Ubwongereza : Minisitiri wâintebe yirukanye abadipolomate 23 bo mu Burusiya
Minisitiri wâintebe wâu Bwongeereza, Theresa May, kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Werurwe 2018, yatangaje ko birukanye abahagarariye Uburusiya 23 nyuma yuko bunaniwe gutanga ibisobanuro byâuko uwahoze ari umudipolomate wâu Burusiya Sergei Skripal nâumukobwa we , Yulia bapfuye bahawe uburozi mu gace ka Salsbury mu Bwongereza. Uburusiya bwamaganiye kure icyi cyemezo cyo kwirukana abadipolomate […]
Umukozi wo mu ndege ya Fly Emirates Airlines yagerageje kwiyahurira ku kibuga cyâindege cya Entebbe
Umukozi wa Kompanyi yâindege ya Fly Emirates Airlines ari kurwana nâubuzima nyuma yo kugerageza kwiyahura asimbutse mu ndege ku Kibuga cyâIndege Mpuzamahanga cya Entebbe muri Uganda. Umuvugizi wâigipolisi, Emilian Kayima, akaba avuga ko uyu mugore hataramenyekana imyirondoro ye, yari ari kumwe na bagenzi be bitegura kwinjiza abagenzi mu ndege yari igiye I Dubai. Uyu mugore […]
Mu Rwanda hari kurebwa uko ubushobozi n'ubuhanga by'ababungabunga amahoro byakongerwa
Abasirikare nâ abasivire bagera kuri (40) baturutse mu bihugu 16 aribyo Brazil, Bangladesh, Canada, Kenya, Germany, Switzerland, Uganda, Zambia, India, Israel, Japan, Vietnam, Thailand, Nigeria, Norway, nâ U Rwanda nkâ Igihugu cyakiriye aya mahugurwa, nâintumwa zâ Umuryango wâAbibumbye batangiye amahugurwa abera mu kigo cya girikare I Gabiro, Combat Training Centre (CTC). Ni umushinga wâinyabutatu wa […]
Zimbabwe: Ibitaro byafunze abaganga bajya mu myigaragambyo
Ibitaro byo muri Zimbabwe byafunzwe nyuma yuko abaganga baramukiye mu myigaragambyo basaba leta ko yabongerere imishahara. Ishyirahamwe ryâabaganga muri Zimbabwe (ZHDA: Zimbabwe Hospital Doctors Association) rivuga ko guverinoma yananiwe gukemura ikibazo mu byumweru 2 bishize ubwo abaganga bahitagamo guhagarika kuvura abarwayi. Mu itangazo irishyirahamwe ryashyize ahagaragara bagize batiââ Tuziko ibitaro byo mu gace ko hagati […]
Uganda: Abakozi ba Umeme Ltd batewe nâinzuki, umwe arapfa, abandi bajyanwa ku bitaro
Abakozi bakorera ikigo gitanga umuriro wâamashyanyarazi, Umeme Ltd, batewe nâinzuki, umwe ahita apfa, abandi babiri boherezwa mu bitaro. Ibi byabereye mu gace ka Nsagi, akarere ka Wakiso, mu gihugu cya Uganda. Bamwe mu bagize umuryango wâabatabazi (Croix Rouge) ni bo batabaye aba bakozi, babavanaho izo nzuki zari nyinshi barangije babajyana ku bitaro. Uyu muryango kandi […]
Kamonyi: Inzu yâubucuruzi yafashwe nâinkongi yâumuriro ibicuruzwa birashya birakongoka- AMAFOTO
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 14 Werurwe 2018, nibwo inzu yâubucuruzi iherereye mu Murenge wa Kayenzi yafashwe nâinkongi yâumuriro, ikongokana n’ibicuruzwa byarimo. Iyi nzu iherereye mu isanteri yâubucuruzi ya Kayenzi, iri mu murenge wa Kayenzi, akarere ka Kamonyi, Intara yâAmajyepfo, inkongi ikaba yafashe amaduka atatu yâubucuruzi. Umwe mu bari bahari utifuje ko […]
Amatariki y'ibizamini by'impushya zo gutwara ibinyabiziga muri Kigali nâIntara yâi Burasirazuba yahinduwe
Polisi yâu Rwanda iramenyesha abari biteguye kuzakora ibizamini byâimpushya ibinyabiziga ku wa Mbere wâicyumweru gitaha, ko amatariki yahinduwe. Ibicishije ku rukutwa rwa Twitter, Polisi yâigihugu yatangaje ko ku wa Mbere tariki ya 19 Werurwe 2018, ibizamini byari bihateganyijwe mu Mujyi wa Kigali nâIntara yâI Burasirazuba ko byimuwe. Igira aiti âUmujyi wa Kigali, Â ikizamini cy’impushya z’agateganyo […]
Umuhanga isi yashingiragaho muri siyansi, Prof. Stephen Hawking yapfuye
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Werurwe 2018, umuryango wâicyamamare mu bijyanye nâubumenyi (science), Stephen Hawking, watangaje ko yamaze gupfa. Ni nyuma yâimyaka 55 yari arwaye agendera mu kagare. âNâakababaro kenshi, turabamenyesha ko umubyeyi wacu amaze gupfa. Yari umuntu wâingirakamaro kandi wihariye ku ruhando mpuzamahanga.â Aya ni amagambo abana be, Lucy, Robert na Tim […]
Umuryango wo muri Afurika yâEpfo ufite impungenge zâumuntu wawo wabaga mu Rwanda wabuze
Umuryango wâUmunya-Afurika yâEpfo wabaga I Kigali uravuga ko udaheruka kumwumva no kumuca iryera mu gihe cyâibyumweru bitatu bishize none ukaba uhangayikishijwe no kumenya aho aherereye. Biravugwa ko uyu mugabo wâimyaka 60 witwa Leon Orsmond ukomoka muri Afurika yâEpfo, yari amaze imyaka 8 aba mu Rwanda akorana nâibigo byâikorabuhanga mu Rwanda ibijyanye na digital marketing nkâuko […]
Weasel agiye gukorana indirimbo na Mbabazi Lilian wabyaranye na Radio
Umuhanzikazi Lilian Mbabazi, wabyaranye abana babiri na Radio, agiye gukorana indirimbo na Weasel wari usanzwe aririmbana nâumugabo we, mu itsinda bari bagize rya Goodlyfe. Lilian Mbabazi ugiye gukorana indirimbo na Weasel Mayanja wo muri Goodlyfe, mbere yo kuririmba ku giti cye, yahoze ari umwe mu bakobwa baririmbaga mu itsinda Blu*3. Amakuru agera ku kinyamakuru Chimpreports […]
Rusizi: Polisi yataye muri yombi uwiyitaga umucamanza akariganya umuturage
Kuva kuwa 12 Werurwe 2018, Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Rusizi ifunze uwitwa Rwivuganabigwi Didier wâimyaka 49 ukurikiranyweho ubwambuzi bushukana, nyuma yo kuriganya umuturage amwaka amafaranga, amubeshya ko ari umucamanza akaba azamufasha mu gufunguza umwe mu bana yareraga wari ufunze. Ni nyuma yâuko yafatiwe mu karere ka Ngororero agerageza kubikuza amafaranga ya nyuma […]
Ntimwitinye, mutinyuke ufite ikibazo akivuge ubuyobozi bumufashe kwiteza imbere â Guverineri Munyantwali
Guverineri wâIntara yâIburengerazuba, Alphonse Munyantwali, yabwiye abaturage bo mu Ngororero, mu Murenge wa Matyazo byâumwihariko abagore, ko bakwiye gutinyuka bakagaragaza ibibazo bafite ubuyobozi bukabafasha kwiteza imbere. Ibi Guverineri Munyantwali akaba yarabitangaje ubwo  yifatanyaga nâabaturage bâAkarere ka Ngororero, mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wâumugore ku itariki ya 08 Werurwe 2018. Mu ijambo rye, guverineri yagaragaje ko igikomeye […]
Abasirikare bane ba UPDF bari bakurikiranweho kugerageza guhirika ubutegetsi birukanwe
Abasirikare bane barimo ba ofisiye mu gisirikare cya Uganda, UPDF, birukanwe mu gisirikare bazira kugerageza kugaba igitero ku Kigo cya Gisirikare cya Kabamba mu karere ka Mubende bagamije no guhirika perezida Museveni ku butegetsi. Aba basirikare ni Lt. Col. Philip Frank Eguma, Capt. Hillman Bosco Aleper, Lt Ronald Waibi Mwavu na Pte Kenneth. Kuri uyu […]
Yanteye inda twigana muri kaminuza i Butare, ubu yabaye umuyobozi ukomeye ndamuhamagara akantera ubwoba ngo ni ukumwicira izina- NKORE IKI?
Muraho, munyihanganire kuko amazina yanjye ntabwo nyatangaza, ndi umukobwa wabyariye iwabo, ubu mfite imyaka 34, umwana wanjye akaba afite imyaka 6. Mu mezi yo hagati mu 2011 nibwo umusore twiganaga yanteye inda, twari inshuti cyane, numva mukunze ntacyo namwima kuko twari dusangiye ubuzima bwâishuri kandi tunakundana, twigaga muri kaminuza i Butare abahazi muzi amateka yaho […]
Mu Rwanda ntabwo dushobora kugirira nabi Abagande, ni bene wacu, dusangiye amaraso- Min. Mushikiwabo
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga akaba nâumuvugizi wâu Rwanda, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko umubano mubi umaze iminsi uvugwa hagati yâu Rwanda na Uganda, ari bwo bwawukuruye, ashimangira ko Abanyarwanda batagirira nabi Abagande bafata nkâabavandimwe. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ku wa Kabiri tariki ya 13 Werurwe 2018, nibwo Min. Mushikiwabo yabajijwe ku mubano wâu Rwanda na Uganda, umaze […]
Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyita Museveni perezida wâu Rwanda
Ikinyamakuru The Times gisohoka buri munsi mu Bwongereza kikaba kimaze imyaka nâimyaka mu itangazamakuru, gitangiye kujya kita perezida Museveni wa Uganda perezida wâu Rwanda, ku mpamvu umuntu atamenya niba ari ukwibeshya bisanzwe cyangwa hari ikindi kibyihishe inyuma. Iki kinyamakuru kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Werurwe 2018 kikaba cyasohoye inkuru ivuga kuri perezida Museveni ariko […]
Noble Marara, wahoze mu basirikare barinda Perezida Kagame, yaburiwe ko hari abashaka kumwica
Amakuru aturuka mu gihugu cyâu Bwongereza avuga ko Noble Marara, umwe mu basirikare bahoze barinda Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yaburiwe nâigipolisi cyâiki gihugu ko hari abashaka kumwica. Ikinyamakuru The Times cyo mu Bwongereza gitangaza ko Noble Marara, umugabo wâimyaka 43 yahungiye mu Bwongereza nyuma yo kuva mu Rwanda, ubu akaba aba mu gace ka […]
Kigali: Ihuriro Mpuzamahanga rya Next Einstein Forum (NEF) Â rizayoborwa na perezida Kagame riregereje
Guhera kuwa 26 kugeza kuwa 28 Werurwe, I Kigali hateganyijwe ibikorwa bitandukanye byâiminsi itatu by’ihuriro mpuzamahanga rya Next Einstein Forum (NEF) rizaba riyobowe na perezida Paul Kagame, rikazahuriza hamwe abahanga mu bumenyi nâikoranabuhanga, ku butaka bwa Afurika, Ni inama ikomeye izahuriramo abahanga mu bumenyi nâikoranabuhanga, abayobozi bâibigo, abanyacyubahiro bakomeye baturutse hirya no hino ku Isi […]
Imana ntiba mu mwobo, mu buvumo, bagomba kuyisengera ahantu hazima hayiteguriwe- Guv. Gatabazi
Ku wa Kabiri, tariki ya 13 Werurwe 2018, Mu nama yahuje abahagarariye amadini nâamatorero akorera mu Ntara yâAmajyaruguru, Guverineri Gatabazi JMV yababwiye ko bakwiye kubaha Imana bakayisengera ahantu hayihesha icyubahiro, bakarinda abayoboke kujya mu myobo, mu mazi , mu butayu no mu misozi, kuko Imana iba hose. Inama ihuje abayobozi bâIntara, inzego zâumutekano, abayobozi bâuturere, […]
RDC: Minisitiri wâintebe, Bruno Tshibala arasabwa kwegura
Itsinda ryâimpuguke rya sosiyete sivile muri Repubulika iharanira demukarasi ya Congo ( RDC) irasaba ko Minisitiri wâintebe, Bruno Tshibala yakwegura bitewe nâintege nke bamubonaho. Ku wa 12 Werurwe 2018, Dieudonne Mushagalusa, umuhuzabikorwa muri iri tsinda yabwiye itangazamakuru i Kinshasa ko impamvu yo kweguza uyu muminisitiri ari ukugira ngo RDC yisubize agaciro. Iri tsinda kandi riravuga […]
Jamie Carragher yasabiwe imbabazi nyuma yo guhagarikwa na Sky, azira gucira ku mwana
Umuryango wâumwana Jami Carragher wahoze akinira Liverpool, umunyamakuru wa Sky, yaciyeho wamusabiye kutirukanwa ku kazi nyuma yo gusaba imbabazi ku ikosa yakoze. Nyuma yâumukino wahuje ikipe ya Manchester United na Liverpool ku wa 10 Werurwe 2018, uyu munyamakuru yateranye amagambo na se wâuyu mwana wâumukobwa. Uyu mubyeyi yagendaga asubiriramo Carragher ko ikipe yakiniye (Liverpool) itsinzwe […]
Uganda: Umudepite wahamagariye abagabo gukubita abagore ari mu mazi abira
Muri Uganda, inteko ishinga amategeko igiye gukora igenzura ku mvugo yavuzwe nâumwe muri yo, agira ati â Kugira ngo abagore bubahe abagabo bagomba kujya bacishwaho akannyafu.â Ibi bikaba byakururiye uyu mudepite akaga asabwa nâabantu benshi kwegura Ku munsi mpuzamahanga wâabagore, ubwo umukuru wâigihugu, Yoweri Kaguta Museveni yari yawizihirije mu karere ka Mityana, umwe mu nteko […]
Abasirikare bâu Rwanda basoje imyitozo barimo muri Bangladesh- AMAFOTO
Abasirikare bâu Rwanda bari mu mahugurwa yo kubungabunga amahoro yiswe âShanti Doot-4â (Intumwa yâamahoro ya Bangla), mu gihugu cya Bangladesh kiri ku mugabane wa Aziya, bagarutse mu Rwanda. Ni amahugurwa amaze ibyumweru bitatu, yatangiye ku wa 26 Gashyantare, asozwa ku wa Mbere tariki ya 12 Werurwe 2018, akaba yaritabiriwe nâingabo zigera kuri 780 zirimo ba […]
Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane wâu Burayi
Biragaragara ko umupira w’amaguru wihariwe cyane nâibihugu by’i Burayi. Uyu mugabane nawo ugira shampiyona eshanu ziyobora izindi, dukurikije ibikombe amakipe aturukamo atwara ndetse nâabakinnyi bayo bakiharira ibihembo byinshi ku mugabane no ku isi yose. Ibihembo abakinnyi batwara babikesha ibitego byinshi batsinda n’uburyo bafasha amakipe yabo gutwara ibikombe. Uru ni urutonde rw’abakinnyi 10 batsindiye amakipe yabo […]
Ntibikwiye ko umuntu ajya guhazwa umubiri nâamaraso bya Yezu arwaye amavunja, kuko na Yesu yari umusirimu- Guv. Gatabazi
Kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 13 Weruwe 2018, mu Ntara yâAmajyaruguru, Guverineri Gatabazi mu kiganiro yahaye abahagarariye amadini nâamatorero, ikiganiro cyari kigamije kureba uko ifunga n’isuzuma ry’insengero zitujuje ibyangombwa, yababwiye ko amadini yakoze byinshi byunganira Leta ariko na none avuga ko bidakwiye kuba hari abaturage bakigaragara barwaye amavunja, bafite n’umwanda kandi babarizwa muri aya […]
Tanzania: 90 bâurubyiruko bandura agakoko gatera SIDA ku munsi
Nyuma yâubushakashatsi bwakozwe mu Ukuboza 2017, bwari bugamije kureba aho intera ya virusi itera SIDA igeze, muri Tanzania hasohowe raporo yâibyavuyemo, aho urubyiruko kuva ku myaka 14 kugeza kuri 24 bandura virusi buri munsi, rugera kuri 90. Umuganga ushinzwe gutanga ibisubizo byâiyi virusi, Dr. Leonard Maboko yatangaje ko virusi itera SIDA ifata abantu 81,000 ku […]
Uganda: Abakozi babiri ba MTN bafunzwe bazira gufunga imirongo ya telefoni zâabayobozi bakuru
Naser Kigenyi na Henry Mugambe, bombi bakorera MTN/Uganda mu gace ka Mubende mu mujyi wa Kampala, bajyanywe mu buroko nyuma yo gushinjwa gufunga imirongo ( sim cards) zâAbaminisitiri babiri n’abandi bayobozi mu nteko Ishinga Amategeko. Aba bagabo bafunze umurongo wa Persis Namuganza, Minisitiri wâubutaka, Christopher Kyebaganza, Minisitiri wâubuhinzi, Mwine Mpaka na Mercy Kyankunda, bombi bo […]
Sudani yâEpfo: Perezida Salva Kiir yirukanye Minisitiri wâImari nâumuyobozi wâingabo
Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, yeguje umuyobozi wâingabo, Gen. Marial Chanuong Yol na Minisitiri ushinzwe imari, Stephen Dhieu Dau. Televiziyo yâigihugu niyo yatangaje aya makuru gusa ntiyigeze itangaza impamvu Salva Kiir yabirukanye mu mirimo yabo. Gen. Yol bakunze kwita âtigerâ yahoze ari umuyobozi wâingabo zishinzwe kurinda umukuru wâigihugu mbere yuko aba umuyobozi wâingabo ushinzwe […]
Guverineri Gatabazi arasobanura uburyo Siporo ishyizwe imbere mu Ntara yâAmajyaruguru
Guverineri wâIntara yâAmajyaruguru avuga ko mu Ntara abereye umuyobozi, Siporo iri mu byashyizwe imbere, bitewe nâuburyo ifitiye sosiyeti akamaro mu buryo butandukanye. Guverineri Gatabazi JMV, avuga ko Intara yâAmajyaruguru ikora siporo rusange kabiri mu kwezi, ifite amakipe ari mu kiciro cya mbere cyâumupira wâamaguru, amakipe yo mu mashuli abanza nâayisumbuye, imikino yâintoki n’iy’abamugaye⊠iyo mikino […]
Amafaranga yose yâumushinga wâamazi mu Mujyi wa Kigali wa miliyoni zirenga 262$ yabonetse â MINECOFIN
Amafaranga yose yari akenewe ku mushinga wâamazi mu Mujyi wa Kigali, wa miliyari zisaga 223 zâamafaranga yâu Rwanda yamaze kuboneka nkâuko byemejwe na Minisitiri wâImari nâIgenamigambi, Amb Claver Gatete uvuga ko ari ugushyira mu bikorwa uwo mushinga abaturage bakabona amazi ahagije mu myaka ine iri imbere. Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Mbere, itariki ya […]
Uganda: Umupfumu wari umaze imyaka 7 asambanya umwana we akanamutera inda, yafashwe
Polisi yo muri District ya Mpigi muri Uganda, yataye muri yombi umugabo uzwiho ubupfumu, wari utuye mu gace ka Kanaani , ashinjwa gusambanya umwana we wâumukobwa anamutera inda. Vincent Ssenoga uzwi ku izina rya Jjaja Kasooba wâimyaka 69, ashinjwa gukoresha umukobwa we wâimyaka 20, imibonano mpuzabitsina mu gihe cyâimyaka irindwi, ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi […]
Mubareke bazigaragambye nibwo bazamenya uwo ndiwe â Perezida John P. Magufuli
Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yaburiye abaturage ba Tanzania abihanangiriza kuzakora imyigaragambyo itemewe, avuga ko atazigera atuma imyigaragambyo nkâiyo itinza amavugurura yâubukungu ye. Ubwo yajyaga ku butegetsi mu Ugushyingo 2015, perezida Magufuli yasezeranyije kurwanya ruswa yivuye inyuma ndetse agaragaza ingamba zigamije kuvugurura ubukungu bwâigihugu zirimo guhagarika ibintu bitwara leta amafaranga ntacyo bimaze. Kuri iki […]
Iyo uguze ubutaka bugenewe ubuhinzi ukabukoresha mu bindi uba wica amategeko â Min. Kaboneka
âNiba uguze ubutaka bugenewe ubuhinzi, ugomba nawe kubukoresha mu buhinzi. Niba ukora ibitari ibyo uraba uri kwica amategeko,â Uyu ni minisitiri wâubutegetsi bwâigihugu, Francis Kaboneka, kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Werurwe 2018 ubwo yari yasuye Akarere ka Nyagatare, aho ari kumwe nâumukuru wa Polisi, IGP Gasana, bari baiye kwibutsa abaturage ibijyanye nâimikoreshereze yâubutaka no […]
Ruhango: Umukozi wa SACCO afunze azira amafaranga 2,000 akekwaho kwaka abaje kubikuza inkunga bagenerwa
Umukozi wa SACCO Nkunganire – Ntongwe yo mu Karere ka Ruhango witwa Mukeshimana Marie Chantal afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango akekwaho kwaka abatishoboye ibihumbi bibiri byâamafaranga yâu Rwanda nkâinyoroshyo kugira ngo abahe amafaranga yâinkunga bagenerwa na Leta.  Ifatwa rye ryaturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bo yayatse nyuma yâicyumweru abasiragiza ababwira ngo […]
Uganda: Abanyaburayi 2 bafatiwe ku kibuga cyâindege bashaka gusohora ikiyobyabwenge cya Mugo
Abagabo babiri bakomoka mu Burayi bafatiwe ku kibuga cyâindege cya Entebbe, I Kampala muri Uganda bashaka gusohokana ikiyobyabwenge cya heroin bakijyanye hanze yâigihugu nkâuko bitangazwa na polisi. Umwe muri aba witwa Laudato Masimo, ukomoka mu Butaliyani, igipolisi kivuga ko yafatanywe ibiro bitatu bya heroin (Mugo) ashaka kwinjira indege yerekeza I Buruseli mu Bubiligi muri iyi […]
Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 yâIgisirikare cya Canada
Umunyarwanda ubarizwa mu gisirikare cya Canada AimĂ© Hirwa, Umunyakanada wâimyaka 22 ufite inkomoko mu Rwanda, yamaze kuba umwe mu bagize batayo ya 1 The Royal Newfoundland Regiment yâigisirikare cya Canada, ifite ibirindiro ahitwa St Johnâs. Uyu musore wasinye amasezerano yâimyaka 4 mu gisirikare, akaba aherutse gutoranwa nkâumwe mu Masura ya Division ya 5 yâIgisirikare cya […]
Urubanza rwa Ingabire Victoire rwatangiye nta mwana Alain Muku afite, rurangira afite babiri
Tariki ya 08 Werurwe 2018, i Kigali muri Hotel Umubano, nibwo Mukuralinda yavuze ku rubanza rwa Ingabire Victoire , avuga ku gitabo yanditse, aho yavuze uburyo abantu bamwe bakiriye imikirize yarwo no kuba rwaratangiye nta mwana agira, rukarangira afite babiri. Uwahoze ari umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda akanaba nâumuvugizi wabwo , Alain Mukuralinda, ubwo yamurikaga igitabo […]
Urutonde rwâabaperezida bayoboye igihe kirekire kurusha abandi ku Isi
Mu gihugu cyâUburusiya, kuwa 18 Werurwe 2018, hateganyijwe amatora yâumukuru wâigihugu.Perezida uri ku butegetsi Vladimir Putin arahabwa amahirwe menshi ko ariwe uzatorwa. Putin natorwa, azaba ari manda ye ya kane ari ku butegetsi mu gihe kirenga imyaka 20. Muri iyi nkuru twifashije wikpedia, twabateguriye abandi bakuru bâibihugu bategetse igihe kirekire kurusha abandi ku isi dukuyemo […]
Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya
Nyuma yo kurusimbuka, Claver Mbonimpa, umusaza wâimyaka 68 yâamavuko akaba n’impirimbanyi yâuburenganzira bwa muntu, avuga agahinda yagize mu mwaka wa 2015, nyuma yo kuraswa akarusimbuka, umwana nâumukwe we bo bakicwa. Â Mu kiganiro yagiranye na DW (Deutsche Welle), Mbonimpa yaboneyeho gutangaza ko yapfushije abantu benshi bâaba abo mu muryango nâabandi barundi muri rusange. Ati”Nabuze umwana […]
AMAFOTO: Gucugusa ikibuno bisaba ubwenge kuko ni ibintu bikaze- SuperSexy
Umugore w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri Instagram na snapchat, uzwi ku izina rya SuperSexy, yatangaje ko gucugusa ikibuno atari ibintu bya buri wese, kuko bisaba ubuhanga buhanitse ndetse anagira inama abakobwa baba bifuza kuzamwigana. Uyu mugore w’umunyarwanda uba mu gihugu cya Uganda, ufite umugabo w’umuzungu, ibi yabigarutseho ubwo yaganiraga n’itangazamakuru mu ijoro ryo […]
Mbere yo gukora ikosa ryo guca inyuma umukunzi wawe, dore ibyo ukwiye kwibaza
Muri iyi minsi gucana inyuma byabaye ingeso mu bice bigiye bitandukanye aho usanga abagabo nabagore barafashe iya mbere mu gucana inyuma ibintu bikunze kugaragara kenshi gashoboka nyamara binagira ingaruka mbi aho usanga ufatiwe mucyuho ashobra no kuhasiga ubuzima. Nyamara mbere y’uko ukora iryo kosa ryo guca inyuma uwo mukundana cyangwa mwashakanye ukwiye kujya uzirikana ibi […]
Uganda: Imam w'umusigiti yakatiwe burundu azira gufata ku ngufu umwana wâimyaka 2
Urukiko rwo mu gace ka Mukono rwakatiye Imam wâimyaka 69 yâamavuko gufungwa ubuzima bwe bwose azira gufata ku ngufu umwana wâumukobwa wâimyaka 2. Uyu musaza witwa Musa Mulo ni umusiramu uri ku rwego rwa Imam akaba yari ayoboye umusigiti wa Kibubbu mu karere ka Buikwe. Imam Musa Mulo akaba yemeye icyaha imbere yâurukiko. Umushinjacyaha wa […]
Umugabo wanjye ntajya antegura mbere yo gukora imibonano mpuzabitsina, akanshinza kutamunezeza, ndumva namuta- NKORE IKI?
Abubatse ingo cyane cyane nibo nitabaje duhurira kuri uru buga rwa Bwiza.com, ndasaba inama kuko umugabo mfire arandembeje anziza kutagira ububobere. Kuva twabana hashize imyaka 3, ariko buri gihe dukora imibonano dushwana kuko njye mba mbabara mu gihe we aba arajwe ishinga no kwinjira ngo akore ibyo akora arangize. Twabanye n’ubundi mfite umwana we, yanteye […]
USA: Batanu basize ubuzima mu mpanuka y'indege yaguye mu mugezi
Abagenzi batanu bari bakodesheje indege ya kajugujugu bapfuye nyuma y’uko indege yarohamye mu mugezi witwa “East River” hafi ya Gracie Mansion, muri New York, umugi wo muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Amakuru aturuka kuri umwe mu bayobozi ba polisi muri New York, James OâNeill, yavuze ko aba bagenzi bari bakodesheje iyi ndege bashaka kwifotoza. […]
U Buholandi: Ndereyehe Ntahontuye Charles ukurikiranweho uruhare muri jenoside ni muntu ki?
Ndereyehe Ntahontuye Charles akomoka muri Komine Cyabingo mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, agace kakomokagamo benshi mu bari abategetsi. Mu 1992, hamwe nâabandi banyabwenge bâabahezanguni barimo Nahimana Ferdinand, Dr Rwamucyo EugĂšne, Dr Nshimyumuremyi Jean Berchmas nâabandi, Ndereyehe yaremye kandi ayobora umutwe wâabagizi ba nabi wiswe  Cercles des RĂ©publicains Progressistes washishikarije  abanyeshuri gutegura jenoside muri Kaminuza i Nyakinama nâi […]
Kuki Imana yemera ko tugeragezwa?
Itangiriro 29:21-27 Mu gitondo Yakobo abona ari Leya abaza labani ati wangize ibiki? Rasheli si we natendeye? Niki gitumye undiganya utyo? Labani ati iwacu ntibagenza batyo gushyingira umuto basize umukuru. Iyi nkuru irimo abantu 4 Yakobo twagereranya nâ umukristo, Labani twagereranya ko ahagarariye Imana, Rasheli twakwita imigisha yo mu gakiza na leya twakwita ikigeragezo kuko […]
Indege itwara abagenzi ya US-Bangla Airlines yakoreye impanuka ku kibuga cyâindege
Indege itwara abagenzi ya kompanyi ya US-Bangla Airlines kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Werurwe saa 2:15 za mugitondo ku isaha yo muri Nepal yakoze impanuka ubwo yari irimo kururuka ku Kibuga cyâindege cya Tribhuvan muri Kathmandu abantu 49 bahasiga ubuzima. Iyi ndege yari itwaye abantu 67 n’abakozi bayo bane, ubwo yageragezaga kugwa ku kibuga […]
Iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi, Gen Kayihura niwe wabigenderagamo – Andrew Mwenda
Ngo iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi, Gen Kale Kayihura niwe wabigenderagamo bitewe nâinkomoko ye nkâuko yabihishuriye inshuti ubwo hongeraga kuvugwa umwuka mubi hagati yâibihugu byombi. Umunyamakuru uzwi cyane mu gihugu cya Uganda no mu karere, Andrew Mwenda aravuga ko ishyaka riri ku butegetsi NRM, vuba rizicuza kuva ku buyobozi bwâigipolisi kwa Gen. Kale […]
Kampala: Amafoto yâumuhanzi wafashwe asambanira mu modoka
Barbie Jay, umuhanzi wo muri Uganda yatawe muri yombi na polisi, ashinjwa gusambanira mu modoka. Uyu muhanzi nâumukobwa bikekwa ko basambanaga utatangajwe amazina, bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Lubaga. Mu itangazo polisi yashyize ahagaragara, ivuga ko uyu muhanzi yaparitse imodoka ku ruhande rwâumuhanda, atangira gukorana imibonano nâuwo mukobwa udatangazwa amazina. Ikinyamakuru Chimpreports cyo muri […]
Gereza ya Rusizi yari igenewe gufungirwamo abagororwa 2600 irimo 3.248
Abafungiye muri gereza ya Rusizi iherereye mu Ntara yâi Burengerazuba, bavuga ko babangamiwe nâubucukike buyirimo, aho ubu abasaga 600 barenga ku mibare yagenwe. Ubwo Minisitiri wâubutabera, Busingye Johnston yasuraga gereza ya Rusizi mu cyumweru gishize, nibwo ubuyobozi bwâiyi gereza nâabayifungiyemo, bamutangarije iki kibazo bavuga ko kibabangamiye. Ubuyobozi bwâiyi gereza bwemeza ko ubucukike buhari, ko iyi […]
Rulindo: Umusaruro w'ibigori wabaye mwinshi isoko rirabura
Bamwe mu bahinzi bâibigori mu Karere ka Rulindo barasaba inzego zâubuyobozi kubashakira isoko ryâumusaruro kuko baguze imbuto bahenzwe none umusaruro ukaba warabuze isoko. Ngo bahinze ibigoli ku bwinshi bakoresha imbaraga zose kuko bizezwaga isoko rihagije ryâumusaruro none ngo barasaruye babura isoko ibigori bisa nâibiri gupfa ubusa ni abaturage bo mu murege wa Rukozo. Ikibabaza aba […]
Uganda: Urwego rwâubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa
Ibyumweru bikeya mbere yâuko perezida Museveni ategeka ihagarikwa rya  bamwe mu bapolisi bakuru, inzego zâubutasi ngo zari zamuburiye ko ashobora kwicwa. Mu mpera zâumwaka ushize nibwo perezida Museveni yategetse itsinda ryari riyobowe nâurwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI), guhagarika, guhata ibibazo no gufunga abapolisi benshi barimo uwari ukuriye ibikorwa bidasanzwe bya polisi, Nickson Agasirwe na […]
Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana
Ku umugoroba wo kuri iki cyumweru, tariki ya 11 Werurwe 2018, nibwo hamenyekanye amakuru yâurupfu rwa Musenyeri Bimenyimana Jean DamascĂšne wayoboraga Diyoseze Gatolika ya Cyangugu waguye mu Bitaro biherereye Nairobi muri Kenya aho yari amaze iminsi ari muri Koma. Musenyeri Bimenyimana yabonye izuba tariki ya 22 Kamena 1953, avukira i Bumazi, Paruwasi Shangi muri Diyosezi […]
Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi wâikirenga wa CNDD-FDD iteka nâiteka
Kuri iki cyumweru tariki ya 11 Werurwe 2018 , ishyaka CNDD-FDD rya Perezida wâu Burundi Pierre Nkurunziza ryatangaje ko ryaraye rimugize Umuyobozi waryo wâIkirenga wâIteka (Guide Permanet). Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama yâiminsi ibiri yâabayobozi bakuru bâishyaka CNDD-FDD yabaye kuwa gatanu Tariki ya 09 no kuwa gatandatu Tariki ya 10 Werurwe, 2018, ibera ku ivuko […]
China: Hakuweho manda ntarengwa k'umukuru wâigihugu biha amahirwe Xi Jinping yo kuyobora kugeza apfuye
Inteko ishinga amategeko yâigihugu cyâUbushinwa yatoye itegeko rikuraho igihe ntarengwa umukuru wâigihugu agomba kumara ku butegetsi. Ibi bikaba bihaye amahirwe perezida Xi Jinping ku guma ku butegetsi igihe kirekire. Ishyaka riri ku butegetsi rya Communist Party ryari ryatanze icyifuzo cyo guhindura itegeko nshinga kugira ngo bakureho umubare wa manda. Ibi byagomba kubanza kunyura mu nteko […]
Areruya Joseph yamaze gusinyira Delko Marseille Provence KTM mu Bufaransa
Kuri uyu wa 11 Werurwe 2018, umunyarwanda ukina umukino wâamagare, Aleluya Joseph uzwi ku izina rya âKimasaâ yerekeje muri Delko Marseille Provence KTM. Ni nyuma yo gutwara amarushanwa abiri akomeye nâimidari itandukanye. Joseph wakiniraga ikipe yo mu ikipe yo muri Afurika yâepfo,Dimension Data for Qubeka, nyuma yo gutwara Tour du Rwanda mu mpera zâumwaka washize […]
Uganda: Kaminuza ya Makerere igiye guhagarika kugaburira abanyeshuri
Bitewe nâibyifuzo bya bamwe mu banyeshuri nâ ibibazo kaminuza ya Makerere igirana nâabagaburira abanyeshuri, harimo kutongera amafaranga ku ifunguro rya buri munsi, iyi kaminuza yafashe icyemezo cyo guhagarika kugaburira abanyeshuri. Abanyeshuri biga kaminuza barihirwa na Leta ya Uganda bishyurirwa amashiringi 4000 (Shs 4000) yâifunguro buri munsi. Ibigo bishinzwe kubagaburira bihabwa na kaminuza Shs 2000. Ibi […]
Kenya: Umuforomokazi yatawe muri yombi azira kwiba uruhinja
Polisi yo mu gace ka Kisumu yataye muri yombi umuforomokazi ukekwaho kwiba umwana wâuruhinja.Uyu muforomokazi yakoraga mu bitaro bya Avenue Hospital mu gace ka Kisumu.Akaba yarafashwe nyuma yuko bagenzi be bakorana bavugije inzogera bamutabariza. Uwo muforomokazi yari yazanye umwana ku ivuriro avuga ko ari mama we ariko bagenzi be bakavuga ko atari atwite.Umuyobozi wa police […]
Perezida wa Caf yasuye urwibutso rwa Gisozi-Amafoto
Perezida wâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru muri Afurika (CAF) Ahmad, ku inshuro ye yambere atorewe kuriyobora yasuye u Rwanda , aho yanasuye urwibutso rwa Gisozi . Nkuko bitangazwa nâurubuga rwâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru (FERWAFA), perezida wâIshyirahamwe ryâumupira wâamaguru muri Afurika Ahmed , uri mu Rwanda kunshuro ye ya mbere atowe, yasuye urwibutso rwa Gisozi , nyuma akaza gusura […]
Perezida Kagame yahuye na Emmanuel Macron wâu Bufaransa mu Buhinde
Perezida Kagame uri mu nama yiga ku ikoreshwa ryâingufu zikomoka ku mirasire yâizuba mu Buhinde yahuye na perezida wâu Bufaransa Emmanuel Macron, bagirana ibiganiro gusa ntabwo ibyo aba bayobozi bombi baganiriye byigeze bitangazwa. Nkuko bigaragara kurubuga rwâibiro byâumukuru wâigihugu nuko yitabiriye inama kumunsi wejo aho mu ijambo yavuze ko ibihugu byâIsi bifite amahirwe yo kuba […]