Nkunda abanywi bâinzoga kuko buri cupa banyoye ribarirwa umusoro_ Museveni
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 6 Ukwakira 2020 yasobanuye uburyo atanywa inzoga ariko agakunda abanywi bazo bitewe nâuko batuma igihugu cyinjiza imisoro. Uyu Mukuru wâIgihugu yabitangarije mu mbwirwaruhame, ubwo muri Uganda bizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe mwarimu. Yaboneyeho kuvuga ku cyorezo cya Covid-19 n’ingamba zafashwe mu kucyirinda. Ubwo Museveni yavugaga ku […]
PAC yasohoye Gitifu wa Nyamagabe mu nama, azize kubeshya
Komisiyo yâInteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze yâumutungo wa Leta (PAC) kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020 yasohoye Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâAkarere ka Nyamagabe, Ngarambe Alfred mu cyumba cy’inama imuziza kubeshya. Ni mu gihe iyi komisiyo yabazaga Akarere ka Nyamagabe ibisobanuro ku masoko yatanzwe arengeje ingengo y’imari (2018/2019) yari yaragenewe nk’uko byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya […]
Itariki nshya inama yâAbakuru bâIbihugu byo mu Karere izaberaho yamenyekanye
Ibiro byâUmukuru wâIgihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020 byatangaje itariki inama yâAbakuru bâIbihugu byo mu Karere iraba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Ukwakira 2020. Ni nyuma yâaho iyi nama yagombaga guhuriza aba Bakuru bâIbihugu mu mujyi wa Goma, yabanje gusubikwa inshuro ebyiri bitewe nâimpamvu zitandukanye. Guverinoma […]
Mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 1 mu bipimo 1988 byafashwe. Uwanduye ni umwe wabonetse mu mujyi wa Kigali. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3226 barimo 10 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1612. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4867 mu bipimo 506,658 […]
Imbeba yo muri Tanzania ivumbura ibisasu byatezwe mu butaka
Imbeba yo muri Tanzania yitwa Magawa yavumbuye amabombe 39 nâintwaro 28 byari bitabye mu butaka, bituma yegukana ibihembo byinshi bya zahabu ku wa Gatanu tariki ya 1 Ukwakira 2020. Iyi mbeba yavukiye muri Tanzania yavutse mu 2014, ikaba ifite ikilo kimwe nâamagarama 200 (1.2 kg) na santimetero 70 zâuburebure (ubutambike). Itorezwa mu kigo cyo Bubiligi […]
Impanuka 5 zitangaje zibasiye abakoraga imibonano mpuzabitsina
Igikorwa cyo guhuza ibitsina ni igikorwa gishimisha ku mpande zose yaba abantu barimo kubikora ndetse no ku nyamaswa. Ni gake cyane ushobora kumva ko abantu bari gukora imibonano mpuzabitsina bashobora kugira impanuka bigatuma bajyanwa kwa muganga cyangwa se bikaba byabaviramo urupfu. Muri iyi nkuru twabakoreye icyegeranyo cyâibyago cyangwa impanuka abari gukora imibonano mpuzabitsina bahuye nabyo. […]
Dufungure amashuri, abana bacu bige mu mudendezo_Perezida Kagame
Perezida Kagame arashishikariza abarimu ubufatanye mu gufungura amashuri kugira ngo abana bige mu mudendezo. Ni ijambo rikubiye mu butumwa bw’Umukuru w’Igihugu ku munsi mpuzamahanga wahariwe mwarimu, wizihizwa tariki ya 5 Ukwakira buri mwaka. Perezida Kagame yagize ati: “Turazirikana Umunsi Mukuru Mpuzamahanga wa Mwarimu. Dufate umwanya dushimire abarimu bacu cyane cyane muri ibi bihe bikomeye. Abanyeshuri […]
RDF yerekanye ba barwanyi ba RED Tabara iherutse gufata_Amafoto

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyeretse itsinda ry’ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu Karere k’Ibiyaga Bigari (EJM) abarwanyi 19 bo mu mutwe wa Red Tabara bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda bavuye i Burundi. Tariki ya 29 Nzeri 2020 ni bwo Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda yatangaje ko yafashe aba barwanyi. Mu byo yabafatanye harimo n’imbunda. Umutwe wa RED […]
Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z’icyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Nzeri kikarangira tariki ya 4 Ukwakira 2020, cyaranzwe nâamakuru atandukanye ariko turibanda ku byiciro bine: politiki, ububanyi nâamahanga, ubutabera, umutekano, imikino nâimyidagaduro. Perezida Kagame yasubije abashaka gufata ubutegetsi nkâuko Inkotanyi zabigenje Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame tariki ya 28 Nzeri 2020, yayoboye inama ya Komite Nyobozi yaguye […]
Liverpool nayo bayihannye by’intangarugero_Amafoto

Mu mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, ikipe ya Liverpool ihanwe by’intangarugero na Aston Villa ibitego birindwi kuri bibiri (7-2). Ollie Watkins wa Aston Villa yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 4, arongera atsinda icya kabiri ku munota wa 22 w’umukino. Hashize iminota 11, Mohamed Salah wa Liverpool yishyuye igitego kimwe gusa […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 14

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 14 mu bipimo 1853 byafashwe. Barimo 12 bonetse i Kigali, bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 1 wabonetse i Burera, 1 wabonetse Kayonza nâundi w’i Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3216:barimo 5 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1621. […]
Man. U imaze kunyagirwa imvura yâibitego
Kuri sitade yayo (Old Trafford), ikipe ya Manchester United imaze kunyagirwa na Tottenham Hotspur imvura yâibitego bitandatu kuri kimwe cyâimpozamarira. Iyi kipe yahawe izina ryâAmashitani atukura ni yo yabanje gufungura izamu ku munota wa kabiri, ubwo umukinnyi wayo Bruno Fernandez yinjizaga mu rushundura penaliti yari ahawe. Nyuma yâiminota ibiri, icyizere cyo gucyura amanota atatu kwa […]
Tshisekedi yoherereje Ndayishimiye ubutumwa yari agenewe mu nama yâi Goma
Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 yohereje intumwa mu Burundi kugira ngo igeze kuri Perezida Evariste Ndayishimiye ubutumwa igihugu cye cyari kigenewe mu nama yagombaga guhuriza Abakuru bâIbihugu byâAkarere mu mujyi wa Goma. Iyi ntumwa ni Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa RDC, Marie Tumba Nzeza uragirira mu […]
Burundi: Wa musore nâumukecuru bakoze ubukwe
Iribagiza Olivier wâimyaka 27 yâamavuko na Ndikumagenge Jacqueline wâimyaka 57 yâamavuko kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 bakoze ubukwe nyuma yo guhabwa uburenganzira na Meya wâUmujyi wa Bujumbura. Ubu bukwe bwari kuba tariki ya 26 Nzeri 2020 bwahagaritswe nâumuryango wa Olivier wavugaga ko ari muto cyane kuri Jacqueline. Byatumye ubuyobozi bwiga ku kibazo cyâaba bakunzi, […]
Wizkid yibasiye bikomeye Perezida Buhari wifurije Trump gukira Covid-19
Umuhanzi Ayodeji Ibrahim Balogun wamamaye muri Nigeria nka Wizkid yibasiye bikomeye Umukuru wâIgihugu cye Muhamadu Buhari amuhora kwifuriza Donald Trump nâumufasha we gukira icyorezo cya Covid-19 bamaze iminsi mike barwaye. Perezida Buhari yanditse ku rubuga rwa Twitter agira ati: âNdifuriza Perezida wa US, Donald Trump nâumufasha we, Melania gukira vuba kandi neza Covid-19â. Wizkid akimara […]
Ubu harabura iki ngo u Rwanda nâu Burundi byongere kubana neza?
Leta yâu Rwanda yatangaje ko ifite ubushake bwo kuzahura umubano wayo nâu Burundi nkâuko na Perezida mushya wâiki gihugu, Evariste Ndayishimiye na we yatangaje ko nâiye ibufite ariko kugeza ubu haracyibazwa ikibura kugira ngo ibihugu byombi byongere kubana neza nk’uko byahoze. Ibibazo byâibihugu byombi bishingiye ku mutekano nkâuko impande zombi zabitangaje mu bihe bitandukanye. Aho […]
Perezida Tshisekedi yongeye gutegura urugendo rwâi Goma nyuma yo kurusubika kenshi
Umukuru wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yongeye gutegura urugendo rwo kujya mu mujyi wa Goma rwo kwitegura inama yâAbakuru bâIbihugu izifashisha ikoranabuhanga rya âvideo-conferenceâ, nyuma yo kurusubika kenshi. Aya makuru yemejwe na Guverineri wâIntara ya Kivu yâAmajyaruguru umujyi wa Goma uherereyemo, Carly Nzanzu Kazivita mu nama yâakanama kâintara yabereye mu mujyi wa […]
Rongora ntarapfa-Ubutumwa bwa nyina wa Diamond ku muhungu we
Ku isabukuru yâamavuko yâicyamamare mu muziki Diamond Platinumz, umubyeyi we Sanura Sandra uzwi nka Mama Dangote yamusabye kurongora undi mugore. Ni ubutumwa yatanze mu kiganiro yagiranye na Wasafi, agaragaza impungenge ko ashobora gupfa umuhungu we atarazana undi mugore. Mama Dangote yagize ati: âIcyo Nsenga cyane ni uko umuhungu wanjye yarongora umugore, wita ku muryango, umugore […]
Umwamikazi Elizabeth II wâimyaka 94 aracyatwara imodoka_Amafoto

Umwamikazi wâu Bwongereza, Elizabeth II ufite imyaka 94 yâamavuko, aracyafite imbaraga ku buryo ashobora gutwara imodoka. Tariki ya 1 Ukwakira 2020 ni bwo uyu mwamikazi yagaragaye atwaye imodoka ye ya âRanger Roverâ mu mihanda iri mu gace ka Sandringham muri Norfolk.Yari yambaye amataratara, agatambaro ko mu ijosi yagakinze mu mutwe. Ibi Elizabeth II yabikoze nyuma […]
Umuryango wa Habyarimana ushyigikiye Dr. Mukwege ushaka gukurikirana ibya raporo inengwa na leta yâu Rwanda
Umuryango wa Juvenal Habyarimana wabaye Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, ushyigikiye Umukongomani Dr. Denis Mukwege ushaka gukurikirana ibya raporo inengwa na leta yâu Rwanda. Iyi ni âRapport Mappingâ imaze imyaka 10 ishyizwe ku mugaragaro na Komisiyo yâUmuryango wâAbibumbye iharanira uburenganzira bwâikiremwamuntu, ikaba ivuga ku byaha bikomeye byakozwe nâimitwe yitwaje intwaro nâingabo zâamahanga zirimo izâu Rwanda […]
Hon. Banciryanino unenga ubutegetsi bwâu Burundi arafunzwe
Hon. Fabien Banciryanino wabaye umudepite ahagarariye Intara ya Bubanza yaraye muri kasho, aho byatangajwe ko yaba akurikiranweho icyaha cyo guhungabanya umutekano wâabaturage no gushyira mu kaga umutekano wâigihugu. Uyu mugabo kuva ari umudepite ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yanengaga imikorere yabwo kugeza nâubu u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye. Amakuru ariho avuga ko Banciryanino ajya […]
Nyuma ya Rusesabagina, Twagiramungu yavuze ko adatewe ubwoba no kuba yafatwa
Nyuma y’ifatwa rya Paul Rusesabagina bakoranaga politiki mu ihuriro mouzamashyaka arwanya leta y’u Rwanda rya MRCD Ubumwe, Faustin Twagiramungu uribereye umuvugizi yavuze ko adatewe ubwoba no kuba na we yafatwa. N’ubwo ari Umuvugizi wa MRCD Ubwigunge, Faustin Twagiramungu ni we muyobozi mukuru usigaye muri iri huriro, ku buryo abarigize babaye bashakishwa, yaba ari we utahiwe. […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho bane

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 4 mu bipimo 1873 byafashwe. Barimo 1 wabonetse i Kigali, 1 wabonetse i Kirehe, 1 wabonetse Kayonza n’undi wa Nyamagabe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3197 barimo 16 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1621. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo […]
Leta yâu Burundi irasaba u Rwanda kuyishyikiriza abaherutse kugabayo igitero

Umuvugizi w’Igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye kuri uyu wa 2 Ukwakira 2020 yasabye leta yâu Rwanda kubashyigikiriza abantu bari bitwaje intwaro bagabye igitero muri Komini ya Kabarore mu Ntara ya Kayanza tariki ya 25 Nzeri 2020. Aba leta yâu Burundi yise âamabandiâ ngo bagabye igitero ku musozi wa Tondero ku mugoroba saa kumi nâebyiri nâiminota […]
Ibisubizo bya MINEDUC ku bibazo 30 byibazwa mbere y’itangira ry’amashuri
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ibicishije ku rubuga rwayo, yasubije ibibazo 30 bikomeje kwibazwa mbere y’isubukura ry’amashuri, yari amaze amezi atandatu afunzwe bitewe n’icyorezo cya Covid-19. Ibibazo n’ibisubizo byabyo ni ibi bikurikira: 1. Imwe mu myanzuro yâInama yâAbaminisitiri ni uko amashuri azafungura ariko bikaba mu byiciro. Ibi bisobanuye iki? Guhera mu kwezi kâUkwakira 2020, Amashuri azafungura […]
Gahakwa Daphrose wabaye Minisitiri w’Uburezi arafunzwe
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko Dr. Gahakwa Daphrose wigeze kuyobora Minisiteri y’Uburezi, akanungiriza Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) afunzwe. RBA ivuga ko Gahakwa akurikiranweho ibyaba birimo ruswa no kwaka indonke, ibyaha yakoze akiri Umuyobozi Mukuru wa RAB. Dr. Gahakwa Daphrose yabaye Minisitiri w’Uburezi kuva mu 2008 kugera mu 2009 ubwo yasimburwaga ba […]
Ijambo rya Perezida Tshisekedi kuri Ambasaderi wâu Rwanda usabirwa kwirukanwa
Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, ku nshuro ya mbere yavuze kuri Ambasaderi Vincent Karega uhagarariye u Rwanda mu gihugu cye, usabirwa kwirukanwa. Ni nyuma yâaho bamwe mu Bakongomani barangajwe imbere nâabanyapolitiki bamaze iminsi bagaragaza ko batishimiye Ambasaderi Karega wanyomoje amakuru ari muri raporo yiswe âMapping Reportâ ishinja ingabo zâu Rwanda ubwicanyi […]
Faustin Twagiramungu ashyigikiye Padiri Nahimana Thomas
Umuvugizi wâihuriro rya MRCD Ubumwe rihuza amashyaka arwanya leta yâu Rwanda, Faustin Twagiramungu yagaragaje ko ashyigikiye Padiri Nahimana Thomas uvuga ko Perezida Kagame atakiriho. Mu kiganiro Faustin Twagiramungu yagiranye nâumunyamakuru wa Radio Ijwi ryâAmerika, yavuze ko Umukuru wâIgihugu cyâu Rwanda atakiboneka, ko yari akwiye kugaragara, agahumuriza Abanyarwanda. Ati: âKuko kuba adahari birateye icyugazi mu Banyarwanda.â […]
Bivugwa ko hari undi muyobozi muri FDLR warashwe
Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC) ziravugwaho kwica undi muyobozi wo muri FDLR zimurasiye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Amakuru igitangazamakuru Interview.CD cyahamirijwe na Samson Rukera uyoboye societe civile muri Rutshuru avuga ko uwishwe azwi nka Desire Kifagiyo, akaba yararasiwe mu gace ka Biruma tariki ya 30 Nzeri 2020. […]
Menya byinshi ku bacamanza bazaburanisha Kabuga Félicien i Arusha
Perezida wâUrwego rwâUmuryango wâAbibumbye rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwasigariyeho u Rwanda i Arusha, Me Carmel Agius kuri uyu wa 1 Ukwakira 2020 yatoranyije abanyamategeko batatu bazaburanisha umunyarwanda Kabuga FĂ©licien ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni nyuma yâumunsi umwe Urukiko rusesa imanza rwo mu Bufaransa rutegetse ko Kabuga FĂ©licien agomba koherezwa kuburanira i […]
Umuryango wa Rusesabagina uracyasaba ko afungurwa
Abagize umuryango wa Paul Rusesabagina mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru bakoresheje ikoranabuhanga kuri uyu wa 1 Ukwakira 2020, bongeye gusaba leta yâu Rwanda ko imufungura. Iki kiganiro cyitabiriwe nâuyu muryango, Peter Robinson wahagarariye abanyamategeko uyu muryango watoranyije kugira ngo bunganire Rusesabagina, Patrick Kennedy wigeze kuba umudepite wahagarariye Ikirwa cya Rhode muri Leta Zunze Ubumwe zâAmerika nâumuvugizi […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 3

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 3 mu bipimo 2583 byafashwe. Barimo 1 wabonetse i Kigali, 1 wabonetse i Musanze n’undi wabonetse i Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3181 barimo 27 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1633. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange […]
Umuriro watse hagati ya Victor Wanyama nâumukobwa wavuze ko basambanye
Umukobwa wâUmunya-Kenya witwa Shakilla yifashe videwo ayishyira ku rubuga rwa Instagram avuga ko muri uyu mwaka yasambanye nâumukinnyi Victor Wanyama, wamwishyuye amashilingi 500,000 mu ijoro rimwe. Gusa uyu mukinnyi wahoze akinira ikipe ya Tottenham Hotspur yahise yamagana amagambo yâuyu mukobwa wâimyaka 19 yâamavuko, avuga ko ahubwo aza kumurega mu butabera mu gihe atamusabye imbabazi. Victor […]
Burundi: Hari abatewe impungenge nâuko EU yaba ishaka kuryarya leta
Bamwe mu Barundi batewe impungenge nâuko Umuryango wâUbumwe bwâi Burayi (EU) waba ushaka kubaryarya, bitewe nâuko wakoze igisa no guca inyuma, ugafata umwanzuro udashimishije leta. Ni mu gihe tariki ya 27 Nyakanga 2020, Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye yakiriye mu biro bye Claude Bochu uhagarariye EU mu gihugu cye. Baganiriye ku buryo igihugu cye na […]
Malawi: Impyisi zihabwa ikiraka cyo kurongora abakobwa n’abagore bato

Mu muco wâiwacu ntibisanzwe ndetse hari abo byagora kubyumva batabanje gusoma iyi nyandiko, ariko mu gace ka Nsanje kari mu majyepfo ya Malawi barabizi, barabyumva ndetse babigusobanurira ukabyumva, kuko ni wo muco wabo; ni bwo buzima abakobwa n’abagore bato baho bemeye kwakira. Iyo umukobwa atangiye gukura ageze mu bwangavu ndetse nâumugore ukiri muto, abanya-Malawi bo […]
Abarwayi ba Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 4

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 4 mu bipimo 2807 byafashwe. Barimo 1 wabonetse i Kigali, 1 wabonetse muri Gatsibo, 1 wabonetse muri Nyamagabe n’undi wabonetse muri Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3154 barimo 29 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1657. Abamaze kugaragaraho […]
Guverinoma ya RDC ivuga ko ingabo za Zambia zanze kuyivira ku butaka
Minisiteri yâIngabo ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ivuga ko yohereje intumwa ziyobowe na Minisitiri AimĂ© Ngoy Mukena mu gace ka Kalubamba gaherereye muri Teritwari ya Moba ingabo za Zambia zashinzemo ibirindiro, zisanga ziracyarimo. Ni mu gihe Umuryango wâibihugu biri mu majyepfo yâAfurika (SADC) wahuje uruhande rwa RDC na Zambia tariki ya 24 Nyakanga 2020, […]
Icyo u Burundi buvuga ku byatangajwe ko bugiye kwinjiza urubyiruko mu gisirikare ku gahato
Minisiteri yâUmutekano wâImbere nâIterambere ryâAbaturage mu Burundi, kuri uyu wa 30 Nzeri 2020 yanyomoje amakuru avuga ko leta ishaka kwinjiza ku gahato urubyiruko rwâabashomeri mu gisirikare. Ni amakuru yasakaye nyuma yâibarura ryâurubyiruko rudafite akazi rimaze igihe rikorwa mu Burundi. Amakuru avugwa ko uru rubyiruko rwaba rugiye kwinjizwa mu gisirikare, yatangaje nâimbuga zirimo Inyankamugayo urubuga rwa […]
Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Félicien yoherezwa i Arusha
Urukiko rusesa imanza rwo mu Bufaransa kuri uyu wa 30 Nzeri 2020, rwemeje ko Kabuga FĂ©licien yoherezwa mu rwego rwa UN rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT) , i Arusha muri Tanzania. Iki cyemezo cyaje kivuguza ubusabe bw’abunganira uyu musaza, basabaga ko yaburanishirizwa mu Bufaransa yafatiwe, bitewe n’ubuzima bwe budahagaze neza. Bisobanuye ko […]
Urukiko rwa EAC ruremeza cyangwa rwange ko Museveni yiyamamariza kuba Perezida
Urukiko rwâUmuryango wâAfurika yâIburasirazuba kuri uyu wa 30 Nzeri 2020 ruremeza cyangwa rwange ko Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yiyamamariza umwanya wâUmukuru wâIgihugu. Mu mwaka ushize ni bwo Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda rwakuyeho inzitizi yâimyaka 75 yâamavuko, yakumiraga uyifite cyangwa uyirengeje kwiyamamariza uyu mwanya. Itegeko rivuguruye ryahaye rugari Yoweri Museveni ufite imyaka 76 yâamavuko, cyane […]
Burundi: EU yanze gukuriraho ibihano Minisitiri Ndirakobuca na Gen. Bizimana
Umuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU) wanze gukurikiraho ibihano Minisitiri wâUmutekano mu Burundi, Gen. Gervais Ndirakobuca na Gen. Godefroid Bizimana bita Ndakugarika wabaye umuyobozi wungirije wa Polisi yâIgihugu, akanakora mu biro byâUmukuru wâIgihugu. Ibihano bahawe birimo kutemererwa kujya mu bihugu bigize uyu muryango no gufatirwa imitungo baba bafiteyo. Aba bashyiriweho ibihano nyuma yâimvururu zaranze u Burundi mu […]
Bujumbura: Ubuyobozi bwemereye umusore nâumukecuru kurushinga
Meya wa Bujumbura, CP Jimmy Hatungimana yemereye umusore nâumukecuru gukora ubukwe nyuma yâimpaka zaturutse mu muryango bitewe nâikinyuranyo cyâimyaka yâabagiye kurushinga. Umusore yitwa Iribagiza Olivier akaba afite imyaka 28 yâamavuko, umukecuru akaba yitwa Ndikumagenge Jacqueline wâimyaka 57 yâamavuko. Aba babarizwa muri zone ya Ngagara muri Bujumbura. Tariki ya 28 Kanama 2020, ni bwo umuryango wa […]
Abarwayi ba Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 4

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 29 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 4 mu bipimo 2761 byafashwe. Barimo 3 babonetse i Kigali nâundi wabonetse mu Karere ka Bugesera. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3125 barimo 8 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1682. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4836 […]
RED Tabara ivuga ko leta yâu Burundi yatakaje byinshi mu bindi bitero byabasakiranyije
Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara uvuga ko tariki ya 26 na 27 Nzeri 2020 warwanye nâinzego zâumutekano zâu Burundi hamwe nâImbonerakure, leta ihatakariza byinshi. Uyu mutwe uvuga ko muri urwo rugamba rwabereye muri Komini ya Kabarore mu Ntara ya Kayanza na Komini ya Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke, n’abarwanyi bawo batatu bakomeretse. RED Tabara […]
Urukiko rwakatiye murumuna wa Gen. Nyamvumba imyaka 6 nâihazabu y’arenga miliyari 21 RWF
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye murumuna wa Gen. Patrick Nyamvumba witwa Robert Nyamvumba igihano cyâigifungo cyâimyaka 6 nâihazabu yâamafaranga yâu Rwanda miliyari 21.6. Ni nyuma yâaho ahamwe nâicyaha cyo gusaba indonke yâamafaranga yâu Rwanda miliyari 7.2, umunya-Espagne witwa Javier Elizalde watsindiye isoko ryo gukwirakwiza umuriro wâamashanyarazi ryari rifite agaciro ka miliyari 72 zâamafaranga yâu Rwanda. […]
Bite by’umuti wa ‘Covifor’ bivugwa ko ugenewe Afurika gusa?

Hashize hafi ukwezi hakwirakwira amakuru y’umuti witwa Covifor bivugwa ko uvura Covid-19, uwo ngo ukaba ugenewe gusuzumirwa ku Banyafurika gusa. Nk’uko bigaragara mu bubiko bwawo, handitse ngo “Not for distribution in US, Canada and EU” bisobanuye ngo : “Ntabwo ukwirakwizwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, muri Canada no mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi”. Hari Abanyafurika basabye […]
Armenia-Azerbaijan: Buri kimwe cyishimiye gusenyera ikindi intwaro karundura

Intambara y’Ibihugu byo muri Aziya byahoze mu Bumwe bw’Abasoviyete; Armenia na Azerbaijan irakomeje aho buri kimwe ubu cyishimira gusenya intwaro karundura z’ikindi zirimo ibimodoka by’intambara n’indege. Azerbajain yasohoye videwo igaragaza ingabo zayo zitwika imodoka ebyiri z’intambara za Armenia, mu gihe Armenia nayo yatangaje ko yasenye intwaro z’umwanzi bahanganye zikubye izo inshuro nyinshi. Armenia yo yigamba […]
Ni abahe banyabyaha u Burundi buvuga ko bwashyikirije u Rwanda ku mugaragaro?

Perezida mushya wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko leta ye ishyikiriza u Rwanda abasize barukoreye ibyaha, ku mugaragaro amahanga areba. Yabivugiye mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ndetse nâabaturage bâu Burundi tariki ya 25 Nzeri 2020, aho yagerageje gusubiza ibibazo bamubazaga. Perezida wâu Burundi yageze ku Rwanda, avuga ko iyo bafashe abanyabyaha bâAbanyarwanda bahungiye i Burundi, […]
Kigali na Kirehe habonetse abantu 12 banduye Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 28 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 12 mu bipimo 1283 byafashwe. Barimo 9 babonetse i Kigali n’abandi 3 babonetse mu Karere ka Kirehe Abamaze gukira iki cyorezo ni 3117 barimo 18 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1686. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni […]
Perezida Kagame yasubije abashaka gufata igihugu nk’uko Inkotanyi zabigenje
Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame kuri uyu 28 Nzeri 2020 yasubije Abanyarwanda bari mu mahanga bavuga ko bashaka gufata igihugu nkâuko ingabo za RPA/RPF zabigenje mu rugamba rwo kubohora igihugu. Yabitangarije mu nama ya Komite Nyobozi yaguye y’umuryango wa FPR Inkotanyi, yabereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo kuri uyu munsi. Umukuru wâIgihugu […]
Perezida wa Kenya aravugwaho gutonesha igisirikare

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta aravugwaho gutonesha igisirikare cy’igihugu ku buryo ari kugenda agiha ubundi bubasha kitari gisanganwe. Ni nyuma y’aho uyu Mukuru w’Igihugu yemeje ko igisirikare cy’igihugu kigomba kujya kigenga umusaruro w’inyama, akaba afite umugambi wo kugiha ububasha bwo kugenga n’indege zose za kajugujugu z’igihugu. Tariki ya 7 Nzeri 2020 ni bwo Guverinoma ya […]
RDC yohereje intumwa ziyobowe na Azarias Ruberwa muri Minembwe
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, yohereje intumwa muri Minembwe ho muri Teritwari ya Fizi hamaze igihe kirekire havugwa ubwicanyi bukorerwa abahatuye. Izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri ushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage no kuvugurura inzego zâigihugu, Azarias Ruberwa wanavukiye muri Fizi, Guverineri wâIntara ya Kivu yâAmajyepfo, Theo Kasi, abadepite nâabasirikare bakuru. Icyabajyanye muri Teritwari ya […]
Umugore yampishuriye ko umwana maze imyaka 10 nzi ko ndi âSeâ atari uwanjye
Nitwa MoĂŻse [amazina yahinduwe], mfite imyaka 28 y’amavuko, nkaba mbarizwa mu mujyi wa Kigali. Iyi ni inkuru mpamo yambayeho, itazigera isibangana mu mutwe wanjye kuko nta munsi ushira ntayitekerejeho. Nifuje kuyibasangiza, wenda hari ubwo yagira icyo ibungura. Ngira ngo muzi neza ibyâurukundo rwâabana baturanye, bakuranye. Basangira byose, bakabwirana byose; yewe ntibahishana nâibyo iwabo bariye. Urwo […]
Ubutumwa bwa Ndayishimiye ku Rwanda n’ifungurwa ry’amashuri mu nkuru z’icyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 21 kikarangira tariki ya 27 Nzeri 2020, cyumikanyemo ijambo rya Perezida w’u Burundi wongeye kwibasira u Rwanda, Inama y’Abaminisitiri yemeza ko amashuri ari hafi gufungura, Rusesabagina akomeza guteka impaka, mu gihe ikibazo cya Rayon Sports cyahawe umurongo. Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye tariki ya 25 Nzeri 2020, yongeye […]
Umuyobozi wa Gereza ya Gicumbi watabarije abagororwa arafunzwe
Umuyobozi wa Gereza ya Gicumbi, CSP Innocent Iyaburunga watabarije imfungwa n’abagororwa amaze iminsi atawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Umuvugizi w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa, CSP Pelly Gakwaya yabihamirije Umuseke, gusa ababwira ko babaza ibindi RIB imufite. Itangazamakuru ryamenye ko CSP Iyaburunga yatabarije imfungwa n’abagororwa batagisurwa [kubera Covid-19], bimenyekana tariki ya 29 Kanama 2020 ubwo […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 9

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye iyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 9 mu bipimo 2207 byafashwe. Barimo 6 babonetse i Kigali, 2 muri Nyamagabe nâundi w’i Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3099 barimo 8 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1692. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4820 […]
Nâubwo tugiye gufungura, icyorezo kiracyahari-Minisitiri Uwamariya
Minisitiri wâUburezi, Dr. Valentine Uwamariya yatangaje ko nâubwo amashuri agiye gufungura, icyorezo kigihari kandi gikomeje gutwara ubuzima bwâabantu. Ni ubutumwa yatanze nyuma yâamasaha make Inama yâAbaminisitiri yateranye tariki ya 25 Nzeri 2020 yemeje ko amashuri azafungura mu bihe bya vuba. Minisitiri Uwamariya mu kiganiro yagiriye ku Kigo cyâIgihugu cyâIsakazamakuru kuri uyu wa 26 Nzeri, yatangake […]
Luis Suarez ‘wajugunwe’ na FC Barcelona yatangiye gushimisha abâi Madrid
Umunya Uruguay, Luis Suarez uherutse kujugunwa na FC Barcelona, kuri uyu wa 27 Nzeri 2020, yatangiye gushimisha abakunzi bâikipe ya Atletico Madrid iherutse kumugura. Uyu rutahizamu yigaragaje bikomeye mu mukino wa Shampiyona yâicyiciro cya mbere (La Liga) wahuje iyi kipe yâi Madrid na Granada, aho yagize uruhare mu bitego bibiri birimo igitego yatsinze ku munota […]
U Bubiligi bwiteguye kwakira abaturutse mu Rwanda butabanje kubapima Covid-19
U Bubiligi bufitiye icyizere u Rwanda na Koreya yâEpfo mu bijyanye no guhangana nâicyorezo cya Covid-19 ku buryo ugezeyo aturutse muri ibi bihugu byonyine, atari gupimwa cyangwa ngo ashyirwe mu kato. Nkâuko tubikesha Brussels Times, aya makuru yemejwe na Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga yâu Bubiligi. Iyi Minisititeri yatangaje ko ubu abantu bagiye mu Rwanda na Koreya […]
Huye: Minisitiri Gatete yasabye ko abatubaka ibibanza bafite mu mujyi babyamburwa

Minisitiri wâIbikorwaremezo, Gatete Claver kuri uyu wa 27 Nzeri 2020 yasabye ko abatubaka mu bibanza bafite mu mujyi wa Huye, babyamburwa bigahabwa abashaka kubibyaza umusaruro. Minisitiri Gatete yabitangaje ubwo yasuraga ibikorwaremezo biri muri uyu mujyi birimo nkâikibuga cyâindege gito kigiye gutunganywa kikazajya kigwaho indege zitagira abapilote (drones), Sitade Mpuzamahanga n’umuhanda wa kaburimbo uva mu mujyi […]