Tour du Rwanda: Agace 'Nyamata-Kigali' kegukanwe n’umunya —à ‰rythrĂ©eÂ
Agace ka Karindwi k’isiganwa ku magare ririmo kubera mu Rwanda (Tour du Rwanda 2019) kegukanwe n’umunya Erthree, Debesay Yakob w’imyaka 19 y’amavuko, mu rugendo rw’ibilometero 84.1, bakoze guturuka i Nyamata mu karere ka Bugesera bakarusoreza mu mujyi wa Kigali, ku Muhima, mu karere ka Nyarugenge. Abakinnyi bahagurutse i Nyamata saa Tanu zo kuri uyu wa […]
Gatuna: Umusore w’Umunyarwanda yabuze uko yitabira ubukwe bwe muri Uganda
Umusore w’Umunyarwanda utamenyekanye amazina n’abari bamuherekeje  babuze uko bagera muri Uganda  ahagombaga kubera ubukwe bwe. Ikinyamakuru The East African cyanditse ko uyu musore n’abamuherekeje bari mu modoka ya Kompanyi Modern Coast yavaga i Kigali yerekeza Gatuna kuwa Kane tariki ya 28 Gashyantare 2019. Aba bageze Gatuna saa yine za mugitondo. Nyuma y’amasaha ane aba bari […]
Miss Wema Sepetu avuga ko amaze amezi atandatu adakora imibonano mpuzabitsina
Umukinnyi wa Filimi muri Tanzania, Wema Sepetu avuga ko amaze amezi atandatu adafite ukunzi ndetse nta n’imibonano mpuzabitsina akoranye n’umugabo uwo ariwe wese. Ni mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu mpera z’ukwezi gushize, ubwo yagiraga byinshi atangaza ku buzima bwe, muri iki gihe ndetse no mu minsi yashize n’ahazaza he. Wema Sepetu avuga ko kuba amaze […]
Perezida Museveni yategetse ko Gen Kyaligonza akorwaho iperereza
Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu (UPDF) yategetse ko Rtd Maj. Gen. Matayo Kyaligonza akorwaho iperereza ku byaha bitandukanye birimo no guhohotera umupolisikazi, Esther Namaganda ahitwa, Seeta mu Karere ka Mukono. Gen Kyaligonza ni Umuyobozi Wungirije w’Ishyaka riri ku Butegetsi muri Uganda (NRM) mu Burengerazuba bw’igihugu, ni Amasaderi wa Uganda mu Burundi akaba […]
Algeria: Abaturage bariye karungu bamagana manda ya 5 ya Perezida Abdelaziz w'imyaka 82
Abantu babarirwa mu bihumbi amacumi muri Algeria bigabije imihanda mu kugaragaza uburakari bafitiye Perezida Abdelaziz Bouteflika w’imyaka 82 y’amavuko ufite gahunda yo gushaka kongera kwiyamamaza ngo ategeke iki gihugu cyo mu Majyaruguru ya Afurika kuri manda ya Gatanu. Polisi yarashe imyuka iryana mu maso ku bigaragambya mu murwa mukuru Alger. Abategetsi bavuze ko abigaragambya barindwi n’abapolisi […]
Umuhanga mu by’imiti MC Philos arasobanura uburyo bwagufasha kwirinda no kwivuza indwara ya sinezite
Umuhanga mu by’imiti ( Pharmacist )Jean Damascène NSENGEYUKURI wamamaye ku izina rya Mc Philos usanzwe ufite impano n’ubuhanga bihanitse mu kuyobora imisango y’ubukwe adasobwa, afatanyije mugenzi we NYIRIMANA Jean de la Paix , usanzwe akora mu bya Pharmace barasobanura uburyo wakwirinda nuko wakwitwara igihe urwaye indwara ya Sinezite. Iki cyegeranyo kiragaruka kugusobanura sinezite icyo aricyo, […]
RDC: Hafashwe umwana w’Umurundi bivugwa ko yari mu nyeshyamba za Kayumba Nyamwasa
Abana bane bari abarwanyi mu mitwe y’inyeshyamba, igisirikare cya Congo (FARDC) cyabashyikirije ingabo za Monusco mbere yo gusubizwa mu miryango bakomokamo. Umwe muri aba bana, ngo ni umurundi, akaba yarwanaga  mu nyeshyamba za Kayumba Nyamwasa. Monusco yashyikirijwe aba bana ku wa 28 Gashyantare 2019,  ku biro bikuru bya gisirikare i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Batatu […]
Nyamirambo: Umusirikare warashe Niyitanga amasasu abiri ku mutima yakatiwe
Umusirikare ufite ipeti rya Serija yakatiwe n’urukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo, mu Mujyi wa Kigali, igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica arashe umuturage witwaga Niyitanga Jean Claude, benshi bari bazi ku izina rya Barthez, amasasu abiri ku mutima. Muri Nzeri umwaka ushize nibwo Barthez yarasiwe ahitwa Cosmos mu mujyi wa Kigali, […]
Uganda yarekuye Umunyarwanda wari uherutswe gushimutwa
Ubutegetsi bwa Uganda bwarekuye Umunyarwanda Kayibanda Donne Rogers wari uherutse gushimutirwa ahitwa Kisaasi muri Kampala. Uyu Munyarwanda yageze muri Uganda kuwa 10 Mutarama aho ngo yari atashye ubukwe bw’umubandimwe we. Nyuma y’ifatwa rye, Uganda yararuciye irarumira ntiyagira icyo itangaza. Ku rundi ruhande, Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yari yifashishije […]
Rusizi: Abateye abana inda bagiye guhigwa bukware
Nyuma y’aho bigaragariye ko umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda zitateganijwe uri ku kigero cyo hejuru cyane mu karere ka Rusizi,bamwe mu babyeyi bakaba bavuga ko bamwe mu babangiriza abana bashyikirizwa inzego z’umutekano bagahita barekurwa,abandi babibona bagahitamo kubyungira mu miryango, ubuyobozi bw’aka karere burizeza ababyeyi bafite icyo kibazo ko ababangirije abana bagiye guhigwa bukware zigashyikirizwa ubutabera. […]
Umuntu tuzafata ari kwiba insinga z’amashanyarazi tuzamureka azimanure ariko tuzamusamira hasi- Gen Mubarak
Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburasirazuba n’Umujyi wa Kigali, Gen. Maj. Mubarak Muganga avuga ko ingabo ziteguye guhangana n’abaturage bagira uruhare mu kwangiza ibikorwa remezo by’umwihariko abiba insinga z’amashanyarazi. Ibi Gen Mubarak Yabitangarije abatuye Akagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali ho mu Karere ka Nyarugenge mu muganda wo gusoza ukwezi kwa Kabiri. Mu ijambo rye, Afande […]
Miggy yahaye impanuro bagenzi be bitegura gucakirana na Kirehe FC
Kapiteni w’Ikipe ya APR FC, Mugiraneza Jean Baptiste uzwi ku izina rya Miggy, wari umaze ukwezi kose atagaragara mu kibuga kubera ikibazo cy’umutsi wo mu itako, yahaye impanuro bagenzi be, anatangariza abafana b’iyi kipe ko mu cyumwru gitaha azasubira mu kibuga. Nk’uko iyi kipe yabitangaje ibicishije ku rubuga rwayo rwa Interineti, mu kiganiro yagiranye na […]
Amerika yashyize akayabo ka miliyoni y’Amadolari ku mutwe w’umuhungu wa Osama Bin Laden
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemereye igihembo kingana na miliyoni y’Amadolari umuntu uzatanga amakuru kuri umwe mu bahungu ba Osama Bin Laden wahoze akuriye umutwe w’iterabwoba wa Al Qaida. Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuga ko Hamza Bin Laden bikekwa ko aherereye hafi y’umupaka wa Afghanistan na Pakistan, agaragara nk’aho ari we ugiye […]
Amb. Nduhungirehe yamaganye ibivugwa ko nta Munyarwanda ufungiwe muri Uganda
Umunyamabanga wa Leta muri Minisieri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe atangaza ko ibyavuzwe na Uganda ko nta Munyarwanda ufungiwe mu magereza yo muri muri iki gihugu ari ibinyoma. Bamwe mu Banyarwanda bagenda cyangwa baba muri Uganda bagiye batabwa muri yombi kuva mu minsi ishize. Abagarurwaga mu Rwanda baje bavuga ko hari bagenzi babo […]
Leta y’u Burundi ishobora gushyira mu mazi abira abasirikare bayo 600 bari muri Somalia
Leta y’u Burundi yakuye abasirikare bayo 400 mu 1000 yari yasabwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gukura muri Somalia, 600 basigaye bakaba babuze ayo bacira n’ayo bamira mu gihe nta bufasha bacyemerewe. U Burundi bwari bwasabwe ko abasirikare babwo bava muri Somali, kuva ku wa 21 Gashyantare 2019, Leta y’u Burundi na n’ubu itariyumvisha neza […]
Abayobozi ba serivisi zo mu kirere muri Afurika bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Kuri uyu wa Kane tariki 28 Gashyantare 2019, abayobozi ba serivisi zo mu kirere muri Afurika bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zisaga 250000 zishyinguye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi. Aba bayobozi bari mu Rwanda mu nama y’iminsi ibiri yigaga kuri serivisi z’ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika, basuye ibice bitandukanye bigize […]
Itangazo ryo guhindura izina
HABIMANA mwene BAVURIKI Ildaphonse na MUKAGATWAZA Esther, utuye mu mudugudu wa Muhindo, mu kagali ka Kagusa, umurenge wa Mukura, akarere ka Rutsiro mu intara y’uburengerazubab arasaba uburenganzira bwo kongera izina Claude mu mazina HABIMANA asanganywe akitwa HABIMANA Claude. Akaba asaba kwemererwa binyuze mu nzira zemewe n’amategeko kongera izina Claude ku izina asanganywe HABIMANA akitwa HABIMANA […]
Burundi: Abanyeshuri b’abakobwa basaga ibihumbi 500 bifashisha ibitambaro mu gihe cy’imihango
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko abanyeshuri b’abakobwa basaga ibihumbi 500 badafite ubushobozi bwo kugura impapuro z’isuku abagore n’abakobwa bifashisha mu gihe cy’imihango (Cotex). Bifashisha ibitambaro rimwe na rimwe bitizewe ku isuku yabyo. Perezida w’Umuryango SacodĂ©, umuryango ushinzwe kurengera ubuzima hagamijwe iterambere, Nibizi Franà §oise yagize ati “Abakobwa ibihumbi 545 biga mu bigo by’amashuri mu gihugu hose ntabwo […]
Sudani: Perezida Omar Bashir yavuye ku buyobozi bw’ishyaka riri ku butegetsi
Perezida Omar al-Bashir wa Sudani yamaze kuva ku buyobozi bw’ishyaka riri ku butegetsi abuha uwari umwungirije, Ahmed Mohamed Haroun, kugeza ubwo iri shyaka rizongera guterana mu nama rusange itaha nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga. Ahmed Mohamed Haroun, bivugwa ko nawe ashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ku byaha by’intambara byakorewe mu Ntara ya Darfour, yari yatowe n’ishyaka […]
Amajyaruguru: Barasaba kuvugurura ibwiriza bavuga ko rizitira abakwiye ubufasha muri VUP
Bamwe mu baturage bo mu ntara y’Amajyaruguru bavuga ko hari ibwiriza rizitira abakwiye ubufasha muri gahunda ya VUP, bagasaba ko iryo bwiriza rikwiye kuvugururwa cyangwa rigakurwamo kuko ribangamiye abagomba gufashwa. Mu mabwiriza ya VUP agenga ubwo bufasha harimo agace kavuga ko ntawe ubuhabwa kabone n’ubwo yaba abukwiriye mu gihe biboneka ko hari uwo babana ufite […]
Niba koko warazuye umuntu, ngaho reka tujye ku gituro cya Mandela nawe umuzure — Pasiteri Mboro
Umuvugabutumwa wo muri Afurika yagerageje kunyomoza umuvugabutumwa mugenzi we amushinja kubeshya ko afite ubushobozi bwo kuzura abantu amusaba kuzura Nelson Mandela niba koko afite ubwo bushobozi. Uyu muvugabutumwa wiyita umuhanuzi, Paseka Motsoeneng bakunda kwita “Mboro”, yahagaze hanze y’amarembo y’urusengero rwa Pasiteri Alph Lukau, maze asakuza agira ati: “ Ndi hano gushaka ibisubizo. ” Yavuze ko […]
Senegal: Perezida Macky Sall yatsindiye manda ya kabiri
Perezida Macky Sall wa Senegal niwe wongeye gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu akaba agiye kuyobora manda ya kabiri y’imyaka itanu nk’uko byatangajwe n’abayobozi ba kimisiyo y’amatora muri iki gihugu kuri uyu wa kane, itariki 28 Gashyantare. Abakandida bamaganye imibare ya mbere y’ibyavuye mu matora yabaye ku Cyumweru gishize, itariki 24 Gashyantare. Nk’uko imibare y’ibanze y’ibyavuye mu […]
Uganda irakemanga ibyasobanuwe n'u Rwanda ku kibazo cy’ifungwa ry’imipaka
Umuvugizi wa Leta ya uganda, Ofonwo Opondo aremeza ko hari ibibazo ku mipaka yose uko ari itatu ihuza iki gihugu n’u Rwanda. Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (RRA) gisobanura ikibazo kiri ku mupaka wa Gatuna ariko impamvu gitanga zikaba zitanyuze Uganda. RRA mu itangazo yashyize hanze, yatangaje impamvu umupaka wa Gatuna […]
Isiraheli: Benjamin Netanyahu arashinjwa ibyaha birimo na ruswa
Umugenzacaha mukuru wa Isiraheli, Avichai Mandelblit, avuga ko Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Benjamin Netanyahu, avugwaho ibyaha birimo n’icyo kurya ruswa. Avuga ko Netanyahu ashinjwa ibyaha birimo kwakira ruswa, magendu ndetse no gukoresha nabi icyizere yari yaragiriwe. Ishyaka rye Likud riri ku butegetsi nk’uko BBC ibitangza, ritangaza ko ibi Netanyahu ashinjwa bisa n’ihohoterwa yakorewe yishingiye kuri politiki, […]
Urujijo ku itahuka ry’abiswe abarwanyi ba M23 babaga muri Uganda
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gitangaza ko hari abarwanyi ba M23 babaga muri Uganda batashye muri iki cyumweru, ariko ku ruhande rwayo ikabihakana yivuye inyuma. Ku wa Kabiri tariki ya 26 Gashyantare 2019, nibwo byatangajwe ko abarwanyi 57 ba M23 n’abandi bantu 10 bo mu miryango yabo buriye indege ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga […]
Yafatanwe amadorari y’amiganano 3150(USD) amaze gutuburira umuntu 2,800,000 frw
Polisi y’u Rwanda yongeye gukangurira abaturarwanda kujya basuzuma buri gihe amafaranga bahawe bareba ko yujuje ubuziranenge kandi baramuka bahawe ay’amiganano cyangwa babonye urimo kuyakora, kuyakwirakwiza bagahita babimenyesha ishami rya Polisi ribegereye. Polisi itanze ubu butumwa nyuma yifatwa rya Iyamuremye Gabes wafatanwe amadorari y’amiganano ya Amerika 3150(USD) amaze gutuburira uwitwa Habanabakize Thomas 2,800,000 frw ngo ari […]
Umupaka uhuza Uganda n'u Rwanda waba ufunze
Umupaka uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda biravugwa ko waba ufunze ku ruhande rwa Cyanika mu Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, na Kyanika muri Uganda mu Ntara ya Kisoro. Ikibazo cy’ifungwa ry’umupaka uhuza ibi bihugu byombi cyamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki ya 28/ 02/2019, ubwo nta rujya n’uruza rwari rwemewe ku mupaka wa Cyanika na […]
Nyanza: Urukiko rwasubitse isomwa ry’urubanza abayisilamu bashinjwamo iterabwoba
Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruherereye i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza ubushinjacyaha bukurikiranyemo abayisilamu babarirwa muri 40 baregwa ibyaha byo gukorana n’imitwe y’iterabwoba ku isi. Umucamanza yongeye kuvuga ko iryo subikwa ryatewe nuko batashoboye kubona umwanya uhagije wo kunononsora umwanzuro wa nyuma w’urubanza. Icyumba cy’urukiko cyari cyakubise cyuzuye abakurikiranywe muri uru rubanza […]
Amajyepfo: Byagaragaye ko amafaranga imiryango itegamiye kuri Leta ishora mu baturage akoreshwa nabi
Ubuyobzi bw’Intara y’Amajyepfo buvuga ko bwasanze amafaranga angana na miliyari 20 ava mu miryango itegamiye kuri Leta ashorwa mu bikorwa bigamije kuvana abaturage mu bukene muri iyi Ntara buri mwaka, nyamara abaturage bakaba bakiburimo. Umuyobozi w’iyi Ntara, Gasana K.Emmanuel avuga ko abafatanyabikorwa b’imiryango itegamiye kuri Leta muri yi Ntara ari benshi ariko bareba bagasanga abaturage […]
Irebere Comedie : Jeunesse 2 by BCD from Goma-DRC
Indirimbo: TUMUSINZE by ASSUMPTA Official Video
Uwayoboraga inkambi ya Kiziba avuga ko akemanga ubutabera ahabwa
Uwari Umuyobozi w’Inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo ya Kiziba, Maombi Louis Mbangutse atangaza ko akemanga ubutabera ahabwa mu Rwanda bitewe n’imigendekere y’urubanza rwe. Ibi yabitangaje kuwa 27 Gashyantare 2019 ubwo hakomezaga urubanza aregwamo ibyaha birimo ubugome. Aregwa hamwe na bagenzi be ari bo Bakunzi Dusabimana, Semahoro Musabwa, Rurangwa Issa na Mukeshimana. Aba kandi baregwa gushishikariza imyigaragambyo yabaye […]
Menya imodoka 10 za mbere zihenze ku Isi — Amafoto
Imodoka zihenze cyane burya ngo hari ibindi byinshi zitanga bitari ugutwara abantu gusa. Hari ubwoko usanga bukorerwa umuntu umwe gusa cyangwa ikagurwa n’umuntu umwe. Muri film yitwa Fast and Furious igice cyayo cya 7 hagaragaramo imodoka isimbuka ikagwa muri etage ya kabiri ivuye mu yindi etage, scene yatunguye abatari bacye ariko imodoka zikora ibintu nka […]
Uganda: Inteko yasanze Maj. Gen. Kyaligonza adakwiye gukomeza kuba ambasaderi
Inteko ishinga Amategeko ya Uganda yafashe umwanzuro wo kuvana Maj. Gen. (Rtd) Matayo Kyaligonza mu nshingano yari afite zo guhagararira iki gihugu mu Burundi nyuma y’aho uyu mudipolomate akoreye amahano mu gihugu cye agahohotera umupolisi wari uri mu kazi ke. Uyu mugabo bivugwa ko yari umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za Uganda, aherutse guhohotera umupolisikazi […]
Uwise undi Akagabo kagufi n’ Umusaza w'umusazi bananiranywe kumvikana
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko inama yamuhuzaga na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru,Kim Jong-un, imaze kurangira nta masezerano ashyizweho umukono nyuma yaho Amerika yanze ibyo Koreya ya ruguru yasabaga byo gukurirwaho ibihano. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Hanoi mu murwa mukuru wa Vietnam, Perezida Trump yagize ati “Byatewe […]
Gakenke: Ibitaro bya Gatonde bemerewe na Perezida Kagame muri Gicurasi bizaba byuzuye
Abashinzwe imyubakire y’Ibitaro bya gatonde, mu karere ka Gakenke, abaturage bemerewe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, baremeza ko ibi bitaro bizaba byuzuye mu mezi atatu ari imbere uhereye muri uku kwezi, bikaba byitezweho gucyemura ikibazo cy’urugendo abaturage bakoraga bajya gushaka serivisi z’ubuvuzi i Shyira. Kuri uyu wa kabiri ushize, itariki ya 26 Gashyantare 2019, […]
Ibitangazamakuru bya Diamond Platnumz birashinjwa gushaka gushyamiranya abahanzi
Radiyo na Televiziyo bya  by’umuhanzi Diamond Platnumz birashinjwa gushaka gushyamiranya abahanzi bakizamuka kugira ngo bibahe umwanya wo kumenyekana. Ibi byashyizwe hanze n’umwe mu bakurikiranira hafi iby’umuziki muri Tanzaniya utashimye ko amazina ye atangazwa. Wasafi Radio na TV bashinjwa ko batikoza guha ikiganiro umuhanzi ukizamuka. Bamusaba ko yaba afitanye ikibazo n’umuhanzi mugenzi we (bifu) kugira ngo […]
Perezida Museveni yagarutse ku bantu bo hanze aherutse kwita ibicucu bishaka guhirika ubutegetsi bwe
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni atangaza ko hari  abantu bo hanze y’igihugu cye bashaka kwivanga mu bikiberamo. Avuga ko aba aherutse kwita ibicucu bazatsindwa. Mu minsi ishize, Umukuru w’abasirikare kabuhariwe barinda Perezida Museveni (SFC), Maj. Gen Don Nabasa yavuze ko hari abantu bashaka guhurika ubutegetsi bwa Perezida Museveni babinyujijwe mu rubyiruko. Inkuru bifitanye isano: https://bwiza.com/2019/02/13/amb-nduhungirehe-yaburiye-gen-nabasa-uvuga-ko-hari-abashaka-guhirika-museveni-ku-butegetsi/ Mu […]
Tanzania: Ikinyamakuru The Citizen cyahagaritswe nyuma yo gushinjwa gutangaza ibinyoma
Guverinoma ya Tanzaniya yahagaritse ikinyamakuru The Citizen mu gihe cy’iminsi irindwi nyuma yo kugishinja gutangaza amakuru y’ibinyoma mu nkuru cyakoze ku guta agaciro kw’Ishilingi rya Tanzania ugereranyije n’idorali. Ni inkuru yanditswe kuwa 23 Gashyantare. Uwitwa Patrick Kipangula ushinzwe kugenzura ibinyamakuru, yavuze ko iki kinyamakuru cyatanze amakuru ayobya ku bushake kivuga ko agaciro k’ishilingi rya Tanzania […]
Perezida Museveni yishimiye intsinzi ya mugenzi we, umusaza Buhari w’imyaka 76
Perezida wa Uganda, Joweli Kaguta  Museveni , umusaza w’imyaka 74 y’amavuko, yashimiye mugenzi we Muhammadu Buhari wongeye gutorerwa kuyobora igihugu cya Nigeria, ku myaka ye 76. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gashyantare 2019, nibwo Komisiyo ishinzwe amatora muri Nigeria yatangaje ko Perezida Muhammadu Buhari wari usanzwe ari Perezida wa Nigeria yongeye gutsinda amatora. […]
Burera: MTN Rwanda yahawe iminsi 7 ngo ibe yishyuye imitungo y’abaturage yangije
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yasabye MTN Rwanda gukemura bidatinze ikibazo cy’ubutaka ifitanye n’abaturage bo mu karere ka Burera, kimaze imyaka 11, cy’imitungo yangije ntitange ingurane. Bitarenze ku wa gatanu w’icyumweru gitaha MTN isabwa kuba yamaze kugaragariza Inteko uburyo yakemuye ikibazo. Iki cyemezo kikaba cyafashwe na Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside […]
RDC: Abantu bane bari barwaye Ebola baburiwe irengero nyuma y’igitero cy’abitwaje intwaro
Umupolisi umwe yishwe naho abarwayi bane ba Ebola baburirwa irengero muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’igitero cyagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ku kigo kivurirwamo Ebola cy’i Butembo nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’ubuzima muriiki gihugu. Ni  igitero cya kabiri kigabwe ahavurirwa Ebola mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bw’igihugu mu […]
Muhanga: Hafatiwe imodoka ipakiye ibicuruzwa bya magendu
Mu ijoro ryo ku itariki 27 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Muhanga mu murenge wa Nyarusange yafatanye abagabo babiri ibicuruzwa bitandukanye bya magendu byavaga mu karere ka Ngororero byerekeza mu mujyi wa Kigali. Ibyafashwe bigizwe n’amabaro 10 y’imyenda ya caguwa n’inkweto byose byafatanwe Nizeyimana Hemedi w’imyaka 32 y’amavuko wari utwaye imodoka yo […]
M23 yahakanye itahuka ry’abarwanyi bayo bari muri Uganda
Ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23 butangaza ko nta murwanyi wayo watashye ava muri Uganda, ndetse ko nta n’ufite gahunda yo gutaha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe ibyo barwanira bitarakemuka. Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umunyamabanga mukuru wa M23, Mbonimpa Benjamin, avuga ko amakuru avuga ko hari abarwanyi ba M23 bagera kuri 67 bakiriwe n’ingabo […]
Rusizi: Abana b’abakobwa bari hagati ya 450 na 500 batwara inda zitateganijwe buri mwaka
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buvuga ko buhangayikishijwe bikomeye n’abana b’abakobwa bakomeje gutwara inda zitateganijwe n’ingaruka kuri bo ubwabo n’abo babyaye,aho buvuga ko buri mwaka abari hagati ya 450 na 500 bazitwara kandi abenshi batazi n’uburenganzira bwabo bikabakururira imibereho mibi. Byatangajwe n’umuyobozi wako wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Nsigaye Emmanuel ubwo kuri uyu wa kabiri tariki ya […]
Kigali: Rev. Past Usabwimana Samuel wayoboye ADEPR ashinjwa gusiga yakije umuriro mu muryango we
Ibi ni ibivugwa n’abaturage bo mu kagari ka Kamuhoza, Umurenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge, ku bibazo biri muri uyu mu muryango wa Njyamubiri Ezechias na Mukarusagara Adele bamaze kwitaba Imana, ariko ukaba uhagarariwe na Usabwimana Samuel, wari umuyobozi wa ADEPER akaza kubuvanwaho ajya kuba mu Bubiligi. Uyu muryango kuri ubu urimo ibibazo bishingiye ku […]
Muhanga: Umuveterineri umwe muri12 ni we ufite ubumenyi bwo kumenya inka ihaka
Abavuzi b’amatungo bakorera mu Karere ka Muhanga barasaba guhabwa ubumenyi bwo kumenya inka yimye, mu gihe iyo barimo gushaka inka zo gutanga muri gahunda ya Girinka usanga basabwa gushaka ihaka bikaba ngombwa ko hitabazwa abaveterineri b’ahandi. Ushinzwe ubworozi mu murenge wa Kiyumba, Gasengayire Francine, avuga ko ubu muri gahunda yo koroza abaturage muri gahunda ya Girinka […]
Umwuka w'intambara: Pakistan yahanuye indege ebyiri z’Ubuhinde
Igihugu cya Pakistan gitangaza ko cyahanuye indege ebyiri kigafata n’abazitwara b’Ubuhinde ariko kikavuga ko kititeguye kurwana. Ubuhinde butangaza ko bwatakaje indege zabwo ariko ko nabwo bwahanuye indege y’intambara ya Pakistan mu gace ka Kashmir. Muri uku kurebana nabi, Pakistan yamaze gufunga ikirere cyayo mu gihe kitazwi. Ni mu gihe Ubuhinde nabwo bwafunze ibibuga by’indege bitandatu […]
Ibitekerezo 3 by’ubucuruzi mu Rwanda no muri Africa byabyarira inyungu
Urubyiruko ndetse n’abakuze bifuza kwiteza imbere bakunze kugira ikibazo cyo kutamenya ibitekerezo byavamo inyungu ikomeye kuri bo ndetse n’abo baba bakoresha. Usanga abenshi bajya gutangira ubucuruzi bakigana ibyo babona bisanzwe bikorwa, abantu benshi bakisanga bakora ibintu bimwe bose, nta gashya. Ibitekerezo bikurikira ni ibitekerezo byerekana ibibazo biri mu bucuruzi ndetse n’uko byakemurwa, ubikemuye akabyungukiramo. Imyidagaduro […]
Uganda: Ambasaderi w’u Bufaransa arashima ubufatanye mu bya gisirikare bukomeje hagati y’ibihugu byombi
Ambasaderi w’u Bufaransa muri Uganda, Stephanie Rivoal, arashima ubufatanye bwa gisirikare igihugu cye gikomeje kugirana na Uganda mu gufasha kugarura amahoro mu gihugu cya Somalia. Ibi Ambasaderi Stephanie Rivoal yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Gashyantare mu kiganiro n’itangazamakuru I nakasero, aho yavuze ko Uganda n’u Bufaransa byubatse ubufatanye bukomeye mu bya gisirikare mu […]
Abayobozi ba Rwamagana bavunguriye ku ba Rulindo ibanga bakoresha besa imihigo
Itsinda ry’abayobozi bo mu karere ka Rulindo ryagiriye urugendoshuli mu karere ka Rwamagana, aho ryahishuriwe ibanga ryo kwesa imihigo. Ni urugendoshuli rw’umunsi umwe, wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gashyantare 2019, aho ryarebye uburyo ubuyobozi bwa Rwamagana bwakoresheje mu kurwanya imirire mibi mu bana no gucyemura ibibazo byari bibangamiye umudendezo w’abaturage (Human security […]
Uwitiriye Gen Elwelu yacucuye akayabo abasirikare bakuru ba Uganda basaga 200
Umugabo w’umutekamutwe witwa Mark Okala wiyitiriye Umugaba w’Ingabo Zirwanira ku butaka muri Uganda, Lt. Gen. Peter Elwelu kuri Facebook yacucuye amafaranga atazwi umubare bamwe mu basirikare bakuru. Uyu mugabo uvuka mu Karere ka Gulu, ubu biremezwako yafashwe muri yombi n’Inzego z’Iperereza rya Gisirikare muri Uganda (CMI). Aya makuru yemezwa n’Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda (UPDF), Brig […]
CNLG irimo guhugura abazatanga ibiganiro mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi
Buri mwaka, Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) itegura ibiganiro bizifashishwa n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ikanahugura abazatanga ibyo biganiro kugira ngo igikorwa cyo kwibuka kigende neza. Ni muri urwo rwego kuri ubu CNLG iri guhugura mu Turere twosee tw’Igihugu  abazatanga ibiganiro bizifashishwa mu kwibuka ku nshuro ya […]
Burundi: Imfungwa zahawe imbabazi ku Bunani na Perezida Nkurunziza zigiye kurekurwa
Minisiteri y’Ubutabera mu Burundi itangaza ko imfungwa zisaga ibihumbi bitatu zigiye kurekurwa ku mbabazi zahawe na Perezida Nkurunziza w’u Burundi. Iyi ngingo yatangajwe na Minisitiri w’ubutabera, Kanyana Leontine, ku wa Kabiri tariki ya 26 Gashyantare 2019, ubwo yari kumwe n’abagomba kuzamufasha gushyira mu ngiro icyo cyemezo cy’umukuru w’igihugu. Amezi yari agiye gushira ari abiri hategerejwe […]
Jose Chameleone yacyuriye uwigambye ko yamwandikiye indirimbo
Umuhanzi Joseph Chameleone yacyuriye mugenzi we, King Saha uvuga ko yanditse zimwe mu ndirimbo zakunzwe z’uyu mugabo. King Saha yari aherutse kubwira itangazamakuru ryo muri Uganda ko ari we wanditse indirimbo za Chameleone zirimo “Valu Valu” na “Badilisha”. Agira icyo avuga kuri ibi, Chameleone yifashishije amagambo ya Bibiliya aboneka mu 1 ABami, umutwe wa mbere, […]
Perezida Muhammadu Buhari yongeye gutorerwa kuyobora Nigeria
Komisiyo ishinzwe amatora muri Nigeria yatangaje ko Perezida Muhammadu Buhari wari usanzwe ari Perezida w’Iki gihugu yongeye gutsinda amatora. Perezida Buhari w’imyaka 76 y’amavuko yarushije uwo bari bahanganye, Atiku Abubakar wigeze kuba icyegera cy’umukuru w’igihugu, amajwi asaga miliyoni enye. BBC itangaza ko Ishyaka APC (All Progressives Congress) rya Buhari ryatsinze mu Ntara 19 kuri 36, […]
RDC: Perezida Tshisekedi yijeje kurekura imbohe zose za politiki mu minsi iri imbere
Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko muri Namibia kuri uyu wa Kabiri yasezeranyije ko imfungwa zose za politiki ziri mu magereza zigiye gufungurwa mu minsi iri imbere. “ Ubutegetsi bwa Kabila bwakoze igihe cyabwo. Ubu ni icyanjye gitangiye kandi mfite uburyo bwanjye ”, ibi ni ibyatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi […]
Igitekerezo : Perezida Paul Kagame muri twegerane
Mbyukanye akanyamuneza, ibyishimo n’isheja, mwenyura nseka kubera uburyo mutangiye kwibaza uko perezida Paul Kagame yagendera muri twegerane kandi afite uburyo bugenwa n’itegeko uko arindwa, ibimugenerwa kubera umutekano we, birimo imodoka nziza zirimo n’imitamenwa kuburyo utapfa kumuhangara. Ndabizi amatsiko yabishe kuko hari abatangiye gukeka ko aherutse kureka iyo mitamenwa y’ibimodoka binabereye ijisho aho anyuze hose bigendana […]
Indirimbo nshya : I am Friend of God by Chorale Siloe
Perezida Maduro arashinja Amerika gushaka gushoza intambara mu karere
Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro arashinja Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushaka gushoza intambara mu karere igihugu cye giherereyemo binyuze mu kubanza gutegura akajagari. Perezida Maduro akaba avuga ko inama iheruka kubera I Bogota muri Colombia ari bumwe mu buryo bwo gushyiraho leta muri Venezuela izorohereza Amerika kugera kuri peteroli nyinshi iki gihugu gifite munsi […]