Zari Hassan yatangiye kwigisha umukobwa we w’amezi 5 ubuzima bwa gisirimu -AMAFOTO

Umuherwe Zari wibarutse umwana wa Diamond Platnumz ndetse bikanateza impagarara mu itangazamakuru ko uyu mwana yaba atari uw’uyu musore nyuma hakitabazwa gupima amaraso (DNA) bikemezwa ko ari uwe , ubu noneho uyu mwana yatangiye kwigishwa ubuzima bwa gisirimu. Mu gihe gisaga amezi 5 Tiffan avutse, byagaragaye ko uyu mwana yitaweho n’ababyeyi be, kuri ubu Zari […]

Umunyamabanga wa USA agiye kuza gusura u Rwanda

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ubucuruzi, Penny Pritzker n’abandi bayobozi bafite aho bahuriye n’ishoramari muri icyo gihugu bateganya kuza mu Rwanda muri iki cyumweru kureba aho urwego rw’ishoramari rugeze. Penny Pritzker usanzwe nanone uyoboye akanama ngishwanama ka Perezida Obama ku Bucuruzi muri Afurika n’itsinda ayoboye batangiriye uruzinduko rwabo muri Nigeria ku wa […]

CHAN 2016: Umutoza wa DR Congo Florent Ibenge ntatewe ubwoba n’ Amavubi

Umutoza w’ ikipe y’ igihugu ya Congo Kinshasa Florent Ibenge yatangaje ko ikipe ye idatewe ubwoba no guhura n’ ikipe y’ igihugu y’ u Rwanda, Amavubi ku mukino wa ÂŒ cya CHAN uteganyijwe kuri uyu wa gatandatu taliki ya 30 Mutarama 2016 kuri stade Amahoro. Nyuma yo gutsindwa na Cameroun, mu kiganiro n’ abanyamakuru, Ibenge […]

U Rwanda ku mwanya wa mbere muri EAC mu kurwanya ruswa

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa (Transperency International) yatangaje ko u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’u Burasirazuba no ku mwanya wa kane muri Afurika yose mu kurwanya ruswa. Muri raporo y’umwaka wa 2015 y’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe kurwanya ruswa (Transparency International), u Rwanda rwaje ku mwanya wa kane muri Afurika, no […]

Abagabye igitero ku basirikare b’u Burundi bamenyekanye banigamba ko bishe abasirikare benshi ba Leta

Nyuma y’imirwano yabaye mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 25 Mutarama, bigatangazwa ko ari imirwano yabaye hagayi y’inzego za Leta hamwe n’umutwe w’abantu bitwaje intwaro batazwi, kuri ubu uyu mutwe wigometse kuri Leta wamenyekanye. Amakuru ava muri iki gihugu cy’u Burundi, arahamya ko uwo mutwe w’abigometse kuri Leta ari “Red Tabara” umutwe w’abigometse kuri […]

Umutungo wa Vladimir Putin ngo wazamuwe na ruswa ndengakamere

Ubushakashatsi bwakozwe na BBC burerekana ko ikigega cy’ imari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinja bikomeye perezida w’ igihugu cy’ Uburusiya Vladimir Putin gukoresha ruswa. Iki gihugu cyasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ Uburusiya ariko ni ku nshuro ya mbere bashinja ku buryo bweruye Putin gukoresha ruswa. Umuvugizi wa perezidansi y’ Uburusiya yatangaje ko ntacyo […]

Umucuruzi yarumwe izuru ajyanwa kwa muganga ritwawe mu ishashi

Mukeshimana BĂ©atrice utuye mu mudugudu wa Murambi mu kagari ka Rwesero, mu murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, ufite akabari iwe mu rugo, yarumwe izuru n’umukiriya we arikuraho mu ijoro rishyira iryo ku cyumweru tariki ya 24 Mutarama 2016. Mukeshimana w’imyaka 39, avuga ko uwamurumye , witwa Kayitare Alexandre wo mu kigero cy’imyaka 45, […]

Shakira yagaragaye mu birori atambaye akarega k’amabere- REBA AMAFOTO

Icyamamare Shakira ukomoka muri Colombia ku mugabane wa Amerika, kuri iki cyumweru taliki ya 24 Mutarama 2016, nibwo yatunguye benshi mu birori byo gutanga ibihembo (Sliver grittering gown Awards) ubwo yagaragaraga atambaye akarega k’amabere (Bra). Uyu muhanzikazi w’imyaka 38 ubwo yitabiraga ibyo birori yari kumwe n’ugabo we Gerard Pique w’igihangange mu mupira w’amaguru akaba anakinira […]

Itohoza ku byavugwaga ko Gen Laurent Nkunda yarashwe amasasu atatu mu gituza

Nyuma y’amakuru yacicikanye mu minsi ishize ku mbuga nkoranyambaga ko Gen Laurent Nkunda yasanzwe yarashwe amasasu atatu mu gituza, aya makuru ngo ni ikinyoma cyambaye ubusa. Itohoza ryakozwe n’ikinyamakuru Umusingi, mu nkuru cyasohoye muri numero yacyo ya 96 yo kuwa 26 Mutarama-4 Gashyantare 2016, bagaragaza ko Gen Laurent Nkunda atarashwe, ahubwo ko ameze neza. Iki […]

Yafunze igitsina cy’umugore na kole idasanzwe avuga ko yamubeshye

Umugore w’imyaka 40 utuye mu gace ka Ngwamtila hafi y’umujyi wa Bushbuckridge aravuga ko umugabo we yamufunze igitsina akoresheje kole idasanzwe izi bakunze kwita super glue Uyu mugore utashatse kwivuga izina kubera ibibazo yahuye nabyo avuga ko ibyo byabaye hari ku itariki ya 9 Werurwe aho umugabo we yamufatiyeho umuhoro avuga ko agiye kumutema umutwe […]

Rubavu: Guhindagurika kw’abayobozi kwatumye akarere kadahigura Imihigo 12

Mu nama Njyanama isoza manda yateranye mu cyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko ihindagurika rya hato na hato ry’abayobozi ryatumye akarere ka Rubavu kadahigura imihigo 12 ikomeye kari kariyemeje guhigura. Njyanama irasaba abayobozi bazatorwa gutangirira ku mihigo 12 isize idahiguwe kubanza kuyihigura indi ikaza nyuma. Abari muri iyi nama, bagaragaje ko imbogamizi zabaye […]

Ikigo ‘‘Centre Socio Culturel Twese Hamwe’’ gikomeje gutanga ikaze ku bifuza kwitegurira ejo habo heza

Mu gihe itangira ry’amashuri ryegereje, ishuri ry’Imyuga Centre Socio Culturel Twese Hamwe riherereye ku Kacyiru ho mu karere ka Gasabo riributsa abifuza kuryigamo ubumenyingiro mu bijyanye n ‘ amahoteli, gutunganya imisatsi n ‘ ubwiza bw ‘u ruhu kubangukira kwiyandikisha imyanya itararangira. Nyuma y’imyaka irindwi batanga amasomo y’ubumenyi ngiro bwavuzwe haruguru, ku nshuro yaryo ya munani […]

Ubuzima bwa Rose Muhando buri mu kaga nyuma yo kurumwa n’inzoka y’ubumara

Umuhanzi w’indirimbo za Gospel, Rose Muhando wo mu gihugu cya Tanzaniya, ubu ngo ari mu bitaro nyuma yo kurumwa n’inzoka y’ubumara. Nk’uko byatangajwe n’urubuga Global Publishers rwo muri Tanzaniya, ngo Muhando wamamaye mu ndirimbo Nibebe, Jipange Sawa sawa,
 ngo yarumwe n’inzoka ku wa kabiri w’icyumweru gishize tariki ya 19 Mutarama, ubu ngo akaba akirembeye mu […]

Uburyo umugore yafasha umugabo kumunyaza neza bitomoye

Abantu b’ingeri bamaze igihe kinini babaza niba kunyaza cyangwa kunyara bibaho, n’uburyo abagabo bashobora kubikora nabi bikaba ari bimwe mu bituma abagore babo batanyara bamwe bati,Kunyara bivugwa mu mibonano mpuzabitsina hari aho bihurira no kunyara inkari zisanzwe, abandi bati ese niba ari byiza bakora iki ngo bibabeho. Ubundi Umugabo uri kunyaza yirindako igitsina cye kigwa, […]

Umuhanzi Lucky Douce azanye imbaraga nshya mu ruhando rwa muzika Nyarwanda

Umuhanzi uzamukanye imbaraga zidasanzwe muri muzika nyarwanda Lucky Douce umaze igihe kitari kinini mu ruhando rwa muzika nyarwanda ngo aje yabukereye aje kunga mu rya bakuru be ndetse na bashikibe bahuriye mu muziki. Ubusanzwe uyu musore amazina yiswe n’ababyeyi ni Nshimiyimana Gilibert mu muziki akaba akoresha Lucky Douce. Lucky aganira na Bwiza.com, yatangaje ko yatangiye […]

Abasirikare 5 ba leta bishwe abandi 10 barakomereka mu mirwano yabereye Bururi.

Mu mirwano yashyamiranyije abarwanya leta muri Bururi yahitanye abasirikare batanu naho abandi 10 barakomereka. Iyo mirwano ikaba yatangijwe n’ingabo n’abapolisi ba leta bagabye igitero kuri aba barwanyi batavuga rumwe na leta iriho mu Burundi. Iyo ntambara yabereye mu ishyamba rya Bururi rihana imbibi n’umujyi wa Bujumbura. Abaturage bo ku musozi wa Rubimba uhana imbibi na […]

Maj.Desire Uwamahoro ufatwa nk’uwasimbuye Gen Adolphe Nshimiyimana wishwe, yakozwe mu biganza

Nyuma y’urupfu rwa Gen Adolphe Nshimiyimana wafatwaga nk’inkingi ikomeye ya CNDD FDD ndetse akaba n’uwari ushinzwe umutekano bwite wa Perezida Nkurunziza, byakomeje kuvugwa ko Desire Uwamahoro ari we ubu wamusimbuye mu bikorwa byo guhangana n’abatavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Nkurunziza bityo ubu yahawe igihembo cy’ishimwe. Alain Guillaume Bunyoni, Minisitiri ushinzwe umutekano mu gihugu niwe watanze ibi […]

Alelua Joseph umukinnyi w’u Rwanda yabaye uwa mbere muri “La Tropicale Amissa Bongo 2016”

Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare bitwaye neza mu irushanwa ritangiza umwaka w’imikino muri Afurika “La Tropicale Amissa Bongo 2016”. Iri siganwa ribera muri Gabon ryatangiye taliki 18 risozwa taliki 24 Mutarama 2016. U Rwanda rwari ruhagarariwe n’abakinnyi 6 ari bo Hadi Janvier, Bintunimana Emile, Byukusenge Patrick, Uwizeye Jean Claude, Areruya Joseph na […]

Itorero ADEPR riranyomoza abavuga ko Abapasitori ba ADEPR 11 bahunze

Itorero rya Pantekote ryo mu Rwanda ADEPR riranyomoza amakuru avuga ko abapasitori 11 bo mu Karere ka Rusizi na Nyamasheke bahunze Itorero nk’uko byasohotse mu bitangazamakuru tariki ya 23 Mutarama 2016 bifite umutwe ugira uti “Abapasitoro 11 muri ADEPR bamanitse Bibiliya bahunga Pst Tom Rwagasana.” Itorero rya ADEPR riratangaza ko abo bapasiteri 11 bavuzwe n’ibitangazamakuru […]

Amateka n’umuco: Uko abanyarwanda bagiye batera imbere mu myambarire

Uko amateka abigaragaza mu Rwanda ngo abanyarwanda batangiye bambara imyenda ikoze bibabi bigenda bizamuka bigera ku mpu kugeza aho ubu basigaye bambara imyenda isanzwe ikozwe mu budodo busanzwe. Ngo mu gihe cya kera basaga nk’abambara batikwije ariko kuri ubu basigaye bambara bikwije. Ese waba uzi uko aya mateka yahindutse. Dore uko amateka agenga imyambarire yagiye […]

Bebe Cool n’umugore we Zuena bizihije isabukuru y’imyaka 13 bamaze babana

Kuri uyu wa mbere tariki ya 25 Mutarama 2016, icyamamare cyo muri Uganda, Bebe Cool n’umukunzi we Zuena Kirema bizihije isabukuru y’imyaka 13 bamaze babana. Uyu munyabigwi umaze kubyarana n’umugore we abana batanu, yagaragaje ibyishimo bidasanzwe aho yabisangije abakunzi be abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook ahashyira amafoto y’abana be bose. Bebe Cool yagize ati:“ […]

Ibyiza 10 byo gukora imibonano mpuzabitsina buri munsi

Dusanzwe tuziko uretse indwara n’imyaku nta kindi cyiza cy’ubusambanyi. Nyamara imibonano mpuzabitsina ku bashakanye ni ingenzi cyane byaba ku rukundo rwabo no ku buzima bwabo muri rusange. Ubusanzwe akamaro ka mbere k’imibonano mpuzabitsina ku bashakanye ni ukororoka, ikindi nuko byongera kwisanzuranaho no gukomeza urukundo rwabo. Si ibyo gusa kuko imibonano mpuzabitsina yongerera ubuzima bwiza abashakanye. […]

Bidasubirwaho, Amerika n’Uburusiya bigiye gupimana imbaraga benshi basesenguramo intambara ya 3 y’isi

Visi-Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden yatangaje kuri uyu wa gatandatu taliki ya 23 Mutarama 2016 ko igihugu cye gifatanyije n’igihugu cya Turukiya byiteguye gukoresha inzira y’intambara mu gukemura ibibazo biri muri Siriya niba inzira y’ibiganiro ntacyo ishoboye kugeraho. Biden akaba yavuze ko Amerika izafasha igihugu cya Turukiya urugamba rwo kurwanya umutwe […]

U Burundi bushobora kuba bugiye kwirukanwa burundu muri EAC na AU

Mu nama y’abadepite bagize umuryango wa furika y’Uburasirazuba izamara icyumweru yateraniye muri Tanzaniya kuri uyu wa mbere yiga ku kibazo cy’umutekano muke mu gihugu cy’u Burundi, yasabye ko abadepite bahagarariye Leta y’u Burundi muri EALA bahezwa mu biganiro bisaba ko u Burundi bwirukanwa muri EAC. Ishyirahamwe ry’abunganizi mu mategeko rya EAC (PALU) ndetse n’ihuriro rya […]

Nyuma yo guhambirizwa mu ikipe ya Chelsea, Jose Mourinho yagaragaje ko yifuza kuza muri Man. Utd

Jose Mourinho wahoze atoza ikipe ya Chelsea akaza gutsindwa n’amakipe atabarika bikanamuviramo guhambirizwa riva, ubu noneho yandikiye ubuyobozi bw’ikipe ya Manchester United ibaruwa ifite amapaji 6 asobanura uburyo yiyumvamo kuba yatoza iyi kipe, kandi ko yashobora kubahiriza amahame ayigenga. Mourinho wirukanwe muri Chelsea mu kwezi gushize, yeruye avuga ibiri ku mutima we, aho yatangaje ko […]

Ese ni kuki abakristo bagomba gusenga mu izina rya Yesu?

Abasobanura gusenga bavuga ko ari igikorwa cyo kuganira n’ Imana mu buryo bweruye. Abakristo ndetse n’ abandi bizera ko Kristo ari umwami n’ umukiza w’ ubugingo bwabo basenga mu izina rya Yesu kuko ari ryo zina ryonyine abantu bahawe mu ijuru no mu isi bakwiye gukirizwamo. Nkuko bivugwa muri Yohana 14:13-14, ijambo ry’ Imana rigira […]

FDLR yambuwe abana 355 yakoreshaga mu gisirikare cyayo

Muri raporo yashyizwe hanze na Loni kuri iki cyumweru tariki ya 24 Mutarama 2016, yagaragaje ko abana 1195 bakuwe mu mitwe y’inyeshyamba zirwanira mu mashyamba ya Congo, 355 ni abakuwe mu mutwe wa FDLR. Aba bana bose uko ari 1195 bari abarwanyi b’inyeshyamba zirwanira mu burasirazuba bwa RDC, bakaba barakuwe muri iyo mitwe mu mwaka […]

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Utabarutse Emmanuel 25 y’amavuko na Dushimiyimana Omar, bafashwe ku itariki 23 Mutarama uyu mwaka bagerageza guha umupolisi ruswa y’ibihumbi mirongo itanu (50,000) by’amafaranga y’u Rwanda , nyuma yo gufatanwa udupfunyika 70 tw’urumogi mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda mu kagali ka Kigabiro, umurenge wa Niboyi ho mu karere ka Kicukiro. Kuri iki cyaha, Umuvugizi […]

Ubwumvikane buke hagati ya MINEDUC na REB buranugwanugwa

Kuva aho Minisiteri y’uburezi ( MINEDUC) itangarije amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange, ubu iyi Minisiteri ntiri kumvikana n’ikigo cyayo gishinzwe uburezi aho bashingira ko ibi bigo byombi byananiwe kumvikana ku byerekeranye n’aho abatsinze baziga ndetse no kuvuguruzanya ku inota ry’ifatizo. Mu gihe habura icyumweru ngo umwaka w’amashuri abanza n’ayisumbuye wa 2016 utangire, […]

Col. Jules Ndihokubwayo yihakanye umutwe wa gisirikare Gen.Niyombare abereye umuyobozi

Mu gihe byatangazwaga Col. Jules Ndihokubwayo yaba ari mu mutwe wa gisirikare FOREBU( Forces rĂ©publicaines burundaises ) w’abarwanya Leta ya Nkurunziza, yahakanye aya makuru yivuye inyuma ko ntaho ahuriye nawo. Mu kiganiro yagiranye na radiyo y’igihugu rtnb, Colonel Jules Ndihokubwayo yavuze ko ntaho ahuriye n’uwo mutwe w’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi buriho, ko uwo mutwe awumva nk’uko […]

Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Urubyiruko rw’abaskuti rugera kuri 40 rwo mu karere ka Nyarugenge rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu ndetse rusabwa kugira uruhare mu kurwanya icyo cyaha cyane cyane batungira agatoki Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego abakora ibyo bikorwa bibi bigayitse kugira ngo habeho kubikumira no gufata ababyishoramo. Ubu butumwa babuhawe tariki ya 22 Mutarama mu gikorwa bariya bahagarariye […]

N’inka za Data narazitaye nkanswe uwo muturika wanyu “Col Tom Byabagamba”

Mu rubanza ubushinjacyaha bwa gisirikare buregamo Brig Gen Frank Rusagara, Tom Byabagamba na Sgt Francois Kabayiza, Col yongeye kugaragaza ko agaciro aha ikirego cyo guhishira abatunze intwaro mu buryo bunyuranye n’amategeko katagereranywa n’umubyeyi we wari urembye. Col Tom Byabagamba muri uru rubanza yagarutsweho aho yavugaga ko yahawe imbunda akanga kuzitanga ku bushake. Urukiko rwavuze ko […]

Leonce Ngendakumana yunze mu rya Bagaza J.Baptiste, ko abasirikare ibihumbi 5 ba UA bakwiye kwinjira ku ngufu

Mu gihe Leta y’u Burundi ikomeje gutsimbarara yanga ko ingabo za UA zoherezwa mu gihugu guhagarika ubwicanyi, bamwe mu banyapolitiki mu Burundi bakomeje gusaba izi ngabo kuza vuba ndetse ko bidakwiye ko zizategereza umunsi Leta y’u Burundi izaba yazemereye, ko zikenewe cyane ngo zihagarike ubwicanyi. Ibi byashimangiwe na Leonce Ngendakumana, Umuyobozi w’ishyaka ADC Ikibiri, uvuga […]

Muhanga: Abagize urwego rwa DASSO barijujutira kwamburwa amapeti bari barambitswe

Bamwe mu bagize urwego rwa DASSO (District Administration Security Support Organ ) mu karere ka Muhanga bagaragaje ko bababajwe cyane no kwamburwa amapeti bari barambitswe umwaka ushize. Aba bagize uru rwego, batangaje ko bahamagawe n’ubuyobozi bw’akarere, bahageze bamburwa amapeti bari barahawe, akarere kayabambuye kakaba karabatangarije ko ari amabwiriza kahawe na Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC). Mugengana […]

Mukobwa/mugore dore ibyo ugomba kwitaho mu gihe wakoze imibonano mpuzabitsina bwa mbere

Mugore, mu gihe warushinze wageze mu rwawe birashoboKa ko bitakoroheye ko wakoze imibonano mpuzabitsina bwa mbere, ariko nyine niko zubakwa, ugomba kumenya uburyo witwararikamo ndetse n’ibyo ugomba kugirango urusheho kunezeza uwo mwarwubakanye. Dore ibyo usabwa -Nyuma yo guhuza ibitsina bwa mbere ushobora kumva ushimishijwe no kuba wabikoze, ushobora kumva se wiyandaritse ariko sibyo nta muntu […]

Ntibisanzwe:Nubwo akiri ingaragu Uzabakiriho Etienne yahawe inshingano yo kuyobora Amajyaruguru nka Bishop -AMAFOTO

ku munsi wejo mu mujyi wa Kigali nibwo itorero EPEMR ryimitse ryatanze inshingano ku Abadiyakoni,aba Pasiteri,Abavugabutumwa ndetse n’aba Bishop 2 harimo nuyu Uzabakiriho Etienne ukiri ingaragu iki kikaba ari ikintu kitamenyerewe kubona umuntu w’umusore agera ku inshingano ya Bishop. uyu muhango wabereye mu Karere Ka Gasabo ku Kimironko wari witabiriwe n’imiryango yaba bahawe inshingano watangijwe […]

Umwana yavutse afite umutwe utuzuye n’amaso ameze nkay’igikeri- REMA AMAFOTO

Uyu mwana yavukiye mu gihugu cy’u Buhinde, avukira mu bitaro “ Sai Nursing Home clinic” biherereye mu majyaruguru y’Ubuhinde. Savita Rani w’imyaka 32 y’amavuko niwe wibarutse uyu mwana wari utangaje, akaba yaramubyaye neza atabazwe, kuwa kabiri tariki tariki ya 19 Mutaram 2016. Nk’uko byatangajwe na Dailymail, ngo uyu mwana wari wavutse atangaje, nyuma y’iminsi ibiri […]

Umuriro ushobora kwaka hagati ya Burkina Faso na Cote d’Ivoire, ibifaru byashyizwe ku mipaka

Ubwumvikane buke hagati y’ibihugu byombi butangiye kugaragara nyuma yaho abahoze mu gisirikare cya Burkina Faso bagabiye ibitero kuri iki gihugu, bakabigaba ahasanzwe hazwi ko ariho habikwa ibikoresho bya gisirikare, ubu bikaba bicyekwa ko Cote d’Ivoire ibifitemo uruhare. Ibi bitero byagabwe ku muhanda Kwame M’Kruman mu gace ka Yimdi bikaba bitangazwa ko ibyo bitero byagabwe n’abahoze […]

Indimi 5 zo kuryoherwa n’urukundo ukageza no mu zabukuru

Ubundi muri kamere muntu habamo amarangamutima ( Emotion ) ariyo amutera kubona umuntu mugenzi we akumva aramukunze ibi bikagenda bikura kugezaubwo abakundana biyemeza kubana. Nyamara ariko muri iki gihe n’ingo nyinshi zigenda zisenyuka nyuma y’igihe gito zimaze zishinzwe. Rimwe na rimwe ugasanga impamvu zitumye zisenyuka idasobanutse. Kugira ngo rero mubashe kugira urukundo ruzira icyaruhungabanya ni […]

Randal Koene agiye gushyiraho ikoranabuhanga rizarinda umuntu gupfa.

Umuhanga mu mikorere y’ubwonko( Neuroscience) Randal Koene, aremeza ko mu minsi iri imbere azaha abantu ububasha bwo kudapfa, bakabaho ubuziraherezo. Ibi ni ibigaragazwa n’ubushakashatsi amaze iminsi akoze ku muntu ubwo yibaza icyazatuma umuntu atongera gupfa. Daily mail ivuga ko uyu muhanga mu mikorere y’ubwonko yemeza ko mu gihe kitarambiranye araba ashobora kohereza Roho y’umuntu muri […]

Abapasitoro 11 muri ADEPR bamanitse Bibiliya bahunga Past Tom Rwagasana

Abapasitoro 11 bo mu ntara y’Uburengerazuba mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bahagaritse akazi kabo k’ubupasiteri bavuga ko bahunze Umuvugizi wungirije w’itorero ADEPR Tom Rwagasana. Aba bapasitoro bavuga ko Tom Rwagasana abatoteza. Ikinyamakuru Ingenzi dukesha aya makuru kivuga ko aba bapasitoro kugira ngo batoroke ahanini hadutse amakuru avuga ko umuvugizi w’itorero ashaka kwifashisha abakirisitu kugira […]

HPV ni indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina idakangwa n’agakingirizo

Virus HPV yandurira mu mibonano mpuzabitsina kandi ntibigombera ko abantu baba basambanye ngo bagere ku byishimo bya nyuma ni ukuvuga igihe habayeho kurangiza ku mpande zombi. Impamvu bimeze gutyo ni uko kugirango umuntu yandure iyi virus bihagije gusa ko uruhu rwe rwikuba ku ruhu rw’uyirwaye. Ahandi yandurira mu buryo bworoshye ni mu gusomana byaba umunwa […]

Burundi : Perezida Nkurunziza yanze kuva ku izima ku iyoherezwa ry’ingabo za MAPROBU

Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza yaraye ashwishuje intumwa za ONU mu Burundi ko nta ngabo y’amahanga ikenewe ku butaka bw’u Burundi kuko igihugu kihagije ku mutekano. Mu rugendo rw’amasaha make bamaze mu mugi wa Bujumbura intumwa za ONU 15 zakomeje urugendo rwazo zigana I Gitega kubonana na Perezida Pierre Nkurunziza ari naho atuye. Mu byo […]

Burundi : Urubyiruko rurahigwa bukware

Mu gihe umutekano ukomeje kuba muke mu Burundi, ubu amakuru ava muri iki gihugu aravuga ko urubyiruko cyane cyane abasore bagize uruhare mu myigaragambyo mu kwezi kwa kane umwaka ushize batabwa muri yombi n’inzego z’umutekano, bamwe bagafungirwa ahantu hatazwi abandi bakarigiswa. Ngo abenshi muri aba batabwa muri yombi ntibazi ibya politiki ntan’iyo bagezemo . Ngo […]

Umunyezamu wa Manchester amaze hafi imyaka 4 nta mukino n’umwe arakina

Umunyezamu wa Manchester City Richard Wright, wasinye mu minsi 1,240 ishize (kuwa 30 Kanama 2012), ntarakina n’umukino n’umwe kugeza ubu. Inkuru ya The Daily Mail iravuga ko Richard Wright ahembwa ÂŁ350,000 ku mwaka. Kuba amaze iriya minsi yavuzwe haruguru, n’ukuvuga ko amaze imyaka irenga 4 adakina. Kandi ngo kuba adakina ntibimubuza kujyana n’abandi mu ndege […]

Gicumbi: Abatunganya imisatsi barashinja ubuyobozi kubakenesha

Nyuma yuko mu mpera z’umwaka ushize w’ 2015 ubuyobozi bw’ akarere ka Gicumbi butangaje ko abantu batunganyiriza imisasti muri amwe mu mazu ari mu mujyi wa Gicumbi bagomba kwimuka bakajya gukorera ahandi ngo bitewe n’uko aho bakoreraga hari hegeranye n’ahacururizwa inyama, uyu mwanzuro ntiwigeze unyura aba batunganya imisatsi kuko bifuzaga ko abacuruza inyama ari bo […]

Inzoka y’ impiri yishe umugabo wari uyororeye iwe mu rugo

Nkurikiyabandi Jean Pierre bitaga “Bizigira” wari umuganga gakondo yishwe n’inzoka y’impiri yari imaze amezi ane ayororeye iwe mu rugo. Nkurikiyabandi w’imyaka 54 y’amavuko yari umuganga gakondo ariko abenshi bakamwita umupfumu wa kabuhariwe yari atuye mu Kagari ka Gasoro mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza. Umugore wa Nyakwigendera Mukabucyana Elina yemeza ko umugabo we […]

Abasore 5 bafunzwe na Polisi kubera icyaha cy'ubwambuzi bushukana

ñ€â€čAbasore batanu bakomoka mu murenge umwe wa Cyabakamyi, mu karere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo bafungiwe kuri Polisi yo mu Mujyi wa Kigali, aho bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana, nyuma yo gutekera umutwe abantu batandukanye bakabarya amafaranga yabo. Abakurikiranyweho iki cyaha, ni Bikorimana Jeremie,Tumushime Emmanuel,Habineza Sosthene,Uzabakiriho Donat na Bamurebe Jerome. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant […]

Amarante: ibyo kurya byiza cyane ku bana (AMARANTE GRAINE)

Umuyobozi Mukuru wa Hope Family LTD Madame Rutunda Bibiche aravuga ko Amarante (Imbwija) ari ikiribwa cy’ingirakamaro ku bana. Ibi ni ibyo yabwiye Bwiza.com Ibiryo umwana arya bigira ingaruka ku mikorere ye ku ishuri, niyo mpamvu buri mubyeyi yakagombye gushishoza mu guhitamo ubwoko bw’ibiribwa agaburira umwana we. Madame Rutunda Bibiche ati “Ushobora kugaburira umwana ibiryo bihenze, […]

Abazunguzayi bakorera mu nkengero z’ isoko rya Gicumbi bararira ayo kwarika bemeza ko basora ariko bakirukanwa mu isoko

Bamwe mu bacuruziza mu nkengero y’ isoko rya Kijyambere rya Gicumbi bazwi ku izina ry’ Abazunguzayi baravuga ko basora amafaranga 200 bita imisoro yashyizweho ariko ngo ntibarenza saa yine z’ amanywa kuko inzego zicunga umutekano muri iri soko zibashushubikana ndetse n’ ibicuruzwa byabo bigafatirwa. Uku gushushubikanwa kandi batanga umusoro nibyo bituma basaba ubuyobozi bw’ akarere […]

Abantu 2 mu maboko ya polisi bazira ibura ry’umuriro kuri stade ya Huye

Polisi y’u Rwanda iravuga ko yataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu ibura ry’amashanyarazi kuri stade ya Huye bigatuma umupira uhagaragara inshuro 2. Mu minota ibanza y’umukino wahuzaga Cameroun na Ethiopie umuriro kuri stade Huye wabuze iminota itatu. Uyu muriro wongeye nanone kubura ku munota wa 36 umara iminota 12 utaraboneka. Byari byavuzwe […]

u Rwanda ruraburirwa ko rushobora kwibasirwa El Nià±o ishobora guhindura igice kitari gito ubutayu

Ibice by’u Rwanda na tumwe mu duce tw’ibihugu bigize akarere k’Afurika yo hagati n’iy’Uburasirazuba hari ubwoba ko mu mezi ari imbere bishobora kwibasirwa n’ibihe bidasanzwe by’imvura n’izuba kubera impinduka z’ubushyuhe mu nyanja ya Pacifika zimenyerewe nka El Nià±o. Ibiro by’umuryango w’abibumbye bishinzwe ubutabazi biheruka guteguza ko uduce tw’ibihugu bya Uganda, Tanzaniya, Kenya, u Rwanda, Uburundi […]