Umukongomani wakiniye Schalke yabonetse ari muzima nyuma y’imyaka ine abitswe ko yapfuye
Umunya-Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Hiannick Kamba, wahoze akinira Schalke 04 yo mu Budage, yabonetse ari muzima mu mujyi wa Ruhr muri kiriya gihugu nyuma y’imyaka ine bitangajwe ko yapfuye. Uyu mugabo wakinaga inyuma ku ruhande rw’iburyo, byatangajwe ko yapfuye ku wa 09 Mutarama 2016 aguye mu mpanuka y’imodoka yabereye iwabo muri Congo Kinshasa. Nyuma […]
Magufuli yatangaje ko yasabye Madagascar ku muti wa Covid-19 yakoze
Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yatangaje ko ateganya kohereza muri Madagascar indege yo kwikorera umuti wa Covid-Organics Perezida Andry Rajoelina yemeje ko uvura icyorezo cya Covid-19. Perezida Magufuli yabitangaje kuri iki cyumweru tariki ya 03 Mata, ubwo yari ayoboye umuhango w’irahira rya Dr Mwigulu Nchemba uheruka kugirwa Minisitiri ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko. […]
Ku wa 01 Gicurasi: Abatutsi b’i Karama barishwe nyuma yo kuganzwa n’abicanyi
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, igaragaza ko ku itariki nk’iyi ya 01 Gicurasi mu 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi yari igikomeje mu bice bitandukanye by’igihugu. Ku itariki nk’iyi mu myaka 26 ishize, hirya no hino mu gihugu habereye ubwicanyi butandukanye, gusa Komisiyo yagarutse ku bwabereye ku musozi wa Karama i Nyanza, ndetse n’ubwabereye kuri Diyosezi […]
Leta igiye gufasha abanyeshuri ba Kaminuza baheze ku ishuri gusubira iwabo
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof Shyaka Anastase, yatangaje ko Leta y’u Rwanda igiye gushaka uko yacyura abanyeshuri biganjemo aba Kaminuza baheze ku ishuri bakaba barabuze ubushobozi bwo gusubira mu miryango yabo. Ni nyuma y’uko Leta y’u Rwanda ifashe icyemezo cy’uko amashuri akomeza gufunga kugeza muri Nzeri uyu mwaka, nk’imwe mu ngamba zo gukumira ikwirakwira rya Covid-19. […]
Tanzania: Abanyapolitiki barenga 10 bamaze gupfa mu gihe kitageze ku byumweru bibiri
Augustine Mahiga wari Minisitiri ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko muri Tanzania, yitabye Imana kuri uyu wa gatanu aguye i Dodoma mu murwa mukuru w’iki gihugu. Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, ni we wabitse urupfu rw’uyu mutegetsi, mu itangazo ryasohowe n’ibiro bye. Itangazo rivuga ko Minisitiri Mahiga yafatiwe n’uburwayi iwe mu rugo, mbere yo […]
PSG yahawe igikombe cya shampiyona y’Abafaransa yaburaga imikino 10 ngo isozwe
Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, yahawe igikombe cya shampiyona y’iki gihugu nyuma y’uko shampiyona irangijwe kubera icyorezo cya Covid-19. Ni igikombe cya karindwi cya shampiyona y’Abafaransa PSG yegukanye mu myaka umunani ishize, nyuma y’uko ubwo shampiyona yasubikwaga muri Werurwe uyu mwaka yarushaga Olympique de Marseille amanota 12. Amanota ikipe yagiye itwara kuri buri […]
Shampiyona ya Angola ikinamo Tuyisenge Jacques yagizwe imfabusa
Shampiyona ya Angola (Girabola) ikinamo rutahizamu Tuyisenge Jacques ukinira ikipe y’igihugu Amavubi, yaraye isheshwe kubera icyorezo cya Covid-19 gikomeje gushegesha Isi. Ejo ku wa kane ni bwo iyi shampiyona yagizwe imfabusa, nyuma y’uko amakipe 15 yose ayikinamo atoye y’uko iseswa, ntihagire ikipe itwara igikombe cya shampiyona, imanuka mu kiciro cya kabiri cyangwa iva mu kiciro […]
Prof. Nshuti Manasseh yasimbuye Olivier Nduhungirehe muri MINAFFET
Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, ku wa 30 Mata Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize Prof. Nshuti Manasseh umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba. Prof. Manasseh yasimbuye kuri uyu mwanya Amb. Olivier Nduhungirehe […]
Tanzania: Inteko ishinga amategeko yahagaritse imirimo nyuma y’urupfu rw’abadepite babiri
Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Tanzania, Job Ndugai, yahagaritse imirimo y’inteko nyuma y’urupfu rwa Richard Ndassa wari umudepite wa kiriya gihugu wapfuye urupfu rutunguranye. Ndassa yabaye umudepite wa kabiri muri Tanzania upfuye mu minsi 10 ishize. Perezida w’Inteko ishinga amategeko yavuze ko uyu mudepite w’imyaka 61 y’amavuko yapfuye azize uburwayi yari amaranye igihe gito, gusa […]
Ku wa 30 Mata 1994: Ibihumbi by’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi Gatulika ya Mibilizi n’iya Ngoma
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, igaragaza ko ku itariki nk’iyi ya 30 Mata mu 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi yari igikomeje mu bice bitandukanye by’igihugu. Ku itariki nk’iyi mu myaka 26 ishize, ni bwo Abicanyi bashyize akadomo ku bwicanyi bwari bumaze igihe bukorerwa Abatutsi bari barahungiye kuri Paruwasi Gatulika ya Mibilizi mu cyahoze Perefegitura ya […]
Nyaruguru: Abantu 11 bagwiriwe n’umusozi
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane abantu 11 bo mu murenge wa Mata mu karere ka Nyaruguru, bagwiriwe n’umusozi ubwo batunganyaga umuhanda waguyemo inkangu. Byabereye mu kagari ka Nyamabuye, mu mudugudu wa Nyacyondo. Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mata, Byukusenge Assoumpta, yabwiye Bwiza ko bariya bantu baguweho n’umusozi wabarushije imbaraga ubwo batunganyaga umuhanda kugira ngo […]
Perezida Kagame yavuze ko bigoye guteganya igihe Covid-19 izarangirira
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko bigoye guteganya igihe icyorezo cya Covid-19 kizarangirira, avuga ko hakiri urugendo rurerure rutegereje Abanyafurika n’abatuye isi muri rusange. Umukuru w’igihugu yabitangaje kuri uyu wa gatatu, nyuma y’inama yamuhuje na biro yaguye y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe n’abayobozi b’imiryango y’ubukungu itandukanye igize umugabane wa Afurika. Iyi nama yari iyobowe […]
Museveni, Kagame na Uhuru bumvikanye ku kibazo cy’abashoferi batwara amakamyo
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Paul Kagame w’u Rwanda na Uhuru Kenyatta wa Kenya, bumvikanye ko bagomba gushakira umuti ikibazo cy’abashoferi batwara amakamyo yo mu karere bakomeje kuba nyirabayazana yo gukwirakwiza icyorezo cya Covid-19. Abashoferi batwara amakamyo biganjemo abo mu gihugu cya Tanzania, bakomeje gutungwa agatoki bashinjwa gukwirakwiza Covid-19 mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, […]
Tanzania: Abantu bashya 196 banduye Covid-19, abapfuye batandatu
Misitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, yatangaje ko muri iki gihugu hagaragaye abarwayi bashya 196 ba Coronavirus, abanduye bose baba 480. Minisitiri Majaliwa yavuze ko muri iki gihugu hanagaragaye abantu batandatu bashya bishwe na Coronavirus, bituma abantu bamaze kwicwa ni iki cyorezo kuva cyagaragara bwa mbere muri Tanzania baba 16. Nk’uko Majaliwa yabisobanuye, abarwayi bashya […]
Dybala yasanzwemo Coronavirus ku ncuro ya kane mu byumweru bitandatu
Umunya-Argentine Paulo Bruno Exequiel Dybala, yongeye gusangwamo icyorezo cya Coronavirus, iba incuro ya kane bakimusanzemo mu gihe cy’ibyumweru bitandatu bishize. Uyu musore ukina muri Juventus de Turin, yatangaje bwa mbere ko yanduye iki cyorezo ku wa 21 Werurwe ubwo we n’umukunzi we Oriana Sabatini bipimishaga bagasanga baranduye. Amakuru y’uko Dybala yasanzwemo Covid-19 ubugira kane, yatangajwe […]
Coronavirus imaze kwica Abanyamerika baruta abaguye mu ntambara ya Vietnam
Icyorezo cya Coronavirus kimaze amezi atatu yonyine kigaragaye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kimaze kwica abaturage bazo baruta abaguye mu ntambara ya Vietnam zarwanye imyaka 20. Imibare igaragaza ko Coronavirus muri Leta zunze ubumwe za Amerika imaze guhitana abantu basaga ibihumbi 59 nk’uko byatangajwe na Reuters, bigasobanura ko mu mezi atatu yonyine iki cyorezo […]
RIB yatangaje ibyavuye mu iperereza ryayo ku ihohoterwa umupolisi w’u Rwanda ashinjwa gukorera impunzi
Minisiteri yo gucunga ibiza (Minema), yatangaje ko iperereza ryakozwe n’urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ryagaragaje ko nta hohoterwa rishingiye ku gitsina umupolisi w’u Rwanda yigeze akorera imwe mu mpunzi yaturutse muri Libya icumbikiwe mu nkambi ya Gashora. Ku wa 15 Mata ni bwo Andrea Gagne ukurikirana ubuzima bw’impunzi z’i Gashora yatangaje iby’ihohoterwa byavuzwe ko ryakorewe umwana […]
Amerika: Bwa mbere hagaragaye imbwa yanduye Covid-19
Imbwa yo muri Leta ya Carolina y’Amajyaruguru iri mu zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika, yasanzwemo Covid-19 iba iya mbere imenyekanye muri iki gihugu yanduye iki cyorezo. Iyi mbwa yitwa Winston, yagaragaye muri Kaminuza ya Duke ahari umuryango wa McLean wo mu gace ka Chapel Hill abenshi mu bawugize bose banduye Covid-19, ukaba uri gukorwaho ubushakashatsi. […]
28/04/1994: Amerika yasabye Bagosora guhagarika ubwicanyi yari ayoboye arabyanga
Ku itariki nk’iyi ya 28 Mata mu 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari igikomeje, Leta ya Amerika binyuze muri Prudence Bushnell wari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Minisiteri y’ubuganyi n’amahanga ya kiriya gihugu, yandikiye Col Theoneste Bagosora wari umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda amusaba guhagarika ubwicanyi yari ayoboye, undi arabyanga. Inyandiko ya Komisiyo y’Igihugu yo […]
Abakinnyi bashobora kuzajya bahanirwa gucira mu kibuga
Umwe mu bagize inama y’ubutegetsi mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, yatangaje ko ubwo imikino izaba yasubukuwe abakinnyi bashobora kuzajya berekwa amakarita y’umuhondo bazira gucira mu kibuga. Magingo aya mu bihugu bitandukanye, hari kurebwa uko imikino yasubitswe kubera Covid-19 yasubukurwa mu gihe cya vuba, ariko hagashyirwaho ingamba zikarishye mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya […]
Uganda: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yapfuye urw’amayobera
Barbara Allimadi wari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka Alliance for National Transformation (ANT) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yasanzwe yapfiriye mu rugo rwe ruherereye ahitwa Kiwatule mu mujyi wa Kampala. Amakuru y’urupfu rw’amayobera rwa Barbara, yemejwe na Alice Alaso uri mu bayobozi bakuru b’ishyaka ANT, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga. Yagize ati”Inkuru ibabaje, […]
Perezida Kagame yabwiye umunyamakuru ko ibisobanuro yamuha ku rupfu rwa Kizito bitamunyura
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa mbere, yabajijwe ku rupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo yirinda kugira icyo aruvugaho. Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa mbere, ubwo umunyamakuru Laure Broulard ukorera RFI na Le Monde yamusabaga kugira icyo aruvugaho. Perezida Kagame yamubwiye ko ibisobanuro […]
Ubudage: Abakinnyi basabwe kudaterana akabariro n’abagore babo
Abakinnyi bakina muri shampiyona zitandukanye mu gihugu cy’Ubudage, basabwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu (DFB) kudatera akabariro cyangwa ngo basome abagore babo, mu gihe bagaragaje (abagore) ibimenyetso bya Covid-19. Iri ni rimwe mu mabwiriza yashyizweho na DFB, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 mu gihe shampiyona zizaba zasubukuwe. Mu busanzwe shampiyona y’Abadage yagombaga […]
Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19
Igihugu cya Guinée Bissau cyabaye icya kabiri ku mugabane w’Afurika gisabye Madagascar ku muti wa Covid-Organics iheruka kwemeza ko uvura Covid-19, inemera kuwukwirakwiza mu bindi bihugu bituranye nayo mu burengerazuba. Byemejwe na Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, nyuma y’ikiganiro cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga yagiranye na mugenzi we wa Guinée Bissau, Umaro Sissoko Embalo. Perezida Rajoelina […]
Nyaruguru: Gitifu w’Akagari wakubise umukecuru amushinja amarozi yahagaritswe ku mirimo by’agateganyo
Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyaruguru yasezereye by’agateganyo Kayigamba Valens wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyamirama mu murenge wa Ngoma, kubera icyaha yakoze cyo gukubita umukecuru Nyirabititaweho Anastasia w’imyaka 95 n’abakobwa be babiri akabakomeretsa, n’ikindi cyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya “guma mu rugo” yo kwirinda Coronavirus. Nk’uko umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François abivuga, ku […]
Uganda: Imfubyi y’imyaka 13 yahaye Leta inkunga ya 50,000 Shs yo guhangana na Covid-19
Ogweng Nicholas Opiyo, imfubyi y’imyaka 13 y’amavuko yo mu gace ka Gulu muri Uganda, yatunguye benshi ubwo yashyikirizaga Leta y’iki gihugu inkunga ingana n’ibihumbi mirongo itanu by’amashilingi ya Uganda (angana na 12,300 RWF) yo kuyifasha guhangana na Covid-19. ChimpReports yanditse ko uyu mwana w’umuhungu yakoze urugendo rw’ibirometero 10 n’amaguru ava mu ntara ya Uyama, kugira […]
RwandAir yagabanyije imishahara y’abakozi bayo kugeza kuri 65%
Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yagabanyije imishahara y’abakozi bayo bose nk’ingamba yo kugabanya ibyo iyi sosiyete iri gutakaza muri iyi minsi hanarebwa ku hazaza hayo. Abakozi ba RwandAir bamenye ko imishahara yabo yagabanyijwe ku wa 24 Mata, mu itangazo ryanditswe na Yvonne Makolo uyobora iki kigo. Umuyobozi wa RwandAir yavuze ko […]
Harakekwa ko Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru yapfuye
Amakuru akomeje kugarukwaho mu bitangazamakuru bitandukanye, aravuga ko Kim Jong-Un uyobora Koreya ya ruguru ashobora kuba yaritabye Imana cyangwa akaba yarataye ubwenge. Nta mutegetsi wa Koreya ya ruguru uremeza ko Perezida Kim yitabye Imana, gusa inkuru imubika ikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, cyane urwa Twitter. Umuyobozi wungirije wa Televiziyo yo muri Hong Kong yitwa HKSTV […]
Diamond yemeye kwishyurira imiryango 500 amezi atatu y’ubukode bw’inzu
Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platnumz, yatangaje ko azishyura ubukode bw’amezi atatu ku miryango 500 yo muri kiriya gihugu yagizweho ingaruka n’icyorezo cya Covid-19. Uyu musore uza ku isonga mu banyamuziki bakunzwe mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemeje ko azakora iki gikorwa cy’urukundo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe […]
Ibihugu bya Afurika byatangiye gusaba Madagascar ku muti wa Covid-19 iherutse gukora
Nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru Madagascar imuritse umuti gakondo wa CVO cyangwa Covid-Organics uvura Coronavirus, Sénégal yamaze gusaba iki gihugu kugiha kuri uriya muti. Sénégal yabaye igihugu cya mbere gisabye Madagascar uriya muti, gusa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ishobora gutera ikirenge mu cyayo. Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar ni we watangaje ko mugenzi […]
Gisagara: Inzoga yitwa ‘Igikwangari’ iteje inkeke

Abatuye mu kagari ka Rwanza, mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara, bavuga ko babangamirwa n’abanywi n’inzoga yitwa Igikwangari bemeza ko bakora urugomo nyuma yo kuyihaga. Igikwangari cyangwa nyirantare, ni inzoga y’inkorano izwi cyane mu turere twa Huye na Gisagara, ikaba igurishwa kuva ku giceri cy’ijana kuzamura, nk’uko abatuye muri kariya gace babisobanuriye […]
Jeannot Witakenge wakiniye Rayon Sports na APR FC yitabye Imana
Umunya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jeannot Witakenge, wakiniye APR FC na Rayon Sports (akanayibera umutoza) yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Mata 2020 aguye i Bukavu. Inkuru y’urupfu rwa Witakenge yemejwe na Didi Mwati Bulambo wari incuti ye ya hafi, wemeje ko yahitanwe na Kanseri yari amaze igihe […]
RDC: FDLR yishe abantu 13 barimo n’abarinzi ba Pariki ya Virunga
Abantu 13 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo n’abarinzi ba Pariki y’igihugu ya Virunga, biciwe mu gitero bagabweho n’inyeshyamba z’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Ubuyobozi bwa Parike ya Virunga bwemeje ayo makuru, mu itangazo rivuga ko igitero cyagabwe n’imitwe yitwaje intwaro mu mudugudu wa Rumangabo “cyahitanye ubuzima bwa benshi, barimo abarinzi ba […]
Perezida Kagame yitabiriye inama igamije kwihutisha ikorwa ry’inkingo n’imiti bya Covid-19
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu yifatanyije n’abakuru b’ibihugu bitandukanye ndetse n’abayobozi b’imiryango yita Ku buzima itandukanye, mu nama yari igamije kwigira hamwe uko ibihugu byafatanya mu kwihutisha gukora inkingo n’imiti bya covid-19 no kureba uko bizagerwaho ku Isi yose. Iyi nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, yari iyobowe na Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel […]
Umugabo yacyuye indaya agiye gutera akabariro asanga ari umugabo nka we.
Umugabo wo mu gace kitwa Kubwa mu gihugu cya Nigeria, yahuye n’uruva gusenya nyuma yo gutahana indaya iwe mu rugo yayihageza agasanga ni umugabo mugenzi we. Ngo bariya bombi bahurira muri kariya gace k’i Abuja, uwacyuwe nk’indaya yari yambaye imyambaro y’abagore. Urubuga News PHX Feeds rwavuze ko nyamugabo akibona ko uwo yari acyuye ari umugabo […]
Eto’o wa Rayon Sports na Mbogo wa Kiyovu berekanwe mu basaga 40 bishe amabwiriza ya Guma mu Rugo
Myugariro Habimana Hussein Rayon Sports bita Eto’o na mugenzi we Mboga Ally ukinira Kiyovu Sports berekanwe na Polisi y’Igihugu kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Mata 2020 mu bantu basaga 40 baheruka kwica amabwiriza ya guma mu rugo. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bakinnyi yamenyekanye ku munsi w’ejo, nyuma y’uko Polisi y’igihugu ibasanze banywa […]
Dr Kizza Besigye yasabye Uganda gukumira abashoferi b’amakamyo yo mu karere ku butaka bwayo
Col Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yabwiye Leta y’iki gihugu ko bishobora kuzayitwara imbaraga nyinshi mu gihe yaba idakumiriye hakiri kare abashoferi batwara amakamyo yo mu karere kwinjira ku butaka bwa Uganda. Besigye yavuze ibi, mu gihe abashoferi b’akamyo atwara ibicuruzwa banduye icyorezo cya Virusi ya Corona bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi […]
Gisagara: Umuturage aravuga ko imyuka mibi irara itera amabuye mu rugo rwe

Umuturage witwa Nsabimana Jean Pierre, utuye mu kagari ka Kimana, mu murenge wa Musha w’akarere ka Gisagara, aravuga ko amaze igihe aterwa amabuye n’ibyo ahamya ko ari “imyuka mibi”. Uyu muturage utuye mu mudugudu wa Ramba, avuga ko bigitangira ku mugoroba wo ku wa mbere w’iki cyumweru yaketse ko ari abantu batera amabuye hejuru y’inzu […]
Kenya: 21 bashyizwe mu kato nyuma yo gufatwa bifata amashusho y’urukozasoni
Urubyiruko 21 bo mu gihugu cya Kenya, bashyizwe mu kato nyuma yo gufatwa bifatira amashusho y’urukozasoni mu kibuga cya Golf cy’ahitwa Nakuru. Uru rubyiruko rwatawe yombi ku wa gatatu tariki ya 22 Mata, nyuma yo kunanirwa kubahiriza amabwiriza yo kwambara udupfukamunwa, no kutubahiriza andi mabwiriza yashyizweho mu rwego rwo kwirinda Coronavirus Kenya ihanganye na yo. […]
Rayon Sports yirukanye Sarpong uheruka kuvuga ko perezida wayo “nta bwenge agira”
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, bwatangaje ko bwamaze gusezerera Umunya Ghana Michael Sarpong, nyuma y’amagambo uyu rutahizamu aheruka gutangaza kuri Munyakazi Sadatte uyobora iyi kipe. Mu kiganiro Sarpong yaherukaga kugirana n’ikinyamakuru Fun Club, yavuze ko Perezida Sadatte nta bwenge agira, ndetse ko adafite ubushobozi bumwemerera kuyobora ikipe y’ubukombe nka Rayon Sports. Ni nyuma y’icyemezo cyari […]
Minisports yamaganye icyemezo cyafashwe n’amakipe arimo Rayon Sports
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yamaganye icyemezo giheruka gufatwa n’amakipe arimo Rayon Sports, yibutsa amakipe yo mu Rwanda ko nta yemerewe guhagarika imishahara y’abakinnyi bayo yitwaje icyorezo cya COVID-19. Ni nyuma y’uko amakipe arimo Musanze FC, Espoir, Bugesera FC na Rayon Sports yamaze guhagarika by’agateganyo amasezerano y’abakinnyi bayo, yitwaje ingaruka z’ubukungu zatewe n’icyorezo cya Coronavirus […]
RDC: Perezida Tshisekedi yirukanye Gen. Kampete wari ukuriye abamurinda
Perezida Félix AntoineTshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yaraye agize General Major Christian Songe Tshiwewe umuyobozi mukuru w’abajepe bashinzwe kumurinda (Chief escort). Byemejwe ko Tshiwewe yahawe kuyobora uriya mutwe, mu itangazo ryasohowe na Perezidansi ya Congo Kinshasa mu ijoro ryakeye. Yasimbuye General Ilunga Kampete wari waragizwe umuyobozi w’uyu mutwe muri 2014, mu gihe cya […]
Perezida Kagame yahaye ikigega n’ikigo cy’ubuvuzi bya AU inkunga ya miliyoni y’amadolari
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yatanze inkunga ingana na $500,000 mu kigega nyafurika gishinzwe gushaka ibisubizo ku cyorezo cya Coronavirus, n’andi nka yo agomba kujya mu kigo nyafurika gishinzwe ubuvuzi, Africa CDC. Ni nyuma y’inama umukuru w’igihugu yagiranye n’ubuyobozi bwa Afurika Yunze Ubumwe, abakuru b’ibihugu batandukanye n’abanyamuryango b’ihuriro ry’abayobozi bashinzwe ubucuruzi […]
Abantu 12 bahitanwe n’imvura yaraye iguye mu gihugu
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (Minema), yatangaje ko imvura yaguye mu gihugu mu ijoro ryo wa kabiri ku wa 21 Mata yatwaye ubuzima bw’abantu 12 hirya no hino mu gihugu. Iyi Minisiteri ivuga ko uretse abantu bishwe n’ibiza bikomoka kuri iriya mvura, abantu 18 bakomeretse ndetse hakanangirika ibikorwa remezo bitandukanye ndetse n’amazu 32. Imvura kandi yangije […]
Uwakiniye Uganda yagarutse ku marozi yateje imvururu bakina n’Amavubi mu 2003
Myugariro Abubakar Tabula wahoze akinira Imisambi ya Uganda, yagarutse ku marozi yateje imvururu Amavubi y’u Rwanda akina n’Imisambi ya Uganda mu myaka 17 ishize. Wari umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cyabereye muri Tunisia mu 2004, wabereye kuri Stade Mandela i Nambole 2003. Umukino wagiye uhagarikwa kenshi n’ubushyamirane bw’abakinnyi b’impande zombi, mbere y’uko […]
Nyaruguru: Koperative ibasaba amafaranga yo kugura imbuto bataragurisha umusaruro bafite
Abahinzi basaga 330 bahinga mu gishanga cya Rwoganyoni mu murenge wa Kibeho, mu karere ka Nyaruguru, bahuriye muri koperative “Jya mbere muhinzi”, bavuga ko batumva ukuntu Koperative yabo iri kubasaba amafaranga yo kugura imbuto y’ibirayi kandi ntayo bafite kuko bataragurisha umusaruro wabo w’ibigori. Museruka Venuste, ni umunyamuryango utuye mu kagari ka Mubuga. Avuga ko yarangije […]
Bwa mbere Ubwongereza bugiye kugerageza urukingo rwa COVID-19
Minisiteri y’ubuzima mu Bwongereza, yatangaje ko guhera ku wa kane w’iki cyumweru izatangira kugeragereza ku bantu urukingo rwa COVID-19 rwakozwe na Kaminuza ya Oxford yo muri kiriya gihugu. Byatangajwe na Matt Hancock, usanzwe ari umunyamabanga w’iriya Minisiteri. Kaminuza ya Oxford yakoze urwo rukingo, yavuze ko ruramutse rukoze izindi nka rwo zibarirwa muri za miliyoni zaba […]
Meddie Kagere arifuzwa na Levante yo muri Espagne
Gakumba Patrick ukurikirana inyungu za rutahizamu Meddie Kagere ukinira Simba SC yo muri Tanzania ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko uyu rutahizamu yifuzwa n’ikipe ya Levante yo mu kiciro cya mbere muri Espagne. Gakumba Abanyarwanda bazi nka Super Manager, yavuze ko Levante yabengutse Kagere ubwo yakinaga umukino wa gicuti wahuje Simba SC na Sevilla FC […]
Amakipe atanu ni yo yonyine agihemba abakinnyi bayo mu Rwanda
Icyorezo cya Virusi ya Corona gikomeje gushegesha isi, cyatumye amakipe menshi muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda ahagarika by’agateganyo amasezerano y’abakozi bayo guhera mu ntangiriro za Mata. Amakipe arimo Musanze FC, Espoir FC, Rayon Sports na Bugesera ni yo yamaze gutangaza ku mugaragaro ko yahagaritse by’agateganyo amasezerano y’abakozi bayo. Ni nyuma yo gusanga abo […]
‘Inyange Muhorakeye’, indirimbo Kayirebwa yatuye umwamikazi Rozaliya Gicanda
Umuririmbyi Cecile Kayirebwa uri kuruhembo mu njyana gakondo, afite indirimbo yise ‘Inyange Muhorakeye’ iha icyubahiro Rozaliya Gicanda, umwamikazi wa nyuma w’u Rwanda wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni indirimbo Kayirebwa avuga ko yahimbye afite imyaka 20 y’amavuko, gusa atangaza ku mugaragaro ku wa 20 Mata 2020 ubwo hibukwaga imyaka 26 ishize Umwamikazi Gicanda amaze yishwe. […]
Lesotho: Minisitiri w’intebe ushinjwa kwica umugore we yemeye kweguzwa mu cyubahiro
Guverinoma ya Lesotho yemeye ko Thomas Thabane wari Minisitiri w’intebe w’iki gihugu ahita yegura ku mirimo ye, nyuma y’igitutu yari ariho ashinjwa kwica uwahoze ari umugore we. Ubwo bwumvikane bwagezweho ku bufatanye na Afurika y’epfo yari umuhuza muri ibyo biganiro. Minisitiri Thabane yahawe isezerano ry’uko azeguzwa mu cyubahiro nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje. Cyakora […]
Tanzania: Abarwayi bashya 84 ba COVID-19 babonetse mu munsi umwe
Abantu 84 muri Tanzania bagaragayeho icyorezo cya Coronavirus kuri uyu wa 20 Werurwe, bituma umubare w’abamaze kwandura iki cyorezo muri kiriya gihugu ugera ku bantu 254. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’ubuzima muri Tanzania, Ummy Mwalimu. Minisitiri Ummy yavuze ko abishwe na Coronavirus uyu munsi ari abantu batatu, mu gihe mu banduye bashya harimo umudepite […]
Gicumbi: Abantu batandatu bishwe n’inkangu
Imvura yaguye ku cyumweru tariki ya 19 Mata, yateye inkangu zahitanye abantu batandatu bo mu karere ka Gicumbi. Ni amakuru yemejwe na Ndayambaje Felix uyobora akarere ka Gicumbi, mu kiganiro na The New Times. Ndayambaje yagize ati” Akarere ka Gicumbi kababajwe no gutangaza urupfu rw’abaturage batandatu bako bishwe n’inkangu zatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice […]
Madagascar: Umukuru w’Igihugu yatangaje ko bagiye kumurika umuti wa COVID-19 bakoze
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yatangaje ko igihugu cye cyateye intambwe y’ibanze mu rugamba rwo gushaka umuti w’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru Perezida Rajoelina yemeje abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, aho yavuze ko uyu muti ukoze mu bimera gakondo byo muri kiriya gihugu uza kumurikwa kuri uyu wa mbere. Perezida Rajoelina yagize […]
Uganda: Leta yanze umugambi wa Bobi Wine wo gucyura Abagande baheze mu Bushinwa
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, yanze icyifuzo cya Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, wari wari ufite umugambi wo gucyura Abagande n’abandi Banyafurika baheze mu Bushinwa. Ku wa 15 Mata Bobi Wine yari yandikiye Minisitiri w’Intebe, Dr. Ruhakana Rugunda, amubwira ko ku bufatanye n’umucuruzi w’Umunyamerika Neil Nelson bashaka kuvana mu Bushinwa abantu 285, barimo […]
Igitutu cyo kweguzwa cyatumye Minisitiri w’Intebe wa Lesotho arunda ingabo mu murwa mukuru
Minisitiri w’Intebe wa Lesotho, Thomas Thabane, ushinjwa kwica uwahoze ari umugore we, yasutse abasirikare ku mihanda yo mu murwa mukuru Maseru ngo bagarure amahoro mu gihugu. Minisitiri Thabane ashinjwa kwivugana Lipolelo Thabane wahoze ari umugore we wishwe muri 2017. Avugira kuri Televiziyo y’igihugu ejo ku wa gatandatu, yavuze ko hari abafite mu nshingano kugenzura ishyirwa […]
Kwambara agapfukamunwa mu rugo no hanze byabaye itegeko
Leta y’u Rwanda yashyizeho ibwirizwa rishya rivuga ko Umunyarwanda wese uri mu rugo no hanze ategetswe kwambara agapfukamunwa, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Byatangajwe na Minisitiri w’ubuzima, Dr Daniel Ngamije, mu kiganiro n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru RBA. Minisitiri Ngamije yavuze ko abantu bakwiye gukoresha udupfukamunwa nk’ubundi buryo bwo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo, […]
Neymar Jr yagaragaye muri filime y’uruhererekane ‘La casa de Papel’
Umunya Brésil, Neymar Jr ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yakabije inzozi ze agaragara muri filime y’uruhererekane ‘Money Heist’ abenshi bazi nka ‘La Casa de Papel’. Uyu musore uri mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bakunzwe, agaragara muri gice cya gatatu cy’iyi filime, aho akina nk’umu-monk yitwa Joao. Neymar cyangwa Joao, agaragara mu gace (episode) ka […]
Abba Kyari wari ikegera cya hafi cya Perezida wa Nigeria yishwe na COVID-19
Abba Kyari wari ukuriye abakozi kwa Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria akaba n’umwe mu Bajyanama be ba hafi, yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe na Perezidansi ya Nigeria, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa gatandatu igira iti” Tubabajwe no kubika urupfu rwa Abba Kyari” wabaye umuzamu wa Perezida w’igihugu gituwe kurusha […]
Uganda : Guverinoma irashinjwa guha abaturage batishoboye ibishyimbo by’ibibore
Inteko ishinga amategeko ya Uganda na Guverinoma y’iki gihugu, ntibavuga rumwe ku kibazo cy’ibishyimbo by’ibipfu byahawe abatishoboye nk’imfashanyo yo kubagoboka mu gihe cya guma mu rugo, hirindwa ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. Umudepite mu nteko ya Uganda witwa Winfred Kiiza , aherutse gutangaza ko Leta y’iki gihugu iri guha abaturage ibishyimbo by’ibibore, asaba ko […]