Ndatwite, numva narahuzwe gukorana imibonano mpuzabitsina nâumugabo wanjye ahubwo nkifuza abandi â Nkore iki?
Muraho bakunzi bâiki kinyamakuru? Mumbabarire ntabwo ntangaza amazina yanjye ariko ndifuza ko mungira inama kuko ubu ndatwite inda yâumwana wacu wa mbere ariko numva hari ibintu bimwe na bimwe na huzwe hari nâibindi nararikiye. Mu byâukuri inda mfite ifite amezi 7, kuva yagira amezi 3 nahise mpundwa umugabo wanjye, sinifuza ko yanankorakora kuko numva mbangamiwe […]
Adolphe Nshimirimana umaze imyaka 2 yishwe arifurizwa iruhuka ridashira no kwitwa intwari
Umuryango wa Gen Adolphe Nshimirimana wari umusirikare wâu Burundi, wamusabiye misa banamwifuriza kuruhukira mu mahoro nyuma yâimyaka ibiri yishwe. Misa yasomwe ku wa 2 Kanama 2017, muri Cathedrale Regina Mundi, Inshuti, abavandi nâumuryango we, bakaba bari bitabiriye bamwibuka. Isomo rigaragara muri Matayo:42, umupadiri wasomye iyo misa niryo yasomye avuga ko mu isi tuhaca ariko dufite […]
Ese koko urusengero ni ivuriro ryâabanyabyaha?
Abantu benshi bakunze kuvuga ko urusengero rwâImana ari nkâivuriro ryâabanyabyaha. Aba bantu bagahuza urusengero nâivuriro ahanini bagendeye ku magambo yo muri Bibiliya avuga ko abarwayi ari bo bakenera muganga bityo nâabajya mu rusengero bakaba baba bagiye gushaka imiti yâibibazo byababereye ingorabahizi. Gusa na none umuntu yakwibaza niba ari ngombwa kujya mu rusengero kugirango akire kimwe […]
Ibiganiro bya âMvura Nkuvureâ byatumye asubira mu rugo yataye imyaka 15
Umukecuru Mukankaka EspĂ©rance wo mu Kagari ka Kanyinya ,mu Murenge wa Muhanga, yagarutse mu rugo rwe yari yaravuyemo ubwo yahukanaga akamara imyaka 15 iwabo . Ni nyuma yo guhabwa ibiganiro na gahunda ya Mvura Nkuvure. Mukankaka uvuga ko yabitewe nâuko umugabo we yamucaga inyuma, yamusaba kubireka akabona atabireka,ngo yari yararahiye kuzarugarukamo. Umugabo we yagerageje kumucyura […]
Imyiteguro ku matora ya Perezida wa Repubulika nâuburyo bwo gutora
Ku wa Gatanu tariki ya 4 Kanama 2017, Abanyarwanda baba mu gihugu bujuje ibyangombwa byo gutora bazitabira amatora ya Perezida wa Repubulika abura amasaha make ngo atangire, ni amatora ari gukorwa mu mahanga kuko nkuko byari biteganyijwe. Bwiza.com yagiye ikurikirana ibikorwa byâamatora, igaragaraza imyiteguro yâabaturage mu bikorwa byo kwiyamamaza byabereye hirya no hino mu gihugu […]
Burundi: Major Gahomera yimwe amahirwe yo kujya muri AMISOM kubera ibyaha ashinjwa
 Major Marius Gahomera wo mu gisirikare cyâu Burundi yasimbujwe ku buyobozi bwa batayo ya 44 yâingabo zâiki gihugu muri AMISOM, aho bivugwa ko uku gusimburwa ari ingaruka zâibyaha bikomeye byo guhonyora uburenganzira bwa muntu ashinjwa. Yasimbujwe Major Ntirampemba. Izi mpinduka zije iminsi mikeya mbere yâuko iyi batayo ya 44 yoherezwa muri Somalia mu butumwa […]
Amerika yiteguye imirwano mu gihe Koreya ya Ruguru ikomeje kugerageza za Misile
Nyuma yâibikorwa bisa no guhangana hagati yâibihugu 2 byâibihangange, Koreya ya Ruguru nâAmerika mu bijyanye nâibitwaro bya rutura, Amerika yatangaje ko ari inshuti magara ya Koreya ndetse ko nta nâikibi iyifuriza cyahungabanya umutekano wa yo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Gusa Amerika yatangaje ko izakoresha inzira zâibiganiro ngo hatagira ibyangirikira mu mirwano, ariko mu gihe Koreya yanze ibyo […]
Uko igikorwa cyo gutora Perezida wa Repubulika kiri kugenda mu mahanga
Abanyarwanda batuye mu mahanga bazindukiye mu gikorwa cyo gutora Perezida wa Repubulika, ni amatora ari kuba uyu munsi tariki ya 3 Kanama 2017, azakurikirwa n’azabera mu Rwanda ejo ku wa Gatanu tariki ya 4 Kamena. Ibi bikorwa birabera mu biro 98 ku Isi byikubye gatatu ugereranyije n’amatora aheruka. Abakandida bemejwe na Komisiyo y’Amatora bamaze iminsi […]
Rutsiro: Abahinzi ba kawa ku Kirwa cya Bugarura barambiwe ababagurira batita ku biciro bya NAEB
Abo bahinzi bo ku Kirwa cya Bugarura kiri mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, basaba ko bahabwa uruganda rubafasha kongerera agaciro umusaruro wabo wa kawa ruzwi nka âstation de lavageâ. Bavuga ko urwo ruganda rwaba igisubizo cyâigihombo baterwa nâabajya kubagurira ibitumbwe kuri icyo kirwa babakata amafaranga ari hagati ya 20 frw na 70 […]
Abigaga muri kaminuza ya Gitwe yafungiwe amashami bashobora kwitabira amatora nâakanyamuneza
Inama nkuru yâuburezi mu Rwanda(HEC) izahura nâubuyobozi bwa Kaminuza yigenga ya Gitwe(University Of Gitwe- UG) baganira ku bibazo byatumye iyo kaminuza ifungirwa byâagateganyo amwe mu mashami muri uyu mwaka. Amakuru Bwiza.com yamenye ni uko abagize inama yâUbubobozi bwâiyi kaminuza ndetse nâUmuyobozi mukuru wayo aribo batumiwe muri iyo nama izaba mu gitondo cyo ku wa Kane […]
Kenya: Abakozi ba komisiyo yâamatora bijejwe uburinzi buhambaye nyuma yâiyicwa rya mugenzi wabo
Abakozi ba Komisiyo yigenga yâamatora muri Kenya yijeje abakozi bayo uburinzi buhambaye nyuma yâaho umwe muri bo yiciwe urupfu rwâagashinyaguro mu minsi ishize. Umukuru wâIgipolisi cya Kenya, IGP Joseph Boinnet akaba yemeje aya makuru mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuwa Mbere ushize nyuma yo kubisabwa nâiyi Komisiyo yâamatora yigenga yo muri Kenya. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Chris Msando, […]
Rwamagana: Theo Bosebabireba arasaba abakunzi be kuzatora Paul Kagame
Umuhanzi Uwiringiyimana Theogene ari kumwe nâabahanzi barimo Danny Vumbi na Mico the Best bifatanyije nâabanyarwamagana mu gitaramo cyo gusoza ibikorwa byo kwamamaza umukandida wâumuryango wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame mu murenge wa Kigabiro Theo Bosebabireba wishimiwe nâabanyarwamagana mu ndirimbo nka bose babireba icyifuzo nâinzindi ndirimbo yafatanyaga nâabakunzi be kuririmba. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nyuma yo kuva ku […]
Umunsi wa nyuma wo kwiyamamaza kwa Dr Frank Habineza, wafashwe nkâuwâamateka (Amafoto)
Umukandida wâishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Dr Habineza yakiriwe nâimbaga idasanzwe yâabaturage bo mu karere ka Nyarugenge, umuhango wabereye Nyabugogo ubwo yabagezagaho imigabo nâimigambi ye. Ni umunsi wa 19 ari na wo wa nyuma wo kwiyamamaza, ku mwanya wâumukuru wâigihugu, aho uyu mukandida yagaragarijwe amarangamutima adasanzwe nâabaturage benshi bo mu karere ka Nyarugenge yasorejemo […]
Umutuzo uri mu matora yo mu Rwanda watumye EU itoherezamo indorerezi
Umutuzo ugaragara mu matora yo mu Rwanda ngo ni imwe mu mpamvu zatumye umuryango wâibihugu byâI Burayi (EU) uhitamo kutohereza indorerezi zawo muri aya matora, bagahitamo kuzohereza mu bihugu nka Kenya nayo iri mu bihe by’amatora yâumukuru wâigihugu. Gusa ibi ntibivuze ko batazayakurikirana. Ku butumire bwa komisiyo y’igihugu y’amatora y’u Rwanda NEC, abadipolomate bâibihugu bigize […]
Imirambo yâabasirikare ba UPDF baherutse kwicwa na Al Shabab yacyuwe â Amafoto
Imirambo yâabasirikare 12 ba Uganda baherutse kwicirwa mu mutego bari batezwe nâintagondwa zo mu mutwe wa Al Shabab muri Somalia kuri iki Cyumweru gishize, yagejejwe I Kampala kuri uyu wa gatatu nyuma ya saa sita ahagana saa 2h40. Iyi mirambo yakiriwe ku kibuga cyâindege nâumugaba mukuru wungirije wâingabo za UPDF, Gen. Wilson Mbadi, wari uherekejwe […]
Bamwe mu banyarwanda baba i Bugande bazaza gutorera mu Rwanda, mu gihe mu Burundi hatazatorerwa
Igihugu cya Uganda gituwe nâabanyarwanda benshi, muri bo abagera ku bihumbi birindwi bamaze kwibaruza ngo bazatore. Ambasade yâu Rwanda muri icyo gihugu ariko, ivuga ko hazaba ibiro byâitora bimwe kuri ambasade, ibi byaciye intege abatora, bituma bamwe bahitamo kuza gutorera mu Rwanda kuko Kampala basanga ari kure. Imiryango imwe nâimwe yo mu Rwanda, hatangiye kwakira […]
Kwiyamamaza Paul Kagame yabisoreje i Bumbogo, ahari hateraniye ibihumbi byâabaturage- AMAFOTO
Umukandida Paul Kagame wâumuryango FPR Inkotanyi, ibikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya wâumukuru wâigihugu yari asanzweho yabisoreje i Bumbogo mu karere ka Gasabo, umujyi wa Kigali. Ibihumbi byâabaturage byari byaturutse mu bice bitandukanye byâigihugu byâumwihariko mu karere ka Gasabo, ku wa 2 Kanama 2017, bari bateraniye ahateguwe mu murenge wa Bumbogo aho bakiriye umukandida wabo, Paul […]
Ngororero: Umugore nâabana be babiri bishwe urwâagashinyaguro bajugunywa mu musarane
Umugore witwa Uwamahoro Console wari utuye mu Kagari ka Gatega mu Murenge wa Hindiro ho mu Karere ka Ngororero yasanzwe mu musarane yicanywe nâabana be babiri. Imirambo yabo yavumbuwe muri uwo musarane ku wa Mbere tariki ya 1 Kanama 2017, mu gikorwa cyo gushakisha aho uyu muryango waba uherereye cyayobowe nâubuyobozi bwaho. Mu Kiganiro Bwiza.com […]
Dore stade nini 10 za mbere mu Burayi
Uko imyaka igenda ihita, u Burayi bwagiye bwubaka inzego zitajegajega mu mupira wâamaguru, kuri ubu uyu mugabane ukaba ubarizwaho amakipe yâibihange ku Isi nka Barcelona, Real Madrid, Bayern Munich, Manchester United nâizindi. Mu bikorwaremezo bijyanye nâuyu mukino rero naho ntibasigaye, akaba ari muri urwo rwego Bwiza.com yifuje kubagezaho stade 10 za mbere nini kuri uyu […]
Bimwe mu byo abaturage batinzeho aho Dr Frank Habineza yagiye yiyamamariza
Rimwe wumvaga abantu butabiraga ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Dr Frank Habineza, umukandida wa Democratic Green Party of Rwanda, batanga amashyi aruta ayandi bitewe nâingingo yabaga akomozaho. Mu gikorwa yatangiye cyo kwiyamamaza, guhera tariki ya 14 Nyakanga 2017, amaze kugera mu turere 29 twâigihugu, aho asigaje akarere kamwe ka Nyarugenge aza kwiyamamarizamo uyu munsi mu gace […]
Ni ryari uwatsinzwe mu rubanza rwaciwe ku rwego rwa nyuma yasubirishamo urubanza
Leta y’u Rwanda, mu rwego rwo kubaka Igihugu kigendera ku mategeko yashyizeho inzego zinyuranye ziyifasha kugera kuri iyo ntego. Ni muri urwo rwego Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, mu ngingo yaryo ya 139 ryashyizeho Urwego rw’Umuvunyi. Mu byo urwo rwego rushinzwe harimo: Gukumira no kurwanya akarengane, ruswa nâibyaha […]
BAD igiye gushora asaga Miliyari 24 zâAmadolari mu kuzamura Afurika
Banki nyafurika itsura amajyambere yatangaje ko igiye gushora akayabo kâasaga Miliyari 24 zâAmadolari mu kuzamura afurika mu bijyanye no kwihaza ku biribwa binyuze muri gahunda yiswe Feed Africa. Intego zâiri shoramari mu bihugu bitandukanye byâAfurika ngo ikaba ari ugukuraho burundu ikibazo cyo kutihaza mu bijyanye nâimirire, ikaba ari gahunda izakorwa mu myaka 10 hibandwa ku […]
Amafoto ya Perezida Museveni ari kwifotoza Selfie yatangaje benshi
Perezida wa Uganda, Yoweli Museveni yatangaje abantu ku buryo yifotoye amafoto ari kumwe n’itsinda ry’abantu rigari mu buryo bumenyerewe nka Selfie, aho bakoresha kamera y’imbere ya telefone. Ibi ni ibyabereye mu muhango wo gutangiza ku nshuro ya Cyenda inama nkuru y’urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya […]
Dr Habineza natorwa, umutekano wo muri Parike yâibirunga uzacungwa nâibyogajuru na za Drone
Mu karere ka Burera, umurenge wa Gahunga niho umukandida wâishyaka rya Green Party, Dr Habineza Frank yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza ku munsi ubanziriza uwa nyuma ngo abakandida basoze igihe bagenewe cyo gukoramo ibikorwa byo kwiyamamaza. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni umuhango witabiriwe nâabaturage benshi cyane ugereranije nâabandi bose bitabiriye ibi bikorwa kuva yabitangira, aho bari baje kumva […]
Tuzatore Umuhanzi wahanze u Rwanda â Rwanda Film Federation
âNyakubahwa Paul Kagame si Umuhanzi wâu Rwanda nâAbanyarwanda gusa. Ni Umuhanzi wa Afurika.â, ibi ni ibitangazwa nâUmunyamabanga Mukuru wâUrugaga Nyarwanda rwa Sinema (Rwanda Film federation), Harerimana Ahmed, usaba abahanzi kuzatora Umuhanzi wahanze u Rwanda, ubwo yaganiraga na Bwiza.com. Muri iki kiganiro Harerimana Ahmed yagarutse ku byo basaba Abahanzi ba sinema mu matora ya perezida wa […]
Dr Habineza Natorwa azongerera imbaraga abakora imirimo iciriritse irimo nâubuzunguzayi
Umukandida wâishyaka Green Party, Dr Frank Habineza avuga ko umuryango nyarwanda utatera imbere mu gihe hari abaturage batemerewe gukora cyangwa koroherezwa mu gukora imirimo iciriritse, ndetse no korora amatungo magufi ababashisha kwihaza ku biribwa nâibindi byâibanze bikenerwa muri sosiyete. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Nyakanga 2017 ubwo yagezaga imigabo nâimigambi ku […]
2017-2024: Ibyo FPR ihishiye Abanyarwanda mu Miyoborere Myiza, Imibanire nâAmahanga nâUbutabera
Umuryango FPR-INKOTANYI ufata Imiyoborere myiza nâUbutabera nkâishingiro ryâIgihugu gikomeye kandi gitekanye kandi bikaba ari ingobyi yâiterambere ryâumuturage nâiryâIgihugu muri rusange. Ni yo mpamvu, uhora uharanira kwimakaza imiyoborere myiza nâubutabera bibereye Abanyarwanda kandi bigera kuri bose. Uyu muryango ugaragaza ko imiyoborere myiza nâubutabera bizakomeza kwitabwaho mu 2017-2024, binyuze mu gushimangira ingingo zitandukanye nkuko byakozwe mu myaka […]
Goma: Gereza ya Munzenze yafashwe nâinkongi yâumuriro
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 01 Kanama, Gereza Nkuru ya Munzenze iherereye mu mujyi wa Goma, mu burasirazuba bwa Congo, yafashwe nâinkongi yâumuriro nyuma yâaho hari habayeho igikorwa cyo kugerageza kuyitoroka. Ibibatsi byâumuriro byaturukaga imbere muri gereza imyotsi ari myinshi nkâuko bigaragara ku mashusho yagiye akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nkâuko byatangajwe na minisitiri […]
Sudani yâEpfo: HRW irashinja abayobozi 9 barimo Salva Kiir na Machar gukora ibyaha ndengakamere
Icyegeranyo gishya cyâishyirahamwe rishinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch cyo kuri uyu wa Kabiri kirashinja abayobozi 9 muri Sudani yâEpfo ku mpande zombi zipfa ubutegetsi, kuba barakoze ibyahabikomeye byo guhonyora uburenganzira bwa muntu kandi bishobora kwitwa ibyaha byâintambara mu 2016 na 2017. Icyo cyegeranyo kandi kirasabira ibihano abo bantu uko ari 9, barimo […]
Iteka rya Minisitiri wâintebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko
Mu mategeko ashyirwaho mu Rwanda, hari amwe afite ingingo zivuga ko ibigenga ishyirwamubikorwa ryayo, bizagenwa nâiteka rya Minisitiri wâintebe. Iyo iryo teka ridasohokeye ku gihe cyangwa ntirinasohoke ni kimwe mu bibangamira ishyirwamubikorwa ryâitegeko nâintandaro yo kuryica, ibi rero bikagira ingaruka zikomeye ku bantu iryo tegeko ryari ryashyiriweho kurengera. Niko byagenze ku itegeko No 32/2015 Ryo […]
Rubavu: Ifungurwa rya mayor wa Rubavu ryemejwe nâumwunganira mu mategeko gusa
Kuri uyu wa kabiri saa tatu za mu gitondo, nibwo byari biteganyijwe ko Umuyobozi wâAkarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie yitaba Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu, kugirango aburanishwe ifungwa nâifungurwa rye nyuma yâiminsi isaga umunani afunzwe akekwaho icyaha cyo kubangamira uburenganzira bwâumukandida mu matora yâumukuru wâigihugu ateganyijwe tariki 04 Kanama 2017 Ubwo abo mu muryango we, ndetse […]
Amerika yafatiye ibihano Perezida wa Venezuela kubera guhindura itegeko nshinga
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Prezida Nicolas Maduro wa Venezuela, nyuma uko hateguwe amatora atubahirije amategeko yâabadepite hagamijwe guhindura itegeko Nshinga. Ibihano iki gihugu cyâigihanganye cyafatiye uyu muyobozi birimo gufatira imitungo ye yose iri muri Amerika ndetse no kutongera kugira igikorwa na kimwe iki gihugu gikorana na we. Ni nyuma y’amatora yabaye muri […]
Abanyarwanda bari mu Burundi barye bari menge muri iyi minsi yâamatora
Amakuru yizewe agera kuri Bwiza.com aturuka mu gihugu cyâu Burundi aravuga ko bamwe mu bagize urubyiruko rwâishyaka CNDD bafatanyije nâinzego zâumutekano nkâigipolisi nâurwego rwâubutasi, bamaze gufata icyemezo cyo kohereza ba maneko hafi ya ambasade yâu Rwanda muri iki gihugu bashinzwe kuzagenza Abanyarwanda bazitabira igikorwa cyâamatora, aho bivugwa ko bashobora no kugirirwa nabi. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Aya […]
Rwamagana: Imirambo y'abantu babiri baherutse kurohoma mu cyuzi yabonetse
Imiryango yâabasore babiri Kabandana Emmanuel na Bayavuge Maritini yari imaze iminsi itakamba isaba ubuyobozi kubafasha gushakisha imirambo y’abana babo baherutse kurohoma mu Cyuzi cya Kimpima. muri iki gitondo cyo kuwa kabiri, nibwo abaturage bahazindukiye basanga umurambo wa kabiri ureremba hejuru y’amazi. Ni nyuma y’aho hitabajwe Umunyagisakakazi wateyemo imiti ikazamuka. Kuri uyu wa mbere Bwiza.com igeze […]
Umugabo washinjwaga gusambanya akana kâimyaka 3 akakica yiciwe mu ruhame – Amafoto
Umugabo wo mu gihugu cya Yemen wahamijwe icyaha cyo gusambanya ku ngufu akana kâimyaka 3 akakica, kuri uyu wa Mbere yiciwe ku karubanda nâigipolisi mu murwa mukuru, Sanaa. Umupolisi wamwishe yamurashe amasasu atanu, ubwo uyu witwa Muhammad al-Maghrabi wâimyaka 41 yari yaryamishijwe hasi yahambirijwe amabok inyuma ipingu mu gikorwa cyabereye ku Rubuga rwa Tahrir nyuma […]
Umwana wa Bebe Cool wâimyaka 13 arakataje mu mikino
Umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda Bebe Cool, abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, yishimiye uburyo umwana we ari gutera imbere mu gukina umupira wâamaguru. Ssali Alpha Thierry niwe mwana wa BebeCool. We nâabandi bana bari bamaze iminsi mu mikino y’abatarengeje imyaka 15, yabereye mu Bwongereza, aho yafashije ikipe ye kwitwara neza ayitsindira ibitego 8 . […]
Uko umuhango wose wagenze Paul Kagame yiyamamaza muri Gicumbi-REBA AMAFOTO
Umukandida Paul Kagame ibikorwa byo kwiyamamaza ubwo yari abisoje mu murenge wa Cyumba yahise akomereza mu wa Rutare, yose ibarizwa mu karere ka Gicumbi, Intara yâAmajyaruguru . Kuva mu rukerera rwo ku wa 1 Kanama 2017, abaturage bagiye baturuka mu midugudu nâutugari two muri aka karere ko mu misozi miremire yâicyahoze cyitwa Byumba, bateraniye muri […]
Masoudi Djuma watozaga Rayon Sport yaba agiye kwerekeza muri Vitalo FC
Amakuru aturuka i Burundi mu ikipe ya Vitalo, aravuga ko uwahoze atoza ikipe ya Rayon Sport, Masoudi Djuma ari mu biganiro nâiyi kipe ngo abe yayibera umutoza. Masoudi yagiriye ibihe byiza mu ikipe ya Rayon Sport aho yayihesheje ibikombe 2, birimo icyâamahoro 2015/2016 ndetse nâicya shampiyona 2016/2017. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kwitwara neza kwâuyu mutoza byatumye yifuzwa […]
Umumotari watoye miliyoni 5,2frw yâumugenzi akayasubiza yahembwe moto
Umumotari uherutse gutora amafaranga miliyoni 5,2 akayasubiza umugenzi wari uyataye yahawe ishimwe rya moto ifite agaciro ka miliyoni 1.5RWf, yashyikirijwe nâIkigo cyâIgihugu gishinzwe kugenzura imikorere yâinzego zâimirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), kuri uyu wa mbere tariki ya 31 Nyakanga 2017. Nyuma yo gushyikirizwa moto, uyu mumotari witwa Ndayiramuje yishimiye icyo gihembo agira nâinama abamotari bagenzi […]
Burundi: Habaye imirwano ikomeye ku Kiyaga cya Rusizi
Mu Ntara ya Bubanza mu burengerazuba bwâu Burundi, abaturage bo muri Komini ya Gihanga mu nkengero zâikiyaga cya Rusizi kiri mu ishyamba rya Rukoko, bazindukanye ubwoba bwinshi bitewe nâurusaku rwâimbunda rwumvikanaga ruturuka ku Kiyaga cya Rusizi ku mupaka wâu Burundi na Congo ndetse abakorera muri icyo gice bakaba batashoboye no gusohoka mu nzu. Iyi nkuru […]
Uwacikirije ishuri kubera amikoro yemeranywa nâimigabo ya Dr Habineza mu guteza imbere Abanyarwanda
Umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika wâishyaka Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza yasezeranyije Abanyarwanda ko azakomeza guhibibikanira imibereho myiza yabo, ubwo yiyamamarizaga mu karere ka Huye, bamwe bavuga uko babibona. Ku Cyumweru tariki ya 30 Nyakanga 2017, Dr Frank Habineza yiyamamarije mu Murenge wa Mukura mu karere ka Huye, ahitwa mu […]
Murenzi wakiniye Amavubi U-17 muri Mexique yakatiwe imyaka isaga 2 yâigifungo mu Bwongereza
Umunyarwanda witwa Seff Murenzi wajyanye nâIkipe yâigihugu yâumupira wâamaguru, Amavubi mu Gikombe cyâisi cyâAbatarengeje imyaka 17 muri Mexique, kuri ubu akaba yabarizwaga mu Bwongereza mu ikipe ya Coventry City, yahanishijwe imyaka 2 nâamezi 9 yâigifungo azira gucuruza ibiyobyabwenge. Seff Murenzi akaba yakatiwe nâurukiko mu Bwongereza iyo myaka yâigifungo nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gucuruza cocaine […]
Urukiko rwâIkirenga rwemeje ko KNC yatsinzwe nâumunyamigabane wa Radio1
Nyuma yâimyaka itanu hatangiye urubanza Kakoza Nkuriza Charles (KNC) nyiri Radio 1 na TV1 yaregwagamo na Nyagatare Jean Luc, Umunyamigabane muri Radio One, urubanza rwageze ku musozo rurangijwe nâUrukiko rwâikirenga. Inyandiko Ikinyamakuru Bwiza.com gifitiye kopi ku myanzuro yatangajwe n’Urukiko rw’Ikirenga yo kuwa 23/06/2017 , rumaze gusuzuma ibyatanzwe nâimpande zombi, ruhereye ku mikirize yâimanza za mbere, […]
Umwana wâimyaka 14 yivuganye umugabo we wâimyaka 40 bamushyingiye ku ngufu
Umwana wâumukobwa wâimyaka 14 wo mu gihugu cya Nigeria, wahatiwe kurongorwa nâumugabo wâimyaka 40, afunzwe ashinjwa icyaha cyo kwica umugabo we nkâuko byatangajwe nâigipolisi cya Nigeria. Iki gipolisi kiravuga ko cyataye muri yombi umwana wâumukobwa witwa Aisha Isah wâimyaka 14 nyuma yo gushinjwa gukubitisha umugabo we, Isiaka Usman wâimyaka 40 inkoni bakinisha umukino wa baseball […]
Karongi: Urubyiruko rufite impano mu mupira wâamaguru rwariyakiriye
Ibijyanye nâumupira wâamaguru mu Karere ka Karongi ni kimwe mu byo urubyiruko rugaragaza ko rutabonamo amahirwe yo kwigaragaza no guteza imbere impano za bo. Bishingiye ku buba nta bikorwaremezo abakunda uwo mukino bakwifashisha mu mirenge batuyemo, birimo ibibuga nâimipira yo gukina. Urwo rubyiruko rubarizwa mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Karongi ruvuga ko rusa nâaho […]
âNda ndambara yandera ubwoba ndi kumwe naweâ, indirimbo igezweho muri Kampala
Amatora yo mu Rwanda arashyushye kugeza no mu bihugu byâibituranyi. Abatuye Old Kampala ahategerwa zimwe mu modoka ziza mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu ushize baraye bumva amajwi nâumudiho, baririmba ngo ânda ndambara yandera ubwoba ndi kumwe naweâ. Iyi ni indirimbo yaririmbwe nâabagoyi batuye imirenge ya Nyundo, Kanama na Rugerero ubwo bakiraga umukandida wa FPR […]
Urukiko Rukuru mu Bwongereza rwanze ko Tony Blair akurikiranwa mu nkiko
Urukiko Rukuru mu Bwongereza rwitambitse ubusabe bwâuwigeze kuba umugaba wâingabo za Irak bwo kujyana Tony Blair mu rukiko agakurikiranwa ku ruhare rwe mu ntambara yo muri Irak. Gen. Abdul Wahed Shannan Al Rabbat, ashinjwa Tony Blair ibyaha byâubushotoranyi ubwo yateraga Irak mu 2003 agiye gukuraho Saddam Hussein. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Lord Thomas of Cwmgiedd, Umuyobozi wâurukiko […]
U Bushinwa bwagaragaje ububasha bwâigisirikare cyabwo mu kwizihiza imyaka 90 kimaze â Amafoto
Ibihugu byâibihangange ku Isi bikomeje kurata imbaraga zabyo mu bya gisirikare zigaragaza ibitwaro bitunze, igihugu cyâu Bushinwa nacyo ubwo kizihizaga isabukuru yâimyaka 90 igisirikare cyacyo (PLA) kibayeho, kikaba cyagaragaje mu karasisi kari kitabiriwe na perezida Xi Jinping ubushobozi bwâiki gisirikare. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Hagaragajwe imitwe yâingabo itandukanye, ibibunda birasa ibisasu bya missiles birimo ubumara nâindege zâintambara […]
Uganda igiye gukurikiranira hafi amatora yo mu Rwanda na Kenya kubera ingaruka yayigiraho
Abayobozi bâigihugu cya Uganda baravuga ko bari gukurikiranira hafi ibijyanye nâamatora yenda kuba mu bihugu byâibituranyi, Kenya nâu Rwanda, aho ikinyamakuru Daily Monitor kivuga ko inama yo mu cyumweru gishize yari iyobowe na Minisitiri wâIntebe, Ruhakana Rugunda, amatora yo muri ibi bihugu yari mu bintu byâingenzi byizweho bitewe nâingaruka amatora yo muri Kenya ashobora kugira […]
Nyarugenge: Gusoza ibikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR byitabiriwe nâibihumbi byâabaturage
Kuri iki cyumweru, itariki ya 30 Nyakanga, ku Gitikinyoni mu Murenge wa Kigali habereye igikorwa cyo gusoza gahunda zo kwamamaza umukandida wâ Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Nyarugenge. Ibi bikorwa byitabiriwe nâ abaturage bagera ku bihumbi 55,000 bâ Akarere ka Nyarugenge ndetse nâ abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi wâ Umuryango mu Mujyi wa Kigali bwana […]
Burera na Gakenke bijeje Paul Kagame kuzamutora kubera ibyiza yabagejejeho- AMAFOTO
Umukandida wâumuryango FPR Inkotanyi, Paul kagame ibikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya wâumukuru wâigihugu yari asanzweho abikomereje mu Ntara yâamajyaruguru. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kwiyamamaza kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Nyakanga 2017, umukandida Paul Kagame abihereye muri Burere, umuhango ukaba urimo kubera kuri sitade ya Birambo muri Burera, iherereye mu murenge wa Rusarabuye. 10:30: Abahanzi barimo […]
Umuryango wa COMESA wanze gukorera inama zawo mu Burundi
Umuryango wâubukungu wâibihugu bya Afurika yâuburasirazuba nâamajyepfo, COMESA, wanze gukorera inama zawo mu gihugu cyâu Burundi zari ziteganyijwe kuhabera muri uyu mwaka kubera impamvu zitandukanye zirimo ibibazo bya internet, imodoka zo gutwara abantu nâibindi. Mu ibaruwa Umunyamabanga Mukuru wa COMESA, Sindiso Ngwenya yandikiye minisitiri wâu Burundi wâubucuruzi nâinganda, Pelate Niyonkuru, yamubwiye ko u Burundi butiteguye […]
Rwamagana: Abasore babiri barohamye mu cyuzi cya Kimpima
Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki 29 Nyakanga 2017 abantu 2 barohamye mu cyuzi cya Kimpima giherereye hagati yâ Umurenge wa Munyaga nâUmurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana ubwo twandikaga iyi nkuru imirambo yari itaraboneka. Mu masaha ya saa munani abasore babiri Kabandana Emmanuel ufite imyaka 20 na Barayavuga Martin ufite imyaka 24 bombi […]
Afrika yâEpfo: Abantu 2 bapfiriye kuri stade umukino urakomeza
Umuyobozi w’umujyi wa Johannesburg yavuze ko abantu babiri bapfuye abandi 19 bakomerekera mu mpanuka yabereye kuri sitade nini kurusha izindi muri Afurika y’Epfo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iyo mpanuka yatewe nâimodoka yahiye amakipe abiri yo mu nkengero za Soweto, Kaizer Chiefs na Orlando pirates zahuriraga mu mujyi wa Johannesburg. Orlando Pirates yavuze ko abantu bagerageje kubyigana binjira […]
Ifoto yâumugore ari gukora ku gitsina cyâumukinnyi wavunitse yavugishije benshi
Ifoto yâumugore wâumuganga wagaragaye ari kwita ku mukinnyi mu kibuga ikomeje kubica bigacika ku mbuga nkoranyambaga. Iyi foto yafatiwe mu kibuga cyo muri Zambia mu mukino uheruka ubwo bari mu irushanwa rya Super Division League risanzwe ribera muri kiriya gihugu, uyu mugore akaba yibazwaho impamvu yari yitabiriye umukino wâabantu bâigitsina gabo nkâumwe mu bagombaga kubitaho. […]
Imitwe 10 yâibyigomeke ihangiyikishije Isi irimo uwo Trump aherutse kwiyemeza kurandura
Ushobora kuba ujya wumva imitwe yâabagizi ba nabi hano muri Afurika irangwa nâubwicanyi nâubujura no gucuruza ibiyobyabwenge, ariko no mu bihugu byo hakurya ya Afurika uhasanga imitwe yâibyigomeke usanga inambukiranya imipaka igakora ibyaha ku rwego mpuzamahanga. Iyi mitwe usanga irangwa nâubwicanyi, ibyaha byo gucuruza abantu, gucuruza intwaro, gucuruza ibiyobyabwenge, kwiba, iyezandonke (Money Laundering), gushimuta abantu […]
Umuhanzi Miss Jojo yarushinganye na Minani Salim
Umuhanzi Miss Jojo wamamaye mu ndirimbo ââMbwiraââ, ââTukabyineââ, ââNdindeââ nâizindi yarushinganye nâumukunzi we Salim Minani bamaranye igihe bakundana. Ibi birori byabereye i Rugende Park mu karere ka Kicukiro Kuri uyu wa 29 Nyakanga 2017, byasusurukijwe nâabahanzi barimo Man Martin na Patrick Nyamitali. [xyz-ihs snippet=”google”] Muri Werurwe nibwo aba bombi basezeranye imbere yâamategeko, Jojo wâimyaka 34 […]
Kenya: Uwagabye igitero ku rugo rwa William Ruto yishwe arashwe
Polisi yo muri Kenya iravuga ko yishe irashe umuntu wari wagabye igitero ku nzu ya Perezida wungirije, William Ruto ku munsi wâejo kuwa Gatandatu. Ni igikorwa cyafashe amasaha menshi kugira ngo inzego zâumutekano zibashe kugota inyubako hanyuma hashakishwe uwaba yihishe inyuma yâigitero cyagabwe ku rugo rwâumunyepolitiki ukomeye agasiga anakomerekeje uwari urinze umutekano akanamwambura imbunda. Ruto […]
Tugomba gusubizaho byihuse umubano na Congo, u Burundi nâu Bufaransa- Dr Habineza
DR Frank Habineza, umukandida wâishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda, yatangaje ko naramuka atorewe kuyobora u Rwanda azihatira kunoza umubano hagati yâu Rwanda nâibihugu bitandukanye. Ibyo ni Congo yavuzweho kenshi gucumbikira abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 bahungiyego, ndetse no gutera inkunga imitwe irwanya leta […]
Dr Habineza azashyiraho urukiko ruzasubiramo imanza zâabanyapolitiki bavuga ko barengana
Umukandida wâishyaka Democratic Green party of Rwanda, Dr Frank Habineza yatangaje ko naramuka atorewe kuyobora u Rwanda azashyiraho urukiko rwihariye ruzasubirishamo imanza zâabanyapolitiki bavuga ko barengana. Abanyapoliti batandukanye bafungiye mu Rwanda bakunze gutangaza ko bafunze barengana, ugasanga nâamahanga arurira ku mvugo zabo agasaba ko bafungurwa. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Icyo kibazo ngo kizashakirwa umuti mu gihe Dr […]