Umusaza w’imyaka 70 arashinjwa gutera inda umukobwa we w’imyaka 13
Igipolisi cyo mu gihugu cya Kenya kiri gukora iperereza ku musaza w’imyaka 70 ushinjwa kwakira umwana nk’uwe akamurera yarangiza akajya amusambanya kugeza amuteye inda akabyara undi mwana nk’uko bitangazwa n’iki gipolisi. Igipolisi ahitwa Kwale kivuga ko kiri gukora iperereza ku witwa Zuma Mwero Kadzema, nyuma y’uko uyu atangaje ko umukobwa we w’imyaka 13 yabyaye umwana […]
Jakaya Mrisho Kikwete yagizwe intumwa ya Afurika Yunze Ubumwe muri Libya
Uwahoze ari perezida wa Tanzania, Jakaya Mrisho Kikwete , yagizwe intumwa idasanzwe ya Afurika Yunze Ubumwe muri Libya, umwanya asimbuyeho Dileita Mohamed Dileita ukomoka muri Djibuti wari umaze imyaka 2 kuri uyu mwanya. Gushyira Jakaya Kikwete kuri uyu mwanya ngo biragaragaza ubushake Afurika Yunze Ubumwe ifite mu kugarura amahoro muri iki gihugu cyo mu majyaruguru […]
Chorale Christus Regnat yifurizanyije umwaka mushya wa 2016 inagaragaza ibikorwa izawukoramo-AMAFOTO
Abaririmbyi ba Chorale Christus Regnat bahuriye hamwe barasangira bishimira ibyo bagezeho ndetse banamurika bimwe mubyo bazakora muri uyu mwaka utangiye wa 2016,byiganjemo ibikorwaby’ iyogezabutumwa no gufasha. Chorale Christus Regnat ibarizwa muri Paruwasi ya Regina Pacis i Remera kuri iki cyumweru tariki ya 31 Mutarama 2016 nibwo yakoze ubusabane mu rwego rwo kwifurizanya umwaka mushya muhire […]
Abakuru b’ibihugu bya Afurika byasezeye mu rukiko Mpuzamahanga rwa ICC
Abakuru b’ibihugu bya Afurika banzuye ko ibihugu byabo bidakwiye gukorana n’urukiko mpanabyaha rwa La Haye ruzwi nka ICC. Impamvu aba bakuru b’ibihugu bafashe iki cyemezo ngo ni uko uru rukiko rubonerana abanyafurika cyane rukirengagiza abazungu. Ibi ni ibyagarutsweho mu nama ya 26 y’abakuru b’ibihugu bya Afurika yaberaga I Addis Abeba muri Ethiopia ku cyicaro gikuru […]
Birashoboka ko uwanduye agakoko gatera SIDA abana n’utaranduye kandi ntamwanduze bakanabyara abana bazima – RBC
Kuri ubu birashoboka ko umugabo n’umugore babana umwe yaranduye agakoko gatera SIDA undi ari muzima kandi ntibanduzanye ndetse bakabyarana n’ubwo bamwe bumva ibi bintu bakumva bidashoboka. Mu gihugu nk’u Rwanda habarurwa ingo zigera ku 5000 zibana umwe mu bagize umuryango afite ubwandu undi ari muzima. Ibi ariko impuguke zisanga nta gitangaza kirimo ari ibintu bishoboka […]
Karongi: Umusore w’imyaka 18 yasanzwe mu nzu yiyahurishije umushumi w’inzitiramubu
Umusore w’imyaka 18 witwa Ndayamenye Jean de D’Amour wari utuye mu mudugudu wa Gashali, akagali ka Birambo mu murenge wa Gashali ho mu Karere ka Karongi yasanzwe mu nzu iwabo yapfuye aho hakekwa ko yaba yiyambuye ubuzima. Bamwe mu baturage bakeka ko yaba yiyahuye abitewe n’ibiyobyabwenge, ariko umubyeyi we, Kampongo Claudine avuga ko atazi icyaba […]
Perezida Mugabe yibasiye perezida Obama, Abanyaburayi, Loni na za ONG mu ijambo rye rya nyuma nka perezida wa A.U
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2016, ubwo perezida Mugabe yagezaga ku bakuru b’ibihugu na za guverinoma bari bateraniye mu nama ya Afurika Yunze Ubumwe i Addis Abeba, ijambo rye rya nyuma nka perezida wa A.U, yibasiye perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Abanyaburayi, aho yari yemerewe kuvuga iminota 10 ariko akamara […]
Icyamamare muri Films, Nina Dobrev mu mafoto ashamaje ari kumwe na bagenzi be mu kiruhuko—AMAFOTO
Umunyamideli akaba n’umukinnyi wa Film, Nina Dobreve, ukomoka muri Bulgaria akaba afite n’ubundi bwenegihugu bwo muri Canada, kuri iki cyumweru taliki ya 31 Mutarama nibwo yagaragaye ari kumwe na bagenzi be bambaye imyenda yo kogana (Bikini) aho bari bari mu kiruhuko i Maui ku kirwa cya Hawai . Uyu munyamideli w’imyaka 27 y’amavuko na bagenzi […]
Ihererekanywa ry’amafaranga arenga miliyoni 50 riteye impungenge u Rwanda
Banki Nkuru y’u Rwanda irasaba amabanki yose akorera mu Rwanda ko ihererekanya ry’amafaranga arenze miliyoni 50 banki igiye gukora iki gikorwa yajya ibimenyesha inzego za polisi zishinzwe umutekano zikabanza kuyakoraho iperereza. Ibi byemezo bifashwe mu rwego rwo kurwanya ruswa, iyezandonke ndetse no kurwanya ihererekanywa ry’amafaranga ashobora gukoreshwa mu bikorwa by’iterabwoba. Guverineri mukuru wa banki y’u […]
RDC: FARDC iravuga ko yirukanye FDLR mu birindiro byinshi byayo ikivuganamo babiri
Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zabashije gutsimbura abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR mu bice byinshi byo muri Teritwari ya Lubero na Walikale nka Buleusa, Rusamambo, Mizinga, Rusoha n’ahandi mu rwego rw’ibikorwa byo guhiga aba barwanyi bimaze icyumweru bitangiye. Umuvugizi wa w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 2 muri Kivu y’Amajyaruguru, Capt. Guillaume Ndjike […]
Ababyeyi babiri bakurikiranyweho kwiyicira umwana bamushyiraho Tatuwaje
Mu gihugu cy’u Buyapani, urukiko muri iki gihugu rukurikiranye ababyeyi babiri b’umwana babaziza urupfu rutunguranye rw’umwana wabo abaganga bemeje ko yazize amarangi bamusize ubwo bamushyiragaho ibishushanyo ibi bizwi nka tatuwaje (Tatouage). Aba babyeyi bashyikirijwe urukiko kuri uyu wa gatanu bazanywe na polisi yari yabataye muri yombi na polisi kuwa kane nyuma y’aho umwana wapfuye yapimwe […]
Nyuma yo gusezererwa muri CHAN Perezida Kagame yihanganishije Amavubi
Nyuma yo kumenyeshwa ko Amavubi yamaze gusezererwa muri CHAN, Perezida Kagame aho ari mu nama ya 26 y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika AU, yihanganishije Amavubi ayasaba gukomera . Umukuru w’Igihugu uri muri Ethiopia aho yitabiriye inama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma zihuriye mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe, yatangaje ko yamenye iby’uko Amavubi yasezerewe […]
USA yamennye amabanga imaranye imyaka 7 y’uburyo FDLR yinjiye mu Burundi.
Nyuma y’imyaka 7 bikomeje kugirwa ibanga Leta zunze Ubumwe za Amerika ziryumyeho ku mabanga zari zifite y’uburyo FDLR yinjiye mu Burundi, Kuri ubu Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bishinzwe imibanire mpuzamahanga byashyize ahagaragara ubutumwa bwohererejwe Hillary Clinton mu gihe yari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, harimo Email yo mu 2009 imenyesha […]
Komisiyo y’amatora ngo ntizatera inkunga abiyamamaza
Nyuma y’aho bamwe mu bakandida mu matora y’ibanze ateganyijwe kuba mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kabiri bagaragaje ko badafite ubushobozi buhagije bwatuma babasha kwiyamamaza, bityo bagasaba inkunga, Komisiyo y’ igihugu y’ amatora iratangaza ko nta mafaranga yateganyije izagenera abakandida biyamamariza imyanya itandukanye mu matora y’inzego z’ibanze, ikabasaba kwikora ku mufuka mu gihe cy’ibyo bikorwa. Ibi ni […]
Burundi : Leta yatsinze igitego muri AU
Inama y’amahoro n’umutekano ya Afurika yunze ubumwe yananiwe gufata umwanzuro ukwiye wemerera ingabo z’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe MAPROBU kuza kugarura amahoro mu Burundi.Ibi bikaba byafashwe n’igitego leta y’u Burundi yatsinze mu muryango wa Afurika yunze ubumwe AU. Ibi byatewe n’uko abakuru b’ibihugu bigize akarere byifashe mu gutora iki cyemezo hamwe n’icyemezo cyo gutorera igihugu […]
​Polisi y’u Rwanda ifite amakuru y'uko bamwe mu bakekwa gukorana na ISIS bari hanze y’u Rwanda
Uyu munsi tariki 30 Mutarama 2016, Polisi y’u Rwanda yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, cyatanzwe na ACP Theos Badege, ukuriye ishami rishinzwe ubugenzacyaha, ACP Denis Basabose ukuriye ishami rirwanya ibikorwa by’iterabwoba, na ACP Celestin Twahirwa, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda. Iki kiganiro muragisanga munsi muburyo burambuye. Ku itariki 24 Mutarama 2016, ukekwaho Icyaha cy’iterabwoba Mugemangango Muhammad yarashwe […]
Police handball club yongeyemo amaraso mashya
Mu rwego rwo kwitegura neza shampiyona y’uyu mwaka n’igikombe cyitiriwe umunsi w’Intwari z’u Rwanda, ikipe ya Police handball club yasinyishije abakinnyi batatu bazayifasha kwitwara neza. Irushanwa ryo guhatanira igikombe cyitiriwe Intwari rizaba hagati y’amatariki ya 20 na 21 Gashyantare rikazahuza amakipe y’imbere mu gihugu. Police HBC niyo isanzwe ifite igikombe cy’umwaka ushize. Umutoza wa Police […]
Impinduka muri AU: Abakuru b’ibihugu bya Afurika batoreye Perezida Kagame kuba Visi-Perezida wa AU
Abakuru b’ibihugu bya Afurika bateraniye mu nama ya 26 y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) bagiriye icyizere Perezida wa Repubulika y’u Rwanda bamutorera kuba Vice Perezida wa kabiri w’uyu muryango Mu matora yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 Mutarama 2016 mu nama ya 26 y’abakuru b’ibihugu ba guverinoma bigize AU iri kubera i Addis […]
Kuri iki cy'umweru Urugero Media Group baratoranya abana bajya mu kiciro cya nyuma cyabafite impano
Urugero Music Talent igikorwa cyateguwe na Urugero Media Group mu rwego rwo kuzamura impano z`abana kuva ku myaka 7 kugeza kuri 15 kuwa gatandatu ushize kuri Healing Center nibwo hakozwe ijonjora rya mbere mu bana 41 bari bitabiriye hasigaramo 15. Iki gikorwa cyagenze neza cyane ko abagize akanama nkemurampaka ari bantu basanzwe bazi ibya muzika […]
Amavubi muri CHAN yamaze gusezererwa na RDC
Ikipe y’igihugu cy’u Rwanda ntiyabashije gukomeza muri ½ cy’amarushanwa ya CHAN kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 Mutarama 2016 ubwo ikipe ya RDC bahuriye muri ÂĽ yabatsindaga ibitego bibiri kuri kimwe. Umukino wari ukomeye cyane, igice cya mbere kihariwe na Congo Kinshasa, ku munota wa 10 w’igice cya mbere ku ishoti rya kure umukinnyi […]
Bugesera: Abayobozi b’uburezi baganirijwe ku guha ingufu amatsinda arwanya ibyaha mu bigo byabo
Kuri uyu wa kane taliki ya 28 Mutarama, mu nama yahuje ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha mu karere ka Bugesera, AIP Cyprien Uwitonze, abashinzwe uburezi mu mirenge yose y’akarere ka Bugesera uko ari 15, abayobozi b’ibigo by’amashuri , abanza n’ayisumbuye, ushinzwe uburezi mu karere, ikaba yari iyobowe n’umuyobozi w’akarere […]
Ubufaransa bwahise buhagarika umubano bwari bufitanye n’igisirikare cy’u Burundi
Ubufaransa bwahagaritse umubano bwari rufitanye n’igisirikare cy’u Burundi, bwawuhagarutse nyuma yaho Leta y’u Burundi yari yafunze abanyamakuru 2 barekuwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Mutarama. Ubwo u Bufaransa bwamenyaga ko abo banyamakuru bafunzwe mu Burundi, Laurent Fabius,MInisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Bufaransa yari yasabye ko abo banyamakuru bafungurwa mu maguru mashya. […]
Akazi: Umwanya umwe wa Laborantin mu kigo nderabuzima cya Munyinya (Itariki ntarengwa 12/02/2016)
Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Munyinya muri GICUMBI buramenyesha abantu bose ko cyifuza gutanga akazi k’umwanya wa Laborantin umwe (1) ku rwego rwa A2. Ibisabwa kuri uwo mwanya: Kuba ariumunyarwanda Kuba ariinyangamugayo Kuba atarakatiweigifungokiricyangwakirengejeameziatandatu Kuba yarizeibijyanye na Laboratoire Abifuza uwo mwanya barasabwa kugeza ibyangombwa mu bunyamabanga bw’ikigo nderabuzima cya Munyinya guhera tariki ya 28/01/2016 kugeza kuri […]
Nyuma yaho Donald Trump yiswe umusazi, yananeguwe na bagenzi be biyamamazanya kuyobora USA
Abashaka kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu ishyaka ry’abarepublicans muri Leta zunze ubumwe za Amerika baneguye Donald Trump unaherutse kwitwa umusazi na Perezida Mugabe wa Zimbabwe. Donald Trump yaneguwe na bagenzi be nyuma yaho yangiye kwitabira ikiganiro cyari kubahuza kuri television mu ntara ya Iowa. Nk’uko bitangazwa na BBC, ngo Trump yanze kwitabira icyo kiganiro cya […]
Ubuhamya n'inama: Kubana n’umugabo utamara ipfa mu buriri ndabirambiwe
Umugore yaratangiye ati “na njye ndaje ngo mungire inama ku kibazo mfite mu muryango wanjye. Ndi umugore ukiri muto, ndubatse mbana n’umugabo tumaze kubyarana kabiri, umwana wacu mukuru afite imyaka itatu umutoya afite umwaka umwe. Umugabo wanjye twashakanye mukunda cyane, afite akazi keza kamuhemba amafaranga ahagije nanjye mfite akazi keza muri Leta. Mu by’ukuri umugabo […]
Manchester Utd: Nyuma yo kuvunikisha abakinnyi 8, Van Gaal yatanze abagabo ko atari we wabavunnye
Umutoza wa Manchester United kugeza ubu utorohewe n’ibihe arimo byo kuba yotswa igitutu n’ubuyobozi bw’ikipe bitewe no kutagaragaza umusaruro ufatika mu irushanwa rya Premier League, ubu noneho hiyongereyeho urutonde rw’abakinnyi 8 bari mu mvune, akaba atanga abagabo avuga ko ibyo atari ikibazo kimuturutseho kandi ko atariwe wabavunnye. Abakinnyi Luke Shaw, Matteo Darmian, Ashley Young, Marcos […]
Nyamagabe:Hakorewe ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Ku wa 28 Mutarama, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyamagabe yakoze igikorwa cyo gukangurira abatuye muri aka karere kwirinda no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha mu rwego rwo kurushaho kubumbatira no gusigasira umutekano. Ubu bukangurambaga bwakorewe ahantu hatandukanye mu mirenge yose igize aka karere uko ari cumi n’indwi. Aho iki gikorwa cyabereye […]
Gicumbi:Abaturage bahamya ko aho stade ya Gicumbi igeze iteye isoni n'agahinda-AMAFOTO
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko stade y’aka karere yangiritse cyane bikomeye bitewe no gusaza,bagasaba ubuyobozi bw’aka karere kugira uruhare mu isanwa ryayo. Stade y’aka karere ka Gicumbi iherereye mu kagali ka Nyarutarama umurenge wa Byumba ,ikaba ari imwe muri stade zo mu gihugu bigaragara ko yangiritse cyane. Uku kwangirika kugaragarira […]
Abagandekazi barenga 100 bacururiza ibitsina i Dubai bashobora kwicwa
Mu mujyi wa Dubai bimenyerewe ko abanyamahanga benshi bakunze gukorerayo ingendo zitandukanye harimo iz’ubucuruzi butandukanye ndetse ngo n’indaya ntizahatanzwe. Nk’uko bivugwa ngo muri uwo mujyi hakorerwamo imirimo itandukanye, abacuruzi mu buryo butandukanye baturutse hirya no hino ku Isi, nta muntu ukumirwa mu kwinjira muri uwo mujyi ufite amahoteri menshi kandi meza. Bimwe mu binyamakuru bikorera […]
Hitabajwe umusifuzi wo ku rwego rwo hejuru mu mukino w’u Rwanda na DR Congo
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yemeje ko umusifuzi wo muri Afurika y’Epfo Daniel Frazer Bennett azayobora umukino wa ÂĽ cy’irangiza cya CHAN uzahuza kuri uyu wa Gatandatu, ikipe y’u Rwanda Amavubi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri Sitade Amahoro. CAF yemeje ko Daniel Frazer Bennett w’imyaka 40 ari we uzasifura umukino w’u Rwanda […]
Minisitiri Sheikh Musa Fazil arakangurira abashinzwe umutekano mu bamotari kugira uruhare mu kuwubungabunga
​Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harerimana yasabye abashinzwe umutekano mu bamotari b’impuzamashyirahamwe yabo FERWACOTAMO kuzirikana cyane umutekano w’igihugu mu kazi kabo ka buri munsi. Minisitiri w’umutekano mu gihugu yabivuze tariki ya 29 Mutarama, mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishari (PTS) mu karere ka Rwamagana, ubwo yasozaga amahugurwa y’ukwezi y’abashinzwe umutekano w’abatwara […]
Perezida Nkurunziza ngo yaritswemo n’amashitani asanzwe asenga
Ibi ni ibyatangajwe na Dr Jean Minani, perezida w’ishyaka Sahwanya Frodebu Nyakuri mu kiganiro yagiranye n’imwe muri radiyo z’i Burundi aho yagarutse ku bwicanyi bukomeje gukorerwa abarundi ahamya ko bukorwa na Perezida Nkurunziza n’abambari be. Dr Jean Minani yagarutse cyane ku rugendo rw’intumwa za Loni 15 zari zaje mu Burundi mu cyumweru gishize, ko zakiranwe […]
Jackie Kazire yamennye ibanga avuga ko yasambanye n’umuhanzi Dr Jose Chameleon
Jackie Kazire ubarizwa muri Uganda ( Mbarara District) yashyize ahagaragara ukuri ko yaryamanye n’icyamamare Chameleon burinda bubakeraho. Uyu muhanzi akaba n’umukinnyi wa cinema akaba akora no kuri imwe muri televiziyo zo muri Uganda, yatunguye benshi ubwo yahishuraga ko yakoze imibonano mpuzabitsina na Chameleon ijoro ryose. Ni nyuma y’uko Chameleon avugiye ko kubona uburiri bimushotora kuko […]
Perezida Kagame n’umufasha bari muri Ethiopia mu nama rusange ya AU
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame n’Umufasha we, Jeannette Kagame, bageze i Addis Ababa muri Ethiopia kuri uyu wa 29 Mutarama 2016 aho bitabiriye inama ya 26 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU. Iyo nama yitabiriwe n’abaperezida n’abaminisitiri bagize ibihugu 54 bya AU, izibanda ku ntambara, imvururu n’ibindi byugarije umugabane wa Afurika muri iki gihe. […]
Ku myaka 51 y’amavuko, Umuhoza Daphrose azanye imbaraga zidasanzwe mu muziki Nyarwanda
Umuhoza Daphrose w’imyaka 51 y’amavuko, uririmba indirimbo zihimbaza Imana za Kiliziya Gatolika n’iz’umuco Nyarwanda (Abageni,intwali,…) avuga ko azanye imbaraga zidasanzwe mu muziki Nyarwanda. Aganira na Bwiza.com, Daphrose yatangaje ko azanye izindi mbaraga ndetse ko ubuhanzi bwe yabutangiye mu mwaka w’1995, ati: “naraziririmbaga nkazibika mu nyandiko (mu ikayi) ariko ntarazishyira hanze”. Abajijwe ingamba azanye mu guteza […]
Burundi : Hatahuwe ibyobo 5 bitabwemo abantu
Hashize iminsi bivugwa ko hari abantu barigiswa na leta y’u Burundi bagatabwa mu byobo rusange biri hirya no hino mu Burundi. Mu mpera z’umwaka ushize wa 2015 ibitangazamakuru bitandukanye byanditse bivuga ko hari ibyobo bishyinguyemo abantu abategetsi b’u Burundi barabihakana ariko kuri ibimenyetso simusiga biragaragaza ayo makuru y’ibyo yaba ari impamo. Ishyirahamwe mpuzamakungu riharanira uburenganzira […]
Man Martin agiye gutera ikirenge mu cya Rwarutabura afana Amavubi yisize amarangi
Mu gihe hashize ibyumweru 2 irushanwa rya CHAN ritangijwe mu Rwanda, umukino ufungura irushanwa wahuje Cote d’ivoire n’ikipe y’u Rwanda Amavubi, yitwara neza none benshi babukereye bitegura uwo ruzakina na Congo ndetse n’umuhanzi Man Martin ngo zaba yabukereye. Kuba irushanwa rigeze muri 1/4 urugamba nibwo rugeze mu mahina, aho benshi batangiye kugira byinshi bavuga ku […]
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge
Abaturage bo mu karere ka Kirehe bakanguriwe kwirinda ibyaha no kurangwa n’ubufatanye mu kubirwanya nk’umusanzu wabo mu kwicungira umutekano. Ibi babikanguriwe n’ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha muri aka karere, Inspector of Police (IP) Gahigi Harerimana mu nama yagiranye ku itariki 28 Mutarama n’abaturage […]
Biravugwa ko M23 yongeye kwisuganya ngo ifashe Gen.Niyombare guhirika Perezida Nkurunziza
Mu mpera z’umwaka wa 2013,nibwo inyeshyamba za M23 zatangaje ko zitsinzwe urugamba zarwanaga mu burasirazuba bwa Congo, nyuma yo gutsindwa urugamba izi nyeshyamba zakwiriye imishwaro zihungira mu bihugu by’ibituranyi, kuri ubu biranugwanugwa ko izi nyeshyamba zaba zirimo kwisuganya ndetse ko zishobora kuba zifitanye umubano n’indwanyi za Gen. Niyombare Godefroid. Ibi bitangajwe mu gihe abaturage bo […]
Twagiramungu Faustin utavuga rumwe na leta y'u Rwanda yagaragaje ko ashyigikiye Amavubi
Umukuru w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Twagiramungu Faustin yagaragaje ko ashyigikiye ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi ndetse anayifuriza intsinzi mu mikino ya CHAN irimo. Iyo mikino ikaba iri kubera mu Rwanda. Mu butumwa yatanze anyujije ku rubuga rwe rwa Facebook, Twagiramungu Faustin yagaragaje ko yishimiye intsinzi Amavubi yabonye mbere ndetse anaboneraho gusaba ko Amavubi […]
“Rita Ora” niwe ugezweho mu kugaragaza amabere meza ( sexy)-REBA AMAFOTO
Abakobwa batari bake bakunze kugaragaza ubwiza bw’amabere yabo binyuze ku gifuniko cy’ikinyamakuru gikorera mu Bufaransa . Abamaze kugaragaza ubwiza bw’amabere yabo bigashimisha abatari bake ni Marie Gillain, Virginie Ledoyen, LĂ©a Seydoux cyangwa Laetitita Casta, noneho ukaba ubaye umwanya wa “Rita Ora” wo kugaragaza ubwiza n’uburanga bw’amabere ye ku kinyamakuru kizasohoka muri Gashyantare uyu mwaka. Rita […]
Burundi: Igipolisi cyafashe intwaro zirimo na Mortier , abanyamakuru ba AFP na Le Monde bafatanwa intwaro
Mu mukwabu wabereye mu mujyi wa Bujumbura ku munsi wo kuwa kane tariki ya 28 mutarama 2016, igipolisi kiravuga cyatahuye intwaro zitandukanye zirimo n’iza mortier ndetse hanafitwamo abantu 17 barimo abanyamakuru babiri bafatanywe intwaro. Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano aravuga ko intwaro zafashwe zafatiwe muri zone ya Jabe na Nyakabiga mu mujyi wa Bujumbura . Hafatiwe […]
Abakinnyi b’Amavubi biyemeje kugera ikirenge mu cy’intwari zitangiye igihugu
Kuwa gatatu tariki ya 27 Mutarama, mu murenge wa Nyarugunga, akarere ka Kicukiro, abakinnyi n’abatoza b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu, biyemeza kwigira ku butwari bwabo . Tuyisenge Jacques kapiteni w’Amavubi, mu izina ry’abandi bakinnyi yabagejejeho inkunga bakusanyije ihwanye n’ibihumbi 540 by’amafaranga y’u Rwanda, bakaba ari abagabo 50 n’abagore babiri bamugariye ku rugamba […]
Gicumbi: Yahereye ku mafaranga 40 none amaze kugera ku arenga miliyoni 3 akesha kudoda inkweto
Hakuzimana Vincent,umugabo w’ imyaka 29 atuye mu mudugudu wa Gatare mu kagali ka Gisuna, mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi, mu ntara y’ amajyaruguru. Afite umugore n’ abana babiri akaba atunzwe n’umwuga wo kudoda inkweto yatangiye mu mwaka w’2001. Agitangira, Vincent avuga ko yatangiranye amafaranga y’ u Rwanda 40 gusa yaguzemo urushinge n’ […]
Abagabo b’abinjira n'abo binjira rurageretse
Abaturage bo mu kagari ka Kabeza, Umurenge wa Rwimiyaga, mu karere ka Nyagatare, bavuga ko amakimbirane avugwa muri zimwe mu ngo akururwa ahanini n’imiryango igaragaramo abagabo b’abinjira, bakaba basaba ubuyobozi ko bwahagurukira icyo kibazo. Nyirabazigaba Felecite, umubyeyi uri mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko, wo mu mudugudu wa Kabeza, mu kagari ka Kabeza mu murenge wa […]
Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda
​Ishami rishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga rirateganya kongera ibikorwa byaryo by’ubukangurambaga no kubahiriza amategeko y’umuhanda muri uyu mwaka hagamijwe gukangurira abatunze ibinyabiziga kumenya imiterere yabyo kugira ngo birinde impanuka z’umuhanda ziterwa n’uko ibyo binyabiziga bitameze neza. Nk’uko bitangazwa na Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda,umuyobozi w’ Ishami rishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga (MIC),hariho gahunda yo kongera […]
Uganda: Umukecuru w’imyaka 62 y’amavuko yabyaye yari amaze imyaka 8 acuze
Flavia Akankwasa ukomoka muri Uganda muri Kibaale District, kuri uyu wa kabiri mu masaha ya nijoro nibwo yabyaye umwana wujuje ibiro 2,5. Oliva Sabiiti ukora mu bitaro bya Kagadi yatangarije Chimpreports ko Flavia umuturage wa Kayanja yabyaye ubwo yaganaga kwa muganga mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Mutarama 2016. Uwo mubyeyi w’imyaka 62 y’amavuko […]
U Rwanda rwatorewe kuba mu Kanama k’Amahoro n’Umutekano muri AU
Mu nama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bigize umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU) bamaze gutorerwa u Rwanda kujya mu kanama k’amahoro n’umutekano k’uyu muryango. Kakazamara kuri uyu mwanya imyaka. Aya matora yabaye mu masaha ya saa sita yo kuri uyu wa kane tariki ya 28 Mutarama 2016 ku cyicaro gikuru cya AU giherereye muri Ethiopia. Urubuga nkoranyambaga […]
Irene Ntale arahigirwa n’umufana we uvuga ko yifuza kumusambanya
Umuhanzikazi wo muri Uganda Irene Ntale yagaragarijwe urukundo n’abafana be bikaba bigeze n’aho umwe mu bafana yashyize hanze amarangamutima ye, yifuza ko yazajya akorana nawe imibonano mpuzabitsina. Ni ku munsi w’ejo taliki ya 27 Mutarama 2016 ubwo Irene yumvikanaga kuri radio Galaxy Fm amenyekanisha ibikorwa bye, bityo umufana we ahita amutangariza ibyifuzo bye. Mu gihe […]
Burundi: Uwahoze ari umuyobozi muri CNDD — FDD yahamije ko leta iri gukora Jenoside
Uwahoze ari umuyobozi mu ishyaka CNDD — FDD ayoboye itsinda ry’abagore bo muri iri shyaka ku rwego rukuru rw’ishyaka Kanyange Genevieve arashinja leta y’u Burundi kuba iri gukora Jenoside binyuze muri gahunda yiswe Kora yashyizweho na Perezida wa Sena y’u Burundi. Kanyange Genevieve wayoboye igihe kirekire abakenyerarugamba( Abagore mu ishyaka CNDD — FDD) aravuga ko […]
FDLR yashimuse imiryango irenga 50 inashumika umusozi wose
Inyeshyamba za FDLR zibarizwa mu mashyamba ya Congo zirashinjwa gushimuta imiryango 50 igizwe n’abantu benshi, ndetse ngo inasiga ishumitse aho bari batuye. Amakuru yatangajwe na radiyo Okapi, ni uko FDLR yakoze aya mahano ku wa kabiri tariki ya 26 Mutarama, mu gace ka Bushalingwa/Ikobo hagati ya Lubero na Walikale (Nord-Kivu). Sosiyeti sivile mu gace ka […]
Pasteur Habimana uyobora FNL Parpehutu arashaka ko Buyoya na Ntibantunganya bafungwa
Uwigeze kuba umuvugizi w’ishyaka rya FNL Parpehutu, ubu akaba ayoboye iryitwa FNL Iragi rya Gahutu Remy yiyamye abarwanya ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza ko nta kindi bagamije uretse kwimika ubwami bw’Abahima mu Burundi. Akaba asaba ko abashaka ko Nkurunziza ava ku butegetsi bakwiye kubanza gukurikirana mu butabera Pierre Buyoya na Sylvestre Ntibantunganya bombi bahoze bayobora u […]
Nyabihu: Abamotari basabwe kuba mu bashinzwe gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bagera ku 30 bakorera mu murenge wa Mukamira, mu karere ka Nyabihu, basabwe kugira uruhare mu kurwanya ikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano. Abo bamotari bibumbiye muri “Cooperative de Taxi Motos de Mukamira” (CTMM) baherewe ubu butumwa mu nama bagiranye ku wa 27 Mutarama na Assistant Inspector of Police […]
Nyuma yo kwibaruka, Kim Kardashian mu migambi yo kugabanya ibiro
Icyamamare Kim Kardashian umaze amezi asaga 2 abyaye umwana wa 2 bikaba byaramusigiye umubyibuho uhabanye n’uko yifuza kumera, ubu arimo kugabanya ibiro. Nyuma yo kubona ko umubyibuho ukomeje kwiyongera, Kim ngo yaba yatangiye imyitozo ngorora mubiri harimo gusimbuka, kwiruka ndetse no gufata ifunguro rimufasha gusubirana umubyibuho iringaniye yari afite mbere yo gutwita. Abifashijwemo n’umujyanama we […]
Dr. Donald Kaberuka yahawe izindi nshingano zo kuyobora Ikigega cy’Amahoro muri Afurika
Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU), Nkosazana Dlamini-Zuma yashinze Dr. Donald Kaberuka kuyobora Ikigega cyagenewe ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Afurika. Itangazo AU yashyize ahagaragara ryerekana ko Dr. Kaberuka azaba ashinzwe kugenzura umutungo wa AU ushorwa mu bikorwa by’Amahoro n’Umutekano no gukusanya inkunga zagenewe ibyo bikorwa. Uyu muryango uvuga ko guha izo […]
Ubu abasirikare benshi ba MONUSCO bakambitse ku mupaka w’u Burundi na Congo
Amakuru akomeje kuva mu gihugu cy’u Burundi, ni uko ubu ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri RDC zakambitse ku mupaka w’u Burundi na Congo mu gihe bikekwa ko imirwano ishobora kubura muri ako gace. Mu gihe hari abari bakomeje kwibaza icyateye izi ngabo kuza gukambika ku mupaka w’u Burundi, benshi bakeka ko zaba zishaka […]
Ngo icyaha Col. Tom Byabagamba aburanishwa cyo gusuzugura ibendera nticyariho mu mategeko
Col Tom Byabagamba aravuga ko adakwiriye kuburanishwa icyaha cyo gusuzugura ibendera ry’igihugu ubwo muri Sudani kuko amategeko ahana y’igihugu atigeze ateganya igihano cy’uwakoze icyaha mu mahanga ubwo icyo cyaha cyakorwaga. Ubwo hasubukurwaga urubanza ruregwamo Col. Tom Byabagamba na bagenzi be ku byaha bitandukanye, Col. Tom Byabagamba yasabye urukiko rukuru rwa gisirikare ko atakurikiranwa ku cyaha […]
Icyamamare Rosie Huntington yatamajwe n’ikanzu imbere y’imbaga-REBA AMAFOTO
Rosie umukobwa w’imyaka 28 y’amavuko uzwi nk’umunyamideli, umukinnyi wa film ndetse akaba n’umunyamakuru kuri televiziyo yagaragaye mu birori byo kumurika imideli mu mujyi w’i Paris yambaye ikanzu yaje kumutamaza imbere y’imbaga. Uyu munyamideli ubwo yatambukaga mu myiyereko buri wese yari yamuhanze amaso dore ko binemezwa ko ari umwe mu banyamideli bafite uburanga . Mu gihe […]
Abadayimoni 4 bakomeje kuzengereza itorero ADEPR na Zion Temple riyobowe na Ap. Gitwaza
Mu gihe hakomeje kumvikana inkundura y’amatiku mu madini amwe namwe kandi binagaragara ko ayo madini yari amaze gushinga umuzi mu gihugu, kuri ubu abakiristo bayo bakomeje kugaragaza ko ayo madini yinjiriwe n’amadayimoni ndetse ko hakwiriye imbaraga nyinshi zo kuyasengera agashya. Ku ikubitiro kubera ibibazo bihora mu itorero ADEPR, abazi uburyo amadayimoni akora, bavuga ko ariyo […]
Aba Isilamu n’Abakristo ntabwo basenga Imana imwe
Umuvugabutumwa mpuzamahanga Rev Franklin Graham, akaba n’umuhungu w’umukambwe Billy Graham yavuze ko atemeranya n’abavuga ko abasilamu n’abakristo basenga Imana imwe. Christian Today yavuze ko ibi Graham yabivuze nyuma y’inama yigaga ku isezererwa ry’umwarimu mu ishuri rya Wheaton ahitwa Illinois wavuze ko yemera ko abasilamu n’abakristo baramya cyangwa se basenga Imana imwe. Nk’uko akunze kubigenza, abinyujije […]