RDC yeruye ivuga ko mu gihe M23 igihari ntaho FDLR izajya

Capture 4

Raporo y’Ubutumwa bwo gushakisha Ukuri y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu ku kibazo cyo mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo byibanzweho cyane mu nama ya mirongo itandatu isanzwe y’Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu, ibera i Geneve mu Busuwisi. Ubu butumwa, bwashinzwe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu, bwakoze raporo yerekana ibyaha bikomeye byakozwe […]

Umukinnyi wa filime Igihozo Mireille ku byo kurongorwa n’umunyarwenya wo muri Nigeria

1757506705465

Umukinnyi wa filime Igihozo Mireille, wamamaye mu bikorwa bitandukanye birimo Indoto na Papa Sava, yahakanye amakuru amaze iminsi avugwa ku mbuga nkoranyambaga ko ari mu myiteguro yo kurushinga na Emmanuel Chukwuemeka uzwi nka Sabinus, umunyarwenya n’umukinnyi wa filime wo muri Nigeria. Mu ntangiriro z’iki cyumweru, ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri X (yahoze ari Twitter), […]

RDC yijunditse Israel

IMG 20250909 WA0035

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri mu bihugu byijunditse Israel, nyuma y’igitero ingabo zayo zagabye muri Qatar ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri. Ni igitero Igisirikare cya Israel (IDF) cyemeje ko cyagabye ku bayobozi b’umutwe wa Hamas bari i Doha. Hamas yatangaje ko kiriya gitero cyiciwemo abantu batanu, barimo umuhungu w’umuyobozi mukuru wayo, Khalil […]

Masisi: AFC/M23 yafashe agace ka Bibwe

BUV24B7DDVNXBDIOYRMZZ6ZFMI

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Nzeri, umujyi muto wa Bibwe, muri Sheferi ya Bashali (Teritwari ya Masisi) muri Kivu y’Amajyaruguru, wigaruriwe n’abarwanyi ba AFC / M23, nyuma y’imirwano ikaze yabaye hagati yabo n’inyeshyamba za Wazalendo. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zari zimaze iminsi ibiri […]

Kabandana ntashobora kuzazima kuko asize igihugu yarwaniye – Gen. ( Rtd ) Ibingira

Capture 3

“Kabandana ntashobora kuzazima kuko asize abana. Barahari. Kabandana ntashobora kuzazima kuko asize RDF. Irahari. Kabandana ntashobora kuzazima kuko asize igihugu yarwaniriye, yatunganyije, kirahari,” ibi ni ibyatangajwe na Gen. (Rtd) Fred Ibingira agaruka ku butwari  bwaranze Lt. Gen. Innocent Kabandana uherutse gutabaruka nyuma yo kurokoka urupfu inshuro nyinshi ari mu kazi ke ka gisirikare yari amazemo […]

RDC: Bisenyeyeho sitade nyuma yo gutsindwa

IMG 20250910 WA0001

Ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri 2025, nyuma y’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itsinzwe na Sénégal ibitego 3-2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, abafana bayo barakariye bikomeye maze basenya Stade des Martyrs i Kinshasa. Mu mukino, DRC yari yatangiye neza itsinda ibitego bibiri byatsinzwe na Cédric Bakambu na Yoane Wissa. Ariko […]

Somalia: Umuyobozi muri Al shabab wagerageje kwica perezida yishwe

original

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 9 Nzeri, Ikigo cy’Ubutasi bya Somalia cyatangaje ko komanda mukuru muri Al-Shabaab ushinjwa kugerageza umugambi wo kwica perezida Hassan Sheikh Mohamud mu ntangiriro z’uyu mwaka yiciwe mu gikorwa cya gisirikare cyari kimugendereye. Ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza n’umutekano (NISA) cyatangaje ko Mohamed Cabdi Dhiblaawe Afrax, wagaragaye ko ari we wateguye ibisasu […]

Drones z’u Burusiya zarasiwe mu kirere cya Pologne zijya muri Ukraine

polish army f 16 jets

Igihugu cya Pologne kibarizwa mu muryango wa NATO cyahagurukije indege z’intambara igitaraganya nyuma y’uko ikirere cyayo kivogerewe ” bitigeze bibaho” na drones z’u Burusiya zari ziteye uburengerazuba bwa Ukraine. Igisirikare cya Pologne cyamaganye kuvogera ikirere cyabo bya hato na hato mu gihe u Burusiya bugaba ibitero ku baturanyi babo, Ukraine. Abayobozi bavuze ko ibikoresho bishinzwe […]

Lubero: Umukomando wa FARDC yishe umugore we

Soldat FARDC

Umusirikare wo mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), kuwa Mbere yarashe kandi yica umugore we ahitwa i Kanyatsi, umudugudu uherereye nko mu birometero 5 mu burengerazuba bwa Lubero-Centre, ku muhanda wa Lubero-Kasugho. Abatangabuhamya bavuga ko urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu ntangiro z’umugoroba rwateje ubwoba mbere y’uko abaturage bavumbura umurambo w’uwahohotewe. Uyu musirikare ukekwaho […]

Mugore/Mukobwa: Ibi bintu 7 ntuzabishyire mu gitsina cyawe

53b261f9 6e46 4759 a885 4500745f6251

Isi ya internet yuzuye “udushya” tw’ibyerekeye ubuzima bw’imyororokere, ariko bimwe muri byo bishobora guteza ibyago kurusha uko byagufasha. Abaganga bagaragaza ko hari ibintu bamwe bashyira mu gitsina bigatera ibikomere, indwara cyangwa se guhungabanya ubuzima bw’imyororokere bw’igihe kirekire. Umwenge w’igitsina (vagina) wifasha mu kwisukura kandi usaba kwitabwaho mu buryo bwiza. Iyo ushyizemo ikintu kidakwiye, ushobora guhura […]

Kera kabaye Amavubi yabonye intsinzi

G0aNpVyW8AAidpa

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze Zimbabwe igitego 1–0 mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi. Nubwo Zimbabwe yari imaze gutakaza amahirwe yo gukomeza, yakinnye iri imbere y’abafana bayo benshi i Johannesburg. Abanyarwanda bari bahari bari bake, ariko batahanye ibyishimo. Igitego cyabonetse ku munota wa 39, ubwo Mugisha Gilbert yatsindaga ku mupira yahawe inyuma y’urubuga […]

Niba uri umukene ntushobora gukora umurimo w’Imana neza: Pastor Chris

d

Umuyobozi w’itorero Christ Embassy, Pasiteri Chris Oyakhilome wo muri Nigeria yongeye kugaragaza ko kugira ubushobozi bw’amafaranga ari ingenzi cyane mu kugira uruhare rufatika mu murimo w’Imana. Mu nyigisho aherutse gutanga, yavuze ko impano z’umwuka n’ubutumwa bwiza gusa bidahagije igihe umukristo akennye. Yavuze ko Imana itamushinga kuyobora itorero ryayo ku bantu badafite ubushobozi, yaba ku rwego […]

Israel yagabye ibitero muri Qatar

c9058950 8d87 11f0 9530 4d799fcfe1d6

Igisirikare cya Israel (IDF), kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri cyatangaje ko cyarashe ubudahusha ku bayobozi bakuru b’umutwe wa Hamas bari i Doha muri Qatar. IDF yemeje ko yagabye iki gitero, mu itangazo yasohoye. Iri tangazo riragira riti: “IDF na ISA (Ingabo za Israel zirwanira mu kirere) bakoze igitero gihamya cyibasiye abayobozi bakuru […]

Amagambo ya Weasel kuri Sandra Teta uherutse kumugonga yatunguranye

IMG 1097

Umuhanzi Weasel Manizo, umwe mu bagize itsinda rya Goodlyfe, yatangaje ko yababariye umugore we Sandra Teta nyuma y’uko amugongesheje imodoka ku bushake bikamuviramo kuvunika akaguru. Weasel yasobanuye ko Sandra yamugonze bidaturutse ku bushake, bigatuma agira imvune ikomeye yatumye ajyanwa mu bitaro bya Nsambya Hospital aho abaganga bamubaze, ubu akaba ari koroherwa neza. Yagize ati: “Ntabwo […]

Ingabo z’u Burundi zahungishirije Gen. Gasita i Bujumbura

20250901 131245 copy 1000x666 2

Général de Brigade Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yamaze guhungishirizwa i Bujumbura mu Burundi. Ni nyuma y’icyumweru mu mujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo hari imyigaragambyo ikomeye y’abarwanyi ba Wazalendo ndetse n’abaturage basabaga ko ava muri uriya mujyi. Mu Ukuboza 2024 ni […]

Kivu y’Amajyaruguru: Abarenga 70 barimo bashyingura biciwe mu gitero

20250909 125732

Inyeshyamba zo mu mutwe w’iterabwoba wa Allied Democratic Forces (ADF), zishe abantu barenga 70 bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. ADF yicishije aba bantu imipanga n’imbunda, mu ijoro ry’ejo ku wa Mbere tariki ya 8 rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025. Ubu bwicanyi bwabereye mu mujyi muto wa […]

AFC/M23 yikomye imiryango mpuzamahanga ikomeje kuyibasira igahishira ibyaha bya Kinshasa

WhatsApp Image 2025 07 03 a 20.55.08 23f75e91 1024x576 1

Ihuriro rya AFC/M23 yamaganye imikorere y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rihinzwe Uburenganzira bwa Muntu cyane cyane ku bijyanye na raporo rikora zitagaragaza ukuri ahubwo zisa nk’izishaka kugumisha ku butegetsi mu nzira zose ubutegetsi bwa Kinshasa. Ihuriro AFC / M23 mu itangazo ryashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 8 Nzeri, ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Uhoraho, Benjamin Mbonimpa, […]

Umutoza wa mbere yirukanwe muri Premier League

20250909 025139

Ikipe ya Nottingham Forest yo mu Bwongereza yirukanye umutoza wayo, Nuno Espirito Santo, nyuma y’imikino itatu gusa ya shampiyona ya Premier League. Umunya-Portugal w’imyaka 51 yari amaze igihe gito asinyiye amasezerano mashya y’imyaka itatu, nyuma yo gufasha Forest kugaruka mu marushanwa ya Europa League bwa mbere mu myaka 30. Mu mwaka ushize, yayoboye ikipe ivuye […]

Tshisekedi ngo yahangayikishijwe cyane n’imyigaragambyo yo muri Uvira

20250909 104453

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yatangaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo w’iki gihugu ahangayikishijwe cyane n’imyigaragambyo ikomeje kubera mu mujyi wa Uvira. Kamerhe yabitangaje ku wa Mbere, nyuma y’inama yamuhuje na Tshisekedi, Perezida wa Sena, Sama Lukonde na Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa Tuluka. Imyigaragambyo ikomeje kubera mu […]

Yagiye gukiza abarwana bamukubita ishoka agwa aho

arton51759 741a8

Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Gitobe, Akagari ka Muhurire, Umurenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, umusore w’imyaka 18 yapfuye akubiswe ishoka mu mutwe, ubwo yageragezaga guhagarika intambara yari iri hagati y’abasore babiri barimo na murumuna we. Abaturage baho bavuga ko abo basore babanje kunywa inzoga ari na byo byabaviriyemo […]

Orléans: Inama y’Igihugu yashyigikiye icyemezo cy’umujyi wanze ko Zigiranyirazo ahashyingurwa

000 par2321355 68bee6c5bc2fc537788364

Kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Nzeri, Inama y’Igihugu yemeje ko Protais Zigiranyirazo, muramu wa Perezida Juvenal Habyarimana, ubutegetsi bwe bwashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, atazashyingurwa muri Orléans (Loiret), ibiha umugisha icyemezo cy’umuyobozi w’uyu mujyi, Serge Grouard, n’ubundi wari wanze ko azahashyingurwa. Nyuma yo kwangirwa na Meya Serge Grouard wavuze ko bishobora guhungabanya umutekano […]

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi bashya barimo uw’u Bufaransa (Amafoto)

2025 09 09 09 56 19 0

Perezida Paul Kagame ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri, yashyikirijwe na ba Ambasaderi batandukanye impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda. Abamushyikirije izo mpapuro ubwo yabakiraga muri Village Urugwiro barimo Casper Stenger Jensen w’ubwami bwa Denmark, Irene Vida Gala wa Brésil na Aurélie Royet-Gounin w’u Bufaransa. Perezida Paul Kagame kandi yakiriye impapuro zemerera Hanan […]

Tanzania: Urubanza rw’umunyapolitiki Tundu Lissu rwatangiye ruburanishwa mu muhezo

2025 06 02T094850Z 1750857932 RC22UEA2QUBU RTRMADP 3 TANZANIA POLITICS

Muri Tanzaniya, urubanza rw’umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu ukurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu, rwatangiye kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Nzeri, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam, nyuma y’isubikwa ryinshi. Umuyobozi w’ishyaka Chadema, ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, afunzwe kuva muri Mata. Uru ni urubanza rukomeye, rubera mu muhezo, mu gihe habura ukwezi kumwe […]

Ugiye hakiri kare cyane muvandimwe: Maj. Gen Nzabamwita wasezeye Lt. Gen Kabandana

GridArt 20250909 90039941

Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Maj. Gen. Joseph Nzabamwita, yunamiye Lt. Gen Innocent Kabandana uherutse kwitaba Imana, amugaragaza nk’umwe mu bayobozi beza Igisirikare cy’u Rwanda cyagize. Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, ni bwo Kabandana wabaye umuyobozi w’ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado muri Mozambique yitabye Imana azize uburwayi. RDF yatangaje ko […]

Ubushinwa bwatanze ubutumwa mu kumurika ibitwaro kabombo kurubuga rwa Tiananmen i Beijing

gettyimages 2232841198 20250903024048771

Ubwo hizihizwaga imyaka 80 Ubushinwa butsinze Ubuyapani,umuyobozi w’Ubushinwa Xi Jinping, Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin n’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un bahuriye hamwe ku nshuro yabo ya mbere ya’karasisi  gakomeye ka gisirikare kabereye i Beijing rwagati. Ni akarasisi k’isabukuru yimyaka 80 Ubushinwa butsinze Ubuyapani mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose aho bwerekanye ibikoresho byinshi […]

Uvira: Hagati ya FARDC na Wazalendo,ninde utegeka uyu mujyi?

20250217031723000000

Kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Nzeri 2025, umujyi wa Uvira mu majyepfo ya Kivu wari umunsi wa karindwi wikurikiranya uyu mujyi uri mu bihe bidasanzwe byo kuba wugarijwe n’umutekano mucye yatewe n’imitwe ya Wazalendo yashyizeho imyigaragambyo no guhagarika ubuzima busanzwe mu baturage ahubwo bakayoboka inzira y’imyigaragambyo. Iyi mitwe ntikozwa no gukorana n’umuyobozi wungirije […]

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa yegujwe

cbsn fusion french prime minister francois bayrou ousted after losing confidence vote thumbnail

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 8 Nzeri, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yakuyeho guverinoma kubera gahunda zayo zo gukemura ikibazo cy’imyenda y’igihugu, birushaho gukomeza  ibibazo bya politiki biri guca intege ubukungu bwa kabiri mu karere ka Euro. Abadepite batoye kwirukana Minisitiri w’Intebe Francois Bayrou na guverinoma ye ku majwi 364 ku 194 y’abamushyigikiye. Perezida Emmanuel […]

Masisi: AFC/M23 na wazalendo babyukiye mu mirwano ahitwa Burora

GoKYswYXsAAKG0k

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Nzeri, haravugwa imirwano yabyutse iba, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo ahitwa Burora, muri Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 (Teritwari ya Masisi) mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru agera kuri ACTUALITE.CD aturuka muri ako gace abitangaza, ngo inyeshyamba za Wazalendo zambuwe ako gace mu […]

U Rwanda na Senegal byiyemeje gufatanya mu bya serivisi z’ingendo zo mu kirere

G0VngWUXUAAWujf

Kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Nzeri, u Rwanda na Senegal byashyize umukono ku masezerano y’uufatanye mu bijyanye na serivisi z’ingendo zo mu kirere, agamije gushimangira no koroshya ubwikorezi bwo mu kirere hagati y’ibihugu byombi. Amasezerano yashyizweho umukono yerekana intambwe ikomeye mu gushimangira umubano, guteza imbere ubufatanye mu bukungu, no kongera amahirwe y’ubucuruzi hagati yu […]

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi bongeye kugaba ibitero bya drones mu baturage

482061093 28710997238543886 7144301220469554189 n

Ubuyobozi bwa AFC/M23 buratangaza ko kuri uyu wa Mbere Ingabo z’ihuriro rya Kinshasa zagabye ibitero birimo urugomo rukabije hirya no hino ku mirongo y’urugamba, byibasiye ahanini ahantu hatuwe cyane. Ibi byatangajwe mu itangazo ryihutirwa ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 ibinyujije kuri X ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere. Iri tangazo rigira riti: “Mu rukerera rwo […]

Uvira: Nta munyamulenge wemerewe kuvoma amazi, Tshisekedi yategujwe ko bishobora korohereza M23 kuhafata

Gj58gBOXAAABtFC

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwatanze impuruza kuri Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mwuka mubi ushingiye ku moko watangiye kugaragara mu mujyi wa Uvira; buteguza ko ibi bishobora gutuma M23 itangiza intambara yo gufata uriya mujyi. Kinshasa yahawe iriya mpuruza binyuze mu ibaruwa Minisitiri Ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu, Umutekano no Kwegereza Ubuyobozi Abaturage […]

Rayon Sports igiye gufata inguzanyo yo kuyitunga

Rayon Sports Extends Winning Streak

Ku Cyumweru, tariki ya 7 Nzeri 2025, habaye inama y’inteko rusange ya Rayon Sports, imyanzuro yayo ikaba yashyizwe hanze ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri 2025. Muri iyo nama hafashwe umwanzuro wo kuganiriza no kumva impande za Twagirayezu Thadee na Muhirwa Prosper kugira ngo amakimbirane yabo arangizwe. Icyakora, ikibazo cyabo ntabwo cyakemuwe burundu, ahubwo […]

RIB yerekanye abantu bashinjwa ubwambuzi inagaruza agera kuri 15,000,000 Frw

G0Uh gqWwAAKUz8

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Nzeri 2025, rwerekanye abantu batawe muri yombi bashinjwa ibyaha by’ubwambuzi bushukana inagaruza agera kuri miliyoni 15 z’Amafaranga y’u Rwanda batwaye muri ubwo buryo. Ibinyujije kuri X, RIB yagize iti: “Hashingiwe ku birego bitandukanye bijyanye n’ubwambuzi bushukana bukorerwa kuri telephone, RIB ku bufatanye na Polisi y’Igihugu […]

Gen. Makenga yaciye amarenga y’uko M23 igomba gufata indi mijyi 3 ikomeye

20250908 110943

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yaciye amarenga y’uko uriya mutwe ugomba kwigarurira imijyi ya Kisangani, Kalemie na Kindu. Makenga yabitangaje ubwo we n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23 basozaga amahugurwa y’abayoboke bashya baheruka kwinjira muri ririya huriro. Mu byumweru bibiri bariya bayoboke bamaze bahugurwa, bahawe ubumenyi butandukanye burimo amayeri ya gisirikare, amateka ya RDC, […]

Uvira: Imyigaragambyo isaba kuhavana Gen. Gasita yaba yiciwemo abantu

G0UPv9cXoAAuebv

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Nzeri, muri Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, Wazalendo, , hamwe n’imiryango itegamiye kuri leta bateguye imyigaragambyo yo kwirukana Gen. Gasita, biba ngombwa ko FARDC itatanya abari mu myigaragambyo ndetse bikaba bivugwa ko hari n’abantu nibura batanu bahasize ubuzima. Ni imyigaragambyo yateguwe mu rwego rwo gusaba ko Gen. Olivier Gasita, […]

Umubiligi uvuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushaka kumwica yasabye kurindwa

1017126

Impuguke mu bya gisirikare y’Umubiligi ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Jacques Wondo, yagejeje ikirego kuri Polisi y’u Bubiligi nyuma yo gushyirwaho iterabwoba akangishwa kwicwa. Ku wa Gatanu, yasabye abategetsi b’u Bubiligi n’u Burayi kumurinda kandi ahamagarira Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga “guha ubutumwa busobanutse Kinshasa” ku bijyanye no “kohereza urugomo ruranga politiki ya Congo mu […]

Menya igihe umusivile yakwambara imyambaro y’inzego z’umutekano z’u Rwanda ntabihanirwe

GridArt 20250908 100039734

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), mu cyumweru gishize rwataye muri yombi umusore wo mu karere ka Musanze wifashe amashusho yambaye impuzankano y’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ayakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ndagijimana Straton yakiriwe mu buryo butandukanye mu Banyarwanda biganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga, ku buryo hari bamwe mu bagaragaje ko atakabaye afungwa […]

Miss Akaliza Amanda yarongowe mu Bufaransa

1757312878355PHOTO 2025 09 07 15 06 222

Akaliza Amanda, wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2021, yakoze ubukwe n’umukunzi we Jonas Treize mu birori byahuje inshuti n’imiryango byabereye mu Mujyi wa Chinon, mu Bufaransa, ku wa Gatandatu tariki 6 Nzeri 2025. Mbere yaho, imihango yo gusaba no gukwa yabereye mu Rwanda ku wa 17 Gicurasi 2025. Urukundo rw’aba bombi rwatangiye kumenyekana […]

Masisi: M23 yigaruriye imidugudu 8

p0kgz3ds.jpg

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, wigaruriye imidugudu umunani yo muri Teritwari ya Masisi nyuma y’imirwano yawusakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuturage wavuganye na ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru, yavuze ko “kuva ku mugoroba, abarwanyi ba AFC/M23 bagaragara muri Mafuo, Biholo, Shoa na Bwambaliro.” Uyu yakomeje […]

Burundi: Abatuye mu Gatumba basabwe kudakangwa n’urusaku rw’intwaro bumva

1000w q95 1

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Nzeri 2025, Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyatangaje ko hateganyijwe imyitozo ya gisirikare isanzwe ibera mu kigo cya Batayo ya 111 y’ingabo zirwanira ku butaka i Gatumba. Igisirikare cy’u Burundi mu itangazo ryacyo cyatangaje ko haza kumvikana urusaku rw’intwaro zitandukanye gisaba abaturage bahaturiye kudakuka umutima. “Ntawe ukwiye guhagarika umutima; […]

Brig. Gen Tom Kabuye yasanzwe yapfuye

GridArt 20250908 74615118

Brigadier General Tom Kikoyo Kabuye wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo za Uganda, yasanzwe yapfuye. Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri ni bwo umurambo wa Kabuye mu mujyi wa Kikyusa ho mu karere ka Luwero, nk’uko bitangazwa n’umuryango we. Itangazo umuryango wasohoye rigira riti: “Mbabajwe gutangaza n’umutima uremereye urupfu rutunguranye rw’umwe muri […]

Abayobozi ba Congo barifuza ko MONUSCO iguma muri RDC – Lacroix

bitmap 1200 nocrop 1 1 20240917175757024806 9R8A9761

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Nzeri, ubwo yari muri Beni (Kivu y’Amajyaruguru), mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Umunyamabanga wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro, Jean-Pierre Lacroix, yatanze ibisobanuro ku nama yagiranye n’abayobozi bo mu rwego rwo hejuru bo muri Congo aho yemeje ko bifuza ko ingabo z’uyu muryango zitahava. Muri uru ruzinduko rwe, […]

Uburusiya bwavumbuye urukingo rwa kanseri

enteromix russias cancer vaccine achieves 100 efficacy in clinical trials

Mu kintu kivugwa nk’igitangaza gishobora kurokora ubuzima bwa benshi ku isi, Uburusiya bwatangaje ko urukingo rushya rwa kanseri rwiswe Enteromix rwerekanye ubushobozi bungana na 100% mu igeragezwa ryarwo rya nyuma. Urukingo Enteromix rukozwe ku ikoranabuhanga rishya rya mRNA, nk’irirangaje izindi mu gukora inkingo za COVID-19, rukaba rutegura umubiri w’umuntu kumenya no kurwanya selire za kanseri. […]

Masisi: Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace ka Shoa

cq5dam.thumbnail.cropped.750.422

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Nzeri, inyeshyamba za AFC / M23 zongeye kwigarurira umujyi wa Shoa muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano yabaye hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa APCLS wa Janvier Karairi. Ikinyamakuru Actualite.cd kivuga ko izi nyeshyamba za wazalendo zari zirukanye inyeshyamba […]

Intambara yatangiye gututumba hagati ya Amerika na Venezuela

20250907 112925

Umwuka mubi wongeye gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Venezuela, ku buryo hari ubwoba bw’uko ibihugu byombi bishobora kujya mu ntambara. Ni nyuma y’uko muri iki cyumweru indege z’Igisirikare cya Amerika zanyuze inshuro ebyiri mu gihe cy’iminsi ibiri hejuru y’ubwato bwa Amerika, muri Amerika y’Amajyepfo. Venezuela yakoze ibi, nyuma y’uko Leta Zunze […]

Lt. Gen Kabandana yapfuye

arton46708

Lieutenant-Général Innocent Kabandana wabaye Umuyobozi w’Ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado muri Mozambique, yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rw’uyu musirikare wari umwe mu bakuru bari mu kazi mu ngabo z’u Rwanda, yamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025. Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) mu itangazo cyasohoye kuri iki cyumweru, cyatangaje ko Kabandana yaguye […]

UPDF yatangiye gukoresha imbunda zigezweho za CZ Bren 2 zinakoreshwa na RDF

GZNaobAXQAA4iwi

Igisirikare cya Uganda cyongereye imbunda zigezweho mu ntwaro gitunze gitangira gukoresha imbunda zo kugaba ibitero zo mu bwoko bwa CZ Bren 2 zikorerwa muri Repubulika ya Tchèque, nk’uko ziherutse kugaragara zifitwe  n’abashinzwe kurwanya iterabwoba. Izi mbunda twanababwira ko RDF imaze igihe izikoresha. Ikinyamakuru military.africa gikunze gukora inkuru ku bikoresho bya gisirikare ibihugu bya Afurika bigenda […]

Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yeguye atamaze umwaka ku buyobozi

prime minister ishiba shigeru 01

Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shigeru Ishiba, yavuze ko azava ku mirimo ye, yariho kuva mu Kwakira 2024, nyuma yo gutakarizwa icyizere n’abayoboke b’ishyaka rye. Abayoboke b’ishyaka riri ku butegetsi rya Ishiba riharanira demokarasi no kwishyira ukizana kwa buri muntu (LDP) bamutakarije nyuma yo gutakaza ubwiganze mu mitwe yombi y’inteko ishinga amategeko kuva yatangira kuyobora mu […]

RDC irashinja RDF kohereza abasirikare 750 ku Idjwi

GISODddb31

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje u Rwanda kohereza abasirikare barwo 750 ku Idjwi, ibyo ivuga ko biri mu mugambi wo kwiyomekaho iki kirwa giherereye mu kiyaga cya Kivu. Byatangajwe na Guverinoma y’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Nzeri 2025. Iryo tangazo ryashyizweho umukono na […]

Yatawe muri yombi azira kwambara impuzankano ya RIB atabyemerewe

G0OUojCWIAAoH X

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi uwihaye kwambara impuzankano yarwo atari umukozi warwo yarangiza agafata amashusho akayakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga nk’uko amakuru agera kuri Bwiza avuga. Uwitwa Ndagijimana Straton yifashe amashusho mu minsi ishize yambaye impuzankano ya RIB maze ayakwiza kuri TikTok none RIB yamutaye muri yombi, aho bivugwa ko ubu afungiwe kuri sitasiyo […]

FARDC yitakanye wazalendo nyuma ya raporo ya Loni

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250110080623383228 Ekenge

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Nzeri 2025, i Kinshasa, Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Sylvain Ekenge, yasubije raporo ya Loni iherutse gukorwa ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu gishinjwa gukora mu burasirazuba bw’igihugu ku bufatanye n’inyeshyamba za wazalendo bakorana bya hafi mu kurwanya M23. “Sinigeze […]

Burundi: Gen. Bertin Gahungu yoherejwe muri Gereza ya Mpimba

Bertin et Guillaume

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Nzeri, saa yine n’igice za mu gitondo, Général de Brigade de police, Bertin Gahungu yimuriwe muri Gereza Nkuru ya Bujumbura, bakunze kwita Mpimba, nyuma yo kumara ibyumweru birenga bibiri afungiwe muri kasho y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (SNR). Gen. Gahungu yatawe muri yombi ku itariki ya 21 Kanama afatiwe […]

Imihanda yo muri Kigali yatangiye gushyirwamo imirongo izwi nka “yellow box”

YELLOW BOX 31

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Nzeri, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ibikorwaremezo n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (RTDA) batangije ubukangurambaga bw’umutekano wo mu muhanda bugamije  gusobanurira abakoresha umuhanda kubahiriza imirongo y’umuhondo inyuranamo izwi nka ‘Yellow Box’ mu rurimi rw’icyongereza ishyirwa mu masangano y’imihanda, n’ikoranabuhanga ryifashishwa mu kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko agenga umuhanda. […]

Kinshasa: Abadepite 14 batawe muri yombi baranacucurwa

Ass.Nat 640x450 1

Umudepite ku rwego rw’igihugu, wavuganye na ACTUALITE.CD, utifuje ko amazina ye amenyekana yavuze kuri uyu wa Gatandatu ko yatawe muri yombi ndetse na bagenzi be cumi na batatu, barimo abagore batatu, ku wa Gatanu nyuma ya saa sita i Kinshasa. Yavuze ko bafashwe ahagana mu ma saa kumi igihe bari barimo gukusanya imikono kugirango basabe […]

Icyahitanye umuramyi Gogo cyamenyekanye

gogo e2dd8

Umuririmbyi Musabyimana Gloriose, uzwi cyane ku izina rya Gogo, witabye Imana muri Uganda, yashyizwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu. Abari bamwegereye bavuze ko nubwo yari asanzwe afite uburwayi bw’igicuri, abaganga bemeje ko yazize ibibazo by’ibihaha. Bikorimana Emmanuel, uzwi nka Bikem Wayesu wari umwe mu bajyanama ba Gogo ndetse n’usanzwe akora mu itangazamakuru, yavuze ko […]

Abasirikare bayobowe na Maj. Gen Nyakrundi bagenze ibilometero 26 n’amaguru

csm 1 cb2944c398

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, yifatanyije n’abasirikare ba Brigade ya 503 ibarizwa muri Diviziyo ya kabiri, mu rugendo rw’amaguru rureshya na Kilometero 26. Ni urugendo rwakorewe mu Kinigi ho mu karere ka Musanze. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko uru rugendo rujyanye n’amabwiriza y’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Perezida Paul Kagame […]

APR FC yageze muri ½ cy’irangiza cya CECAFA

20250906 173042

Ikipe ya APR FC yakatishije itike ya ½ cy’irangiza cya CECAFA Kagame Cup ikomeje kubera muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Mlandege FC yo muri Zanzibar ibitego 2-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda rya kabiri wabereye kuri Stade yitiriwe Gen. Isamuhyo i Dar Es Salaam. Umunya-Burkina Faso Raouf Memel Dao […]

Perezida Kagame ntakozwa ibyo kuba hari umwana we wazamusimbura ku butegetsi

35821290834 6006d9b9a1 b 6b857

Perezida Paul Kagame avuga ko adashyigikiye ibyo kuba hari umwe mu bana be wazamusimbura ku butegetsi, kuko u Rwanda atari ubwami. Umukuru w’Igihugu yabitangarije umunyamakuru François Soudan usanzwe ari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Jeune Afrique, mu gitabo cye yise “Conversations with the President of Rwanda’. Ku ipaji ya 91 y’iki gitabo, Soudan yabajije Perezida Paul Kagame […]

M23 nifata Uvira izanafata Congo yose: Yakutumba washinje Gen. Gasita ibyaha bikomeye

Umuyobozi w’umutwe wa Mai-Mai Yakutumba uri mu yo Leta ya RDC yise Wazalendo mbere yo kuyitabaza mu ntambara ihanganyemo na M23, yateguje ko uyu mutwe nuramuka ufashe Umujyi wa Uvira bizarangira unafashe Congo yose. Gen. William Yakutumba yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 5 Nzeri, ubwe we na bagenzi be bayobora imitwe ya Wazalendo bari […]

U Bubiligi bwarakaranyije n’u Burundi 

Gpev1ZvXIAAMOsl

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bubiligi yahamagaje Ambasaderi w’u Burundi i Bruxelles, kugira ngo atange ibisobanuro ku cyemezo cya Guverinoma y’Igihugu cye cyo kwirukana uwari uhagarariye Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere (Enabel) mu Burundi. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo u Burundi bwahaye David Leyssens amasaha 48 yo kuba yamaze kuva ku butaka bwabwo ndetse […]