Bwa mbere, umuhanzi Ay yagaragaje ifoto y’umwana we yabyaranye n’umunyarwandakazi

Umuhanzi Ambwene Allen Yessayah wamamaye nka AY, wo mu gihugu cya Tanzania, yashyize hanze ifoto y’umwana we, yabyaranye n’umugore we w’umunyarwandakazi. Kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ukuboza 2018, ubwo yanifurizaga umugore we isabukuru y’amavuko, nibwo uwo mubyeyi yamushyize ku rukuta rwe rwa Instagram ateruye uwo mwana wabo, agira ati “Reba umwana mwiza wa […]

Uganda: Abajenerali basezerewe bahawe imperekeza

Abasirikare 11 bo ku ipeti rya jenerali basezerewe mu gisirikare cya Uganda (UPDF) bose hamwe bahawe imperekeza miliyaridi zisaga zirindwi z’amashilingi. Amakuru atangazwa na Dailymonitor ni uko Perezida Yoweri  Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa UPDF yategetse ko buri mujenerali  yahabwa inzu kandi bakagumana imodoka bari basanzwe bakoresha ndetse bakanahabwa abarinzi batatu. Mu bahawe iyi mperekeza […]

Ntabwo Avoka ari umwambaro cyangwa se ikarita y’umwuga- Min. Busingye

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’ Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston yahaye impanuro abavoka ababwira ko kuba avoka w’umwuga atari umwambaro cyangwa se ikarita ahabwa n’urugaga rwabo ahubwo ko ari icyo afasha uwamwiyakmbaje. Izi mpanuro yazibahaye kuri uyu wa 28 Ukuboza 2018, i Kigali, ubwo yabagezagaho ikiganiro kivuga ku “Ishusho ya Avoka Urwego rw’Ubutabera rwifuza mu […]

Ese hagati y’ibihugu by’u Rwanda, Burundi na Uganda ni ikihe kigiza nkana?

Hashize igihe mu bitangazamakuru mpuzamahanga hacishwa inkuru zigaruka cyane ku mubano utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda ndetse n’u Burundi n’u Rwanda ariko abakuru b’ibi bihugu bagira icyo babivugaho ntiberure ngo bagaragaze imvo n’imvano. Habanje Perezida Museveni ubwo yabazwaga n’abanyamakuru ku kibazo cya Gen. Kale Kayihura washinjwaga gukorana n’igihugu Perezida Museveni yatinye kuvuga izina […]

RDF igiye gutangiza ikigo gishya kizajya kivura cancer mu ikoranabuhanga rigezweho

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), kibinyujije mu Bitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH) kirateganya gutangiza ikigo gishya kivura cancer muri Mutarama 2019 kizajya gitangirwamo ubuvuzi budasanzwe ku barwayi magana barwaye iyi ndwara itwara ubuzima bw’abatari bacye hirya no hino ku Isi. Lt.Col. Pacifique Mugenzi, Umuyobozi Mukuru w’iki kigo, avuga ko kizajya kifashisha ikoranabuhanga rigezweho mu gutanga […]

Mu masoko ya Leta, amafaranga y'abasora agezwe igati – Umuvunyi mukuru

Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekezi atangaza ko imisoro ya rubanda igeze aharindimuka mu itangwa ry’amasoko ya Leta aho abapiganwa bumva ko badashobora gutsindira isoko kuko ngo batatanze bitugukwaha. Murekezi yatangaje ibi kuri uyu wa Kane kuwa 27 Ukuboza 2018 ubwo yageza ku Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki Yemewe mu Rwanda (NEPO) uko ruswa ihagaze mu gihugu ndetse […]

Maj. Ntuyahaga yoherejwe mu Rwanda inzira zose zo kubona ubuhungiro zanze

Major Bernard Ntuyahaga, wo muri Ex-FAR, wakatiwe imyaka 20 y’igifungo n’urukiko rwo mu Bubiligi  kubera uruhare rwe mu iyicwa ry’abaparacommando 10 b’Ababiligi muri Mata 1994, ngo yaba yarirukanwe ku butaka bw’iki gihugu nyuma yo kugerageza uburyo bwose bwo guhabwa ubuhungiro no mu bindi bihugu bikananirana. Major Ntuyahaga yagejejwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kuwa […]

Cibitoke: Umunyarwanda utaramenyakana amazina yahohotewe na polisi ku buryo bukomeye

Umunyarwanda wari mu isoko ry’inka yafashwe n’Imbonerakure, aribwa anahohoterwa ku buryo bukomeye n’Urwego Rushinzwe Iperereza mu Burundi, Intara ya Cibitoke. Amakuru aturuka i Burundi, avuga ko uwo munyarwanda utaramenyakana amazina, yari mu isoko arimo kugurisha inka, aza gufatwa ndetse anakubitwa n’abapolisi bakora mu rwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza (SNR). Amakuru dukesha SOS/Burundi, ni uko uyu […]

Nyagatare: Abana bafunze bagaragarijwe ikizere igihugu kikibafitiye

Abana bafungiye muri gereza ya Nyagatare, Intara y’Iburasirazuba, basuwe n’inzego zitandukanye z’igihugu mu rwego rwo gusangira nabo Umunsi Mukuru wa Noheli, banasobanurirwa ko kuba bafunze bitavuze ko igihugu cyabakuyeho amaso. Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ukuboza 2018, aba bana bakaba bashima ubuyobozi bw’u Rwanda by’umwihariko Perezida Paul Kagame, uha abana […]

Ingabire Victoire aramagana ibikorerwa abo mu ishyaka rye batuye i Remera

Umunyapolitiki akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka ritaremerwa mu Rwanda ( FDU-Inkingi), Ingabire Umuhoza Victoire asaba ko abayobozi bakorohera ababa mu ishyaka rye by’umwihariko abatuye i Remera mu Karere ka Gasabo kuko ngo bari gukorerwa ibyo yise itotezwa. Umurwanashyaka wa FDU Inkingi witwa Renzaho Janvier utuye mu mudugudu wa Nyarugenge, akagari ka Kinunga, umurenge wa Remera  watawe muri […]

RDC: FARDC yataye muri yombi uwahoze yungirije umuyobozi wa MaĂ ÂŻ MaĂ ÂŻ Rai Mutomboki

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kiratangaza ko kuri uyu wa Gatatu ushize cyafashe ari muzima Isaac Cirhabissa, wihaye ipeti rya colonel wahoze ari icyegera cy’umuyobozi w’umutwe wa MaĂ ÂŻ MaĂ ÂŻ Rai Mutomboki ya Gen. Hamakombo. FARDC iravuga ko Col Cirhabissa yafashwe ari gutegura kugaba ibitero ku birindiro by’ingabo za leta ari kumwe n’abarwanyi […]

Abagana “controle techniques” barishimira ko amasaha y’akazi yongerewe

Kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Ukuboza nibwo Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga kizwi nka “Controle techniques’’ cyongereye amasaha y’akazi mu rwego rwo kurushaho kwakira buri wese  ubabagana. Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga “ controle techniques” cyongereye amasaha y’akazi aho kuva ku wambere kugeza kuwa Gatandatu cyakira abakigana bakeneye gusuzumisha ibinyabiziga byabo […]

Madagascar: Andry Rajoelina wigeze kuba perezida agarutse ku butegetsi

Andry Rajoelina wigeze kuba Perezida wa Madagascar yongeye kugaruka ku butegetsi nyuma yo gutsinda igice cya kabiri cy’amatora y’umukuru w’igihugu yari amaze iminsi aba muri iki gihugu nk’uko ibyavuye mu matora byatangajwe kuri uyu wa kane bibigaragaza. Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora muri iki kirwa kuri uyu wa kane, itariki 27 Ukuboza yatangaje ko Andry Rajoerina […]

CNDD-FDD nta gisubizo ibona mu kuganira na FPR ku kunga u Burundi n’u Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ukuboza, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD yongeye gutunga urutoki u Rwanda arushinja kuba rufite gahunda yo gutera u Burundi, ndetse agira icyo avuga ku gitekerezo cy’abanyapolitiki bamwe batanze inama z’uko ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi byashakirwa umuti binyuze mu biganiro hagati y’amashyaka ari ku butegetsi, FPR na CNDD-FDD, avuga ko […]

Uko mbyumva: Ese Leta Zunze Ubumwe za Afurika zirashoboka?

Hashize imyaka itari mike muri Africa hari igitekerezo cyo kwishyira hamwe nk’ibihugu kugira habeho igihugu kimwe kinini, gifite ubushobozi cyabasha kuzamura ubukungu bwacyo bityo hakabaho iterambere ry’abaturage muri rusange. Iyi politiki yo kwihuza no kwishyira hamwe abakuru b’ibihugu n’impuguke mu nzego zitandukanye muri Africa bagiye bagaragaza ubushake bwa politiki bwo kwishyira hamwe ariko ntibumvikana ku […]

Facebook: Isubikwa ry'igitaramo cya Meddy rirahuzwa n'ibibazo bya politiki biri hagati y'u Rwanda n'u Burundi

Bamwe mu Barundi bari mu matsinda ya Facebook bakomeje gutangaza ko kuba Meddy yasubitse igitaramo yari afite mu gihugu cyabo nta kabuza byaba birimo impamvu za politiki. Meddy yari yiteguye ibitaramo bibiri bikomeye yagombaga kuzakorera mu Burundi ariko ikibazo cy’umutekano muke cyatumye afata umwanzuro wo kutajya gutaramira abafana be nk’uko itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu […]

Umurwanashyaka wa FDU-Inkingi bivugwa ko yari yatawe muri yombi yarekuwe

Umurwanashyaka wa FDU Inkingi witwa RENZAHO Janvier utuye mu mudugudu wa Nyarugenge, akagari ka Kinunga, umurenge wa Remera wari watawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu yarekuwe nk’uko byemezwa na Perezida w’iri shyaka ritaremerwa gukorera mu Rwanda, Ingabire Victoire. Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Ingabire Victoire yari yagize ati: “ Ahagana […]

RDC: Hazindutse imyigaragambyo yamagana icyemezo cyo gusubika amatora mu bice bimwe

Abaturage batari bacye muri Beni kuri uyu wa Kane, itariki 27 Ukuboza bazindukiye mu myigaragambyo yahamagajwe n’ihuriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida kabila ryitwa LUCHA (Lutte pour le Changement) yo kwamagana isunikwa ry’amatora muri iki gice ryatangajwe kuri uyu wa Gatatu. Biravugwa ko hatwitswe amapine, hagashingwa za bariyeri mu mihanda mu Mujyi wa Beni rwagati, […]

Urutonde rw’ibihugu 10 bifite abaturage batishimye mu 2018

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yitwa  ‘World Happiness’ y’umwaka wa 2018  yashyize hanze urutonde rw’ibihugu 156 yakozemo ubushakashatsi ku kigero abaturage babyo bishimyeho . Kuri uru rutonde, igihugu cya Finilande (Finland) kiri ku mwanya wa mbere mu bihugu bifite abaturage bishimye aho gifite amanota 7.632/10. Iki gihugu gikurikirwa na Noruveji (Norway) ifite amanota7. 594/10,  Danimarike ( Danmark) […]

Ihuriro ry'Igihugu Nyunguranabitekerezo ry'Imitwe ya Politiki ryahawe igisobanuro cy’akarengane

Kuri uyu wa Kane, itariki 27 Ukuboza, Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekezi yatanze ikiganiro mu Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, aganiriza abitabiriye iki kiganiro kuri Politiki n’Ingamba z’Igihugu zo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane. Muri iki kiganiro hibukijwe ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki n’ingamba zikarishye mu gukumira no kurwanya ruswa hashingiwe ku bushake bwa […]

Nyamasheke: Igitero cyahitanye bane kigasiga inkomere bagifashe nk’uko imodoka yatera umugenzi ibyondo

Umuyobozi w’ Akarere ka Nyamasheke, AimĂ© Fabien Kamali mu minsi mike ishize yumvikanye  mu bitangazamkuru ko yabwiye abaturage begereye ishyamba rya Nyungwe riherutse kuberamo igitero kigahitana abantu bane, kigasiga inkomere esheshatu ibi byafatwa nk’uko imodoka yatambuka igatera umugenzi ibyondo. Tariki 15 Ukuboza abagizi ba nabi bitwaje intwaro batwitse imodoka eshatu mu ishyamba rya Nyungwe babiri […]

Abanyamerika bajya Tanzania basabwe kwigengesera mu gihe mu Rwanda nta mpungenge

Department ya Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye abaturage bazo bagenda muri Tanzania kurushaho kwigengesera muri iki gihe kubera ibyaha, iterabwoba n’ibikorwa bya leta byibasira abantu hashingiwe ku gitsina cyabo cyangwa abakundana babihuje. Ni mu gihe u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano we wose. Iyi department ya leta mu […]

Umuryango wa Habyarimana ugiye kujuririra icyemezo cy’abacamanza b’Abafaransa

Me Philippe Meilhac wunganira Agatha Habyarimana, umufasha wa Juvenal Habyarimana wahoze ari perezida w’u Rwanda, yatangaje ko bagiye kujuririra icyemezo cy’abacamanza b’Abafaransa bahagaritse gukurikirana ikibazo cy’ihanurwa ry’indege yari itwaye Habyarimana ryakurikiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Aba bacamanza b’Abafaransa bahagaritse iperereza ryatangiye nyuma y’imyaka 4 indege ihanuwe ryari ryasabwe n’imiryango y’abapilote b’Abafaransa bari […]

Diamond yahishuye Perezida wa Tanzaniya wamusabye ko yarongora

Umuhanzi Diamond Platnumz avuga ko mu bantu bashyigikiye icyemezo cye cyo kurongora harimo n’uwahoze ari Perezida wa Tanzaniya, Jakaya  MrishoKikwete wabimusabye amubwira ko imyaka ye igeze. Uyu muhanzi avuga ko yabonanye na  Kikwete  nyuma y’aho yari aherutse kumuhamagara kuri telefoni akamwihanganisha bitewe n’impanuka yari yakoreye ku rubyiniro. Yagize ati “ Ubwo nari I Mwanza numvise […]

Burundi: Umupolisi yishe Imbonerakure yashakaga kumwaka imbunda

Umwe mu rubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi ruzwi nk’Imbonerakure mu ijoro rishyira kuri Noheri yishwe arashwe n’umupolisi w’igihugu  ahitwa Matana mu Ntara ya Bururi mu majyepfo y’igihugu. Uyu witwa Elias Ntakirutimana, wari umuyobozi w’Imbonerakure kuri aka gasozi ka Matana, ngo yishwe n’isasu yarashwe n’ukuriye station ya polisi y’aha hantu witwa Simon Ndayikengurukiye wahise […]

Abanyeshuri batatu ba Kaminuza ya Beijing bapfiriye mu igerageza muri laboratwari

Abanyeshuri batatu bo muri Kaminuza ya Beijing mu Bushinwa kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ukuboza bapfiriye muri laboratwari ubwo yaberagamo guturika bari mu bushakashatsi nk’uko byemejwe n’abashinzwe kuzimya umuriro. “ Habaye guturika ahakorerwa igerageza mu igerageza ku bushakashatsi mu by’ubumenyi .”, ibi ni ibyatangajwe n’urwego rushinzwe kuzimya inkongi z’imiriro muri Beijing. Uru rwego rwakomeje […]

Rubavu: Polisi yafashe abacuruzi bari bagiye kunyereza hafi miliyoni 2 z'umusoro muri magendu

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 25 Ukuboza, mu karere ka Rubavu hafatiwe ibicuruzwa bitandukanye bya magendu birimo ibiro 345 by’imyenda ya caguwa,ibitenge 15 , ibiro 55 by’ikweto, umuceri ibiro 725 n’ibindi byinshi bitandukanye. Ibi bicuruzwa   bikaba byarafatiwe mu murenge wa Nyamyumba ibindi   bifatirwa mu murenge wa Gisenyi. Byafatiwe mu gikorwa cyateguwe na Polisi y’ […]

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida w'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Impamvu: Gutabaza Nyakubahwa Perezida, Mbere ya byose ndabanza kubifuriza umwaka mushya muhire wa 2019 tugiye gutangira, uzababere uw’ amahoro n’iterambere nk’uko mukunze kubyigisha. Iyi ni inshuro ya kabiri mfashe ikaramu yanjye mbandikira. Ubwa mbere mbandikira birashoboka ko mutabonye urwandiko rwanjye kuko nzi neza ko mwita cyane kugukemura ibibazo by’abaturage iyo bagize amahirwe yo kubibagezaho. Icyo […]

Kayonza: Uwahoze ari mwarimu arasabirwa ubufasha ngo abone pansiyo

Mu nteko y’abaturage b’akagari ka Rukara, umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, hagarutswe ku kibazo cya Gatsinzi Emmanuel wigishije benshi mu bari muri iyi nama, ariko ubu akaba agezwe habi n’ubukene akaba ari mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe. Abaturage barasaba ubuyobozi kumworohereza akabona ibyangombwa bimuhesha pansiyo. “Gatsinzi nanjye yaranyigishije”, aya ni magambo y’umusaza w’imvi […]

Igitekerezo: Ikibazo cy’inda ziterwa abangavu gikeneye ingamba za buri wese

Inda ziterwa abangavu zigira ingaruka nyinshi ku buzima bwabo, imiryango yabo n’igihugu muri rusange, ku buryo hadafashwe ingamba cyaba icyorezo mu muryango nyarwanda. Ihungaba rivamo kubura ubuzima, abana bavuka badafitiwe urukundo rw’ababyeyi bombi, badafite uburenganzira bwo kumenya ba se, kandi batandikwa mu bitabo by’irangamimerere; ndetse izi nda ziba intandaro y’amatiku n’inzangano mu miryango. Akaga abakobwa […]

Rusizi: Urubyiruko rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo kwiga rwahawe

Abasore n’inkumi  bagera kuri 261 biga mu mashuri yisumbuye na kaminuza baturuka mu miryango itishoboye bakaba bafashwa n’umushinga RW 0152 ukorera mu itorero MĂ©thodiste Libre, paruwasi  ya Kamembe, ku nkunga ya Compassion international, bavuga ko biteguye kubyaza amahirwe bahawe na Leta yo kwiga. Ubwo  bahurizwaga hamwe n’abayobozi babo babifuriza Noheli nziza n’umwaka mushya muhire wa […]

RDC: Mu bice bimwe by’igihugu amatora azaba muri Werurwe 2019

Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kugira ibyo ihindura mu ngengabihe y’amatora itangaza ko mu bice bimwe by’igihugu amatora azaba muri Werurwe 2019. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Komisiyo y’igihugu y’amatora ya Congo (CENI) riravuga ko ku biro by’itora muri Beni, mu Mujyi wa Beni, no mu Mujyi wa Butembo, muri Kivu […]

Kunda umuturanyi wawe n’umutima wawe wose na roho nk’uko ukunda Imana- Perezida Museveni

Perezida Museveni arasaba abaturage ba Uganda gukunda abaturanyi babo nk’uko Imana bayikunda, ko bakunze Imana bakanga abaturanyi ntacyo byaba bibamariye. Perezida Museveni yabitangaje kuri uyu wa 25 Ukuboza 2015, ubwo we n’umufasha we, Janet Museveni, bifatanyaga n’imbaga y’abakiristo bo mu itorero ‘St Luke Nshwerenkye Church’  riri I Rushere, akarere ka Kiruhura. Yagize ati “Kunda umuturanyi […]

Tanasha ni mwiza kandi yumva neza ibyifuzo byanjye mu buriri- Diamond Platnumz

Umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania yakomoje kuri Tanasha Donna, Umukobwa ukomoka muri Kenya bakundanye muri iyi minsi, amurata ubwiza kugera naho agera no mu buriri. Iby’urukundo rwa Diamond na Tanasha byamenyekanye mu mezi make ashize, ubu bakaba banitegura kubana mu mezi abiri ari imbere. Ikinyamakuru cyo muri Kenya, Nairobinews gitangaza ko ubwo Daimond yitabiraga […]

Iyo uri umukuru w’igihugu n’ihene uba uzishinzwe, inkwavu, Inkoko, amavoka,
- Perezida Nkurunziza

Perezida Nkurunziza w’u Burundi, avuga ko iyo uri umukuru w’igihugu utaba ushinzwe abaturage gusa, ahubwo ko n’amatungo, inyamaswa, ibihingwa n’ibindi biba biri mu biganza byawe. Muri Video ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Nkurunziza wari wambaye ishati iriho ibirango by’ishyaka CNDD- FDD, ingofero y’umweru nayo biriho, mikoro mu kiganza cy’Iburyo,… Mu ijambo yagezaga ku bantu […]

Sudani: Impirimbanyi zafunze imbuga za guverinoma zisaga 200

Impirimbanyi mu gihugu cya Sudani ziravuga ko imbuga za internet zisaga 200 za guverinoma zahagaritswe n’agatsiko k’abantu batazwi mu rwego rwo kwihimura ku bugizi bwa nabi guverinoma yakoreye abigaragambya. Biravugwa ko imbuga z’ingenzi za guverinoma, iz’uturere n’intara ndetse n’iz’ibigo bitandukanye bya leta mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu zitari zirimo gufunguka ndetse mu ijoro […]

Mourinho yaranzwe kugeza no ku bakozi bo mu gikoni- Wayne Rooney

Uwahoze ari umukinnyi wa Manchester United, Wayne Rooney avuga ko umutoza, Jose  Mourinho uherutse kwirukanwa yari yanzwe n’abantu benshi  bakora muri iyi kipe kugeza no kubakoraga mu gikoni. Jose Mourinho yirukanwe mu cyumweru gishize bitewe n’umusaruro muke ikipe ya Manchester United isigaye igaragaza muri iyi minsi. Asobanura uburyo Mourinho yari yanzwe, Rooney yagize ati “ […]

Kayonza :Abaturage barasabira umutanzaniyakazi gusubirana n’umugabo bakabafasha

Mu kagari ka Rukara mu karere ka Kayonza, haravugwa umugore ufite inkomoko muri Tanzaniya washakanye n’umunyarwanda, nyamara nyuma yo gutahuka mu gihugu nyirabukwe akaba ashaka kumwirukana agatandukana n’umugabo. Ni ikibazo cyagarutsweho mu nteko y’abaturage, basaba umugabo gusubirana n’umugore we bakabona kubafasha. Muri iyi nteko yanitabiriwe n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Harerimana Jean […]

U Bushinwa bwagize icyo buvuga ku biherutse gutangazwa na Perezida Kagame

Nyuma y’aho Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ashinje u Burayi kuba nyirabayazana w’ikibazo cy’abimukira ubwo yavugaga ku ruhare rw’u Bushinwa muri Afurika muri iki gihe mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyo muri Autriche, u Bushinwa nabwo bwagize icyo butangaza kuri uyu wa Kabiri ku byatangajwe muri icyo kiganiro. Ni ikiganiro Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru […]

RDC: Nta yindi mpamvu tuzemera, amatora agomba kuba ku Cyumweru- Mgr Ambongo

Nyuma y’aho amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo asubikiwe, Musenyeri  Fridolin Ambongo Besungu, w’Umujyi wa Kinshasa, atangaza ko nta zindi mpamvu zizumvwa zishobora kongera kuyahagarika. Amatora yagombaga kuba ku wa 23 Ukuboza, kubera ikibazo cyatangajwe cy’ibikoresho nkenerwa bitari byuzuye, aya matora yigizwa inyuma akazaba ku wa 30 Ukuboza 2018. Nk’uko Radio Okapi ibitangaza, ubutumwa […]

Kantengwa Judith yakebuye abakobwa bareka abasore bakabafotora bambaye ubusa

Kantengwa Judith Heard, umunyamideli ukomeye mu gihugu cya Uganda, arakebura abakobwa batwarwa n’urukundo bakemerera abasore bakundana bakabafotora bambaye ubusa. Uyu munyamideli uherutse kwandagazwa ku mbuga nkoranyambaga ubwo amafoto ye yajyaga hanze muri Gicurasi 2018, agakurura impaka mu bitangazamakuru, yaboneyeho kugira inama bagenzi be nyuma y’ibyamubayeho. Bamwe mu baketswe mu gusakaza aya mafoto ye yamabye ubusa, […]

2018: U Rwanda ruraza mu myanya y’imbere ku rutonde rw’ibihugu bifite abaturage batishimye

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yitwa  ‘World Happiness’ y’umwaka wa 2018 ishyira u Rwanda ku mwanya w’151 mu bihugu 156 byakorewemo ubushakashatsi ku ngingo y’uburyo abaturage bishimye. Ibi bivuze ko u Rwanda ari urwa Gatandatu mu kugira abaturage batishimye kuri uru rutonde rw’ibi bihugu byakorewemo ubushakashatsi aho rufite amanota  3.408/10. Kuri uru rutonde, u Rwanda rubanjirijwe ku […]

Iyicwa ry’Abagogwe nka kimwe mu bikorwa by’itegurwa n’igeragezwa rya Jenoside muri Ruhengeri

Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bugaragaza ko mu mwaka wa 1991 na 1992 hishwe Abatutsi b’Abagogwe muri perefegitura ya Ruhengeri nka kimwe mu bikorwa byari bigamije gutegura Jenoside nyirizina yo mu 1994. Nk’uko bigaragazwa n’ubu bushakashatsi,inyandiko ya Minisitiri w’ubutegetsi […]

Libya: Igitero kuri minisiteri y'ububanyi n'amahanga cyahitanye 3 abandi barakomereka

Kuri iki Cyumweru, itariki 25 Ukuboza abiyahuzi bagabye igitero muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Libya, mu murwa mukuru Tripoli bica abantu byibuze batatu barimo umukozi mukuru mu gitero cyigambwe n’umutwe wa Islamic State. Abandi bantu bagera kuri 21 bakomerekeye muri iki gitero nk’uko byemezwa n’abayobozi. Biravugwa ko imodoka yari itezemo igisasu yaturikiye hafi ya minisiteri, […]

Rusizi: Abacuruzi 2 bafatanwe ibiro bisaga 200 by’imyenda ya caguwa itatangiwe imisororo

Polisi y’u Rwanda irasaba abakora ubucuruzi kwirinda kunyereza imisoro kuko baba bahombya igihugu amafaranga yagakoreshejwe mu bikorwa by’iterambere rusange no kuzamura imibereho y’abaturage. Ibi bije mu gihe abacuruzi babiri bafatanwe ibiro bisaga 200 by’imyenda ya caguwa itatangiwe imisororo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi bavuye kuyirango muri Congo. Umuvugizi wa Polisi mu ntara […]

Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Kuri iki cyumweru tariki ya 25 Ukuboza 2018 (Noheli), Nyaruhirira DĂ©sirĂ© yagizwe Ambasaderi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, nkuko itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe ribyerekana. Nyaruhirira Desire n’umudiplomate w’umunyamwuga kuko yakoreye ahanini mu Burundi, abanza kuba umujyanama wa Ambasade, Umujyanama wa Minisitiri ( minister counselor) aho yirukanwe adashakwa na Guverinoma y’u Burundi kubera […]

Minisiteri y’Uburezi  yatangaje igihe umwaka w’amashuri  wa 2019 uzatangirira

Minisiteri y’Uburezi itangaza ko umwaka  w’amashuri Abanza n’Ayisumbuye  wa 2019 uzatangira kuwa Mbere tariki ya 14 Mutarama 2019. Ibi ni mu rwego rwo kubahiriza indangaminsi y’amashuri yo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba no kugira ngo ijyane n’iya Kaminuza y’igihugu. Iri tangazo rije nyuma yaho iyi minisiteri ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter yari yatangaje ko […]

Si ndi mu bavuga ko  Museveni  atabogamye mu bibazo by’u Rwanda n’u Burundi- Dr. Rudasingwa

Umunyarwanda uba mu buhungiro akaba n’umunyapolitiki  Dr. Theogene Rudasingwa avuga ko we atari mu bantu bavuga ko Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni atari umuntu ubogamye mu gusubiza ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’Uburundi yagaragarijwe mu ibaruwa yandikiwe na Perezida Nkurunziza. Perezida Nkurunziza aherutse kwandikira mugenzi we  Museveni amubwira ko u Rwanda atarufata nk’umuturanyi ko ahubwo […]

ISRAEL: Inteko ishinga amategeko yasheshwe manda itarangiye

Minisitiri w’àntebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yasheshe Inteko Ishinga amategeko y’à­gihugu cye’. Iyi Nteko isheshwe manda yayo itararangira, andi matora yihuse akazakorwa muri Mata 2019. Iyo Inteko Ishinga Amategeko isheshwe muri Isarel na Guverinoma iba yatswe uburenganzira bwo gukora amategeko mashya. Gusesa inzego byabaye igikorwa kimenyerewe muri Isarael, kuko mu mwaka wa 1988 nibwo Guverinoma […]

Polisi ya Uganda irikanga ibitero muri iyi minsi mikuru

Igipolisi cya Uganda cyasabye abapolisi bacyo bose kuba maso kurushaho muri iyi minsi mukuru kuko ngo hashobora kuba ibitero ahantu hatandukanye harimo za sitasiyo, ku biro bikuru no ku bigo byayo muri iyi minsi mikuru. Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’iki gihugu, AIGP Assuman Mugenyi mu butumwa bwe bwo kuwa 20 Ukuboza yavuze ko hari amakuru […]

Diamond yagaragaje ko Tanasha Donna atamuri ku mutima gusa ahubwo no ku mubiri

Umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania nyuma yo gutangaza ko ari mu rukundo rugurumana n’umukobwa wo muri Kenya, Tanasha Donna ubu noneho yagaragaje ko amwiyumvamo birenze urugero kugera aho yishyirishaho tatiwaji y’izina rye. Izina Tanasha Donna, Diamond yaryiyandikishijeho ku kaboko k’Ibumoso asanzwe afiteho ibishushanyo byinshi ataratangaza ibisobanuro byabyo. Diamond usanzwe afite abana batatu yabyaye ku […]

Perezida Nkurunziza ntiyanejejwe n’uko ibaruwa yandikiye Museveni yasomwe n’abandi

Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi, Jean Claude Ndenzaho yemeje ko ari byo koko, sebuja yandikiye mugenzi we wa Uganda ndetse nawe aramusubiza, ariko ko bitabanejeje kuba ibaruwa yamwandikiye yaracicikanye mu bitangazamakuru. Ibi yabitangaje mu kiganiro Leta y’u Burundi yagiranye n’abanyamakuru cyabaye ku wa 15 Ukuboza 2018, yemeza ko ayo mabaruwa abakuru b’ibihugu bagiye bayohererezanya […]

Nyamirambo: Mu rugo rw'umuturage hafatiwe udupfunyika 2700 tw’urumogi

Ubufatanye  hagati  ya Polisi n’abaturage  mu gukumira ibyaha bukomeje gutanga umusaruro, aho mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 23 Ukuboza, ku makuru yatanzwe n’abaturage yatumye Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Nyamirambo ifatira mu rugo rw’umuturage udufunyika 2700 tw’urumogi. Utu dupfunyika twafatiwe mu rugo rw’uwitwa Niyibizi Aboubakar utuye mu murenge wa […]

Ikipe ya Juventus irashaka kugura Lukaku na Ramsey wa Arsenal

Ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, irashaka kugura abakinnyi Romelu Lukaku wa Manchester United ndetse na Aaron Ramsey ukinira Arsenal. Umubiligi Romelu Lukaku w’imyaka 25 y’amavuko asanzwe ari umwe mu bakinnyi bahagaze neza muri iyi kipe ya Man. Utd. Ku wa 10 Nyakanga 2017 nibwo yinjiye muri iyi kipe avuye muri Everton. Mu mikino 22 […]

Nyamasheke: Basobanuriwe impamvu baza ku isonga mu turere dukennye

Nyuma y’aho  ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare gishyiriye ahagaragara ubushakashatsi ku mibereho y’ingo mu Rwanda bukagaragaza ko akarere ka Nyamasheke ari ko gafite abakene cyane kurusha utundi turere tw’igihugu,bamwe mu baturage n’abayobozi bagaragaje kutabyumva kimwe n’iki kigo, biba ngombwa ko hatumizwa umwe mu bakozi bacyo ngo aze kubisobanura. Iki kigo na cyo nticyazuyaje, cyohereza  Kamana Roger ushinzwe […]

Indege yari itwaye abasirikare ba Congo yakoze impanuka ifatwa n’inkongi y’umuriro

Indege yo mu bwoko bwa Antonov 26  yari itwaye abasirikare ba Congo Kinshasa, yakoze impanuka ihita ifatwa n’inkongi y’umuriro. Iyi ndege yakoreye impanuka ku kibuga cy’indege cya Mavivi, Teritwari ya Beni muri Kivu y’Amajyaruguru,  kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Ukuboza 2018, Umucamanza mu rukiko rukuru rwa gisirikare, Colonel Kumbu Ngoma wageze aho iyi […]

Perezida Kagame yifurije Noheli Nziza abamukurikira kuri Twitter

   Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yanyujije ubutumwa ku rubuga rwe rwa Twitter, yifuriza abamukurikira bose umunsi mwiza wa Noheli n’umwaka mwiza wa 2019.   Mu gicuku cyo kuri uyu wa 25/12/2019, ku isaha ya 02h09 , nibwo Perezida Paul KAGAME yanditse ubutumwa bugira buti: “Noheli Nziza kuri mwese. Mbifurije kandi umwaka w’Uburumbuke wa […]

Imbonerakure n’abasirikare bararikanuye ku mupaka w’u Burundi n’u Rwanda

Mu gihe umubano w’u Rwanda n’u Burundi utifashe neza, by’umwihariko Perezida Nkurunziza akaba yarumvikanye asaba inzego z’umutekano kurikanura ku mipaka, amakuru aturuka mu Burundi ni uko ubu Imbonerakure n’abasirikare bakajije umutekano ku mupaka. Mu Burengerazuba bw’Amajyaruguru y’u Burundi, ngo izi Mbonerakure n’abasirikare bahari ku bwinshi, aho barinze umupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda ndetse zikaba […]

Zari aryoshye kurusha abandi bagore bose twaryamanye- Diamond Platnumz

Umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnum atangaza ko mu bagore bose baryamanye nta numwe wamurutira Zari Hassan babyaranye abana babiri. Urukundo rwa Zari Hassan na Diamond, rwaravuzwe cyane mu itangazamakuru, barabana, babyarana abana babiri, ku wa 14 Gashyantare 2018, batangaza ko batandukanye, umugore amushinja kumuca inyuma. Nk’uko ikinyamakuru Mbu.ug kibitangaza, ngo Diamond aganira n’ikinyamakuru cyandika […]

Kigali: Hoteli ‘Ubumwe Grande’ yatejwe cyamunara

Ubumwe Grande Hotel iri mu Mujyi wa Kigali, yatejwe cyamunara yegukanwa na Sosiyete y’ubucuruzi yitwa Umubano Industries Ltd, itanze  asaga Miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika. Ni cyamunara yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Ukuboza 2018, Sosiyeti Umubano Industries Ltd yari ihagarariwe n’uwitwa Gasana Hassan ikaba yegukanye iyi Hoteli nyuma yo guhigika abandi bashoramari barindwi […]