 2004, ruherereye muri zone […]

Beni: Abaturage bigabije ibirindiro 3 bya gisirikare barabitwika

Kuri uyu wa Kane, itariki 24 Ukuboza, abaturage bo muri Komini Lume, Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru, batwitse ibirindiro bitatu bya gisirikare mu rwego rwo kwamagana ibitero bakomeje kugabwaho n’inyeshyamba za ADF, mu Murenge wa Ruwenzori, ndetse banatwika ibiro by’ubuyobozi. Hari habanje kugaragara ubwumvikane bucye hagati y’abaturage n’abasirikare nyuma y’amasasu yumvikanye arashwe n’abantu batamenyekanye. […]

Iyi beef ifata intera hagati ya Eminem na Snoop ntizarangira nk’iya Tupac na Biggie?

ad.jpg

Ibintu bikomeje kuba bibi hagati y’Abaraperi 2 bari mu ba mbere b’ibihangange babayeho ku Isi kandi bari basanzwe bakorana bya hafi ari bo; Eminem na Snoop Dogg, aho bakomeje guterana amagambo basebanya ku mbuga nkoranyambaga kugeza no mu ndirimbo ziri gusohoka. Duhereye kuri Eminem, wiyita “imana ya Rap” (Rap god), aherutse gusohora version nshya ya […]

Abapfiriye mu mpanuka y’ubwato mu Kiyaga cya Albert bamaze kuba 33

Abantu bagera kuri 33 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu mu Kiyaga cya Albert, muri Teritwari ya Mahagi, mu Ntara ya Ituri, mu gihe abagera kuri barindwi ari bo bamaze kubarurwa barokotse. Adubangu Vital, Perezida wa Sosiyete Sivile yo muri Sheferi ya Wangongo, aravuga ko ubu bwato bwakoreshejwe impanuka […]

Ethiopia: Igisirikare kishe abitwaje intwaro 42 nyuma y’iyicwa ry’abasivili basaga 100

Igisirikare cya Ethiopia kishe abantu 42 bitwaje intwaro gishinja kugira uruhare mu bwicanyi bwahitanye abaturage basaga 100 mu karere ko mu burengerazuba ka Benishangul-Gumuz nk’uko bitangazwa na Televiziyo ya leta, FANA, kuri uyu wa Kane. Kuwa Gatatu, komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu yatangaje ko abantu bitwaje intwaro bishe abantu basaga 100 mu gitero cyagabwe mu […]

Ronald Reagan wabaye umunyamakuru, umukinnyi wa filimi, niwe Perezida wasenye Abasoviyete

Ronald Reagan, wabaye umunyamakuru, umukinnyi wa filimi, nyuma akaba Perezida wa 40 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika afatwa nk’umuntu wagize uruhare runini mu isenyuka rya Repubulika Zunze Ubumwe z’Abasoviyete ndetse no kurangiza Intambara y’Ubutita mu mahoro. Reagan yavutse ku itariki 6 Gashyantare 1911, avukira i Tampico, muri Leta ya Illinois. Yabanje gukora mu itangazamakuru […]

Nyanza: Uruganda rukora insinga z’amashanyarazi ruri kubakwa rwitezweho byinshi

Uruganda rukora insinga z’amashanyarazi rurimo kubakwa mu Karere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo rwitezweho kuzateza imbere aka karere binyuze mu gutanga akazi ku bantu benshi bakikura mu bukene nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’akarere. Imirimo yo kubaka uru ruganda ruherereye mu Murenge wa Busasamana ruri ku buso bwa Hegitari 2,5 kuri ubu igeze kuri 50%, rukazuzura rutwaye […]

Col Kapend wahamijwe uruhare mu iyicwa rya LD Kabila arasabirwa imbabazi za perezida

39155hr_-592x296-1570455091.jpg

Perezida w’Ishyirahamwe Nyafurika riharanira Kurinda Uburenganzira bwa Muntu (ASADHO), Jean Claude Katende, arasabira imbabazi za perezida Tshisekedi, Col. Eddy Kapend na bagenzi be bamaze imyaka hafi 20 bafunze bazira kugira uruhare mu iyicwa rya Perezida Laurent Desire Kabila. Mu butumwa yanyujije kuri twitter, Jean Claude Katende yasabye imbabazi z’umukuru w’igihugu kuri Eddy Kapend na bagenzi […]

Goma: Umukinnyi w’ikipe ya FC Kunafazi yapfiriye mu kibuga

Abakunzi ba ruhago muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bari mu gahinda nyuma y’urupfu rw’umukinnyi w’ikipe ya FC Kunafazi, Paulin Kalonda, wapfiriye mu kibuga kuri uyu wa gatatu nyuma ya saa sita mu mukino waberaga kuri stade de l’unitĂ© i Goma. Ibi byabaye ku munota wa 75 w’umukino, ubwo ikipe uyu mukinnyi wakinaga inyuma ku […]

Un jeune de 19 ans risque la réclusion à perpétuité pour avoir profané 17 jeunes garçons

Les procureurs rĂ©clament une peine d’emprisonnement Ă  perpĂ©tuitĂ© pour une femme de 19 ans soupçonnĂ©e d’avoir souillĂ© 17 jeunes garçons Ă  diffĂ©rents moments dans le district de Gasabo. La peine a Ă©tĂ© suggĂ©rĂ©e par l’accusation le 18 dĂ©cembre 2020. Le suspect aurait attirĂ© les garçons avec des jouets. Les victimes auraient entre 7 et 12 […]

Centrafrica: Minusca yisubije Umujyi wa Bambari wari wigaruriwe n’inyeshyamba

Umujyi wa Bambari wa kane mu bunini muri Centrafrica wari wigaruriwe n’inyeshyamba kuri uyu wa Kabiri, ubu uragenzurwa n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye n’iza Leta nyuma yo kwirukanamo izi nyeshyamba. “Ibintu muri Bambari byasubiye mu buryo,” uyu ni Abdoulaziz Fall, umuvugizi wa MINUSCA, mu kiganiro n’itangazamakuru i Bangui kuri uyu wa Gatatu nk’uko tubikesha Al Jazeera. Yakomeje […]

Indege 19 z’igisirikare cy’u Burusiya n’u Bushinwa zavogereye ikirere cya Koreya y’Epfo

Indege zigera kuri 19 z’u Bushinwa n’u Burusiya kuri uyu wa Kabiri zinjiye mu buryo butemewe mu kirere cya Koreya y’Epfo mu cyasaga nk’imyitozo ihuriweho, ariko bituma igisirikare cyo mu Kirere cy’iki gihugu (Koreya y’Epfo) cyohereza indege z’indwanyi muri iki gice nk’uko byemejwe nabagaba b’ingabo . Indege enye z’Abashinwa zo mu bwoko bwa bombardiers H-6, […]

Umubiligikazi ukunda kwifotoreza ahafatwa nk’ahera yambaye ubusa ashobora gufungwa

b9717989875z.1_20181218220929_000_g91cl0qec.1-0-2.jpg

Umunyamideri w’Umubiligikazi witwa Marisa Papen, ashobora gukatirwa imyaka 7 y’igifungo nyuma yo kwifotoreza, yambaye ubusa buri buri, ku musigiti uzwi nka Hagia Sophia wo mu Mujyi wa Istanbul muri Turkiya. Uyu munyamideri w’imyaka 28 ukomoka mu Mujyi wa Limbourg mu Ntara ya LiĂšge, bivugwa ko yifotoreje ku musigiti wa Hagia Sophia mu 2018 yambaye uko […]

Centrafrica: Umujyi wa Bambari wigaruriwe n’inyeshyamba za UPC

Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo amatora yo mu gihugu cya Centrafrica abe, inyeshyamba zo mu mutwe wa UPC (UnitĂ© pour la paix) zamaze kwigarurira Umujyi wa kane muri iki gihugu witwa Bambari. Guverinoma ikaba yamagana ibikorwa bigamije guhirika ubutegetsi mu gihe inyeshyamba zigenzura 2/3 by’igihugu zarushijeho guhagurukira ubutegetsi buriho. Iyi nkuru dukesha […]

Uwari umujyanama wa Joseph Kabila aravuga ko Abanyaburayi bashaka umutwe we

Uwahoze ari umujyanama wa Perezida Joseph Kabira, Kikaya Bin Karubi, aravuga ko ibihugu byo mu burengerazuba bishaka kwikiza uyu wahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Nk’uko yabitangaje ku rubuga rwe rwa twitter, bwana Kikaya (uri kumwe na Kabira ku ifoto) aravuga ko ibihugu bikomeye mu burengerazuba bw’Isi bishaka umutwe wa Kabira kubera […]

Umukobwa w’imyaka 16 yiyahuye nyuma y’ifungwa ry’umusore akunda

Abaturage bo mu mudugudu wa Kyakatagwa muri Paruwasi ya Ndolo, mu Karere ka Kyotera baguye mu kantu nyuma y’aho ku mugoroba wo kuwa Mbere ushize, umwangavu w’imyaka 16 afashe icyemezo cyo kwiyahura kubera itabwa muri yombi ry’umusore bakundanaga w’imyaka 25. Uyu mwana w’umukobwa wari utaruzuza imyaka y’ubukure bivugwa ko yari amaze amezi asaga ane akundanaga […]

Niba tuvuga umuturage ku isonga ntidukwiye kumusonga – Ingabire M. Immaculee

Mu gihe leta y’u Rwanda yongereye abaturage igihe cy’amezi atatu yo kuba barangije gutanga imisoro y’ubutaka, bamwe mu baturage bo baracyavuga ko iyi misoro ibaremereye na cyane ko muri iki gihe bugarijwe n’ubukene bukabije ndetse bamwe mu bavuga rikijyana bo bakaba basanga leta ikwiye kongera kubitekerezaho neza ikumva impungenge z’abaturage byaba ngombwa n’iyi misoro igakurwaho. […]

Burundi: Babuze umuyobozi ushinjwa kwiba ibizamini bafata umugore we

Uyu mugore ufunzwe ni umugore wa Roger Nduwimana, umuyobozi w’ishuri ry’ibanze i Karinzi, muri Komini n’Intara ya Bubanza mu burengerazuba bw’U Burundi. Uyu mugabo arashakishwa cyane n’ubushinjacyaha. Yatanzwe n’umukozi wa komini uvuga ko yamuhaye ibizamini. Abanyamategeko n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko aka ari akarengane nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi ivuga. Nk’uko amakuru […]

Covid-19: Le couvre-feu commence Ă  20 heures Ă  partir de ce mardi

À compter du mardi 22 dĂ©cembre, les mouvements sont interdits entre 20 h et 4 h du matin, comme cela avait Ă©tĂ© rĂ©solu par une rĂ©union du cabinet tenue le 14 dĂ©cembre. La directive qui sera en vigueur jusqu’au 14 janvier, comme expliquĂ© par le gouvernement, vise Ă  assurer la sĂ©curitĂ© pendant la prochaine saison […]

Ibyaha Paul Rusesabagina yaregwaga byagabanyijwe bigera ku 9

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagabanyije ibirego byaregwaga Paul Rusesabagina biva kuri 13 bigera ku 9 mbere y’urubanza rwe ruteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru. Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnston Busingye, yavuze ko Rusesabagina azaburanishirizwa hamwe n’abandi bantu 18 bakekwa, ku byaha byo gutera inkunga iterabwoba, ubwicanyi, gushimuta, kwibisha intwaro, gutwika, kugerageza kwica, gukubita no gukomeretsa. Ikinyamakuru The […]

Ubwumvikane bucye ku ishyingurwa ry’uwahoze ari perezida wa Ghana

Hakomeje kuvugwa ubwumvikane bucye ku ishyingurwa ry’uwahoze ari Perezida wa Ghana, Jerry Rawlings, aho umuryango we n’abayobozi gakondo batarabasha kumvikana aho azashyingurwa nyuma y’ukwezi gusaga apfuye. Umuyobozi w’ikirenga wa nyuma w’akarere ka Volta, Togbe Nakakpo Dugbaza VIII, avuga ko uwahoze ari perezida agomba gushyingurwa muri imwe mu masambu ye. Impamvu ye? Togbe Nakakpo Dugbaza VIII […]

U Burusiya burahakana kohereza ingabo muri Centrafrica

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije w’u Burusiya, Mikhail Bogdanov, kuri uyu wa Mbere yateye utwatsi amakuru avuga ko u Burusiya bwohereje ingabo muri Repubulika ya Centrafrica, nyuma y’igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi muri iki gihugu. “Ntabwo turi kohereza ingabo, turi kubahiriza imyanzuro ya Loni,” ibi ni ibyo Bogdanov yatangaje nk’uko bivugwa n’Ibiro Ntaramakuru Interfax . Ibi yabitangaje […]

Jenda: Abantu 50 bafatiwe mu tubari banywa Umufwe bagerageza no kurwanya polisi

Polisi ikorera mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jenda ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze, iherutse gufatira mu tubari tubiri abantu 50 barimo kunywa inzoga ndetse bamwe muri bo bagerageza kuyirwanya. Ibi byabereye mu mpera z’icyumweru gishize, ku itariki ya 19 na 20 Ukuboza, mu Murenge wa Jenda mu tugari twa Nyirakigugu n’Akagari ka Kabatezi. […]

Virus nshya ya covid-19 yagaragaye mu Bwongereza yaba iri gukwirakwira mu Bufaransa

Minisitiri w’ubuzima w’u Bufaransa,Olivier VĂ©ran, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko ubwoko bushya bwa virus itera icyorezo cya Covid-19 yagaragaye mu Bwongereza yaba irimo irakwirakwira mu Bufaransa, nubwo nta bipimo byayo birafatwa kugeza ubu. “Birashoboka cyane ko virus irimo irazenguruka mu Bufaransa,” uyu ni minisitiri VĂ©ran avugana na Europe 1 Radio, mbere yo kongeraho ko […]

RDC: FARDC yafashe abasaga 150 barimo abashakaga kugaba igitero ku Mujyi wa Beni

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kiratangaza ko cyataye muri yombi abantu 154, barimo abana 15 n’abarwanyi 16 b’umutwe w’inyeshyamba wa CODECO, mu mukwabu cyakoreye mu mudugudu wa Kotoni, uherereye mu birometero 15 uvuye Bunia, muri Teritwari ya Djugu. Muri uyu mukwabu wakozwe n’abasirikare ba FARDC ku bufatanye n’abapolisi, mu ijoro ryo kuwa […]

Barack Obama yatewe ubwoba n’ukuntu uwenda kuzaba umukwe we arya

dufl8akv4aelff8.jpg

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’imikino, Bill Simmons, uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yagarutse ku bihe bya ‘Guma mu rugo’ yanyuzemo n’umuryango we, ariko by’umwihariko umusore ukundana n’umukobwa we w’imfura, Malia, aho yatangajwe n’uburyo uyu wenda kuzaba umukwe we arya cyane bya gisore. Kimwe n’abandi baturage ba Amerika, Barack Obama, nawe […]

U Rwanda rwijeje Tanzania gukomeza gukoresha Icyambu cya Dar es Salaam

Guverinoma y’u Rwanda yasezeranyije Tanzania ko izakomeza gukoresha Icyambu cya Dar es Salaam kuko ishima serivisi zitangirwa kuri iki cyambu kinyuzwaho 80% by’ibyo igihugu gitumiza mu mahanga. Ibi Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Maj. Gen. Charles Karamba, yabitangarije Dodoma kuri uyu wa Gatanu ushize nyuma yo guhura no kugirana ibiganiro na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa […]

Imirimo yo kubaka Ibitaro bya Nyabikenke bemerewe na perezida igeze ku musozo

Abaturage ba Ndiza, mu Karere ka Muhanga, barishimira ko batazongera gukora ibirometero bajya gushaka serivisi zo kwa muganga, nyuma y’aho Ibitaro bya Nyabikenke bemerewe na Perezida wa Repubulika bizatwara agera kuri miliyari 7 bigiye kuzura. Aba baturage bakoraga urugendo rurerure bakajya i Kabgayi no mu Karere ka Gakenke bagiye gushaka serivisi zo kwa muganga nko […]

Sudani yarunze ingabo nyinshi ku mupaka na Ethiopia nyuma yo kwicirwa abasirikare

Ibiro ntaramakuru bya Sudani, Suna, kuri uyu wa Gatandatu byatangaje ko iki gihugu cyohereje “ingabo nyinshi” ku mupaka wacyo na Ethiopia nyuma y’igitero cyagabwe n’ingabo za Ethiopia n’imitwe yitwara gisirikare ku basirikare ba Sudani. Ibiro bya Sudani byavuze ko “ingabo za Sudani zakomeje gutera imbere zinjira muri Al Fashaqa” muri Sudani, byongeraho ko igisirikare cyohereje […]

Centrafrica: Francois Bozize yamaganye abamushinja gushaka guhirika ubutegetsi

Umuvugizi wa Francois Bozize wahoze ari Perezida wa Centrafrica yateye utwatsi amakuru akomeje kuvuga ko ari we uri inyuma y’abantu bitwaje intwaro bashaka guhirika ubutegetsi nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu, mu itangazo ryashyizwe ahagaragra na minisitiri w’itumanaho, Ange-Maxime Kazagui. “Oya, Francois Bozize ntabwo ari mu bihuru ahubwo ari iwe i Bossangoa”, nk’uko byemejwe na […]

Abize muri Kaminuza ya Cavendish muri Uganda bitabaje perezida ngo abarenganure

Abanyeshuri b’Abanyarwanda bize mu ishami ry’uburezi muri kaminuza ya Cavendish muri Uganda bandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, bamusaba ko yabakurikiranira ikibazo babona ari akarengane, kuko kuri ubu bibagoye kubona akazi n’abakabonye bakaba badatekanye. Bamwe muri bo babonye akazi bahemberwa ku mpamyabumenyi y’ikiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, mu gihe abandi baherutse gukora ibizamini […]

Akanama k’umutekano ka Loni kemeje icyifuzo cyo kongerera umwaka MONUSCO

Akanama k’umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kemeye kongerera igihe cy’umwaka ubutumwa bw’Ingabo z’Umuryangow’Abibumbye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO, mu mwanzuro watowe kuri uyu wa Gatanu, itariki 18 Ukuboza n’amajwi 14 (ibihugu 14 muri 15 bigize akanama) yabyemeye mu gihe u Burusiya bwifashe. Ibihugu bigize Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kemeje icyifuzo cyari cyatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru , […]