Abanyamakuru mu Burundi babujijwe ko ngera gukandagiza ikirenge mu nteko

Gelase Ndabirabe yatangaje ko Nta munyamakuru w’ikinyamakuru kigenga uzongera gukandagiza ikirenge cye mu nteko ishingamategeko mu Burundi kereka abanyamakuru ba Leta ariko nabo bagenwe. Uyu ni umwanzuro wafashwe kandi utangazwa n’Umuyobozi mukuru w’inteko ishingamateka mu Burundi Daniel Gelase Ndabirabe umwanzuro utakiriwe neza bivuga ko ugamije gusubiza inyuma igihugu n’ubwigenge bw’abarundi bose, abanje guhonyanga amategeko aha […]
Uvira: Imyigaragambyo yo kwirukana Gen. Gasita yahagaritse ubuzima

Kuva ku wa Kabiri tariki ya 2 Nzeri 2025, ubuzima mu mujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bwahagaze kubera imyigaragambyo yo kuhirukana Général de Brigade Olivier Gasita. Imyigaragambyo isaba ko uyu musirikare ava muri uriya mujyi yabanje gukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo barwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, mbere yo […]
Trump yacyuriye Xi Jinping abasirikare ba Amerika bapfiriye u Bushinwa

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yacyuriye mugenzi we Xi Jinping w’u Bushinwa abasirikare ba Amerika babumeneye amaraso, ubwo bwari buhanganye mu ntambara n’u Buyapani. Trump yabitangaje nyuma y’akarasisi ingabo z’u Bushinwa zakoze, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 80 ishize u Bushinwa butsinze u Buyapani mu ntambara ya kabiri y’Isi. Ni akarasisi […]
Miss Naomie wagize agahinda gakabije nyuma y’amanota y’ikizami cya leta

Miss Nishimwe Naomie, Nyampinga w’u Rwanda 2020 yagarutse ku bihe bikomeye yanyuzemo nyuma yo gucibwa intege n’abantu bamucyuriraga amanota make yagize mu kizamini cya Leta, ibintu avuga ko byamugizeho ingaruka zo kwiheba no kugira agahinda gakabije. Ibi yabivuze ku wa 2 Nzeri 2025 mu kiganiro cyiswe Girls Impact Gathering, cyateguwe na Women Foundation Ministries, aho […]
Umukunzi we yanze kumwitaba maze ahita avanaho amashanyarazi y’umudugudu wose

Umusore utatangajwe amazina ye mu itangazamakuru yakoze agashya ubwo yavanagaho umuriro wo mu mudugudu wose kubera ko umukunzi we yanze kumwitaba kuri telefoni Ibi byabereye mu ntara ya Bihar mu Buhinde ubwo umusore umwe yacaga insinga z’amashanyarazi y’aho atuye yose, ngo kuko umukunzi we atigeze amusubiza kuri telefone. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana uyu […]
Umuneke ukozwe mu ishusho y’igitsina cy’umugore wagurishijwe miliyoni 16 Frw

Umuhanzi w’ibibumbano wo muri Danimarike, Thyra Hilden yakoze igihangano cy’igitangaza: umuneke ushushanyije mu ishusho isa n’imyanya ndangagitsina y’umugore. Iki gihangano cyatangaje benshi ubwo cyagurishwaga mu imurikagurisha mpuzamahanga Enter Art Fair ryabereye i Copenhagen, ku cyumweru, tariki 31 Kanama 2025. Iki guhangano cyaguzwe na Anders Andersen, watangije co-working spaces aho yishyuye mafaranga angana na asaga miliyoni […]
Michelle Yeoh wamamaye muri filimi z’imirwano yasuye u Rwanda

Michelle Yeoh, umukinnyikazi w’icyamamare muri sinema n’umugabo we Jean Todt bageze mu Rwanda, aho basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ndetse n’ingagi zo mu birunga. Uyu mugore w’imyaka 63 uzwi cyane mu mafilimi y’imirwano, yanditse ubutumwa agaragaza ko akigera mu Rwanda yahise ajya ku rwibutso, aho yahakuye isomo ryo kwibuka, gukomeza ubuzima mu bumwe, imbabazi […]
Igisirikare cy’u Burundi gikomeje kohereza ingabo n’ibikoresho byinshi muri Kivu y’Amajyepfo

Uruhererekane rw’imodoka nyinshi zuzuye Abasirikare b’Abarundi n’ibikoresho zimaze iminsi zigaragara mu gace ka Kaburantwa, mu Ntara ya Cibitoke, mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, zerekeza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Bivugwa ko abo basirikare bitwaje intwaro nyinshi boherejwe kongerera ingufu Ingabo z’u Burundi ziri mu Karere ka Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, aho zikorana n’Ingabo z’igihugu […]
Juba: Umugaba wungirije wa UNMISS yasezeye Ingabo za RDF

Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa na gahunda mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Brig Gen. Kanobayire; akaba anakora nk’Intumwa Nkuru y’igihugu; kuri uyu wa Kabiri yasuye abashinzwe kubungabunga amahoro b’Abanyarwanda babarizwa muri RWANBATT3 iherereye i Durupi, mu nkengero za Juba, mu rwego rwo kubasezeraho. Yakiriwe n’umuyobozi w’Ingabo za RWANBATT3, Colonel Leodomir Uwizeyimana, ahabwa […]
RDC: Umunyapolitiki Kibala yabujijwe kwitabira ibiganiro byateguwe na Thabo Mbeki

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nzeri, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Jean-Claude Kibala ntiyashoboye kujya muri Afurika y’Epfo mu biganiro byateguwe na Thabo Mbeki, byatumiwemo abanyapolitiki batandukanye bo muri RDC barimo na Corneille Nangaa. Uyu wahoze ari Minisitiri w’abakozi ba Leta yafatiriwe pasiporo ye y’abadipolomate ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili n’ubuyobozi bukuru bushinzwe […]
Nyanza: Umusore yikase igitsina cyivaho

Umusore w’imyaka 31 wo mu Karere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo, yajyanywe kwa muganga nyuma yo kwikata igitsina akoresheje icyuma. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Nyamivumu B, Akagari ka Mushirarungu, Umurenge wa Rwabicuma. Vincent Uwambayinkindi, Umukuru w’Umudugudu, yabwiye UMUSEKE ko ari mu ba mbere bageze aho byabereye nyuma yo guhamagarwa n’abaturage. Yagize ati: “Twahasanze umusore […]
Kuki Imana itishe Satani?

Kuba Satani akiriho kandi agira uruhare mu kuyobya abantu Imana yaremye, byatumye benshi bibaza iki kibazo “Niba Imana ari Nyir’ububasha bwose kandi ari Inyangamugayo, kuki itamurimbura igahita ikuraho ikibi burundu?” Iki kibazo cyasubijwe mu buryo bunyuranye n’abahanga mu bya Tewolojiya, ndetse n’abatekereza ku buryo Imana ikora mu gihe cy’ukuri. Imwe mu nyigisho zikomeye ni uko […]
Pasiteri yambitse impeta umugore ku kiriyo cy’umugabo we

Pasiteri yafatiranye umugore amwambika impeta ari gushyingura uwari umugabo we bari bamaranye igihe babana byemewe n’amategeko. Ibi byabereye muri Afurika y’Epfo akaba kandi ari imwe mu nkuru zikomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Iyi nkuru n’iy’umugabo w’Umupasiteri wo muri Afurika y’Epfo utatangajwe amazina wambitse impeta umugore wari wapfushije umugabo we. Kumwambika impeta ntibitangahe ahubwo igitangaje […]
RDC: Constant Mutamba yakatiwe gukora imirimo y’agahato

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakatiwe imyaka itatu yo gukora imirimo y’agahato. Mutamba yahawe iki gihano n’Urukiko Rusesa Imanza muri RDC kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Nzeri, nyuma yo guhamywa icyaha cyo kunyereza umutungo w’igihugu ndetse n’ufitiye rubanda inyungu. Ni umutungo ufite aho uhuriye na $ […]
Kabila yavuze impamvu Tshisekedi yamureze ibyaha byamwicisha akanafunga abarimo Gen. Tshiwewe

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ibyaha aregwa ari ibinyoma byahimbwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wamusimbuye, mu rwego rwo kwirinda ko hari uwaburyoza kuba bwarananiwe kuzuza inshingano zabwo. Kabila yabitangaje biciye mu nyandiko yanyujije mu kinyamakuru Jeune Afrique. Ni inyandiko yagiye hanze nyuma y’iminsi mike […]
Ubushinwa bugiye kumurika intwaro nshya imbere ya Putin

Mu gihe hizihizwa isabukuru y’imyaka 80 ishize intambara ya kabiri y’isi irangiye, Ubushinwa burateganya kumurika intwaro nshya ya Laser bavuga ko ari yo ikomeye cyane ku isi mu kurinda ikirere. Iyi ntwaro izerekanwa ku wa Gatatu i Beijing mu birori bikomeye bya gisirikare, aho Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, na Kim Jong-un uyobora Koreya ya […]
Ubushinjacyaha bwagaragaje ibyagezweho mu mwaka w’ubucamanza 2024-2025

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 1 Nzeri 2025, mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko habereye igikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026. Ni igikorwa cyari kiyobowe na Nyakubahwa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Rt. Hon. MUKANTAGANZWA Domitilla cyitabiriwe n’abagize inzego z’ Urunana rw’Ubutabera. Mu ijambo rye, Umushinjacyaha Mukuru HABYARIMANA Angélique yagaragaje ko Ubushinjacyaha bwakiriye amadosiye 78.489 mu […]
RDC: Urugo rwa Mutamba rwagabweho igitero mbere gato y’uko akatirwa

Mbere y’icyemezo cy’urukiko mu rubanza rw’uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nzeri 2025, urugo rwe rwagabweho igitero n’inzego z’umutekano. Nk’uko byatangajwe n’ishyaka Nogec, abereye perezida, abasirikare n’abapolisi bateye mu rugo rwe ahagana mu ma saa cyenda z’urukerera, batatanya abamushyigikiye kandi bata […]
Sekuru wa Alpha Rwirangira yapfuye

Alpha Rwirangira na AY bari mu kababaro ko gupfusha sekuru wabo witabye Imana mu ijoro ryo ku wa 1 rishyira ku wa 2 Nzeri 2025, afite imyaka 103. Alpha, uba muri Canada, yanyujije ubutumwa kuri Instagram agaragaza agahinda ke avuga ati: “Tuzongera kubonana mu buzima bushya, Babu.” Na ho AY, umuhanzi wo muri Tanzania, yanditse […]
Uko Perezida Kagame yisanze ari intasi nkuru ya Uganda

Mu 1979 Perezida Paul Kagame yongeye guhura na Fred Gisa Rwigema, inshuti ye ya kera yari imaze imyaka ibarirwa muri itatu yarabuze ku ishuri bombi bigagaho, mu muhuro wafunguriye Umukuru w’Igihugu amarembo yo kuyobora ubutasi bwa Uganda. Rwigema icyo gihe wari ugarukanye muri Uganda na Yoweri Kaguta Museveni nyuma yo kurwana urugamba rwasize Idi Amin […]
Burkina Faso: Hatowe itegeko rihana ubutinganyi

Muri Burkinafaso hakozwe impinduka zitandukanye mu mategeko, nk’aho umuntu wese uzahamwa n’icyaha cyo kuryamana kw’abahuje igitsina azajya ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri kugeza ku myaka itanu n’ihazabu, nk’uko Minisitiri w’ubutabera, Edasso Rodrigue Bayala, yabisobanuye nyuma y’itegeko rishya ryatowe. Minisitiri yongeyeho ati: “Mu gihe habaye gusubiramo icyaha, niba uwabikoze atari umwenegihugu wa Burkinabe, azirukanwa mu […]
Burundi: Hatawe muri yombi uwacungaga imitungo ya General Bunyoni

Uwitwa Donatien Mbonicura, ukomoka mu mudugudu wa Matyazo mu Karere ka Mwaro mu Ntara ya Gitega (hagati mu Burundi), yatawe muri yombi ku Cyumweru, ku itariki ya 24 Kanama 2025, afatiwe i Kinindo, mu majyepfo ya Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu. Uyu ufatwa nk’incuti magara ya General Alain Guillaume Bunyoni, bivugwa ko yacungaga mu ibanga imitungo […]
Sudani: Inkangu yatabye umudugudu wose 1000 bahasiga ubuzima harokoka 1

Inkangu idasanzwe mu karere ka Darfur mu burengerazuba bwa Sudani yatabye umudugudu wose hapfa abantu barenga 1000 nk’uko byatangajwe n’umutwe w’inyeshyamba uhagenzura kuri uyu wa Mbere ushize. Umudugudu wose wagiye hasi harokoka umuntu umwe Umutwe wa Sudan Liberation Movement/Army wavuze ko iyi nkangu yabaye ku Cyumweru mu Mudugudu wa Tarasin, uherereye mu misozi ya Marra […]
Kera kabaye Gen. Cirimwami yashyinguwe n’abarimo Tshisekedi

Général-Major Peter Nkuba Cirimwami wahoze ari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ku wa Mbere tariki ya 1 Nzeri 2025 yashyinguwe nyuma y’amezi arindwi yiciwe ku rugamba. Ni umuhango wakomatanyijwe n’uwo gusezeraho bwa nyuma no gushyingura Colonel Alexis Rugabisha wiciwe i Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ubwo yari ayoboye imirwano ihuriro ry’ingabo za Leta ya […]
M23 yahaye Tshisekedi gasopo

Umutwe wa AFC/M23 wahaye gasopo Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo washinje kuba akomeje kuba ikibazo kuri kiriya gihugu. AFC/M23 yaburiye Tshisekedi kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Nzeri 2025, mu kiganiro umuhuzabikorwa wayo, Corneille Nangaa na Bertrand Bisimwa umwungirijr bagiranye n’itangazamakuru, i Goma. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi ibiri Tshisekedi […]
Senegal: Inama Kagame yagiriye urubyiruko rwa Afurika mu nama ya AFS Forum

Muri iki gitondo cyo kuwa Mbere i Dakar, muri Senegal hateraniye inama nyafurika ku kwihaza mu biribwa izwi nka “Africa Food Systems Forum” ya 2025, aho Perezida Kagame wifatanyije na Perezida Bassirou Diomaye Faye Senegal, yagiriye inama urubyiruko yo kudahunga ibibazo bagahangana nabyo kuko n’aho bahungira babisangayo. Urubyiruko hamwe n’abayobozi muri gahunda z’ibiribwa bikomoka mu […]
Abanyeshuri barenga 11,500 bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye bararase

Minisiteri y’Uburezi ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu Gishizwe Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Nzeri batangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2024/2025. Abanyeshuri 106,418 ni bo bari biyandikishije mu bizamini, ariko hakora 106,078. Abatsinze (babashije kugira 50%) barangana na 89.1% by’abakoze bose; mu gihe abatsinzwe ari 10.9%. Ibi […]
Yarongoye mushiki we bavukana kuri se na nyina none babyaranye kane

Mu gihugu cya Tanzania, umugabo witwa James yahishuye inkuru itangaje y’uko yaje gushakana n’umuvandimwe we bavukana ku babyeyi bombi batabizi, ubu bakaba bafitanye abana bane bafite ubuzima bwiza. James yashakanye na Adeline bavukana kuri se na nyina. Ariko bakiri bato, ababyeyi babo bapfiriye mu mpanuka y’imodoka, bituma ubuzima bwabo buhinduka cyane. Nyuma y’urupfu rw’ababyeyi, nyirakuru […]
Umuyobozi wa Komisiyo ya EU, Ursula von der Leyen, ntiyahiriwe n’uruzinduko rwe muri Bulgaria

Umuyobozi w’ishyaka ryo muri Bulgaria riharanira ububyutse kandi rishyigikiye u Burusiya, Kostadin Kostadinov, yafashwe amashusho abuza imodoka kwinjira ku ruganda rw’intwaro i Sopot mu ruzinduko rwa Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, Ursula von der Leyen, kuri iki Cyumweru, itariki 31 Kanama 2025. Iri shyaka riharanira inyungu z’abenegihugu ryagerageje kubuza Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, Ursula […]
KNC azigaye, yabeshye Abanyarwanda: Ricard nyuma yo kuva muri gereza

Umunyamakuru w’imikino Ishimwe Ricard, yasabye umuyobozi wa Radio & TV1 Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’ kwigaya, nyuma yo gutangaza ko ubwo yatabwaga muri yombi mu kwezi gushize yasanzwe yihishe munsi y’igitanda. Ricard yabigarutseho mu kiganiro ‘Urukiko rw’Ikirenga rw’Imikino’ yongeye kumvikanamo, nyuma y’igihe kigera ku kwezi kumwe ari mu maboko y’ubutabera bwa gisirikare. Ishimwe Ricard yavuze ko […]
Erik Ten Hag yirukanwe adatoje imikino 3

Ikipe ya Bayer Leverkusen yo mu Budage, yirukanye Umuholandi Erik Ten Hag yari imaze igihe gito ihaye akazi ko kuyibera umutoza mukuru. Muri iyi mpeshyi ni bwo Erik Ten Hag wahoze atoza Manchester United yari yagizwe umutoza wa Bayer Leverkusen, nk’umusimbura wa Xabi Alonso werekeje muri Real Madrid. Leverkusen yatwaye igikombe cya shampiyona cya 2023/2024, […]
Maniema: Abawazalendo bitambitse abashinzwe kurinda pariki babambura intwaro

Ahitwa Lubutu, mu majyaruguru ya Maniema, itsinda ry’inyeshyamba za wazalendo riyobowe n’uwiyise Major Mbinga ryabujije abashinzwe kurinda Parike y’Igihugu ya Maiko gukora akazi bashinzwe, aho bivugwa ko babambuye intwaro zabo z’akazi nk’uko byemejwe n’abayobozi. Emile Omari, umuyobozi wungirije wa Teritwari ya Lubutu, ku Cyumweru yabwiye ACTUALITE.CD ati: “Batwaye intwaro zimwe z’abarinzi ba Parike ya Maiko. […]
Shakib yakubitiwe mu maso y’umugore we Zari Boss Lady

Umuhanzi w’Umunya-Uganda akaba n’umunyamakuru w’imyidagaduro, Rickman Manrick yatsinze mu buryo bukomeye Shakib Cham Lutaaya, umugabo w’icyamamare Zari Hassan, mu mukino wa boxing wabereye i Kampala ku wa Gatandatu tariki 30 Kanama 2025. Uyu mukino wabereye muri MTN Arena Lugogo wari utegerejwe cyane n’abakunzi b’imyidagaduro, aho abantu benshi bari baje kwirebera uburyo aba bombi bahangana muri […]
Umwamikazi Camilla w’Ubwongereza yakubise igitsina cy’umugabo urukweto

Mu gitabo gishya cyanditswe n’umunyamakuru Valentine Low, wahoze akorera The Times nk’uwakurikiraga amakuru ajyanye n’Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza, hagaragaramo inkuru ivuga ko Umwamikazi Camilla, umugore wa King Charles III, hari uwashatse kumusambanya ku ngufu akiri umukobwa muto. Iyi nkuru ishingiye ku byo Camilla ubwe yabwiye Boris Johnson mu 2008, ubwo yari Meya wa London. Ngo […]
Perezida Trump yabitswe ari muzima

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yongeye kugaragara mu ruhame ku Cyumweru, tariki ya 31 Kanama 2025, ubwo yerekezaga ku kibuga cya golf i Virginia, nyuma y’iminsi ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye ibihuha by’uko yaba yapfuye. Trump w’imyaka 79, yagaragaye asohoka muri White House yambaye imyambaro ya golf. Yagiye muri Trump National Golf […]
Kubaka urugo ni ingenzi kurusha gutegura ubukwe: Jeannette Kagame

Madame Jeannette Kagame, Umufasha wa Perezida wa Repubulika, yasabye urubyiruko rugiye kurushinga gushyira imbere kubaka urugo rukomeye rufite indangagaciro kurusha kwibanda ku birori by’ubukwe gusa, abibutsa ko ishingiro ry’ingo ziramye riri mu rugo, atari mu mihango y’ubukwe. Ibi yabitangarije mu Icyumweru cy’amasengesho ya Young Leaders Prayer Breakfast 2025, cyabereye i Kigali ku Cyumweru tariki ya […]
Tshisekedi yiyemeje gushora imbaraga asigaranye mu ntambara

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko agomba gukomeza kurwana n’abo yise abanye-Congo bahaza ibyifuzo bya bimwe mu bihugu by’abaturanyi byo kugirira nabi abavandimwe babo, kugeza amahitamo yose amushiranye. Yabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo yayoboraga Inteko Rusange y’Ihuriro l’Union Sacrée de la Nation. Tshisekedi yiyemeje gukomeza kurwana, mu gihe […]
Perezida Kagame yakiriwe kwa Diomadaye Faye

Perezida Paul Kagame ku Cyumweru tariki ya 31 Kanama yageze i Dakar muri Senegal, ahakirirwa na Perezida Bassirou Diomadaye Faye w’iki gihugu. Umukuru w’Igihugu i Dakar yahitabiriye Inama Nyafurika yiga ku kwihaza mu biribwa (AFS). Ni inama igiye gukurikira ebyiri zabereye i Kigali mu mwaka ushize wa 2024. “Guhanga udushya, kwihuta no kwaguka: Gushyiraho uburyo […]
Afghanistan: Abantu bagera muri 500 bishwe n’umutingito abandi 1000 barakomereka

Nibura abantu 500 bapfuye abandi 1.000 barakomereka mu mutingito wibasiye uburasirazuba bwa Afghanistan nk’uko byatangajwe na radio na televiziyo by’iki gihugu kuri uyu wa Mbere, itariki ya 1 Nzeri 2025. Abayobozi b’inzego z’ibanze kugeza ubu batangaje ko hapfuye abantu nibura abantu icumi, muri buri mudugudu umwe mu burasirazuba bwa Afghanistan, bwibasiwe n’umutingito ufite ubukana bwa […]
Israel yivuganye Umuvugizi wa Hamas

Minisitiri w’ingabo muri Israel, Israel Katz, yatangaje ko Umuvugizi wa Hamas, Abu Obeida, yiciwe mu gitero cy’indege cya Israel. Abu Obeida w’imyaka 40, ni we muntu uheruka muri Hamas uzwi cyane wishwe na Israel, nyuma y’uko igisirikare cyayo kishe abayobozi ba Hamas, Yahya Sinwar na Ismail Haniyeh. Hagati aho nk’uko tubikesha DW, Impirimbanyi yo muri […]
U Bufaransa buhangayikishijwe n’umudipolomate wabwo umaze iminsi afungiwe muri Mali

Hagati muri Kanama, ubuyobozi bwa Mali bwatangaje ko bwaburijemo “kugerageza guhungabanya inzego za Repubulika.” Abasirikare benshi, barimo abajenerali babiri, barafashwe. Mu bashinjwa kugira uruhare muri uku “kugerageza” guhungabanya ubutegetsi, harimo n’Umufaransa wavuzwe nk’umwe mu batangije iki gikorwa. Paris irabihakana kandi igaragaza ko ihangayikishijwe n’uyu mudiplomate wabwo. I Paris, ngo hari impungenge zikomeye z’umwenegihugu w’u Bufaransa […]
Perezida Kagame yashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afurika mu bayobozi abaturage bibonamo

Mu bushakashatsi bwakozwe na Africa Today Media Group bugaragaza ishusho y’ukuntu abaturage babona abayobozi b’ibihugu byabo muri Afurika bwagaragaje ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ariwe uza ku mwanya wa mbere n’amanota 92% Nkuko Africa Today Media Group yabitangaje yavuze ko ubushakashatsi bwakorewe ku banyafurika 150 baturutse mu bihugu 38 by’uyu mugabane bwagaragaje abaperezida batatu […]
Inyeshyamba za CODECO zatwaye bunyago abaturage basaga 18 muri Ituri

Abantu nibura cumi n’umunani nibo bafashwe bugwate n’inyeshyamba za CODECO mu gace ka Pitso, muri Teritwari ya Djugu, Intara ya Ituri. ubwo imodoka yari itwaye abagenzi n’ibicuruzwa ivuye ku isoko rya Bule igana i Bunia, yagwaga mu gico cy’abo barwanyi ku muhanda wa RN27. Amakuru y’abaturage avuga ko ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo wa […]
Ibyo biganiro ntacyo byageraho ntabishaka” Perezida Tshisekedi”

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi, yatangaje ko igihugu cye kidakeneye abahuza baturuka hanze, asaba ko ibibazo bya Congo byakemurwa n’Abakongomani ubwabo aho kugira ngo bikemurwe n’amahanga. Ibi Tshisekedi yabitangaje ku munsi w’ejo ku wa gatandatu tariki ya 30 Kanama 2025 imbere y’ihuriro rya politiki Union sacrée, ashimangira ko ibiganiro byose […]
Mu Rwanda hatangiye kubakwa ikiyaga cy’igihangano kizava i Kigali kikagera muri Vunga

Mu Rwanda hatangiye kubakwa ikiyaga cy’igihangano kizaba gikubye kabiri Ikiyaga cya Muhazi kizaturuka i Kigali kikagera mu Ntara y’Iburengerazuba. Aya makuru yashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 31 Kanama 2025, na Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X. Amb. Uwihanganye yanditse ati: “Amakuru meza yo […]
Jeannette Kagame ni umwe mu bitabiriye amasengesho ya “Young Leaders Prayer Breakfast”

Kuri iki Cyumweru, itariki 31 Kanama 2025, muri Kigali Convention Centre hateraniye amasengesho y’urubyiruko yo gusengera Igihugu azwi nka Young Leaders Prayer Breakfast yitabiriwe n’abarenga 600 biganjemo urubyiruko, abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu n’abandi. Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, ni umwe mu banyacyubahiro bari muri Kigali Convention Centre, aho yitabiriye aya masengesho y’abayobozi […]
Abatunze imbwa mu Rwanda bategetswe kuzibaruza no kwerekana ko zakingiwe

Abafite imbwa mu Rwanda basabwe kuzibaruza ku buyobozi bw’imidugudu no kwerekana ibimenyetso byerekana ko zakingiwe buri mwaka, mu rwego rw’ubusabe bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB). Uyu muhamagaro watanzwe ku itariki ya 29 Kanama, rishingiye ku itegeko ry’ubuzima bw’inyamaswa ryo mu 2008 ndetse n’itegeko rya minisitiri ryo mu 2020, yombi agamije gukumira uburangare […]
AFC/M23 iravuga ko Kinshasa yakajije umurego mu kwibasira abaturage n’ibirindiro byayo

Ihuriro rya AFC/M23 riravuga ko kuri uyu wa Gatandatu, itariki 30 Kanama 2025, ubutegetsi bwa Kinshasa bwateye indi ntambwe mu mugambi wabwo mubisha butangiza intambara yagutse, aho bushinjwa gutera amabombe ubutaruhuka mu bice bituwe cyane ndetse bukagaba ibitero ku birindiro by’ingabo zabo. Ibi byatangajwe kuri iki Cyumweru, itariki 31 Kanama n’Umuvugizi wa AFC/M23, Laurence Kanyuka, […]
Abatishoboye bagobokwa na Leta boroherejwe kujya babikuza amafaranga yabo

Ikigo gishinzwe Guteza imbere Imishinga y’Inzego z’Ibanze (LODA), cyashyizeho uburyo abagenerwa ubufasha na leta bazajya babuhabwa hifashishijwe Telefoni. Iyi gahunda yatangirijwe Murenge wa Mutete w’Akarere ka Gicumbi, ku wa 30 Kanama 2025. Ni gahunda yiswe Telefone yanjye, amafaranga yanjye. Abagenerwabikorwa ba VUP bahabwa inkunga y’ingoboka igenerwa abatishoboye bageze mu zabukuru, abakora imirimo y’amaboko n’abakora imirimo […]
Yemen: Aba-Houthi bemeye ko minisitiri w’intebe wabo yishwe na Israel

Umutwe w’inyeshyamba z’Aba-Houthi wo muri Yemeni wemeje ko uwiyise Minisitiri w’intebe Ahmed Ghaleb Nasser al-Rahawi yiciwe mu gitero cy’indege cya Israel mu ntangiriro z’iki cyumweru. Uyu mutwe ushyigikiwe na Iran wavuze ko ku wa Kane, abandi bayobozi bakuru benshi bishwe ubwo Igisirikare cya Israel (IDF) cyagabaga igitero ku murwa mukuru wa Yemeni, Sanaa. Igisirikare cya […]
Byinshi kuri CTTC Mayange ikigo gityaza abapolisi kabuhariwe mu kurwanya iterabwoba

Polisi y’u Rwanda ni rumwe mu nzego z’umutekano zihatiye kubaka ubushobozi bwihariye bujyanye no kurwanya iterabwoba. Mu ngamba zafashwe n’uru rwego, ku ikubitiro hashinzwe ikigo cyihariye gishinzwe gutanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba. Nguko uko ikigo cy’amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (Counterterrorism Training Center-CTTC) cya Mayange cyavutse. Iki kigo giherereye mu Karere ka Bugesera cyashinzwe mu mwaka […]
Ingingo ku yindi: Menya amavugurura Perezida Kagame yakoze muri RDF

Mu ivugururwa rikomeye ry’igisirikare cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyizeho amabwiriza mashya ya Perezida ahindura cyane imiterere n’imikorere y’igisirikare cy’igihugu. Aya mabwiriza mashya yasohotse mu Igazeti ya Leta ku wa 27 Kanama 2025, asimbuye ayari ahari kuva mu 2012, anazana serivisi nshya, amatsinda yihariye ndetse n’inzego nshya zigenzura […]
Kiliziya Gatolika igiye kwakira ibirori by’abatinganyi

Vatikani irimo gutegura ibirori byihariye bigenewe umuryango wa LGBTQ i Roma mu cyumweru gitaha, birimo Misa, amasengesho ndetse n’urugendo rugana ku rusengero rwa Mutagatifu Petero. Ibi bikorwa biteganyijwe ku wa 5–6 Nzeri 2025 bizaba bimwe mu by’ingenzi mu birori bya Yubile ya 2025. Ku wa 5 Nzeri, hazabera inama yiswe “Kumva ubuhamya bw’Abakirisitu ba LGBTQ”, […]
Ibizamini bya Leta: Menya amashuri yagize umusaruro wa nta kigenda kurusha andi mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzuzi bw’Amashuri mu Rwanda, rwasohoye urutonde rugaragaza uko amashuri yo hirya no hino mu gihugu yitwaye mu bizami bya Leta by’umwaka w’amashuri wa 2024/2025. Ni urutonde NESA yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 29 Kanama, nyuma y’iminsi 10 isohoye amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza ndetse n’abakoze […]
Drones za FARDC zarashe Abanyamulenge bwa 3

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryaraye ryongeye kugaba ibitero bya drones mu bice by’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bituwe n’abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge. Ku mugoroba (mu ma saa mbili) wo ku wa Gatanu tariki ya 29 Kanama ni bwo Drones zari zitangiye kugaba ibitero mu Minembwe; mu duce twa Mikenke […]
FERWAFA yabonye umuyobozi mushya

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 30 Kanama 2025, mu Nteko Rusange Isanzwe y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yabereye muri Serena Hotel, habereye amatora y’ubuyobozi bushya buzayobora imyaka ine iri imbere. Shema Fabrice, wahoze ayobora AS Kigali kandi akaba yari umukandida rukumbi wemerewe guhatana ku mwanya wa Perezida, yatorewe kuyobora FERWAFA asimbura Munyantwali Alphonse. […]
Indege z’indwanyi mu bikoresho bya RDF Perezida Kagame yategetse ko bigirwa ibanga

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoze amavugurura atandukanye yasize hongerewe ingano y’ibikoresho byazo bigomba kugirwa ibanga. Iby’aya mavugurura bigaragara mu Iteka rya Perezida n° 013/01 ryo ku wa 25/08/2025 rigena ibikoresho bya gisirikare bigirirwa ibanga. Umukuru w’Igihugu yakoze aya mavugurura yisunze Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda; Itegeko n° 64/2024 ryo […]
Itangazo ryo guhindura izina akitwa JANSSON Kaneza Jeanne D’ Arc
Miss Jolly yaryumyeho kuri Lungumi

Miss Jolly Mutesi yari mu bitabiriye igitaramo cyo kumurika album “Vibranium” ya Nel Ngabo na Platini, ariko yanze kugira byinshi atangaza ku buzima bwe bw’urukundo ubwo yabazwaga ku mubano we na Lugumi Saidi. Abajijwe kuri Lungumi, Jolly yasubije agira ati: “Mureke twibande kuri Vibranium, muyumve kandi muyamamazanye.” Yirinze gusubiza ibibazo birebana n’urukundo rwe, mu gihe […]
Maj. Gen. Birungi yatawe muri yombi

Maj. Gen. James Birungi wahoze ari umuyobozi w’urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI), yatawe muri yombi. ChimpReports iravuga ko uyu musirikare afungiye muri gereza ya Polisi ya Gisirikare mu kigo cya gisirikare cya Makindye. Byitezwe ko agomba kugezwa imbere y’ubutabera ngo yisobanure ku byaha bikomeye acyekwaho birimo kugambanira igihugu, ruswa n’ibindi. Birungi yatawe […]