Uganda: Urukiko rwa gisirikare rwakatiye Abanyakenya 32 imyaka 20 y’igifungo

Urukiko rwa Gisirikare rwa Diviziyo ya 3 ruherereye mu Karere ka Moroto mu majyaruguru ya Uganda rwakatiye Abanyakenya 32 bo igifungo cy’imyaka 20 muri gereza ya leta ya Moroto kubera gutunga imbunda n’amasasu mu buryo butemewe . Abanyakenya 32 bose batuye mu Ntara ya Orum mu Karere ka Lodwar, mu Ntara ya Turkana bahamwe n’icyaha […]

Tariki12 Mata 1994: I Mukarange Padiri Gatare wari Umututsi na mugenzi we w’Umuhutu washatse kwitambika baricanwe

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 12 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994 . Frodouald Karamira na MDR-Power bahamagariye Abahezanguni b’Abahutu kwica Abatutsi Tariki ya 12/4/1994, Karemera Frodouald wa […]

U Budage nabwo bwahambirije Ambasaderi wa Tchad mu rwego rwo kwihimura

Igihugu cy’u Budage nacyo cyategetse Ambasaderi wa Tchad kuva i Berlin mu masaha 48, nyuma y’icyemezo nk’iki cya guverinoma ya gisirikare ya Tchad mu cyumweru gishize. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ikaba yagize iti: “Turicuza kuba bibye ngombwa ko bigera aha .” Ku wa Kabiri, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yatangaje ko u Budage bwategetse Ambasaderi wa Tchad kuva […]

Amabanga ya Pentagon yerekanye uko Koreya y’Epfo yatinye kohereza intwaro muri Ukraine

Inyandiko za Pentagon ziherutse gushyirwa ku karubanda BBC yabashije kubona, ziragaragaza ikiganiro hagati y’abayobozi bo mu rwego rwo hejuru bo muri Koreya y’Epfo ku bijyanye no kugurisha intwaro zashoboraga gukoreshwa muri Ukraine . Ni ikiganiro cyabaye hagati y’abajyanama bakuru ba Perezida Yoon Suk Yeol. Muri icyo kiganiro humvikanamo kutumvikana hagati y’igitutu cya Amerika cyo kohereza […]

Ethiopia: Abakozi 2 b’umuryango utabara imbabare wa CRS biciwe muri Amhara

Abakozi babiri mu by’ubutabazi bakorera Catholic Relief Services (CRS) biciwe mu Ntara ya Amhara muri Ethiopia nk’uko byatangajwe n’uyu muryaango kuri uyu wa Mbere ushize . CRS yavuze ko Chuol Tongyik, w’imyaka 37, wari umuyobozi ushinzwe umutekano, na Amare Kindeya w’imyaka 43, wari umushoferi, barashwe bakicirwa mu modoka ya CRS ku Cyumweru ubwo basubiraga ku […]

Dalai Lama yasabye imbabazi nyuma ya video imugaragaza asaba umwana muto kumwonka ururimi

Kuri uyu wa Mbere, umuyobozi mu by’umwuka wo muri Tibet, Dalai Lama, yasabye imbabazi nyuma y’amashusho amugaragaza asaba umwana w’ umuhungu kumwonka ururimi bigateza ikibazo ku mbuga nkoranyambaga . Iyi videwo yagiye ahagaragara, yerekana Dalai Lama w’imyaka 87, asoma ku minwa umwana w’umuhungu ubwo yari agiye kumusuhuza. Uyu mupadiri wo mu idini rya Buddha agaragara […]

USA na Philippines byatangije imyitozo karundura ya gisirikare nyuma y’u Bushinwa

Nyuma y’umunsi umwe u Bushinwa busoje imyitozo minini hirya no hino hafi ya Taiwan, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Philippines nabyo byatangije imyitozo minini ya gisirikare ihuriweho . Mu minsi itatu, Igisirikare cy’u Bushinwa kitoje kugota Taiwan mu rwego rwo gusubiza guhura k’umuyobozi w’icyo kirwa na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika mu cyumweru […]

Tariki 11 Mata 1994: Umunsi Ingabo z’Ababiligi zitererana Abatutsi bari bahungiye muri ETO Kicukiro

Ku itariki nk’iyi ya 11 Mata mu 1994, “Leta y’Abatabazi” yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hakomeye hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994 . Ingabo z’Ababirigi zataye impunzi z’Abatutsi muri ETO Kicukiro, bicirwa i Nyanza ya Kicukiro Mu kigo cy’ishuri ry’imyuga […]

Kentucky: Umukozi wa banki yishe arashe bagenzi be batanu mbere yo kwicwa

Abantu batanu bapfuye ubwo umukozi muri banki yo mu Mujyi wa Louisville, muri Kentucky, ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yarasaga bagenzi be kandi icyo gitero akagicisha kuri instagram imbonankubone nk’uko Polisi ivuga . Abishwe bari hagati y’imyaka 40 na 64. Mu bandi icyenda bakomeretse harimo umupolisi winjiye vuba wari wasoje amasomo mu byumweru […]

Hospitali ya King Faisal kuanza upandikizaji wa figo mwaka huu

Wizara ya Afya imetangaza kuwa hospitali ya King Faisal itaanza kutoa huduma ya upandikizaji figo mwaka huu na hivyo kuwa hospitali ya kwanza kuanzisha huduma hiyo nchini . Maendeleo hayo yalitarajiwa kuanza mnamo 2022, hata hivyo, hospitali ilikuwa bado inaandaliwa kwa huduma ya matibabu. Akizungumza na gazeti la The New Times, Julien M. Niyingabira, Meneja […]

RDC: Ingabo za Uganda zageze i Kiwanja numa yo kuhava kwa M23

Nyuma yo kwinjira muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zinyuze mu mujyi wa Bunagana, ku itariki ya 31 Werurwe, Ingabo za Uganda (UPDF) zakomeje koherezwa hirya no hino mu bice zizaoreramo, cyane cyane mu turere M23 igenda irekura buhoro buhoro . Ku wa Gatandatu, itariki ya 8 Mata, itsinda ry’abasirikare 1.000 mu 2000 bari bategerejwe […]

Ibitaro bya King Faisal biratangira gutanga serivisi zo gusimbura impyiko muri uyu mwaka – RBC

Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko ibitaro byitiriwe Umwami Faisal bizatangira gutanga serivisi zo gusimbuza impyiko muri uyu mwaka, bikaba ibitaro bya mbere bibitangije mu gihugu . Byari biteganijwe ko ibi bizatangira mu 2022, ariko, ibitaro byari bigitegurwa kugirango bitange izi serivisi z’ubuvuzi. Aganira na The New Times, Julien M. Niyingabira, Umuyobozi w’ishami ry’ikigo cy’itumanaho cy’Ikigo cy’igihugu […]

Masisi: Habaye gusubiramo hagati y’amatsinda abiri y’inyeshyamba za Nyatura

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 9 Mata 2023, ahitwa Buganda, mu gace ka Kabalekasha, Umudugudu wa Bishange, Sheferi ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru habaye imirwano hagati y’amashami abiri ashyamiranye ya Nyantura . Aya makuru yahawe Lesvolcansnews.net atanzwe na perezida w’inama y’urubyiruko ya Gurupoma ya Mupfuni Shanga. Uyu witwa Abishe Shabirera, yerekana […]

Ethiopia: Icyemezo cyo gusenyera ingabo z’intara mu z’igihugu gishobora gushoza indi ntambara

Kuri iki Cyumweru, itariki 9 Mata 2023, urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu mijyi ibiri yo mu Ntara ya Amhara muri Ethiopia mu gihe ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage baho bigaragambyaga bamagana itegeko rya guverinoma ihuriweho yo gusenyera igisirikare cy’intara mu gisirikare cy’igihugu . Abagize ingabo zidasanzwe za Amhara n’imitwe yitwara gisirikare ikorana nazo, bahize ko bazamagana icyemezo cyafashwe […]

#Kwibuka29: Bumwe mu bwicanyi bwakozwe ku itariki ya 10 Mata 1994 hirya no hino mu gihugu

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 10 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko y’icyahoze arri CNLG iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994 . 1. Abafaransa bakomeje gufasha guverinoma y‘abicanyi yayoborwaga na minisitiri w’intebe Jean Kambanda […]

Amakuru y’ibanga ku ntambara yo muri Ukraine yashyizwe ku karubanda ashobora kwangiza byinshi

Inyandiko z’ibanga zibarirwa muri za mirongo za minisiteri y’ingabo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zirimo amakarita, ibishushanyo n’amafoto , zikomeje guhererekanywa ku mbuga za internet nyuma yo gushyirwa ku karubanda n’umuntu utaramenyekana . Ibishya muri ibi bingana gute? Amakuru menshi yo muri izi nyandiko asanzwe azwi. Itandukaniro ni uko yatangajwe ku bwinshi, kandi yose […]

U Bushinwa bwohereje indege nyinshi z’intambara n’amato hafi ya Taiwan

Kuri iki Cyumweru, u Bushinwa bwohereje indege nyinshi z’intambara n’amato y’intambara hirya no hino hafi ya Taiwan ku munsi wa kabiri w’imyitozo minini ya gisirikare, mu kwerekana ingufu nyuma y’inama yahuje perezida w’icyo kirwa na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika . Iyi myitozo yamaganwe na Taipei yamaganwa kandi isaba Washington, […]

Umwicanyi ruharwa wanafataga ku ngufu wari warahimbye urupfu rwe yafatiwe muri Tanzaniya

Muri Tanzaniya, hafatiwe umwicanyi wari na ruharwa mu gufata ku ngufu watorotse gereza yo muri Afurika yepfo abinyujije mu guhimba urupfu rwe . Thabo Bester yari amaze umwaka umwe yarabuze nyuma yo gutekerezwa ko yapfuye yitwitse muri kasho yari afungiwemo. Kumuhiga byatangiye mu kwezi gushize nyuma y’iperereza rishya ryakozwe nyuma y’urupfu rwe rw’uruhimbaano ryerekanye ko […]

Uganda: Abandi bayobozi barimo minisitiri w’intebe bashobora kugezwa mu rukiko bazira amabati

Biteganijwe ko abandi bayobozi benshi muri guverinoma na ba minisitiri bazakurikiranwa mu rukiko kubera imanza zerekeranye n’amahano yo kunyereza mabati yari agenewe abatishoboye mu Karere ka Karamoja muri Uganda, nk’uko abapolisi n’ibiro by’umuyobozi w’ubushinjacyaha (DPP) babitangaje . Umuvugizi wa polisi, Fred Enanga, yatangarije Sunday Monitor ko iperereza rya polisi, aho ubushinjacyaha bushingira ku byaha bushinja, […]

Kenya iracyakeneye ubufasha bw’u Rwanda ku ikoranabuhanga ryo gukusanya imisoro

Kenya irashaka ubufasha bw’u Rwanda mu guhindura uburyo bwo kwishyuza imisoro hakoreshejwe ikoranabuhanga kugira ngo hongerwe imisoro, cyane cyane mu nzego zitamenyekanisha uko zinjije (informal sector) . Ubu buryo bw’ikoranabuhanga bwo kwishyuza imisoro bwatumye u Rwanda rukuba hafi inshuro ebyiri imisoro ku nyongeragaciro, kandi Kenya yizeye kwigana ibyagezweho n’u Rwanda. Nubwo Kenya isanzwe ikoresha imashini […]

Rutshuru: Sosiyete sivile irashinja Ingabo za Uganda gukorana na M23

Abasirikare ba Uganda boherejwe muri Congo barimo kwagura aho bazakorera muri Teritwari ya Rutshuru (Kivu y’ Amajyaruguru) nyuma yo koherezwa vuba aha mu mujyi wa Bunagana mu butumwa bwo kubungabunga umutekano, mu rwego rw’ingabo z’akarere ka EAC, ariko Sosiyete sivile y’aha irashinja izi ngabo gukorana na M23 . Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 08 […]

Nakiriye telefoni nyinshi zinsaba kwanga kugenwa kwanjye muri guverinoma — Vital Kamerhe

Minisitiri w’intebe wungirije, Minisitiri w’ubukungu akaba na Perezida w’ishyaka rya politiki Union pour la Nation congolaise (UNC), Vital Kamerhe kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 8 Mata 2023 yageze i Bukavu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo . Uyu muyobozi uherutse gushingwa ubukungu bw’igihugu yari agiye kwiyandikisha hasigaye iminsi itatu ngo kwiyandikisha kuri lisiti y’itora birangire […]

Tariki 9 Mata 1994: Abafaransa batangije Opération Amaryllis Abatutsi 500 bicirwa mu kiliziya i Gikondo

Tariki ya 9 Mata, nibwo icyo Abafaransa bise «  Opération Amaryllis  » yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo kwari ugucyura Abafaransa n’abanyamahanga bari mu Rwanda. Iyo operasiyo yabaye igihe abantu bicwaga cyane muri Kigali n’ahandi henshi mu gihugu, bicwa n’abasirikari n’Interahamwe . Izo ngabo z’Abafaransa zarebaga abicwaga nyamara ntibigeze babatabara, barabaretse baricwa […]

Ethiopia: Leta irateganya gusenyera mu gisirikare cy’igihugu ingabo zari iz’intara

Kuri uyu wa Kane, itariki 6 Mata 2023, Guverinoma ya Ethiopia yavuze ko ishaka kwinjiza mu gisirikare cy’igihugu cyangwa igipolisi, ingabo zari zisanzwe ari iz’intara, igikorwa gishobora kubonwa nko gushaka kugabanya ubwigenge izo ntara zagiraga . Ethiopia igizwe n’intara 10 zifite ubwigenge ku bintu runaka, uhereye ku kugira ingabo zazo kugeza ku burenganzira bwo gukoresha […]

EAC inaungana na Wanyarwanda katika kuadhimisha Mauaji ya Kimbari dhidi ya Watutsi

ftgg_tjwaacq-mx.jpg

Jumuiya ya Afrika Mashariki (EAC) Ijumaa, Aprili 7, iliungana na Wanyarwanda katika kumbukumbu ya 29 ya Mauaji ya Kimbari ya 1994 dhidi ya Watutsi . Hii ilikuwa wakati wa hafla ya kumbukumbu iliyohudhuriwa na wafanyakazi wa EAC, na wawakilishi wa jumuiya ya kimataifa wenye makazi yao Arusha, Tanzania, na wakazi wa Arusha wakiongozwa na Mkuu […]

RDC: MONUSCO yafunze ibindi birindiro byayo

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 6 Mata, MONUSCO yafunze ibirindiro byayo muri Kamango, umurwa mukuru wa sheferi ya Watalinga, nko mu birometero 80 mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umujyi wa Beni muri Kivu y’Amajyaruguru. Ni inkambi yari yashinzwe mu myaka icumi ishize mu rwego rwo guhangana n’ibikorwa by’inyeshyamba za ADF muri kiriya gihe, ikaba yafunzwe ihabwa […]

#Kwibuka29: Le chef de l’ONU appelle à  agir pour prévenir de futures atrocités

Alors que le monde célèbre la Journée internationale de réflexion sur le génocide de 1994 contre les Tutsi au Rwanda, le Secrétaire général des Nations Unies, Antà³nio Guterres, a appelé la communauté internationale à  réfléchir sur la tragédie et à  prendre des mesures pour empàªcher que des atrocités similaires ne se reproduisent . Dans son […]

Israel yagabye ibitero bikaze muri Liban na Gaza nyuma yo kuraswaho rokete uruhuri

Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero by’indege ku birindiro by’umutwe w’abarwanyi b’Abanyapalesitine wa Hamas mu majyepfo ya Liban no mu karere ka Gaza . Igisirikare cyavuze ko ibyo bitero ari igisubizo cy’ibisasu bya roketi 34 byarashwe biva muri Liban byerekeza mu majyaruguru ya Israel, kuri uyu wa Kane ushize, cyavuze ko byarashwe na Hamas. Abarwanyi bo […]

Kindu: Bategereje mu minsi iri imbere abarwanyi ba M23 bazashyira intwaro hasi

Abarwanyi ba M23 “bakomoka muri Congo” bazashyira intwaro hasi bategerejwe i Kindu mu minsi iri imbere nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’umujyi wa Kindu ku wa Gatatu, itariki ya 05 Mata 2023, ubwo yabonanaga n’abaturage, ariko ashimangira ko abarwanyi b’abanyamahanga bo muri uwo mutwe bo bagomba gusubira iwabo . Nk’uko Augustin Mulamba Atibu abitangaza ngo abazasubizwa mu […]

#Kwibuka29: Ibyaranze itariki ya 7 Mata muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 7 Mata 2023, u Rwanda n’Isi yose turibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye abantu basaga miliyoni mu minsi 100 mbere yo guhagarikwa n’izari ingabo za RPA/RPF. Hatangiye kandi icyumweru cy’icyunamo ku rwego rw’Igihugu kizasozwa ku itariki ya 13 Mata, aho insanganyamatsiko ari “Kwibuka Twiyubaka “. […]

Upinzani wa Uganda una wasiwasi kuhusu kutuma wanajeshi DRC

Nchini Uganda, uamuzi wa serikali kupeleka wanajeshi DRC una utata. Chama kikuu cha upinzani, FDC siku ya Jumanne kilimwomba rais kuwaeleza Waganda faida za kutumwa huku . Wanajeshi elfu mbili wa Uganda watatumwa mashariki mwa DRC chini ya bendera ya jeshi la kanda ya Afrika Mashariki, lenye jukumu la kusimamia uondoaji wa waasi wa M23. […]

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda ntibumva impamvu yo kohereza ingabo muri RDC

Muri Uganda, icyemezo cya guverinoma cyo kohereza ingabo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ntikivugwaho rumwe aho ku wa Kabiri, ishyaka nyamukuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi, FDC ryasabye perezida gusobanurira Abagande inyungu zo kohereza ingabo . Abasirikare ibihumbi ba Uganda bari koherezwa mu burasirazuba bwa Congo mu rwego rw’ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, zishinzwe kugenzura isubira […]

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zarashe drones 2 z’ikigo gikorana na TotalEnergies y’Abafaransa

Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique ziherutse kurasa drones ebyiri za True North, imwe mu masosiyete menshi akusanya amakuru kandi atanga umutekano kuri TotalEnergies. True North ngo yari yagurukije izi drones itabimenyesheje ingabo z’u Rwanda zazirashe. Ikibazo cyavuyemo cyasabye leta ya Mozambique kukinjiramo . U Rwanda nirwo rufite ingabo n’abapolisi benshi muri Cabo Delgado bagera ku […]

U Bushinwa na USA byiyemeje gufasha Zambia kwigobotora umwenda wa miliyari 14$

Kuri uyu wa Gatatu, abahagarariye ibihugu by’u Bushinwa na Amerika muri Zambia bemeye gukuraho ibyo batandukaniyeho no gufasha iki gihugu gukemura ikibazo cy’amadeni agera kuri miliyari 14 z’amadolari kibereyemo amahanga . Ambasaderi Du Xiaohui na Michael Gonzales kandi bemeye gushyigikira umuyobozi w’iki gihugu cya Afurika y’amajyepfo, Hakainde Hichilema, kubaka ubukungu bwarushijeho guhungabana kubera intambara y’u […]

Le gouvernement rwandais appelle au respect des directives de commémoration du génocide

Le ministère rwandais de l’unité nationale et de l’engagement civique (MINUBUMWE) a exhorté mercredi le public à  respecter les directives émises avant la commémoration de cette semaine du génocide de 1994, qui débutera vendredi. La 29e commémoration à  venir se tiendra sous le thème «  Kwibuka twiyubaka : Remember-Unite-Renew  » et durera jusqu’au 13 avril. […]

Uganda: Minisitiri yatawe muri yombi azira amabati

Igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi minisitiri ushinzwe ibibazo bya Karamoja, Mary Kitutu, akurikiranyweho kwiba amabati yagenewe abakene bo mu karere ka Karamoja . Ifatwa rye ryayobowe n’abagize komite y’inteko ishinga amategeko ishinzwe iperereza ku ikoreshwa nabi ry’amabati yagenewe abatishoboye muri Karamoja. Byaje nyuma y’uko uyu yanze gutanga ibimenyetso, yabanje kurahira, ku byerekeye icyo cyaha. […]

RDC: Vuba aha ingabo za EAC zigiye gutangira gukorana n’iza MONUSCO

fs486ykxoaypjh2.jpg

Vuba aha ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zoherejwe mu burasirazua bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (EACRF) zigiye gutangira gukorana n’ingabo z’umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) . Umugaba mukuru w’ingabo za EAC, Gen. Jeff Nyagah n’umugaba w’Ingabo za MONUSCO, Gen. Otà¡vio Rodriguez, kuri uyu wa Kabiri ushize bahuriye ku cyicaro cya MONUSCO barebera hamwe ibijyanye no guhuza […]

Gicumbi: Ubushinjacyaha bwakiriye dosiye y’umugore ushinjwa kwica umwana w’umugabo we

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 04 Mata 2023, Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye bwa Gicumbi bwakiriye dosiye iregwamo umugore w’imyaka 30 y’amavuko, ukurikiranyweho kwica umwana w’umugabo we yareraga w’imyaka 6 y’amavuko, utuye mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Ntarabana ,Akagari ka Mahaza, Umudugudu wa Kibeho, aho yamukubise isuka mu mutwe yamara kumwica akamutaba mu rutoki […]

Rwanda and IMF reached agreement on review of new resilience facility loan

Rwanda government officials and the International Monetary Fund (IMF) mission team have, on tuesday, reached a staff-level agreement on successful implementation of the economic and financial policies that were required to complete the first reviews under both the Policy Coordination instrument (PCI) and the Resilience and Sustainability Facility (RSF). The agreement, which is subject to […]

Uganda denies negotiating with DRC on behalf of M23

Kampala rejects the allegations conveyed on social networks according to which he is negotiating with Kinshasa on behalf of the M23 rebels, who occupy some localities in the province of North Kivu . Yoweri Museveni’s country speaks of a “hoax” by peace critics with the intention of distracting the public from ongoing bilateral achievements. “Uganda […]

Ruto salue le rôle du Rwanda dans la résolution de la crise sécuritaire en RD Congo

Le président William Ruto du Kenya a félicité le président Paul Kagame et le Rwanda pour leur compréhension et leur contribution «  inestimables  » à  la résolution de la crise sécuritaire dans l’est de la RD Congo . Il a déclaré cela en s’adressant aux médias lors d’une conférence de presse conjointe, dans le cadre […]

Ishyamba si ryeru muri OIF: Canada yagabanyije inkunga yageneraga umuryango

Canada yagabanije miliyoni 3 z’amadorali ku nkunga yageneraga Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) nyuma y’ubushakashatsi bw’imbere mu muryango ku bijyanye n’akazi ndetse n’ibyemezo byinshi bitavugwaho rumwe by’Umunyamabanga Mukuru, Louise Mushikiwabo . Mu ibaruwa yo ku itariki ya 2 Mata yabonwe n’Ibiro Ntaramakuru QMI, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Canada, Mélanie Joly, yamaganye ibintu avuga ko […]

Gen. Chirimwami yashinje umwe mu bo bareganwa gutanga Bunagana gushaka kumwica

Ku nshuro ya gatatu, Brig. Gen. Chirimwami wa FARDC yitaba urukiko, mu iburanisha ryabaaye mu muhezo kuri uyu wa Kabiri, uyu mu ofisiye yakomeje gutuza no guhagarara ku buhamya yatanze imbere y’urukiko ku bijyanye n’ifatwa ry’Umujyi wa Bunagana wigaruriwe na M23 muri Kamena umwaka ushize . Chirimwami watunzwe intoki n’abasirikare babiri bakuru ba FARDC (Colonel […]

IMF n’u Rwanda byumvikanye ku gusuzuma ibijyanye n’inguzanyo nshya

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 4 Mata, Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari cyatangaje ko cyageze ku msezerano yo ku rwego rw’abakozi n’u Rwanda kuri politiki ikenewe kugira ngo harangizwe isuzuma rya mbere ry’inguzanyo ya miliyoni 319 z’amadolari y’Amerika igenewe u Rwanda binyuze mu kigo gishya cya IMF cyo kwigira n’iterambere rirambye (RSF) . Aya masezerano agomba gusuzumwa […]

Uko pasiporo ya Perezia Salva Kiir yatowe mu giturage cyo muri Kenya

Cyagombaga kuba ari ku Cyumweru gisanzwe ku itariki ya 19 Ukuboza 1993, ku baturage bo mu giturage cya Sawmill cyo muri Kenya mu gace ka Ainabkoi hagati y’Intara za Uasin Gishu na Baringo ariko abaturage ntibari biteze kubona ibyabaye uwo munsi . Saa kumi n’imwe za mu gitondo, indege yaguye muri icyo giturage. Imbaga y’abantu […]

Burundi: Abantu 19 bahoze muri RED-Tabara boherejwe n’u Rwanda bakatiwe igifungo cya burundu

Ubutabera bw’u Burundi bwakatiye igihano cy’igifungo cya burundu bantu 19 bahoze mu mutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD ufite ibirindiro muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Abaciriwe urubanza bari bahungiye mu Rwanda mbere y’uko rubashyikiriza abayobozi b’u Burundi mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga muri 2021. Nk’uko kopi y’urubanza rwaciwe n’urukiko […]

Gen. Chirimwami mu rukiko muri dosiye akurikiranwemo uruhare mu ifatwa rya Bunagana

Gen. Major Chirimwami guhera kuwa Gatanu arimo kwitaba urukiko nk’umutangabuhamya muri dosiye y’abasirikare babiri bakuru ba FARDC bakurikiranweho uruhare mu ifatwa ry’Umujyi wa Bunagana . Bivugwa ko Gen. Chirimwami yaba yarahaye amabwiriza abo ba komanda ba regiment ya 3307 n’iya 3412, zakoreraga ahitwa Gisiza na Bunagana, yo gusubiza ingabo inyuma zikajya Chengeero, ngo ari nabyo […]

RDC: Minisitiri w’ingabo mushya yaganiriye n’umugaba mukuru wa UPDF ku kibazo cya Bunagana

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 3 Mata, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Pierre Bemba Gombo, yagiranye ibiganiro n’intumwa z’Igisirikare cya Uganda (UPDF) ziyobowe n’umugaba mukuru, Gen. Wilson Mbadi . Minisitiri w’ingabo wa RDC yari ari kumwe n’Umugaba Mukuru wa FARDC, Lieutenant General Christian Tshiwewe Songesha nk’uko […]

Finland Kujiunga na NATO Jumanne

Katibu Mkuu wa NATO Jens Stoltenberg alisema Finland itajiunga na muungano wa kijeshi siku ya Jumanne, chini ya mwaka mmoja baada ya nchi hiyo kuwasilisha ombi lake kujibu uvamizi wa Urusi dhidi ya Ukraine . Stoltenberg aliwaambia waandishi wa habari kabla ya mkutano wa mawaziri wa mambo ya nje wa NATO kwamba Finland inaleta jeshi […]

Uwari ukuriye igipolisi muri Kampala wari umaze imyaka hafi 5 yaratorotse yigaruye

Uwahoze ari umuyobozi wa polisi muri Kampala, Assistant Commission of Police (ACP) Siraj Bakaleke yongeye kugaragara nyuma y’imyaka hafi itanu ahunze igihugu yanga gutabwa muri yombi azira gufata no gufunga abenegihugu ba Koreya mu buryo bunyuranyije n’amategeko . ACP Bakaleke yahunze igihugu mu 2018 nyuma yo guhagarikwa ku mirimo ye muri Gicurasi kugira ngo akorweho […]

Sahel: Algeria ntikozwa kohereza ingabo z’amahanga mu karere hitwajwe iterabwoba

Kuri iki Cyumweru, itariki 2 Mata 2023, Umuyobozi w’Ingabo za Algeria, Lt.Gen. Said Chengriha, yongeye gusubiramo ko igihugu cye kitazemera ingabo zose z’amahanga zakoherezwa mu karere giherereyemo hitwajwe kurwanya iterabwoba . Mu ijambo rye, Gen. Chengriha yagize ati: “Algeria yanze uburyo ubwo ari bwo bwose bwo kwivanga kw’amahanga mu karere hitwajwe kurwanya iterabwoba kuko ari […]

Kagame réélu président du FPR-Inkotanyi

Le président Paul Kagame a été réélu président du parti au pouvoir, le FPR-Inkotanyi, lors du 16e congrès national qui s’est tenu au siège du parti à  Rusororo, le dimanche 2 avril. Kagame a été secondé comme candidat par la sénatrice Marie-Rose Mureshyankwano, qui a déclaré que le premier a fait ses preuves en tant […]

Lt. Gen. Hamuli wayoboye Operation Amani Leo yo guhiga FDLR yasezerewe

Lt Gen. Dieudonné Hamuli, wahoze ari umuyobozi wungirije w’igisirikare cya za Congo wagizwe Komiseri Mukuru wa polisi mu 2017, yoherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru . Iteka rya perezida ryerekeye ikiruhuko cy’izabukuru muri Polisi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryasomwe ku wa Gatandatu, itariki ya 01 Mata 2023 kuri antene ya Radiyo na Televiziyo by’igihugu cya […]

U Budage bwahaye Ukraine icyiciro cya mbere cy’ibifaru yari imaze iminsi isaba

Minisiteri y’ingabo y’u Budage iravuga ko icyiciro cya mbere cy’ibifaru kabuhariwe bya Leopard 2 bivuye mu Budage cyoherejwe muri Ukraine. Ibifaru 18 bigezweho by’ibanze byatanzwe nyuma y’uko abasirikare ba Ukraine bamaze gutozwa kubikoresha. Minisitiri w’ingabo, Boris Pistorius, yatangaje ko azi neza ko ibi bifaru bishobora “gutanga umusanzu ukomeye” ku murongo w’urugamba. Ibindi bifaru biteye imbere […]

RDC: Ishyaka PPRD ryemeje ko Joseph Kabila ari we mukanida waryo mu matora ya 2023

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 28 Werurwe 2023, Umunyamabanga Uhoraho w’ishyaka ry’Abaturage rihranira kongera Kwiyubaka na Demokarasi (PPRD), yatangaje ko Joseph Kabila ari umukandida wa PPRD n’ihuriro FCC mu matora ya perezida ya 2023. Yashimangiye iki cyemezo avuga ko “Joseph Kabila akiri muto, afite icyerekezo cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi afite gahunda […]