FIFA yatesheje agaciro ikirego Mohammed Adil yari yararezemo APR FC

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), yateye utwatsi ikirego umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi yari yarayiregeyemo ikipe ya APR FC ayishinja kumuhagarika mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Mu Ukwakira umwaka ushize ni bwo Adil yari yareze iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu muri FIFA. Byari nyuma y’uko yaherukaga kumuhagarika mu gihe cy’ukwezi kumwe kubera imyitwarire mibi; undi birangira yanze […]

Medvedev wahoze ari Perezida w’u Burusiya yandagaje Emmanuel Macron

Dmitry Medvidev wahoze ari Perezidaw’u Burusiya, yandagaje Perezida Emmanuel w’u Bufaransa nyuma yo kuvuga ko u Burusiya bwahindutse nyakamwe kubera gushoza intambara kuri Ukraine. Perezida Macron mu kiganiro aheruka kugirana n’ikinyamakuru l’Opinion cyo mu Bufaransa, yavuze u Burusiya bwatangiye guhakwa Bushinwa, avuga ko iki gihugu cya Perezida Vladimir Putin kuba cyarateye Ukraine byatumye gitakaza ubushongore […]

Abakinnyi 3 ngenderwaho ba APR FC ntibazongera kuyikinira muri iyi “season”

Umutoza w’ikipe ya APR FC, Ben Moussa, yemeje ko ba myugariro Buregeya Prince, Niyigena Clement na Jean Claude Niyomugabo batazongera gukandagira mu kibuga muri uyu mwaka w’imikino kubera imvune. Aba ba myugariro uko ari batatu bamaze igihe batifashishwa na APR FC, ndetse iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ntiyigeze ibifashisha mu mikino yombi ya ½ cy’irangiza cy’Igikombe […]

Kiyovu Sports yaryoje Iradukunda Bertrand amagambo yatangaje

Amagambo Bertrand yatangaje akamukoraho

Ikipe ya Kiyovu Sports yahagaritse rutahizamu wayo, Iradukunda Jean Bertrand, nyuma y’amagambo aheruka gutangaza asobanura impamvu atagaragaye mu mukino w’Igikombe cy’Amahoro Ikipe ye yasezerewemo na APR FC. Kuri iki cyumweru ni bwo Kiyovu Sports yatsinzwe na APR FC ibitego 2-1, iyisezerera muri ½ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro ku giteranyo cy’ibitego 3-2. Ni umukino Iradukunda Jean Bertrand […]

Abagaba bakuru b’Ingabo za SADC bikomye RDF

Abagaba b’Ingabo zo mu muryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), baheruka kwikoma Ingabo z’u Rwanda (RDF) bazishinja guha ubufasha umutwe wa M23. SADC iheruka gufata umwanzuro wo kohereza Ingabo zayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rwo gufasha iki gihugu kwigobotora imitwe yitwaje intwaro yo mu burasirazuba bwacyo. Ni umwanzuro wafatiwe […]

Ibihumyo,imari ishyushye ku buzima bw’umuntu! Dore impamvu ukwiye kubirya

image_2023-05-14_124825439.png

Mu mirire yacu ya buri munsi, hari indyo tujya twirengagiza, nyamara ari imari ishyushye ku buzima bwa muntu.Ni kenshi usanga mu miryango itandukanye bagura ibiribwa ariko ugasanga birengagije ikiribwa kitwa ibihumyo kandi nyamara gifite akamaro gakomeye mu buzima bwacu. Akamaro k’ibihumyo ni kenshi haba ku mugore utwite kuko bituma agira ubuzima bwiza haba kuri we […]

RDC yatangaje igihe ingabo za SADC zizagerera ku butaka bwayo

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko Ingabo z’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC) zishobora kugera ku butaka bw’iki gihugu mu kwezi gutaha kwa Kamena. Mu ntangiriro z’icyumweru gishize ni bwo umuryango wa SADC watangaje ko wafashe icyemezo cyo koherereza Congo Kinshasa ingabo zo kuyifasha kwivuna imitwe y’inyeshyamba zimaze igihe […]

Umugabo wanjye yanyicishije inzara y’igitsina kubera inzitwazo zidashira! Nkore iki?

top-view-of-sad-asian-couple-sleeping-together-thinking-about-and-picture-id1155852695.jpg

Ni kenshi hajya humvikana abantu batandukanye mu miryango yubatse bakunda guhura n’ikibazo cyo kudashimishanya mu gihe cyo gutera akabariro. Ahanini biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo izo kudahuza mu rugo, cyangwa se ubumenyi bucye muri icyo gikorwa. Ni muri urwo rwego rero usanga hari abatwandikira bagisha inama kuri uru rubuga, abandi bakabicisha ku maradiyo cyangwa no ku […]

Umutoza wa Arsenal yavuze ko atarakura amaso ku gikombe

Arteta n'abakinnyi ba Arsenal ngo bizeye gutwara igikombe

Mikel Arteta utoza ikipe ya Arsenal, yasabye imbabazi abafana b’iyi kipe nyuma yo gutsindwa na Brighton 3-0, ariko akomeza kubaha icyizere ko amahirwe yo gutwara igikombe agihari. Avuze ibi nyuma y’uko Arsenal isigaje imikino ibiri gusa, naho Manchester City biryana isataburenge ikaba isigaje imikino 3 mbere y’uko Shampiyona igera ku musozo. Ni nyuma y’uko kandi […]

Shakira yisangiye uwamwigishije Icyongereza i Miami asiga Piqué

Shakira yagiye munzu yaguze 2001 i Miami

Umuhanzikazi Isabel Mebarak Ripoll wamenyekanye cyane Nka Shakira, yashyize intera hagati ye n’umukinnyi Gerald Piqué , aho yavuye mu mujyi wa Barcelona akimukira muri Leta zunze ubumwe za America mu mujyi wa Miamy. Uyu muhanzikazi, yimutse nyuma y’uko aherutse gutangaza ko yatandukanye n’uwari umugabo we Gerald Piqué.Mu gutandukana kwabo Shakira yashinjaga uyu mukinnyi kumuca inyuma […]

Nyaruguru: Ngendahayo yegukanye irushanwa rya Duathlon Nyaruguru ‘Race To Remember’

Mbere yo gutangira irushanwa, bashyize indabo ku rwibutso rw'abazize jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku biro by'akarere

Ngendahayo Jeremy yegukanye irushanwa rya “Duathlon” ryo kwibuka abakoraga siporo (sport) bazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akoze ibilometero 20 Km n’igare na 7,5 Km n’amaguru mu isaha imwe, iminota 12 n’amadakika 20 (1h12’20). Irushanwa ryabaye kuri uyu wa 13 mu karere ka Nyaruguru. Ni irushanwa ryateguwe n’ishyirahamwe rya Triathlon mu Rwanda rifatanyije n’akarere ka […]

“Ababana bose barashwana” Nyina wa Cristiano avuga ku mubano w’umuhungu we na Georgina

image_2023-05-12_135642601.png

Hashize iminsi,mu bitangazamakuru bitandukanye, havugwa umwuka utari mwiza hagati ya Cristiano Ronalido n’umugore we ko aba bombi baba batameranye neza.Ibi rero byamaganwe na Nyina w’uyu mukinnyi avuga ko nta zibana zidakomanya amahembe. N’ubwo yatangaje ibyo, yavuze ko uyu muhungu we uko abanye n’umugore nta kibazo kirimo ahubwo ngo abantu nibo bari kubitiza umurindi.Yahakanye amakuru yanavugaga […]

Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro isezereye Mukura VS

Ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera Mukura VS ku giteranyo cy’ibitego 4-3. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda yari yakiriye Mukura VS kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza warangiye amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1. Ni nyuma y’ubanza wabereye i Huye […]

Mu mwaka umwe abana b’abakobwa 500 baragurishijwe mu Burundi

image_2023-05-12_122816220.png

Mu gihe abatuye isi bakangurirwa, kurwanya icuruzwa ry’abantu by’umwihariko abana b’abakobwa,hari ibihugu bimwe na bimwe bikomeje kurangwamo ibyo bikorwa by’umwihariko igihugu cy’ubundi kikaba kivugwamo ubwiyengere bwo gucuruza abakobwa. Uduce tuza imbere tuvugwamo iri curuzwa ,ni muri komine Bugenyuzi intara ya Karusi, hashyira Uburasirazuba bw’Uburundi.Bivugwa ko abakobwa bacuruzwa bajyakunda kujyanwa mu bihugu by’ibituranyi birimo Tanzania. Imibare […]

Green Party yatoreye Dr Frank Habineza kuyihagararira mu matora ya Perezida muri 2024

Inama Nkuru y’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda [Democratic Green Party of Rwanda], yatoreye Depite Frank Habineza gukomeza kuyobora iri shyaka muri manda y’imyaka itanu iri imbere, yemererwa kuzahagararira iri shyaka mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Dr Frank Habineza usanzwe ari umudepite mu nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatorewe mu nama nkuru ya ririya […]

Zambia mu bihugu bifite abagabo basohorera ku mpinja ngo zirusheho gukomera

image_2023-05-12_103423428.png

Ikinyamakuru cyandikira kitwa Zambia Observer.com, cyanditse ko ubushakashatsi bwagaragaje ko gusiga uruhinja amasohoro birufasha gukomera mu buryo bw’igihagararo. MENDEZ Fernandez, umwe mu nzobere z’abaganga muri Zambia ashimangira ko tumwe mu duce two muri iki gihugu twatangiye gukurikiza umugenzo wo gusohorera ku mpinja zimaze igihe gito zivutse kuko ngo bizifasha gukomera mu buryo bw’umubiri. Uyu muganga […]

Umupolisi wa Uganda warashe mu cyico Umuhinde yateye Museveni kwibaza ibibazo 7

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yibajije ubugira karindwi, nyuma y’umupolisi uheruka kurasa mu cyico umugabo w’Umuhinde amusanze aho akorera. Ku manywa yo kuri uyu wa Gatanu ni bwo umupolisi wamenyekanye ku mazina ya Police Constable Wabwire Ivan yinjiye ahakorera ikigo cy’imari cyitwa TFS Financial Services, arasa mu cyico Umuhinde witwa Uttam Bhandari wari umuyobozi […]

RDC:Aborozi baherutse kwicirwa inka 400, bagaragaje ko byakozwe ingabo z’Abarundi zirebera

screen-shot-2023-05-13-at-07.48.13-750x375.png

Mu ntangiro z’iki Cyumweru dusoje nibwo mu binyamakuru bitandukanye no kumbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’inka zarashwe urufaya rw’amasasu bikaza kumenyekana ko ari iz’aborozi b’Abatutsi batuye mu gace ka Masisi muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo. Aya mashusho nta wabura kuvuga ko yari ateye ubwoba ku bayarebye, aho abagizi banabi bagaragaraga bamisha mu nka amasasu zigahita […]

Igisubizo cya Tshisekedi ku baturage be bakomeje kumusaba kuvana RDC muri EAC

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko nta gahunda afite yo kuvana igihugu cye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) nk’uko bamwe mu baturage be babyifuza. RDC ni umunyamuryango wa EAC kuva mu mwaka ushize wa 2022. Cyakora nyuma y’umwaka umwe iki gihugu cyemejwe nk’umunyamuryango wa karindwi w’uyu muryango, abenshi […]

Kenya:Mu bahitanywe n’inzara bategetswe na Pasiteri kwiyiriza ubusa habonetse indi mirambo 25

morebodies.jpg

Mu gihugu cya Kenya hakomeje gutahurwa imibiri y’abishwe n’inzara bategetswe na Pasiteri Makenzie kwiyiriza ubusa ngo kugirango bazahure na Yesu.Iyi mibare ikomeje gutumbagira kuko hongeye kuboneka indi mirambo 25 yiyongera kuyindi yarenganga 145. Kugeza ubu imibare igaragaza ko abamaze kuboneka ari 179, mu gihe abataraboneka ngo barenga 600.Itsinda ry’abashinzwe gusuzuma ibyateye impfu ,bavuga ko bakomeje […]

Bwa mbere Wema Sepetu yahishuye impamvu yatumye atera indobo Diamond Platnumz

Wema Isaac Sepetu uzwi muri sinema ya Tanzania, ku nshuro ya mbere yahishuye impamvu nyamukuru yatumye atandukana n’umuhanzi Diamond Platnumz bakanyujijeho mu rukundo. Wema na Diamond bakundanye hagati ya 2012 na 2014 mbere y’uko urukundo rwabo rugera ku iherezo. Uyu mukobwa mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo yitwa Manara TV yavuze ko bigitangira yakundanaga n’umuhanzi […]

Raporo ya muganga yemeje ko Karasira Aimable arwaye mu mutwe

Isuzuma rya muganga ryemeje ko Karasira Aimable afite uburwayi bwo mu mutwe nyuma y’uko asabye ko yasuzumwa akabyemererwa n’urukiko.Ubu burwayi afite ngo burakomeye bisaba ko akorerwa ibishoboka byose kugirango ubuzima bwe burusheho kumera neza. Iyi Raporo igaragaje ko Karasira arwaye, nyuma y’uko we n’abamwunganira, basabye ko yajyanwa kuvuzwa hakarebwa niba ari muzima cyangwa arwaye.Yabisabye ubwo […]

Ambasaderi wa USA yasabye imbabazi Afurika y’Epfo

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iki gihugu “yasabye imbabazi byeruye”, nyuma yo gushinja kiriya gihugu kugurisha intwaro u Burusiya. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo Ambasaderi Reuben Brigety yatangaje ko mu Ukuboza 2022 hari ubwato bw’u Burusiya bwavuye i Cape Town muri Afurika […]

Nyabugogo: Abarenga 10 bahanutse hejuru y’igorofa bashaka kureba Perezida Kagame

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko abantu 12 ari bo bakomeretse, nyuma yo guhanuka ku igorofa riri i Nyabugogo kubera umubyigano bishimira kureba Perezida Paul Kagame. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi ni bwo iyi mpanuka yabaye. Perezida Kagame wari uvuye gusura abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu karere ka Rubavu […]

Gahunda ya SADC yo kohereza Ingabo muri RDC yaba yatangiye kuzamo kidobya

Amakuru ava mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC), aravuga ko ibihugu biwugize bitavuga rumwe ku cyemezo cyo kohereza Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo SADC yafashe umwanzuro wo kohereza muri Congo ingabo zo kuhagarura amahoro. Ni umwanzuro wafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize […]

Hari abibaza uko igitsina cy’umugabo kigomba kuba kireshya! Sobanukirwa

41a905e9000005784631376imagea1651498189406340-703x422-1.jpg

abantu benshi bakunda kugira amatsiko y’ukuntu igitsina cy’umugabo nya mugabo kigomba kuba kireshya, nyamara igitsina uko cyaba kireshya kose gishobora gukoreshwa neza kandi kikagira umumaro. Gusa n’ubwo bimeze gutyo, ubushakashatsi bugaragaza ko igitsina cy’umugabo cyafashe umurego, kigomba kuba gipima nibura hagati ya Inshi(inchi) ya 5.1 na 5.5. Ubwo ni ukuvuga hagati ya (12.95-13.97 cm), nubwo […]

Mico The Best ntaraheba miliyoni hafi 8 frw amaze imyaka 10 yishyuza Diamond

capturell-3.png

Umuhanzi Mico The Best umaze imyaka itarimike mu ruganda rwa muzika y’u Rwanda, atangaza ko kugeza n’ubu atarakura amaso ku madolari 7620 Umuhanzi Diamond Platnums amaze imyaka 10 atarayamuha. Ibi byabaye mu ntangiro z’umwaka wa 2013, aho Mico yishyuye uyu muhanzi amafaranga mu byiciro bitandukanye ngo yitabire igitaramo cye cyari kubera i Gikondo ,ariko birangira […]

Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije: P. Kagame ahumuriza ab’i Rubavu

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yijeje ubufasha bwihuse abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza biheruka kwibasira ibice bitandukanye by’igihugu, abasezeranya ko Leta yiteguye gukora ibishoboka byose ikabasubiza mu buzima busanzwe. Umukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi, ubwo yari yasuye abaturage bo mu karere ka Rubavu kari mu twibasiwe n’ibiza biheruka guhitana abantu […]

Umurundi ari gushakishwa uruhindu nyuma yo kwica abana be abakase amajosi

Umugabo w’umurundi witwa Bucumi, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano, nyuma y’uko yishe abana be babiri abakase amajosi ahita atoroka. Mu majyaru y’Uburundi mu ntara ya Kayanza muri komini ya Gatara , niho habereye iyi sanganya, aho uyu mugabo yishe abana be babiri umwe ufite imyaka 6 n’undi ufite imyaka 4 ahagana saa cyenda zo mu rukerera […]

UPDF yemeje ko FDLR ari yo yarashe amagana y’inka ziheruka kwicirwa i Masisi

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangaje ko umutwe wa FDLR ari wo uheruka kwica amagana y’inka ziheruka kurasirwa i Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ku mbuga nkoranyambaga hamaze igihe hakwirakwizwa amafoto y’imirambo y’inka nyinshi bigaragara ko zishwe zirashwe. Inka zibarirwa muri 200 z’aborozi bo muri Masisi ni zo zarashwe mu ntangiriro z’uku kwezi. Ingabo za […]

Jose Mournho yaba agiye kwerekeza muri PSG?

Mourinho ari mu bihe byiza

Jose Mourinho , wubatse izina mu makipe atandukanye ku mugabane w’iburayi , biravugwa ko ashobora kwerekeza mu ikipe ya Paris Saint Germain yo mu gihugu cy’Ubufaransa. Ni nyuma y’uko iyi kipe ikomeje kudatanga umusaruro ufatika, ikindi kandi nuko ishaka kuzatwara igikombe cya Champions League.Kuzana Mourinho rero ngo nk’umutoza ufite inararibonye ngo bizongera gufasha iyi kipe […]

Bernard Membe yapfuye, Perezida Samia ashengurwa n’urupfu rwe

Bernard Kamilius Membe wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania, yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi. The Citizen yanditse Membe wari ufite imyaka 69 y’amavuko yaguye mu bitaro by’i Dar es Salaam aho yaherukaga kujya kuvurizwa. Intandaro y’urupfu rwe ntiyahise itangazwa. Bernard Membe yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania haagati ya 2007 […]

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwica abantu 20 akabajugunya mu mugezi

Saheed Wasiu, yafashwe amaze kwica abantu 20

Umusore witwa Saheed Wasiu, uzwi nka K-Federal, yatawe muri yombi n’igipolisi cyo muri Nigeria nyuma y’uko yishe abantu bagera kuri 20 akabajugunya mu mugezi witwa Osun River. Yemisi Opalola , umuvugizi w’igipolisi , yavuze ko uyu musore yari yarashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa ariko akajya aca mu rihumye inzego z’umutekano kugeza ubwo afashwe.Ubusanzwe ngo yabarizwaga mu […]

Nyaruguru: Abasoromyi b’icyayi n’ubuyobozi bw’uruganda ntibavuga rumwe

Abasoromyi b’icyayi cy’uruganda rwa Mata mu karere ka Nyaruguru ntibahuza imvugo n’abayobozi babo ku bijyanye n’amasezerano y’akazi bose bemera ko bashyizeho imikono. Abasoromyi bavuga ko buri mwaka bashyira umukono ku masezerano y’akazi ariko ngo nta musoromyi n’umwe uhabwa kopi (copie) yayo. Na ho ubuyobozi bukavuga ko umusoromyi wese washyize umukono ku masezerano yahawe kopi yayo […]

FARDC yaba irimo gutegura ibitero simusiga kuri M23

Umutwe wa M23 watangaje ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri gutegura kuwugabaho ibitero simusiga bitarenze mu kwezi gutaha kwa Kamena. Ni ibyatangajwe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka; mu itangazo yasohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi 2023. Uyu mutwe umaze igihe warahagaritse imirwano n’Ingabo za Repubulika Iharanira […]

Jose Chameleone mu mazi abira!Dossier y’uwapfiriye mu rugo rwe ishobora kumuhagama

Umuhanzi Chameleone ari mu mazi abira nyuma y’uko umuryango wa Robert Karamagi, uhagurukije Dossier yo Cameleone ashinjwamo kugira uruhare mu rupfu rwa Robert. Uyu muryango wa Robert ni ubwa gatatu wubuye iki kirego nyuma y’imyaka 11, ishize cyarasubitswe aho ngo nta bimenyetso byari bihari bihagije bigaragaza ko Chameleone yagize uruhare muri urwo rupfu rwa Robert […]

Ni ibiki Igisirikare cya RDC cyasabye icya Indonesie nyuma y’uruzinduko rwa Bemba?

Ku wa Kane tariki ya 11 Gicurasi Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba Gombo, yagiriye uruzinduko rugamije gushakira amaboko FARDC mu gihugu cya Indonesie. Amafoto yagiye hanze yerekana uyu wahoze ari inyeshyamba ari mu nganda zikora intwaro zitandukanye zirimo urwa PT Pindad na PT Dirgantara Indonesia zombi ziherereye mu mujyi […]

Ramaphosa yemereye RDC Ingabo zo kuyifasha kwivuna abarimo M23

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, yijeje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ingabo zo kuyifasha kwigobotora imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwayo. Ramaphosa yijeje RDC izi ngabo muri iki cyumweru, ubwo yari i Windhoek muri Namibia ahaheruka kubera inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa SADC yigaga kuri Congo. Yagize ati: “Afurika y’Epfo yiteguye gutanga […]

Gukora imibonano ku mugore uri mu gihembwe cya kabiri cyo gutwita biraryoha cyane

jes2u.photo_-910bb799fa394a9e90a6ab668a3c70f8.jpg

Bisanzwe bimenyerewe ko umugore atwita amezi 9, bisobanuye ko muri ayo mezi iyo uyagabanyije mu bihembwe usanga umugore atwita ibihembwe 3. Muri ibyo bihembwe byose , umugore ufite umugabo aba yemerewe kuba yakora imibonano mpuzabitsina mu gihe yumva nta nkomyi , yumva afite ubushake. Mu gihembwe cya mbere ubwo ni ukuvuga amezi atatu ya mbere […]

Wari uziko kurya vubavuba byagutera isepfu? Dore ibindi biyitera n’uko yayihagarika

Abantu benshi usanga bagira ikibazo cyo gusepfura ariko ntibamenye uko bashobora kwivura.Ubundi kugirango umuntu asepfure biba byaturutse ku mihindagurikire y’umubiri aho usanga igice kitwa Diaphragm gisa ni kifunze bityo umwuka ukabura aho unyura. Gusepfura biterwa n’impamvu zikubiye mu mu buryo bubiri: Hari uburyo bwo mu bigaragara inyuma no mu buryo bw’imitekerereze. Mu buryo bwo mu […]

Umukinnyi wa APR FC yasabye imbabazi umusifuzi yadomye umutwe

Mugisha Bonheur ‘Casemiro’ ukina hagati mu kibuga mu kipe ya APR FC, yasabye imbabazi umusifuzi Ishimwe Didier nyuma yo gukoreshwa n’umujinya bikarangira amukubise umutwe. Byabaye kuri uyu wa Gatatu mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro APR FC yaguyemo miswi na Kiyovu Sports igitego 1-1. Kwitonda Alain’Bacca’ ni we wafunguriye APR FC ku gitego […]

Gakenke: Habarurema waherukaga kugwirirwa n’ikirombe yatabawe ari muzima

Umusore witwa Habarurema waherukaga kuburirwa irengero nyuma yo kugwirwa n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro yacukuraga, yabonetse kuri uyu wa Kane ari muzima. Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 10 Gicurasi ni bwo uyu musore w’imyaka 23 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe kiri mu murenge wa Ruli. Ni ikirombe bivugwa ko gifite uburebure bwa metero ziri hagati ya […]

Kenya:Havumbuwe indi mirambo 12 y’abategetswe kwiyiriza ubusa ,abamaze gupfa bose ni 145

4b31df4dc5f2dc23.jpg

Imibare y’abakirisitu bapfiriye mu ishyamba rya Shakahora ikomeje gutumbagira nyuma y’aho kuri uyu wa Gatatu habonetse indi mirambo 12 yiyongera ku 133 yari yarabonetse. Igikorwa cyo gukomeza gushakisha abapfiriye muri iryo shyamba, ntikigeze gihagarara kuko buri gihe niko hakorwa iperereza ababonetse bagasuzumwa ngo harebwe koko niba ari inzara yaturutse ku kwiyiriza ubusa. Kuri uyu wa […]

Inzuki zigeze kwica abantu 1000, zigabije abarokotse impanuka ya bus hafi kubica

busi yaguye ahari inzuki

Abantu 6, barimo umugore n’umwana we we w’imyaka 8 , bitabye imana nyuma y’uko imodoka (Bus),ihirimye mu kibaya cyari kirimo inzuki abasigaye zibahundagaraho. Mu ntangiro z’iki cyumweru, nibwo muri Nicaragua, habereye isanganya ubwo bus y’abanyeshuru yari itwaye abarenga 20, yataye umuhande imanuka mu kibaya cyari kirimo inzuki zikomoka muri afurika zirabigabiza zirabarya hafi kubura ubuzima. […]

Col Doumbouya yirukanye Gén Sadiba Koulibaly nyuma y’amasaha 24 amugize Minisititi

Colonel Mamadi Doumbouya uyoboye Guinée-Conakry mu buryo bw’inzibacyuho yirukanye ku mirimo Gén Sadiba Koulibaly, nyuma y’amasaha 24 amugize Minisititi. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 09 Gicurasi ni bwo Doumbouya yari yagize Gén Koulibaly Minisitiri ushinzwe iterambere ry’imijyi ndetse n’imiturire. Byari nyuma yo kumwambura inshingano z’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Guinée akamusimbuza Général de […]

Icy’Amahoro: Rayon Sports yabirinduye Mukura, APR FC na Kiyovu rubura gica

Ikipe ya APR FC yaguye miswi na Kiyovu Sports igitego 1-1, mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza w’Igikombe cy’Amahoro amakipe yombi yari yahuriyemo kuri uyu wa Gatatu. APR FC yari yakiriye Rayon Sports mu mukino w’agapingane wabereye kuri Stade ya Bugesera. Ni umukino watangiranye no gusatirana ku mpande zombi, bisaba umunota wa 23 w’umukino ngo […]

Yolo The Queen, Ikimenyetso ku buhehesi bivugwa ko Hamonize yigishijwe na Diamond

Umuhanzi Harmonizer, uzwi cyane nka Konde Boy, aravugwaho kuzamura urwego mu gukunda abagore nyuma y’uko yamaze igihe kinini mu biganza by’umuhanzi Diamond Platinums nawe ujya avugwaho ubuhehesi bukabije. Mu minisi ishize nibwo ku binyamakuru bitandukanye, hakwirakwiye amakuru y’uko Harmonizer yatandukanye n’uwari umukunzi we Kajala Fridah ndetse uyu muhanzi anasiba Tatto yari yarashyize ku mubiri we […]

DRC:Abana babiri batoraguwe bareremba hejuru y’ amazi yahitanye ababyeyi babo

f2478b00-ef15-11ed-a142-ab0e42bfd9c3.jpg

Muri kivu y’Amagepfo muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa inkuru y’abana babiri batoraguwe n’abagiraneza ubwo babasangaga bareremba hejuru y’amazi. Ababatabaye bavuze ko babasanze ku nkombe z’ikiyaga cya cyivu, Bikaba bivugwa ko bashobora kuba bari bahamaze nibura iminsi itatu bareremba hejuru y’amazi. Delphin Birimbi ukuriye société civile muri Kalehe yabwiye BBC dukesha iyi nkuru, ko […]

Inkende yatawe muri yombi yambikwa amapingu izira gusakambura inzu

Inkende yatawe muri yombi isakambura inzu

Ku mbuga nkoranyambaga , hakomeje gusakara amafoto y’inkende yatawe muri yombi izira gusakambura amabati yari asakaye ku nzu. Mu mashusho yafashwe agaragaza inkende yari iri hejuru y’inzu ifite umujinya ari nako igenda ikura amabati hejuru y’inzu y’umuturage.Ushinzwe gucunga umutekano kuri iyo nzu akimara kubona ibiri kuba yahise afata iyo nkende ayambika amapingu. Amakuru avuga ko […]

Patrick washinjwe gufata kungufu mu 1994 yagizwe umwere nyuma yo gufungwa imyaka 29

Ibyishimo byari byinshi kuri Patrick ndetse n'inshuti n'abavandimwe

Umugabo witwa Patrick Brown ubarizwa muri Leta ya Louisiana mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Leta Zunze ubumwe za Amerika,yarekuwe n’urukiko kuri kuri uyu wa mbere taliki 8 Gicurasi 2023, nyuma y’uko agizwe umwere ku cyaha cyo gufata ku ngufu. Uyu mugabo w’imyaka 49, ngo yasohotse muri Gereza nyuma yo kumaramo imyaka 29 aho yari yarakatiwe […]

Sergio Busquets yasezeye FC Barcelona yandikiyemo amateka

Umunya-Espagne Sergio Busquets yatangaje ko azatandukana na FC Barcelona ubwo umwaka w’imikino wa 2022/23 uzaba urangiye, nyuma y’imyaka 15 ayikinira. Iyi kipe y’i Catalunya yemeje aya makuru binyuze mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo. Ni amashusho Busquets agaruka ku bihe byiza yagiriye muri Barà§a kuva ayigezemo akiri umwana muto kugeza urugendo rwe nk’umukinnyi wayo […]

Turahirwa Moses yemereye urukiko ko yamaze imyaka hafi 2 anywa urumogi

Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli ya Moshions, yemereye imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge, avuga ko yamaze imyaka igera kuri ibiri arunywera mu Butaliyani aho yabaga. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Gicurasi ni bwo Turahirwa yagejejwe imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiye kumuburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. […]

Umuraperi Riderman yararozwe akajya aruka amaraso ariko aryumaho

16ba72172e6a4f1de54d11ab6967e371.jpg

Umuraperi Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman yatangaje ko bigeze kumuroga ariko arabiceceka bimenywa n’abari bamuri hafi gusa. Kumenyekana kw’aya makuru byatunguranye kuko usanga akenshi bimenyerewe ko iyo hagize ikintu runaka kiba ku byamamare runaka, usanga bihita bikwirakwira hose, byaba kumaradiyo cyangwa ku mbuga nkoranyambaga. Aya makuru Riderman yayashyize hanze, mu mpera zicyumweru gishize aganira na […]

Col Doumbouya yirukanye Gén wari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’igihugu cye

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Colonel Mamadi Doumbouya, yirukanye ku mirimo Gén Sadiba Koulibaly wari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Igihugu cye. Itangazo rivana Gen Koulibaly ku mirimo ryasomewe kuri Televiziyo y’Igihugu mu ijoro ryakeye. Uyu musirikare yahise asimburwa na Général Ibrahima Sory Bangoura wari umaze umunsi umwe avanwe na Perezida Doumbouya […]

Acide itera ikirungurira iturukahe?

image_2023-05-09_083325983.png

Ni kenshi mujya mwumva umuntu avuga ko arwaye ikirungurira ariko hakaba hari n’ababyumva ntibamenye ibyaribyo kuko batarakirwaraho. Ubundi umuntu urwaye ikirungurira biba byatewe n’aside (Acide) izamuka mu gifu hakazamuka ibintu bisharira kandi bisa n’ibitwika umuhogo umuntu akumva atameze neza. Kugirango iyo Acide izamuke ahanini biba byatewe n’uko igice gihuza umuhogo n’igifu cyiba cyagize ikibazo bikabangamira […]

Se wa Messi yagize icyo avuga ku makuru yerekeza umuhungu we muri Al Hilal

Jorge Messi usanzwe ari se wa Lionel Messi ndetse akaba ari na we ushinzwe gukurikirana inyungu ze, yatangaje ko nta kipe iyo ari yo yose umuhungu we aremerera ko azayerekezamo mu mpeshyi y’uyu mwaka. Ni ibikubiye mu itangazo uyu musaza yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09 Gicurasi 2023. Yagize ati: “Rwose nta kintu […]

Lionel Messi mu nzira zisanga Cristiano muri Soudi Arabia

image_2023-05-09_054202159.png

Amakuru akomeje gucicikana mu mikino , ni uko Lionel Messi agiye kwerekeza mu gihugu cya Soudi Arabia mu kwezi kwa Nyakanga . Amakuru yamaze kwemezwa ko Messi yasinye amasezerano ya miliyoni 522 z’amayero (EURO),ngo yerekeze mu ikipe ya Al nassr isanzwe ikinamo Cristiano Ronaldo. Ni nyuma y’uko mu minsi ishize yari yahagaritswe na Paris Saint […]

Undi muyobozi muri FERWAFA yeguye, hatumizwa Inteko rusange idasanzwe

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutumiza Inteko rusange izahuza abanyamuryango baryo; bikaba byitezwe ko izaseserezwamo Komite nyobozi kuri ubu iyoboye ririya shyirahamwe. Iyi nteko rusange izaterana ku Cyumweru tariki ya 15 Gicurasi 2023, ikazabera muri LEMIGO Hotel ku Kimihurura. FERWAFA yatumijeho abanyamuryango bayo nyuma y’iyegura rya Inspector of Police Umutoni Claudette wari usanzwe […]

Yakodesheje umwicanyi ngo yice abana be atazagira uwo aha ku mitungo

Umugore wakodesheje umwicanyi yafatiwe mu cyuho

Minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu cy’Uburusiya , yemejwe itabwa muri yombi ry’umugore w’umupfakazi wakodesheje umwicanyi kabuhariwe kugirango amwicire abana be batatu bityo ntazagire uwo araga imitungo. Police yo mu gace ka Krasnoyarsk, ikimara kumenya ayo makuru ngo yahise imuta muri yombi nyuma yo kwishyura umwicanyi amafaranga ya mbere mu gihe andi yari kuyamuha umugambi yacuze […]