Vladimir Putin araza imbere mu majwi mu matora y’umukuru w’igihugu

Kuri uyu wa 18 Werurwe, abaturage b’igihugu cy’Uburusiya babyukiye mu matora y’umukuru w’igihugu. Perezida Putin araza imbere n’amanota 73.9 ku ijana mbere y’uko hasohoka ibyavuye mu matora ku buryo budakuka. Biragaragara ko uyu muperezida ashobora kuba agiye kongera kuyobora Uburusiya nyuma y’imyaka 18 amaze abuyoboye. Putin ararusha uwo bari bahanganye, Pavel Grudinin amajwi 62.7 %kuko […]

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye

Ku mukino wa ÂĽ wa FA(Football Association) wabaye kuri uyu wa 18 Werurwe, wahuje ikipe ya Chelsea na Leicester City, iminota 90 yarangiye amakipe yombi anganya biba ngombwa ngo bongeraho iminota 30(Extra time) birangira Leicester bayisezereye. Ni amakipe yatangiye yose ashaka ibitego ariko byasabye iminota 42 ngo Alvaro Morata wa Chelsea afungure izamu rya Leicester […]

Inzira MC Tino yanyuzemo kugira ngo akorane indirimbo n’umunyajamaica si ngufi

Umuhanzi w’umunyarwanda, akaba n’umushyushyarugamba, MC Tino avuga ko zabaye inzira ndende kugira ngo akorane indirimbo na Javada, umuhanzi uturuka muri Jamaica. Ni amagambo yavugiye kuri imwe muri Radio hano mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 17 Werurwe 2018. Tino ngo ajya kumenyena na Javada yabanje kumukurikira ku mbuga nkoranyambaga, akajya atanga ibitekerezo ku byo […]

Reba indirimbo 20 zigize album “A Boy From Tandale” Diamond aherutse kumurikira muri Kenya

Diamond Platinumz, umuhanzi wo gihugu cya Tanzania aherutse kumurikira umuzingo w’indirimbo(album) ze, “A Boy from Tandale” muri Kenya ku wa 14 Werurwe 2018. Iyi album yayitiriye agace yavukiyemo, “Tandale”. Abantu benshi bibajije impamvu yayimurikiye hanze ariko Diamond avuga ko haba muri Kenya na Tanzaniya hose ari mu rugo. Umuzingo yamuritse ugizwe n’indirimbo 20, inyinshi muri […]

Zimbabwe: Hatowe nyampinga uhiga abandi mu bafite ubumuga bw’uruhu- AMAFOTO

Mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira no kugaragariza icyizere cy’ejo hazaza abafite ubumuga bw’uruhu, hateguwe amarushanwa y’abakobwa bafite ubumuga bw’uruhu (Miss Albinism), uwitwa Sithembiso Mutukura akaba ari we wegukanye ikamba. Muri uyu muhango watangijwe bwa mbere muri Zimbabwe wo gutora Nyampinga mu bakobwa bafite ubumuga bw’uruhu, Sithembiso Mutukura w’imyaka 22 y’amavuko, yahize abandi bakobwa 12 […]

Umuhanzi Diamond Platnumz arasobanura icyamuteye guha akazi Miss Wema Sepetu

Umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, yagiye avugwaho byinshi nyuma yo gutandukana n’umugore we Zari, bivugwa ko yasubiranye na Wema Sepetu bigeze kugacishaho, uyu mugabo aremera ko yamuhaye akazi ariko ko batasubiye mu rukundo. Aganira na Radio citizen yo muri Kenya, Diamond yatangaje ko ibyo gukorana na Miss Wema Sepetu aribyo, ahakana ibyo gukundana. Ati […]

Kigali: Abantu b'ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day” ku bwinshi- AMAFOTO

Umunsi wahariwe siporo kuri bose ‘Car Free Day’ mu Mujyi wa Kigali, umaze kumenyerwa nk’uw’ingirakamaro, ni nayo mpamvu abantu benshi bawuzirikana  bakanawitabira ku bwinshi. Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 18 Werurwe 2018, abantu b’ingeri zose bo mu turere, imirenge n’utugari bigize Umujyi wa Kigali, bamwe bazindukiye kuri sitade amahoro i Remera aho […]

Nta wundi Cristiano Ronaldo uzongera kubaho- C.Ronaldo

Cristiano Ronaldo, umugabo w’imyaka 33 y’amavuko ukinira ikipe ya Real Madrid, atangaza ko nta wundi we uzongera kubaho. Ronaldo ubu ukomeje kubica bigacika mu ikipe ya Real Madrid, ndetse ubu unakomeje kwitwara neza mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (Champions League) n’ibitego 12, avuga nta wamwigereranyaho. Ibi Ronaldo yabitangaje muri video yashyize ku rukuta […]

Dore ibintu 5 umukobwa ugiye gushyingirwa agomba kwirinda akigera mu rwe

Mu bukumi cyangwa mu busore, uri muri iki kigero aba afite benshi babanye, babyirukanye, byinshi yaciyemo bityo mu gihe agiye mu rwe hakaba hari bimwe agomba kwirengegiza ko byanabayeho kuko bishobora kumusenyera. 1.Kwirinda amabwire: Iyo umugore ageze mu rwe, ababa bashaka kumugira inshuti baba ari benshi, bamwe baba ari abaturanyi, abandi bari basanzwe baziranye n’umugabo […]

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW), utangaza ko mu Burundi hari ibitagenda mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bityo ukaba usaba ko bwakurwa ku rutonde rw’ibihugu bigize akabama ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu (conseil des droits de l’homme). Ku wa 13 Werurwe 2018, nibwo HRW yatanze icyifuzo cyayo, nyuma ya raporo nyinshi uyu muryango wagiye usohora […]

Ikigo cy'Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) cyahagurukiye inzu zitunganya imisatsi n'abazikoreramo

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) gitangaza ko cyahagurukiye inzu zitunganya imisatsi (salon de Coiffure) n’abazikoreramo, harebwa isuku, ubwisanzure , akajagari ,serivici zitangwa, ubunyamwuga n’ibindi. Iki kigo kivuga ko zimwe muri izi nzu zitanga serivisi zitujuju ubuziranenge, ndetse ko n’abazikoreramo bakwiye kugenerwa amahugurwa ahagije kugirango barusheho gutanga serivisi zujuje ubuziranenge ngo kuko abaharenganira ari ababagana. Bimwe iki […]

Amafoto ya Stormy Daniels, umukinnyi wa filimi z’ubusambanyi waryamanye na Perezida Trump

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu arimo kuburana na Stormy Daniels, uzwi cyane mu bukinnyi bwa filimi z’ubusambanyi (pornographie). Ababuranira Perezida Trump basaba indishyi ya miliyoni 20 z’amadolari ya Amerika ko uyu mugore atubahirije amasezerano bagiranye mbere y’amatora yo mu 2016 na Trump. Stormy Daniels uzwi nk’umukinnyi wa porono, avuga ko […]

Burundi: Inzu y’igorofa yubakwaga yahanutse ihitana batatu barimo na nyirayo

Igorofa yubakwaga muri karitiye ya Kiyange, zone Buterere mu Mujyi wa Bujumbura, yahanutse igwira abakozi bayikoragaho, batatu bahasiga ubuzima barimo na nyirayo, 43 barakomereka. Umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye atangaza ko iyo gorofa yahanutse ku wa Gatanu tariki ya 16 Werurwe 2018, ubwo abakozi bari barimo kumena dari ku igorofa ya kabiri. Akomeza avuga […]

APR FC isezerewe mu marushanwa Nyafurika imbere y’abafana bayo

Ikipe ya APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu marushanwa Nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe mu bihugu byayo ( CAF Confederation Cup) yasezerewe na DJORIBA AC yo muri Mali. Ni nyuma yuko umukino wo kwishyura wabereye i Kigali kuri stade Amahoro i Remera urangiye APR FC itsinze DJORIBA AC 2-1. Gusa iyi ntsinzi ntacyo ibamariye kuko […]

U Rwanda ruzaberamo inama ya munani y'akanama ka FIFA

Inama ya mbere y’akanama ka FIFA muri uyu mwaka  yaberaga i Bogota, mu gihugu cya Colombia yafatiwemo imyanzuro myinshi harimo guhitamo u Rwanda nk’igihugu kizakira inama ya 8 izaba kuva ku wa 25-26 Ukwakira 2018. Mu yindi myanzuro yose yafashwe ivuga ku iterambere ry’umupira w’amaguru, aka kanama kemeje ko Ubufaransa ari bwo buzakira inama ya […]

RDC: Abarwanyi umunani basabiwe igihano cy'urupfu

Urukiko rwa gisirikare rwakatiye abarwanyi 8 b’inyeshyamba za Nyatura na APCLS( Alliance de Patriotes pour un Congo Libre et Souverain) bishe abari abasirikare bo mu bwoko bwa Ngiti babaga mu kigo cya Kamina. Bakatiwe igihano cy’urupfu ku wa 14 Werurwe 2018. Ibi babikoze nyuma y’imyitozo bakoreraga aho. Ni nyuma y’ubujurire bwari bubaye ku nshuro ya […]

Umunyarwanda yarasiwe muri Mozambique

Umunyarwanda, Hitimana Vital uba mu mujyi wa Villa Olempique muri Muzambique, yarashwe amasasu menshi n’abantu bataramenyekana, ubu akaba arimo kuvurwa. Hitimana  yarashwe ahagana saa yine n’iminota icumi (22:10)  z’ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 16 Werurwe 2018, ubwo yari ageze mu mujyi wa Villa Olempique, avuye muri Afurika y’Epfo. Yarashwe mu nda n’ibindi bice […]

Amajyaruguru: Abacuruzi barasabwa kuzirikana igihango bafitanye na Perezida wa FPR/Inkotanyi

Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, barasabwa gufasha mu iterambere ry’intara, banazirikana ko ifite amateka akomeye yo gutangiriramo urugamba rwo kubohora igihugu, by’umwihariko  banazirikana igihango bafitanye na Perezida w’umuryango FPR-Inkotanyi. Mu mwihorero wahuje abanyamuryango ba FPR/Inkotanyi b’abacuruzi mu Ntara y’Amajyaruguru, ku wa Gatandatu tariki ya 17 Werurwe 2018, Guverineri Gatabazi JMV, akaba na Perezida w’umuryango FPR/Inkotanyi […]

U Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Nyuma y’uko u Bwongereza bwirukanye abahagarariye u Burusiya  mu Bwongereza, nabwo bwihimuye ku Bwongereza bwirukana abadipolomate 23 bari bahagarariye u Bwongereza. Ibi bije nyuma y’uko u Bwongongereza bwasabye u Burusiya gutanga ibisobanuro ku burozi bwahawe uwahoze ari umudipolomate w’ u Burusiya, Sergei Skripal n’umukobwa we Yulia mu gace ka Salsbury. Gusa u Burusiya bwanze gutanga […]

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza mu mujyi wa Johannesbourg  muri Afurika y’Epfo, gukina n’ikipe ya Mamelodi Sundowns yo muri iki gihugu. Saa tatu (09:00) zo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Werurwe 2018, nibwo ikipe ya Rayon Sports yahagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga i Kanombe, ikaba igomba kugera i Johannesbourg saa munani […]

Umusore twenda kubana arasinda akaza gukomanga iwacu ampamagara, tukamusasira akaharara, byaranyobeye pe! – NKORE IKI?

Ndabaramukije, njyewe nabyariye iwacu, mfite umwana w’imyaka itatu, ariko mu mpeshyi nzashyingirwa, mfite fiancĂ© ariko ni umusinzi. Umugabo tugiye kubana ni umushoferi, arakora yakarangiza rimwe na rimwe akajya mu kabari, iyo amaze gusinda nta wundi muntu aba avuga, aba amvuga, abwira abandi uburyo ankunda bidasanzwe. Ikibazo kinteye inkeke, sinzi niba nzamuhindura ngo agabanye izi nzoga […]

Huye: Amavunja n’isuku nke, ni bimwe mu bibazo Abadepite basanze byugarije abaturage

Mu ruzinduko rw’iminsi itanu Abadepite bamazemo basuura utugari tugize akarere ka Huye gaherereye mu Ntara y’Amajyepfo, basanze abaturage bugarijwe n’ibibazo birimo n’isuku nke. Abadepite baboneyeho akanya ko kuganira n’abaturage, babasaba kurwanya umwanda, guteka neza banarwanya imirire mibi n’igwingira ry’abana. Bicishijwe ku rukuta rwa Twitter rw’Inteko Nshingamategeko, Abadepite mu byo babonye nyuma yo gusuura utu tugari […]

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma agiye gukurikiranwa n’inkiko

Jacob Zuma, wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo agiye gukurikiranwa ku byaha bya ruswa ashinjwa bijyanye na miliyari 30 z’Ama Rand mu masezerano  yo kuvugurura ubwirinzi bw’igihugu yerekeye ibirwanisho yagiranye n’abanyamahanga mu mpera za 90. Ibyaha  Jacob Zuma ashinjwa ariko ahakana bikaba birimo ibya forode, gukorera amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’iby’iyezandonke. Jacob Zuma w’imyaka […]

Gatsibo: Abanyeshuri bataratanga amafaranga y'ishuri barabuzwa kwitegura ibizami

 Bamwe mu bana b’abanyeshuri bo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kizigiro, ubu ntibari kwitegura ibizamini by’igihembwe cya mbere kimwe n’abandi bazira ko birukaniwe kudatanga amafaranga y’ishuri, mu gihe nyamara Minisiteri y’Uburezi iherutse kwanzura ko nta mwana ukwiye kubuzwa uburenganzira bwo kwiga kubera kubura umusanzu uwo ari wo wose utangwa n’ababyeyi, Bamwe mu bana […]

U Burusiya nabwo bugiye kwihimura ku Banyamerika

Igihugu cy’u Burusiya kirateganya kwihimura kuri Leta zunze ubumwe za Amerika kizikomanyiriza mu rwego rwo kwishyurana ku bihano Amerika yagifatiye kubera kwivanga mu matora yayo yo mu 2016. Minisitiri wungirije w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Ryabkov, wabitangarije ikigo ntaramakuru RIA Novosti cyo mu Burusiya, ntiyatanze ibindi bisobanuro. Yavuze gusa ko biteguye gukomeza kuganira na Leta […]

Inama idasanzwe y'abaminisitiri yemeje imishinga y'amategeko itandukanye

None ku wa Gatanu, tariki ya 16 Werurwe 2018, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe aho imyiteguro y’inama idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iteganyijwe kubera mu Rwanda ku itariki ya 21 Werurwe 2018 igeze, ishima ko imyiteguro irimo kugenda neza, inzego zose […]

Mpimba: Abantu 450 bafunzwe bazira kwamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza bafunguwe

Imfungwa 740 zari zifungiye muri gereza ya Mpimba mu gihugu cy’u Burundi, zirimo izafunzwe zizira kwigaragambya zamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza, zafunguwe. Muri izi mfungwa 740 zafunguwe, 450 zafashwe muri Mata 2015, ubwo zigaragambyaga zamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza, manda Abarundi bose batavugagaho rumwe. Umwe mu bafunguwe, Niyongabo Egide, avuga ko […]

Ngoma: Ubuyobozi bw’akarere bwakoze itekinika bubeshya ko abaturage 80% bafite amazi meza

Abaturage bo mu karere ka Ngoma, Intara y’i Burasirazuba, bavuga ko batunguwe no kumva ko abayobozi babwiye Abasenateri ko muri ako Karere bafite amazi ku gipimo cya 80% kandi bamwe bakivoma ibiziba. Ku wa Gatatu tariki ya 14 Werurwe 2018,  nibwo ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma bwatangarije Abasenateri  ko muri Ngoma bafite amazi meza, ko abaturage bayafite […]

Uganda: Umupolisikazi wifotoye yambaye ubusa ari mu mazi abira

Umupolisikazi, Esther Akol ukomoka mu gihugu cya Uganda, yatangaje benshi ubwo yifotozaga yambaye ubusa igice cyo hasi, hejuru yambaye imyenda y’akazi. Iyi foto ya Esther Akol yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuva ku wa Gatatu tariki 7 Werurwe 2018, ubu polisi yo muri iki gihugu ikaba iri gushakisha uyu mugore ngo abazwe impamvu yifotoye iyi foto […]

Amajyaruguru: Mu rwego rwo guca amavunja hagiye kujyaho gahunda yo kuvugurura amazu y’abatishoboye

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 15 Werurwe 2018 nibwo mu Cyumba cy’inama cy’Akarere ka Burera hateraniye Inama y’Umutekano yaguye y’Intara y’Amajyaruguru, iyobowe na Guverineri w’iyi Ntara, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney. Iyi nama yitabiriwe n’abagize Inama y’Umutekano yaguye y’Intara hiyongereyeho Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 89 igize iyi   Ntara. Abitabiriye iyi nama bagaragarije ko umutekano wifashe […]

RDC: Umupolisi ufite ipeti rya Captain yiciwe mu nkambi y’abavanwe mu byabo

Capt. Sarkozy Shindano, komanda wa station ya polisi ya Mudzi Pela mu Mujyi wa Bunia, muri Ituri, kuri uyu wa Kane, itariki 15 Werurwe nyuma ya saa sita yiciwe mu nkambi y’impunzi zavanwe mu byazo iri ku bitaro bikuru, ubwo yari agiye gutabara minisitiri w’intara witwa Didi Angaika, wari wafashwe bugwate n’impunzi zo muri Djugu. […]

Nibura 37 % by’imyenda iri mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata imaze gutunganywa no kubikwa neza

Kuri ubu nibura metero kibe cumi n’eshanu (15m3) zingana nibura na  37.5% bya metero kibe mirongo ine ( 40 m3) z’imyenda iri mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu Karere ka Bugesera zimaze gutunganywa no kubikwa neza ku buryo burambye. Ni umushinga, CNLG ifatanya n’inzobere zo muri Kaminuza ya Pennsylvaniayo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Umushinga watangiye […]

Anne Rwigara avuga ko cyamunara yo kugurisha imwe mu mitungo yabo idakurikije amategeko

Umuyobozi w’uruganda rukora itabi “Premier Tobacco Company”, avuga ko itangazo ryasohowe ryo guteza mu cyamunara bimwe mu bikoresho byarwo, ridakurikije amategeko. Itangazo ryasohowe ku wa Gatatu tariki ya 14 Werurwe 2018, umuhesha w’inkiko w’umwuga, Me Habimana Vedaste abisabwe na Rwanda Revenu Autority, akaba amenyesha ko ku wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, hazatezwa cyamunara […]

Mu bihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika ibikoresha Igifaransa ni 2 nabyo by’Abarabu

Hashingiwe ku mibare ya Banki Nyafurika y’Iterambere, BAD yo mu mpera z’umwaka ushize wa 2017, Agence ECOFIN yakoze urutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bikize muri Afurika hagendewe ku bukire bwabyawe n’ubukungu bw’ibyo bihugu. Ikintu gisa nk’igitangaje n’uko muri ibi bihugu uko ari 10 ibikoresha ururimi rw’Igifaransa birimo ari bibiri gusa kandi nabyo by’Abarabu. Dore uko […]

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryashyizweho umukono n’umuyobozi wawo, Nyamulinda Pascal, kuri uyu wa 15 Werurwe riravuga imihanda izaba yemerewe gukoreshwa n’abafite ibinyabiziga ubwo mu Rwanda hazaba habera Inama Idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Iri tangazo rikaba rikomeza rivuga ko ibi bitewe na gahunda y’inama idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iteganyijwe I Kigali kandi […]

Gicumbi: Abari abakozi b'akarere 3 bakatiwe igifungo cy'imyaka 6

Ku wa 28 Gashyantare 2018  Ubushinjacyaha  Urwego rwisumbuye rwa Gicumbi bwatsinze Urubanza rwaregagamo abagabo batatu  barimo uwitwa BIHEZANDE Bernard Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi, NTEZURUNDI Jacques Umuyobozi w’ishami ry’imiyoborere myiza mu Karere ka Gicumbi, bafatanije na  MUKUNZI Phocas umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere ka Gicumbi. Abo bagabo bose uko ari batatu bakaba barahamwe n’icyaha bahanishwa  […]

Ubutumwa bwa Neymar kuri Prof. Stephen Hawking witabye Imana bwakuruye impaka

Nyuma y’urupfu rw’umuhanga mu by’ubumenyi bw’isi n’isanzure, Stephen Hawking ku wa 14 Werurwe 2018, Umukinnnyi w’umupira w’amaguru wavukiye muri Brazil, Neymar Junior yahise ashyira ifoto ku rubuga rwe rwa Instagram, ari mu gare ry’abafite ubumuga. Uyu mukinnyi ngo yabikoze aha icyubahiro uyu musaza ariko abamukurikira n’abamukunda ntibabyakiye kimwe. Muri izi mpaka zurudaca, abakunzi b’uyu mukinnyi […]

Ngoma: Polisi yafatanye umusore ibihumbi 324 mu bihumbi 850 akekwa kwiba i Kigali

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Ngoma yafatanye uwitwa Bihoyiki Theogene amafaranga y’u Rwanda  324,000 mu bihumbi 850 by’amafaranga y’u Rwanda akekwa kwiba uwo yacururizaga mu Mujyi wa Kigali.  Uyu musore w’imyaka 23 y’amavuko yafatiwe  kwa mukuru we  utuye mu kagari ka Ruhinga, mu murenge wa Zaza. Yafashwe ku itariki 13 z’uku kwezi ahagana saa […]

Trump yemeje ko Uburusiya bufite aho buhuriye n'urupfu rw'uwari intasi yabwo warozwe

Nyuma y’uko u Bufaransa, u Budage n’u Bwongereza bwemeje ko u Burusiya bushobora kuba bwararoze uwahoze ari intasi yabwo, Sergei Skripal n’umukobwa we, kuri uyu wa 15 Werurwe 2018,Trump na we yashyizwe yemeza ko koko bishoboka yongeraho ko ari ikibazo gikomeye cyane.. Nyuma y’ibibazo byinshi Leta zunze ubumwe za Amerika zagiye zigirana n’igihugu cy’Uburusiya harimo […]

Kisoro: Inkuba itagira imvura yakubise abanyeshuri, umwe arapfa abandi barakomereka

Ku ishuri ribanza rya Kamuhumure rihererye mu karere ka Kisoro muri Uganda, inkuba yakubise abana batandatu nta mvura yagwaga, umwe ahita apfa. Batanu bakomeretse boherejwe ku bitaro bya Mutorere. Umuvugizi wa polisi muri ako gace ka Kigezi, Elly Matte yavuze ko ababyeyi b’uwo mwana w’umukobwa wapfuye afite imyaka 16( Pricila Night) batuye muri Cyogo ho […]

U Burusiya bugiye kwishyura u Bwongereza bwirukane abadipolomate babwo

Leta y’u Burusiya iravuga ko igiye kwirukana vuba abahagarariye igihugu cy’u Bwongereza mu Burusiya, babishyura nyuma yaho na bwo bwirukaniye abarusiya 23. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, yatangarije abanyamakuru ko ukwirukana abo badipolomate b’Abongereza biri vuba. U Bwongereza bwafashe iya mbere bwirukana Abarusiya nyuma yaho Leta ya Moscou yangiye gutanga ibisobanuro ku burozi […]

Gahunda za leta uko zaba nziza zituma abaturage bashaka kuva mu gihugu, zikeneye kongera kunozwa — P. Kagame

“Gahunda za Leta, uko zaba ari nziza kose niba zituma abaturage bashaka kuva mu gihugu, zikeneye kongera gusubirwamo no kunozwa”, ibi ni ibyatangajwe na perezida w’u Rwanda Paul Kagame mu kiganiro yahaye abitabiriye Inama Nyafurika y’Ibitangazamakuru by’Amajwi n’Amashusho ihuza abagize Ihuriro Nyafurika ry’Ibitangazamakuru bikoresha Amajwi n’Amashusho baturutse mu bihugu bitandukanye ku mugabane wa Afurika, i […]

Umukobwa wa Van Damme ari mu nzira yo gutera ikirenge mu cy'ababyeyi be- AMAFOTO

Bianca Bree, ni umukobwa w’imyaka 27 y’amavuko, akaba imfura ya Jean-Claude Camille Franà§ois Van Varenberg uzwi ku izina rya Jean-Claude Van Damme, icyamamare mu mwuga wo gukina filimi. Uyu mukobwa ufite uburebure bwa 1.7m, ngo yakuze akunda umwuga wo gukina filimi cyane cyane yitegereza ibyo se akora akamufatiraho icyitegererezo ari nako akunda imyitozo ngororamubiri. Uyu […]

Umugabo wanjye ntazi guhaha, ataha arya atazi aho byavuye, niyo bibuze ararwana, n’ibyaraye aba abishaka- NKORE IKI?

Kera umugore yarahukanaga, yagera iwabo nyina akamubwira ati subirayo ni uko zubakwa, njye aho bigeze ndabona atariko zubakwa, ahubwo nkeka ko harimo n’inzindi mbaraga zidasanzwe zibitera. Umugabo wanjye tumaranye imyaka 6 tubana, dufite abana babiri, umugabo wanjye ni umufundi buri munsi mbona afashe ibikoresha akajya mu kazi, ntabwo nari numva avuga ko yahembwe. Mbere yahahiraga […]

Kenya: Imvura nyinshi yaguye mu mujyi wa Nairobi yatumye imirimo ihagarara

Kuri uyu wa kane tariki ya 15 Werurwe 2018, imvura nyinshi yaguye mu mujyi wa Nairobi yateje umwuzure ku buryo yahagaritse abajya ku mirimo itandukanye. Iyi mvura ikabije yatumye abacuruzi bahagarika gucuruza kuko n’abagenderaga mu mamodoka babuze aho banyura, kuko imihanda yari yuzuye amazi menshi. Imihanda yibasiwe cyane ni Ronald Ngala Street ,Temple Road, Kimathi […]

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare asabira imbabazi amakosa yakozwe ku buyobozi bwe

Gen. Kale Kayihura wahoze akuriye Igipolisi cya Uganda yashimiye perezida Museveni kuri uyu wa kane, itariki 15 Werurwe ubwo yahererekanyaga ububasha n’uwamusimbuye mu muhango wabereye ku cyicaro gikuru cya polisi ahitwa Naguru muri Kampala. Gen Kale Kayihura wasubijemo umwambaro wa gisirikare akaba yahereje ububasha yari afite ku gipolisi Okoth Ochola wamusimbuye, aboneraho no gushimira perezida […]

Mugabo, dore bimwe mu bintu by'ingenzi umugore wawe akora utazigera umenya

Umugore n’umugabo iyo biyemeje kubana hari bimwe mu byo usanga baziranyeho bo ubwabo gusa abagore bagira ingeso z’ibanga abagabo babo baba batazi  niyo babigenza gute ntibabimenya. Bimwe mu byo twaganirijwe n’umwe mu bagore batuye i Kigali tutifuje kuvuga amazina yadungarije bimwe mu bintu bakunze gukora  nyamara abagabo babo batapfa kurabukwa. 1.Burya ngo imikorere y’umugabo mu […]

Iyo dutumye hari abadukorera ibyo dukeneye, bituviramo kuba ingwate yabo- Perezida Kagame

Perezida Kagame akaba n’umuyobozi w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), avuga ko iki ari cyo gihe ku Banyafurika cyo kwikorera ibyabo bakeneye. Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abitabiriye Inama Nyafurika y’Ibitangazamakuru by’Amajwi n’Amashusho ihuza abagize Ihuriro Nyafurika ry’Ibitangazamakuru bikoresha Amajwi n’Amashusho baturutse mu bihugu bitandukanye ku mugabane wa Afurika, i Kigali kuri uyu wa 15 […]

Amajyaruguru: Umuhanda Base-Kirambo-Butaro mu nzira zo gushyirwamo kaburimbo

Ibikorwa byo gutunganya umuhanda Base-Kirambo-Butaro mu Ntara y’Amajyaruguru biri mu nzira yo gusubukurwa mu rwego rwo korohereza abaturage bawukoresha mu bikorwa by’ubuhahirane. Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, itariki 15 Werurwe 2018, Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, JMV Gatabazi ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Burera bakaba basuye uyu muhanda mu rwego rwo kureba uko wakorwa. Aba […]

Hasohowe itangazo ryo guteza mu cyamunara imwe mu mitungo yo kwa Rwigara Assinapol

Nyuma y’urubanza   uruganda rukora itabi rwa Premier Tobacco Company rw’umuryango wa Rwigara Assinapaul rwaregagamo ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority), ko cyaruteye igihombo nyuma yo kurufunga, ubu noneho kigiye guteza mu cyamunara bimwe mu bikoresho byarwo. Itangazo ryo guteza mu cyamunara bimwe mu bikoresho by’uru ruganda rishyizwe hanze nyuma yaho ku wa 8 Werurwe 2018, […]

Ku mupaka wa Sudani y’Epfo na Uganda haravugwa umwuka ushobora kubyara intambara

Abagize inteko ishinga amategeko ya Uganda barasaba guverinoma kugira icyo ikora ku cyo bise gucengera ku butaka bwa Uganda kw’igisirikare cya Sudani y’Epfo. Depite Tom Aza Alero wo mu ishyaka NRM, avuga ko abagabo bitwaje intwaro bagera ku 100, bakekwaho kuba ari ingabo za Sudani y’Epfo, bambutse umupaka banyuze mu giturage cya Bari, mu Karere […]

Karongi: Ubushinjacyaha ntibwanyuzwe n’igihano cyahawe umugabo wicishije umugore we ishoka

Urukiko rwisumbuye rwa Karongi rwaburanishije mu ruhame (ahakorewe icyaha),  urubanza Ubushinjacyacyaha bwari bukurikiranyeho uwitwa SEBAZUNGU Ezechias  w’imyaka 67 y’amavuko icyaha cyo kwica uwo bashyingiranywe. Urwo rubanza rwahise rusomwa kuri uwo munsi, itariki 12 Werurwe , maze  uyu mugabo ahanishwa igifungo cy’imyaka 20 ariko ubushinjacyaha buhita bujurira. Ni icyaha Sebazungu yakoze kuwa 14 Gashyantare 2018 mu Mudugudu […]

Muhanga: Abaturage bahangayikishijwe n’imihanda irimo gusenyuka itararangira gukorwa

Ubwo Abadepite  basuuraga abaturage bo mu mujyi wa Muhanga ku wa Kabiri tariki ya 13 Werurwe 2018, basabwe ubuvugizi  ngo imihanda yo muri uyu  mujyi ikorwe neza dore ko imwe irimo gusenyuka kandi itararangira gukorwa. Harimo iy’amabuye ariko ikaba yaratangiye gusenyuka itamaze igihe ndetse n’umuhanda wa kaburimbo ujya kuri sitade ya Muhanga. Habineza Fabien utuye […]

RDC: Inyeshyamba z’umutwe wa LRA zirifuza gutaha muri Uganda ariko hari ibyo zisaba

Inyeshyamba z’Abagande zo mu mutwe wa LRA, uyoborwa na Joseph Kony, zatangaje ko zifuza gutaha mu gihugu cyazo mu ibaruwa zageneye ubuyobozi bw’Intara ya Dungu muri Congo, ariko zigira ibyo zisaba abandikiwe iyi baruwa bavuga ko ari ukujijisha. Iyi baruwa ya LRA yanditswe mu Cyongereza kuwa 3 Werurwe, yageze ku bayobozi ba Dungu binyuze ku […]

Gasabo: Hafashwe uwiyitiriraga inzego za leta akambura abaturage abizeza akazi

Uwitwa Shyaka Denis afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera, mu Karere ka Gasabo akekwaho kwiyitirira inzego za Leta akambura abantu amafaranga abizeza kubashakira akazi; abandi akababeshya ko azabavuganira ku bagatanga.  Uyu mugabo w’imyaka 36 y’amavuko  yafatiwe mu cyuho ku wa kabiri tariki 12 z’uku kwezi  amaze kwakira ibihumbi 50 by’amafaranga y’u Rwanda by’umwe mu […]

Kanyabayonga: Abahoze muri FDLR barasaba kubanza kugirana ibiganiro n’u Rwanda mbere yo gutaha

Icyemezo cyo gufunga inkambi y’agateganyo icumbikiye abarwanyi b’umutwe wa FDLR iherereye I Kanyabayonga mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero, muri Kivu y’Amajyaruguru ngo ni icyemezo kitagibwaho impaka nk’uko byongeye kwemezwa n’umuvugizi wa Leta ya Congo, kuwa 13 Werurwe. Ni mu gihe aba barwanyi bo bongeye gusaba ibiganiro na guverinoma y’u Rwanda mbere yo gutaha. Kuwa […]

Burundi: Nicyo gihugu cya mbere mu bihugu bifite abarakare (batishimye) ku Isi

Igihugu cy’u Burundi nicyo giheruka ibindi ku urutonde, rw’ibihugu bifite abaturage b’abarakare (batishimye) ku isi. Nkuko bigaragazwa na raporo y’umuryango w’abibumbye (World Happiness Report 2018), yashyizwe ahagaragara kuri uyu munsi tariki ya 14 Werurwe 2018 . Ubu bushakashatsi bwakorewe mu bihugu 156 ku isi. Iyi raporo yitwa UN’s annual World Happiness ikaba isohoka buri mwaka. […]

Magufuli arakangurira abaturage be kubyara benshi nk’abashinwa we yarabyaye babiri

Umukuru w’igihugu cya Tanzania, John Pombe Magufuli , yavuze ko kubyara abana benshi bifasha igihugu gutera imbere vuba. Yifashishije Ubushinwa nk’urugero rw’igihugu gikesha gukomera umubare munini w’abaturage babugize. Iki kiganiro yagitanze kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Werurwe 2018, ubwo bari muri gahunda yo kubaka inzira ya gariyamoshi izava Morogoro ikagera Dodoma. Magufuli yavuze […]