Tanzania: Umupolisi bamwibye ingofero n’inkweto by’akazi

Umupolisi Josephine John yibwe ingofero n’inkweto by’akazi ubwo yagabwaho igitero n’abitwaje icyuma. Aya mabandi kandi nk’uko Millardayo ibitangaza, bibye telefoni na y’uyu mupolisi bifite agaciro ka Sh.760,500. Ibi ngo byabaye ubwo uyu mupolisi yatahaga avuye ku kazi. Kuri ubu abitwa Benny Morice (21), Baraka John (18) bari gushakishwa bakekwaho iki cyaha.

Umukecuru yaraze Perezida Kagame

enl5c7txiae6uje.jpg

Umukecuru Nyirangoragoza Marianne witabye Imana, yasize ageneye Perezida Paul Kagame irage rigizwe n’ubutaka n’inzu biherereye mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba. Intwaza Nyirangoragoza witabye Imana mu kwezi kwa Gicurasi 2020, yasize ageneye iri rage Perezida Kagame imbere y’umunyamategeko, ribikwa na AVEGA-AGAHOZO, umuryango urengera incike n’abapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu […]

Amagare: Team Rwanda mu kato

Ikipe y’u Rwanda mu magare yashyizwe mu kato nyuma yo gukubuka muri Cameroon, aho yitwaye neza. Aba, kimwe n’abandi bavuye hanze y’igihugu nk’uko amabwiriza y’inzego z’ubuzima avuga, bagomba gushyirwa mu kato, bagapimwa hagategerezwa uko biahagaze ku bjyanye na COVID-19. Cameroon aho aba basore bakubutse, abantu basaga ibihumbi 28 banduye Coronavirus, ibihumbi 22 barayikize mu gihe […]

U Rwanda rushobora kwitabaza imbwa i Kanombe

U Rwanda rushobora kwifashisha imbwa mu kwihumuriza impumuro ya COVID-19 ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe. Ni uburyo burimo gutoza izi mbwa aho Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) gifatanyije na polisi (Canine) bari kureba ko zazajya zifasha kumenya abantu banduye Coronavirus. Ibi ngo bije gufasha kwihutisha ipimwa ry’abantu banyura i Kanombe nk’uko Taarifa dukesha iyi […]

Hatahuwe uko umugambi wo kwica Bobi Wine no gutwika Kampala uteye

Inzego zishinzwe umutekano muri Uganda zatahuye umugambi wo kwica Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine kuri ubu uri muri 11 bahatanira kuyobora Uganda ndetse no gutwika Umurwa Mukuru Kampala bikozwe n’itsinda ryiyise Magic 17 naryo ryinjiriwe ritabizi. Aya makuru, inzego z’umutekano zayamenye mu masaha y’ijoro ku Cyumweru tariki 22 Ugushyingo ubwo zakoraga umukwabu […]

Tigray ivuga ko igiye kurasa mu murwa mukuru wa Eritrea

wing-loong-1-drone-_-_-_-1-en.jpg

Leta ya Tigray itangaza ko igiye gutegura ibitero by’indege birasa mu Murwa Mukuru wa Eritrea, Asmara mu rwego rwo kwikiza ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) za Ethiopia ziri kwisuganyiriza muri iki gihugu. Mu gihe intambara ikomeje guca ibintu, ari nako abaturage bata utwabo bagahungira muri Sudani, Tigray itangaza ko yamenye ko hari drones Umuryango w’Ibihugu […]

Umukuru wo mu nyeshyamba zivugwaho gukorana na FDLR yakatiwe

Uwahoze ari umukuru w’inyeshyamba muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, Nduma Défense du Congo (NDC), Ntabo Ntaberi yakatiwe gufungwa burundu kubera ibyaha byibasira inyokomuntu, birimo no gufata abagore ku ngufu mu kivunge. Ntaberi uzwi nanone nka Sheka yari mu nyeshyamba za NDC zakunze kugarukwaho n’ibitangazamakuru n’amakuru y’iperereza ko zikorana n’umutwe urwanya u Rwanda, FDLR. Ni […]

Amafoto: Polisi yashyikirije umuturage amafaranga yari yarataye

enhghhyxeaare8w.jpg

Polisi y’ u Rwanda (RNP) yashyikirije umuturage witwa Claudine Uwizeyimana amafaranga ye yari yarataye kuwa 12 Ugushyingo 2020 ubwo yavaga kuwa kuri Kigali Convention Center agana i Remera hagati ya saa tatu n’igice na saa yine z’ijoro. Polisi yavugaga ko aya mafaranga ataramenyekana umubare, nyirayo yazajya kuyafata ku cyicaro cya Polisi ku Kacyiru. RNP ivuga […]

Nyamasheke: Batewe inzara no kubuzwa guhinga amasambu yabo

Abaturage ba Cyato mu Karere ka Nyamasheke barasaba gukurwa mu gihirahiro bakabwirwa niba umudugudu w’icyitegererezo basezeranyijwe uzubakwa cyangwa se utacyubatswe ngo dore ko babujijwe uburenganzira ku masambu yabo birimo no kubabuza kuyahinga ku buryo birimo kubatera inzara. Mu mwaka wa 2019 ni bwo babwiwe ko uyu mudugudu wari uteganyijwe kubakwa mu kagari ka Rugari ko […]

Abantu 45 nibo biciwe mu myigaragambyo muri Uganda

Polisi ya Uganda yavuze ko abapfuye mu myigaragambyo yo mu cyumweru gishize yo kwamagana ifatwa rya Bobi Wine, bageze kuri 45. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa mbere, umuvugizi wa polisi ya Uganda Fred Enanga yavuze ko abapfuye bagizwe n’abagabo 39 n’abagore batandatu. Igitangazamakuru cyo muri Uganda cyasubiyemo amagambo y’abakora mu nzego z’umutekano bavuga ko […]

Hari abangavu, bajya mu tubyiniro babona bwije bakanga gutaha iwabo- Col. Ruhunga

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Rtd Col Ruhunga Jeannot, avuga ko mu birego bakira harimo n’iby’abana b’abakobwa baba bagiye mu tubyiniro ariko iwabo bakagira ngo babuze. Ruhunga ku bikunze kumvikana mu bitangazamakuru ngo abantu babuze, yavuze ko ibi biterwa n’impamvu nyinshi. Ati ” (…) Hari abana b’abangavu, bajya mu tubyiniro babona bwije bakanga gutaha […]

Umweyo uravuza ubuhuha muri Polisi y’u Rwanda

Polisi y’u Rwanda (RNP) ikomeje kutihanganira imyitwaririre idahwitse cyane ruswa kuko kuva muri Mutarama kugeza mu Kwakira 2020, abagera kuri 56 bamaze kwirukanwa mu kazi. Hagendewe kuri iyi mibare, abapolisi hafi batandatu birukanwa buri kwezi mu mwaka wa 2020. Imibare itangwa na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ku bantu batacyemerewe akazi muri Leta […]

AMA 2020: Amafoto ya Jennifer Lopez ntiyoroheye abagabo

35987684-8976455-sultry_display_jennifer_lopez_dominated_the_stage_this_weekend_a-a-616_1606114698145.jpg

Umuririmbyikazi Jennifer Lopez yatumye benshi bumirwa ubwo yitabiraga ibirori bya American Music Awards 2020. Ni amafoto nk’uko Dailymail ibivuga, atoroheye ab’igitsinagabo bitewe n’uburyo uyu mugore yerekanye imiterere y’umubiri we. Lopez w’imyaka 51 yagaragaye nk’inkumi ari nako akora byinshi mu bitapfa gushoborwa n’abafite imyaka y’iwe. Ni nako n’uburyo yari yambaye nabwo hari ubutumwa bwatangaga ku bitabiriye […]

Maraba: Amabandi yatemye umugore amwiba asaga Frw ibihumbi 600

bf6e171d-b360-4990-be20-72c43999ab98_1_.jpg

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo itangaza ko umugore witwa Claudine Mukabagire wo mu gace ka Maraba mu Murenge wa Nyagisozi yatemwe mu kiganza n’amabandi atatu, arakamukomeretsa, anamutwara Frw ibihumbi 600 na telefoni ngendanwa. Mukabagire wari kumwe n’umugabo we, Faustin Mutabazi ubwo batahaga kuri moto mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, agategwa n’amabandi atatu yari agamije […]

Ndagira inama abakiri bato kutihutira gushinga ingo – Ubutumwa bw’uwiyahuye

1_1_-40jpg-44615-d2c1b_1_.jpg

Umugabo w’imyaka 40 wo mu Murenge wa Rusarabuye, Akagari ka Ndago mu Karere ka Burera, Innocent Twizerimana yiyahuye asiga agiriye inama abakiri bato, batarashinga ingo. Kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2020, nibwo byamenyekanye ko Twizerimana yiyahuye anyoye umuti wica imbeba. Mu butumwa uyu mugabo byemezwa n’ubuyobozi ko yari abanye nabi n’umugore we yakekaga ko amuca […]

Ethiopia yahaye igihe ntarengwa abasirikare ba Tigray ngo bamanike amaboko

Minisitiri w’intebe wa Ethiopia yahaye amasaha 72 ingabo za leta ya Tigray yo mu majyaruguru y’igihugu ngo zibe zamanitse amaboko zemere ko zatsinzwe, mu gihe iza leta ya Ethiopia zirimo kwerekeza ku murwa mukuru Mekelle w’iyo leta. Abiy Ahmed yabwiye abategetsi ba Tigray ko ubu “ibintu byarenze igaruriro”. Ingabo za Tigray People’s Liberation Front (TPLF), […]

Gatsibo: Umugabo yiyahuye nyuma yo gukeka ko umugore amuca inyuma

Umugabo wo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Gitoki, yiyahuye arapfa ubwo yimanikaga mu mugozi bitewe no gukeka ko umugore yajyaga amuca inyuma. Ibi byabaye mu ijoro ryakeye tariki ya 20 Ugushyingo 2020 mu Mudugudu wa Sata mu Kagari ka Karubungo mu Murenge wa Gitoki. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Mushumba John, yatangaje ko […]

Ingwe yakoze urugendo rw’amezi icyenda ishaka ingore yo gutera akabariro

_115587896_b16010dd-0eb6-491e-86ba-6895f2e22710.jpg

Ingwe y’ingabo yiswe Walker yakoze urugendo rwa Km 300 mu mezi atandatu igamije gushaka ingore yabyarana nayo mu gihugu cy’Ubuhinde. Abakora mu byo kubungabunga inyamaswa mu Buhindi bavuga ko iyi ngwe ifite imyaka itatu n’igice, yavuye mu gace ka pariki mu Burengerazuba mu Karere ka Maharashtra mu kwezi kwa Kamena 2020. Walker yavuye mu gace […]

Gen. Tumwine ashyigikiye ko abigaragambya baraswa

Minisitiri w’Umutekano wa Uganda, Gen. Elly Tumwine avuga ko polisi ifite uiburenganzira bwo kurasa no kwica abigaragambya mu gihe barenegreye mu guhungabanya umutekano. Abigaragambya batanye mu mitwe na polisi nyuma yo gufunga Bobi Wine uri mu biyamamariza kuba umukuru w’igihugu. Abantu 28 nibo bivugwa ko bamaze kugwa muri ako kaduruvayo. Gen. Tumwine ukunze kuvuga ko […]

Turi inararibonye mu byo muri kwinjiramo-Museveni abwira abateza umutekano muke

Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni avuga ko Uganda ari igihugu gitakanye bityo ushaka kuzana umutekano muke ku barwanashyaka ba NRM ari kwinjira mu kibuga aho aba ari inararibonye. Ubwo yiyamamazaga kuwa 20 Ugushyingo muri Moroto, Museveni yavuze ko adashobora kwemerera abashaka guhungabanya Uganda. Ati ” Uganda iratekanye ntabwo NRM izemerera abashaka kuzana akaduruvayo ngo […]

Nyamasheke: Baravuga impamvu umwanda utabura mu baturage

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Cyato w’akarere ka Nyamasheke baravuga ko ubukene buza ku isonga mu bituma abana n’abakuze bo muri uyu murenge bagaragarwaho umwanda ku mubiri no ku myambaro. Aba baturage babwiye TV1 ko kuba ahanini batunzwe n’inshuro aho abenshi bazinduka bajya guhingira abandi ngo babone amaramuko, bituma batabona umwanya wo kwita […]

MIGEPROF ivuga ko yahagurukiye iby’abakobwa b’i Rusizi bagura abasore

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango ( MIGEPROF) iratangaza ko yahagurukiye umuco wadutse mu bice by’akarere ka Rusizi aho abasore basaba abakobwa amafaranga ngo bakunde babagire abagore. Mu Ukwakira 2018 ni bwo TV na Radio One byamenye ko hari umusore ubuyobozi bw’umurenge wa Nkungu bwanze gusezeranya kubera ko hari umukobwa wamushinjaga ko n’ubwo agiye gusezerana n’undi na […]

Urubanza rwa Rusesabagina rwasubitswe ku nshuro ya gatatu

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya gatatu iburanisha ry’ubujurire bwa Paul Rusesabagina usaba iseswa ry’icyemezo kimwongerera iminsi yo gufungwa by’agateganyo. Rusesabagina ni we wongeye gusaba iri subika avuga ko kugeza ubu atarashobora kubonana n’umunyamategeko we Gatera Gashabana. Ubushinjacyaha bwo bwasabaga ko urubanza rukomeza, buvuga ko uregwa arimo gutinza urubanza, ariko Rusesabagina akavuga […]

Uko umuhungu wa pasiteri yavugiye ijambo mu Budage agahita yisanga mu Bufaransa

Umuhungu wa pasiteri, Johnson Suleman yageze mu Bufaransa nta tike ndetse n’ibyangombwa yagiraga nyuma y’isengesho yavugiye mu gihugu cy’Ubudage. Iby’aya makuru byatangajwe na pasiteri Suleman uyobora itorero ryitwa Omega Fire Ministries International ryo muri Nigeria. Ni Mu nkuru yasakaye mu bitangazamakuru byo muri Nigeria aho Pasiteri Suleman avuga ko umuhungu we “Yumvise ijwi ry’Imana rimutegeka […]

Bobi Wine aragezwa mu rukiko

Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine aragezwa mu rukiko rwa Iganga kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ugushyingo 2020. Uyu mugabo nk’uko ibinyamakuru bivuga, akurikiranweho gukora inama zitemewe zishobora gukwirakwiza indwara. Abanyamategeko be barimo Benjamin Katana babwiye Chimpreports ko batigeze bamenyeshwa ko umukiliya wabo agezwa mu rukiko ariko ko ” Bafite abantu babagejejeho […]

Rusizi: Umusore w’imyaka 20 arakekwaho kwica uw’imyaka 19

ennxlyqxcaymtqj.jpg

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Niyonzima Janvier w’imyaka 20 ukekwaho icyaha cyo kwica Nsengumurenyi Fabrice w’imyaka 19 agahita acika. RIB ivuga ko ubu bwicanyi bwabye kuwa 19 Ugushyingo mu Murenge wa Muganza. Ntihatangajwe icyateye ubu bwicanyi.

Imfungwa zisaga 170 zanduye Coronavirus

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imfungwa kiravuga ko abantu barenga 170 bamaze gufatwa n’indwara ya coronavirus naho abagera mu icumi muri bo bakaba barahitanywe nayo. Iki cyorezo kimaze kugera mu magereza atatu yo mu gihugu, kije mu gihe inzu nyinshi z’imfungwa zirangwamo umubare w’imfungwa usumba kure ubushobozi bwazo. N’ubwo ubuyobozi bw’aya magereza buvuga ko budafite icyo bwakora […]

Cameroon: Umunyarwanda ntiyorohewe no kugumana umwenda w’umuhondo

enmz_fexyaidcrq.jpg

Umunyarwanda, Mugisha Moïse yagumanye umwenda w’umuhondo nyuma yo kuba uwa cyenda mu gace ka kabiri k’irushanwa ry’amagare rya Grand Prix Chantal Biya riri kubera muri Cameroon. Aka gace ko kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020 kangana na Km 139.5 kavaga ahitwa Akonolinga kakanyura Abang kagasoreza Mbang. Mugisha yakoresheje amasaha atanu iminota 37 n’amasegonda 20. Ni […]

Abajenerali 14 mu gisirikare cya Ethiopia bashyiriweho impapuro zibata muri yombi

Ejo ku wa Gatatu, Polisi ya Ethiopia yatangaje ko yashyizeho impapuro zo guta muri yombi abasirikare bakuru 76 barimo ba Jenerali Majoro bane na ba Brigadiye Jenerali 10, bashinjwa gukorana na TPLF mu kugaba igitero ku kigo cya gisirikare. Leta ya Ethiopia yavuze ko icyo gitero ari cyo cyabaye intandaro y’iyi mirwano ikomeje kuba muri […]

Ngororero: Abayobozi batatu batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 19 Ugushyingo taliki ya 18 Ugushyingo 2020, rwafunze Harerimana Adrien, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Sovu; Umubyeyi Ildegonde, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero na Ntashamaje Eliazar Umucungamali w’Umurenge wa Sovu. Aba bose bakurikiranweho icyaha cyo kunyereza umutungo, guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano nk’uko RIB ibitangaza […]

Zanzibar: Abagore batatu basenzwe kubera amatora

Abagore batatu bo mu gace ka Gando gaherereye mu Karere ka Wete, mu kirwa cya Pemba muri Zanzibar basenzwe (kwirukanwa n’abagabo) kubera amatora ya perezida, abadepite na ba meya aherutse kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Tanzania. Mu gihe abandi baturage bari mu byishimo ko amatora yashojwe mu mahoro no mu mutuzo, imiryango y’aba bagore […]

Boeing yahitanye amagana barimo n’Umunyarwanda, yemerewe gusubukura ingendo

_109351114_musoni-jackson-ethiopian-airways-kenya.jpg

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe iby’ingendo zo mu kirere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FAA), Steve Dickson, yashyize umukono ku nyandiko yemerera indege zo mu bwoko bwa Boeing 737 kongera gutwara abantu mu kirere. Tariki 29 /10/2018 indege ya 737 Max ya kompanyi ya Lion Air yo muri Indonesia yarahanutse, abantu 189 bari bayirimo bose ntawarokotse, […]

Amerika: Abasaga ibihumbi 250 bishwe na COVID-19

Abishwe na Covid-19 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika barenze 250,000, mu gihe ubwandu bwayo bwongeye kwiyongera mu gihugu. Nkuko bitangazwa na Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika, kugeza ubu muri icyo gihugu abarenga miliyoni 11,5 bamaze kwandura coronavirus, muri bo abarenga 250,400 yarabishe. Amerika ni cyo gihugu cya mbere ku isi kimaze gutangaza abantu […]

London: U Rwanda rwavuze ku bya Zihabamwe uvuga ko Leta yashimuse abavandimwe be

_115230888_compositebrothers976.png.jpg

Ambasade y’u Rwanda i London mu Bwongereza yahakanye ibirego by’Umunyarwanda, Noël Zihabamwe uvuga ko Leta y’u Rwanda yashimuse abavandimwe be babiri, Jean Nsengimana na Antoine Zihabamwe. Hari amakuru ko aba babiri bafashwe n’abapolisi babasohoye mu modoka ya bisi hafi y’iwabo i Karangazi mu kwezi kwa Nzeri mu 2019, kugeza ubu bakaba batarongera kuboneka. Ambasade y’u […]

Gisagara: Umusaza avuga ko iyo imvura iguye ava mu nzu akugama ku ibaraza

arton671.png

Umusaza witwa Bandora Yohani utuye mu Kagali ka Duwani, Umurenge wa Kibilizi mu karere ka Gisagara, avuga ko iyo imvura iguye asohoka mu nzu akajya kugama ku ibaraza bitewe n’uburyo inzu ye isakayemo. Bandora usanzwe yibana afite imyaka 66 ngo anabarizwa mu kiciro cya mbere cy’ubudehe, ariko abaturanyi be bavuga ko inzu yenda kumugwaho nyuma […]

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa 11 mu miyoborere myiza

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa 11 mu bihugu 54 bifite imiyoborere myiza ku rutonde rwa Mo Ibrahim Governance Index 2020. Iki gihugu cyahawe amanota 60.5%. Ni mu gihe ibihugu nk’Ibirwa bya Maurice bifite 77.2% hagakurikiraho Cape Verde (73.1%) Seychelles (72.3%), Tunisia (70.4%) Botswana (66.9%) South Africa (65.8%), Namibia (65.1%), Ghana (64.3%), Senegal (63.2%) na […]

Karongi: Abaturage bamaze imyaka itanu bategereje ingurane

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kamusanganya mu Kagari ka Kibirizi mu Murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi baratabaza nyuma yo kumara imyaka itanu baka ingurane y’ibyabo byangijwe ahanyujijwe umuyoboro w’amashanyarazi uva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uza mu Rwanda. Nsekanabo Jean de Dieu na Nyirashuri Debura ni bamwe muri aba baturage, […]

Uzava mu ishyaka CNDD-FDD azabona ishyano- Perezida Ndayishimiye

Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye atangaza ko abazahairahira bava mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD bazabona ishyano. Ibi yabitangaje ubwo CNDD-FDD yizihizaga umunsi mukuru w’indwanyi cyangwa intwari nk”uko UBM News abitangaza. Ndayishimiye avuga ko abazava muri CNDD-FDD bazicuza nyuma bitewe n’intambwe ikomeye iri shyaka rizaba rigejeje ku gihugu. Perezida Evaritse wanabaye umunyamabanga mukuru w’ishyaka […]

Perezida Kagame yakiriye intumwa za Ethiopia irimo imirwano

enfjedew8amztvh.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye intumwa z’igihugu cya Ethiopia muri iki gihe ihanganye na Leta ya Tigray iri mu majyaruguru y’iki gihugu. Ibiro bya Perezida Kagame (Village Urugwiro), byifashishije Twitter bitangaza ko ” Perezida Kagame yakiriye intumwa ziyobowe na Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia, Demeke Mekonnen, aho […]

Ingabo za Ethiopia zerekeje kugaba ibitero ku murwa mukuru wa Tigray

Ethiopia ivuga ko ingabo zayo zigaruriye ahantu hanini mu leta ya Tigray iri mu majyaruguru y’igihugu ndetse ko ubu zirimo kwerekeza ku murwa mukuru Mekelle w’iyo leta. Ingabo za leta ya Tigray zigometse ku butegetsi bwa Ethiopia zivuga ko ubu zirimo kurwana ku wundi mujyi wa Alamata wo muri iyo leta. Impunzi ziva muri ako […]

Kenya: Umugore yavuze ubutumwa butangaje yahawe n’Imana ubwo yasambanaga na padiri

Umugore witwa Wairimu utuye ahitwa Naivasha muri Nakuru yatangaje ubutumwa Imana yamuhaye ubwo yumvaga ijwi ryayo ari gusambana n’umupadiri atavuze amazina. Aganira n’umunyamakuru, Baruthl wa Thayu, Wairimu yavuze ko yavuganye n’Imana inshuro zisaga indwi. Uyu mugore avuga ko ubutumwa bwinshi yabwakiriye muri ibi bihe bya COVID-19 mu rurimi rw’Igiswahili kitavangiye. Wairimu avuga ko Imana yarakaye […]

Abakina imikino y’amahirwe bashimuse umukinnyi w’ikipe y’igihugu

Abaturage bakina imikino y’amahirwe bashimuse umukinnyi wo hagati wa Nigeria (Super Eagles) Christian Obodo bavuga ko ikipe yabo yatumye baribwa amafaranga ubwo iyi kipe yanganyaga na Sierra Leone 4-4 kuwa Gatanu w’icyumweru gishize. Obodo yashimuswe ku cyumweru ubwo yari muri Leta ya Delta nyuma aza kurekurwa kuwa mbere nyuma amaze amasaha atari make afungiranwe mu […]

Uwatoje Amavubi yishyize ku mutwe ibyo gutsindwa kwa Uganda

Umutoza Jonathan McKinstry watoje ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yiyemerera ko ari we ibyo kuba uwa Mbere tariki 16 Ugushyingo 2020 Uganda yaratsinzwe na Sudani y’Epfo igitego kimwe ku busa ari we byabazwa. Uganda yatsinzwe umukino wa mbere kuva yatangira gutozwa na McKinstry mu mikino 12 ishize. McKinstry ati ” Ntabwo twakinnye neza, ndashaka ko […]

2019/2020: Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abahungu ryariyongereye

Raporo ya Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena y’u Rwanda, yerekana ko mu mwaka wa 2019/2020 mu birego 4265;by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina byakiriwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, harimo 111 byakorewe abahungu,bivuye kuri 80 byakiriwe n’uru rwego mu mwaka wa 2018/2019. Imibare yo muri iyo raporo iri bumurikirwe Inteko Rusange ya Sena kuri […]

2020: U Rwanda ruraza imbere mu kugira abanyeshuri benshi basoje amasomo muri Amerika

Abanyarwanda bagera ku 1,444 nibo basoje amasomo yabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka w’amashuri 2019-2020 nk’uko imibare itangazwa na Leta Amerika yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ugushyingo 2020. Hagendewe kuri iyi mibare, Abanyarwanda biga muri Amerika biyongereyeho 11.8% ugereranyije n’umwaka ushize ndetse ruhita ruza ku mwanya wa Gatandatu mu […]

Abantu 18 bari mu Mutwe wa MRCD-FLN baregewe urukiko rukuru

capture-32.png

Ubushinjacyaha Bukuru bwatangaje ko dosiye y’abantu 18 bari mu Mutwe wa MRCD-FLN, bakurikiranyweho ibyaha birimo iterabwoba, ubwicanyi, gushimuta no gutwikira abantu yaregewe Urukiko Rukuru. Mu butumwa bwashyize ku rukuta rwa Twitter bwagize buti “Uyu munsi Ubushinjacyaha bwaregeye mu mizi Urukiko Rukuru, dosiye iregwamo abantu 18 bari mu Mutwe MRCD-FLN, bakurikiranyweho ibyaha birimo iterabwoba, ubwicanyi, gushimuta […]

Biryogo: Bafite ubwoba bw’amabandi, abanywarumogi bari aharunzwe itaka

Abaturage bo mu Kagari ka Biryogo, Umurenge wa Nyarugenge, akarere ka Nyarugenge, bafite ubwoba bw’amabandi n’abanywarumogi bagize indiri aharunze itaka, hahoze isoko rya Biryogo Bafite impungenge zuko ibitaka byarunzwe ahavuye isoko bisigaye byihishamo amabandi n’abanywa urumogi. Umuturage ati ”Hano havuye isoko rya Biryogo ,hasigaye harabaye indiri y’amabandi n’abanywa urumogi ku mugoroba usanga insoresore zihicaye ari […]

Abandi bantu bashobora gupfa- Joe Biden

Joe Biden yaburiye ko “abantu bashobora gupfa” niba ubutegetsi bwe bwiteguraga kujyaho bukomeje kubangamirwa na Donald Trump. Avugira muri leta ya Delaware, uyu perezida watowe yavuze ko hacyenewe guhuza ibikorwa mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo cya coronavirus. Yavuze ko “nta gushyira mu gaciro na busa” biri mu kuba Perezida Trump yaranze kwemera ko yatsinzwe […]

Uganda yungukiye mu gutsindwa kwa Dr Ugirashebuja?

download_1_-5.jpg

Mu minsi ishize, manda y’Umunya-Uganda nk’umucamanaza mu rukiko mpuzamahanga (ICJ) rukorera i Hague, Julia Sebutinde ni bwo yari irangiye hategerejwe andi matora. Mu guhatanira uyu mwanya, kuwa 12 Ugushyingo 2020, Sebutinde na we ari mu bamamajwe na Perezida Museveni ubwe ngo azongere yiyamamaze gusa hari n’abandi bakandida bari bawukeneye ku mugabane wa Afurika. Sebutinde ari […]

Nairobi: Abana baribwa bakagurishwa agera ku Frw ibihumbi 300

Abana baribwa bakajyanwa ku isoko rya magendu aho bagurishwa. Ishami Africa Eye rya BBC ryinjiriye aba bacuruza abana ku mafaranga ashobora no kugera ku 300,000Frw. Inkuru ya Peter Murimi, Joel Gunter, na Tom Watson. Soma inkuru ya BBC : https://www.bbc.com/gahuza/amakuru-54957284

Ingabo za Uganda ziryamiye amajanja ku mipaka na Congo

Ingabo za Uganda (UPDF) zamaze kugera ku bwinshi mu duce tw’imipaka duhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ku ikubitiro, agace k’Ikiyaga cya Albert kose gakora kuri Congo, ingabo za UPDF zirahari n’intwaro ziremereye, imbunda zirasa kure ndetse n’izo mu kirere. UPDF kandi iri mu gace ka Rwenzori, kagizwe n”imisozi nk’uko byari bisanzwe […]

Huye: Abaturage 8 bavuye mu murenge umwe bajya kurwana mu w’undi

Ku wa Gatatu ni bwo abantu 8 bo ku Musozi wa Musasu mu Murenge wa Rusatira bagiye i Mara mu Murenge wa Ruhashya ho mu Karere ka Huye bagiye kwihimura nyuma yo gukubitirwa mu kabari k’urwagwa. Amakuru avuga ko aba bagabye igitero bafite ubuhiri bajya aho bakubitiwe baharwanira n’uwitwa Izabayo Anselme ahasiga ubuzima naho uwitwa […]

Hatangajwe igihe urukingo rwa COVID-19 ruzabonekera

Umusaruro w’urukingo rwa Covid-19 uzatangira kwigaragaza cyane ku mpeshyi y’umwaka utaha naho ubuzima busanzwe bwo bwagakwiye kuba bwagarutse ku isi mu mpera y’uwo mwaka, nkuko bivugwa n’umwe mu bakoze uru rukingo. Profeseri Ugur Sahin, umwe mu bashinze ikigo cy’ubushakashatsi no gukora imiti cya BioNTech, yavuze ko guhera kuri iyi mpera y’uyu mwaka kugeza mu ntangiriro […]

Uganda: Umusirikare ufite abana 18 yakatiwe gufungwa imyaka 90

Urukiko rwa gisirikare muri Uganda rwakatiye Private Lutokei Paul gufungwa imyaka 90 nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubwicanyi. Uwkatiwe iki gifungo afite abagore bane n’abana 18. Uru rukiko rwa diviziyo irwanira mu misozi ruri i Muhoti mu Mujyi wa Fort Portal rwakatiye Lutokei iki gifungo kuko yahamwe no kuba yarishe arashe umugore witwa Nayebale Pamela n’umwana […]

Ibikorwa by’agaciro karenze za miliyari 100 Rwf byaradindiye

Raporo ya Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu yagejejwe ku nteko ishinga amategeko igaragaza ko hari ibikorwa 55 bifite agaciro ka miriyari zirenga 100 byadindiye kubera imikorere itanoze y’inzego yitandukanye. Aho Inteko ishinga amategeko yemeje ubusabe bwa PAC bwo gusaba Minisitiri w’intebe gutanga raporo ku nteko ishinga amategeko mu gihe kutarenze amezi 8 hagaragazwa […]

RIB irashakisha babiri bakekwaho kwica umuntu bagacika

capture-31.png

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha abitwa Shumbusho Emmanuel w’imyaka 28 na Ndayisaba Charles w’imyaka 43 barakekwaho icyaha cyo kwica Uwimana Boniface w’imyaka 28 bagahita bacika. Aba bombi nk’uko RIB ibivuga, bakekwaho gukora iki cyaha mu Mudugudu wa Matyazo, Akagari ka Kiyabo mu Murenge wa Matyazo mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba kuwa 10 […]

Kamonyi: Abayobozi batatu batawe muri yombi

capture-30.png

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ugushyingo 2020 rwafunze Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, Niyonshuti Jean Damascene (DASSO) na Habyarimana Jean Marie Vianney ushinzwe Reserve Force (Inkeragutabara). Aba bayobozi batawe muri yombi kuko bakurikiranweho icyaha cyo kunyereza umutungo no kwaka ruswa nk’uko […]

BNR: Ubukungu bw’u Rwanda bwarahungabanye mu gihembwe cya kabiri 2020

Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko kubera ihungabana ry’ubukungu ryatewe n’icyorezo cya COVID-19, ukungu bw’u Rwanda bwahungabanye ku gipimo cya 12.4% mu gihembwe cya kabiri cya 2020 BNR isobanura ko mu gihembwe cya 2 cy’umwaka wa 2020 ubukungu bw’u Rwanda bwahungabanye ku gipimo cya 12.4% by’umusaruro mbumbe w’igihugu kubera gufunga ibikorwa bimwe na […]

Joe Biden yakoze amateka ku bademukarate muri Leta ya Georgia

Amateka agaragaza ko Perezida watowe w’Amerika Joe Biden yatsinze muri leta ya Georgia, aba umukandida wa mbere w’umudemokarate utsinze muri iyi leta guhera mu mwaka wa 1992. Uko gutsinda muri Georgia gushimangiye intsinzi ya Bwana Biden, ubu ugize amajwi 306 y’intumwa zitora – uburyo Amerika ikoresha mu gutora perezida. Bigaragara ko Perezida Donald Trump atsinda […]