Abadepite b’umuryango wa EAC barashinjwa kuwunyunyuza

Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba barashinjwa kuwunyunyuza, bawifuzaho akayabo k’amafaranga batavunikiye ku buryo bugaragaza ko bitabareba kubona uriho cyangwa utariho. Umudepite mugenzi wabo yagize ati: “Umuntu aribaza ibyo abadepite barimo, icyo bari kuzana mu muryango wa EAC ibihugu biwugize byaba bidafite. Yewe nta n’icyo bibabwiye, EAC yabaho itabaho.” Hashize igihe kirekire aba […]

Abakomando ba Uganda bashobora kuzaba bagenzura aho inama y’i Goma izabera

Mu gihe Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yaba ageze mu mujyi wa Goma mu nama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere iteganyijwe ku mpera z’icyumweru, ngo hashobora kuzaba hari abakomando bagenzura aho izaba iri kubera n’ibice bihakikije. Inkuru y’igitangazamakuru Command One Post kivugwaho gukorera mu kwaha k’ubutegetsi bwa Uganda kivuga ko na mbere y’uko iyi […]

Depite Habineza yavuze ku kiganiro yagiranye n’abashaka gufata igihugu bakoresheje imbunda

Umudepite uhagarariye ishyaka rya Green Party mu nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr. Frank Habineza yavuze byinshi ku kiganiro yigeze kugirana n’abashaka gufata ubutegetsi mu Rwanda. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, Depite Habineza yavuze ko nk’utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’igihugu, yahisemo gushaka ubutegetsi binyuze mu nzira y’amahoro, bitandukanye n’ibya bamwe bumva ko bazafata igihugu biciye […]

Perezida Kagame yagaragaye arashisha umuheto

fb_img_16002801116592953.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagaragaye arashisha umuheto nk’imwe mu ntwaro gakondo zakoreshwaga mu Rwanda rwo ha mbere hataraza izigezweho. Imiheto, imyambi n’amacumu ni ibikoresho Abanyarwanda bari bazi neza gukoresha, cyane ko byabafashije gutsinda ingamba zitandukanye zirimo Igitero cy’Imigogo umwami Kigeli IV Rwabugiri yagabye ku Banyankore bari bategetswe n’Umwami Ntare V Rugingiza mu mpera z’1800. […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 10

img-20200916-wa0044.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 10 mu bipimo 1603 byafashwe. Abanduye barimo 5 banonetse i Kigali, 1 wabonetse i Bugesera, 1 wabonetse i Burera, 1 wabonetse muri Gasabo, 1 wabonetse i Gicumbi n’undi wabonetse i Nyamagabe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2789 barimo […]

Uganda yitabaje indege mu kwiruka ku mfungwa 50 zatorokanye imbunda zirenga 36

Imfungwa 50 zari zifungiwe muri gereza iri mu kigo cya gisirikare cya Moroto iherereye mu Karere ka Moroto mu majyaruguru ya Uganda, zatorokanye imbunda zirenga 36 biba ngombwa ko iki gisirikare cyifashisha indege ya kajugujugu mu kuzirukaho. Ibi byabaye mu masaa cyenda y’igicamunsi, ubwo izi mfungwa zagaragaraga mu myambaro yazo y’umuhondo, zurira umusozi wa Moroto. […]

BK yasabwe gukosora ikibazo cy’ibendera ry’u Rwanda yazamuye ahadakwiye

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabye Banki ya Kigali gukosora ikibazo cy’ibendera ry’u Rwanda ryazamuwe mu buryo budakwiye ku ishami ryayo rya Ruyenzi mu Karere Kamonyi. Ni nyuma y’aho abakoresha urubuga rwa Twitter bagaragarije iyi foto, yerekana iri bendera rizamuriwe mu ibaraza ry’iyi nyubako iri shami ry’iyi banki rikoreramo. Munyaneza Theogene mu butumwa yamenyesheje inzego zirimo Minisiteri […]

U Rwanda ku mwanya wa 66 mu bihugu byahungabanyijwe n’ibikorwa by’iterabwoba

Ikigo cyo muri Australia gikora ubushakashatsi ku bukungu n’amahoro, IEP (Institude for Economics and Peace) muri raporo yacyo ngarukamwaka ya ‘Global Terrorism Index’ cyashyize u Rwanda ku mwanya wa 66 ku Isi mu bihugu byagizweho ingaruka n’ibikorwa by’iterabwoba. Iki kigo gisobanura iterabwoba nk’uburyo bwo gukora urugomo rwo guhahaza bikorwa n’umuntu utegamiye kuri leta, ushaka kugera […]

Perezida Kagame yerekanye ifoto ari kumwe n’umwuzukuru

Perezida Kagame kuri uyu wa 15 Nzeri 2020 yashyize ku rubuga rwa Twitter ifoto ari kumwe n’umwuzukuru we, yongeraho ko bagiranye impera z’icyumweru nziza. Umukuru w’Igihugu agaragara muri iyi foto afashe uyu mwana w’uruhinja, agira ati: “Nagize impera z’icyumweru nziza n’aka karemwamuntu keza cyane.” Uyu mwuzukuru we yabyawe na Ingabire Ange Kagame na Bertrand Ndengeyingoma […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 22

img-20200915-wa0031.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 15 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 22 mu bipimo 1983 byafashwe. Abanduye barimo 18 banonetse i Kigali, 2 babonetse mu Karere ka Rubavu, 1 wabonetse i Kirehe n’undi wabonetse muri Nyabihu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2767 barimo 31, abakirwaye bo ni 1835. Abamaze […]

Nyaruguru: Imbuto y’ibirayi iragura 1000 RWF, kuyibona nabyo ni urugamba

img-20200915-wa0012_1600194564234.jpg

Mu gihe Abaturarwanda batangiye igihembwe cya mbere cy’ihinga, abahinzi bo mu Karere ka Nyaruguru bagowe no kubona imbuto y’ibirayi kuko ngo ikiro kimwe kigura amafaranga y’u Rwanda 1000, no kuyibona bikaba ari ingume. Mu kiganiro aba bahinzi batuye mu mudugudu wa Bukoro, Akagari ka Gabiro, Umurenge wa Ruramba bagiranye na Bwiza.com, bavuze ko bari mu […]

Umukobwa wa Rusesabagina avuga ko urubanza rwa se rwabaye ikinamico

Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina uri mu butabera bw’u Rwanda akurikiranweho ibyaha by’iterabwoba, kuri uyu wa 15 Nzeri 2020 yatangaje ko urubanza rwa se rwabaye ikinamico. Kuri uyu wa 14 Nzeri 2020 ni bwo Paul Rusesabagina yagejejwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aburana ibyaha 13 birimo kurema umutwe w’ingabo utemewe cyangwa kuwujyamo, iterabwoba mu […]

Itariki inama y’i Goma yimuriweho yamenyekanye, imyiteguro irasubukurwa

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Marie Tumba Nzeza na Ambasaderi wa Uganda kuri uyu wa 15 Nzeri 2020 bahishuye ko inama izahuriza Abakuru b’Ibihugu mu mujyi wa Goma yimuriwe kuri tariki ya 20 Nzeri 2020. Minisitiri Tumba yabitangaje nyuma yo kugirana ikiganiro na Ambasaderi wa Uganda muri RDC, James Mbahimba uyu […]

Perezida Magufuli akomeje gushyigikira Diamond na Harmonize atabogamye

mlutoxsh7pmvknu5f0d53c6dcb33.jpg

Perezida wa Repubulika ya Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli akomeje gushyikira abahanzi bamamaye Diamond Platinumz na Harmonize mu buryo butabogamye. Aba bahanzi bakoranye igihe kirekire mu nzu ya Wasafi Classic Baby (WCB) itunganya umuziki, bombi barakunzwe cyane muri Tanzania, mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba ndetse n’Afurika muri rusange. Perezida Magufuli uzi neza ko aba bahanzi batacyumvikana […]

Amerika yiteguye kwihorera inshuro 1000, mu gihe Iran yaba iyishotoye

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump kuri uyu wa 15 Nzeri 2020 yatangaje ko igihugu cye cyakwihorero inshuro 1000 mu gihe Iran yaba iyishotoye, ikayigabaho igitero. Mu butumwa uyu Mukuru w’Igihugu yatambukije ku rubuga rwa Twitter yavuze ko yumvise ibitangazamakuru bivuga ko Iran ifite umugambi wo kwica cyangwa kugaba ikindi gitero ku gihugu […]

Incamake y’ubuzima bwa Perezida Museveni wujuje imyaka 76 y’amavuko

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 15 Nzeri 2020 yujuje imyaka 76 y’amavuko, abarimo umuhungu we Lt. Gen. Muhoozi Kaineruga bamwifuriza amahirwe n’imigisha. Ku bemera ubutegetsi bwe, bamufata nk’umuyobozi w’icyitegererezo mu gihugu, mu karere ndetse no muri Afurika muri rusange. Abo barimo Gen. Kainerugaba ukunze kwibuka ibihe se yanyuzemo kuva […]

Mu Rwanda abantu 180 bakize Covid-19

eh5cnsywkaa7rb0.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 14 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu abantu 180 bakize icyorezo cya Covid-19, mu gihe handuye 11 mu bipimo 1687 byafashwe. Abanduye barimo 5 banonetse i Kigali, 1 babonetse mu Karere ka Rusizi, 1 wabonetse i Bugesera n’undi wabonetse muri Rulindo. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2736, abakirwaye bo […]

Bamwe mu Bakongomani bababajwe n’uko Perezida wabo yatashye ubukwe

ehusjlsxkauslxo.jpg

Bamwe mu Bakongomani bababajwe n’uko Perezida wabo, Félix Tshisekedi yitabiriye ubukwe mu gihe mu gihugu ayoboye hakomeje kumvikana abantu bicwa umunsi ku wundi n’imitwe yitwaje intwaro. Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Nzeri 2020 ni bwo Perezida Tshisekedi n’umufasha we, Denise Nyakeru bitabiriye ubukwe bwa Pasiteri Lord Lombo na Eunice Dalo, bwabereye ku ngoro ndangamurage […]

Abagaragaye bakubitira umujura mu mazi mabi batawe muri yombi

Abantu batandatu bo mu Murenge wa Nyabirasi, mu Karere ka Rutsiro bagaragaye mu mashusho bakubitira mu mazi uwitwa Nshimiyimana Jean bamaze kumufana ibyo yibye, batawe muri yombi. Polisi y’Igihugu ni yo imaze kwemeza aya makuru ibicishije ku rubuga rwa Twitter, nyuma yo gutabazwa n’ukoresha uru rubuga, igira iti: “Twafashe abantu batandatu bagaragaye mu mashusho bakubita […]

Goma: Abateguye inama ya Goma batangiye gusubira i Kinshasa

Amatsinda y’abantu bakoraga inshingano zo gutegura inama yagombaga guhuriza Abakuru b’Ibihugu byo muri aka Karere mu mujyi wa Goma, yatangiye gusubira muri Kinshasa nyuma yo kumenya ko yasubitswe. Kuri uyu wa 13 Nzeri 2020, ni bwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yatangaje ko inama itakibaye bitewe n’uko abari kuyitabira bari mu […]

Byinshi ushobora kuba utazi ku nama y’i Goma yasubitswe ku munsi yari kuberaho

Tariki ya 5 Nzeri 2020 ni bwo byamenyekanye ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatumije inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Akarere, yagombaga kuba hagati ya tariki ya 9 na 13 Nzeri 2020. Abagombaga kuyitabira ni Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda, Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi, Perezida Yoweri Museveni wa […]

Padiri Nahimana yabaye iciro ry’umugani, Maj. Sankara asaba kuburanira hamwe na Rusebagina

Icyumweru gishize cyari icya 37 cy’uyu mwaka, cyatangiye tariki ya 7 Nzeri kirangira tariki ya 13 Nzeri 2020. Cyaranzwe n’amakuru atandukanye ariko twe turaza kwibanda ku ya politiki, umutekano, ubutabera, ububanyi n’amahanga, imikino n’imyidagaduro. Padiri Nahimana Thomas yabaye iciro ry’imigani Nyuma y’aho tariki ya 6 Nzeri 2020 Perezida Kagame anyomoje Padiri Nahimana Thomas wamubikaga, uyu […]

Isoko ryo “Kwa Mutangana” rigiye kongera gufungura imiryango

Nyuma y’igihe gikabakaba ukwezi isoko rya Nyabugogo rizwi nko “Kwa Mutangana” rifunzwe, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 bwatangaje ko rifungura ku wa Kabiri. Amaseta yongereweho atarasanzwe mu myubakire agomba kuvaho, abacururizaga mu nzira nabo basabwe kuhava, mu rwego rwo kugabanya ubucucike bw’abarikoreramo. Abacuruzi n’abaranguza imboga n’imbuto, ngo bazakomeza kubikorera ku […]

Abandi bantu 26 banduye Covid-19 mu Rwanda

eh0rpygwoacjhec.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu banduye Covid-19 biyongereyeho 26, mu bipimo 2722 byafashwe. Abanduye barimo 22 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi i Kigaki, 2 babonetse mu Karere ka Musanze, 1 wabonetse i Nyanza n’undi wabonetse i Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2556 barimo 12 babonetse uyu […]

Imbeba yagiye kona urumogi, isinda ubutahivana_Amafoto

fb_img_16000130997800035_1600016039562.jpg

Umunya-Canada uhinga urumogi, Colin Sullivan yatunguwe no gusanga imbeba igaramye, yasinze bikomeye [hafi no gupfa] hari hashize iminsi ibiri ayibonye iri kumwonera. Iyi nkuru Sullivan yayisangije abamukurikira ku rubuga rwa Twitter tariki ya 1 Nzeri 2020, ashyiraho amafoto agaragaza ibihe bitandukanye iyi mbeba yanyuzemo, iri muri uru rumogi. Yagize ati: “Mu minsi ibiri yikurikiranya, nabonye […]

Suede: Gukora uburaya biremewe ariko kugura indaya birahanirwa

Itegeko ryashyizweho mu 1999 muri Suede, ryemerera abenegihugu gukora uburaya cyangwa se kwicuruza gusa ntibyemewe na gato kugura indaya muri iki gihugu, uwabirengaho akaba ashobora no gufungwa. Ingingo ya 6.11 y’itegeko iri mu gitabo kigena ibyaha n’ibihano nk’uko ryavuguruwe mu 2005, igira iti: “Umuntu ukora imibonano mpuzabitsina n’undi, agambiriye kumuha inyishyu, aba akoze icyaha. Uwo […]

Museveni uri mu bagombaga kwitabira inama y’i Goma, yagiye muri Tanzania_Amafoto

fb_img_16000150973954537.jpg

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni nk’umwe mu bagombaga kwitabira inama y’Abakuru b’ibihugu mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu ari muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi. Perezida Museveni yageze muri Tanzania kuri uyu wa 13 Nzeri 2020, yakirwa na mugenzi we, Dr. John Pombe Magufuli, aho bagiranye ibiganiro ku bukungu n’ubuhahirane hagati […]

Hari icyo Victoire Ingabire avuga kuri Padiri Nahimana ubika Perezida

Umuyobozi w’ishyaka rya DALFA Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Victoire Ingabire yagize icyo avuga kuri Padiri Nahimana Thomas umaze igihe abika Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Padiri Nahimana Thomas aba mu Bufaransa, aho yatangiriye politiki yo kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda mu 2005 akigerayo. Avuga ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda atakiriho, amashusho amugaragaza ari […]

Umuherwe Kanyamunyu yemeye ko yishe umuntu mu 2016, aha umuryango we inka 10

Umuherwe witwa Kanyamunyu Mathew ukomoka mu muryango wa Acholi muri Uganda yahaye umuryango wa Kenneth Akena Watmon yishe mu 2016 inka 10 n’ihene 3 nk’icyiru, abitegetswe n’abasaza bagendera ku muco gakondo. Tariki ya 12 Ukuboza 2016 ni bwo Kanyamunyu yarashe Akena wari impirimbanyi y’uburenganzira bw’umwana, amusanze mu modoka ye yari iparitse muri ‘Parking’ ya Lugogo […]

Goma: Inama y’Abakuru b’Ibihugu yasubitswe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Repubulika Iharanira Demukarasinya Congo, Marie Tumba Nzeza kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 yatangaje ko inama y’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Angola n’igihugu cye yari kubera mu mujyi wa Goma yasubitswe. Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), asobanura ko impamvu iyi nama yari kuba uyu munsi […]

Burundi: Abasirikare batwitse amato baketse ko yinjije inyeshyamba mu gihugu

fb_img_15998457236363526_1599974469084.jpg

Abasirikare (marines) b’u Burundi barinda ikiyaga cya Tanganyika ahaherera mu Ntara ya Rumonge ku wa 10 Nzeri 2020 batwitse amato y’ibiti baketse ko yinjije abitwaje intwaro mu gihugu baturutse muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Amakuru aturuka muri iki gihugu avuga ko amato yatwitswe n’abasirikare bari bayobowe na Brig. Gen. Venant Mbonimana usanzwe ari Komanda […]

Hon. Bamporiki yasubije abavuga ko acinya inkoro

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard kuri uyu wa 12 Nzeri 2020 yasubije abavuga ko acinyira inkoro abarimo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame. Bamporiki akunze kugaragara ashyigikiye ibikorwa bitandukanye bya Perezida Kagame n’umuryango mukuru. Ashyigikira kandi ishyaka rya FPR Inkotanyi riri ku butegetsi abereye umunyamuryango, akibasira abavuga nabi igihugu […]

Umuturage abarwanyi ba FLN biciye inka yashumbushwe indi ihaka ndetse n’iyayo

img-20200912-wa0025_1599929667230.jpg

Ntirandekura Ntakirende w’imyaka 34 y’amavuko atuye mu Mudugudu wa Subukiniro, Akagari ka Rugogwe, Umurenge wa Uwinkingi w’Akarere ka Nyamagabe. Kuri uyu wa 12 Nzeri 2020 yashumbushwe n’Akarere inka ifite amezi atandatu n’iyayo nyuma y’aho mu ntangiriro z’2019, abarwanyi b’umutwe wa FLN bamwiciye iyo yari yoroye. Hari tariki ya 13 Mata 2019 mu masaa mbiri y’ijoro, […]

Abanduye Covid-19 biyongereyeho 55

ehqgbazx0aidnlf.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu banduye Covid-19 biyongereyeho 55, mu bipimo 3027 byafashwe. Abanduye barimo 39 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 8 babonetse mu Karere ka Kirehe, 3 bo muri Nyamasheke, 2 bo muri Rubavu, 2 muri Rusizi n’undi muri Kayonza. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2450 […]

Uwakatiwe urwo gupfa yavanwe muri gereza, ajya kurahirira kuba umudepite

Umunyapolitiki wo muri Sri-Lanka witwa Premalal Jayasekara (azwi nka Mahawela Lekamlage) wakatiwe igihano cy’urupfu, kuri uyu wa 8 Nzeri 2020 yatunguye benshi ubwo yavanwaga muri gereza kugira ngo ajye kurahirira umwanya w’umudepite. Mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’abadepite mu 2015 ni bwo Jayasekara usanzwe ari umuyoboke w’ishyaka rya Lanka Podujana riri ku butegetsi yafashe […]

Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF

arton139542-ca6d8.png

Ingwe yateye urugo ruherereye mu mudugudu w’Agakera, Akagari ka Rango A, Umurenge wa Mukura w’Akarere ka Huye, abari mu nzu bose uko ari barindwi batinya gusohoka. Amakuru aturuka muri bamwe mu batuye muri uyu mudugudu yageze kuri Bwiza.com avuga ko iyi nyamaswa y’inkazi yari yabayobeye yageze kuri uru rugo mu masaha y’ijoro. Hari abavuga ko […]

Urujijo ku ugomba kunganira mu mategeko Paul Rusesabagina

Nyuma y’iminsi 12 bimenyekanye ko umunyapolitiki urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, Paul Rusesabagina, ubu haribazwa ku munyanyategeko cyangwa abanyamategeko bazamwunganira mu rubanza rw’ibyaha bine akurikiranweho. Ni nyuma y’aho bitangajwe ko Rusesabagina ufungiwe muri kasho ya Polisi ya Remera yahisemo umunyamategeko uzamwunganira, umuryango ukamaganira kure iki cyemezo, nawo ugashyiraho barindwi barimo Umunyarwanda umwe. Umunyamategeko w’Umunyarwanda, Me David […]

Nigeria: Umujura yafatanwe amakarita ya banki (ATM cards) 2886

Abakozi ba gasutamo bafatanye umujura witwa Ishaq Aboubakar werekezaga i Dubai muri Leta y’Ubumwe bw’Abarabu avuye muri Nigeria ku wa 22 Kanama 2020 amakarita 2886 yo kubikurizaho amafaranga kuri banki (ATM cards) na SIM cards enye. Uyu mujura yafatiwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Murtala Muhamed kiri mu murwa mukuru, Lagos, ari hafi kurira indege […]

Isaha yo kuba abantu bageze mu rugo yongeye gusubizwa kuri saa tatu, Rusizi yugururirwa bamwe

Kuri uyu wa 10 Nzeri 2020, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame. 1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 26/08/2020. 2. Inama y’Abaminisitiri yongeye gusuzuma ingamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’Icyorezo cya COVID-19, yemeza ko ingamba zisanzweho zemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku […]

Umuntu wa 22 yishwe na Covid-19 mu Rwanda

img-20200910-wa0037.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 10 Nzeri 2020 yatangaje ko umuntu wa 22 yishwe na Covid-19, haboneka abandi bantu 19 banduye iki cyorezo mu bipimo 2838 byafashwe. Uwapfuye ni umubyeyi wari ufite imyaka 62 y’amavuko, w’i Kigali. Abanduye barimo 16 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 2 babonetse mu Karere ka Gisagara n’undi wo […]

Muri Mafi-Dove, ni umuziro kubyarirayo no gushyingurayo_Menya impamvu

screenshot_20200910-091732_1599727871549.jpg

Mafi Dove ni igiturage cyangwa se umudugudu uherereye mu burasirazuba bwa Ghana, aho kizira cyane kubyarira umwana no kuhashyingurira abapfuye. Gusa ntibivuze ko abagore badaterwa inda cyangwa ngo babyare, ahubwo iyo igihe cyo kwibaruka cyegereje, bajya mu biturage baturanye nka Atitekpo, Dokpo na Aloryi. Iyo bigeze mu gushyingura, nabwo biyambaza ibyo biturage bindi. Abasaza b’i […]

Izindi mpunzi z’Abarundi zabaga mu nkambi ya Mahama zatashye

Mu gitondo cy’uyu wa 10 Nzeri 2020, izindi mpunzi z’Abarundi 507 zabaga mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe zatashye iwazo mu Burundi. Nk’ikindi cyiciro cyazibanjirije, izi nazo zerekeje ku mupaka wa Nemba uherera mu Karere ka Bugesera ku ruhande rw’u Rwanda. Nizihagera, zirakirwa na Guverinoma y’u Burundi, zijyanwe aho zateguriwe. Tariki ya […]

Amwe mu matsinda ategura inama y’Abakuru b’Ibihugu yamaze kugera muri RDC

Umuvugizi w’Akanama Nshingwabikorwa k’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Bosco Sebishimbo kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yatangaje ko amwe mu matsinda ategura inama y’Abakuru b’Ibihugu bitanu yatangiye kugera i Goma. Ibi byatangarijwe mu nama Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Carly Nzanzu Kazivita yatumiyemo abagize aka kanama nk’uko igitangazamakuru 7 […]

Umuntu wa 21 yishwe na Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yatangaje ko umuntu wa 21 yishwe na Covid-19, haboneka abandi bantu 21 banduye iki cyorezo mu bipimo 3805 byafashwe. Uwapfuye ni umubyeyi wari ufite imyaka 71 y’amavuko, w’i Kigali. Abanduye barimo 17 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 3 babonetse mu Karere ka Rusizi n’undi wabonetse […]

RDC: Uwahaye Google uburenganzira bwo gutwara icyuma cyaguye mu giturage yirukanwe

Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yirukanye Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivile amuhora guha uburenganzira ikigo cya Google ngo gitware icyuma cyaguye mu giturage. Tariki ya 24 Kanama 2020 mu masaa saba y’amanywa ni bwo iki cyuma kidasanzwe kimeze nk’icyogajuru cyamanukiye mu gashyamba muri Teritwari ya Buta mu Ntara ya […]

Perezida Museveni afitiye igisubizo abamwita igicucu

Umukuru w’Igihugu cya Uganda, Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yasubije abantu bakiri bato bamwita “umuntu w’igicucu cyane”. Perezida Museveni nk’uko yumvikana muri videwo y’umunora n’amasegonda 29 yacishije ku rubuga rwa Twitter, yagize ati: “Hano ku mbuga nkoranyambaga mpahurira n’abakiri bato, bamwe muri bo barantuka gusa singomba kurwana nabo kugira ngo […]

Donald Trump yashyizwe mu bahatanira igihembo cy’amahoro cya Nobel

nintchdbpict000606744069_1599649661896.jpg

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yashyizwe mu bagomba guhatanira igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cyo mu 2021. Impamvu uyu Mukuru w’Igihugu yashyizwe kuri uru rutonde ni intambwe yateye mu kunga Isirayeli na Leta y’Ubumwe bw’Abarabu biteganya gusinya amasezererano yo guhagarika umwiryane hagati y’ibihugu byombi, ku wa kabiri […]

RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry’abantu 24 biyise ‘ABAMEN’ bakekwaho ubwambuzi

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 rwatangaje ko rwantagiye iperereza ku itsinda ry’abantu biyita “ABAMEN” bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye. Aba bose bakaba barafatiwe mu Mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu mu Karere ka Rusizi. Umwe mu bafashwe yatangaje ko boherereza abantu ubutumwa bugufi (SMS) bw’ubuhimbano […]

Perezida wa Nigeria atewe ishema n’imyaka ibiri ishize yakiriwe na Trump

ap_18120640316991-copy-1140x684_1599639270438.jpg

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari kuri uyu wa 8 Nzeri 2020 yatangaje ko atewe ishema no kuba ari we Mukuru w’Igihugu wa mbere muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara wakiriwe na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Tariki ya 30 Mata 2018 ni bwo Perezida Donald Trump yakiriye Perezida Buhari mu biro […]

Imyaka 30 irashize Perezida Doe yishwe akaswe igitsina azira gutwaza ubugome

og-samuel-doe-9658.jpg

Hashize imyaka 30 uwahoze ari Perezida wa Liberia, Samuel Doe yishwe akaswe ingingo z’umubiri zirimo igitsina, mu gikorwa cyafatirwaga amashusho. Ababikoze ni abasirikare bari bamaze kumuhirika ku butegetsi, bamuhoraga ibikorwa bya kinyamaswa byamuranze ku butegetsi yari amazeho imyaka 10 (1980-1990). Ibyo Perezida Doe yakoze kandi byabaye nk’ingororano z’ibyo yakoreye William Tolbert ubwo yamuhirikaga ku butegetsi […]

Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki?

Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko Charles Ndereyehe Ntahontuye (Karoli) ugereranywa na moteri ya jenoside yakorewe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubushakashatsi ku buhinzi n’ubworozi (ISAR) i Rubona, yatawe muri yombi aho yabaga mu Buholandi. Guverinoma y’u Buholandi ngo ijya guta muri yombi Charles Ndereyehe kuri uyu wa 8 Nzeri 2020, yabanje kumwambura ubwenegihugu yari yaramuhaye. […]

Umuntu wa 20 yishwe na Covid-19

ehaokdbwkaoml_h.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Nzeri 2020 yatangaje ko umuntu wa 20 yishwe na Covid-19, haboneka abandi bantu 30 banduye iki cyorezo mu bipimo 3253 byafashwe. Uwapfuye ni umubyeyi wari ufite imyaka 70 y’amavuko, w’i Kigali. Abanduye barimo 18 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 4 babonetse mu Karere ka Rusizi, 2 muri […]

Bamanjiriwe ubwo umugeni wari mu gatimba yahubukaga mu rusengero ariruka

20200906225259_-393175386_3111289331210218015_453_531_80_webp_1599583006499.jpg

Umugeni wari wambaye agatimba, yiteguye gusezeranira mu rusengero n’uwo bagiye gushinga urugo, yahubutse kuri alitari ariruka, abari babwitabiriye basigara baguye mu kantu. Videwo igaragaza uyu mugeni yiruka.Umusore bari bagiye gushyingiranwa na we agaragara amwiruka inyuma, amwinginga ngo agaruke bakore ubukwe gusa we yabyanze. Abari hafi y’uyu mugeni akiri mu rusengero, ngo bumvise avuga ko bitakibaye […]

Urukundo rwa gisirikare mu mafoto ya Joelson na Gloria

20200907034610_780191018_5751604417008980312_480_318_80_webp.jpg

Joelson Efe na Gloria Chinenye ni abasirikare bo muri Nigeria bakundanye, bategura n’umushinga wo gushinga urugo. Mbere y’uko bakora ubukwe, bashyizehanze amafoto adasanzwe mu rukundo. Mu mafoto ya Joelson na Gloria, bagaragara basa n’abakorera hamwe imyitozo ngororamubiri ivanze n’urukundo. Hari aho bagaragara bambaye impuzankano z’igisirikare cya Nigeria.

MRCD-Ubumwe ya Rusesabagina irasaba ko u Rwanda rufatirwa ibihano

Ihuriro rihuza amashyaka arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, MRCD-Ubumwe, ryatangaje ko Biro Politiki yaryo ku wa 6 Nzeri 2020 yakoze inama ivuga ku ifatwa rya Paul Rusesabagina usanzwe ari Visi Perezida waryo, yanzura isaba amahanga gufatira u Rwanda ibihano. Iri huriro rivuga ko Paul Rusesabagina usanzwe kandi ari Perezida w’ishyaka rya PDR-Ihumure yashimuswe na Guverinoma y’u […]

Abanyamategeko ba Paul Rusesabagina batangije urugamba rwo kumubohoza

Abanyamategeko umuryango wa Paul Rusesabagina wahisemo ngo bamwunganire kuri uyu wa 7 Nzeri 2020 batangije urugamba, bagaragaza ko yafashwe binyuranyije n’amategeko, bityo akwiye kurekurwa. Mu butumwa bwatanzwe n’umwe muri aba banyamategeko w’Umunyamerika, Jared Genser, bwagejejwe ku munyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ishami rikurikirana ibyaha by’iyicarubozo n’ubundi bugome, Dr. Nils Melzer, iri tsinda ry’abanyamategeko ryasobanuye ko Paul […]

Padiri Nahimana Thomas yanze kuva ku izima

Padiri Nahimana Thomas urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yanze kuva ku izima avuga ko Umukuru w’Igihugu atakiriho, ikiganiro cye guherutse gutambuka kuri RBA cyatekinitswe. Hashize iminsi Padiri Nahimana uba mu Bufaransa akwirakwiza inkuru zibika Umukuru w’Igihugu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, ashingira ngo ku kuba Perezida Kagame atagaragara mu ruhame. Ibyo uyu musaseridoti yakomeje kubikora yirengagiza ko […]

RDC itegereje icyo u Rwanda rukora ku kibazo cya Ambasaderi Karega

Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, David Jolino Makelele yatangaje ko Guverinoma y’igihugu cye itegereje icyo u Rwanda rukora ku kibazo cya Ambasaderi warwo, Vincent Karega. Iki kibazo uyu Minisitiri yavugaga ni ubutumwa Ambasaderi Karega yashyize kuri Twitter anyomoza umunyamateka Benjamin Babunga, wavugaga ko hashize imyaka 22 ingabo […]

Abantu 35 bashya banduye Covid-19

img-20200907-wa0060.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Nzeri 2020 yatangaje ko abandi bantu 35 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 4457 byafashwe. Aba barimo 25 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 9 babonetse mu Karere ka Rusizi n’undi wabonetse muri Rusizi. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2271 barimo 36 babonetse uyu munsi, abakirwaye bo ni […]

Umuvugizi w’ishyaka DALFA Umurinzi yahagaritse inshingano

Umuvugizi w’ishyaka DALFA Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Mahoro Jean yahagaritse izi nshingano. Byemejwe na Perezidante w’iri shyaka wanarishinze Victoire Ingabire mu itangazo risohotse kuri uyu wa 7 Nzeri 2020. Itangazo riragira riti: “Ishyaka DALFA Umurinzi riratangaza ko Umuvugizi waryo bibaye ngombwa ko aba ahagaritse izo nshingano yari afite. Riboneyeho kandi no kumushimira ubwitange […]