Yagizwe umupadiri hatitawe ku maderede ye na tatuwaje – Amafoto

ephij4dwmaei68m.jpg

Kiliziya Gaturika muri Canada, yakoze agashya ubwo yahaga ubupadiri umugabo witwa Leandre Syrieix, ufite amaderede (dreadlocks) na tatuwaje (Tattoos). Ikinyamakuru Paradise News, kiravuga ko ibi biherutse kubera ahitwa Limoilou, muri Quebec, muri Diyosezi ya Mutagatifu François-de-Laval. Padiri Leandre Syrieix akaba azwiho kugira urukundo no kubana neza n’abandi bantu. Ku bagerageje kunenga uko agaragara kubera amaderede […]

Urunturuntu ku mupaka wa Ethiopia nyuma y’iyicwa ry’ingabo za Sudani zirimo umujenerali

Ku mupaka wa Ethiopia na Sudani haravugwa urunturuntu nyuma y’iyicwa ry’abasirikare ba Sudani barimo ufite ipeti rya Brig. General bishwe kuwa Kabiri ushize n’ingabo za Ethiopia zifatanyije n’inyeshyamba. Umwe mu bayobozi b’intara ya Sudani yegereye umupaka wa Ethiopia, Al-Qadarif, yabwiye Ikinyamakuru Russian Today (RT) ko ingabo za Sudani zarwaniye mu rugamba rukomeye ku mupaka wa […]

Kivu y’Amajyepfo: Barifuza Kabila mu rukiko mu rubanza ku iyicwa ry’umuturage

police_mbobero-1-592x296.jpg

Ihuriro ry’imiryango ya sosiyete sivile n’umushinjacyaha wagize uruhare mu rubanza ruregwamo Sergeant Bwira Malira wari ushinzwe kurinda umutungo w’ubutaka w’umuryango wa Joseph Kabila, ukurikiranweho kwica umusivili ahitwa Mbobero, muri Kivu y’Amajyepfo, barasaba ko uyu wahoze ari perezida yitaba urukiko nawe agatanga ibisobanuro kuri ubwo bwicanyi. Imiryango itegamiye kuri leta yatanze ubusabe kuri uyu wa Gatanu, […]

Boeing yakoze amanyanga ngo indege zayo zamaze abantu zemererwe gusubira mu kazi

Abashakashatsi ba Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika baravuga ko abayobozi ba Boeing “bakoresheje mu buryo budakwiye” abapilote bashinzwe gusuzuma indege kugirango indege zayo za 737 Max zemererwe kongera gukora. Izi ndege za Boeing zo mu bwoko bwa 737 Max zahagaritswe muri Werurwe 2019 nyuma y’impanuka ebyiri zahitanye abantu batari bacye. Abashinzwe iperereza bashinje […]

Les députés adoptent un projet de loi visant à rendre les coopératives plus efficaces

Les coopĂ©ratives obtiendront un certificat de personnalitĂ© juridique leur donnant le pouvoir absolu de travailler en tant que telles entitĂ©s uniquement si elles ont rĂ©alisĂ© leurs plans d’action, prĂ©voit un nouveau projet de loi. La loi rĂ©gissant les organisations coopĂ©ratives au Rwanda que la Chambre des DĂ©putĂ©s a votĂ©e le jeudi 17 dĂ©cembre 2020 indique […]

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, Schoof agiye gushinga andi maradiyo muri Uganda

Gregg Schoof, umuvugabutumwa w’Umunyamerika wari warashinze Radio Ubuntu Butangaje (Amazing Grace) yafunzwe imiryango nyuma y’ikiganiro kitavuzweho rumwe cyafashwe nk’ikibasira igitsinagore, aravuga ko agiye gushinga andi maradiyo n’insengero muri Uganda aho yimukiye nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda. Mu ibaruwa we yatambukijwe kuri uyu wa Kane ku rubuga rwa ‘Fundamental Baptist Missions International’ yatangaje ko umuryango we […]

Ethiopia yiyemeje kuzahemba uzafasha gufata abayobozi b’umutwe wa TPLF

Leta ya Ethiopia yiyemeje guha miliyoni 10 z’amafaranga akoreshwa muri iki gihugu (260,000$), umuntu wese watanga amakuru yageza ku ifatwa ry’abayobozi b’umutwe wa TPLF, wari umaze igihe uhanganye n’ingabo za guverinoma mu majyaruguru y’igihugu. Igihembo kigenewe uwafasha guta muri yombi abayobozi b’umutwe wa TPLF (Tigray People’s Liberation Front) cyatangajwe kuri radio na televiziyo by’igihugu (EBC), […]

Goma: Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Theoneste Gakuru, yarusimbutse

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Theoneste Gakuru Bahati, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 16 Ukuboza 2020 yarokotse urupfu ubwo abantu bitwaje imbunda bari kuri moto bamutegaga bakayimutunga agakizwa n’amafaranga menshi yari afite n’ibindi bintu. Ibi byabereye i Goma mu murwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuryango ufasha imfubyi ahagarariye rivuga ko Bahati ameze […]

Ibihugu 10 bya mbere bifite abasirikare benshi kurusha ibindi ku Isi

china-military-parade-e1440480133985.jpg

Igihugu cy’u Bushinwa gikomeje kuza imbere ku Isi mu kugira umubare munini w’abasirikare kurusha ibindi bihugu, na cyane ko ari cyo gituwe kurusha ibindi, kigakurikirwa n’u Buhinde, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibindi bigakurikira nk’uko tubikesha urubuga statista.com. Dore ibihugu 10 bya mbere bifite ingabo nyinshi ku Isi: U Bushinwa: 2,035,000 U Buhinde: 1,445,000 USA: […]

Bamwe mu batwara abagenzi babanje guhabwa mazutu kugirango bemere gukora

Nyuma y’aho guhera kuri uyu wa Gatatu hari bamwe mu batwara abagenzi mu buryo bwa rusange bari bahisemo guparika imodoka zabo kubera ko ibiciro bitazamuwe nyuma yo gusabwa gutwara 50% y’abo bemerewe, byabaye ngombwa ko ibigo bitwara abagenzi bibanza guhabwa mazutu ku bwunganizi leta yabageneye, kugira ngo bemere gutwara abagenzi nk’uko byari bisanzwe. Ibi byaje […]

FARDC irashinjwa ubucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro

Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zoherejwe mu bikorwa byo kurwanya inyeshyamba muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru zirahakana ibirego zishinjwa byo kwivanga mu bucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro acukurwa mu birombe bya Matungu, FARDC ivuga ko nta gihe gishize ibyambuye inyeshyamba za NDC. Bamwe mu bavuga rikijyana n’impirimbanyi batunga urutoki abasirikare boherejwe muri […]

Nari naraburiye Kayihura kuri Museveni ariko ntiyigeze anyumva – Bobi Wine

Robert Kyagulanyi alias Bobi Wine, umukandida w’ishyaka National Unity Platform (NUP) yasezeranyije kuzababarira uwahoze ari Umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura ufite ibirego akurikiranweho mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare. Kuri uyu wa Gatatu ushize nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru Daily Monitor ivuga, Bobi Wine yahaye amashimwe Gen. Kayihura, yigeze kujya avuga ko ari we […]

Umukobwa uvuga ko Maradona yaba ari se yatumye ishyingurwa rye rikomeza gutinzwa

Umurambo w’igihangange nyakwigendera Diego Maradona ntabwo ugishyinguwe vuba nyuma y’aho umukobwa w’imyaka 25 witwa MagalĂ­ Gil atangarije ko Maradona yaba ari se agasaba ko habanza gukorwa ibizamini bya AND urukiko rukabiha umugisha. Maradona yapfuye mu kwezi gushize ku itariki 25 Ugushyingo azize umutima ku myaka 60 y’amavuko. Nyuma y’ikirego cyatanzwe n’uyu mukobwa Gil, urukiko rwanzuye […]

Tom Cruise yatonganyije abamufasha gutegura Mission: Impossible 7 kubera Covid-19

_116101075_cruise_epa.jpg

Umukinnyi wa filimi w’icyamamare, Tom Cruise yatonganyije bikomeye bamwe mu bantu barimo gukorana nawe mu ifatwa ry’amashusho y’igice cya 7 cya filimi ye yakunzwe, Mission Impossible, ndetse abakangisha kubirukana mu kazi mu gihe baba bakomeje kwitwara nk’abadahangayikishijwe n’icyorezo cya Covid-19. Ikinyamakuru The Sun cyo mu Bwongereza cyashyize ahagaragara amajwi yafashwe, aho Tom Cruise yumvikana agira […]

Umugore ari mu rukiko yishyuza umugabo we n’umuhungu we asaga miliyoni 500 £

daily_sun_billionaire-akhmedovhis_ex-wifefarkhad-ds_picture.jpg

Tatiana Akhmedov, wahoze ari umugore w’umuherwe w’Umurusiya, Farkhad Akhmedov, arishyuza akayabo ka miliyoni 450ÂŁ (Amapound yo mu Bwongereza) nyuma yo gutana n’umugabo we, ndetse akaba anakurikiranye umuhungu we mu mategeko amwishyuza hafi miliyoni 70. Tatiana Akhmedova w’imyaka 48 avuga ko uwahoze ari umugabo we, umucuruzi Farkhad Akhmedov w’imyaka 65 y’amavuko, afite imitungo ihishe kandi agashinja […]

Tanzania nta kizere ifitiye inkingo za Covid-19

Igihugu cya Tanzania cyatangaje ko kidateganya gutumiza inkingo za Covid-19, ahubwo izakoresha ibyatsi byo mu gihugu ikomeje gukoraho ubushakashatsi. Gerald Chami, umuvugizi wa minisiteri y’ubuzima muri Tanzania, yabwiye The East African ko bafite impungenge ku nkingo zitumizwa mu mahanga bibaza niba nta bibazo ziteza ku buzima kandi niba ari ingirakamaro. Bwana Chami yatangaje ko izo […]

Igisirikare cya Uganda n’icy’u Bufaransa byasoje indi myitozo yo kurwanira mu misozi

mmmmmm.jpg

Igisirikare cya Uganda, UPDF, gifatanyije n’igisirikare cy’u Bufaransa byasoje imyitozo yo kurwanira mu misozi byari bimazemo iminsi irindwi . Muri iyi myitozo abasirikare bagombaga kuzamuka Umusozi wa Rwenzori bakagera ku gasongero kawo. Bimwe mu bikorwa byibanzweho muri iyi myitozo harimo ijyanye n’ubutabazi bw’ibanze, kwita ku bikoresho biturika gitunguranye (Improvised Explosive Devises), imirwanire no gukora ibikorwa […]

Uwari Visi Meya washinjwe kwanga urumuri rw’ikizere yagizwe umwere

Nyuma y’imyaka ibiri ari muri gereza, uwahoze ari visi meya w’Akarere ka Nyabihu, Mukansanga Clarisse kuri ubu ari kwidegembya nyuma y’icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire. Mukansanga yavuzwe cyane mu itangazamakuru ubwo yavugwagaho kwanga kwakira urumuri rw’icyizere mu muhango wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 2018. Urukiko rwemeje ko amagambo ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bivugwa […]

Tchad: Amakimbirane hagati y’aborozi n’abahinzi yiciwemo abasaga 10

Abantu 11 biciwe mu makimbirane hagati y’aborozi n’abahinzi mu majyepfo y’igihugu cya Tchad nk’uko umushinjacyaha wa repubulika yabitangarije AFP ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri. Imirwano ikomeye hagati y’aborozi n’abahinzi yabereye mu giturage cyo mu Ntara ya TandjilĂ©-Est hagati yo ku cyumweru no kuwa mbere nyuma y’aho amatungo y’aborozi yononnye umurima w’imyaka bigatuma abahinzi […]

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi w’umudepite muri Centrafrica

Anne-Marie Goumba wavukiye mu Rwanda ku itariki 09 Ukwakira 1954, akaruhunga mu 1977, ni umunyapolitikikazi wo muri Centrafrica ukomoka mu Rwanda kuri ubu ubarizwa mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu yagezemo ahunze agashakana n’umuturage wacyo. Ntaribagirwa ibihe yanyuzemo mu bwana bwe ubwo u Rwanda rwari rwugarijwe n’amacakubiri ashingiye ku moko yatumye bamwe mu muryango we […]

Kicukiro: Barashinja WASAC kubima amazi kubera amakosa y’abo mu mudugudu w’abademobe

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Gako, Umurenge wa Masaka, mu Karere ka Kicukiro, ho mu Mujyi wa Kigali, ntibavuga rumwe n’ukuriye ishami rya WASAC muri Kanombe, aho bavuga ko bagiye kumara ukwezi barafungiwe amazi, biturutse ku mudugudu baturanye w’abahoze ku rugerero bafite ubumuga bwo kutabona bivugwa ko batishyuraga bigatuma umuyoboro […]

Uganda: Lt Gen. Tumukunde yasubije Museveni wabise abantu badafite icyo bamaze

epvbyfaw4ayltnv.jpg

Lt. Gen. Henry Tumukunde yasubije Perezida Yoweri Museveni nyuma y’amagambo aherutse kumutangazaho we na bagenzi be, Kiiza Besigye na Gen. Mugisha Muntu avuga ko ntacyo bamaze ndetse adashobora kubasigira igihugu. Ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Rukungiri kuri uyu wa Mbere, Museveni yavuze ko atiteguye guha ubutegetsi uwo ari we wese muri […]

Paris: Minisitiri w’umutekano ari guhatwa ibibazo ku birego byo gufata ku ngufu

Minisitiri w’umutekano w’u Bufaransa, Gerald Darmanin, yahaswe ibibazo n’abacamanza ku cyaha cyo gufata ku ngufu cyakozwe mu 2009. Ibi birego akaba ari bimwe mu byateje imyigaragambyo ikaze ubwo Perezida Macron yahitagamo uyu mugabo nka minisitiri w’umutekano muri Nyakanga. Ku bushake bwe, minisitiri Darmanin niwe ubwe wisabiye kuvugana n’abacamanza babiri bashinzwe iperereza ku byaha byo gufata […]

Havumbuwe uko u Bushinwa bucengera ibigo by’abanyamahanga ku mpamvu z’ubutasi

Hafi miliyoni 2 z’amakuru arebana n’abagize ishyaka rya Gikomunisiti ry’Abashinwa (PCC) yibwe mu bubiko bwo muri Shangai yagaragaje ko bamwe mu bagize iri shyaka bakorera ibigo n’inzego z’amahanga ariko bashinzwe ubutasi, aho ibinyamakuru byo muri Australia no mu Bwongereza bivuga ko aba Bashinwa bacengeye muri ambasade z’ibihugu byinshi by’amahanga zikorera Shanghai ariko hari ikindi kibagenza. […]

Umutoza GĂ©rard Houllier wamamaye mu ikipe ya Liverpool yapfuye ku myaka 73 y’amavuko

Umutoza w’Umufaransa, GĂ©rard Houllier, wamamaye mu ruhando mpuzamahanga rwa ruhago, akaba yaranyuze mu makipe nka Lyon, Liverpool na Aston Villa yahesheje ishema mu bihe byashize, yasezeye ku Isi y’abazima ku myaka 73 y’amavuko aguye iwabo mu Bufaransa. GĂ©rard Houllier wari uherutse kwitabwaho n’abaganga b’umutima mu byumweru bitatu bishize, yaje gupfa mu buryo butunguranye kuko hari […]

Le Rwanda va acquĂ©rir le vaccin Covid-19 au dĂ©but de l’annĂ©e prochaine

Le gouvernement rwandais devrait acquĂ©rir le vaccin contre le coronavirus au premier trimestre 2021, selon le ministre de la SantĂ© Dr Daniel Ngamije. Ngamije apparaissait sur le radiodiffuseur national, dimanche 13 dĂ©cembre, oĂč il a Ă©tĂ© rejoint par le ministre du gouvernement local, le professeur Anastase Shyaka, le ministre du commerce et de l’industrie, Soraya […]

RDC: Umugore wa Gen. Kahimbi afungiwe mu rugo kuva umugabo we yashyingurwa

Umugore wa nyakwigendera Gen. Delphin Kahimbi, wahoze akuriye ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo afungishijwe ijisho kuva umugabo we yashyingurwa nyuma y’amezi 10 apfuye. Uyu mupfakazi wa Gen Kahimbi aravuga ko ubutabera bwa gisirikare bwafashe iki cyemezo nyuma y’umunsi umwe umugabo we, wapfuye mu buryo bw’amayobera, ashyinguwe. Iyi nkuru dukesha Radio Mpuzamahanga […]

Inzego z’ubutasi 10 za mbere kabuhariwe muri 2020

isi-pakistan-isi-pakistan.jpg

Inzego z’ubutasi zagiye zirwanya ibibazo by’umutekano imbere mu gihugu no hanze. Zishinzwe gukusanya amakuru, gukora ibikorwa bitandukanye byo kugenzura, zigira uruhare runini mu gusaba guverinoma by’umwihariko ku bijyanye n’umutekano w’igihugu, gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma, ndetse mu nzego zimwe na zimwe, gukora ubwicanyi. Ariko, izo nzego zose z’ubutasi ntabwo ari zimwe. Zimwe muri izi nzego z’ubutasi zirazwi […]

Gen. Muntu asanga igihe cyo gukoresha ‘Umupangu B’ wa Besigye kuri Museveni kitaragera

Gen. Mugisha Muntu, umuyobozi n’umukandida w’ishyaka ANT (Alliance for National Transformation) kuri uyu wa Mbere, itariki 14 Ukuboza, yatangaje ko hatarakenerwa gushyira mu bikorwa ‘Umupangu B (Plan B) wa Col. Dr Kiiza Besigye, wo gukura Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, ku butegetsi hakoreshejwe ingufu. Ibi bije nyuma y’umunsi umwe umukandida Patrick Oboi Amuriat w’ishyaka FDC […]

RDC: Moise Katumbi ntiyemeranya na Tshisekedi udashaka gusubira mu byahise

Umunyapolitiki Moise Katumbi, perezida w’ishyaka, Ensemble pour la RĂ©publique, yatangaje ko atemeranya na Perezida Felix Tshisekedi iyo avuga ko atazasubira mu byashize. Ni mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI. Kuri uyu munyapolitiki wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, ngo “kudahana niko kwishe igihugu uyu munsi”. Moise Katumbi kandi yamaganye abanyapolitiki bazanye ubusa ariko […]

Afurika y’Epfo: Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yagereranyije urukingo rwa Covid-19 n’umubare 666

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa Gatanu yahagaze ashikamye ku isengesho yasenze yamagana inkingo za Covid-19 avuga ko zifitanye isano n’umugambi wa Satani wo gutuma abantu bose baterwa umubare wa 666, aho kuri ubu akomeje kotswa igitutu n’abatavuga rumwe n’igitekerezo cye. Mogoeng Thomas Reetsang Mogoeng, akaba ari umukirisitu, yanenzwe bikomeye ku mbuga […]

Umunyamerikakazi agiye gushyingiranwa n’Umunyanijeriya akubye kabiri imyaka

129780555_10157736781682703_5426834683999947815_n.jpg

Umunyamerikakazi w’imyaka 46, Janine Sanchez Reimann, yabonye urukundo rw’ubuzima bwe muri Leta ya Kano, muri Nigeria, aho yafashe indege akerekeza agiye gushyingirana na Suleiman Isah akubye kabiri imyaka kuko uyu afite imyaka 23 y’amavuko. Nk’uko bigaragara ku butumire urubuga HowAfrica dukesha iyi nkuru rwabashije kubonaho, ubukwe buteganyijwe kuri iki Cyumweru, itariki 13 Ukuboza, bukabera mu […]

Maj. Gen. (Rtd) Mugisha Muntu yahawe umusaraba uzamuyobora ku ntsinzi

capture-3.jpg

Maj. Gen. (Rtd) Mugisha Muntu, kuri uyu wa Gatandatu yagaragaye aturuka muri kiliziya yitiriwe Mutagatifu Yohani y’Itorero rya Uganda (St. John church of Uganda), aho abamushyigikiye bamuhaye umusaraba “uzamuyobora ku ntsinzi” mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha. Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa twitter rw’ikinyamakuru Daily Monitor, Gen Muntu perezida w’ishyaka “Alliance for […]

Umuririmbyikazi Khadja Nin yasabye Leta y’u Burundi kurekura byihuse Germain Rukuki

Umuririmbyikazi w’icyamamare w’Umurundi, Khadja Nin, yasabye Guverinoma y’u Burundi kurekura byihuse nta yandi mananiza impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Germain Rukuki, mu rwego rw’ubukangurambaga bwatangijwe na Amnesty International. Germain Rukuki ni impirimbanyi y’Umurundi wahariye ubuzima bwe guharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, watawe muri yombi nta mpapuro zo kumuta muri yombi zatanzwe ku itariki 13 Nyakanga 2017. Khadja nin […]

Uganda: Umwana w’imyaka 16 yishe babyara be 2 abitewe na filimi amaze igihe areba

Igipolisi cya Kassanda mu gihugu cya Uganda, cyataye muri yombi umwana w’umuhungu w’imyaka 16 ashinjwa kwica babyara be babiri. Umuvugizi w’igipolisi mu karere ka Wamala, Rachel Kawala, aravuga ko abapfuye ari Julius Sebugenyi w’imyaka 15 na Moses Sebuuma w’imyaka 13, bose baba mu Mudugudu wa Kamuli. Biravugwa ko ukekwa, amazina ye yagizwe ibanga kubera ko […]

RDC: Umuyobozi w’Umujyi wa Buji-Mayi yitandukanyije n’ishyaka rya Joseph Kabila

Umuyobozi w’Umujyi wa Mbuji-Mayi, Louis d’Or Ntumba Tshiapota, kuri uyu wa Gatanu, itariki 11 Ukuboza 2020, yatangaje ko asezeye mu ishyaka PPRD, rya Perezida Joseph Kabila, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru iwe mu rugo. Yagize ati: “Urebye uko ibintu bimeze ubu, reka mbabwire uko ntekereza kuri uku kuri. Icyerekezo cyanjye no kwizirika kuri Kasai y’Iburasirazuba, ubutaka […]

Dr Sezibera yahawe imirimo mishya muri Commonwealth

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland, kuri uyu wa Gatanu yatangaje amazina y’intumwa zidasanzwe ze, zirimo Umunyarwanda Dr Richard Sezibera, zigomba guteza imbere indangagaciro n’amahame by’umuryango ku Isi hose. Aba bantu uko ari bane bazibanda ku bintu by’ingenzi bigamije gushyigikira no gufasha ibihugu 54 bigize umuryango wa Commonwealth n’abaturage miliyari 2,5 […]

Nigeria iri kugurisha kuri internet indege 20 z’intambara za MiG-21

nigerian-air-force-c-130.jpg

Igihugu cya Nigeria cyashyize ku isoko indege z’intambara zigera kuri 20 zo mu bwoko bwa MiG 21 zari zisigaye mu bubiko bw’Igisirikare kirwanira mu kirere, aho ziri kugurishwa kuri internet bigizwemo uruhare n’ikigo cyo muri Amerika Inter Avia Group, ariko nta biciro byashyizwe ahagaragara n’abagurisha. Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Africanmilitaryblog iravuga ko nubwo izi […]

Ubumwe bw’u Burayi bwongereye igihe cy’ibihano byafatiwe Abanyekongo 11

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) bwafashe icyemezo cyo kongera mu gihe cy’umwaka ibihano byafatiwe Abanyekongo bahoze bakomeye mu butegetsi bwa Kabila bikazageza ku itariki 12 Ukuboza 2021. Ni icyemezo Ubumwe bw’u Burayi bwafashe kubera ibyaha byo guhonyora uburenganzira bwa muntu byakozwe mbere y’amatora yo mu 2018 nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga Mediacongo.net ikomeza ivuga. Urutonde […]

Abarundi babyukiye mu myigaragambyo hirya no hino mu gihugu – Amafoto

epbohgyw4aeimt3.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 12 Ukuboza 2020, hirya no hino mu gihugu cy’u Burundi habaye imyigaragambyo ikomeye yo gushyigikira icyemezo cy’Umuryango w’Abibumbye cyo gukura iki gihugu mu bihugu birangwamo umutekano mucye. Uru rugendo rwateguwe na sosiyete sivile, rwo gushima ko u Burundi bwakuwe muri gahunda z’Akanama k’Umutekano ka Loni, rwatangijwe n’amasengesho yo gushimira Imana […]

Nyakwigendera Chadwick Boseman agiye kugaruka mu gice cya 2 cya Black Panther

8179c51f4ae86f1b31e22ff1dd20e994.jpg

Inzu kabuhariwe mu gutunganya filimi, Marvel Studios, yemeje ko nta muntu uzasimbura nyakwigendera Chadwick Boseman mu gice cya kabiri cya filimi ye yakunzwe cyane izwi nka Black Panther. Chadwick yagaragaye nk’umukinnyi w’imana mu gice cya mbere cya Black Panther cyasohotse mu 2018 yitwa T’challa, wari Umwami wa Wakanda. Yitabye Imana ku itariki 28 Kanama 2020 […]

Burundi: Imirambo itatu harimo uw’uruhinja yasanzwe mu kabari

Muri iki cyumweru mu gihugu cy’u Burundi mu kabari hasanzwe imirambo itatu, harimo uw’uruhunja rw’icyumweru y’abantu hataramenyekana neza uko bapfuye. Iyi mirambo yasanzwe mu gitondo cyo kuwa Gatatu mu kabari gaherereye mu mudugudu wa Masango, muri Komini n’Intara ya Muramvya (mu Burundi rwagati). Abaturage barakeka ko izi mfu zakomotse kubwumvikane bucye kuwaba yari se w’uyu […]

Umusirikare wa UPDF yakatiwe imyaka isaga 50 y’igifungo

Umusirikare mu Ngabo za Uganda (UPDF) yakatiwe imyaka 51 y’igifungo nyuma y’aho urukiko rwa gisirikare rumuhamije icyaha cyo kwica arashe abantu batatu ku itariki 10 Gashyantare mu Mujyi wa Gulu, nyuma y’amakimbirane ashingiye ku butaka. Lance Cpl Geoffrey Okello Onek wabarizwaga muri Division ya 4 ya UPDF muri Gulu, yishe Beatrice Ajok w’imyaka 52 n’abahungu […]

Malawi: Umunyarwandakazi arashinjwa ubwicanyi, musaza we arimo guhigwa

Igipolisi cya Malawi mu Mujyi wa Dowa cyataye muri yombi umunyarwandakazi w’imyaka 18 ashinjwa kwica umugabo nawe w’Umunyarwanda w’imyaka 58 y’amavuko. Uyu mukobwa bivugwa ko yitwa Joseline Nakizimana, aravugwaho kuba yarakoze iki cyaha hagati y’itariki 17 Ugushyingo 2020 n’itariki 08 Ukuboza 2020, muri Blantyre, hagati y’inkambi y’impunzi ya Dzaleka n’Ibitaro by’Akarere ka Dowa. Nk’uko bitangazwa […]

Plus de 4000 poursuites pour corruption en deux ans – RIB

eoznbhoweau4xpf.jpg

Au total, 4155 personnes ont fait l’objet d’enquĂȘtes depuis 2018 pour des crimes liĂ©s Ă  la corruption, a dĂ©clarĂ© le secrĂ©taire gĂ©nĂ©ral du Bureau d’enquĂȘte du Rwanda (RIB), le colonel Jeannot Ruhunga. Il a dĂ©clarĂ© cela en participant Ă  une table ronde visant Ă  discuter de ce qui peut ĂȘtre fait pour tirer parti des […]

Oswakim n’abanyamakuru bagenzi be barinubira itinzwa ry’urubanza baregamo City Radio

Rukomeje kubura gica hagati y’abahoze ari abakozi ba City Radio n’ubuyobozi bw’iyi radio ikorera mu Mujyi wa Kigali, aho Abanyamakuru batanu bahoze bayikorera bayirega kuva mu 2018 kuba yarabirukanye mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ibirarane by’imishahara yabo, amafaranga y’ubwiteganyirize n’ibindi, ariko kuva batanga ikirego urubanza rukaba rutaratangira mu mizi, bagashinja City Radio amananiza. Umwe muri aba […]

Misiri yamuritse ubwoko bushya bw’imodoka z’intambara z’imitamenwa yikorera – Amafoto

eorfq31xeaeuzbd_1_.jpg

Mu rwego rwo gukomeza urugendo rwo guteza imbere ubushobozi bw’inganda zacyo z’ibikoresho by’ubwirinzi, igihugu cya Misiri cyahishuye ubwoko bushya bw’imodoka z’intambara z’imitamenwa bwa Temsah-4 4×4 ku itariki 06 Ukuboza. Izi modoka zikorwa n’uruganda Kader Factory igice cya Minisiteri y’ingabo za Misiri gishinzwe inganda z’ibikoresho by’ubwirinzi bigenewe ibikorwa bidasanzwe n’izindi nzego z’umutekano. Ubu bwoko bw’imodoka z’intambara […]

Uganda: FDC ya Besigye yirukanye abayobozi bakuru bayo batatu

fb_img_1597763196680.jpg

Ishyaka FDC (Forum for Democratic Change) rimwe mu yakomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni, ryirukanye abayobozi bakuru baryo batatu, barimo Ingrid Turinawe, banyuranyije n’itegeko nshinga ry’ishyaka bakajya kwiyamamaza nk’abakandida bigenga mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha. Ibaruwa yo kuwa 07 Ukuboza 2020 yohererejwe Umuyobozi wa FDC mu Karere ka Rukungiri yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru […]

Burera: Perezida Kagame yagabiye imiryango itishoboye mu Murenge wa Cyanika

eo0fpadw4aetqhe.jpg

Imiryango itishoboye yo mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ho mu Ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatatu yagabiwe inka zigera kuri 20 n’Umukuru w’igihugu, Paul Kagame. Uyu muhano wabereye mu Kagari ka Kabyiniro, mu Murenge wa Cyanika, uyobowe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, JMV Gatabazi aherekejwe na Maj. Gen. Eric Murokore, Umuyobozi w’Inkeragutabara muri […]

Abasirikare 10 ba Nigeria biciwe mu gitero bagabye ku mutwe w’iterabwoba wa ISWAP

Abasirikare 10 ba Nigeria biciwe mu mirwano yabahuje n’intagondwa z’Abayisilamu mu Leta ya Borno, iherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba, mu gihe umusirikare umwe yafashwe bugwate nk’uko byemezwa n’amakuru yavuye mu nzego z’umutekano. Iyi mirwano yabaye kuwa Mbere ubwo itsinda ry’abasirikare ryagabaga igitero ku nkambi y’abarwanyi b’umutwe wa Leta ya Kisilamu muri Afurika y’Uburengerazuba (ISWAP) mu giturage […]

USA: Umucamanza yategetse CIA guhishura amajwi yafashwe mu iyicwa rya Khashoggi

Umucamanza wa New York kuri uyu wa Kabiri yategetse inzego z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwemera ko zibitse inyandiko na cassette iriho amajwi yafashwe ubwo umunyamakuru Jamal Khashoggi yicwaga mu 2018. Umucamanza yanategetse Ikigo cy’ubutasi cya CIA n’Ibiro by’Umuyobozi w’Ubutasi bw’Igihugu (ODNI) gusobanura impamvu babitse iyi cassette ndetse CIA isabwa raporo kuri ubu […]

Umuturage ntagomba kwishyura serivisi itangirwa ubuntu – Umuvunyi Mukuru

eoycrrbweaai-iv_1_.jpg

Umuvunyi mukuru, Nirere Madeleine, arasanga Abanyarwanda bakwiye kongera mu muco wabo ihame ryo kwirinda kwishyura serivisi zitangirwa ubuntu, ndetse yibutsa ko gutanga serivisi mbi, no gusiragiza umuturage ari bimwe mu byuho bya ruswa. Ibi Umuvunyi Mukuru yabitangaje kuri uyu wa Gatatu, ubwo hatangizwaga Icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa, hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Kurwanya Ruswa, uba buri […]

Smartphones zikorerwa mu Rwanda zigiye koherezwa ku isoko ryo mu Bwongereza

Telephone ngendanwa zo mu bwoko bwa Smartphone zikorerwa mu Rwanda n’uruganda rwa Mara Phones zigiye koherezwa ku nshuro ya mbere ku isoko ryo mu Bwongereza. Icyiciro cya mbere cy’izi telephone kigiye koherezwa nyuma yo kugena Livewire nk’ikigo kizakwirakwiza izi telephone za Mara Phones mu Bwongereza. CEO wa Livewire, Richard Gallant ati: “Mara Terefone iha abaguzi […]

Iran yafashe abakekwaho kwica umuhanga wayo mu bijyanye n’intwaro za kirimbuzi

gladiator_240g.jpg

Igihugu cya Iran kiratangaza ko cyamaze guta muri yombi abantu benshi bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’umuhanga wacyo mu gukora intwaro za kirimbuzi, Mohsen Fakhrizadeh wishwe mu kwezi gushize nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru, ISNA, kuri uyu wa Kabiri. “Abakoze ubwo bwicanyi, bamwe muri bo bakaba baramenyekanye ndetse bakanafatwa n’inzego z’umutekano, ntibazahunga ubutabera,” ibi byatangajwe n’umujyanama […]

Major (Rtd) Mudhatiru yasabye urukiko guca inkoni izamba

“Nciye bugufi imbere yanyu mbasaba imbabazi kandi nsaba imbabazi Abanyarwanda bose muri rusange. Mu bushishozi bwanyu muzace inkoni izamba munyorohereze ibihano. Harakabaho ubutabera,” ibi ni ibyatangajwe na Major (Rtd) Habib Mudhatiru, ufatwa nk’ukuriye itsinda ry’abarwanyi 32 b’umutwe wa P5 urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ubwo yasaba urukiko kuzamugabanyiriza ibihano. Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo hasozwaga […]

Uwari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda yahawe akazi mu Rukiko rw’Ikirenga rw’u Bushinwa

Uwahoze ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda, Hon. Bart Katureebe Magunda, yahawe akazi mu Rukiko rw’Ikirenga rw’u Bushinwa nyuma y’amezi atandatu avuye mu kazi ke. Muri uru rukiko rwo mu Bushinwa, Hon. Katureebe azaba ari umwe mu bagize akanama k’inzobere mu gukemura amakimbirane mpuzamahanga ashingiye ku bucuruzi mu gihe cy’imyaka ine. “Bart Katureebe yagizwe umwe […]

Amwe mu mayeri akoreshwa n’abatekamutwe bibasira RSSB

Ikigo cy’igihugu cy’Ubwiteganyirize, RSSB, kiravuga ko kimaze iminsi cyibasiwe n’abatekamutwe bagerageza kwishyuza amafaranga y’umurengera bakoresheje amayeri atandukanye arimo gutanga serivisi z’ubuvuzi zitari ngombwa no gukoresha inyemezabwishyu z’impimbano. Ibi biri gukorwa na farumasi n’amavuriro amwe akunze gushaka kwishyuza amafaranga y’inyongera, gutwara serivisi nyinshi ndetse no gukoresha ‘ordonnances’ n’inyemezabwishyu z’impimbano. Ibikorwa by’uburiganya akenshi bikubiyemo guhuza ibikorwa, bimwe […]

Islamic State yakoresheje ikoranabuhanga ry’Abanazi mu gukora intwaro

v-1_cutaway.jpg

Itsinda ry’abashakashatsi rifite icyicaro mu Bwongereza ryasanze umutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kisilamu (Islamic State) warashyizeho umuyoboro urambuye wagenewe kugura ibikoresho by’ingenzi bikenewe mu gukora intwaro zangiza, zimwe muri zo zishingiye ku ikoranabuhanga rya roketi ryatejwe imbere mu Budage bw’Abanazi. Umuryango utegamiye kuri leta ukora ubushakashatsi ku makimbirane akoreshwamo intwaro (Conflict Armament Research) wahishuye ko […]

Uganda: Gen. Muntu yatanze impamvu asanga Museveni akwiye kujya mu zabukuru

Gen. (Rtd) Mugisha Muntu, umukandida wa Alliance for National Transformation (ANT) ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha muri Uganda, yatanze impamvu asanga Perezida Yoweri Museveni akwiye kujya mu zabukuru amushinja kwitwaza Covid-19 mu kubuza abakandida bazaba bahanganye kugera ku bazatora. Gen. Muntu aravuga ko abaturage nibatabasha kumenya neza abakandida 10 […]