Messi yatanze asaga Frw miliyari mu rwego rwo gukumira Coronavirus

Umunya-Argentine, Lionel Messi ukinira FC Barcelona yo muri Espagne, yahaye Ibitaro bya Barcelona inkunga ya miliyoni imwe y’ama-Euro mu rwego rwo kubifasha guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru yemejwe n’ibyo bitaro bibinyuhije kuri Twitter yabyo, mbere y’uko ikinyamakuru Mundo Deportivo cyandikirwa i Catalunya gitangaza ko Messi yatanze miliyoni imwe y’ama-Euro. Ibi bitaro byitwa […]

Musanze: Abacuruza ibiribwa bazamuye ibiciro mu buryo butubahirije amabwiriza

Abaturage bahahira mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze (Kariyeri) baravuga ko bahangayikishijwe n’ibiciro byatumbagiye nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe atangiye amabwiriza yo gusaba abantu kuguma mungo za bo nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus. Aba baturage muri ibi bihe bidasanzwe igihugu kirimo ubwo Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoraga amabwiriza asaba abaturarwanda kuguma mu rugo mu […]

Nyanza: Polisi yarashe abasore babiri bivugwa ko bahanganye nayo

Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, yaraye irashe abasore babiri bo Ibyo byabereye mu Kagari ka Kabuga, Umurenge wa Mukingo bivugwa ko bageragezaga kuyirwanya, bahita bapfa. Amakuru avuga ko abarashwe ari Nyiramana Jean Claude w’imyaka 27 na Nyandwi Emmanuel w’imyaka 25 y’amavuko, bikaba bivugwa ko barwanyaga aba Polisi bari babahagaritse […]

Ubutaliyani : Abapadiri barenga 60 bamaze kwicwa na Coronavirus

Imibare yashyizwe ahagaragara yerekana ko abakozi bo mu nzego z’ubuzima n’abapadiri ari bo baza ku isonga mu kwandura no guhitanwa n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Iyi mibare igaragaza ko Abataliyani 23 bo mu nzego z’ubuzima ari bo bamaze kwicwa na Coronavirus, bigasobanura ko byibura mu bantu 10 bandura kiriya cyorezo, baba barimo umuganga cyangwa undi […]

Abanyeshuri basaga miliyari bicaye iwabo kubera Coronavirus- UNESCO

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ritangaza ko icyorezo cya Coronavirus kimaze gutuma 80% by’abanyeshuri bo ku isi yose ubu bari mu ngo z’iwabo kubera ifungwa ry’amashuri. Mu nama uyu muryango wakoranye n’abaminisitiri b’uburezi bo mu bihugu bitandukanye byiganjemo ibyugarijwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe, abaminisitiri batangaje […]

Abasirikare 12 ba FARDC barimo babiri bakuru bishwe na ADF

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ( FARDC) cyatangaje ko kigaruriye agace ka “World Space” kari karigaruriwe n’inyeshyamba za ADF, mu mirwano yaguyemo abasirikare 12 ba Congo n’inyeshyamba 37. Iyi mirwano yaberaga mu gace ka Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yari imaze iminsi ine nk’uko Media Congo dukesha iyi nkuru yabitangaje. Umuyobozi wa […]

Inama yagombaga guhuza u Rwanda na Uganda yasubitswe

Icyorezo cya Covid-19 gikomeje kuzahaza isi yose cyatumye inama yari iteganyijwe hagati y’u Rwanda na Uganda yiga ku gukemura ikibazo cy’umubano w’ibihugu byombi utameze neza itakibaye mu minsi 45 nk’uko byari biteganyijwe. U Rwanda na Uganda ni ibihugu bimaze iminsi umubano wabyo warajemo agatotsi ku buryo hagiye hakorwa ibiganiro bitandukanye bigamije guhuza ibi bihugu byombi […]

Abandi bantu 4 mu Rwanda basanganywe Coronavirus

img-20200324-wa0071.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda imaze gutangaza ko kuri uyu wa 24 Werurwe 2020, mu Rwanda hemejwe abandi barwayi 4 ba Coronavirus, bose hamwe bagera kuri 40. Muri aba barwayi harimo 2 baturutse i Dubai, 1 yaturutse i Buruseli mu Bubiligi n’undi 1 wahuye n’uherutse kugaragaraho iki cyorezo. Kuri uyu wa 22 Werurwe ni bwo Minisiteri […]

Rubavu: Barasaba gufungurirwa isoko ry’amatungo ryafunzwe rikabateza inzara

Bamwe mu baturage bacuruza inka mu isoko ry’amatungo mu murenge wa Kanzenze ho mu karere ka Rubavu baravuga ko bahangayikishijwe no kuba isoko bacururizagamo ryarafunzwe muri ibi bihe byo kwirinda icyorezo cya Coronavirus ubuzima bukaba bwarahagaze kuko ari ho bakuraga amafaranga yo kubatunga. Aba bacuruzi bavuga ko iri soko ryafunzwe kuwa Mbere w’icyumweru cyashize ubu […]

Kigali: Abakozi bo mu ngo bari kwirukanwa kubera Coronavirus

Ku wa 23 Werurwe, Polisi y’igihugu yasubije inyuma abakozi bo mu rugo babarirwa mu ijana bari birukanwe n’abakoresha babo, muri ibi bihe igihugu gihanganye n’icyorezo cya Coronavirus. Abasubijwe mu ngo bakoragamo ni abo mu bice bya Gatsata mu Karere ka Gasabo, na Kimisagara muri Nyarugenge. Uwahaye Bwiza aya makuru ukorera i Nyabugogo wabonye abo bakozi […]

Umuhanzi Manu Dibango yishwe na Coronavirus

Umuhanzi w’icyamamare muri Cameroon no muri Afurika, Manu Dibango yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize icyorezo cya Coronavirus gikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake ku Isi. Amakuru y’urupfu rw’uyu muhanzi w’icyamamare yemejwe n’abo mu muryango we muri iki gitondo cyo kuwa 24 Werurwe, baciye ku rukuta rwe rwa Facebook. Uyu mugabo apfuye afite imyaka 86. […]

Uganda: Abashinwa baherutse gutoroka akato ka Coronavirus bazagezwa mu nkiko

Abashinwa batandatu bafatiwe muri Uganda batorotse akato ka Coronavirus bari bashyizwemo, bagiye kujyanwa mu butabera na Leta y’iki gihugu. Ni ibyemejwe n’Umuvigizi w’Ishami rishinzwe Iperereza ku Byaha, Charles Twine, wavuze ko n’iyo bari Bashinwa batabasangamo Coronavirusi bagomba guhanwa n’amategeko. Abo Bashinwa ni Huang Haiguiang, Li Chaochyan, Qin Shening, Liang Xinging na Huang Wei. Bafatanyije icyaha […]

Imibare igaragaza uko Coronavirus ihagaze mu bihugu 195

Imibare y’isegonda ku rindi igaragaza uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu 195 mu bigize Isi. Abamaze kwandura iki cyorezo ni 382,010 ku Isi, mu gihe abo kimaze guhitana kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ari 16,558. Abantu 102,431 ni bo bamaze Gukira kiriya cyorezo, mu gihe abakirwaye […]

Kimironko: Abaturage baravuga ko abacuruzi bazamuye ibiciro by’iribwa uko bishakiye

Abaturage bo mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimironko barinubira izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ridasanzwe ryakozwe n’abacuruzi uko babyumva kandi hari amabwiriza ya ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda agena ibiciro mu gihe u Rwanda ruri mu bihe bidasanzwe byo guhangana na Coronavirus. Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda iherutse gusohora itangazo riburira abacuruzi bari kuzamura ibiciro cyane […]

Rayon Sports na Airtel-Tigo bagiye kugirana amasezerano mashya

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports n’ikigo cy’Itumanaho mu Rwanda cya Airtel-Tigo bigiye gusinyana amasezerano y’imyaka itanu y’imikoranire ashingiye ku kuba iyi kipe izajya yamamaza iki kigo ikazahabwa miliyoni 240 z’Amafaranga y’u Rwanda. Rayon sports izajya yambara ikirango cya Airtel-Tigo ku kaboko k’iburyo ku myambaro y’iyi kipe yaba iyo mu marushanwa atandukanye n’iyo mu myitozo, aya […]

Zimbabwe: Umunyamakuru wari ukunzwe yabaye umuntu wa mbere wishwe na Coronavirus

Umunyamakuru Zororo Makamba wari ukunzwe muri Zimbabwe, yabaye umuntu wa mbere wishwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona muri kiriya gihugu. ZBC News yahamirijwe amakuru y’urupfu rw’uriya munyamakuru na Obediah Moyo, Minisitiri muri Zimbabwe ushinzwe ubuzima no kwita ku bana. Makamba w’imyaka 30 y’amavuko, yabaye umuntu wa kabiri muri Zimbabwe wanduye icyorezo cya Virusi ya Corona. […]

Abatazubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda COVID-19 bazafungwa banacibwe amande

Mu rwego rwo gushimangira ingamba zashyizweho mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Virusi ya Corona, Polisi y’igihugu yatangaje ko abazananirwa kubahiriza amabwiriza yashyizweho cyangwa bakabeshya bazajya bafatwa bagacibwa amande. Iki cyemezo kiratangira gushyirwa mu bikorwa kuva ku wa kabiri, ku wa 24 Werurwe 2020. Ni ibyememejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, mu […]

Kagere Meddie na Migi bashobora kutazemererwa gusubira muri Tanzania

Abakinnyi b’Abanyarwanda bakina muri Tanzania, Meddie Kagere na Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Migi bashobora kutazemererwa gusubira muri Tanzania mu gihe shampiyona yo muri iki gihugu yazaba isubukuwe nyuma y’uko ibaye ihagaritswe n’icyorezo cya Covid-19 bakajya gufatira akaruhuko mu Rwanda. Meddie Kagere na Migi batashye mu mpera z’iki cyumweru nyuma yo guhabwa impushya n’abayobozi b’amakipe […]

Gatsibo-Gitoki: Bahangayikishijwe no kubura amazi muri ibi bihe byo kwirinda Coronavirus

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Bukomane, Umurenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo barasaba inzego z’ubuyobozi ubufasha kuko bugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi kiri gutuma gahunda y’isuku n’isukura muri ibi bihe igihugu gihanganye no gukumira icyorezo cya Coronavirus itagenda neza. Aba baturage bavuga ko bamaze ukwezi kurenga batabona amazi meza muri aka Kagari ka […]

Perezida Magufuli yahamagariye abaturage kudatinya COVID-19 ngo bareke kujya mu nsengero

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yasabye Abanya-Tanzania kudatinya icyorezo cya Coronavirus ngo bareke kujya mu nsengero no mu misigiti, cyangwa ngo bahagarike imirimo yabo. Perezida Magufuli yabivuze ku wa 22 Werurwe 2020, ubwo yari yitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu yabereye muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Pawulo w’Umusaraba muri Katedrali ya Dodoma. Perezida Magufuli yabwiye […]

Musanze: Abaturage bavuga ko ubuyobozi butinya umunyamategeko ‘wabajujubije’

Bamwe mu batuye mu Mudugudu wa Bukane, mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze bavuga ko ubuyobozi mu Karere ka Musanze butinya umunyamategeko, Mukamusoni Emertha, bemeza ko yabajujubije abatwara amasambu yabo akayakoresha mu nyungu ze. Abaturage bo muri Bukane bavuga ko ikibazo cyabo na Mukamusoni ukora akazi ko kunganira abaturage mu nkiko, kimaze umwaka […]

Rulindo: Umugabo akurikiranweho gusambanya nyirabukwe

Umugabo witwa Sekamana Jean Marie Vianney w’imyaka 30 utuye mu Murenge wa Burega mu Kagari ka Karengeri ho mu karere ka Rulindo ari gushakishwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha rukorera muri ako gace akekwaho gufata ku ngufu nyirabukwe w’imyaka 68 y’amavuko. Sekamana ukekwaho gukora iki cyaha ngo yari yagorobereje asangira na Mukarutamu Anastasie umubereye nyirabukwe aho bari mu […]

Iran yanze kwakira inkunga y’Amerika yo guhangana na Coronavirus

Umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ayatolah Al Khamenei yanze kwakira inkunga y’imiti yo kurwanya icyorezo cya Coronavirus Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yahaye igihugu cye avuga ko iyi nkunga ari urwiyerurutso kuko avuga ko Amerika ishinjwa kuba inyuma y’iyi Virusi. Mu kiganiro yavugiye kuri televiziyo y’igihugu Ayatollah yatangaje ko adasobora kwakira iyi nkunga y’imiti kuko Amerika ari […]

Angela Merkel uyobora Ubudage yashyizwe mu kato

Shansoliyeri (Chancelière) w’Ubudage Angela Merkel, yashyizwe mu kato nyuma y’uko amenye ko umuganga uheruka kumuha urukingo rw’umusonga yanduye icyorezo cya Virusi ya Corona. Umuvugizi wa Merkel, Steffen Seibert, yavuze ko Merkel yamenyeshejwe ko uwo muganga yasanzwemo kiriya cyorezo, nyuma y’akanya gato amaze gutanga amabwiriza ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Ku wa Gatanu w’iki […]

Pedro someone yahwituye urubyiruko rwibwira ko coronavirus yica abakuze gusa

Umuhanzi Niyigena Jean Pierre uzwi nka Pedro Someone arakangurira urubyiruko kwirinda icyorezo cya Coronavirus, bikuramo imyuvire ko gihitana abakuze. Mu minsi mike ishize, hari amakuru yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga ko urubyiruko n’abakiri bato muri rusange badafatwa n’indwara ya Coronavirus. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima (OMS) ryatangaje ko iyi myumvire atari yo. OMS yavuze ko abakuze […]

MINISANTE yemeje abandi bantu bashya banduye COVID_19

img-20200322-wa0035.jpg

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki cyumweru tariki ya 22 Werurwe hagaragaye abandi barwayi b’icyorezo cya Coronavirus babiri biyongera kuri 17 bari basanzweho. Minisante ivuga ko abarwanyi bashya ba Coronavirus barimo Umunyarwanda w’imyaka 32 wageze mu Rwanda ku wa 19 avuye i Dubai, n’undi na we w’imyaka 32 wageze mu Rwanda bukeye bwaho avuye i […]

Hagati ya Zambia na RDC ku mupaka haravugwa imirwano ikaze

Imirwano hagati ya Zambia na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo imaze icyumweru aho ibihugu byombi birwanira ubutaka buri hafi n’umupaka uhuza ibi bihugu mu gace kitwa Kibanwa. Uru rugamba rwasembuwe no kuba ingabo za Zambia zarinjiye ku butaka bwa Kongo muri aka gace kitwa Kibanwa hafi n’ikiyaga cya Tanganyika. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP byatangaje ko […]

Gambia: Leta irahiga bukware 14 batorotse akato

Leta ya Gambia kuwa Gatanu yashakishaga uruhindu abantu 14 bari barashyizwe mu kato muri hoteli nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima z’iki gihugu. Minisitiri w’Ubuzima, Ahmadou Lamin Samateh yavuze ko abatorotse ari bamwe mu itsinda ry’abagenzi bari baturutse mu Bwongereza bakaba bari mu kato muri hoteli mu murwa mukuru Banjul.Yagize ati”Bamwe mu bagenzi bari mu kato bishe […]

Uganda yangiye abarimo Abanyarwanda kwinjira ku butaka bwayo

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ku wa 22 Werurwe, amagana y’abagenzi bari baturutse mu Rwanda barimo n’Abanyarwanda bangiwe na Uganda kwinjira ku butaka bwayo ubwo bageraga ku mupaka wa Gatuna. Ni nyuma y’uko leta ya Uganda ishyizeho ingamba zikomeye mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Virusi ya Corona. Muri izi ngamba zaraye zishyizweho na […]

Kisoro: Padiri n’ababikira bari mu mazi abira nyuma yo kurenga ku mabwiriza ya Museveni

Umuyobozi wa Paruwasi ya Mutolere Fr. John Bazimenyera kuri iki Cyumweru yatawe muri yombi n’Igisirikare cya Uganda nyuma yo kurenga ku mabwiriza ya Perezida Museveni yo gufunga insengero n’andi mahuriro y’abantu nk’imwe mu ngamba zo kwirinda Coronavirus. Uyu mupadiri yafatanwe n’ababikira babiri kuri Paruwasi ya St Peter’s Catholic Church ya Kisoro aho yari yakoresheje Misa […]

Leta yemeye gufasha abababaye kurusha abandi kutazicwa n’inzara mu gihe cyo kwirinda COVD-19

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anasthase, yavuze ko Leta y’u Rwanda iri kwishakamo ibisubizo kugira ngo Abanyarwanda bababaye kurusha abandi batazicwa n’inzara muri iki gihe igihugu cyafashe ingamba zikomeye mu rwego rwo kwirinda Coronavirus. Mu ijoro ryakeye ni bwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo ririmo amabwiriza mashya Abanyarwanda bagomba gukurikiza mu rwego rwo guhangana […]

Abarwayi 17 ba Coronavirus bahuye n’abasaga 600: Min. Dr. Ngamije

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu hasuzumwe abantu 130 Coronavirus hakaba nta bwandu bushya bwigeze bugaragara bigatuma umubare w’abanduye uguma kuri 17. Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko muri rusange abantu banduye Coronavirus uko ari 17 bahuye n’abasaga 600 muribo abamaze gusuzumwa bakaba ari 467 barimo n’abasuzumwe kuri uyu wa Gatandatu 130 […]

Uganda:Imfungwa 4 zishwe zirashwe zigerageza gutoroka gereza

Itsinda ry’abashinzwe umutekano riri gukora iperereza ku mfungwa zatorotse gereza mu gace ka Arua ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu hakaba hararashwemo bane bagahita bapfa. Umuyobozi wa Polisi mu gace ka West Nile SP Josephine Angucia yabwiye Chimpreports ko aba bagororwa mbere yo gutoroka babanje gukuramo imyambaro ya gereza.Yagize ati”Bane muri bo bararashwe bahita […]

U Rwanda rwafunze by’agateganyo imipaka n’utubari

img-20200321-wa0020.jpg

Leta y’u Rwanda yashyizeho amabwiriza mashya agamije guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona, agomba kubahirizwa uhereye saa tanu na 59 zo kuri uyu wa 21 Werurwe 2020. Aya mabwiriza agomba Kumar’s igihe cy’ibyumweru bibiri nk’uko itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe ribivuga. Ibwiriza rya mbere rivuga ko” Ingendo zitari ngombwa no gusohoka mu rugo […]

Uganda: Abashinwa 8 batorotse akato bafashwe bashaka kwambuka muri Congo

Polisi ya Uganda kuri uyu wa Gatandatu yafatiye itsinda ry’Abashinwa umunani mu karere ka Zombo ubwo bageragezaga kwambuka muri Kongo nyuma yo gutoroka aho bari bashyizwe mu kato ka Coronavirus. Aba bashinwa bari bazanywe mu macumbi ya Naguru n’imodoka y’imwe mu mahoteli akomeye muri Kampala biteganywa ko bazacikira mu yindi iri Entebbe. Umuyobozi muri gipolisi, […]

Umuntu wa mbere yishwe na COVID-19 mu gihugu gituranye n’u Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko umuntu wa mbere yishwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona muri kiriya gihugu. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eteni Longondo, anavuga ko Hari n’abandi bantu batanu bashya banduye kiriya cyorezo ku wa 20 Werurwe. Minisitiri Eteni Longondo yemeje aya […]

Gisagara: Ubwoba bwa COVD-19 ni bwose ku bakora mu ruganda rwa nyiramugengeri

Abakozi b’uruganda rwa Hakan Peat Power Plant rutunganya nyiramugengeri ruyibyazamo amashanyarazi, ruri mu Murenge wa Mamba bavuga ko bafite impungenge z’uko bashobora kwandura icyorezo cya Coronavirus mu gihe nta cyaba gikozwe. Ibi abakozi ba ruriya ruganda babishingira ku kuba amabwiriza yashyizweho mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Virusi ya Corona atubahirizwa uko bikwiye. Muri urwo […]

Bamwe mu baba mu nyubako One Dollar Campaign barashinja ubuyobozi kubaraza hanze

Bamwe mu rubyiruko ruba mu nyubako izwi nka ‘One Dollar Campaign’ yubakiwe abana barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi badafite imiryango ruvuga ko rutishimiye akato rwashyizwemo ko kurazwa hanze ngo batanduza bagenzi babo icyorezo cya Coronavirus. Mu cyumweru gishize aba bakoreshejwe inama basabwa kudasohoka ngo bakore ingendo zitari ngombwa mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus kugira […]

Kigali: Bamwe mu bamotari baravugwaho ivangura rishingiye ku ruhu

Muri iki gihe mu Rwanda hari abarwayi b’icyorezo cya Coronavirus bamwe mu bamotari bo mu Mujyi wa Kigali baravugwaho ivangura rishingiye ku ruhu mu kazi kabo batinya kwandura Coronavirus. Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus yaboneka mu Rwanda akaba yari umugabo w’umuhinde wageze mu Rwanda aturutse mu Mujyi wa Mombai abantu benshi batashywe n’ubwoba ndetse […]

Kenya: Ushinjwa kurasira umuntu mu kabyiniro k’Umunyarwanda yibasiye Visi-Perezida

Depite Babu Owino umaze iminsi akurikiranweho kurasira umuntu mu kabyiniro k’Umunyarwanda, Billy Ndengeyingoma, yibasiye Visi Perezida wa Kenya, Dr William Ruto amubwira kujyana mu bitaro amafaranga akomoka kuri ruswa, yajyanaga mu nsengero ngo kuko ari byo bifite ubushobozi buke bwo guhangana na Coronavirus. Asubiza ubutumwa Ruto yanyujije kuri Twitter avuga ko yifatanyije n’Abakristo b’itorero Incuti […]

Kwibuka bizabaho, ubuzima bw’abaturage nabwo bwitabweho

Muri iki gihe Isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, hari impungenge ko gishobora gukoma mu nkokora umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 igihugu cyitegura. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), Ahishakiye Naphtal aganira n’umunyamakuru wa Bwiza.com yatangaje ko imyiteguro yo kwibuka irimo gukorwa nk’uko […]

Rwanda: Nta wucyemerewe kurenza saa tatu z’umugoroba akiri mu kabari

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu MINALOC, yatangajwe ko nta kabari ko mu mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi kemerewe kurenza saa tatu z’ijoro kagikora, mu gihe utwo mucyaro two tutagomba kurenza saa moya z’umugoroba. Ibi biri mu mabwiriza mashya iyi Minisiteri yasohoye, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. MINALOC kandi ivuga ko […]

Abahinde bane bishwe bamanitswe bazira gufata ku ngufu umukobwa bakanamwica

Abagabo bane bo mu gihugu cy’Ubuhinde bishwe bamanitswe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata umukobwa ku ngufu kugeza ubwo apfuye bigatuma bakatirwa igihano cy’urupfu. Aba bagabo ni: Akshay Thakur, Vinay Sharma, Pawan Gupta na Mukesh Singh. Mu 2013 nibwo bafungiwe muri gereza ya Tihar nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umukobwa […]

Uganda irashakisha Umunyarwandakazi ukekwaho Coronavirus

Abuyobozi ku ruhande rw’u Rwanda na Uganda, bari gushakira hasi no hejuru umugore w’Umunyarwanda, Mushimiyimana Delphine ukekwaho icyorezo cya Virusi ya Corona. Mushimiyimana ukomoka mu Karere ka Ruhango, amakuru avuga ko yaherukaga kuva i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu aza i Kigali. Mushimiyimana ngo yabanaga n’incuti iza kurwara, bayisuzumye bayisangamo icyorezo cya Virusi ya […]

Modern Coast Express yahagaritse ingendo zayo mu Rwanda, Uganda na Tanzania

Kompanyi y’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu yo muri Kenya, ‘Modern Coast Express’ yatangaje ko ihagaritse ingendo zayo yakoreraga mu bihugu bitandukanye byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba birimo Uganda, u Rwanda na Tanzania kubera Coronavirus. Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane, Modern Coast Express yatangaje ko ihagaritse ingendo zayo zigana muri ibi bihugu guhera tariki […]

Umuhanzi Aurlus Mabele ukomoka muri Congo yishwe na Coronavirus

Umuhanzi Aurlus Mabele wakanyujijeho mu muziki wa Repubulika ya Congo Brazzaville, yitabye Imana mu ijoro ryakeye azize icyorezo cya Virusi ya Corona. Uyu mugabo witabye Imana afite imyaka 67 y’amavuko, yaguye mu bitaro by’i Paris mu Bufaransa aho yari arwariye kuva ku wa 19 Werurwe. Inkuru y’urupfu rwa Mabele yatangajwe bwa mbere n’umukobwa we witwa […]

Impungenge ku Banyarwanda baba mu mahanga bari mu nzira berekeza i Kigali

Bamwe mu banyarwanda baba mu mahanga berekezaga mu Rwanda bafite impungenge ku rugendo rwa bo bitewe n’icyemezo Leta y’u Rwanda yafashe cyo gufunga ingendo z’indege. Aba banyarwanda barimo abari bamaze guhaguruka berekeza mu Rwanda urugendo ruteganya ko bazahagera ku wa 21 Werurwe 2020 bikaba bigaragara ko batabasha kugera mu Rwanda kuko isaha ntarengwa izaba yarenze. […]

Rusizi: Abambukira ku ndangamuntu bangiwe kwinjira muri RD Congo

Abakoreshaga umunsi ku wundi umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo uri i Rusizi bambukiye ku ndangamuntu, bavuga ko batangiye kugerwaho n’icyemezo bafatiwe cyo kutinjira muri Congo, bangirwa kwinjira muri iki gihugu. Ku wa Gatatu tariki 19 Werurwe, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Antoine Tshisekedi, yatangaje ingamba zitandukanye mu […]

Manaja wa Diamond Platnumz yanduye Coronavirus

Kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Werurwe 2020 Sallam SK usanzwe ureberera inyungu z’umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania no muri Afurika, Diamond Platnumz yatangaje ko yanduye Coronavirus. Sallam SK uzwi nka Mendez we ubwe yitangarije ko yanduye Coronavirus akoresheje urukuta rwe rwa Instagram ubwo yandikaga amenyesha inshuti ze n’abamukurikira ko yapimwe n’inzego z’ubuzima muri Tanzania […]

U Rwanda rwagobotse abaturage barwo bafite ibibazo by’ingendo bari mu mahanga

Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yashyizeho uburyo bworohereza Abanyarwanda bari mu mahanga kugaruka mu gihugu, ku bagize ikibazo cy’urugendo. Itangazo Minisiteri y’ububanyi n’Amahanga yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yagize iti”Abanyarwanda bari mu mahanga bagize ibibazo mu ngendo barasabwa kuvugana na za Ambasade z’u Rwanda zibegereye, cyangwa bagahamagara +250788125043″. Leta yashyizeho ubu […]

Abunganira Gen. Tumukunde bari gukora ibishoboka byose ngo afungurwe

Abanyamategeko bunganira (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’umutekano wa Uganda kuri ubu ufungiye muri Gereza ya Luzira batangaje ko bagiye gukora ibishoboka byose agafungurwa. Nyuma y’igihe gito Gen. Henry Tumukunde usanzwe atarya umunwa mu kunenga ubutegetsi buriho atangaje ko aziyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu cya Uganda mu matora ateganyijwe muri 2021. Uyu […]

Kenya: Uwarasiwe mu kabyiniro k’Umunyarwanda amaze kubagwa gatatu

DJ Evolve yabazwe ku ncuro ya gatatu, nyuma yo kurasirwa mu kabyiniro k’Umunyarwanda, Billy Ndengeyingoma gaherereye i Nairobi muri Kenya. Ku wa 17 Mutarama ni bwo Félix Orinda uzwi nka DJ Evolve yarashwe n’Umudepite witwa Babu Owino, arasirwa mu kabyiniro kitwa B Club gaherereye mu Mujyi wa Nairobi mu gace ka Kilimani, mu nzu yitwa […]

Wema Sepetu arashinjwa ubujura

Umukinnyi wa filimi, Wema Sepetu ukomoka muri Tanzania, yashinjwe ubujura ku mbuga nkoranyambaga gusa we aravuga ko atari we wabikoze. Uyu mukobwa avuga ko ubujura ashinjwa ari ikinyoma. Magingo aya Wema Sepetu wabaye Nyampinga wa Tanzania, asa n’uwafashe umwanya wo kwiyitaho no kwitekerezaho, nyuma y’inzira y’umusaraba yanyuzemo mu myaka ibiri ishize. Nko muri 2018 yajyanwe […]

Banki zasabwe korohereza abazibereyemo imyenda

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ku mugoroba wo kuwa 18 Werurwe yashyize hanze itangazo riha uburenganzira banki bwo gusubira mu masezerano y’inguzanyo mu rwego rwo korohereza abazibereyemo imyenda kubera ingaruka z’indwara ya Coronavirus igenda igira ku bikorwa byinjiza amafaranga by’abaturage. Uyu mwanzuro wa Banki Nkuru y’u Rwanda uje usanga indi itandukanye yagiye ifatwa n’ibigo bya […]

Burundi: Uhagarariye Ishyaka ritavugarumwe na Leta yishwe

Urupfu rwa Methusela Nahishakiye wari umuyobozi wa CNL muri komini ya Kabezi muri zone Migera rwamenyekanye kuwa Mbere tariki 16 Werurwe 2020 yishwe arashwe n’imbonerakure iwe mu rugo i Kabezi mu ntara ya Bujumbura. Nyuma y’uko Agathon Rwasa yemerewe kuzahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yo muri Gicuransi 2020, bisa nk’aho bitakiriwe neza n’ishyaka riri […]

Kenya: Umugabo yishwe n’urubyiruko rumushinja kurwara Coronavirus

Umugabo ufite ubwenegihugu bwa Kenya, yitabye Imana nyuma yo kugabwaho igitero agakorerwa ibya mfura mbi n’agatsiko k’urubyiruko rwamuketseho kurwara Coronavirus. Ibi byabereye mu mudugudu witwa Kibundani mu ntara ya Kwale. Uwishwe ashinjwa kuba yari arwaye Coronavirus yitwa George Kotini Hezron, wahuye n’agatsiko ka ruriya rubyiruko ubwo yari avuye kunywa ku gasantere k’ubucuruzi. Umuyobozi wa Polisi […]

Rwanda: Ingendo z’indege zose zahagaritswe bitewe na Coronavirus

Nyuma y’uko mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi batatu ba Coronavirus biyongera ku munani bari basanzwe bose hamwe bakaba cumi n’umwe, u Rwanda rwahise ruhagarika indege zose ziza mu Rwanda n’izijya hanze zinyuze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu gihe cy’iminsi 30 mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Biri mu itangazo Minisiteri y’Ubuzima […]

Burikina Faso: Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yapfuye azize Coronavirus

Urupfu rwa Depite akaba na Visi Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Burikina Faso Hon. Marie Rose Compaoré rwamenyekanye mu ijoro ryo kuwa 17 rishyira kuwa 18 Werurwe 2020 aba umuntu wa mbere muri Afurika y’Uburengerazuba uhitanywe na Covid-19. Umuhuzabikorwa ku rwego rw’igihugu ushinzwe gukumira icyorezo cya Coronavirus, Prof.Martial Ouedraogo ni we watangaje iby’urupfu rw’uyu mugore […]

Tanzania: Uwagaragayeho Coronavirus yasabye imbabazi abaturage

Umuntu wa mbere wagaragayeho Coronavirus muri Tanzania yatangaje ko nyuma yo kwitabwaho n’abaganga ubu ameze neza akaba anasaba imbabazi abanya-Tanzaniya bose kuba ari we muntu wa mbere wazanye icyi cyorezo mu gihugu. Isabella Mwampamba ni umugore w’imyaka 46. Ni we murwayi wa mbere wagaragayeho coronavirus muri Tanzania, akaba yaratangajwe tariki 16 Werurwe 2020 nyuma y’umunsi […]