Burundi: Gen. Bertin Gahungu yoherejwe muri Gereza ya Mpimba

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Nzeri, saa yine n’igice za mu gitondo, Général de Brigade de police, Bertin Gahungu yimuriwe muri Gereza Nkuru ya Bujumbura, bakunze kwita Mpimba, nyuma yo kumara ibyumweru birenga bibiri afungiwe muri kasho y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (SNR). Gen. Gahungu yatawe muri yombi ku itariki ya 21 Kanama afatiwe […]
Imihanda yo muri Kigali yatangiye gushyirwamo imirongo izwi nka “yellow box”

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Nzeri, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ibikorwaremezo n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (RTDA) batangije ubukangurambaga bw’umutekano wo mu muhanda bugamije gusobanurira abakoresha umuhanda kubahiriza imirongo y’umuhondo inyuranamo izwi nka ‘Yellow Box’ mu rurimi rw’icyongereza ishyirwa mu masangano y’imihanda, n’ikoranabuhanga ryifashishwa mu kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko agenga umuhanda. […]
Kinshasa: Abadepite 14 batawe muri yombi baranacucurwa

Umudepite ku rwego rw’igihugu, wavuganye na ACTUALITE.CD, utifuje ko amazina ye amenyekana yavuze kuri uyu wa Gatandatu ko yatawe muri yombi ndetse na bagenzi be cumi na batatu, barimo abagore batatu, ku wa Gatanu nyuma ya saa sita i Kinshasa. Yavuze ko bafashwe ahagana mu ma saa kumi igihe bari barimo gukusanya imikono kugirango basabe […]
Icyahitanye umuramyi Gogo cyamenyekanye

Umuririmbyi Musabyimana Gloriose, uzwi cyane ku izina rya Gogo, witabye Imana muri Uganda, yashyizwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu. Abari bamwegereye bavuze ko nubwo yari asanzwe afite uburwayi bw’igicuri, abaganga bemeje ko yazize ibibazo by’ibihaha. Bikorimana Emmanuel, uzwi nka Bikem Wayesu wari umwe mu bajyanama ba Gogo ndetse n’usanzwe akora mu itangazamakuru, yavuze ko […]
Abasirikare bayobowe na Maj. Gen Nyakrundi bagenze ibilometero 26 n’amaguru

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, yifatanyije n’abasirikare ba Brigade ya 503 ibarizwa muri Diviziyo ya kabiri, mu rugendo rw’amaguru rureshya na Kilometero 26. Ni urugendo rwakorewe mu Kinigi ho mu karere ka Musanze. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko uru rugendo rujyanye n’amabwiriza y’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Perezida Paul Kagame […]
APR FC yageze muri ½ cy’irangiza cya CECAFA

Ikipe ya APR FC yakatishije itike ya ½ cy’irangiza cya CECAFA Kagame Cup ikomeje kubera muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Mlandege FC yo muri Zanzibar ibitego 2-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda rya kabiri wabereye kuri Stade yitiriwe Gen. Isamuhyo i Dar Es Salaam. Umunya-Burkina Faso Raouf Memel Dao […]
Perezida Kagame ntakozwa ibyo kuba hari umwana we wazamusimbura ku butegetsi

Perezida Paul Kagame avuga ko adashyigikiye ibyo kuba hari umwe mu bana be wazamusimbura ku butegetsi, kuko u Rwanda atari ubwami. Umukuru w’Igihugu yabitangarije umunyamakuru François Soudan usanzwe ari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Jeune Afrique, mu gitabo cye yise “Conversations with the President of Rwanda’. Ku ipaji ya 91 y’iki gitabo, Soudan yabajije Perezida Paul Kagame […]
M23 nifata Uvira izanafata Congo yose: Yakutumba washinje Gen. Gasita ibyaha bikomeye

Umuyobozi w’umutwe wa Mai-Mai Yakutumba uri mu yo Leta ya RDC yise Wazalendo mbere yo kuyitabaza mu ntambara ihanganyemo na M23, yateguje ko uyu mutwe nuramuka ufashe Umujyi wa Uvira bizarangira unafashe Congo yose. Gen. William Yakutumba yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 5 Nzeri, ubwe we na bagenzi be bayobora imitwe ya Wazalendo bari […]
U Bubiligi bwarakaranyije n’u Burundi

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bubiligi yahamagaje Ambasaderi w’u Burundi i Bruxelles, kugira ngo atange ibisobanuro ku cyemezo cya Guverinoma y’Igihugu cye cyo kwirukana uwari uhagarariye Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere (Enabel) mu Burundi. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo u Burundi bwahaye David Leyssens amasaha 48 yo kuba yamaze kuva ku butaka bwabwo ndetse […]
RDC: Hatanzwe ikamba rya nyampinga hatabaye amatora

Nyuma y’iminsi mike Déborah Djema yambitswe ikamba rya Miss Universe DR Congo ku wa 22 Kanama 2025, yaje kuryamburwa igitaraganya azira kudasinya amasezerano. Dorcas Dienda Kasinde niwe wahise ahabwa iri kamba nyuma y’uko abategura iri rushanwa bafashe icyemezo cyo kuryambura Déborah Djema wanze gushyira umukono ku masezerano asanzwe asinywa n’abegukana iri kamba. Déborah yasabye ko […]
Banki yirukanye umukozi ihita imusimbuza AI yatozaga

Kathryn Sullivan, w’imyaka 63 wari umaze imyaka 25 akora muri Commonwealth Bank muri Australia, yatangaje ko yirukanwe mu kazi nyuma yo gufasha gutoza “chatbot” yaje kumusimbura. Uyu mukozi wari usanzwe yakira abantu muri banki yavuze ko atari azi ko ibyo yakoraga byo kwandika no kugerageza ibisubizo bya “Bumblebee AI” byari bigamije kumusimbura. Ati: “Sinigeze ntekereza […]
Umukinnyi wa Gasogi United yatahanye indaya ebyiri zitaha zijya kwivuza

Ku wa Gatanu tariki ya 5 Nzeri 2025, Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), yagarutse ku kintu cyigeze kuba hagati y’umukinnyi w’iyi kipe n’abakobwa babiri mu mwaka wa 2022, ubwo Gasogi yari itsinze Kiyovu Sports ibitego 3-1. KNC yavuze ko uwo mukinnyi yari yatahanye abakobwa babiri kubera amafaranga yari yahawe n’ikipe n’abafana. Nyuma […]
Uvira: FARDC na Wazalendo bongeye gufatana mu mashati

Mu ijoro ryacyeye ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo, bongeye kurwanira mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni imirwano yatangiye mu ma saa tatu z’ijoro, imara amasaha menshi. Amakuru aturuka muri uyu mujyi wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko imirwano yabereye mu duce […]
Igihugu cya mbere cya Afurika cyabonye itike y’Igikombe cy’Isi

Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Les Lions de l’Atlas, yabaye iya mbere yo ku mugabane wa Afurika yabonye itike y’Igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru cya 2026 kizabera mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique. Maroc yabigezeho mu ijoro ryacyeye, nyuma yo kunyagira Niger bari bahuriye mu mukino wa karindwi wo mu tsinda E […]
Nyuma ya RDF, ikindi gihugu gituranye n’u Rwanda na cyo kigiye gutoza abasirikare ba RCA

Repubulika ya Centrafique yohereje urubyiruko rugera ku 2,000 muri Uganda, aho rugomba guhererwa imyitozo ya gisirikare. Ku wa Kane tariki ya 4 Nzeri ni bwo amagana y’icyiciro cya nyuma cya ruriya rubyiruko bavuye mu kigo cya gisirikare cya Camp Kassaï i Bangui, mbere yo kurira indege ibajyana muri Uganda. Umuyobozi ushinzwe amahugurwa n’imyitozo mu ngabo […]
Igiciro cya lisansi na mazutu cyakomeje kwiyongera

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Nzeri 2025 rwashyizeho igiciro gishya cy’ibikomoka kuri Peteroli cyakomeje kwiyongera ugereranyije n’ibyari bisanzweho. RURA mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yagaragaje ko litiro ya lisansi yageze kuri Frw 1,862 ivuye kuri Frw 1,803; ibisobanura ko yiyongereyeho Frw 59. Ibi kandi bivuze ko byibura mu […]
Bitakwira ntiyumva ukuntu abasirikare bafatanwe Bunagana kugeza Bukavu bazamurwa bakanoherezwa Uvira

Uwahoze ari umudepite wa Kivu y’Amajyepfo, Justin Bitakwira, yatanze umuhamagaro kuri Perezida Félix Tshisekedi na guverinoma ye ku bijyanye n’iki kibazo avuga ko ari “ingorabahizi” mu Mujyi wa Uvira, nyuma y’iminsi itatu yikurikiranye ubuzima bwarahagaze muri uyu mujyi nta gikorwa cy’ubukungu, nta rujya n’uruza, n’amasoko afunze. Ni nyuma y’imyigaragambyo imaze iminsi muri Uvira yatewe n’inyeshyamba […]
Ibyiza u Rwanda rwakunguka mu mibare mu gihe buri muturage yaba yimakaje gusaba fagitire ya EBM

Ku wa 14 Kanama 2025 ubwo Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (RRA), Niwenshuti Ronald yari kumwe n’abanyamakuru mu karere ka Musanze, yagaragaje ko “umusoro ku gihugu ni nk’amaraso mu mubiri”. Nk’uko umubiri wabuze amaraso nyirawo azahara akaba ashobora no gutakaza ubuzima, ni na ko bigenda ku gihugu cyabuze amafaranga aturuka ku misoro, […]
Impamvu ingendo z’indege zihenze muri Afurika kurusha ahandi

Mu nama yiga ku terambere ry’iby’indege muri Afurika, Aviation Africa Summit and Exhibition 2025 iri kubera i Kigali, hagarutswe kuri zimwe mu mbogamizi zituma ku mugabe wa Afurika ubwikorezi bwo mu kirere bugihenze ugereranyije n’indi migabane. Umwarimu muri Kaminuza uzobereye iby’indege uri mu bitabiriye iriya nama, yagarutse ku bikigoranye bijyanye n’amafaranga acibwa indege muri buri […]
FARDC iremeza ko ishyigikiye byimazeyo Gen. Gasita wanzwe na Wazalendo

Igisirikare cya Congo, kibinyujije ku muvugizi wacyo Maj. Gen. Sylvain Ekenge, cyemeje ko Brig. Gen. Olivier Gasita, umaze iminsi yarabujijwe n’Abawazalendo gukora inshingano ze bamwita icyitso cya M23, yagizwe Umuyobozi w’Akarere ka 33 ka gisirikare muri Uvira mbere y’uko Goma na Bukavu bifatwa. Gen. Sylvain Ekenge yasabye Abanyekongo kumva amabwire y’abashaka gucamo ibice Abanyekongo, by’umwihariko […]
Putin aravuga ko azarimbura ingabo z’u Burayi zizoherezwa muri Ukraine

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida w’u Burusiya yavuze ko “bidashoboka” kugirana amasezerano na Ukraine ku bibazo by’ingenzi, anashimangira kandi ko Moscou itazigera yemera ko Ukraine iba umunyamuryango wa NATO. Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko Moscou izafata ingabo z’amahanga zose zizoherezwa ku butaka bwa Ukraine nk’ “ibipimo byemewe byo kurimbura”. Mu ijambo rye, mu […]
Uganda: Kandida depite wa NRM wakubise minisitiri w’intebe ari mu mazi abira

Urukiko rwo muri Uganda rwagumishije muri gereza Onesmas Twinamasiko, umukandida depite w’ishyaka National Resistance Movement (NRM) riri ku butegetsi muri Uganda wiyamamarizaga guhagararira Bugangaizi East mu nteko, azira gukubita Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabbanja, igihe habaga amakimbirane ya politiki mu Karere ka Kakumiro. Urukiko rukuru rwa Kibaale kuwa Gatatu rwashinje Twinamasiko icyaha cyo gukubita no kubabaza […]
Ebola yongeye kwaduka muri RDC imaze guhitana abarenga 15 muri Kasai

Inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka, aho Minisiteri y’ubuzima ivuga ko byibuze kuva mu mpera za Kanama nibura abantu cumi na batandatu bamaze gupfa. Iki cyorezo gishya cyibasiye Intara ya Kasai, hagati mu gihugu. Biravugwa ko iki cyorezo cya Ebola cyagaragaye bwa mbere muri RDC ku […]
Jenerali wamaze igihe kirekire kurusha abandi muri UPDF yapfuye

Maj. Gen. (Rtd) Hussein Ada wabaye umusirikare wa mbere wamaze igihe kirekire mu ngabo za Uganda kurusha abandi, yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rwa Maj. Gen Ada yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 4 Nzeri 2025. Yaguye mu bitaro bya Victoria Hospital biherereye i Kampala. Maj. Gen Hussein Ada winjiye mu ngabo za […]
Abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange basabwe korohereza abanyeshuri basubira ku mashuri

Kuva ku wa Gatanu, tariki ya 5 Nzeri, abanyeshuri bazaba barimo gusubira ku bigo by’amashuri, gutangira igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri wa 2025/2026, hirya no hino mu turere dutandukanye tw’igihugu. Polisi y’u Rwanda yaboneyeho gushishikariza abo bireba bose by’umwihariko ibigo bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’ababyeyi b’abana, kubahiriza ibyo basabwa bijyanye […]
U Rwanda rwannyeze HRW yavuze ko imva zo mu irimbi rya gisirikare ry’i Kanombe ziri kwiyongera bidasanzwe

Guverinoma y’u Rwanda yannyeze umuryango Human Rights Watch watangaje ko kuva intambara yongeye kubura hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya RDC yongeye kubura imva zo mu irimbi rya gisirikare ry’i Kanombe ziyongereye mu buryo budasanzwe, ibaza uyu muryango aho ibyo bihuriye n’ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu uvuga ko uharanira. Ku wa Kane tariki ya […]
Ibisobanuro bya REG ku ibura ry’umuriro

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) yasohoye itangazo isobanura ku kibazo cyabaye mu ijoro ryo ku wa Kane, ubwo umuriro wabura mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ahagana saa tatu z’ijoro. REG yatangaje kuri X (yahoze ari Twitter) ko ikibazo cyatewe n’ikosa rya tekiniki, ariko ko abatekinisiye bacyo bahise batangira gukora ibishoboka byose ngo umuriro […]
Abasirikare ba UPDF biciwe muri Congo

Ku wa Kane, tariki ya 4 Nzeri 2025, Ingabo za Uganda (UPDF) zatangaje ko abasirikare babiri babo bishwe mu gikorwa cya gisirikare kiri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Maj Gen Felix Kulayigye, Umuvugizi w’Ingabo za Uganda yavuze ko amakuru yagiye acicikana mbere atari yo, ashimangira ko abo basirikare baticiwe muri Komanda–Eringeti […]
Inkingo za Covid-19 zarikoroje muri Sena y’Amerika

Mu gihe Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ubuzima, Robert F. Kennedy Jr., yisobanuraga imbere ya Sena ku wa 4 Nzeri 2025, inkingo za Covid-19 zongeye kuba intandaro y’impaka zikomeye. Kennedy, uzwiho kugaragaza gushidikanya ku nkingo, yashinjwe na bamwe mu basenateri guhindukirira ibyo yasezeranyije mbere yo kwinjira muri guverinoma. Mbere yo kwinjira muri […]
Kinshasa yakuyeho kwigira ubuntu ku banyeshuri biga mu duce tugenzurwa na M23

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko warakajwe cyane n’icyemezo cya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo gukuraho kwigira ubuntu, ku banyeshuri biga mu mashuri yo mu duce ugenzura. Uyu mutwe wemeje ko Kinshasa yafashe kiriya cyemezo, mu itangazo wasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nzeri 2025. Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, […]
U Bushinwa bwatanze ubutumwa bumurika intwaro karahabutaka

Ku wa Gatatu tariki ya 3 Nzeri ubwo u Bushinwa bwizihizaga imyaka 80 ishize butsinze u Buyapani mu ntambara ya kabiri y’Isi, Perezida wabwo, Xi Jinping yari kumwe na Vladimir Putin w’u Burusiya na Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru; biba inshuro ya mbere aba uko ari batatu bahuye bari kumwe. Xi, Putin na […]
Rubavu: Abanyeshuri ba Kaminuza ya ULK bishyuriye Mutuelle imiryango 107 itishoboye

Abanyeshuri ba Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Gisenyi (ULK), bo mu cyiciro cya gatatu mu ishami ry’amasomo y’Iterambere (Master’s in Development Studies) bifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Nyakiliba, ndetse bishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango 107 itishoboye, ingana n’amafaranga 323,000 Frw. Iki gikorwa cyabaye kuwa Gatandatu, tariki ya 30 Kanama 2025, mu gutanga umusanzu wabo ku […]
Ingendo (zo mu kirere) ntizikwiye kuba iz’abakire gusa – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagaragaje ko nubwo umugabane wa Afurika wagize iterambere mu bijyanye n’urwego rw’ingendo zo mu kirere, ukomeje guhura n’imbogamizi z’igiciro kiri hejuru ndetse no kubura ibikorwaremezo bijyanye nazo, mu gihe ashimangira ko ingendo zo mu kirere zitagakwiye kuba iz’abifite gusa. Ibi Perezida Kagame yabivuze ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama ya Aviation […]
Umuramyi Chryso yasezeranye mu mategeko

Abahanzi b’abaririmbyi Chryso Ndasingwa na Sharon Gatete, bamaze igihe gito berekanye ko bakundana, bamaze gusinyana amasezerano yemewe n’amategeko y’ugushyingiranwa. Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali, ku wa Kane tariki ya 4 Nzeri 2025. Ni imwe mu ntambwe ibanziriza ubukwe bwabo buteganyijwe kuba ku wa 22 Ugushyingo 2025. […]
Perezida Kagame yatangije ingendo zo gutwara abantu muri drones

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Nzeri 2025, yatangije ingendo zo gutwara abantu mu kirere hakoreshejwe indege nto zitagira abadelevu zizwi nka drones. Umukuru w’Igihugu yatangirije izi ngendo i Kigali, ahari kubera Inama Nyafurika ku ngendo zo mu kirere ‘Aviation Africa Summit and Exhibition 2025’. Ni inama iri kubera muri Kigali […]
Inama y’ikitaraganya hagati ya Meya wa Uvira na Wazalendo zitambitse icyemezo cya Tshisekedi

Umuyobozi w’Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yatumije abahagarariye imitwe ya Wazalendo mu nama y’ikitaraganya mu rwego rwo kuganira ku mpamvu bariya barwanyi bitambitse icyemezo cya Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC. Meya Kifara Kapenda Kik’v yatumije iriya nama, mu gihe mu mujyi wa Uvira hakomeje imyigaragambyo yatangijwe na Wazalendo isaba ko […]
Ashley Young ari gukina mu ikipe imwe n’umuhungu we

Uwahoze ari myugariro w’icyamamare muri Manchester United, Ashley Young w’imyaka 40 ari kumwe n’umuhungu we Tyler Young w’imyaka 19, bagiye kuba abakinnyi ba mbere mu mateka y’ikiciro cya kabiri mu Bwongereza bakina mu ikipe imwe ari umubyeyi n’umwana. Byari byitezwe ko uyu mwihariko uba mu mwaka ushize ubwo Everton (yari ifite Ashley Young) yahuraga na […]
Dore ubwirinzi bw’ikirere 5 bwa mbere buhambaye ku Isi

Ibihugu birimo gushora imari igaragara muri sisitemu z’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere mu gihe ubwoba bw’ibitero nk’ibi bugenda bwiyongera. Indege, drone, misile zo mu bwoko bwa cruise missile, missile ballistique ni bike mu byago ubu buryo bw’ubwirinzi bwakorewe mu kuvumbura, gukurikirana, no gusenya. Ukurikije ubushobozi bwabwo, urwego, hamwe n’ikoranabuhanga rigezweho, dore sisitemu 10 za mbere […]
Musanze: Abagabo 2 bapfuye biyahuye

Abagabo babiri barimo uwo mu murenge wa Musanze n’uwo mu murenge wa Gashaki mu karere ka Musanze, bapfiriye umunsi umwe; bigakekwa ko biyahuye. Aba barimo Niyibizi Anselme w’imyaka 38 wasanzwe yapfiriye mu nzu iherereye mu Mudugudu wa Kamato, Akagari ka Mbwe, ho mu murenge wa Gashaki. Uyu mugabo wasize umugore n’abana babiri, yari amaze igihe […]
Umunyamabanga wungirije wa Monusco agarutse muri RDC ku nshuro ya 3 mu mwaka

Umunyamabanga wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Ibikorwa byo Kubungabunga Amahoro, Jean-Pierre Lacroix, ari muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuva kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 3 Nzeri nk’uko byatangajwe na MONUSCO. Uru ruzinduko rw’akazi rukurikira uruzinduko yakoze muri iki gihugu muri Gashyantare na Werurwe kandi bivugwa ko rugamije gushimangira ubushake bw’Umuryango w’Abibumbye mu gushyigikira inzira […]
M23 yarahiye ko itacyihanganiye imvugo z’urwango zikomeje gututumba muri Uvira

Umutwe wa AFC/M23 warahiye ko utazihanganira imvugo z’urwango ndetse n’ibyaha by’urwango bizikomokaho bimaze igihe bigaragara mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Ituri ndetse no mu bindi bice bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bigizwemo uruhare n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Kinshasa. AFC/M23 yatanze uyu muburo kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Nzeri, mu […]
Umuramyi ‘Gogo’ yapfuye

Musabyimana Gloriose wamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga no mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nka Gogo, yitabye Imana. Gogo wari ufite imyaka 36 y’amavuko yaguye muri Uganda aho yari yaragiye mu ivugabutumwa. Amakuru avuga ko uyu mukobwa mbere yo kuvamo umwuka yari yabanje kugira ikibazo cyatumye yitura hasi agatakaza ubwenge. Gogo yakundaga kugaragara ku mbuga […]
Barangajwe imbere na Yemi Alade: Dore ibyamamare mpuzamahanga bigiye kwita izina abana b’ingagi

U Rwanda ruritegura ibirori byamamaye ku isi byo Kwita Izina Ingagi biraba kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 5 Nzeri 2025. Muri uyu mwaka, hazitwa amazina ku bana b’ingagi 100. Abazita amazina bamaze gutangazwa bwa mbere, bakaba barimo ibyamamare bitandukanye ku rwego rw’isi, abayobozi mu kubungabunga ibidukikije, n’abaharanira iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage. Dore aba ni […]
Polisi y’u Rwanda yafunze uwatangaje ko i Musanze haturikiye igisasu

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Burera yafashe umugabo w’imyaka 36 ukomoka muri ako karere, nyuma yo gushyira kuri YouTube amashusho arimo amakuru y’ibinyoma yavugaga ko mu Karere ka Musanze haturikiye igisasu mu rusengero, abantu bamwe bakahasiga ubuzima abandi bagakomereka. Uwo mugabo yafatiwe mu Murenge wa Butaro, Akagari ka Mubuga, ku wa Gatatu tariki ya […]
Burkina Faso: Abafaransa bakomeje gufatirwa mu burengerazuba bwa Afurika bashinjwa ubutasi

Nyuma ya Mali, muri Burkinafaso na ho Umufaransa yatawe muri yombi ku itariki ya 28 Nyakanga n’inzego z’ubutasi. Kuva icyo gihe yafungiwe ahantu hatazwi. Jean-Christophe Pégon ni umuyobozi wa ONG ikorera muri Burkina Faso yitwa Inso, itanga amakuru y’umutekano ku miryango itabara imbabare. Uyu mwenegihugu w’u Bufaransa arakekwaho gukora ibikorwa by’ubutasi n’ubutegetsi bwa gisirikare buriho. […]
U Rwanda na RDC byiyemeje guhanahana amakuru y’ubutasi kuri FDLR

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byiyemeje gutangira guhanahana amakuru y’ubutasi yerekeye umutwe wa FDLR, mbere y’uko i Doha hateranira inama igamije kureba uko uriya mutwe w’iterabwoba wasenywa. Ibihugu byombi byabemeranyirije mu nama ya kabiri ya Komite ihuriweho ishinzwe gusuzuma iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika tariki […]
Cabo Delgado: Inzego z’Umutekano z’u Rwanda zahaye ba mudugudu amagare

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 3 Nzeri 2025, abashinzwe umutekano bo mu Rwanda (RSF) muri Mozambique batanze amagare ku bayobozi b’imidugudu mu karere ka Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo gukomeza guharanira kurwanya iterabwoba, gushyigikira iterambere ry’abaturage, no gushimangira imiyoborere y’ibanze. Umuhango wo gutanga aya magare wabereye kuri pavilion ya […]
SANDF ntizi igihe kajugujugu 5 za yo zakwamiye muri RDC zizahavira

Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) cyabwiye ikinyamakuru Janes ko nta tariki gifite y’igihe kajugujugu zacyo eshanu za Oryx kuri ubu zaheze muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zizahavira. Umuvugizi wa SANDF yagize ati: “Ntabwo dufite itariki, ariko turimo kubikoraho.” Nyamara, ku itariki ya 22 Kanama, SANDF yahakanye ko kajugujugu eshatu zari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye […]
U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere cya Afurika kigiye kujya gitwara abagenzi na drone

Guverinoma y’u Rwanda kubufatanye na sosiyete y’Abashinwa ‘China Road Bridge Corporation’, bagiye gutangiza ku nshuro ya mbere ingendo z’indege y’amashanyarazi zitagira abapilote zikora nka tagisi zitwara abantu mu buryo bwa rusange. Ku wa Kane tariki ya 4 Nzeri ubwo u Rwanda ruzaba rwakiriye Inama ya 9 yiga ku guteza imbere ingendo zo mu kirere, Aviation […]
Ibyiza byo gukundana n’umusore mugufi

Mu gihe cyose abantu bagiye bakunda gushyira imbere imiterere y’umubiri mu gukundana, ntihabuze amagambo avugwa ku burebure bw’abakunzi. Kuri bamwe, kugira umusore muremure bifatwa nk’ikimenyetso cy’ubwiza cyangwa ubushobozi, ariko ubushakashatsi n’ibitekerezo by’abahanga bwerekana ko gukundana n’umusore mugufi nabyo bifite ibyiza byinshi bikwiye kwitabwaho. Urukundo rutagamije imiterere y’inyuma Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke za sosiyoloji muri Kaminuza ya […]
Nyina wa Diplomate yapfuye

Umuraperi w’Umunyarwanda, Diplomate uzwi cyane nka Dip G, yatangaje inkuru ibabaje ko yabuze umubyeyi we ku mugoroba wo ku wa 3 Nzeri 2025. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje agahinda gakomeye n’urukundo rudasanzwe yakundaga nyina, agira ati: “Ruhukira mu mahoro mama, urukundo, umurava n’ubugwaneza byawe bizahora bimbana. Wabaye intwari kugeza ku gasanduku k’umwuka kawe ka […]
Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa ASECNA witabiriye Aviation Africa Summit 2025

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, itariki 3 Nzeri 2025, Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Prosper Zo’o Minto’o, Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe umutekano w’ingendo zo mu kirere muri Afurika na Madagascar (ASECNA) uri mu Rwanda aho yitabiriye ya Aviation Africa Summit 2025 izabera i Kigali muri Radisson Blu kuva ku itariki ya 4-5 […]
Ikinyoma kimaze ibinyejana ku ngano nyayo y’Umugabane wa Afurika

Ikarita ya Mercator, yakozwe bwa mbere mu kinyejana cya 16, imaze igihe kinini ari yo karita igenderwaho mu kugenda no mu burezi, ariko ukuri kwayo gukomeje gushidikanwaho. Urugero, Greenland ikunze kugaragara ari nini nka Afurika, mu gihe mu by’ukuri Afurika iyikubye inshuro 14. Ibindi bihugu byinshi byo mu majyaruguru bigaragazwa nk’aho byenda kungana n’umugabane wa […]
Umumasayi wo muri Kenya yiciwe muri DRC azira gusa n’Abatutsi

Umugabo wo mu bwoko bw’abamasayi ufite inkomoko mu gihugu cya Kenya wacururizaga mu bice byo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yishwe urwagashyinyaguro n’abenegihugu ba Congo bamuziza gusa n’Abatutsi. Yiciwe mu burasirazuba bwa RDC ku manywa yo kuri uyu wa kabiri tariki ya 02/09/2025 aho yacururizaga inkweto zirimo amasandale, imikandala n’ibindi, akaba ari […]
APR FC yatangiye CECAFA itsinda Bumamuru y’i Burundi

Ikipe ya APR FC yatangiye neza irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riri kubera muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Bumamuru FC y’i Burundi ibitego 2-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda B wabereye kuri Stade ya KMC, i Dar Es Salaam. Umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara ni we wafunguye amazamu ku […]
Perezida wa Tanzania yohereje intumwa idasanzwe muri DRC

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Nzeli 2025 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzaniya, wari uzanye ubutumwa bwihariye bwa mugenziwe Perezida Samia Suluhu Hassan. Mahmoud Thabit Kombo, intumwa idasanzwe iturutse muri Tanzaniya yasobanuye ko azaniye Perezida wa Congo Felix Tshisekedi wa DRC ubutumwa bwa […]
Police ya M23 yatangiye akazi ko gucunga umutekano mu mujyi wa Bukavu

Mu mujyi wa Bukavu kuri ubu uri mu maboko y’umutwe wa AFC/M23 hagejejwe igipolisi gishya cyahawe amahugurwa kandi gitozwa n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 usanzwe ugenzura uyu mujyi mu gihe cy’amezi atandatu kubijyanye no gucunga umutekano w’abaturage n’ibintu byabo. Aba bapolisi berekanywe n’ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwashyizweho na AFC/M23 buvuga ko intego ari ugucunga umutekano […]
RDC: Mbeki ntakibonwa nk’umuhuza utabogamye nubwo bemera uruhare rwe mu biganiro bya Sun City

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nzeri, kuri Radio na Televiziyo bya Congo (RTNC), Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, yongeye gusobanura aho Guverinoma ya Congo ihagaze ku kijyanye n’ibiganiro by’amahoro byateguwe na Fondasiyo ya Thabo Mbeki wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo. Mu gihe yemera uruhare […]
Abanyamakuru mu Burundi babujijwe ko ngera gukandagiza ikirenge mu nteko

Gelase Ndabirabe yatangaje ko Nta munyamakuru w’ikinyamakuru kigenga uzongera gukandagiza ikirenge cye mu nteko ishingamategeko mu Burundi kereka abanyamakuru ba Leta ariko nabo bagenwe. Uyu ni umwanzuro wafashwe kandi utangazwa n’Umuyobozi mukuru w’inteko ishingamateka mu Burundi Daniel Gelase Ndabirabe umwanzuro utakiriwe neza bivuga ko ugamije gusubiza inyuma igihugu n’ubwigenge bw’abarundi bose, abanje guhonyanga amategeko aha […]
Uvira: Imyigaragambyo yo kwirukana Gen. Gasita yahagaritse ubuzima

Kuva ku wa Kabiri tariki ya 2 Nzeri 2025, ubuzima mu mujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bwahagaze kubera imyigaragambyo yo kuhirukana Général de Brigade Olivier Gasita. Imyigaragambyo isaba ko uyu musirikare ava muri uriya mujyi yabanje gukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo barwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, mbere yo […]