Umwami Charles III na Boris Johnson baba baratonganiye i Kigali

Umunyamakuru Guto Harri wahoze ari umuyobozi ushinzwe itumanaho mu biro bya Boris Johnson, yahishuye ko uyu wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatonganye n’umwami Charles III wa kiriya gihugu bapfa amasezerano yerekeye kwakira abimukira u Rwanda rwasinyanye n’u Bwongereza. Aba bombi ngo batonganiye i Kigali muri Kamena umwaka ushize, ubwo bari bahitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu […]

Dore ibihugu 10 by’Afurika bifite abaturage benshi banywa urumogi

Ibibihugu byinshi ku isi ntabwo byemerewe kunywa ibiyobyabwenge by’umwihariko ikiyobyabwenge cy’urumogi. Ikoreshwa ry’urumogi hari ibihugu bimwe bibyemerewe ariko bigakorwa hatanzwe uburenganzira ariko hari n’ibindi bihugu bifite abaturage barunywa bitemewe ugasanga babikora bacungana na Leta. Mu bihugu bya Afurika, harimo ibifite abaturage benshi bakoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi aho usanga ibarurishamibare ryabo iri hejuru cyane ugereranyije n’ibindi bihugu. […]

Martin Fayulu arashinja Tshisekedi kumwibira ibirego ashyira kuri Kagame

Umunyapolitiki Martin Fayulu, arashinja Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa batavuga rumwe kumwiba imvugo ikubiyemo ibirego bombi bamaze igihe bashyira kuri Perezida Paul Kagame. Hashize igihe kirekire Fayulu ashinja Perezida Paul Kagame kuba afite umugambi wo gucamo ibice Congo Kinshasa; ndetse uyu mugabo ari mu babaye inkomarume mu kwenyegeza ibirego by’uko u Rwanda rwaba […]

Drake yahishuye igihugu cyo muri Afurika afitemo inkomoko

Drake yagaragaje ko afite inkomok muri Africa

Umuhanzi Drake ukorera umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko afite amaraso yo muri Afurika mu gihugu cya Nigeria. Aubrey Drake Graham uzwi nka Drake, abinyujije kuri ku rubuga rwa Instagram yahishuye ko 30 % by’inkomoko ye ari muri Nigeria. Uyu muraperi ifoto yeretse abakunzi be (Screen shot) yagaragaje ko se umubyara […]

Cristiano ngo abarabu baramushutse asimbuza ibyishimo bye amafaranga

image_2023-05-08_055008430.png

Umukinnyi Cristiano Ronaldo, bikomeje kuvugwa ko ashobora kuva mu ikipe ya Al nassr akagaruka mu ri shampiona y’Ubwongereza cyangwa agasubira muya espagne. Impamvu nyamukuru ishobora gutuma ava muri iyi kipe yo muri Soudi arabia, ngo nuko atisanzurara. Umunya brazil Livaldo, wakanyujijeho mu makipe atandukanye arimo nka Real Madrid, yavuze ko Ronaldo yashutswe na kontaro ibyibushye […]

Kivu y’Amajyepfo: Abishwe n’ibiza barenze 400, abarenga 4,000 baburirwa irengero

Abantu barenga 400 ni bo bimaze kumenyekana ko bahitanwe n’imyuzure yatewe n’imvura idasanzwe iheruka kwibasira agace ka Kalehe ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo; mu gihe abarenga 4,000 bakomeje kuburirwa irengero. Iyi mvura idasanzwe yaguye ku wa Kane w’icyumweru gishize. Sosiyete Sivile yo muri Kivu y’Amajyepfo yatangaje ko imirambo y’abantu barenga 400 ari yo kugeza […]

Nkore iki? Nsigaye nkunda imibonano kuburyo numva naba indaya itishyurwa

image_2023-05-08_031225263.png

Umukunzi wacu yatwandikiye adusaba inama nyuma y’uko yashatse umugabo ari isugi ariko nyuma akaba asigaye akunda imiboinano kugeza ubwo ngo yumva yumva yaba indaya. Yagize ati”nitwa Samila(Izina ntabwo ari irye bwite), ntuye i Nyamirambo ku mumena,iwacu twavutse turi umuryango wifashije ariko unasenga .Twakuze dutoza kubaha no kutiyandarika kugeza ubwo nashatse umugabo nkiri isugi. N’ubwo nari […]

Urupfu rw’umunyamakuru Isma rwatumye Bobi Wine ashinja Museveni intege nke

Umuhanzi Bobi Wine arashinja leta ya Uganda iyobowe na Perezida Museveni kugira intege nke, nyuma y’urupfu rwa Tusubilwa Ibrahim Isma Olaxess uzwi nka Isma Olaxess cyangwa Jajja Iculi. Uyu Jajja yishwe mu mpera z’icyumweru dusoje, nyuma y’uko arasiwe mu modoka n’abantu bataramenyekana kugeza ubu. Hakimara kumenyekana ayo makuru, Bobi Wine usanzwe ari umuhanzi akaba anabarizwa […]

Gen Sadiba Koulibaly yahishuye icyatumye Col Doumbouya yirukana intasi nkuru ya Guinée

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Guinée-Conakry, Gen Sadiba Koulibaly, yasobanuye impamvu Col Mamadi Doumbouya uboye kiriya gihugu mu buryo bw’inzibacyuho aheruka kwirukana abarimo uwari ukuriye ubutasi bwa gisirikare. Mu mpera z’ukwezi kwa Mata ni bwo Colonel Doumbouya yirukanye ku mirimo Lt Col Ismael Keita wari ukuriye ubutasi bwa gisirikare. Icyo gihe ntihatangajwe amakosa uyu musirikare yari […]

Ibipfunsi byavugije ubuhuha hagati y’abadiplomate b’Uburusiya na Ukraine

image_2023-05-06_080456174.png

Muri Turukiya ku kicaro cy’inteko ishingamategeko y’ibihugu bikora ku nyanja y’Umukara , bihuriye mu muryango PABSEC ifite ikicaro, habereye imirwano yashyamiranyije abadiporomate b’Ububurusiya ndetse naba Ukraine. Ni inama yari yahuje ibihugu bihuriye muri uwo muryango hagamijwe kwiga ku iterambere ry’ubukungu bihuza ibyo bihugu kuri uyu wa kane. Ibyari inama byaje gutungurana bihinduka imirwano njyarugamba, aho […]

Zari yashimagije Shakib amurutisha abandi bagabo bose bamurongoye

image_2023-05-06_061045826.png

Zari Hassan yashimagije Shakib Lutaya uherutse kumwambika impeta nyuma y’uko bari bamaze hafi imyaka ibiri bari mu rukundo. Zari yarutishije uyu Shakib abandi bagabo yabanye nabo , kuko ngo we yakoze ibyo batamukoreye birimo kumwambika impeta , nk’ikimetso cy’urukundo amufitiye.Ibi rero ngo bimusunikira kukumukunda kuruta abandi. Umwe muri abo ngo uyu Shakib aruta, ni Ivan […]

Umwami Charles III w’u Bwongereza yimikiwe imbere y’abarimo Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06 Gicurasi, yitabiriye umuhango wo kwimika umwami Charles III w’u Bwongereza. Ni umuhango wabereye ahitwa Westminster Abbey i Londres. Umwami Charles III wambitswe ikamba ry’ubwami na Musenyeri wa Canterbury, Justin Welby; yimikanwe n’umwamikazi w’u Bwongereza, Camilla. Umwami Charles III nyuma yo kwimikwa yarahiriye kuyoborana abaturage “ubutabera […]

Leta yagaragaje isomo u Rwanda rwigiye ku biza biherutse guhitana abantu 131

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange

Mu ntangiro z’uko kwezi kwa Gicurasi 2023, nibwo hamenyekanye amakuru y’abantu bahitanywe n’ibiza by’imvura byibasiye tumwe mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, Amajyaruguru ndetse n’uburengerazuba. Ni amakuru y’incamugongo kuko imibare y’abantu babuze ubuzima yagiye imenyekana ihereye ku bantu 52 ariko uko amasaha yagiye azamuka kugeza ubu ikaba ibarirwa muri 131 ariko umwe akaba akomeje gushakishwa […]

Zabyaye amahari hagati y’u Burusiya n’abacanshuro ba Wagner

Umutwe w’abacancuro wa Wagner watangiye gusubiranamo na Leta y’u Burusiya ushinja kudaha abarwanyi bawo boherejwe mu ntambara yo muri Ukraine intwaro zihagije. Wagner imaze igihe ifasha Ingabo z’u Burusiya mu ntambara zimaze umwaka n’amezi atatu zirwanama n’iza Ukraine. Umuyobozi wa Wagner, Yevgeny Prigozhin, ku wa Gatanu yatangaje ko bitarenze tariki 10 Gicurasi azakura abarwanyi be […]

Abadashyigikiye ubwami mu Bwongereza batangiye kwigaragambya

Hari abadashaka ingoma ya cyami mu Bwongereza

Mu gihe habura amasaha abarirwa ku ntoki ngo umwami Chales wa III arahire ku mugaragaro, abadashyigikiye ubwami batangiye kwigaragambya. Ni umuhango wari utegerejwe n’abatari bacye, aho abaturage benshi batangiye gukikiza imihanda umwami ari bunyuremo ajya mu rusengero i Westminster Abbey aho ari burahirire. Abadashyigikiye ubwami nawe bariraye ku ibaba aho bafite ibirango bigaragaza ko batabyishimiye.Ni […]

Ne-Yo asaba kuba se w’abana yabyaranye n’umugore wamusenyeye

Crystal Renay Williams wari umugore wa Ne-Yo

Umuhanzi Ne-Yo wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika arasaba kuba Se w’abana be 2 bato yabyaranye n’umugore wabaye imbarutse yo gutandukana n’uwo bari barashakanye. Ne-Yo yasabye ubutabera ko bwamuhesha uburenganzira akagira ububasha bwo kurera abana be yabyaranye na Sade. Abana Nyeyo yabyaranye na Sade ni Braiden na Brixton, ariko akaba yarababyaye abanaga n’uwahoze ari […]

Kambogo Ildephonse wari Meya wa Rubavu yegujwe

Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yafashe icyemezo cyo kweguza Kambogo Ildephonse wari umaze umwaka n’igice ari Umuyobozi w’akarere ka Rubavu. Amakuru yizewe BWIZA yamenye ni uko njyanama ya Rubavu yateranye saa tanu z’ijoro ryakeye; mbere yo gufata icyemezo cyo kweguza Meya Kambogo mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Uwahaye amakuru iki gitangazamakuru yavuze ko […]

Rayon Sports na APR FC zaba zashoye imari muri Musanze FC ngo ihagame Kiyovu Sports

Abakinnyi b’Ikipe ya Musanze FC biravugwa ko bamaze gushyirirwaho akayabo ka Frw 600,000 kugira ngo bateshe amanota Kiyovu Sports. Kuri iki Cyumweru ni bwo Musanze FC izakira Kiyovu Sports kuri Stade Ubworoherane, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona. Ni umukino utegerejwe na benshi yaba abakunzi ba Musanze FC, aba Kiyovu Sports, Rayon Sports na […]

Leon Goretzka yashinje Haaland kwicisha abakinnyi ba Bayern Mà¼nich imisuzi

Leon Goretzka ukinira ikipe ya Bayern Mà¼nich yo mu Budage, yashinje rutahizamu Erling Haaland wa Manchester City kwifashisha imisuzi nk’intwaro yo gutuma bagenzi be batamufata mu kibuga. Uyu mukinnyi wo hagati mu kibuga yashinje uriya rutahizamu w’umunya-Norvège kugaragaza iriya myitwarire mu mikino ya ¼ cy’irangiza cya UEFA Champions league Man City yasezereyemo Bayern Mà¼nich ku […]

Kivu y’Amajyepfo: Abarenga 200 bishwe n’imyuzure, abakabakaba 100 baburirwa irengero

Abantu babarirwa muri 200 bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitabye Imana, nyuma y’imyuzure yatewe n’imvura idasanzwe iheruka kwibasira intara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni amakuru yemejwe na Guverineri w’iyi ntara, Théo Ngwabidje. Imvura idasanzwe yaguye ku wa Kane tariki ya 04 Gicurasi muri Teritwari ya Kalehe ho muri Kivu y’Amajyepfo, yatumye imigezi […]

Lionel Messi yasabye imbabazi PSG na bagenzi be

Lionel Messi yasabye imbabazi ikipe ya PSG na bagenzi be bakinana muri iyi kipe yo mu Bufaransa, nyuma yo kujya muri Arabie Saoudite nta ruhushya yabiherewe n’ikipe bigatuma asiba imyitozo yo ku wa Mbere w’iki cyumweru. Messi yasabye imbabazi binyuze mu mashusho yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram. Ati: “Nifuje gukora iyi videwo nyuma y’ibyabaye […]

Umugabo ushaka gushimisha umutima w’umugore wawe azakore iki kintu

1000_f_219773014_8nu3mo0iyggtqk17wwvlusio5eewfzke.jpg

Mu buzima busanzwe hari abagabo bazi gukunda cyane ndetse bakaba bakwemera gukora muri kimwe cyose ariko kugirango abakunzi cyangwa abagore babo bishime. Gusa hari n’abandi bapfa kubona bagejeje umugore mu rugo ntibongere kubitaho bityo ugasanga urugo rurasenyutse. Nkuko hari inshingano umugore asabwa kuzuza ni nako umugabo agomba kuzuzuza, gusa kuri iyi nshuro reka turebe bimwe […]

Bahavu yariye karungu, arasaba inzego kumuhesha imodoka yatsindiye

Imodoka Bahavu yahembwe ntiyayihabwa

Ukwezi kurenga, kurihiritse Bahavu Jeanette atabonye imodoka yatsindiye mu bihembo byatanzwe na Rwanda international Movie Award. Iyi modoka yayitsindiye ubwo yari mu bakinnyi batoranyijwe mu guhatanira igihembo ku mukinnyi wa cinema watsinze muri buri cyiciro cyashyizweho, aza gutsindira igihembo cy’umukinnyi mwiza watoranyijwe na rubanda(People’s choice). Ni igihembo Bahavu yatsindiye taliki taliki ya 1 Mata 2022, […]

Ed Sheeran yatsinze uwamushinje kwigana indirimbo ya Marvin Gaye

capturebbbbb.png

Umuhanzi Ed Sheeran yatsinze urubanza yarezwemo n’uwafashije kwandika indirimbo ‘Let’s Get It On” ya Marvin Gaye ko yashishuye injyana yayo ubwo yakoraga indirimbo ‘Thinking Out Loud’ mu 2014. Kuri uyu wa kane nibwo inteko y’urukiko rwo muri Manhattan, rwanzuye ko Ed Sheeran , yatsindiye indirimbo ye rugaragaza ko nta hantu na hamwe bigaragara ko yashishuye. […]

Bruce Melody yikije ku ishyari yagiriye Christopher asembuwe na Ama G

Bruce Melody

Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melody mu muziki yahishuye uko yigeze kugirira ishyari umuhanzi Christophe abitewe n’uko yabonaga ari gutumbagira mu bushorishorishori. Mu kiganiro uyu mugabo ubwo yaganiraga n’umunyamakuru M.Irene, yabajijwe impamvu atajya ajya mu bintu by’amashyari avuga ko mu gihe kimwe yigeze kurigira asembuwe na mugenzi we Ama G the Black aho yajyaga amubwira […]

Neymar yaciye amarenga ko umusaraba PSG ihetse, ari uko yimitse Mbappe

agencia-efe_multimedia_55010692278.multimedia.photos.55010692278003_file.jpg

Neymar da Silva Santos Jàºnior, muri iyi minsi we na mugenzi we Lionel Messi ntibamerewe neza muri ibi bihe bashinjwa kudatanga umusaruro mu ikipe ya Paris Saint Germain. Mu ijoro rishyira iryo kuri uyu wa Kane, nibwo igihiriri cy’ abafana b’ikipe ya Paris Saint Germain bagiye aho aba bakinnyi batuye baririrmba indirimbo zikubiyemo amwe mu […]

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza baganiriye kuri Congo, Sudani na Ukraine

Perezida Paul Kagame yaraye agiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; baganira ku ngingo zirimo amakimbirane yo muri Sudani na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibiganiro by’abayobozi bombi byabereye ahitwa 10 Downing Street i Londres. Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe Sunak “baganiriye ku ngingo zitandukanye zirimo iy’abimukira ndetse […]

Perezida Kagame yagiye kwimika umwami Charles III w’u Bwongereza

Perezida Paul Kagame na Madamu we Jeannette Kagame, bari i Londres mu Bwongereza aho bitabiriye umuhango wo kwimika umwami Charles III wa kiriya gihugu. Ni umuhango uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 06 Gicurasi 2023. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri Twitter byatangaje ko Perezida Kagame nyuma yo kugera mu Bwongereza yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’Iki […]

FARDC irashinjwa kwicira abasivile batari bake mu gace ka Kizimba

Umutwe wa M23 washinje Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwicira abasivile mu gace ka Kizimba ho muri Teritwari ya Rutshuru, usaba inzego zitandukanye gukora iperereza kuri ubu bwicanyi. Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yamaganye ubu bwicanyi mbere yo gusaba abaribo EJVM, Urwego rushinzwe gucukumbura ibibazo […]

Muri Gatsibo ngo hari abatizanya udukingirizo twakoreshejwe

agakingirizo-1-e1502831978560.jpg

Mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Kiramuruzi mu ntara y’ i Bururasirazuba , haravugwa bamwe mu bakoresha udukingirizo bamara gukora imibonano mpuzabitsina bakadutiza bagenzi babo nabo bakadukoresha muri icyo gikorwa. Impamvu igarukwaho ngo n’uko hari ubucye bw’udukingirizo aho usanga udukeneye agenda ibilometero hafi 3 kugirango agere aho tugurirwa. Abaganiriye n’umunyamakuru wa radiotv10, bavuga ko […]

Emir wa Qatar yafashe mu mugongo Perezida Kagame

Umuyobozi w’Ikirenga w’igihugu cya Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani, yihanganishije Perezida Paul Kagame nyuma y’ibiza biheruka guhitana Abanyarwanda 130. Ubutumwa buri ku rubuga rw’Ibiro Ntaramakuru bya Qatar (QNA) buvuga ko “Nyakubahwa Emir Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani yihanganishije nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ku bw’abazize imyuzure yibasiriye u Rwanda, akifuriza abakomeretse […]

Miss Burundi 2023:Mu mafoto arenga 20, dore uburanga bw’abakobwa bantsinze ijongora rya 1

fvpvyvwx0aa5uke.jpg

Hashize iminsi micye mu Burundi batangije igikorwa cyo kwandika abakobwa bifuza kwitabira irishanwa rya nyampinga 2023. Mu biyandikishije uko ari 140 mu ijonjora ry’ibanze, 26 nibo bamaze kujonjorwa bakizatabira icyiciro gikurikiyeho. Igisonga cya mbere cya Miss Burundi kizagenerwa 2 500 000 Fbu, Igisonga cya kabiri kizagenerwa 2 000 000Fbu na ho umukobwa uzagaragaza ko ashyigikiwe […]

Rugongo na Point G, isoko y’uburyohe mu gihe cy’imibonano

image_2023-05-04_034124860.png

Akenshi abashakanye usanga bagera mu gihe cyo gutera akabariro ntibamenye uko bitwara ku buryo bishoboka ko bashobora no gukimbirana nyuma y’uko badafite ubwo bumenyi. Kuri iyi nshuro tugiye kurebera hamwe uburyo, bimwe mu bice by’umubiri w’umugore bishobora kuba imvano y’ibyishimo haba kuri we cyangwa umugabo mu gihe cyo gutera akababariro. Tugiye kwifashisha urubuga rwa medicalnewstoday.com […]

Rihanna yaciye kuri Katty Perry mu kurebwa cyane

rihanna-new-album-1664279838-list-handheld-0.png

Bowl Halftime Show , ni igitaramo gikomeye cyane kitabirwa n’abahanzi batandukanye, iki gitaramo cyashyizweho mu guherekeza NFL (National Football League) muri Amerika. Umuhanzikazi Rihanna kuri ubu niwe uri kuvugwa cyane kuko amaze kurebwa n;abasaga miliyoni 121.07 ahigitse Katy perry wari umaze igihe kuri uwo mwanya. Kuva mu myaka 5 Rihanna adakora igitaramo, muri gashyantare nibwo […]

Rayon Sports mu nzira zo gutakaza ba rutahizamu 2 igenderaho

Ba rutahizamu Leandre Essomba Willy Onana na Joackiam Ojera Rayon Sports isanzwe igenderaho, nta gihindutse bazerekeza mu makipe yo hanze y’u Rwanda nyuma y’uko umwaka w’imikino wa 2022/23 uzaba umaze kurangira. Ojera ukomoka muri Uganda na Onana w’umunya-Caméroun bari mu bakinnyi Rayon Sports isigaye igenderaho cyane; ndetse ni bo baza ku isonga mu kugira uruhare […]

Umutekano w’igifu cyawe wawucunga wirinda ibi biribwa cyangwa ukabigabanya

foods-to-avoid-when-youre-having-digestive-problems-04-1440x810_1_.jpg

Hari abantu benshi, usanga hari ibiribwa barya ugasanga bagize ikibazo mu gifu kandi mu by’ukuri mu gihe batabiriye usanga kiri gukora neza. Impuguke mu buvuzi bw’indwara zo munda usanga batanga inama ku bantu barware igifu , kutarya cyangwa bakagabanya bimwe mu byo barya cyangwa se bakabigabanya kuko bigira uruhare mu guhungabanya indwara y’igifu. Ikinyamakuru everydayhealth.com, […]

Perezida Kagame yanyuzwe n’akazi abarimo ingabo bakoze mu guhangana n’ingaruka z’ibiza

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye akazi gakomeye inzego zirimo izishinzwe umutekano zikomeje gukora, mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zatewe n’ibiza biheruka kwibasira igihugu. Ni nyuma y’imvura ikomeye yibasiye intara z’amajyaruguru, u Burengerazuba ndetse n’Amajyepfo byahitanye abantu 129; nyuma y’imvura idasanzwe yibasiye uturere tugize izi ntara mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa […]

Nyaruguru: Impuruza ku buzima bw’umugore n’abana be 4

Iyi ni inzu uyu muryango ubamo

Nyuma yo kubyarira iwabo abana bane ku bagabo bane batandukanye, Musabyimana Claudine w’imyaka 39, utuye mu mudugudu wa Kalimba, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, bigaragara ko, we n’abana be babayeho ubuzima bushariye cyane, nko gutura mu nzu iri hafi kubagwaho no kutabona icyo atungisha abana. Musabimana asaba ubufasha ngo abone aho […]

Tanasha arateganya guhunga

Tanasha yigeze kugirana ibihe byiza na Diamond

Umuhanzikazi Tanasha Donna yamaze gutangaza ko agiye guhunga n’umuryango we akerekeza mu gihugu atatangaje. Tanasha yandinditse ku mbuga ze nkoranyambaga avuga ko atakomeza kwihanganira ibikomeje kubera muri Kenya. Uyu muhanzikazi akaba na rwiyemezamirimo yikije kubyo Kenya ngo irimo kunyuramo bitandukanye bitandukanye n’ibyo yari ayiziho byayiranze mu myaka yo hambere. Aha yavuze ko kuva umwaka wa […]

Rayon Sports yasubiriye Police FC, isanga Mukura VS muri ½ cy’Igikombe cy’Amahoro

Ikipe ya Rayon Sports yakatishije itike ya ½ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera Police FC ku giteranyo cy’ibitego 6-4. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi yari yakiriye Police FC kuri Stade ya Kigali yitiriwe Pele i Nyamirambo, mu mukino wo kwishyura wa ¼ cy’irangiza warangiye itsinze ibitego 3-2. Ni nyuma y’ubanza na bwo yari yatsinzemo […]

Uganda: Abaminisitiri batangiye kudagadwa nyuma y’iyicwa rya Okello

96bbffc1b8ff1386.jpg

Nyuma y’uko kuri uyu wa kabiri taliki 2 Gicurasi, Minisitiri w’umurimo muri Uganda yishwe, bamwe mu ba minisitiri batangiye gutabaza Leta ngo yongere imishahara y’ababarinda kugirango badakomeza kwisanga mu byago. Joyce Kaduc, minisitiri w’uburezi yavuze ko atewe ubwoba n’uburyo ababarinda babayeho, kuko ngo usanga badahembwa neza kandi ngo ntibanajya bahabwa amahugurwa y’uburyo bakwiye kwitwara. Aha […]

Guverinoma yahagurukijwe ikubagahu n’ibiza byahitanye abarenga 100

Abayobozi batandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 03 Gicurasi berekeje mu karere ka Rubavu, mu rwego rwo guhumuriza abagizweho ingaruka n’ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ryakeye. Ni imvura yibasiye intara y’Uburengerazuba ndetse n’iy’Amajyaruguru, ihitana abantu 115 barimo abarenga 100 bo mu burengerazuba n’abarenga 10 bo mu majyaruguru. Iyi […]

Nyamagabe:Akurikiranyweho kwiba no kwica umuntu abanje kumumena agatuza

image_2023-05-03_044644860.png

Mu karere ka Nyamagabe urwego rw’ubushinjacyaha bukurikiranye umugabo ushinjwa kwica umuntu umurambo akawuta mu mugezi. Ibyo byabereye mu murenge wa Kibumbwe mu ijoro ryo kuwa 3 mata 2023 ahana saa 10 h 00 z’ijoro. Nkurikiyimfura Joseph, ubwo yari mu nzira agenda, uyu mugabo wamwishe yari yamuteze amukubita ibuye maze rimumena amagufa yo mu gatuza ahita […]

Abapfuye biyirije ubusa muri Kenya , bane mu basuzumwe byagaragaye ko bishwe

image_2023-05-03_024753396.png

Nyuma y’uko Pasiteri Paul Mackenzie atawe muri yombi ndetse akagezwa imbere y’ubutabera mu ntangiro z’icyi cyumweru, kuri ubu hakozwe isuzuma ibizamini bigaragaza ko 4 muri 30 bamaze gusuzumwa bigaragara ko bishwe. Johansen Oduo, impuguke muri Guverinoma mu byerekeye gukora ibizamini ku mpfu, yasobanuye ko mu isuzuma ryakozwe kuri uyu wakabiri ryagaragaje ko abana batatu bakubiswe […]

Bigenda bite ngo umuntu agire amaraso macye mu mubiri?

pexels-andrea-piacquadio-3808008.jpg

Ni kenshi uzajya w’umva bavuga ko umuntu runaka yajyanywe mu bitaro kubera kugira ikibazo cy’amaraso macye mu mubiri we. Icyo kibazo gifatwa nk’ikitarusange ku bantu bamwe nabamwe batabona ibyo umubiri wabo ukeneye ngo barusheho kugira ubuzima buzira umuze. Ubusanzwe kugira amaraso macye biterwa n’impamvu zitandukanye ariko izingenzi harimo kudafata amafunguro akungahaye ku butare bwa fer,ariko […]

Papa Francis yirukanye umupadiri w’Umunyarwanda muri Kiliziya

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yirukanye burundu muri Kiliziya Padiri Munyeshyaka Wenceslas ukomoka hano mu Rwanda. Uyu mupadiri wabarizwaga muri Diyosezi ya Evreux mu Bufaransa, ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yakoreraga umurimo muri Paruwasi ya Sainte famille mu mujyi wa Kigali. Munyeshyaka yashinjwe kwica Abatutsi bari barahungiye […]

Abahitanwe n’imvura yaraye iguye mu gihugu barenze 100

Abantu 109 ni bo bimaze kumenyekana ko bamaze guhitanwa n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaraye igwa mu turere dutandukanye tw’intara y’amajyaruguru ndetse n’iy’Uburengerazuba. Ni amakuru yemejwe na Guverineri w’iyi ntara, Habitegeko Franà§ois. Kuva mu ijoro ryakeye imvura idasanzwe yaraye igwa mu bice bigize intara y’Iburengerazuba ndetse n’iy’amajyaruguru. Guverineri Habitegeko yari yavuze ko amakuru y’ibanze afite ari […]

Arsenal yihimuye kuri Chelsea

Arsenal yasatiriye Chelsea umukino ugitangira

Nyuma y’uko Manchester City inyagiye imvura y’ibitego4-1 ikipe ya arsenal, ku mukino uheruka kuyihuza,iyi kipe nayo yihimuye ku ikipe ya Chelsea iyitsinda ibitego 3-1. Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri, aho Arsenal yatangiye isatira maze ku munota wa 18 umukinnyi Artin Odegaard aba atsinze igitego cya 1 ku mupira yatunguje umunyezamu […]

Lionel Messi yafatiwe ibihano biremereye na PSG

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufatansa yahagaritse umunya-Argentine Lionel Messi mu gihe kingana n’ibyumweru bibiri adahembwa, nyuma yo gusiba imyitozo nta ruhushya yabiherewe. Kuri uyu wa Mbere ni bwo Messi yagaragaye ari i Riyad mu gihugu cya Arabie Saoudite aho yari yagiye nta ruhushya yatse PSG; ibinyamakuru birimo l’Equipe na RMC bikavuga […]

Umunyamakuru washatse kuvuguruza Leta kuri Covid 19 yarekuwe

Fang Bin yarekuwe

Fang Bin yafunguwe nyuma y’uko amaze imyaka 3 muri gereza, akurikiranyweho guteza imvururu ubwo yarimo asakaza amashusho y’abantu bapfaga ku bitaro bimwe byo mu Bushinwa bazize icyorezo cya COVID19. Uyu munyamakuru w’Umushinwa, yarekuwe kuri icyi cyumweru taliki 1 Gicurasi 2023, nyuma y’uko atawe muri yombi ashinjwa guteza imvururu mu gihe Covid19 yari irimo guca ibintu […]

Ese wari uziko kurya urusenda bishobora gutuma uramba?

capture2ee.png

Ni kenshi usanga mu buzima bwa buri munsi hari abantu badashobora kwegera amafunguro yabo batabona ku meza hateretse urusenda. Urusenda burya rugira akamaro kanini mu buzima bwa muntu dore ko burya atari ikirungo gusa ahubwo rugira n’intungamubiri zirimo nko konngera amavitamine. Nubwo hari inyungu nyinshi ziboneka mu kurya urusenda, hari imwe ubushakashatsi bugaragaza bukomeye aribwo […]

Papa Francis yahaye Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri mushya

20230502_153510.jpg

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yatoreye Padiri Balthazar Ntivuguruzwa kuba umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi. Padiri Ntivuguruzwa wari umuyobozi wa Kaminuza Gatolika ya Kabgayi (ICK), yasimbuye Myr Smaragde Mbonyintege wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Iyimikwa rye ryemejwe n’Inama Nkuru y’Abepiskopi mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. Padiri Ntivuguruzwa waragijwe Diyosezi […]

Eddy Kenzo yafashe itsinda ry’abahanzi barimo Chameleone ashyira munsi y’ibirenge bye

image_2023-05-02_040220716.png

umuhanzi Eddy Kenzo umwe mu bakomeye mu gihugu cya Uganda,yatangaje ko adashobora kubarizwa mu nyabutatu ya Jose Chamelione , Bebe Cool na Bob Wine ngo kuko abarenzeho batanapfundura udushumi tw’inkweto twe. Aganira na Ugandashowbiz, yabajijwe impamvu atajya abarizwa muri iyo nyabutatu bizwi ko bafite umuziki mwiza muri Uganda, yavuze ko we arenze aboneraho kwihanangiriza abamugereranya […]

KNC yarahiriye kwirukana ‘inkozi z’ibibi’ zose atunze muri Gasogi United

Perezida w’Ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’, yatangaje ko bitarenze saa munani z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri hari abakinnyi ari bwirukane kubera kugurisha imikino no kugambanira ikipe ye. KNC yabitangarije kuri Televiziyo ye ya TV2 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02 Gicurasi, ubwo yari mu kiganiro Rirarashe akorana […]

Rihanna na ASAP batunguranye mu birori bya Met Gala 2023-Amafoto

Rihana na ASAP bari babukereye

Mu birori ngarukamwaka bihuriramo ibyamamare mu ngeri zitandukanye, abahanzi batandukanye bagaragaje imyambarire idasanzwe bigeze kuri Rihanna na ASAP Rocky bagaragaza ko uretse kuba ari abahanga mu muziki no mu myarire bagaragaje ko bagaze neza. Ni umugoroba w’ibirori wabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gace Metropolitan Museum of Art muri Leta ya New York […]

Uganda: Minisitiri Charles Engola yarashwe mu cyico n’umusirikare wamurindaga

Col (Rtd)Charles Okello -Engola wari Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe umurimo, akazi n’ibijyanye n’inganda, yarashwe mu cyico n’umusirikare wa UPDF wari umurinzi we. Minisitiri Engola wari ufite imyaka 33 y’amavuko, yarasiwe mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Kyanja mu mujyi wa Kampala. Ubwo twandikaga iyi nkuru ntihari hamenyekanye icyihishe inyuma y’iraswa rye. Urupfu […]

Arteta ngo asa n’uteze amakiriro ku mukino wa Chelsea na Arsenal

arteta-squad-photo.png

Kuri uyu wa Kabiri taliki ya 2 Gicurasi hitezwe umukino hagati ya Arsenal na Chelsea, uyu mukino witezwe n’imbaga nyamwinshi ukomeje kuvugisha menshi abakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko abihebeye shampiyona y’i Burayi. Ni umukino witezweho gusobanura koko niba Arsenal igikomeje guhanyanyaza ngo irebe ko yatwara igikombe gusa ukurikije uko irimo kwitwara bisa n’ibigoye n’ubwo mu mupira […]

Guterres ategerejwe i Bujumbura mu nama yiga ku bibazo bya RDC

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ategerejwe i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi aho agomba kwitabira inama y’akarere izaba yiga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibiro by’Umunyamabanga Mukuru wa Loni mu karere k’ibiyaga bigari, byatangaje ko Guterres azagera i Bujumbura ku wa Gatanu tariki ya 05 Gicurasi 2023 akubutse i Nairobi muri […]

U Rwanda rwakiriye abarenga 40 barimo abanyamahanga bari baraheze muri Sudani

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02 Gicurasi 2023, u Rwanda rwakiriye abantu 42 bari baraheze mu gihugu cya Sudani kubera intambara imaze ibyumweru birenga bitatu ihabera. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo aba bantu bageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali batwawe n’indege ya RwandAir. Barimo Abanyarwanda 32 mu gihe abandi […]

Igisubizo cya M23 ku bayishinje kwica abasivile 60 muri Rutshuru

Umutwe wa M23 wanyomoje ibirego by’uko hari abaturage babarirwa muri 60 waba wariciwe muri Rutshuru umaze igihe ushinjwa, uvuga ko nta shingiro bifite. Mu cyumweru gishize ni bwo ibitangazamakuru byo muri Congo na bimwe mpuzamahanga byatangaje inkuru y’uko hari imirambo 60 yabonetse mu duce twa Kashali na Kazaroho, two muri Chefferie ya Bwito muri Teritwari […]