Conakry: Perezida Paul Kagame yatashye ikiraro cyamwitiriwe

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yitiriwe ikiraro (iteme) cya Kagbelen giheruka kuzura i Conakry mu murwa mukuru wa Guinée, nyuma yo kugitaha. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Perezida Paul Kagame yatashye ku mugaragaro iri teme ari kumwe na mugenzi we Colonel Mamadi Doumbouya uyoboye Guinée-Conakry mu buryo bw’inzibacyuho. Ni Perezida Kagame uri muri iki […]

Gen Bunyoni yaba yahunze u Burundi, ba Colonel 2 bafungwa bamuzira

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Gen Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu yaba yarahungiye muri Tanzania. Ni amakuru yatanzwe na bamwe mu bo mu nzego z’umutekano mu Burundi, n’ubwo nta rwego na rumwe muri iki gihugu ruratayangaza ku mugaragaro. Amakuru y’ihunga rya Gen Bunyoni wanigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi […]

Nyirarureshwa ku mubano wa Frank Lampard na Todd Boehly kubera umusaruro muke

imagefra.jpg

Frank Lampard n’umwe mu bakoresha be ariwe Todd Boehly baravugwaho kutavuga rumwe ku mubano wabo nyuma y’umusaruro muke ugaragara muri iyi kipe ariko uyu mutoza we akavuga ko ari amahoro . Uyu mubano utari mwiza uri kugaragazwa n’imyitwarire Todd aho aherutse kwinjira mu rwambariro rw’abakinnyi ba Chelsea abuka inabi nyuma y’umukino iyi kipe iherutse gutsindwamo […]

Alikiba mu marenga yo kwigarurira uwahoze ari umugore we

111-5.jpg

Umuhanzi Alikiba ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya nyuma y’amezi atari macye atandukanye n’uwahoze ari umukunzi we, kuri ubu yaciye amarenga ko bashobora kongera gusubirana . Kuri uyu wa mbere nibwo ku mbuga nkoranyambaga hiriwe amakuru avuga ko ashobora kongera gusubirana na Amina Khaleef wahoze ari umugore we. Ibi byashimangiwe n’amagambo yanditse ku mbuga ze amwifuriza […]

Umugore utita kuri ibi bintu 8,biragoye ko umugabo yamwiruka inyuma

love-2.jpg

Ni kenshi usanga abagabo cyangwa abasore iyo barimo gushakisha abakunzi cyangwa abagore bazabana, bigoranye ko bazakururwa n’ikintu kimwe ku wo yabengutse ahubwo usanga akururwa n’urusobe rw’imyitwarire cyangwa imiterere y’uwo yifuza . Muri ibyo bintu bikurura abagabo kuburyo iyo umukobwa cyangwa umugore abyujuje bimworohera gukundwa, twabahitiyemo kubabwira 7 muri byo ku buryo iyo abyitayeho usanga bamwiruka […]

Gen Mubarakh Muganga yanenze abakinnyi ba APR FC, ababurira ko hari abazirukanwa

Umuyobozi Mukuru w’Ikipe ya APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, yabwiye abakinnyi b’iyi kipe ko nk’ubuyobozi batishimiye uburyo bari kwitwara muri shampiyona y’u Rwanda iri kugenda igana ku musozo. Gen Muganga yabibwiye abakinnyi b’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu kuri uyu wa Mbere, ubwo yabasuraga akaganira na bo. Byari nyuma y’uko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize APR […]

Perezida Kagame yageze i Conakry, yakirwa na Col Doumbouya (Amafoto)

20230418_063656.jpg

Perezida Paul Kagame kuva ku wa Mbere tariki ya 17 Mata ari i Conakry mu murwa mukuru wa Guinée, mu ruzinduko rw’akazi ari kugirira muri icyo gihugu. Umukuru w’Igihugu yageze muri Guinée-Conakry akubutse muri Guinée-Bissau, aho na bwo yari yageze akubutse muri Bénin. Perezida Kagame yasuye iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika ku butumire […]

Umusore yapfukamiye inkumi amasaha 21 bifata ubusa

chinese-man-12.png

Umugabo ukomoka mu gihugu cy’Ubushinwa uzwi ku izina rya Li, yafashe umwanya ungana n’amasaha 21 apfukamye imbere y’ibiro by’aho umukobwa bahoze bakundana akorera ngo yongere kumwigarurira ariko biranga bifata ubusa . Ibi byabaye ubwo uyu musore yari yamaze kugira umubabaro udasanzwe nyuma yo gutandukana n’uwari umukunzi we ariko nyuma akaza kumusanga aho akorera ngo amusabe […]

Perezida Paul Kagame ari muri Guinée-Bissau

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ari muri Guinée-Bissau, mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe ari kugirira muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bw’umugabane wa Afurika. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri Twitter yabyo byatangaje ko kuri uyu wa Mbere Perezida Kagame “yakiriwe ku ngoro y’Umukuru na Perezida Umaro Siccoco Embalಠwa Guinée-Bissau.” Abakuru b’ibihugu byombi babonaniye mu muhezo […]

Ese bigenda gute ku mugore ukunda kunywa amasohoro?

93s3xmifauzyqy2tlqfidr92iqub7xc03xelwwgc.jpg

Mu buryo karemano umugore n’umugabo iyo bashakanye baba bemerewe gukora imibonano mpuzabitsina uko babyifuza mu gihe cyose umwe yifuje mugenzi we ntawe ubihatiwe . Muri iki gihe ndetse n’icyatambutse uburyo bwo gukora imibonano mpuzabitsina bwagiye burushaho gushyirwa ahagaragara ndetse hagenda haduka n’ubundi buryo bwasaga n’ubuhishwe. Ikoranabuhanga uko ryagiye ryaduka rikanarushaho kwigarurira Isi, niko ryagiye ritiza […]

Uganda: Minisitiri ukurikiranweho kwiba amabati yasutse amarira mu rukiko

Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe imari n’igenamigambi, Amos Lugoloobi yitabye urukiko, rutangira kumuburanisha ku byaha akekwaho bifitanye isano no kwiba amabati Perezida Yoweri Kaguta Museveni yari yarageneye abatuye mu gace ka Karamoja. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo uyu Muminisitiri yatawe muri yombi na Polisi ya Uganda. Byari nyuma ya mugenzi we Mary Goretti […]

Zari yongeye kurongorwa

Umugandekazi Zari Hassan wahoze ari umukunzi w’umuhanzi Diamond Platnumz, yamaze kurongorwa n’umunya-Uganda Shakib Lutaaya bari bamaze igihe mu munyenga w’urukundo. Zari na Shakib bari bamaze amezi 10 bakundana. Ku Cyumweru tariki ya 16 Mata ni bwo bombi basezeraniye mu idini ya Islam, mu muhango wabereye i Pretoria mu murwa mukuru wa Afurika y’Epfo. Ni ubukwe […]

Nyaruguru: Igisasu cyateguwe mu ishyamba hafi y’inzira

Abaturage bari bategereje ko abasirikare bagituritsa

Igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade (grenade) cyagaragaye mu ishyamba hafi y’inzira nyabagendwa mu mudugudu wa Kalimba, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru. Inzego z’umutekano zahageze, ziragitegura zigiturikiriza hafi aho ngaho. Ibi byabaye kuri uyu wa 16 Mata 2023. Nk’uko Munyankindi Louis, umuyobozi w’Isibo icyo gisazu cyari gitezemo abivuga, iyo gerenade […]

Perezida Kagame yakiranwe ubwuzu na Patrice Talon (Amafoto)

20230415_165144.jpg

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Mata yakiriwe na mugenzi we Patrice Talon wa Bénin, bagirana ibiganiro. Ni ibiganiro byabereye mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu cya Bénin (Palais de la Marina). Ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi byagombaga kumara igihe cy’iminota 30, gusa kiza kurenga kuko bamaze isaha n’igice bakiganira. Perezida Talon yabwiye […]

Muri Sudani haravugwa Coup d’à‰tat ya gisirikare

Amakuru aturuka i Khartoum mu murwa mukuru wa Sudani aravuga ko muri iki gihugu hashobora kuba harimo kugeragezwa Coup d’à‰tat ya gisirikare. Amakuru avuga ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Khartoum birimo akarimo ingoro y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’icyicaro Gikuru cy’Ingabo humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu. Kugeza ubu umutwe […]

Polisi yarashe mu cyico uwari ukurikiranweho kwica umukozi w’akarere ka Kamonyi

Polisi y’igihugu mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Mata yarashe mu cyico umusore witwa Kubwimana Daniel, nyuma yo kugerageza kuyicika ubwo yari agiye kuyereka aho yahishe ibikoresho yibye mu nzu y’umukozi w’akarere ka Kamonyi yari akurikiranweho kwica. Kubwimana w’imyaka 33 y’amavuko yarasiwe mu kagari ka Remera ho mu murenge wa Rukoma […]

M23 yaba yagabye ibitero ku ngabo za Kenya n’iz’u Burundi

Igisirikare cya Kenya (KDF) cyatangaje ko abasirikare bacyo bari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagabweho igitero n’abo bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa M23. KDF mu itangazo yasohoye mu ijoro ryakeye yavuze ko abasirikare bayo boherejwe mu gace ka Kibumba aho bari mu butumwa bwa EAC bwo kugarura amahoro muri Congo (EACRF), […]

Umuhuro w’i Lubumbashi wa Katumbi, Fayulu na Matata Ponyo wasize iki?

Abanyapolitiki bane batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Gatanu biyemeje guhuza imbaraga, mu rwego rwo gutegura amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka. Ni nyuma y’ayo muri 2018 yabaye mu mahoro, gusa akaza gukurikirwa n’ibirego by’uko Perezida Félix Antoine Tshisekedi yaba yaribye amajwi. Ku wa Gatanu ni bwo bariya […]

Perezida Paul Kagame ari i Cotonou (Amafoto)

20230415_091607.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yamaze kugera i Cotonou mu murwa mukuru w’igihugu cya Bénin, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Umukuru w’Igihugu yageze muri Bénin mu masaha yatambutse ahasanga Madamu Jeannette Kagame wahageze ku munsi w’ejo. Ku kibuga cy’indege yakiriwe n’itsinda ry’abayobozi bo muri Guverinoma ya Bénin ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki […]

Huye: La répétition du génocide en 1963, témoigné

Me Frédérick Karangwa rescapé des massacres des Tutsi en 1963

En 1963, beaucoup de Tutsi ont été tués dans l’ancienne commune de Kinyamakara de l’ancienne préfecture de Gikongoro, qui correspond, aujourd’huI, à  la circonscription du secteur de Kigoma dans le district de Huye. Bien que ces massacres ne fà»rent pas qualifiiés officiellement de génocide, à  l’àªpoque, Me Frédéric Karangwa, rescapé de ces massacres, affirme qu’il […]

CAF yafatiye ibihano abasifuzi bayoboye umukino wa Bénin n’u Rwanda

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yafatiye ibihano umunya-Botswana Joshua Bondo na bagenzi be batatu, nyuma y’amakosa bakoreye mu mukino wahuje Bénin n’u Rwanda bayoboye. Abasifuzi Joshua Bondo, Mogomotsi Morakile, Kitso Sibanda na Tshepo Mokani Gobagoba ni bo basifuzi bane bayoboye umukino wo mu tsinda L Les Guépards ya Bénin yaguyemo miswi n’Amavubi […]

Kecapu wo muri Bamenya yibarutse imfura 3

Mukayizere Jalia wamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya Bamenya nka Kecapu, kuri uyu wa Gatanu we n’umugabo we bibarutse abana batatu. Abana uyu mugore yibarutse barimo abahungu babiri n’umukobwa umwe, bakaba bavukiye mu bitaro byo kwa Nyirinkwaya (La Croix du Sud). Kecapu yibarutse imfura nyuma y’uko muri Nyakanga umwaka ushize yari yakoze ubukwe n’umugabo we, Mutabazi […]

Sandra Teta wari warahukanye yasubiye kwa Weasel wemeje ko bitegura ubukwe

Umuhanzi Douglas Seguya Mayanja uzwi mu muziki wa Uganda nka Weasel, yatangaje ko ateganya gukora ubukwe na Sandra Teta nyuma y’uko uyu munyarwandakazi afashe icyemezo cyo kumugarukira. Ku itariki ya 06 Mata ni bwo bivugwa ko Sandra Teta wari umaze igihe aba hano mu Rwanda yasubiye i Kampala, yakirwa ku kibuga cy’indege cya Entebbe na […]

Urukiko rwategetse ko Tuyisenge uzwi kuri Twitter nka NTAMA W’IMANA arekurwa

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Mata rwategetse ko Tuyisenge Evariste wamenyekanye ku rubuga rwa Twitter nka NTAMA W’IMANA2 arekurwa. Ku wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023 ni bwo uyu musore yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamukekagaho gutangaza ubutumwa bushishikariza abantu gukora icyaha cyo gusambanya abana. […]

Icyifuzo cya Sané ku bayobozi ba Bayern Munich nyuma yo gukubitwa na Sadio Mané

Rutahizamu Leroy Sané yatakambiye ubuyobozi bwa Bayern Mà¼nich abusaba kudaha ibihano bikakaye Sadio Mané, nyuma yo gushwana bikarangira uriya munya-Sénégal amukubise ingumi. Mané w’imyaka 31 y’amavuko yavanwe mu bakinnyi Bayern Mà¼nich izifashisha ku mukino wayo na Hoffenheim ndetse anacibwa amande, nyuma yo gukubita Sané ubwo bari bamaze gutsindwa na Manchester City ibitego 3-0 mu mukino […]

Gahunda y’uruzinduko rwa Perezida Kagame kwa Colonel Doumbouya

Perezida Paul Kagame kuva ku Cyumweru tariki ya 16 Mata 2023 kugeza ku wa Mbere ku ya 17 Mata, azagirira uruzinduko rw’akazi i Conakry mu gihugu cya Guinée. Ni uruzinduko Umukuru w’Igihugu agiye kugirira muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika ku butumire bwa mugenzi we, Col Mamadi Doumbouya ukiyoboye mu buryo bw’inzibacyuho. Perezida […]

Sadio Mané yafatiwe ibihano nyuma yo gukubita mugenzi we bakinana

Ikipe ya Bayern Munich yafatiye ibihano umunya-Sénégal Sadio Mané, nyuma yo gukubita ingumi mugenzi we Leroy Sané basanzwe bakinana. Iyi kipe yo mu Budage ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet, yatangaje ko Sadio Mané yakuwe mu bakinnyi bazifashishwa mu mukino wa shampiyona y’u Budage izahuriramo na Hoffenheim ku wa Gatandatu w’iki cyumweru. Bayern Mà¼nich yunzemo […]

Katumbi, Fayulu na Matata Ponyo i Lubumbashi, mu mugambi wo guhigika Tshisekedi

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiye guhurira i Lubumbashi mu ntara ya Haut-Katanga mu nama igamije gushaka uko bakwigizayo Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Ni inama igomba kubera mu muhezo mu mpera z’iki cyumweru. Mu bagomba kuyitabira harimo Martin Fayulu wamaze kugera i Lubumbashi, Moà¯se Katumbi, Matata Ponyo na Delly Sesanga. […]

Gahunda y’uruzinduko rwa Perezida Kagame na Madamu we i Cotonou

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Mata, bazagirira uruzinduko rw’akazi i Cotonou mu gihugu cya Bénin. Umukuru w’Igihugu agiye gukora uru ruzinduko rw’iminsi itatu ku butumire bwa mugenzi we wa Bénin, Patrice Talon. Biteganyijwe ko Perezida Kagame na Madamu we nibagera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga […]

Perezida Kagame ategerejwe kwa Patrice Talon no kwa Colonel Mamadi Doumbouya

Perezida Paul Kagame kuva ku wa Gatanu tariki ya 14 Mata 2023, azatangira uruzinduko rw’akazi muri Afurika y’Iburengerazuba ruzasiga asuye ibihugu bya Bénin na Guinée-Conakry. Jeune Afrique yatangaje ko Perezida Kagame azagera i Cotonou muri Bénin kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Mata, asoze uruzinduko rwe ku Cyumweru tariki ya 16 Mata. Umukuru w’Igihugu […]

Abasirikare hafi 4,000 biganjemo aba Uganda n’u Burundi biciwe muri Somalia

Abasirikare hafi 4,000 byatangajwe ko kuva muri 2007 ari bo bamaze kwicirwa muri Somalia aho bagiye boherezwa mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bwo kuhagarura amahoro, mu gihe abandi babarirwa mu magana bakomerekeyeyo. Ni ibyatangajwe n’intumwa idasanzwe ya Perezida wa Komisiyo ya AU, Mohamed El-Amine Souef, mu kiganiro aheruka kugirana na VOA. Yavuze ko […]

Musenyeri Habyarimana wa Diyosezi ya Ruhengeri yapfuye

Musenyeri Simon Habyarimana wigeze kuba igisonga cy’umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yitabye Imana ku myaka 73 y’amavuko. Radiyo Mariya Rwanda yatangaje ko Musenyeri Habyarimana yaguye mu gihugu cy’u Butaliyani aho yari amaze iminsi arwariye. Habyarimana yavukiye yavukiye muri Paruwasi ya Nemba mu karere ka Gakenke, akaba yari amaze imyaka 48 ari umusaseridoti. Mu gihe […]

Igisubizo cya Depite Mwangachuchu kuri RDC ikomeje kumwegeka ku Rwanda

Umudepite mu nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akanaba umushoramari, à‰douard Mwangachuchu, yamaganiye kure ibirego bya Leta y’iki gihugu imushinja kugirana imikoranire ya hafi na Leta y’u Rwanda. Kuri uyu wa Kabiri ubwo Mwangachuchu yari imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rukomeje kumuburanisha ku byaha byo “kugambanira igihugu ndetse no kugihungabanya.” Ni ibyaha […]

Ishimwe rya Harmonize kuri Perezida Kagame

Umuhanzi Rajab Abdul Kahali wamamaye mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba nka Harmonize, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’uruhare rwe mu guharanira amahoro. Ni mu butumwa uyu muririmbyi w’umunya-Tanzania yanditse kuri Twitter ye mu ijoro ryakeye. Ku bwa Harmonize, nta Kagame nta mahoro. Ati: “Warakoze Kagame. Udahari nta mahoro”, mbere yo guherekeza ubu butumwa ibendera ry’u […]

U Burusiya na Ukraine bahererekanyije imfungwa z’intambara zirenga 200

Igihugu cy’u Burusiya n’icya Ukraine byatangaje ko hari abasirikare barenga 200 b’impande zombi batashye mu bihugu byabo, nyuma yo kubahererekanya nk’imfungwa z’intambara. Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya ku wa Mbere yatangaje ko hari abasirikare 106 b’iki gihugu barekuwe na Ukraine, nyuma y’uko ibihugu byombi bibyumvikanyeho. Ukraine biciye muri Andriy Yermak usanzwe ari Umugaba w’Ingabo zayo zirwanira […]

Museveni yinjiye mu kibazo cy’amabati yageneye abatuye Karamoja bikarangira abaminisitiri bayifunze

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yategetse abaminisitiri bo muri Guverinoma y’Igihugu cye kugarura amabati yari yarageneye abaturage batishoboye bo mu gace ka Karamoja bakaza kuyifunga. Muri Werurwe uyu mwaka Urwego Rushinzwe Iperereza ku byaha muri Uganda rwatangije iperereza ku baminisitiri 22, abadepite 31 ndetse n’abayobozi 13 bakekwaho kugabagabana ariya mabati. Amabati abarirwa mu 10,000 […]

RDC mu biganiro na EAC bigamije kongerera Manda Ingabo za EACRF

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri mu biganiro n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigamije kongerera Ingabo zoherejwe mu butumwa bwa EAC bwo kugarura amahoro muri RDC (EACRF) igihe zigomba kuhamara. Ni nyuma y’uko igihe izi ngabo zagombaga kumara muri Kivu y’Amajyaruguru cyamaze kurangira. Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo harabarizwa Ingabo z’ibihugu bya Kenya, u […]

M23 yikomye Ingabo za EAC ziri muri RDC

Umutwe wa M23 wikomye Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ziri muri Congo (EACRF), uvuga ko kuba ziri gutinda kujya muri tumwe mu duce wahoze ugenzura biri guha urwaho Ingabo za Congo Kinshasa n’abo bafatanya rwo kutwinjiramo. Ni ibikubiye mu itangazo uyu mutwe wasohoye biciye muri Lawrence Kanyuka usanzwe ari Umuvugizi wayo mu bya Politiki. Kanyuka […]

Gen Christian Tshiwewe yasuye ku rugamba Ingabo za FARDC

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt Gen Christian Tshiwewe Songesa, kuri uyu wa Mbere yasuye ku rugamba Ingabo za Congo (FARDC) muri Masisi aho zimaze igihe zitana mu mitwe na M23. Igisirikare cya Congo cyavuze ko uruzinduko rwa Gen Tshiwewe ari “ubutumwa bukomeye ku mwanzi.” I Masisi mu minsi ishize habereye […]

RIB yafunze umukozi w’akarere ka Nyamagabe uheruka gufatwa amashusho asambana

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umukozi ushinzwe kubika amakuru (Data Manager) mu karere ka Nyamagabe, nyuma yo kugaragara mu mashusho asambanira ku karubanda. Itabwa muri yombi ry’uyu mugabo ryemejwe na Dr Murangira B Thierry uvugira RIB wavuze ko yatawe muri yombi tariki 6 Mata akurikiranywaho icyaha cyo “gukora ibikorwa by’urukozasoni mu ruhame ubwo […]

U Bufaransa bugiye kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku butaka bwabwo

Leta y’u Bufaransa yatangaje ko iteganya kubaka ku butaka bw’icyo gihugu urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni icyemezo u Bufaransa bwatangaje nyuma y’uko muri 2021 Perezida Emmanuel Macron wabwo yemeye ko hari uruhare igihugu cye cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezidansi y’u Bufaransa mu itangazo iheruka gusohora, yavuze ko urwibutso iki gihugu giteganya […]

Museveni yakiriye umuhungu we iwe mu rugo, bagirana ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda ku Cyumweru cya Pasika yakiriye iwe mu rugo umuryango wa Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu we, bombi bagirana ibiganiro. Museveni yasangiriye Pasika n’Umuryango w’imfura ye mu rugo rwe ruri Rwakitura. Kuri Twitter ye yagize ati: “Mama Janet [umugore we] nanjye twizihije Pasika turi hamwe na Gen Muhoozi, Charlotte […]

Gicumbi: Umusore wigaga muri Kaminuza yasanzwe mu mugozi yapfuye

Umusore wari umunyeshuri muri Kaminuza y’ubugeni n’Ikoranabuhanga ya Byumba (UTAB), kuri uyu wa Gatandatu yasanzwe mu mugozi yapfuye. Amakuru avuga ko uyu musore yabonetse amanitse mu mugozi wari uboshywe mu mupira yambaraga, mu mudugudu Kinihira, mu kagari ka Gisuna ho mu murenge wa Byumba. Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye ubwo hari umucuruzi wari ugiye kurangura akamubona […]

Kwibuka 29: Arsenal yafashe Abanyarwanda mu mugongo

Ikipe ya Arsenal FC ku wa Gatanu yifashishije n’Abanyarwanda ndetse n’incuti zabo mu kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yasohoye videwo y’amasegonda 51 igaragaramo abakinnyi nka Emile Smith Rowe, Jorginho na Fà¡bio Vieira. Aba bakinnyi mu butumwa bwabo bifatanyije n’Abanyarwanda batangiye icyumweru cy’icyunamo mu […]

Muhanga: Harashwe umujura wari witwaje intwaro gakondo

Inzego z’Umutekano mu karere ka Muhanga, mu ijoro ryakeye zarashe uwo bikekwa ko ari umujura wari witwaje intwaro gakondo yikoreye Televiziyo bikekwa ko yari avuye kwiba. Byabereye mu mudugudu wa Rutenga, mu kagari ka Gahogo ho murenge wa Nyamabuye. Abatuye mu gace byabereyemo babwiye ikinyamakuru UMUSEKE ko bumvise isasu muri ayo masaha barahurura, bahageze basanga […]

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo, Ingabo z’u Rwanda ndetse n’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri iki gihugu (UNMISS), kuri uyu wa Gatanu tariki ya 07 Mata bifatanyije n’abatuye Isi mu kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni umuhango wabereye mu kigo cya gisirikare cya Tomping i Juba, unitabirwa n’izindi […]

Musanze: Umunyeshuri yishwe n’igiti yatemaga

Umunyeshuri w’imyaka 15 y’amavuko witwa Ndayizeye Valens wo mu murenge wa Remera w’akarere ka Musanze, yapfuye nyuma y’aho igiti cyo gucana yatemaga kimuguyeho. Ntezimana yari asanzwe ari umunyeshuri mu rwunge rw’amashuri rwa Remera aho yigaga mu mwaka wa gatatu w’icyiciro rusange. Impanuka yatwaye ubuzima bwe yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 07 Mata 2023. […]

Nta muntu n’umwe uzigera aduhitiramo uko tugomba kubaho_Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yakuriye inzira ku murima abibwira ko bashobora kugena uko Abanyarwanda bagomba kubaho, ashimangira ko amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo yasigiye abatuye imbaraga zidasanzwe zo kwihitiramo uko bagomba kubaho. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 07 Mata, ubwo yatangizaga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu […]

Abasirikare benshi ba Centrafrique bari barashimuswe na CPC babohowe

Igisirikare cya Repubulika ya Centrafrique cyabohoye abasirikare bacyo 19 bari barashimuswe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa CPC (Coalition des patriotes pour le changement), nyuma y’imirwano ikomeye iheruka gusakiranya impande zombi. Ku itariki ya 14 Gashyantare ni bwo bariya basirikare bari barafashwe bugwate n’inyeshyamba. Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) yemeje ibohorwa ryabo yavuze ko babohowe nyuma […]

Chelsea yongeye guha Frank Lampard akazi

Ikipe ya Chelsea FC yatangaje Frank Lampard nk’umutoza wayo w’agateganyo, nyuma yo kwirukana Graham Potter wahoze ari umutoza wayo mukuru. Chelsea ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet yavuze ko uriya munyabigwi wayo agomba kuyitoza kugeza umwaka w’imikino wa 2022/23 urangiye. Frank Lampard azatoza Chelsea umukino we wa mbere ku wa Gatandatu w’iki cyumweru ubwo izaba […]

Ibya Messi muri FC Barcelona byashyushye: Uko kuri ubu byifashe

Amakuru aturuka mu bihugu bya Espagne n’u Bufaransa arasubiza Lionel Messi uri mu nzira zo gusoza amasezerano ye muri Paris Saint-Germain muri FC Barcelona yahoze akinira. Mu mpeshyi y’uyu mwaka ni bwo Messi azasoza amasezerano y’imyaka ibiri afitanye na Paris Saint-Germain. Amakuru avuga ko Iyi kipe y’i Paris yifuza kumwongerera amasezerano, n’ubwo amahirwe y’uko uyu […]

Real Madrid yakubise FC Barcelona iz’akabwana, iyisezerera muri Copa Del Rey

Ikipe ya Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma wa Copa Del Rey, nyuma yo kunyagira mukeba wayo FC Barcelona ibitego 4-0. Hari mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza waraye ubereye i Camp Nou, nyuma y’ubanza Barcelona yari yaratsinzemo igitego 1-0. Ibitego bitatu by’Umufaransa Karim Benzema ndetse n’icy’umunya-Brésil Vinicius Jr ni byo byafashije Madrid […]

Ibihe by’ingenzi byaranze umunsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida Ruto mu Rwanda

Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki ya 04 Mata 2023 Perezida William Samoei Ruto wa Kenya ari i Kigali, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri ari kugirira hano mu Rwanda. Ni rwo ruzinduko rwa mbere Perezida mushya wa Kenya ari kugirira mu rw’Imisozi 1000 nyuma yo kurahirira kuyobora igihugu cye muri Nzeri umwaka ushize. Perezida Ruto […]

Ishimwe rya FDLR kuri Tshisekedi yijeje ubufasha mu guhangana n”ubutegetsi bwa Kagame’

Umutwe witwaje intwaro wa FDLR washimiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umwizeza gukomeza kumuha ubufasha mu ntambara uvuga ko igihugu cye gihanganyemo n’u Rwanda. Uyu mutwe washimiye Tshisekedi nyuma y’uko uyu mukuru w’Igihugu cya Congo aheruka guha imbabazi umwe mu barwanyi bawo wari ufungiye muri gereza ya gisirikare ya […]

Perezida William Ruto ategerejwe i Kigali

Amakuru aturuka i Nairobi muri Kenya aravuga ko Perezida William Samoei Ruto wa Kenya yitezwe i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki ya 04 Mata, mu ruzinduko rw’akazi agirira hano mu Rwanda. Ni rwo ruzinduko rwa mbere Perezida Ruto aza kuba agiriye mu Rwanda, kuva arahiriye kuyobora Kenya muri Nzeri umwaka ushize. Perezida Kagame ni […]

Carine Kanimba yikomye u Rwanda nyuma yo kwakira Rusesabagina

Umukobwa wa Paul Rusesabagina, Carine Kanimba yongeye gushinja Leta y’u Rwanda kuba yari yarafunze se mu buryo bunyuranyije n’amategeko; nyuma y’uko uriya mugabo wamenyekanye muri Hoteli Rwanda yari amaze kwakirwa iwe mu muryango. Ku itariki ya 24 Werurwe ni bwo Rusesabagina na bagenzi be barimo Nsabimana Callixte Sankara barekuwe, nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida […]

Uhuru Kenyatta ashyigikiye ko M23 yinjizwa mu biganiro bya Nairobi yahejwemo

Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya yagaragaje ko ashyigikiye ko umutwe wa M23 winjizwa muri gahunda y’ibiganiro bya Nairobi, nyuma y’umusaruro avuga ko umaze kugerwaho mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo. Kenyatta usanzwe ari umuhuza mu bibazo bya Congo yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 03 Mata 2023. Kuri ubu mu burasirazuba […]

Karasira Aimable yasabye kubanza kuvuzwa mbere yo kuburanishwa

Uzaramba Karasira Aimable wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yabwiye urukiko ko akeneye kubanza kuvuzwa uburwayi burimo agahinda gakabije afite mbere yo gutangira kuburanishwa. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 03 Werurwe ni bwo Karasira yagejejwe imbere y’Urukiko Rukuru, mu rugereko rwarwo rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri mu karere […]

Museveni yavuze impamvu yatuma UPDF ijya mu mirwano na M23

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda aheruka gushimangira ko Ingabo z’igihugu cye ziheruka koherezwa mu burasirazuba bwa Congo zitajyanweyo no kurwana na M23, bijyanye no kuba inyeshyamba zo muri uyu mutwe zarahawe n’abakuru b’ibihugu by’akarere amabwiriza yo guhagarika imirwano no kuva mu bice zigaruriye. Mu ntangiriro z’uku kwezi ni bwo Uganda yohereje muri Congo Kinshasa […]