Nkunda abanywi b’inzoga kuko buri cupa banyoye ribarirwa umusoro_ Museveni

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 6 Ukwakira 2020 yasobanuye uburyo atanywa inzoga ariko agakunda abanywi bazo bitewe n’uko batuma igihugu cyinjiza imisoro. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu mbwirwaruhame, ubwo muri Uganda bizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe mwarimu. Yaboneyeho kuvuga ku cyorezo cya Covid-19 n’ingamba zafashwe mu kucyirinda. Ubwo Museveni yavugaga ku […]

PAC yasohoye Gitifu wa Nyamagabe mu nama, azize kubeshya

Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020 yasohoye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamagabe, Ngarambe Alfred mu cyumba cy’inama imuziza kubeshya. Ni mu gihe iyi komisiyo yabazaga Akarere ka Nyamagabe ibisobanuro ku masoko yatanzwe arengeje ingengo y’imari (2018/2019) yari yaragenewe nk’uko byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya […]

Itariki nshya inama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere izaberaho yamenyekanye

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020 byatangaje itariki inama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere iraba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Ukwakira 2020. Ni nyuma y’aho iyi nama yagombaga guhuriza aba Bakuru b’Ibihugu mu mujyi wa Goma, yabanje gusubikwa inshuro ebyiri bitewe n’impamvu zitandukanye. Guverinoma […]

Mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19

img-20201005-wa0034.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 1 mu bipimo 1988 byafashwe. Uwanduye ni umwe wabonetse mu mujyi wa Kigali. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3226 barimo 10 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1612. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4867 mu bipimo 506,658 […]

Imbeba yo muri Tanzania ivumbura ibisasu byatezwe mu butaka

Imbeba yo muri Tanzania yitwa Magawa yavumbuye amabombe 39 n’intwaro 28 byari bitabye mu butaka, bituma yegukana ibihembo byinshi bya zahabu ku wa Gatanu tariki ya 1 Ukwakira 2020. Iyi mbeba yavukiye muri Tanzania yavutse mu 2014, ikaba ifite ikilo kimwe n’amagarama 200 (1.2 kg) na santimetero 70 z’uburebure (ubutambike). Itorezwa mu kigo cyo Bubiligi […]

Impanuka 5 zitangaje zibasiye abakoraga imibonano mpuzabitsina

Igikorwa cyo guhuza ibitsina ni igikorwa gishimisha ku mpande zose yaba abantu barimo kubikora ndetse no ku nyamaswa. Ni gake cyane ushobora kumva ko abantu bari gukora imibonano mpuzabitsina bashobora kugira impanuka bigatuma bajyanwa kwa muganga cyangwa se bikaba byabaviramo urupfu. Muri iyi nkuru twabakoreye icyegeranyo cy’ibyago cyangwa impanuka abari gukora imibonano mpuzabitsina bahuye nabyo. […]

Dufungure amashuri, abana bacu bige mu mudendezo_Perezida Kagame

Perezida Kagame arashishikariza abarimu ubufatanye mu gufungura amashuri kugira ngo abana bige mu mudendezo. Ni ijambo rikubiye mu butumwa bw’Umukuru w’Igihugu ku munsi mpuzamahanga wahariwe mwarimu, wizihizwa tariki ya 5 Ukwakira buri mwaka. Perezida Kagame yagize ati: “Turazirikana Umunsi Mukuru Mpuzamahanga wa Mwarimu. Dufate umwanya dushimire abarimu bacu cyane cyane muri ibi bihe bikomeye. Abanyeshuri […]

RDF yerekanye ba barwanyi ba RED Tabara iherutse gufata_Amafoto

ejjq4zixgaihu6n.jpg

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyeretse itsinda ry’ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu Karere k’Ibiyaga Bigari (EJM) abarwanyi 19 bo mu mutwe wa Red Tabara bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda bavuye i Burundi. Tariki ya 29 Nzeri 2020 ni bwo Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda yatangaje ko yafashe aba barwanyi. Mu byo yabafatanye harimo n’imbunda. Umutwe wa RED […]

Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Nzeri kikarangira tariki ya 4 Ukwakira 2020, cyaranzwe n’amakuru atandukanye ariko turibanda ku byiciro bine: politiki, ububanyi n’amahanga, ubutabera, umutekano, imikino n’imyidagaduro. Perezida Kagame yasubije abashaka gufata ubutegetsi nk’uko Inkotanyi zabigenje Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame tariki ya 28 Nzeri 2020, yayoboye inama ya Komite Nyobozi yaguye […]

Liverpool nayo bayihannye by’intangarugero_Amafoto

skysports-ollie-watkins-villa_5118531.jpg

Mu mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, ikipe ya Liverpool ihanwe by’intangarugero na Aston Villa ibitego birindwi kuri bibiri (7-2). Ollie Watkins wa Aston Villa yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 4, arongera atsinda icya kabiri ku munota wa 22 w’umukino. Hashize iminota 11, Mohamed Salah wa Liverpool yishyuye igitego kimwe gusa […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 14

img-20201004-wa0031.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 14 mu bipimo 1853 byafashwe. Barimo 12 bonetse i Kigali, bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 1 wabonetse i Burera, 1 wabonetse Kayonza n’undi w’i Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3216:barimo 5 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1621. […]

Man. U imaze kunyagirwa imvura y’ibitego

Kuri sitade yayo (Old Trafford), ikipe ya Manchester United imaze kunyagirwa na Tottenham Hotspur imvura y’ibitego bitandatu kuri kimwe cy’impozamarira. Iyi kipe yahawe izina ry’Amashitani atukura ni yo yabanje gufungura izamu ku munota wa kabiri, ubwo umukinnyi wayo Bruno Fernandez yinjizaga mu rushundura penaliti yari ahawe. Nyuma y’iminota ibiri, icyizere cyo gucyura amanota atatu kwa […]

Tshisekedi yoherereje Ndayishimiye ubutumwa yari agenewe mu nama y’i Goma

Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 yohereje intumwa mu Burundi kugira ngo igeze kuri Perezida Evariste Ndayishimiye ubutumwa igihugu cye cyari kigenewe mu nama yagombaga guhuriza Abakuru b’Ibihugu by’Akarere mu mujyi wa Goma. Iyi ntumwa ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Marie Tumba Nzeza uragirira mu […]

Burundi: Wa musore n’umukecuru bakoze ubukwe

Iribagiza Olivier w’imyaka 27 y’amavuko na Ndikumagenge Jacqueline w’imyaka 57 y’amavuko kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 bakoze ubukwe nyuma yo guhabwa uburenganzira na Meya w’Umujyi wa Bujumbura. Ubu bukwe bwari kuba tariki ya 26 Nzeri 2020 bwahagaritswe n’umuryango wa Olivier wavugaga ko ari muto cyane kuri Jacqueline. Byatumye ubuyobozi bwiga ku kibazo cy’aba bakunzi, […]

Wizkid yibasiye bikomeye Perezida Buhari wifurije Trump gukira Covid-19

Umuhanzi Ayodeji Ibrahim Balogun wamamaye muri Nigeria nka Wizkid yibasiye bikomeye Umukuru w’Igihugu cye Muhamadu Buhari amuhora kwifuriza Donald Trump n’umufasha we gukira icyorezo cya Covid-19 bamaze iminsi mike barwaye. Perezida Buhari yanditse ku rubuga rwa Twitter agira ati: “Ndifuriza Perezida wa US, Donald Trump n’umufasha we, Melania gukira vuba kandi neza Covid-19”. Wizkid akimara […]

Ubu harabura iki ngo u Rwanda n’u Burundi byongere kubana neza?

Leta y’u Rwanda yatangaje ko ifite ubushake bwo kuzahura umubano wayo n’u Burundi nk’uko na Perezida mushya w’iki gihugu, Evariste Ndayishimiye na we yatangaje ko n’iye ibufite ariko kugeza ubu haracyibazwa ikibura kugira ngo ibihugu byombi byongere kubana neza nk’uko byahoze. Ibibazo by’ibihugu byombi bishingiye ku mutekano nk’uko impande zombi zabitangaje mu bihe bitandukanye. Aho […]

Perezida Tshisekedi yongeye gutegura urugendo rw’i Goma nyuma yo kurusubika kenshi

Umukuru wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yongeye gutegura urugendo rwo kujya mu mujyi wa Goma rwo kwitegura inama y’Abakuru b’Ibihugu izifashisha ikoranabuhanga rya ‘video-conference’, nyuma yo kurusubika kenshi. Aya makuru yemejwe na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru umujyi wa Goma uherereyemo, Carly Nzanzu Kazivita mu nama y’akanama k’intara yabereye mu mujyi wa […]

Rongora ntarapfa-Ubutumwa bwa nyina wa Diamond ku muhungu we

Ku isabukuru y’amavuko y’icyamamare mu muziki Diamond Platinumz, umubyeyi we Sanura Sandra uzwi nka Mama Dangote yamusabye kurongora undi mugore. Ni ubutumwa yatanze mu kiganiro yagiranye na Wasafi, agaragaza impungenge ko ashobora gupfa umuhungu we atarazana undi mugore. Mama Dangote yagize ati: “Icyo Nsenga cyane ni uko umuhungu wanjye yarongora umugore, wita ku muryango, umugore […]

Umwamikazi Elizabeth II w’imyaka 94 aracyatwara imodoka_Amafoto

33864800-8794965-image-a-42_1601567114439.jpg

Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II ufite imyaka 94 y’amavuko, aracyafite imbaraga ku buryo ashobora gutwara imodoka. Tariki ya 1 Ukwakira 2020 ni bwo uyu mwamikazi yagaragaye atwaye imodoka ye ya ‘Ranger Rover’ mu mihanda iri mu gace ka Sandringham muri Norfolk.Yari yambaye amataratara, agatambaro ko mu ijosi yagakinze mu mutwe. Ibi Elizabeth II yabikoze nyuma […]

Umuryango wa Habyarimana ushyigikiye Dr. Mukwege ushaka gukurikirana ibya raporo inengwa na leta y’u Rwanda

Umuryango wa Juvenal Habyarimana wabaye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ushyigikiye Umukongomani Dr. Denis Mukwege ushaka gukurikirana ibya raporo inengwa na leta y’u Rwanda. Iyi ni “Rapport Mapping’ imaze imyaka 10 ishyizwe ku mugaragaro na Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ikaba ivuga ku byaha bikomeye byakozwe n’imitwe yitwaje intwaro n’ingabo z’amahanga zirimo iz’u Rwanda […]

Hon. Banciryanino unenga ubutegetsi bw’u Burundi arafunzwe

Hon. Fabien Banciryanino wabaye umudepite ahagarariye Intara ya Bubanza yaraye muri kasho, aho byatangajwe ko yaba akurikiranweho icyaha cyo guhungabanya umutekano w’abaturage no gushyira mu kaga umutekano w’igihugu. Uyu mugabo kuva ari umudepite ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yanengaga imikorere yabwo kugeza n’ubu u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye. Amakuru ariho avuga ko Banciryanino ajya […]

Nyuma ya Rusesabagina, Twagiramungu yavuze ko adatewe ubwoba no kuba yafatwa

Nyuma y’ifatwa rya Paul Rusesabagina bakoranaga politiki mu ihuriro mouzamashyaka arwanya leta y’u Rwanda rya MRCD Ubumwe, Faustin Twagiramungu uribereye umuvugizi yavuze ko adatewe ubwoba no kuba na we yafatwa. N’ubwo ari Umuvugizi wa MRCD Ubwigunge, Faustin Twagiramungu ni we muyobozi mukuru usigaye muri iri huriro, ku buryo abarigize babaye bashakishwa, yaba ari we utahiwe. […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho bane

ejwtiw6xkayirs6.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 4 mu bipimo 1873 byafashwe. Barimo 1 wabonetse i Kigali, 1 wabonetse i Kirehe, 1 wabonetse Kayonza n’undi wa Nyamagabe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3197 barimo 16 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1621. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo […]

Leta y’u Burundi irasaba u Rwanda kuyishyikiriza abaherutse kugabayo igitero

arton136065-6f148.jpg

Umuvugizi w’Igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye kuri uyu wa 2 Ukwakira 2020 yasabye leta y’u Rwanda kubashyigikiriza abantu bari bitwaje intwaro bagabye igitero muri Komini ya Kabarore mu Ntara ya Kayanza tariki ya 25 Nzeri 2020. Aba leta y’u Burundi yise ‘amabandi’ ngo bagabye igitero ku musozi wa Tondero ku mugoroba saa kumi n’ebyiri n’iminota […]

Ibisubizo bya MINEDUC ku bibazo 30 byibazwa mbere y’itangira ry’amashuri

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ibicishije ku rubuga rwayo, yasubije ibibazo 30 bikomeje kwibazwa mbere y’isubukura ry’amashuri, yari amaze amezi atandatu afunzwe bitewe n’icyorezo cya Covid-19. Ibibazo n’ibisubizo byabyo ni ibi bikurikira: 1. Imwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri ni uko amashuri azafungura ariko bikaba mu byiciro. Ibi bisobanuye iki? Guhera mu kwezi k’Ukwakira 2020, Amashuri azafungura […]

Gahakwa Daphrose wabaye Minisitiri w’Uburezi arafunzwe

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko Dr. Gahakwa Daphrose wigeze kuyobora Minisiteri y’Uburezi, akanungiriza Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) afunzwe. RBA ivuga ko Gahakwa akurikiranweho ibyaba birimo ruswa no kwaka indonke, ibyaha yakoze akiri Umuyobozi Mukuru wa RAB. Dr. Gahakwa Daphrose yabaye Minisitiri w’Uburezi kuva mu 2008 kugera mu 2009 ubwo yasimburwaga ba […]

Ijambo rya Perezida Tshisekedi kuri Ambasaderi w’u Rwanda usabirwa kwirukanwa

Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, ku nshuro ya mbere yavuze kuri Ambasaderi Vincent Karega uhagarariye u Rwanda mu gihugu cye, usabirwa kwirukanwa. Ni nyuma y’aho bamwe mu Bakongomani barangajwe imbere n’abanyapolitiki bamaze iminsi bagaragaza ko batishimiye Ambasaderi Karega wanyomoje amakuru ari muri raporo yiswe ‘Mapping Report’ ishinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi […]

Faustin Twagiramungu ashyigikiye Padiri Nahimana Thomas

Umuvugizi w’ihuriro rya MRCD Ubumwe rihuza amashyaka arwanya leta y’u Rwanda, Faustin Twagiramungu yagaragaje ko ashyigikiye Padiri Nahimana Thomas uvuga ko Perezida Kagame atakiriho. Mu kiganiro Faustin Twagiramungu yagiranye n’umunyamakuru wa Radio Ijwi ry’Amerika, yavuze ko Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda atakiboneka, ko yari akwiye kugaragara, agahumuriza Abanyarwanda. Ati: “Kuko kuba adahari birateye icyugazi mu Banyarwanda.” […]

Bivugwa ko hari undi muyobozi muri FDLR warashwe

Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC) ziravugwaho kwica undi muyobozi wo muri FDLR zimurasiye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru igitangazamakuru Interview.CD cyahamirijwe na Samson Rukera uyoboye societe civile muri Rutshuru avuga ko uwishwe azwi nka Desire Kifagiyo, akaba yararasiwe mu gace ka Biruma tariki ya 30 Nzeri 2020. […]

Menya byinshi ku bacamanza bazaburanisha Kabuga Félicien i Arusha

Perezida w’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwasigariyeho u Rwanda i Arusha, Me Carmel Agius kuri uyu wa 1 Ukwakira 2020 yatoranyije abanyamategeko batatu bazaburanisha umunyarwanda Kabuga FĂ©licien ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni nyuma y’umunsi umwe Urukiko rusesa imanza rwo mu Bufaransa rutegetse ko Kabuga FĂ©licien agomba koherezwa kuburanira i […]

Umuryango wa Rusesabagina uracyasaba ko afungurwa

Abagize umuryango wa Paul Rusesabagina mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru bakoresheje ikoranabuhanga kuri uyu wa 1 Ukwakira 2020, bongeye gusaba leta y’u Rwanda ko imufungura. Iki kiganiro cyitabiriwe n’uyu muryango, Peter Robinson wahagarariye abanyamategeko uyu muryango watoranyije kugira ngo bunganire Rusesabagina, Patrick Kennedy wigeze kuba umudepite wahagarariye Ikirwa cya Rhode muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’umuvugizi […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 3

ejq5vyxx0aajabg.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 3 mu bipimo 2583 byafashwe. Barimo 1 wabonetse i Kigali, 1 wabonetse i Musanze n’undi wabonetse i Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3181 barimo 27 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1633. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange […]

Umuriro watse hagati ya Victor Wanyama n’umukobwa wavuze ko basambanye

Umukobwa w’Umunya-Kenya witwa Shakilla yifashe videwo ayishyira ku rubuga rwa Instagram avuga ko muri uyu mwaka yasambanye n’umukinnyi Victor Wanyama, wamwishyuye amashilingi 500,000 mu ijoro rimwe. Gusa uyu mukinnyi wahoze akinira ikipe ya Tottenham Hotspur yahise yamagana amagambo y’uyu mukobwa w’imyaka 19 y’amavuko, avuga ko ahubwo aza kumurega mu butabera mu gihe atamusabye imbabazi. Victor […]

Burundi: Hari abatewe impungenge n’uko EU yaba ishaka kuryarya leta

Bamwe mu Barundi batewe impungenge n’uko Umuryango w’Ubumwe bw’i Burayi (EU) waba ushaka kubaryarya, bitewe n’uko wakoze igisa no guca inyuma, ugafata umwanzuro udashimishije leta. Ni mu gihe tariki ya 27 Nyakanga 2020, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yakiriye mu biro bye Claude Bochu uhagarariye EU mu gihugu cye. Baganiriye ku buryo igihugu cye na […]

Malawi: Impyisi zihabwa ikiraka cyo kurongora abakobwa n’abagore bato

img-20201001-wa0008.jpg

Mu muco w’iwacu ntibisanzwe ndetse hari abo byagora kubyumva batabanje gusoma iyi nyandiko, ariko mu gace ka Nsanje kari mu majyepfo ya Malawi barabizi, barabyumva ndetse babigusobanurira ukabyumva, kuko ni wo muco wabo; ni bwo buzima abakobwa n’abagore bato baho bemeye kwakira. Iyo umukobwa atangiye gukura ageze mu bwangavu ndetse n’umugore ukiri muto, abanya-Malawi bo […]

Abarwayi ba Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 4

ejl5q4lxkaa4u8t.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 4 mu bipimo 2807 byafashwe. Barimo 1 wabonetse i Kigali, 1 wabonetse muri Gatsibo, 1 wabonetse muri Nyamagabe n’undi wabonetse muri Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3154 barimo 29 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1657. Abamaze kugaragaraho […]

Guverinoma ya RDC ivuga ko ingabo za Zambia zanze kuyivira ku butaka

Minisiteri y’Ingabo ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ivuga ko yohereje intumwa ziyobowe na Minisitiri AimĂ© Ngoy Mukena mu gace ka Kalubamba gaherereye muri Teritwari ya Moba ingabo za Zambia zashinzemo ibirindiro, zisanga ziracyarimo. Ni mu gihe Umuryango w’ibihugu biri mu majyepfo y’Afurika (SADC) wahuje uruhande rwa RDC na Zambia tariki ya 24 Nyakanga 2020, […]

Icyo u Burundi buvuga ku byatangajwe ko bugiye kwinjiza urubyiruko mu gisirikare ku gahato

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere n’Iterambere ry’Abaturage mu Burundi, kuri uyu wa 30 Nzeri 2020 yanyomoje amakuru avuga ko leta ishaka kwinjiza ku gahato urubyiruko rw’abashomeri mu gisirikare. Ni amakuru yasakaye nyuma y’ibarura ry’urubyiruko rudafite akazi rimaze igihe rikorwa mu Burundi. Amakuru avugwa ko uru rubyiruko rwaba rugiye kwinjizwa mu gisirikare, yatangaje n’imbuga zirimo Inyankamugayo urubuga rwa […]

Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Félicien yoherezwa i Arusha

Urukiko rusesa imanza rwo mu Bufaransa kuri uyu wa 30 Nzeri 2020, rwemeje ko Kabuga FĂ©licien yoherezwa mu rwego rwa UN rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT) , i Arusha muri Tanzania. Iki cyemezo cyaje kivuguza ubusabe bw’abunganira uyu musaza, basabaga ko yaburanishirizwa mu Bufaransa yafatiwe, bitewe n’ubuzima bwe budahagaze neza. Bisobanuye ko […]

Urukiko rwa EAC ruremeza cyangwa rwange ko Museveni yiyamamariza kuba Perezida

Urukiko rw’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kuri uyu wa 30 Nzeri 2020 ruremeza cyangwa rwange ko Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu. Mu mwaka ushize ni bwo Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda rwakuyeho inzitizi y’imyaka 75 y’amavuko, yakumiraga uyifite cyangwa uyirengeje kwiyamamariza uyu mwanya. Itegeko rivuguruye ryahaye rugari Yoweri Museveni ufite imyaka 76 y’amavuko, cyane […]

Burundi: EU yanze gukuriraho ibihano Minisitiri Ndirakobuca na Gen. Bizimana

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) wanze gukurikiraho ibihano Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Gen. Gervais Ndirakobuca na Gen. Godefroid Bizimana bita Ndakugarika wabaye umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu, akanakora mu biro by’Umukuru w’Igihugu. Ibihano bahawe birimo kutemererwa kujya mu bihugu bigize uyu muryango no gufatirwa imitungo baba bafiteyo. Aba bashyiriweho ibihano nyuma y’imvururu zaranze u Burundi mu […]

Bujumbura: Ubuyobozi bwemereye umusore n’umukecuru kurushinga

Meya wa Bujumbura, CP Jimmy Hatungimana yemereye umusore n’umukecuru gukora ubukwe nyuma y’impaka zaturutse mu muryango bitewe n’ikinyuranyo cy’imyaka y’abagiye kurushinga. Umusore yitwa Iribagiza Olivier akaba afite imyaka 28 y’amavuko, umukecuru akaba yitwa Ndikumagenge Jacqueline w’imyaka 57 y’amavuko. Aba babarizwa muri zone ya Ngagara muri Bujumbura. Tariki ya 28 Kanama 2020, ni bwo umuryango wa […]

Abarwayi ba Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 4

ejgrc2mx0ayiqnc.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 29 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 4 mu bipimo 2761 byafashwe. Barimo 3 babonetse i Kigali n’undi wabonetse mu Karere ka Bugesera. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3125 barimo 8 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1682. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4836 […]

RED Tabara ivuga ko leta y’u Burundi yatakaje byinshi mu bindi bitero byabasakiranyije

Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara uvuga ko tariki ya 26 na 27 Nzeri 2020 warwanye n’inzego z’umutekano z’u Burundi hamwe n’Imbonerakure, leta ihatakariza byinshi. Uyu mutwe uvuga ko muri urwo rugamba rwabereye muri Komini ya Kabarore mu Ntara ya Kayanza na Komini ya Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke, n’abarwanyi bawo batatu bakomeretse. RED Tabara […]

Urukiko rwakatiye murumuna wa Gen. Nyamvumba imyaka 6 n’ihazabu y’arenga miliyari 21 RWF

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye murumuna wa Gen. Patrick Nyamvumba witwa Robert Nyamvumba igihano cy’igifungo cy’imyaka 6 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 21.6. Ni nyuma y’aho ahamwe n’icyaha cyo gusaba indonke y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 7.2, umunya-Espagne witwa Javier Elizalde watsindiye isoko ryo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi ryari rifite agaciro ka miliyari 72 z’amafaranga y’u Rwanda. […]

Bite by’umuti wa ‘Covifor’ bivugwa ko ugenewe Afurika gusa?

eg7wei3xyaa7rh-.jpg

Hashize hafi ukwezi hakwirakwira amakuru y’umuti witwa Covifor bivugwa ko uvura Covid-19, uwo ngo ukaba ugenewe gusuzumirwa ku Banyafurika gusa. Nk’uko bigaragara mu bubiko bwawo, handitse ngo “Not for distribution in US, Canada and EU” bisobanuye ngo : “Ntabwo ukwirakwizwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, muri Canada no mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi”. Hari Abanyafurika basabye […]

Armenia-Azerbaijan: Buri kimwe cyishimiye gusenyera ikindi intwaro karundura

20200928_2_44569197_58477945_1601369452872.jpg

Intambara y’Ibihugu byo muri Aziya byahoze mu Bumwe bw’Abasoviyete; Armenia na Azerbaijan irakomeje aho buri kimwe ubu cyishimira gusenya intwaro karundura z’ikindi zirimo ibimodoka by’intambara n’indege. Azerbajain yasohoye videwo igaragaza ingabo zayo zitwika imodoka ebyiri z’intambara za Armenia, mu gihe Armenia nayo yatangaje ko yasenye intwaro z’umwanzi bahanganye zikubye izo inshuro nyinshi. Armenia yo yigamba […]

Ni abahe banyabyaha u Burundi buvuga ko bwashyikirije u Rwanda ku mugaragaro?

whatsapp-image-2019-04-30-at-15.22.481.jpg

Perezida mushya w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko leta ye ishyikiriza u Rwanda abasize barukoreye ibyaha, ku mugaragaro amahanga areba. Yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ndetse n’abaturage b’u Burundi tariki ya 25 Nzeri 2020, aho yagerageje gusubiza ibibazo bamubazaga. Perezida w’u Burundi yageze ku Rwanda, avuga ko iyo bafashe abanyabyaha b’Abanyarwanda bahungiye i Burundi, […]

Kigali na Kirehe habonetse abantu 12 banduye Covid-19

ejbirmowoaiwcdp.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 28 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 12 mu bipimo 1283 byafashwe. Barimo 9 babonetse i Kigali n’abandi 3 babonetse mu Karere ka Kirehe Abamaze gukira iki cyorezo ni 3117 barimo 18 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1686. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni […]

Perezida Kagame yasubije abashaka gufata igihugu nk’uko Inkotanyi zabigenje

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu 28 Nzeri 2020 yasubije Abanyarwanda bari mu mahanga bavuga ko bashaka gufata igihugu nk’uko ingabo za RPA/RPF zabigenje mu rugamba rwo kubohora igihugu. Yabitangarije mu nama ya Komite Nyobozi yaguye y’umuryango wa FPR Inkotanyi, yabereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo kuri uyu munsi. Umukuru w’Igihugu […]

Perezida wa Kenya aravugwaho gutonesha igisirikare

kenya-meat-commission.jpg

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta aravugwaho gutonesha igisirikare cy’igihugu ku buryo ari kugenda agiha ubundi bubasha kitari gisanganwe. Ni nyuma y’aho uyu Mukuru w’Igihugu yemeje ko igisirikare cy’igihugu kigomba kujya kigenga umusaruro w’inyama, akaba afite umugambi wo kugiha ububasha bwo kugenga n’indege zose za kajugujugu z’igihugu. Tariki ya 7 Nzeri 2020 ni bwo Guverinoma ya […]

RDC yohereje intumwa ziyobowe na Azarias Ruberwa muri Minembwe

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, yohereje intumwa muri Minembwe ho muri Teritwari ya Fizi hamaze igihe kirekire havugwa ubwicanyi bukorerwa abahatuye. Izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri ushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage no kuvugurura inzego z’igihugu, Azarias Ruberwa wanavukiye muri Fizi, Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Theo Kasi, abadepite n’abasirikare bakuru. Icyabajyanye muri Teritwari ya […]

Umugore yampishuriye ko umwana maze imyaka 10 nzi ko ndi ‘Se’ atari uwanjye

Nitwa MoĂŻse [amazina yahinduwe], mfite imyaka 28 y’amavuko, nkaba mbarizwa mu mujyi wa Kigali. Iyi ni inkuru mpamo yambayeho, itazigera isibangana mu mutwe wanjye kuko nta munsi ushira ntayitekerejeho. Nifuje kuyibasangiza, wenda hari ubwo yagira icyo ibungura. Ngira ngo muzi neza iby’urukundo rw’abana baturanye, bakuranye. Basangira byose, bakabwirana byose; yewe ntibahishana n’ibyo iwabo bariye. Urwo […]

Ubutumwa bwa Ndayishimiye ku Rwanda n’ifungurwa ry’amashuri mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 21 kikarangira tariki ya 27 Nzeri 2020, cyumikanyemo ijambo rya Perezida w’u Burundi wongeye kwibasira u Rwanda, Inama y’Abaminisitiri yemeza ko amashuri ari hafi gufungura, Rusesabagina akomeza guteka impaka, mu gihe ikibazo cya Rayon Sports cyahawe umurongo. Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye tariki ya 25 Nzeri 2020, yongeye […]

Umuyobozi wa Gereza ya Gicumbi watabarije abagororwa arafunzwe

Umuyobozi wa Gereza ya Gicumbi, CSP Innocent Iyaburunga watabarije imfungwa n’abagororwa amaze iminsi atawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Umuvugizi w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa, CSP Pelly Gakwaya yabihamirije Umuseke, gusa ababwira ko babaza ibindi RIB imufite. Itangazamakuru ryamenye ko CSP Iyaburunga yatabarije imfungwa n’abagororwa batagisurwa [kubera Covid-19], bimenyekana tariki ya 29 Kanama 2020 ubwo […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 9

ei8i_qtwaaawtqk.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye iyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 9 mu bipimo 2207 byafashwe. Barimo 6 babonetse i Kigali, 2 muri Nyamagabe n’undi w’i Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3099 barimo 8 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1692. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4820 […]

N’ubwo tugiye gufungura, icyorezo kiracyahari-Minisitiri Uwamariya

Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya yatangaje ko n’ubwo amashuri agiye gufungura, icyorezo kigihari kandi gikomeje gutwara ubuzima bw’abantu. Ni ubutumwa yatanze nyuma y’amasaha make Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 25 Nzeri 2020 yemeje ko amashuri azafungura mu bihe bya vuba. Minisitiri Uwamariya mu kiganiro yagiriye ku Kigo cy’Igihugu cy’Isakazamakuru kuri uyu wa 26 Nzeri, yatangake […]

Luis Suarez ‘wajugunwe’ na FC Barcelona yatangiye gushimisha ab’i Madrid

Umunya Uruguay, Luis Suarez uherutse kujugunwa na FC Barcelona, kuri uyu wa 27 Nzeri 2020, yatangiye gushimisha abakunzi b’ikipe ya Atletico Madrid iherutse kumugura. Uyu rutahizamu yigaragaje bikomeye mu mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere (La Liga) wahuje iyi kipe y’i Madrid na Granada, aho yagize uruhare mu bitego bibiri birimo igitego yatsinze ku munota […]

U Bubiligi bwiteguye kwakira abaturutse mu Rwanda butabanje kubapima Covid-19

U Bubiligi bufitiye icyizere u Rwanda na Koreya y’Epfo mu bijyanye no guhangana n’icyorezo cya Covid-19 ku buryo ugezeyo aturutse muri ibi bihugu byonyine, atari gupimwa cyangwa ngo ashyirwe mu kato. Nk’uko tubikesha Brussels Times, aya makuru yemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bubiligi. Iyi Minisititeri yatangaje ko ubu abantu bagiye mu Rwanda na Koreya […]

Huye: Minisitiri Gatete yasabye ko abatubaka ibibanza bafite mu mujyi babyamburwa

img-20200927-wa0024.jpg

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Gatete Claver kuri uyu wa 27 Nzeri 2020 yasabye ko abatubaka mu bibanza bafite mu mujyi wa Huye, babyamburwa bigahabwa abashaka kubibyaza umusaruro. Minisitiri Gatete yabitangaje ubwo yasuraga ibikorwaremezo biri muri uyu mujyi birimo nk’ikibuga cy’indege gito kigiye gutunganywa kikazajya kigwaho indege zitagira abapilote (drones), Sitade Mpuzamahanga n’umuhanda wa kaburimbo uva mu mujyi […]