Ndayishimiye wari wasabye ko imitungo y’abayobozi igenzurwa yivuguruje

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wari umaze ukwezi asabye ko abayobozi bamurika imitungo yose bafite kugira ngo harebwe niba bataribye igihugu, yisubiyeho avuga ko byatwara igihe kirekire bikaba no kumena ibanga ry’umutungo bwite. Tariki ya 23 Kanama 2020, Perezida Ndayishimiye wari kumwe n’abandi bayobozi mu masengesho yavuze ko kubera imigisha yose bakakuye, bakaba […]

Burundi: Abashomeri bose baba bagiye gufashwa kwiteza imbere?

fb_img_16011918750794857.jpg

Nyuma y’irahira rya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, hasohotse itangazo risaba urubyiruko rwize rudafite akazi, kwibaruza gusa icyari kigamijwe nticyahise kimenyekana. Gusa hatangiye gukwirakwira amakuru avuga ko Perezida Ndayishimiye ashobora agiye kuzana agashya, agasubiza ikibazo cyo gufasha abashomeri bose, cyananiye amahanga menshi. Hari n’abatekereje kandi ko kubarura abashomeri nta kindi kidasanzwe […]

Harmonize yavuze icyo atekereza ku isibwa ry’indirimbo ya Diamond kuri YouTube

Umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platinumz aherutse gushyira hanze videwo y’indirimbo yitwa ‘Cheche’ yafatanyije na Zuchu, gusa nyuma y’igihe gito yasibwe ku rubuga rwa YouTube uwitwa Tony Anthony abashinja kumushishura. Gushishura ni imvugo ikoreshwa mu bihangano, isobanura kwigana igihangano; cyose cyangwa se bimwe mu bikigize nk’amagambo, umuziki cyangwa ingoma (beat). Harmonize yandikiwe n’umukunzi we, amubwira […]

Umuhanzi ‘Ndandambara’ agiye gukurikirana uwashyize hanze videwo imugaragaza ahohotera umwana

Umuhanzi Nsabimana Léonard wamenyekanye nka ‘Ndandambara’ mu bikorwa byo kwamamaza, yarakajwe n’uwashyize hanze videwo yifashe ahohotera umwana ukiri muto, bityo ngo we ubwe agiye kumwikurikiranira. Muri iyi videwo, Ndandambara agaragara yambaye agapira k’umutuku, afata videwo umwana avuga ko afite imyaka itatu n’igice. Uyu mwana we arapfukamye, amaboko ye azamuye igisa n’itafari, bigaragara ko agenda acika […]

Huye: DASSO arashinjwa gukubita umubyeyi bikamuviramo ‘Kuva’, Gitifu wari uhari akabyihunza

img-20200926-wa0037.jpg

Kampire Appolonie w’imyaka 29 y’amavuko, atuye mu Mudugudu wa Byimana, Akagari ka Nyakibanda, Umurenge wa Gishamvu w’Akarere ka Huye. Arashinja DASSO Kanamugire Jean Bosco kumukubita imigeri irenze itatu mu mugongo, bikamuviramo kuvira mu nda ibyara. Ni mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wari uhari, abyihunza. Ku wa Kane tariki ya 24 Kampire yasezeranye n’umugabo we Ndayisenga […]

Ndayishimiye yasobanuye byinshi byatumye avuga ko atitabira inama y’i Goma

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 25 Nzeri 2020 yasobanuye byinshi ku nama y’Abakuru b’Ibihugu yagombaga kubera mu mujyi wa Goma, yatangaje ko atazayitabira. Tariki ya 12 Nzeri habura amasaha make ngo iyi nama ibe tariki ya 13, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi yatangaje ko Perezida Ndayishimiye atazayitabira bitewe n’izindi gahunda […]

Amashuri arafungura mu bihe bya vuba

img-20200926-wa0002.jpg

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 25 Nzeri 2020 yatangaje ko amashuri afungura mu bihe bya vuba. Ni nyuma n’amezi arenga atandatu yari ashize abanyeshuri bari mu rugo bitewe n’icyorezo cya Covid-19. Ifungura ryayo rizagendera ku byiciro. Inama y’Avaminisitiri yemeje ko gahunda y’uko azafungura izatangazwa na Minisiteri y’Uburezi, hashingiwe ku isesengura rizakorwa. Ifungura ryayo ahanini […]

Covid-19 yishe abandi Banyarwanda babiri

eiykd9rwkaidytt-1.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Nzeri 2020 yatangaje ko abandi Banyarwanda babiri bishwe n’icyorezo cya Covid-19, mu gihe handuye abantu 9 mu bipimo 1400 byafashwe. Abapfuye barimo umugabo ufite imyaka 44 n’umugore w’imyaka 46 y’amavuko, bombi baguye i Kigali. Barimo 5 babonetse i Kigali, 2 muri Nyamagabe n’abandi 2 muri Nyagatare. Abamaze […]

Sinigeze mvuga ko u Rwanda ari urwiyorobetsi_Perezida Ndayishimiye

Nyuma y’iminsi 100 agiye ku butegetsi, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi kuri uyu wa 25 Nzeri 2020 yatangaje ko atigeze avuga ko u Rwanda ari urwiyorobetsi gusa avuga andi magambo akomeye kuri iki gihugu kiri mu majyaruguru y’icyo ayoboye. Ni igisubizo yatangiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, mu Ntara y’Ubutegetsi ya Gitega mu Burundi. Perezida Ndayishimiye […]

Hashyizweho itsinda rishinzwe gusuzuma imitungo ya leta idakoreshwa

Inama Ngishwanama yo Kurwanya Ruswa n’Akarengane ku rwego rw’Igihugu kuri uyu wa 24 Nzeri 2020 yashyizeho itsinda tekinite rishinzwe gusuzuma imitungo yose ya leta idakoreshwa. Nk’uko byemejwe mu itangazo rigenewe itangazamakuru, iyi nama yari iyobowe n’Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekezi yabaye yifashishije ikoranabuhanga nk’uburyo bwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Abitabiriye inama baganiriye ku gukaza ingamba […]

Kim Jong Un yatunguranye asaba imbabazi Koreya y’Epfo

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un kuri uyu wa 25 Nzeri 2020 yatunguranye asaba imbabazi Koreya y’Epfo bitewe n’uko abasirikare be barinda amazi bishe umuyobozi wayo ukuriye abarobyi, bamutwitse. Ku wa Kabiri tariki ya 22 Nzeri 2020 ni bwo byamenyekanye ko aba basirikare ba Koreya ya Ruguru bishe uyu muyobozi. Ngo yari mu […]

USA: Umupolisi wagize uruhare mu iyicwa ry’umwirabura ntakurikiranweho ‘kwica’

Abapolisi babiri muri batatu bari bakurikiranweho kurasa umwirabura, Breonna Taylor wari umukozi ku bitaro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, barekuwe mu gihe umwe usigaye akurikiranweho gupfa kurasa. Tariki ya 13 Werurwe 2020, ni bwo aba bapolisi: Jonathan Mattingly, Brett Hakinson na Myles Cosgrove binjiye mu icumbi riherereye mu mujyi wa Lousiville uri muri Leta ya […]

Abanduye Covid-19 biyongereyeho 10

img-20200924-wa0049.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu 10 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 2158 byafashwe. Barimo 6 babonetse i Kigali, 3 muri Nyamagabe n’undi muri Nyagatare. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3050 barimo 55 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1712. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4789 […]

Rusesabagina yaba yarabeshye impamvu yari imujyanye mu Burundi

Umunyapolitiki urwanya leta y’u Rwanda, Paul Rusesabagina watawe muri yombi mu mpera za Kanama 2020 ngo yaba yarabeshye impamvu yari imujyanye mu Burundi. Mu kiganiro Paul Rusesabagina w’imyaka 66 y’amavuko yagiranye n’igitangazamakuru The New York Times tariki ya 15 Nzeri 2020, yavuze ko yafashwe yari azi ko ari kwerekeza mu Burundi. Impamvu yatangaje yari imujyanye […]

Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”

Abadepite 27 baturuka mu mitwe ya politiki itandukanye igize Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), kuri uyu wa 23 Nzeri 2020 bandikiye Umuyobozi w’uyu muryango, Joseph Borell Fontelles bamugaragariza impungenge kuri Paul Rusesabagina watawe muri yombi na leta y’u Rwanda. Kwita Rusesabagina umuturage w’u Bubiligi na EU babishingira ku kuba yaravuye mu Rwanda mu 1996 […]

U Busuwisi bamwe bizera ko butagira ingabo bugiye kugura intwaro karundura

Leta y’u Busuwisi bamwe bazi ko itagira igisirikare, ifite gahunda yo gushora amafaranga yo muri iki gihugu arenga miliyari 6 yo kugura intwaro karundura zirimo indege z’intambara. Izi ndege ngo zigomba gusimbura izo iki gihugu cyari gisanganwe zo mu bwoko bwa 30F/A-18 Hornets zivugwaho ubushobozi buke ugereranyije n’izigezweho, ngo izo zizatakaza manda mu 2030. Gifite […]

U Burusiya bwakoze operasiyo kabuhariwe yo guhiga uzwi nka Yesu

Leta y’u Burusiya yakoze operasiyo kabuhariwe yo guhiga Pasiteri Sergei Torop uvuga ko ari Yesu Krisitu wagarutse mu Isi, bwifashishije indege za kajugujugu. Sergei Torop abayoboke b’itorero rye bita Vissarion cyangwa se ‘Yesu wa Siberia’, yigeze kuba umupolisi, abwirukanwamo mu 1989 yishingira urusengero. Arashinjwa kurema itorero ritemewe no kwambura abayoboke amafaranga (amaturo). Mu itorero rya […]

CIJ igiye gukomeza gusuzuma ibyo ingabo za Uganda zishinjwa kwangiza muri RDC

Urukiko Mpuzamahanga ruharanira ubutabera, CIJ (Court Internationale de Justice) rwa La Haye mu Buholandi kuri uyu wa 22 Nzeri 2020 rwatangaje ko rugiye gukomeza gusuzuma ibyo ingabo za Uganda zishinjwa kwangiza ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo mu myaka igera kuri 23 ishize. Uru rukiko ruvuga ko ingabo za Uganda zari mu Ntara […]

Nyagatare yabonetsemo abantu 26 banduye Covid-19

img-20200923-wa0058.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 23 Nzeri 2020 yatangaje ko mu karere ka Nyagatare habonetse abantu 26 banduye icyorezo cya Covid-19, mu gihugu hose haboneka 41 mu bipimo 2273. Ababonetse muri Nyagatare ni abatwazi b’amakamyo yambukiranya imipaka. Abandi barimo 12 banonetse i Kigali, bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi na 3 babonetse mu Karere […]

Hailemariam Desalegn yasuye ibikorwa by’iterambere ry’ubuhinzi muri Huye_Amafoto

img-20200923-wa0039.jpg

Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, uyoboye Inama y’Ubutegetsi y’Umuryango Nyafurika uharanira iterambere ry’ubuhinzi (AGRA) kuri uyu wa 23 Nzeri 2020 yasuye ibikorwa bitandukanye by’ubuhinzi mu Karere ka Huye. Ibyo birimo laboratwari y’ubutaka n’ishinzwe gusuzuma uburwayi bw’ibihingwa, ububiko bw’uturemangingo ndangasano tw’ibihingwa n’amatungo(Gene Bank) n’ikigega cy’imbuto z’urutoki (Banana Field Germplasm Conservation). Yakiriwe n’abarimo Umuyobozi Mukuru […]

Amafoto y’indi myigaragambyo isabira Ambasaderi Karega kwirukanwa

eilvl54wsaa9l2o.jpg

Kuri uyu wa 23 Nzeri 2020, Abakongomani bakoreye imyigaragambyo ya kabiri basaba ko Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, yirukanwa ku butaka bwabo gusa Polisi y’Igihugu yahanganye nabo bamwe ibata muri yombi bazira kwigomeka. Aba baturage bahamagawe n’imiryango irimo LUCHA, ECCHA na Filimbi baraziza Ambasaderi w’u Rwanda ko yanyomoje ubutumwa bushinja ingabo z’u Rwanda kwica abaturage […]

Muhire yabuze indege imujyana kwivuza mu Misiri kubera ko ari muri bomboni

img-20200923-wa0022.jpg

Muhire Jean Claude ni umusore w’imyaka 29 y’amavuko urwariye mu bitaro bya CHUK i Kigali kuva muri Gashyantare 2019, ubu akaba amazemo amezi 17. Muri uko kwezi, Muganga yaramupimye asanga arwaye impyiko zombi ku rwego rwa gatanu, ari narwo rwa nyuma ku buryo zidashobora gukira. Muganga kandi yamubwiye ko arwaye n’umuvuduko ukabije w’amaraso ndetse na […]

Perezida Ndayishimiye agiye kugira ikiganiro giha urubuga itangazamakuru n’abaturage

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye agiye kugirana ikiganiro n’abanyamakuru ndetse n’abaturage, aho yiteguye gusubiza buri wese. Iki kiganiro kizabera mu murwa mukuru w’ubutegetsi, Gitega, tariki ya 25 Nzeri 2020, kuva saa mbiri z’igitondo kugeza saa tanu z’amanywa. Nk’uko biteganyijwe kandi, iki kiganiro kizaba gica ku gitangazamakuru cy’igihugu, RTNB ndetse n’izindi radiyo zumvikana mu […]

Ibihugu bigize Commonwealth byemeje itariki nshya CHOGM izaberaho

Nyuma y’amezi atanu inama ya Commonwealth yagombaga kubera mu Rwanda isubitswe bitewe n’icyorezo cya Covid-19, Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango banzuye ko yimurirwa kuri tariki ya 21 Kamena 2021. Byatangajwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Hon. Patricia Scotland kuri uyu wa 23 Nzeri 2020, nyuma yo kwemezwa n’ibihugu […]

Bavuga ko Ndayishimiye wise Magufuli umubyeyi, asa n’uwagurishije igihugu

Ku nshuro ya mbere, Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yagiriye uruzinduko muri Tanzania tariki ya 19 Nzeri 2020 yita Perezida Magufuli umubyeyi wa Batisimu muri politiki. Yashingiye ku kuba amaze igihe gito ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, bityo Magufuli uri kurangiza ya mbere agomba kumurera neza mu buzima bwa politiki. Ariko hari abatarabyishimiye ku […]

Mu nama ya UN: Byageze ku Bushinwa, Perezida Trump asya atanzitse

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatanze ikiganiro mu nama rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN) yateranye ku wa 22 Nzeri 2020, ageze ku Bushinwa asya atanzitse. Mu kiganiro cyumvikanyemo kudaca ku ruhande no kutigengesera kwa Donald Trump, yanenze bikomeye Repubulika y’u Bushinwa ashinja kuzana icyorezo cya Covid-19 ku Isi. Perezida Trump muri televiziyo yari […]

Imyaka 7 irashize asaba ubutabera gukurikirana uwamurasiye muri kasho

Umuturage witwa Habiyaremye Lazare utuye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, aracyasaba kurenganurwa nyuma y’imyaka 7 arasiwe muri kasho ku mpamvu atasobanukiwe. Mu masaa moya ya tariki y’umugoroba wa tariki ya 10 Gicurasi 2013 ni bwo Habiyaremye uvuga ko yari afungiwe muri kasho ya polisi ya Kicukiro, yarashwe mu rutugu, irasu rihinguranya mu […]

Abandi bantu 16 bagaragayeho Covid-19 mu Rwanda

eiiz7xtxkaaebeg.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Nzeri 2020 yatangaje ko abandi bantu 16 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 1631 byafashwe. Abanduye barimo 11 banonetse i Kigali, bapimwe mu banduye kurusha abandi n’abandi 5 babonetse mu Karere ka Nyamagabe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2991 barimo 18 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1720. […]

Sadate yigereranyije na Mose wambukije Abisirayeli inyanja, ntiyagera mu Gihugu cy’Isezerano

Munyakazi Sadate umaze amasaha make ahagaritswe ku mwanya wa Perezida wa Rayon Sports, yigereranyije na Mose wambukije Abisirayeli Inyanja Itukura ariko we ntabashe kugerana nabo mu Gihugu cy’Isezerano. Ni ubutumwa Sadate yageneye abakunzi b’iyi kipe, abucishije ku rubuga rwa Tiwtter. Yagize ati: “Mfashe uyu mwanya nshimira abo twabanye mu kubaka Rayon Sports y’umwuga kdi ikorera […]

Rurageretse hagati y’umunyamategeko wo muri Uganda n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC

Umunyamategeko wo muri Uganda, Male Mabirizi ahanganye n’Umunyamabanga Mukuuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Libérat Mfumukeko, buri umwe ashinja undi kumurega atubahirije amategeko. Intandaro y’uyu mwuka mubi ni itangazo rigenewe abanyamakuru Ambasaderi Mfumukeko yashyize hanze tariki ya 16 Nzeri 2020, ashinja Mabirizi gukoresha ikirangantego cya EAC n’amafoto y’abanyamategeko yayo mu nyungu ze bwite, adasabye uburenganzira akanama […]

Umugore washatse guhagarika ubukwe bw’umucungagereza yabeshye ubuyobozi_MIGEPROF

Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango kuri uyu wa 22 Nzeri 2020 yatangaje ko umugore witwa Manishimwe Marie Grace washatse guhagarika ubukwe bw’umucungagereza witwa Dusengimana Vincent avuga ko ari umugabo we, yabeshyaga. Tariki ya 18 Nzeri 2020, ni bwo Yawe TV yashyize hanze videwo igaragaza Manishimwe yinjira mu cyumba Dusengimana n’umukunzi we bari bagiye gusezeraniramo, tariki ya […]

Umurundikazi yagizwe Umuyobozi mushya wa Amnesty muri Canada

ketty-2.jpg

Inama y’Ubutegetsi y’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu wa Amnesty International muri Canada (ishami ry’Icyongereza), kuri uyu wa 21 Nzeri 2020 wagize impunzi y’Umurundikazi, Ketty Nivyabandi Umunyamabanga Mukuru wawo mushya. Ubusanzwe Ketty w’imyaka 42 y’amavuko yagiye muri Canada mu 2015 ku bw’umutekano we atari yizeye. Ni umusizi wigeze no kuba umunyamakuru, akaba yifashisha impano ye avuganira […]

Perezida Tshisekedi yongeye gusubika urugendo rw’i Goma

Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi kuri uyu wa 21 Nzeri 2020 byamenyekanye ko yongeye gusubika urugendo yari afite mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uru rugendo yagombaga gutegura agiye kwitabira inama yatumiyemo Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere, arusubitse ku nshuro ya kane. Ubwa mbere ni mbere ya tariki […]

Umuntu wa 27 mu Rwanda yishwe na Covid-19

eidcuhawsaan1_d.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 21 Nzeri 2020 yatangaje ko umuntu wa 27 yishwe na Covid-19, mu gihe bipimo abashya banduye ari 11 mu bipimo 1448 byafashwe. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 58 y’amavuko, waguye i Kigali. Abanduye barimo 7 banonetse i Kigali, bahuye n’abanduye n’abandi 4 babonetse mu Karere ka Nyamagabe. Abamaze gukira […]

Perezida w’u Bushinwa yavuze ko nta gihugu gikwiye kwibwira ko ari cya ‘Boss w’Isi’

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping kuri uyu wa 21 Nzeri 2020 yatangaje ko nta gihugu na kimwe gikwiriye kwiremereza ngo cyibwire ko ari cya ‘Boss w’Isi’. Uyu Mukuru w’Igihugu kiri mu bya mbere bikomeye mu bukungu yabitangaje mu butumwa yatanze mu gihe Umuryango w’Abibumbye wizihizaga imyaka 75 umaze ubayeho. Xi Jinping yibanze ku mikorere y’uyu […]

Amafoto yihariye ya Perezida Magufuli wiyamamarije muri Tabora

fb_img_16007062453903637.jpg

Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli uri kwiyamamariza amatora y’Umukuru w’Igihugu, kuri uyu wa 21 Nzeri 2020 yigaragaje mu buryo bwihariye muri Tabora. Ni ibikorwa byateguwe n’ishyaka ahagarariye rya Chama Cha Mapinduzi (CCM) rirangwa n’amabara y’icyatsi. Iri shyaka riri gukora ibishoboka byose kugira ngo umukandida waryo azegukane insinzi mu matora ateganyijwe tariki ya 28 […]

Motari watwaye umwana amuziritse nk’umuzigo yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umumotari ukorera mu Karere ka Gicumbi witwa Ngendonziza Gilbert nyuma yo gufotorwa yazirikiye umwana kuri moto nk’umuzigo. Amakuru avuga ko Ngendonziza yazirikiye uyu mwana w’imyaka 10 y’amavuko kuri moto, amuziza ko yamututse. RIB mu iperereza ry’ibanze yamenye ko Ngendonziza yagaragaye mu gasoko ka Nkoto gaherereye mu […]

Umugore ukekwaho koherereza Perezida Trump ibaruwa irimo uburozi yafashwe

Ubuyobozi bwo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwatangaje ko kuri uyu wa 20 Nzeri 2020 bwataye muri yombi umugore wajyaniye Perezida Trump ibaruwa irimo uburozi. Uyu mugore utangarijwe amazina yafatanwe imbunda i New York muri USA, avuye muri Canada. Umuyobozi ushinzwe uburinzi bw’umupaka na gasutamo, Aaron Bowker yabwiye ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ati: “Ndahamya ko […]

Umusirikare warokotse igitero cyiciwemo Gen. Kararuza n’umuryango we yahishuye byose

Nyuma y’imyaka ine Brig. Gen. Athanase Kararuza wari umujyanama wa Visi Perezida wa Repubulika y’u Burundi yiciwe hamwe n’umugore ndetse n’umukobwa we, ngo ababikoze barazwi kandi bafite imyanya ikomeye muri leta. Aya makuru yemejwe na Cpl. Dieudonne Kwizera, wari umurinzi wa Gen. Kararuza, akaba n’umwe rukumbi wabashije kurokoka iki gitero. Cpl Kwizera bigaragara ko yacikiye […]

Sharifa wari umugore wa Jay Polly yambitswe impeta n’undi mukunzi

Uwimbabazi Sharifa umaze ukwezi atandukanye n’umuhanzi Tuyishime Joshua (Jay Polly) bari babanye nk’umugore n’umugabo, yambitswe impeta n’umukunzi mushya. Mu kwezi gushize ni bwo byamenyekanye ko Sharifa na Jay Polly bagiye bagira amakimbirane y’urudaca, bemeranyije gutandukana. Sharifa abicishije ku rubuga rwa Instagram, yahamirije abamukurikira ko afite umukunzi mushya, ashyiraho n’ifoto y’ikiganza cye cyambaye impeta. Bimwe mu […]

Iby’inama y’i Goma byaranze, Ndayishimiye ajya Tanzania, Rusesabagina avuga uko yafashwe

Icyumweru gishize cyaranzwe n’amakuru atandukanye muri politiki yerekeye Akarere, by’umwihariko u Rwanda n’u Burundi bimaze imyaka igera kuri itanu bidacana uwaka. Ingaruka z’umubano utifashe neza w’ibi bihugu zikomeje kugera butabera, umutekano n’ububanyi n’amahanga. Imikino n’imyidagaduro nabyo biri mu gice kigize iki cyegeranyo cy’amakuru y’ingenzi yaranze icyumweru. Mu Karere: Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu ikomeje kuba agatereranzamba […]

Abanduye Covid-19 biyongereyeho 22

img-20200920-wa0043.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu banduye Covid-19 biyongereyeho 22, mu gihe bipimo 1892 byafashwe. Abanduye barimo 14 banonetse i Kigali, bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 7 babonetse mu Karere ka Nyamagabe n’undi wabonetse muri Burera. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2961 barimo 51 b’uyu munsi, abakirwaye bo […]

Indege yari ijyanye Perezida Tshisekedi i Goma yagiriye ikibazo mu nzira isubira iyo yavuye

Indege yari ijyanye Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi mu mujyi wa Goma yagiriye ikibazo mu nzira, isubira iyo yari ivuye. Amakuru ya Radio Top Congo avuga ko indege y’uyu Mukuru w’Igihugu yagize ikibazo cya moteri ubwo yari imaze iminota 30 ihagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’djili giherereye muri Kinhsasa. Iyi […]

Chameleone yabuze amahirwe yo kuyobora Kampala azira kuterekana indangamuntu

Umuhanzi wo muri Uganda, Joseph Mayanja uzwi nka Jose Chameleone kuri uyu wa 20 Nzeri 2020 yatakaje amahirwe yo kuyobora umujyi wa Kampala azize ibirimo kuterekana ikarita ndangamuntu. Ni nyuma y’aho aya mahirwe yari yizeye yahawe Latif Ssebagala wigeze kuba umudepite. Jose Chameleone wagaragaje inyota yo kwinjira muri politiki yumvikana mu bitangazamakuru ko ashaka gusimbura […]

Hashize imyaka 44 Habyarimana, Mobutu na Bagaza bahuriye mu Rwanda_Impamvu ni iyi

cfe27217-89cc-405b-99c6-fb6a44dcdfb2-300x200.jpg

Tariki ya 20 Nzeri 1976, Juvénal Habyarimana wari Perezida w’u Rwanda, Mobutu Sese Seko wari Perezida w’icyitwaga Zaïre na Jean Baptiste Bagaza wari Perezida w’u Burundi bahuriye mu mujyi wa Gisenyi (ubu ni Rubavu). Icyabahurije muri uyu mujyi uri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Rwanda ni ukugira ngo batangize Umuryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari, CEPGL (Communauté Economique […]

Byinshi ku mugenzo wa ’21 Gun Salute’ ukorerwa abanyacyubahiro

Uyu mugenzo wakozwe kuva mbere y’ikinyejana cya 14, aho ingabo zacurikaga amacumu yazo zikayashinga mu itaka mu rwego rwo kwerekana ko zitagambiriye intambara cyane mu gihe zabaga zinjiye ku butaka bw’amahanga, icyo kikaba ikimenyetso cy’amahoro. Iterambere ryaraje, icyari icumu gisimbuzwa imbunda zimwe za rutura, ndetse n’intego z’uyu mugenzo ziriyongera. Guhera mu kinyejana cya 18, ni […]

Amerika irahigisha uruhindu Abashinwa batanu

Urwego rushinzwe iperereza rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, FBI, kuri uyu wa 19 2020 rwatangaje ko rushakisha Abashinwa batanu bagize itsinda ry’abajura bifashisha ikoranabuhanga (hackers) rizwi nka APT 41 cyangwa Barium. Abo ni Zhan Haoran, Tan Dailin, Qian Chuan, FU Kiang na Jiang Lizhi; bashinjwa gucengera mu ikoranabuhanga rihambaye ry’ibigo bitandukanye. FBI ivuga ko tariki […]

Perezida Magufuli yifuza ko Ndayishimiye w’u Burundi yayobora EAC

Perezida wa Repubulika ya Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli yifuza ko Perezida Evariste Ndayishimiye yayobora Inama y’Abakuru b’Ibihugu y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ni bumwe mu butumwa yamugeneye mu gihe uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi yari yamusuye kuri uyu wa 19 Nzeri 2020, ku nshuro ya mbere kuva yatorwa. Perezida Magufuli yagaragaje ko afitiye icyizere Ndayishimiye […]

Perezida Tshisekedi ashobora kujya i Goma mu cyumweru gitaha

Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ashobora kuva i Kinshasa akajya mu mujyi wa Goma ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha, tariki ya 22 Nzeri 2020. Inkuru ya Actualite.CD ivuga ko aya makuru yaturutse mu biro by’Umukuru w’Igihugu wa RDC, avuga ko Perezida Tshisekedi azaba agiye mu myiteguro y’inama ihuza Abakuru b’Ibihugu byo […]

Kuki Perezida Museveni yari gukenera uburinzi bwihariye mu nama y’i Goma?

Inama yagombaga guhuriza mu mujyi wa Goma Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere yasubitswe ubugira kabiri, bwa mbere bitewe n’imyiteguro y’inama y’Umuryango w’Abibumbye byavuzwe ko yari kuba tariki ya 15 Nzeri, ku nshuro ya kabiri biterwa n’impamvu itamenyekanye. Ubwa mbere iyi nama yari guterana tariki ya 13 Nzeri 2020, biteganyijwe ko ihuza Perezida w’u Rwanda, uwa […]

Minisitiri yahamije ko Joseph Kabila ari mu nzira yo gusubirana ubutegetsi

Minisitiri w’Ibidukikije n’Iterambere rirambye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Claude Nyamugabo yahamije ko Joseph Kabila ari mu nzira yo gusubirana ubutegetsi. Minisitiri Nyamugabo yabitangaje kuri uyu wa 18 Nzeri 2020 mu nama y’abagize ishyaka rya PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Democratie) Joseph Kabila asanzwe abereye umuyoboke. Kuri uyu Minisitiri, ngo […]

Abandi Banyarwanda 2 bishwe na Covid-19

img-20200918-wa0063.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Nzeri 2020 yatangaje ko abandi bantu babiri bishwe na Covid-19 mu Rwanda, mu gihe abanduye bashya ari 18 mu bipimo 1549 byafashwe. Abapfuye ni Abanyarwanda; umwe wari ufite imyaka 29 n’undi wari ufite 80 y’amavuko, baguye mu mujyi wa Kigali. Abanduye barimo 9 banonetse i Kigali, bapimwe […]

Perezida Ndayishimiye arajya hanze y’igihugu bwa mbere kuva yatorwa

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuva muri Gicurasi 2020 yatorerwa kuyobora iki gihugu, afite uruzinduko rw’umunsi umwe aragirira hanze y’igihugu cye. Byemejwe nyuma y’aho Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Tanzania kuri uyu wa 18 Nzeri itangarije ko uyu Mukuru w’Igihugu yatumiwe na mugenzi we, Dr. John Pombe Magufuli. Biteganyijwe ko Perezida Ndayishimiye ajya muri […]

Huye: Umugabo wihishe Gacaca nyuma yo gukatirwa imyaka 30, yafashwe atobora inzu

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage batuye mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, yafashe umugabo wari warakatiwe n’Inkiko Gacaca igifungo cy’imyaka 30, nyuma yo guhamwa n’icyaha cya jenoside yakorewe Abatutsi, yarangiza agatoroka. Uyu mugabo yitwa Banyangiriki Isaac wamenyekanye nka Ndiki akaba afite imyaka 50 y’amavuko. Akomoka mu Kagari ka Gatoki, mu Murenge wa […]

Uganda: Imfungwa 9 muri 219 zatorotse ku wa Gatatu ni zo zimaze gufatwa

screenshot_20200918-143319_1600432980991.jpg

Igisirikare cya Uganda gikomeje kugorwa no gufata imfungwa zatorotse gereza nkuru ya Singila iherereye mu Karere ka Moroto tariki ya 16 Nzeri 2020, zigatwara imbunda zirenga 30. Kugeza ubu amakuru mashya avuga ko mu mfungwa 219 zatorose, izigera ku 9 ni zo zimaze gufatwa mu gihe izindi eshatu zarashwe zigapfa, imbunda 15 mu zirenga 30 […]

Abakuru b’Ibibugu ntabwo bagihuriye i Goma

Nyuma y’iminsi ine bimenyekanye ko inama yari guhuriza hamwe Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere yasubitswe ku munota wa nyuma, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Marie Tumba Nzeza kuri uyu wa 17 Nzeri 2020 yatangaje ko itakibereye i Goma. Kuva ntangiriro z’uku kwezi Perezida Felix Tshisekedi atumije iyi nama, umujyi wa Goma […]

Kizito Mihigo abaye uwa mbere uhawe igihembo cyitiriwe Václav Havel atakiriho

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, HRF (Human Righs Foundation) wahaye umuhanzi Kizito Mihigo igihembo cya ‘Václav Havel International Prize for Creative Dissent’ ikaba ari inshuro ya mbere gihawe umuntu utakiriho. Iki gihembo ubusanzwe gihabwa ahanini abahanzi baharanira uburenganzira bwa muntu babicishije mu bihangano, Kizito Mihigo we yagihawe nk’uwaharaniye amahoro, ubumwe n’ubwiyunge, aho yahamagariye abishe […]

Rusesabagina yavuze ko yafashwe yari azi ko agiye mu Burundi ku butumire bwa Pasiteri

Paul Rusesabagina watangiye igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo, tariki ya 15 Nzeri 2020 yatangaje ko yatawe muri yombi yari azi agiye mu Burundi mu nama z’amatorero yatumiwemo n’umupasiteri. Rusesabagina yabitangarije mu kiganiro yagiranye The New York Times kuri uwo munsi, avuga uko yisanze ku kibuga cy’indege cya Kigali, i Kanombe avuye ku i Dubai muri Leta […]

Umuntu wa 23 yishwe na Covid-19 mu Rwanda

eii_avtxsaayn_k.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 17 Nzeri 2020 yatangaje ko umuntu wa 23 yishwe na Covid-19 mu Rwanda, mu gihe abanduye bashya ari 19 mu bipimo 2097 byafashwe. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 48 waguye i Kigali. Abanduye barimo 13 banonetse i Kigali mu bibasiwe kirusha abandi na 6 babonetse mu Karere ka Nyamagabe. […]

Fizi: Ibivugwa ku makimbirane ya Mai Mai, Twirwaneho na FARDC

Umutwe wa Mai Mai umaze igihe kirekire ugaba ibitero muri Teritwari ya Fizi, Abanyamulenge bahatuye bakemeza ko uyu mutwe ukorana n’ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FARDC. Mu byatumye Abanyamulenge baba muri Fizi batekereza ko FARDC baba bafasha umutwe wa Mai Mai bakanawutera inkunga, ni uko nta ntambwe izi ngabo z’igihugu zitera zibungabunga umutekano […]